Umunyarwandakazi yavuze ukuntu Harmonize yamusangaga mu cyumba cya Hoteli bagiye gukora akazi

Umunyarwandakazi Umuhoza Laika uzwi nka Laika Music yongeye gusobanura byeruye ku mubano we na Harmonize, umuhanzi ukomeye wo muri Tanzaniya nyuma yâuko amafoto yabo bombi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akibazwaho byinshi nâabakunzi bâumuziki. Mu kiganiro aherutse kugirana nâitangazamakuru, Laika yavuze ko hagati yabo nta rukundo rwigeze rubaho nkâuko benshi babitekerezaga. Yagize ati: âTwakoranye umushinga gusa, […]
Dj Crush yavuze ku byo guterwa inda na Byiringiro Lague

Mu gihe inkuru ivuga ko rutahizamu wâikipe yâigihugu Amavubi, Byiringiro Lague yaba yarateye inda DJ Clush ikomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga, impaka ni zose mu baturage ndetse nâabakunzi bâimyidagaduro nâumupira wâamaguru mu Rwanda. Iyi nkuru yamenyekanye bwa mbere ku rubuga ku mbuga nka X (Twitter), Instagram na TikTok, aho bivugwa ko aba bombi barimo gutegura […]
Umukinnyi yatewe icyuma mu ijosi azira kurata penaliti

Plateau United FC yo muri Nigeria yatangaje ko rutahizamu wabo, Vincent Temitope yatewe icyuma mu ijosi nâabafana nyuma yâumukino wa shampiyona (NPFL Week 33) batsinzwemo na Nasarawa United ibitego 3-2, mu mukino wabereye i Lafia. Vincent yari yarase penaliti gusa ariko kandi yari yanatsinze igitego kimwe muri uwo mukino. Itangazo ryashyizweho umukono na Yaksat Maklek, […]
Brazil: Imfungwa zigabanyirizwa igifungo iyo zisomye ibitabo

Igihugu cya Brezile cyashyizeho uburyo budasanzwe bwo kugabanya igihano cyâabafungwa. Ubu, abari muri gereza bashobora kugabanyirizwa igihano mu gihe basomye ibitabo, nkâuko byatangajwe nâikinyamakuru Reuters. Brezile izwi nkâigihugu kirimo ibyaha byinshi muri Amerika yâAmajyepfo. Gereza zaho zicumbikira bamwe mu bagizi ba nabi bazwi cyane, ndetse zikaba zizwiho ubucucike bukabije nâibibazo byâikoreshwa ryâibiyobyabwenge. Mu mwaka wa […]
The Ben yegukanye ibihembo bitatu muri EAEA 2025

Umuhanzi The Ben, Alyn Sano nâutunganya umuziki Run (David) bakoze amateka mu bihembo bya East Africa Arts Entertainment Awards 2025 (EAEA). The Ben yegukanye ibihembo bitatu birimo: Best Music Video ku ndirimbo Plenty, Best Artist Rwanda, na Best Hit Song Rwanda ku ndirimbo True Love. Alyn Sano yegukanye igihembo cya Best Rwanda Sound abikesha indirimbo […]
Uganda: Umuhanzi bamumennye umutwe azira gusebya Bob Wine

Umuhanzi wâumunya-Uganda Alien Skin yajyanywe mu bitaro nyuma yo gukubitwa nâitsinda ryâabantu benshi mu karere ka Iganga, aho bamukomerekeje bikabije ku mutwe. Ibi byabaye mu mpera zâicyumweru gishize, nyuma yâuko asoje igitaramo cyo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wâAbagore cyabereye ku ishuri ribanza rya Iganga Municipal Primary School riherereye mu karere ka Iganga. Amashusho yacicikanye ku mbuga […]
Jose Chameleone agiye kongera gusibira kwivuza muri Amerika

