Dani Alves yagizwe umwere

download 12

Uwahoze ari umukinnyi wa FC Barcelona, Dani Alves yagize umwere nyuma y’uko atsinze ubujurire bwe kuri uyu wa Gatanu, ubwo urukiko rwo muri Espagne rwateshaga agaciro icyemezo cyari cyamuhamije icyaha cyo gufata ku ngufu. Mu Gashyantare 2024, Alves yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka ine n’amezi atandatu nyuma yo guhamwa no gufata ku ngufu umugore mu kabari […]

Bangkok: Inyubako y’amagorofa 30 yagwiriye abantu 43 [Amafoto]

K7SX6V6DDRGNJHLTXQR63TK2V4

Ku wa Gatanu, inyubako y’amagorofa 30 yari ikiri kubakwa mu gace ka Chatuchak i Bangkok yahirimye nyuma y’umutingito ukomeye wari ku gipimo cya 7.7, aho yagwiriye abakozi 43. Abantu barindwi babashije kurokoka, mu gihe ubutabazi bwahise butangira ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuvuzi bw’Ibyago by’Ibiza hamwe n’Ikigo cya Narenthorn gishinzwe ubutabazi bwihuse. Igisirikare cyahise gitabarira […]

Umukobwa w’imyaka 17 yishwe azira kwanga kurongorwa n’umusaza w’imyaka 55

456 4

Muri Kenya, umukobwa w’imyaka 17 witwa Gaala Aden Abdi, wabaga mu nkambi y’impunzi ya Dadaab, yishwe urupfu rubi, umurambo we uratwikwa nyuma yo kwanga gushyingirwa ku ngufu n’umugabo umuruta cyane, ufite imyaka 55. Amakuru avuga ko Gaala yari amaze iminsi akorerwa iyicarubozo mbere y’uko yicwa. Mbere yo kwitaba Imana, yashoboye guhamagara nyina kuri telefoni, amusobanurira […]

Abakinnyi ba Kiyovu Sports banze gukora imyitozo

Kiyovu XI 1

Abakinnyi ba Kiyovu Sports bafashe icyemezo cyo kudakomeza imyitozo kubera kutishyurwa imishahara y’amezi atatu n’ubuyobozi bw’ikipe. Mu gihe Kiyovu Sports iri kwitegura umukino ukomeye izahuramo na Police FC ku munsi wa 22 wa shampiyona, ikibazo cy’amikoro gikomeje kuyisubiza inyuma aho abakinnyi bahisemo kutitabira imyitozo yabaye kuri uyu wa Gatanu. Nk’uko byemejwe n’amakuru yaturutse kuri Kigali […]

Isoko ryo mu mpeshyi muri Premier League rizarema kabiri

IMG 9507 1743102605

Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League) yatangaje ko muri iyi mpeshyi isoko ry’abakinnyi rizarema kabiri bitewe n’imimerere idasanzwe ifitanye isano n’Igikombe cy’Isi cy’amakipe (FIFA Club World Cup). Isoko rya mbere rizarema igihe risanzwe rifungurirwaho aho rizatangira ku Cyumweru, tariki ya 1 Kamena kugeza ku wa Kabiri, tariki ya 10 Kamena. Nyuma y’icyo gihe, rizongera gufungwa by’agateganyo […]

Umunyarwenya uherutse mu Rwanda yahawe akazi mu biro Perezida Ruto

President William Ruto 1230x450 1

Umunyarwenya w’Umunya-Kenya Vincent Mwasia Mutua, uzwi cyane ku izina rya Chipukeezy yagizwe Umuyobozi Wungirije ushinzwe Protokole n’Ibikorwa mu Biro bya Perezida wa Kenya. Iri tangazo ryatanzwe ku wa Gatatu rikaba ryakomeje kuganirwaho cyane, aho abantu benshi bamushimiye kuba yinjiye muri izi nshingano nshya. Chipukeezy, uzwi cyane mu gutera urwenya ku rubyiniro yashimiye Perezida William Ruto […]

U Rwanda rwanyuzwe n’icyemezo cya Polisi ya Paris yahagaritse igitaramo cya Maître Gims

WhatsApp Image 2025 03 27 at 17.01.38 ad6c61cc

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye Umuyobozi wa Polisi y’Umujyi wa Paris, Laurent Nuñez-Belda wafashe icyemezo cyo guhagarika igitaramo cy’umuhanzi Maître Gims cyari giteganyijwe ku wa 7 Mata 2025 mu rwego rwo gupfobya Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko icyo gitaramo cyagaragaye nk’icyabangamira ituze rya rubanda ndetse kigakoreshwa mu […]