Umuhanzi ukomeye muri Uganda, Jose Chameleone yatangaje ko ateganya gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu kwezi gutaha kugira ngo akomeze kwivuza no gukorerwa isuzuma ryâubuzima. Ibi yabitangaje nyuma yâuko agarutse muri Uganda ku wa Gatandatu, tariki ya 12 Mata 2025, avuye muri Amerika aho yari amaze amezi ane ari kwitabwaho nâinzobere mu buvuzi. […]
Etincelles FC yirukanye umutoza washyamiranye nâumukinnyi

Ikipe ya Etincelles FC, ishyigikiwe nâAkarere ka Rubavu, yirukanye umutoza wâabanyezamu, Nshimiyimana Ahmed uzwi nka Bugigi, nyuma yo gushyamirana nâumukinnyi Ishimwe Jean Claude uzwi nka Chance. Ibi byabaye ku wa 3 Mata 2025, ubwo habaga umukino wâingimbi za Etincelles FC na Sina GĂ©rard FC kuri Stade Umuganda. Hagize ibyo batumvikanaho bituma habaho amagambo akarishye hagati […]
Robertinho yahagaritswe muri Rayon Sports

Ikipe ya Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo mukuru, Roberto Oliveira, kubera umusaruro udashimishije ikipe imaze iminsi igaragaza. Ubuyobozi bwâiyi kipe bwahise bushyira Claude Rwaka ku mwanya wâumutoza mukuru wâagateganyo mu gihe hategerejwe izindi mpinduka. Nk’uko byemezwa na BB Kigali FM ngo Claude Rwaka ni we uzaba ari kumwe nâikipe izerekeza i Huye kuri uyu wa […]
Nyanza: Umukecuru w’imyaka 65 arafunzwe azira gukubita umukazana

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi umukecuru wâimyaka 65 wo mu karere ka Nyanza ukurikiranyweho gukubita umukazana we wâimyaka 29 akamukomeretsa. Amakuru yemezwa nâabaturage nâubuyobozi bwâaho byabereye avuga ko uwo mukecuru witwa Nirere, utuye mu mudugudu wa Nyabisindu, Akagari ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana, yakubise umukazana we inkoni mu mutwe ubwo yari amusuye, bikamuviramo […]
Bamwe mu bahanzi, abakinnyi nâAbanyamakuru bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, haribukwa kandi abantu bakomeye mu ruganda rwâimyidagaduro, siporo nâitangazamakuru, bishwe bazira uko baremwe. Aba bari mu bari bafite impano zidasanzwe, kandi bari baragize uruhare mu guteza imbere umuco nyarwanda mu buryo butandukanye. 1. Sebanani AndrĂ© Sebanani AndrĂ© yari umuririmbyi nâumucuranzi wamenyekanye […]
Bujumbura: Umupolisi wasinze yarashe mu mutwe umumotari aramwica

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 9 Mata 2025, mu gace ka Ntahangwa mu mujyi wa Bujumbura, haraye habereye impanuka ikomeye yatewe nâumuporisi bikekwa ko yari yasinze, aho yarashe umusore ukora akazi ko gutwara abantu ku moto (motari), mu mutwe agahita apfa. Nkâuko byemezwa nâababibonye nâamaso, uyu nyakwigendera yafatanyaga nâumushoferi wâimodoka yo mu […]
RIB yavuze kuri Nyaxo wakoze âLive ya TikTokâ itajyanye n’ibihe byo Kwibuka

Umunyarwenya wâUmunyarwanda Kanyabugande Olivier, uzwi cyane ku izina rya Nyaxo, yasabye imbabazi ku mugaragaro nyuma yo gukora ikiganiro cya âLiveâ kuri TikTok kitajyanye n’ibihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni ikiganiro cyabaye ku wa 11 Mata 2025, saa tatu zâijoro, aho Nyaxo yari ari kumwe nâabandi bakunzi be ku rubuga rwa TikTok, baganira mu buryo […]
Miss Mutesi Jolly yasabye urubyiruko kurinda ubumwe bwâAbanyarwanda