Umugabo yashyinguye umupangayi we ari muzima

images 4 19 1743069456

Mu gihugu cy’Ubuhinde, umwarimu wigishaga yoga yishwe urw’agashinyaguro ndetse ashyingurwa ari muzima nyuma yo gushinjwa kujya aryamana n’umugore w’undi mugabo. Uwo mugabo, uzwi ku izina rya Jagdeep yaburiwe irengero mu Ukuboza 2024 ariko umurambo we wabonetse ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025 nyuma y’iperereza ryamaze amezi menshi. Nk’uko polisi yabitangaje, Hardeep, umugabo ukomoka […]

Davido yemeza ko umunsi w’ubukwe bwe wari umuze nk’ikiruhuko rusange mu gihugu

cdb88b40 52c2 43f3 9fb0 2b5ff9b838a4

Umuhanzi w’ikirangirire mu njyana ya Afrobeats, Davido yavuze ku bukwe bwe na Chioma Adeleke, abwita ibirori bikomeye byabaye nk’ikiruhuko rusange muri Nigeria. Mu kiganiro aherutse kugirana na Bootleg Kev Podcast, Davido yasobanuye uko umunsi w’ubukwe bwe wagenze neza ku buryo abantu benshi baturutse imihanda yose baje kuwizihiza. Ati: “Ubu ni isezerano rikomeye, twakoze ubukwe kandi […]

Big Eye Starboss yanenze icyemezo cya Perezida Museveni

IMG 3082 edited

Umuhanzi Big Eye Starboss yatangaje ko adashyigikiye sisitemu nshya yo gucunga uburenganzira bw’abahanzi (Copyright Management System – CMS), iherutse kwemezwa na Perezida Yoweri Museveni. Big Eye yavuze ko iyi sisitemu, iyobowe na Eddy Kenzo n’ishyirahamwe rye, ishobora kuzakoreshwa mu kwikubira inyungu z’abahanzi aho kubafasha kubona uburenganzira bwabo. Kenzo n’itsinda rye bamaze igihe bamagana itegeko ryo […]

Umugore wambaye ubusa yateje akavuyo ku kibuga cy’indege

P7jbQEnFv9fCPU3Mvzk9

Ku wa 14 Werurwe 2025, ku kibuga cy’indege cya Dallas Fort Worth, umugore witwa Samantha Palma yagize imyitwarire idasanzwe, akuramo imyenda yose maze agatangira guterana ibipfunsi no gukomeretsa abantu. Nk’uko byatangajwe na TMZ, Palma yajombye keleyo abantu babiri, anaruma umuyobozi w’akabari. Amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Palma atema televiziyo yerekana amatangazo, amena amazi mu […]

Anita Pendo arwariye mu bitaro bya Horebu Medical Clinic

Umunyamakuru Anita Pendo uzwi mu itangazamakuru no mu bitaramo bikomeye mu Rwanda ari kwivuriza mu bitaro bya Horebu Medical Clinic aho yageze ku wa 24 Werurwe 2025 kubera uburwayi. Anita Pendo yemeje ko amaze iminsi arwariye mu bitaro ariko akaba afite icyizere cyo gukira mu kiganiro yagiranye na IGIHE. Yagize ati: “Nibyo maze kwa muganga […]

U Rwanda rwafashe mu mugongo Koreya y’Epfo

486146168 1050110557149756 6319554197648588295 n

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije imiryango y’abaguye mu nkongi y’umuriro yibasiye Amajyepfo y’Uburasirazuba bwa Koreya y’Epfo, aho abantu 24 bamaze kugwa muri iyi mpanuka naho 26 bagakomereka, barimo 12 barembye. Ambasade y’u Rwanda muri Koreya y’Epfo yatangaje ko u Rwanda rwifatanyije n’abaturage n’ubuyobozi bw’iki Gihugu muri ibi bihe bikomeye. Iyi nkongi yatangiye ku wa Gatanu w’icyumweru […]

Umugabo yakubise intosho umugore we wanze ko bifotozanya

pmkci91 gerhardt

Polisi yo muri Leta ya Hawaii yafashe umuganga witwa Gerhardt Konig w’imyaka 46 akurikiranyweho kugerageza kwica umugore we, Arielle Konig nyuma yo kumutera intosho mu mutwe no kugerageza kumuta ku kayira ngo ahapfire. Nk’uko byatangajwe n’inzego zishinzwe umutekano, ibi byabereye ku musozi wa Nuuanu Pali Lookout aho uyu mugabo yaba yararakaye kubera ko umugore we […]

Spice Diana ntakozwa ibyo kubyara

howwe 1742926698

Umuhanzikazi Spice Diana yatangaje ko ataragera igihe cyo kubyara abana aho yashimangiye ko akiri gushishikazwa n’umuziki we. Ibi yabitangaje nyuma y’uko inkuru z’abahanzikazi batwite zikomeje kuganirwaho cyane by’umwihariko nyuma y’uko Sheebah Karungi abyaye kandi yari yaratangaje ko atazigera abyara. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Spice Diana yavuze ko azabyara igihe kigeze, ariko kuri ubu ntaritegura. Yagize […]

Michel Platini na Sepp Blatter ntibigeze barya ruswa ukundi

gettyimages 2206287835 1 5075601742962907

Urukiko Rudasanzwe rw’Ubujurire rw’Ubusuwisi rwagize abere Sepp Blatter wahoze ari Perezida wa FIFA na Michel Platini wahoze ari Perezida wa UEFA ku byaha bya ruswa bari bakurikiranyweho. Iyi dosiye yari ishingiye ku mafaranga angana na miliyoni ebyiri z’amafaranga y’Abasuwisi (hafi miliyoni 2.21$) Sepp Blatter yahaye Michel Platini mu 2011. Ubushinjacyaha bwashinjaga bombi uburiganya, ariko bo bavugaga ko ayo […]

King Saha yigaramye ibyo gusebya ishyaka NRM rya Perezida Museveni

IMG 6278 edited

Umuhanzi w’Umunya-Uganda King Saha yigaramye ibyo gusebya ishyaka NRM rya Perezida Museveni nyuma y’uko agaragaye mu mvururu mu gitaramo yakoreye mu karere ka Ibanda, mu Burengerazuba bwa Uganda, mu mpera z’icyumweru gishize bikavugwa ko byatewe n’indirimbo isebya ishyaka rya perezida yari yaririmbye. Iki gitaramo cyatangiye neza, ariko nyuma haje kuvuka akaduruvayo kagaragaye mu mashusho yacicikanye […]

Amavubi yanganyije na Lesotho

20250325 220016

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije na Lesotho igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Werurwe 2025, mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi. Amavubi yafunguye amazamu ku munota wa 57 aho Kwizera Jojea yatsinze igitego nyuma y’umupira muremure wari utanzwe na Muhire Kevin. Gusa ku munota wa 82, […]

Perezida Museveni yateye inkunga igitaramo cya The Ben

museveni 2 scaled 1

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yateye inkunga igitaramo cy’umuhanzi The Ben kizabera i Kampala ku wa 17 Gicurasi 2025 muri Kampala Serena Hotel. Iki gitaramo ni kimwe mu bikubiye mu rugendo rwe ‘Plenty Love World Tour’, rugamije kumenyekanisha Album nshya ya The Ben yitwa ‘Plenty Love’, iriho indirimbo 12. Perezida Museveni azaba umushyitsi mukuru […]

Umukinnyi w’umupira w’amaguru w’imyaka 19 yapfuye azize impanuka y’imodoka

96511875 14515645 image a 28 1742823728686

Yvann Martins, umukinnyi w’umupira w’amaguru wakiniraga ikipe ya UD Oliveirense yo mu cyiciro cya kabiri muri Portugal, yitabye Imana afite imyaka 19 azize impanuka y’imodoka. Amakuru atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Portugal avuga ko iyi mpanuka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo imodoka yari atwaye yahirimaga mu muhanda wa Tunnel do Covelo i Porto. Nubwo ubutabazi […]

Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan yatsindiye igihembo cy’amahoro

President Nigeria Goodluck Jonathan 2014 1742855226

Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Goodluck Jonathan, yatangajwe nk’uwatsindiye igihembo cya Founder’s Sunhak Peace Award 2025, gitangwa na Sunhak Peace Prize Foundation i Seoul muri Koreya y’Epfo. Itangazo ryasohowe n’umujyanama we, Ikechukwu Eze ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025, ryemeje ko Jonathan abaye umuyobozi wa mbere w’Umugabane wa Afurika uhawe iki gihembo, nyuma […]

Element EleéeH yigaramye ibyo gukundana na Sherrie Silver

FB IMG 17428347801440620

Umuhanzi akaba n’utunganya umuziki Element EleéeH yahakanye amakuru yari yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba ari mu rukundo n’umubyinnyi mpuzamahanga Sherrie Silver. Mu kiganiro yagiranye na Chita Magic, Element w’imyaka 25 yavuze ko we na Sherrie Silver ari inshuti zisanzwe kandi amwubaha cyane. Yavuze ko bahuriye mu mashusho y’indirimbo ye, aho yari yamusabye […]