Mu gihe u Rwanda nâIsi bibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Miss Mutesi Jolly yasabye urubyiruko gukoresha imbaraga zarwo mu kurinda ubumwe bwâAbanyarwanda no gukomeza urugendo rwâubwiyunge. Mu butumwa yatangaje, Mutesi Jolly wigeze kuba Nyampinga wâu Rwanda mu 2016, yavuze ko urubyiruko rwigeze gukoreshwa mu kubiba amacakubiri, bityo ko rukwiye no […]
RIB yafunze umukobwa wabyaye umwana agahita amuniga

Umugore witwa Abizera Marie Assoumpta wâimyaka 27 ari mu maboko yâubugenzacyaha, akurikiranyweho icyaha cyo kwica uruhinja yari amaze kubyara, aho bivugwa ko yarunize arwicira mu murima wâamateke. Uyu mugore ukomoka mu Karere ka Muhanga, yafatiwe mu murima uri mu Karere ka Rusizi aho yari yihishe, afite mu ntoki umurambo wâurwo ruhinja. Yari aherekejwe nâundi mugore […]
Musenyeri Vincent Barugahare yapfuye ku myaka 77

Musenyeri Vincent Barugahare, Umusaseridoti wa Diyosezi ya Ruhengeri, yitabye Imana ku wa 10 Mata 2025 azize uburwayi ubwo yari ari mu Bitaro byâUmwami Faisal biherereye i Kigali. Musenyeri Barugahare yavukiye muri Diyosezi ya Byumba, Paruwasi ya Nyarurema mu Karere ka Nyagatare. Yari asanzwe akorera ubutumwa muri Paruwasi ya Butete, iherereye mu Murenge wa Cyanika mu […]
Alain Mukuralinda yashyinguwe

Mu Karere ka Rulindo, kuri uyu wa 10 Mata 2025, habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma Alain Bernard Mukuralinda, wahoze ari Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma yâu Rwanda. Alain Mukurarinda yitabye Imana mu ntangiriro zâuku kwezi azize uburwayi bwo guhagarara ku mutima. Misa yo kumusabira yabereye muri Paruwasi Gatolika ya Rulindo, iyoborwa na Antoine Cardinal Kambanda. […]
DJ Ira yahawe ubwenegihugu bwâu Rwanda yemerewe na Perezida Kagame

Iradukunda Grace Divine uzwi cyane ku izina rya DJ Ira, umwe mu bakobwa bazwi mu kuvanga umuziki mu Rwanda, yahawe ubwenegihugu bwâu Rwanda nyuma yo kubusaba Perezida Paul Kagame ku mugaragaro. DJ Ira yari asanzwe afite ubwenegihugu bwâu Burundi. Ku wa 16 Werurwe 2025, yagaragaye muri gahunda ya Perezida Kagame yo kwegera abaturage yabereye muri […]
Umubyeyi wareze Mubumbyi Bernabé yapfuye

Umubyeyi wareze Mubumbyi BernabĂ©, Uwabera Claire yitabye Imana Ku myaka 83 aho yazize uburwayi nk’uko byemezwa n’abo mu muryango we. Inkuru yâurupfu rwe yamenyekanye ku wa 6 Mata 2025, aho yaguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faysal, nyuma yâiminsi yari amaze arwaye. Uyu mubyeyi wari ufite imyaka 83 yâamavuko, azwiho kuba yaragize uruhare rukomeye mu kurera […]
Taddeo Lwanga yifatanyije nâAbanyarwanda mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi

Umukinnyi wâumupira wâamaguru ukomoka mu Bugande, Taddeo Lwanga, ubarizwa mu ikipe ya APR FC, yagaragaje ko yifatanyije nâu Rwanda nâabarutuye muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga ku wa Gatatu, tariki ya 9 Mata 2025, Lwanga yavuze ko ari ngombwa guha agaciro […]
Se w’umuhanzi Stromae, Rutare Pierre wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Rutare Pierre ni izina rishobora kuba ritazwi cyane ku bantu benshi, ariko yanditse amateka akomeye nkâumwe mu Banyarwanda bari bafite impano nâubwenge buhanitse. Ni we mubyeyi wâumuhanzi wâicyamamare ku isi, Stromae. Yavutse mu 1958 i Nyamirambo, nyuma yimukira mu karere ka Rulindo aho yakuriye. Nubwo yari umuhanga mu ishuri, yabangamiwe kenshi nâirondabwoko kubera ko yari […]
Nyampinga wa mbere wâu Rwanda Nubuhoro Jeanne wishwe muri Jenoside

Nubuhoro Jeanne, Nyampinga wa mbere wâu Rwanda ari mu bantu bâinzirakarengane zâAbatutsi bishwe urwâagashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu mukobwa yavukiye i Kigali, ari mwene Munyankindi Jean na Nyiramadadari Mediatrice, bakaba bari batuye i Ndera mu Karere ka Gasabo. Ni naho yiciwe hamwe nâabo mu muryango we mu minsi ya Jenoside, ubwo yari […]
Rwanda Premier League mu rugendo rwo kubaka ubumwe binyuze muri siporo

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Rwanda Premier League ibarizwa mu Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru, yatangaje ko yiyemeje gukomeza gushyigikira ubumwe bwâAbanyarwanda nâubudaheranwa binyuze muri siporo. Yussuf Mudaheranwa, uyoboye Rwanda Premier League, yavuze ko bifatanyije nâAbanyarwanda muri ibi bihe bikomeye, banamagana ingengabitekerezo ya Jenoside aho iva ikagera. Yagize […]
RIB yavuze kuri Teta Sandra ushinjwa amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Urwego rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko amagambo Teta Sandra yanditse ku mbuga nkoranyambaga afatwa nkâingengabitekerezo ya Jenoside, cyane cyane gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa 7 Mata 2025, ubwo hatangizwaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, Teta yashyize ubutumwa kuri Snapchat na WhatsApp avuga ko yibuka Abatutsi bishwe ânâAbahutu nâabandi […]
Isheja Sandrine yasabye urubyiruko kumenya amateka yâu Rwanda nâukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Isheja Butera Sandrine, Umunyamakuru akaba nâUmuyobozi Mukuru Wungirije wâIkigo cyâIgihugu cyâItangazamakuru (RBA), yasabye urubyiruko rwâu Rwanda kumenya amateka nâukuri ku byabaye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo rutazayobywa nâabashaka gusubiza igihugu mu icuraburindi cyâayo mateka mabi. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Isheja yashyizeho amashusho yerekana ubwicanyi bwakorewe Abatutsi mu 1994, […]
Biratangaje: Yabyaye umukobwa nyuma yo guterwa nyababyeyi y’umuvandimwe we

Mu Bwongereza, habayeho ibyiswe igitangaza aho Umwana wa mbere yavutse ku mugore wahawe nyababyeyi y’umuvandimwe ndetse uwo mwana yiswe Amy, izina rya ry’uwo muvandimwe wahaye wa nyina nyababyeyi. Grace Davidson, wâimyaka 36, yavukanye indwara idasanzwe yitwa MRKH ituma umugore atagira nyababyeyi, gusa aba afite amagi (ovaries) akora neza. Mu mwaka wa 2023, umuvandimwe we witwa […]
APR WVC yifatanyije nâAbanyarwanda bo muri Nigeria mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi

Ikipe ya APR WVC yitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wabereye i Abuja muri Nigeria ku wa Mbere, tariki ya 7 Mata 2025. Ni igikorwa cyitabiriwe nâAbanyarwanda baba muri Nigeria, inshuti zâu Rwanda, abayobozi bâamadini, intumwa zâUmuryango wâAbibumbye nâabadipolomate batandukanye. Ambasaderi wâu Rwanda muri Nigeria, Christophe Bazivamo, yavuze […]
#Kwibuka31: Abanyamahanga bakina mu Rwanda batanze ubutumwa bwâihumure