Madedeli wo muri Papa Sava yasezeranye mu mategeko

mad 6 9cf51

Umukinnyi wa filime Dusenge Clenia uzwi cyane ku izina rya Madedeli muri filime Papa Sava, yasezeranye imbere y’amategeko na Rugamba Faustin, wahoze ari umukinnyi wa ruhago mu Rwanda. Ubu bukwe bwagizwe ibanga, nta makuru menshi yagiye hanze gusa ariko bivugwa ko aba bombi bari bamaze igihe bakundana, dore ko umwaka ushize byavuzwe ko Rugamba yaguze […]

Sudani y’Epfo yahejejwe ku kibuga cy’indege kugeza na pasiporo zabo zifatiriwe

Screenshot 2025 03 24 115244

Ikipe y’igihugu ya Sudani y’Epfo mu mupira w’amaguru, izwi nka Bright Stars, yahejejwe ku kibuga cy’indege cya Benina muri Benghazi, Libiya nyuma yo kuhagera igiye gukina umukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi na Sudani. Uyu mukino uteganyijwe kuba ku wa 25 Werurwe saa yine z’ijoro muri Libya kuko Sudan idafite ikibuga cyemerewe kwakira imikino mpuzamahanga. […]

Polisi iri guhiga bukware umuhanzi King Saha wibasiye ishyaka rya Perezida Museveni

howwe 1742799756

Umuhanzi Mansur Semanda uzwi ku izina rya King Saha yaririmbiye mu mujyi wa Ibanda mu mpera z’icyumweru gishize mu kabyiniro ka Kanuzire Lounge, kari mu burengerazuba bwa Uganda maze ahasiga inkuru yatumye polisi iri kumushakisha nk’uko biri kuvugwa. Iki gitaramo cyari cyagenze neza kugeza ubwo King Saha yaririmbaga indirimbo ye Ekimala, bikavugwa ko itashimishije bamwe […]

Umudepite wo muri Kenya yakubitiwe muri sitade yagiye kureba ikipe y’igihugu [Videwo]

img 20250323 wa0008 1742738669 3731a

Umudepite wo muri Kenya, Peter Salasya yakubiswe n’abafana ndetse asohorwa muri Nyayo Stadium ubwo yari yitabiriye umukino wahuje Kenya na Gabon mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi kuri iki Cyumweru. Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje Salasya ari hagati y’abafana, bamwe bamushinja kutubaha umunyapolitiki Raila Odinga. Umwe yamukubise igikoresho cy’imyanda mu maso, mu gihe abashinzwe umutekano […]

Bazongere Rosine yavuye i Kigali n’amaguru agera i Rubavu

50082513631 e26a415f4f h

Bazongere Rosine, wamamaye muri sinema nyarwanda, yageze i Rubavu nyuma yo gukora urugendo rw’ibirometero 150 n’amaguru. Uru rugendo rwamaze iminsi ine, rukaba rwari rugamije gukangurira abantu gukora siporo ngororamubiri kugira ngo bagire ubuzima bwiza. Yahagurutse i Kigali ku wa 20 Werurwe 2025, anyura mu turere dutandukanye. Ku munsi wa mbere yaraye kwa Nyirangarama nyuma yo […]

Rayon Sports WFC yegukanye igikombe cya shampiyona

FB IMG 17426693469024681

Ikipe ya Rayon Sports WFC yongeye kwegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma yo gutsinda Indahangarwa WFC ibitego 2-1. Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Gatandatu, wari uwo ku munsi wa 20 wa shampiyona. Gutsinda kw’iyi kipe byayihesheje kugira amanota 55, bituma itakibasha gukurwaho na Indahangarwa WFC […]

Umuhanzi Fyno yatezwe n’amabandi aramukubita amugira intere

FYNO UG 2 edited

Umuhanzi Fyno wo muri Uganda ari mu bitaro nyuma yo kugabwaho igitero n’abantu bacyekwako kuba amabandi bamukubise bikomeye. Amakuru avuga ko ibi byabereye ku muhanda wa Salaama, aho yari avuye muri sitidiyo agiye mu rugo nyuma y’umunsi w’akazi katoroshye. Nyamara, ntibyamukundiye kugera mu rugo amahoro, kuko yahohotewe bikomeye, ubu akaba ari mu buriri bw’ibitaro aho […]

Namibia yarahije Perezida wa mbere w’umugore

IMG 1411CC 47C01F 18323F 451C44 D7501F B756A3

Namibia yanditse amateka ubwo Netumbo Nandi-Ndaitwah, w’imyaka 72, yarahiriraga kuyobora igihugu nka Perezida wa mbere w’umugore. Nandi-Ndaitwah yatsinze amatora yo mu Ugushyingo, aho yabonye amajwi arenga 57%, mu gihe umukurikiye, Panduleni Itula, yagize 26%. Yinjiye mu mubare muto w’abayobozi b’abagore ku mugabane wa Afurika, nyuma ya Ellen Johnson Sirleaf (Liberia), Joyce Banda (Malawi), na Samia […]

George Foreman yapfuye

2001 04 20T120000Z 923891730 PBEAHULCAEY RTRMADP 3 FOREMAN 1742626852

George Foreman, umwe mu bakinnyi b’iteramakofi bakomeye mu mateka, yitabye Imana ku ya 21 Werurwe 2025, afite imyaka 76. Foreman yamenyekanye cyane kubera umukino w’amateka yahuriyemo na Muhammad Ali mu 1974, uzwi nka Rumble in the Jungle. Yari yaratwaye igikombe cy’isi cya heavyweight mu 1973, ariko Ali yamutsinze muri uwo mukino waberaga muri Zaïre (ubu […]

Perezida Kagame na Madamu bakurikiye umukino Amavubi yatsinzwemo na Nigeria

GmleP77bYAAcnoh

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yatsinzwe na Nigeria ibitego 2-0 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 21 Werurwe 2025. Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari mu barebye uyu mukino w’umunsi wa Gatanu wo mu itsinda C ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Nigeria yafunguye amazamu ku […]

Perezida Mnangagwa yemereye ikipe y’igihugu Miliyoni 212 Frw nibatsinda Nigeria

images 2025 03 20T185315.967

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa yasezeranyije ikipe y’igihugu, The Warriors igihembo cya $150,000 [212,041,695 RWF] nibatsinda Nigeria mu mukino wo guhatanira itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026. Iyi nkunga yemejwe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Zimbabwe (ZIFA), Nqobile Magwizi, aho igihugu cyashyize imbere intego yo kubona itike ya mbere y’Igikombe cy’Isi. Mu itangazo ryasohowe na ZIFA, Guverinoma ya […]

Kanye West arashinja Kim Kardashian uburaya no gucuruza abantu bo gusambanywa

210219153353 kim kardashian kanye west file 2020 1536x1024 1

Umuraperi w’umunyamerika, Kanye West yatangaje ko uwahoze ari umugore we, Kim Kardashian n’umuryango we bacuruza abantu by’umwihariko abana b’abirabura bo kujya basambanywa n’abagabo cyangwa abagore. Aya magambo akakaye yayatangaje mu gihe akomeje urugamba rwo guhatanira uburenganzira bwo kurera abana bane yabyaranye na Kim Kardashian. Nk’uko byatangajwe na TMZ, Kim Kardashian yahagaritse urugendo rw’umukobwa wabo, North […]

Umuhanzi Orezi wijeje umukobwa inzu kugira ngo baryamane

images 4 11 1742540305

Umuhanzi w’umunya-Nigeria, Orezi yatangaje ko yigeze kwizeza umukobwa inzu ariko ntiyabasha kuzuza iryo sezerano yakoze ubwo yashakaga kuryamana n’uwo mukobwa. Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Echo Room aho yatanze igitekerezo cye ku bibazo bivugwa ku muhanzi Burna Boy n’umunyamideli Sophia Egbueje ku bijyanye na Lamborghini uyu muhanzi yamwemereye ubwo yashakaga ko baryamana. Orezi yavuze […]

Umujyi wa Kigali washyizeho imodoka n’amatike by’ubuntu ku bashaka gushyigikira Amavubi

2h6a0120 3 b3039

Umujyi wa Kigali watangaje ko hari imodoka zatunganijwe kugira ngo zifashe abaturage kugera kuri Stade Amahoro, aho Ikipe y’Igihugu, Amavubi irakira Nigeria kuri uyu wa Gatanu. Meya w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel yavuze ko iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo korohereza abifuza gushyigikira Amavubi cyane ko uyu mukino ufite agaciro gakomeye. Mu kiganiro yagiranye na […]

Alex Muhangi ntakozwa ibyo kwishyura Bebe Cool yita umupagasi we

photo output 38 scaled 1

Umunyarwenya Alex Muhangi amaze ukwezi mu makimbirane n’umuhanzi Bebe Cool yatangiye nyuma y’uko Bebe Cool yangaga kuririmba mu gitaramo cya Comedy Store kubera ko atari yishyuwe amafaranga yose bumvikanye. Nyuma y’ibi, aba bombi batangiye guterana amagambo akomeye ndetse Bebe Cool atangaza ko agiye kurega Muhangi ku cyaha cyo kwigwizaho amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko binyuze […]