Mu gihe u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31, bamwe mu banyamahanga bakina cyangwa batoza mu Rwanda bifatanyije nâAbanyarwanda, batanga ubutumwa bwâihumure nâamahoro. Frank Spittler, Umudage wahoze atoza Amavubi, yavuze ko amateka mabi u Budage bwanyuzemo yatumye asobanukirwa nâagaciro ko kwibuka. Ati: âNi ingenzi kubwira abato ibyabaye kugira ngo bitazasubira.â Issah Yakubu […]
RIB yaburiye abashaka gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi bitwaje gutebya

Mu gihe u Rwanda rwinjiye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) nâinzego zâumutekano bibukije ko guhakana, gupfobya cyangwa guhohotera abarokotse Jenoside ari icyaha gikomeye. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nta muntu ugomba kwitwaza gutebya kugira ngo ashyigikire cyangwa asebye Jenoside. […]
Essy Williams yigaramye ibyo gukundana na Nel Ngabo

Umusizi akaba nâumuhanzi wâimideli, Essy Williams, yahakanye amakuru avuga ko yaba ari mu rukundo na Nel Ngabo. Yatangaje ko ari inshuti ye isanzwe, ariko ko afite undi musore bari mu rukundo bamaranye umwaka. Essy yasobanuye ko amafoto yasakaye ari kumwe na Nel Ngabo yafashwe ubwo bari bagiye gutembera i Rebero, kandi ko kuyifotozanya nâinshuti ari […]
Umukinnyi wa Filime Squid Game yasabiwe gufungwa umwaka umwe

Ubushinjacyaha bwo muri Koreya yâEpfo bwasabye ko O Yeong-su, umukinnyi wa filime wâimyaka 80 wamamaye muri Squid Game, ahanishwa igifungo cyâumwaka umwe, mu rubanza rwâubujurire ashinjwamo ihohotera rishingiye ku gitsina. Yabisabiwe ku wa 4 Mata 2025, mu ishami rya Seongnam ryâUrukiko Rukuru rwa Suwon, aho ubushinjacyaha bwavuze ko igihano yari yahawe mbere cyari gito. Uyu […]
P Diddy akurikiranyweho ibyaha bishya

Umuraperi wâicyamamare Sean “Diddy” Combs yongeye gukurikiranwaho ibyaha bibiri bishya birimo gucuruza abantu no kwishora mu busambanyi, habura ukwezi ngo agezwe imbere yâurukiko i New York. Ibyo byaha bishya byatangajwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu mu rukiko rwo muri Manhattan, bikaba bijyanye nâibikorwa byâubugizi bwa nabi bivugwa ko yabikoze hagati ya 2021 na 2024 […]
Yakatiwe gufungwa imyaka hafi itatu azira gutuka ishusho ya Yesu

Urukiko rwo muri Medan, mu gihugu cya Indonesia, rwakatiye Ratu Thalisa, umukoresha wâurubuga rwa TikTok, gufungwa imyaka 2 nâamezi 10, azira amagambo yafatwa nk’ayo gusebya idini ya Gikristu. Thalisa, wahoze ari umugabo ariko akaba yarahinduye igitsina, yavuze amagambo asebya ishusho ya Yesu Kirisitu ubwo yavugaga ko Yesu “yakabaye ameze nkâumugabo wiyubashye kandi yogoshe”. Ibi yabivuze […]
Umuraperi Eminem yabaye sogokuru

Umuhanzikazi wâicyamamare ku isi, Eminem yishimiye kwinjira mu buzima bushya bwo kuba sekuru, nyuma yâuko umukobwa we wâimfura, Hailie Jade McClintock, yibarutse umwana we wa mbere. Uyu mwana wâumuhungu yavutse ku itariki ya 14 Werurwe 2025, ariko inkuru yemejwe ku mugaragaro ku wa Gatanu, tariki ya 4 Mata 2025, binyuze kuri Instagram ya Hailie. Hailie […]
Uko watera umuntu indobo mu kinyabupfura