Minisitiri wa Siporo yasuye Amavubi mbere y’umukino na Nigeria

FB IMG 17424859677166320

Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Nelly Mukazayire yasuye ikipe y’igihugu y’Amavubi mu myitozo mbere y’uko ihura na Nigeria ku wa Gatanu.  Kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe 2025 nibwo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire wari uherekejwe na Perezida wa FERWAFA basuye ikipe y’igihugu y’Amavubi mu myitozo. Mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi ndetse n’abatoza, Minisitiri […]

Umuhanzikazi Sia yatandukanye n’umugabo we nyuma y’imyaka ibiri barushinze

images 4 8 1742452750

Umuririmbyi w’Umunya-Australiya, Sia yatandukanye n’umugabo we Daniel Bernad nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze babana nk’umugore n’umugabo. Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru PEOPLE avuga ko impapuro zisaba gatanya zatanzwe ku wa Gatatu, tariki ya 19 Werurwe 2025 aho Sia yatangaje ko batandukanye ku wa Kabiri, tariki ya 18 Werurwe 2025. Nk’uko bigaragara mu nyandiko zo mu rukiko, Sia […]

Umuraperi Fireman yavuye mu kigo ngororamuco

fireman

Umuraperi Uwimana Francis uzwi ku izina rya Firema, yamaze gusubira mu rugo nyuma y’amezi abiri yivuriza mu kigo ngororamuco giherereye mu Karere ka Huye mu Majyepfo y’u Rwanda. Fireman ni umwe mu baraperi bamaze imyaka myinshi bakora umuziki mu Rwanda aho yagiye muri iki kigo ku bushake bwe mu mpera za Mutarama 2025. Uyu muraperi […]

RIB yasabye abantu guha agahenge Danny Nanone n’umugore we

Danny Nanone na Busandi Moreen basabwe kuganira ku kibazo bafitanye bakagikemura

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry, yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kwirinda gukomeza gukwirakwiza amashusho y’umugore wa Danny Nanone, Moreen, aho akomeza kugaragaza ikibazo cy’indezo nk’icyitarakemuka. Iki kibazo cy’indezo cyongeye kuzamurwa ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’umwaka urenga urukiko rutegetse Danny Nanone kujya atanga indezo y’abana yabyaranye na Moreen. Ku mbuga nkoranyambaga, by’umwihariko ku […]

Mama Mukura arembeye mu bitaro bya CHUB

485682246 122116427456756789 9191864748905481253 n

Mukanemeye Madeleine, uzwi nka Mama Mukura, umufana ukomeye wa Mukura Victory Sports na Amavubi, arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB). Uyu mukecuru w’imyaka 103 wari usanzwe arwariye mu Bitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye, yoherejwe ku bitaro bya CHUB kugira ngo yitabweho n’abaganga nk’uko byatangajwe na Mukura VS binyuze ku mbuga nkoranyambaga. […]

Sinshobora kurenza icupa rimwe – Pavelh Ndzila yigaramye ibyo kuba kazizi

F0npVT9X0AErOFI

Umuzamu wa APR FC, Pavelh Ndzila, yatangaje ko amakuru amuvugwaho hanze y’ikibuga ari ibinyoma, ashimangira ko atazi aho ababitangaza babikura. Mu bihe bitandukanye, uyu muzamu ukomoka muri Congo yagiye avugwaho amakuru atari meza, aho bamwe bamushinja kwirarira mu tubyiniro two muri Kigali ari kumwe n’abakobwa b’uburanga banywa inzoga. Mu kiganiro yagiranye na BB Kigali FM, […]

Meagan Good yarushinze mu ibanga

images 4 4 1742369346

Umukinnyi wa filime Jonathan Majors, w’imyaka 35 na Meagan Good,w’imyaka 43 barushinze mu muhango w’ibanga wabereye mu rugo rwabo muri Los Angeles nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Entertainment Tonight ku wa Kabiri, tariki 18 Werurwe 2025. Amakuru aturuka ku muntu wa hafi n’uyu muryango avuga ko nyina wa Jonathan Majors, usanzwe ari umupasiteri ari we washyingiye aba […]

Timaya yakije umuriro kuri Leta ya Nigeria kubera inka

5b330745 c7e0 455b 9417 16ac0196e11e

Umuhanzi w’umunya-Nijeriya Timaya yateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwatsa umuriro kuri Leta ayisaba gufata ingamba ku kibazo cy’inka z’abungeri zona imirima mu gace ka Bayelsa. Ku wa 18 Werurwe 2025, Timaya yanyujije ubutumwa kuri X agaragaza agahinda ke kuri iki kibazo, agira ati: “Ndakomeza gusaba Leta kugira icyo ikora. Bari kwangiza imirima […]