Hari igihe umuntu agusaba ko mukundana, nyamara wowe ukabona bidashoboka. Nubwo ushobora kuba utamukunda cyangwa utiteguye, si byiza kumubabaza. Inararibonye mu myitwarire zigaragaza ko ari ngombwa kumubwiza ukuri ariko mu buryo bwubaha. Ubanza gushimira uwo muntu ku bwâurukundo akugiriye, hanyuma ukamusobanurira impamvu bidashoboka, nko kuba ufite undi cyangwa utiteguye gukundana. Ni byiza kubimubwira ahantu hatuje, […]
UEFA yaciye amande Kylian Mbappé, Antonio Rudiger na Dani Ceballos

Impuzamashyirahamwe yâumupira wâamaguru i Burayi, UEFA yaciye amande abakinnyi batatu ba Real Madrid aribo: Kylian MbappĂ©, Antonio Rudiger na Dani Ceballos nyuma yâimyitwarire idakwiye bagaragaje mu mukino wa 1/8 cya UEFA Champions League batsinzemo Atletico Madrid. Rudiger yaciwe amande yâibihumbi 40 byâamayero nyuma yo gushyira ikiganza ku ijosi ryâumukinnyi, naho MbappĂ© yaciwe ibihumbi 30 byâamayero […]
Mukura VS Yareze Manishimwe Djabel muri RIB

Ikipe ya Mukura Victory Sports yareze Manishimwe Djabel muri RIB nyuma yo gutanga sheki ebyiri zitazigamiye mu kwishyura amafaranga bari bumvikanye. Mu mwaka wâimikino wa 2022-2023, Djabel yari umukinnyi wa APR FC ariko atizwa muri Mukura VS. Iyi kipe yamuhaye miliyoni 4 zâamafaranga yâu Rwanda, bumvikana ko naramuka abonye ikipe nshya azasubiza Mukura miliyoni 8. […]
Umuhanzi Fik Gaza arafunzwe azira ubujura bw’intwaro

Umuhanzi mu njyana ya Dancehall muri Uganda, Shafiq Dangote wamenyekanye nka Fik Gaza mu muziki yatawe muri yombi nâinzego zâumutekano ashinjwa ubujura bukoreshejwe intwaro no gukomeretsa. Nkâuko byatangajwe nâUmuvugizi wa Polisi yâUmujyi wa Kampala, Patrick Onyango, igikorwa cyo kumufata cyabaye ku wa Kane tariki ya 3 Mata 2025 nyuma yâuko hagaragaye ubujura bwinshi mu gace […]
Congo ishobora kwisanga ihanwe

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ishobora guhabwa ibihano bikomeye nâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru ku Isi (FIFA) nyuma yâifungwa rya Olive Kiloha Karangwayire, Umuyobozi wa Shampiyona yâUmupira wâAmaguru wâAbagore muri icyo gihugu (LINAFF), wafunzwe ku wa 28 Werurwe 2025. Olive Kiloha afungiye ahantu hafungirwa abantu baregwa ibyaha bifitanye isano nâikoranabuhanga, ibintu byateye impungenge abakunzi bâumupira wâamaguru […]
Perezida wa Koreya yâEpfo yirukanwe ku butegetsi

Urukiko Rukuru rushinzwe kubahiriza itegeko nshinga muri Koreya yâEpfo rwemeje kuri uyu wa Gatanu ko Perezida Yoon Suk-yeol yegujwe ku butegetsi nyuma yâamezi ane ashyize igihugu mu bibazo bya politiki kubera itegeko rya gisirikare yatangaje. Ibihumbi byâabaturage bari mu myigaragambyo i Seoul bishimiye icyemezo cyâurukiko, cyatangajwe nyuma y’uko Perezida Yoon yari yategetse ko igisirikare cyinjira […]
Uburyo bwiza bwo gusaba imbabazi umukunzi wawe nyuma yo kurakaranya