The Ben na Uwicyeza Pamella bibarutse imfura yabo i Bruxelles

the bn 2 b5322

Umuhanzi The Ben n’umugore we, Uwicyeza Pamella bibarutse imfura yabo mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi mu ijoro ryo ku wa 18 Werurwe 2025. Amakuru aturuka hafi y’umuryango wabo avuga ko Uwicyeza Pamella yabyariye mu bitaro bya Edith Cavell nyuma yo kujya kwa muganga kwipimisha. Akigera ku bitaro, abaganga basanze igihe cye cyo kubyara kigeze, […]

FERWAFA yinjiye mu kibazo cy’amajwi ya Miggy agerageza gutanga ruswa

img 3423 7487751742195298

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryamaze gushyikiriza Komisiyo Ngengamyitwarire ikibazo cy’amajwi yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru, yumvikanamo ikiganiro cyo kuri telefone hagati y’umutoza wungirije wa Muhazi United FC, Mugiraneza Jean Baptiste, n’umukinnyi wa Musanze FC, Bakaki Shafiq. Mu itangazo FERWAFA yashyize ahagaragara, yavuze ko iyi komisiyo ari yo izakurikirana iki […]

Akabariro ntikarimo: Dore ibintu 10 abagabo bakunda ku bagore

DALL·E 2025 03 18 18.14.12 A realistic portrait of a beautiful young woman with a confident expression. She has smooth skin deep expressive eyes and well groomed hair. The bac

Mu bihugu bitandukanye, ubushakashatsi bwagaragaje ko hari ibintu abagabo benshi bakunda ku bagore haba ku bigaragara inyuma ndetse no ku mico n’imyitwarire. Ibi bishobora gutandukana bitewe n’imico y’aho umuntu akomoka, ariko hari ibyo abashakashatsi bemeranyijeho ko bikurura abagabo mu buryo rusange. Amaso meza Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu ibihumbi bwerekanye ko abagabo benshi bakururwa n’amaso meza […]

Umukinnyikazi ubitse Ballon d’Or yanenze bikomeye perezida Trump

96310545 0 image a 7 1742299319415

Umukinnyi w’umupira w’amaguru wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Megan Rapinoe, yanenze Perezida Donald Trump ku cyemezo yafashe cyo gukumira abakinnyi bahinduje igitsina gukina mu marushanwa y’abagore. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru MUNDIAL, Rapinoe wahoze ari kapiteni wa Team USA yavuze ko ibyo Trump yakoze atari ugushyigikira abagore nk’uko abivuga. “Ntukambwire ngo ibi bijyanye no […]

Myugariro wa Yanga SC yahawe ipeti rya Sergeant mu gisirikare

FB IMG 17422449465245359

Myugariro Ibrahim ‘Bacca’ Abdallah Hamad ukinira Yanga SC ndetse n’Ikipe y’Igihugu ya Tanzania, yazamuwe mu ntera mu gisirikare cya Zanzibar aho yari asanzwe ari Corporal, ahabwa ipeti rya Sergeant. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 yashimiwe ubwitange n’ikinyabupfura akomeje kugaragaza haba mu kibuga no hanze yacyo. Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe […]

Urukiko rwategetse ko Zari Hassan yishyura arenga miliyoni 400 Frw y’imisoro

photo output 33 scaled 1

Urwego rushinzwe imisoro muri Afurika y’Epfo, South African Revenue Service (SARS), rwatsinze urubanza rwaregagamo Zari Hassan kuba hari imisoro yagombaga gutanga akaza kuyirengagiza ntayitange. Urukiko Rukuru rwa Johannesburg rwafashe icyemezo cyo kwemeza ko Zari agomba kwishyura umwenda w’imisoro ungana na miliyoni 5 z’amafaranga y’Afurika y’Epfo (R5 million), asaga miliyoni 400 z’amafaranga y’u Rwanda. Nk’uko ibitangazamakuru […]

RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukomisiyoneri bakekwaho ruswa

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Mutatsineza Evanys wari Umushinjacyaha ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kamembe na Niyonshuti Ezechiel uzwi nka Mwalimu, wari Umukomisiyoneri. Aba bagabo bombi bakekwaho ibyaha birimo kwakira ruswa, iyezandonke, no kudasobanura inkomoko y’umutungo. Nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, iperereza ryagaragaje ko aba bombi bakoranaga mu buryo bw’ibanga, […]

Se wa Ombolenga Fitina na Sibomana Abuba yapfuye

fotogrid 20250317 211614472

Ba myugariro b’Amavubi, Fitina Omborenga na Nshimiyimana Yunusu babuze se wabo  witabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025. Inkuru y’akababaro yabagezeho bari mu myitozo y’ikipe y’igihugu aho bitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 bazahuramo na Nigeria. Uyu muryango ufite izina rikomeye mu mupira w’amaguru kuko na mukuru wabo, […]

Umugabo yahawe Miliyari 70 Frw nyuma yo kumugara igitsina kubera icyayi

119086506

Umugabo witwa Michael Garcia yatsinze urubanza maze agenerwa miliyoni 50$ [miliyari 70 Frw] nyuma yo kugira ubumuga buhoraho ku gitsina cye, bitewe n’icyayi gishyushye cya Starbucks cyamumenetseho. Garcia wari umushoferi wa Postmates yareze Starbucks nyuma yo kumenwaho icyayi gishyushye muri Gashyantare 2020. Yavuze ko abakozi ba Starbucks batitondeye gushyira icyayi mu gikapu bigatuma kimeneka ku […]

Miggy yumvikanye ashaka gutanga ruswa muri shampiyona

img 3423 7487751742195298

Umutoza wungirije wa Muhazi United, Mugiraneza Jean-Baptiste uzwi nka Miggy ari mu mazi abira nyuma yo kumvikana asaba Shafiq Bakaki, myugariro wa Musanze F, kumufasha Kiyovu Sports ikubona amanota, ariko uyu mukinnyi akamuhakanira. Iki kiganiro cyabaye mbere y’umukino wa shampiyona wahuje Musanze FC na Kiyovu Sports kuri Sitade Ubworoherane ku wa Gatandatu, tariki ya 16 Werurwe 2025. […]

Umulisa Charlotte wamenyekanye mu marushanwa y’ubwiza yambitswe impeta

charlotte umulisa cici 1742193095314 1 5148941742193691

Umulisa Charlotte, uzwi nka Princess Cici ari mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta y’urukundo na Chris, umusore ukomoka muri Poland. Ibi birori byo kwambikwa impeta byabereye mu mujyi wa Warsaw ku Cyumweru, tariki ya 17 Werurwe 2025, aho uyu mukobwa asanzwe akorera ibikorwa bye byo kumurika imideli. Ku bijyanye n’ubukwe, uyu mukobwa atangaza ko buri […]

Rema yavuze ku byo gusenga satani no kunywa amaraso

remaheader1440

Umuhanzi w’umunya-Nigeria ukomeye mu njyana ya Afrobeats, Divine Ikubor, uzwi ku izina rya Rema yagarutse ku byamuvuzweho byo kuba yaba asenga satani ndetse akaba ananywa amaraso y’abantu. Mu kiganiro yagiranye na Rolling Stone, Rema yavuze ko bimubabaza kubona hari abafana be bagenda bamuvaho kubera ibihuha by’uko yaba akorana n’Illuminati, asenga Satani cyangwa se anywa amaraso. […]

Cindy Sanyu  yahawe impano ya cocaine ku rubyiniro

IMG 2847 edited

Abahanzi bakunze guhabwa impano zitandukanye n’abafana babo mu bitaramo, zirimo amafaranga, udupapuro twanditseho ubutumwa, n’ibindi. Icyakora, rimwe na rimwe, hari impano ziba zidasanzwe cyangwa zitangaje. Umuhanzikazi Cindy Sanyu aherutse gutangaza imwe mu mpano itangaje yigeze guhabwa ari ku rubyiniro. Mu kiganiro n’abafana be (Q&A),  yavuze ko yigeze guhabwa cocaine hagati mu gitaramo. Cindy Sanyu yatangaje […]

Zari Hassan yateye indobo Diamond Platnumz

IMG 8154 edited 1

Umunyamideri akaba n’umushabitsi ukomoka muri Uganda, Zari Hassan yateye utwatsi amagambo y’uwahoze ari umukunzi we, Diamond Platnumz wavuze ko igihe cyose ashaka yamusubirana. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ageze muri Kenya, Zari yahakanye ibyavuzwe na Diamond muri filime mbarankuru Young, Famous & African ya Netflix. Diamond ufitanye abana babiri na Zari, yari yagaragaje icyizere cy’uko ashobora […]

Umugabo yemeye ko yasambanyije ifarashi mu kiraro

96148253 14494255 image a 18 1741862233795

Umugabo w’imyaka 43 witwa Damion Ogeare yemeye icyaha cyo gukora imibonano mpuzabitsina n’ifarashi yo mu bwoko bwa Shetland nyuma yo kwinjira mu kiraro cyayo mu gace ka Wiltshire mu Bwongereza. Uyu mugabo yemeye icyaha cyo gukorana imibonano mpuzabitsina n’itungo ndetse no kwinjira ahantu binyuranyije n’amategeko agamije gukora icyaha cy’iyicarubozo rishingiye ku gitsina. Mu rukiko rwa […]