Mu rukundo, si buri gihe haba ibyishimo nâibiganiro byiza; rimwe na rimwe habaho kutumvikana no kurakaranya. Ariko se ni gute wasaba imbabazi umukunzi wawe nyuma yo gukora ikosa? Icya mbere ni ukwemera ko wakoze ikosa no guha agaciro amarangamutima ye. Ukeneye kumwereka ko uzi neza ko wamubabaje kandi koko ubabajwe nâibyo wakoze. Urugero, ushobora kumubwira […]
Perezida wa Rayon Sports yibukije Sadate ko atajya atanga umusanzu mu ikipe

Mu gihe Rayon Sports ikomeje urugendo rwayo muri shampiyona yâu Rwanda, Perezida wayo Twagirayezu Thadee yasubije ibitekerezo bikomeje gutangwa na Munyakazi Sadate, wahoze ayobora iyi kipe. Mu kiganiro yagiranye na radiyo SK FM, Twagirayezu Thadee yagarutse ku ngingo zitandukanye, harimo nâamafaranga angana na miliyari 5 Munyakazi Sadate yagaragaje ko yiteguye gushora muri Rayon Sports. Yagize […]
APR WVC yatangiye neza irushanwa nyafurika

Ikipe yâIngabo zâu Rwanda, APR WVC, yatangiye neza irushanwa Nyafurika rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bagore, itsinda Club FĂ©minin de Carthage (CFC) yo muri Tunisia amaseti 3-1 (18-25, 26-24, 25-23, 25-22). Uyu mukino wabereye i Abuja muri Nigeria kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025. APR WVC yatangiye umukino igorwa, itsindwa […]
U Rwanda rwamanutseho imyanya itandatu ku rutonde rwa FIFA

Ikipe yâIgihugu yâu Rwanda, Amavubi yagabanutseho imyanya itandatu ku rutonde ngarukakwezi rwâIshyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru ku Isi (FIFA). Nkâuko byatangajwe kuri uyu wa Kane, tariki ya 3 Mata 2025, u Rwanda rwavuye ku mwanya wa 124 rusubira inyuma rugera ku mwanya wa 130. Uku gusubira inyuma kâU Rwanda kuri uru rutonde bisobanuye ko hari amakipe yitwaye […]
Umwarimukazi wasambanyaga umwana w’umuhungu w’imyaka 15

Umwarimu wo mu mashuri yisumbuye muri Illinois, Christina Formella wâimyaka 30 yatawe muri yombo na polisi ashinjwa gusambanya umuna w’umunyeshuri wâimyaka 15 yigishaga. Amashusho yafashwe nâibyuma bya polisi bigaragaza uyu mwarimu ari kurira cyane, yicaye mu modoka ya polisi i Downers Grove ku itariki ya 16 Werurwe. Mu mashusho yasohowe nâumuyoboro wa YouTube witwa Ape […]
Joshua Baraka ntakozwa ibyo guhita abyarana n’umunyamakuru wamutwaye umutima

Umuhanzi Joshua Baraka amaze imyaka igera kuri itatu akundana nâumunyamakurukazi Etania, ariko avuga ko batari bitegura kuba bagira abana. Baraka yasobanuye ko kugeza ubu bagishishikajwe no kumenyana no gukundana kurushaho, aho gutekereza ku kuba ababyeyi. Avuga ko kugira abana atari byo bigena umuntu, ahubwo ari inshingano umuntu agomba kwemera igihe yumvise ayiteguye. Mu kiganiro yagiranye […]
Ancelotti utoza Real Madrid yasabiwe gufungwa imyaka 4

Umutoza wa Real Madrid, Carlo Ancelotti yitabye urukiko mu murwa mukuru wa Espagne, Madrid, mu rubanza akurikiranwamo ku byaha byo kunyereza imisoro. Ancelotti wâimyaka 65 yagaragaye ku rukiko rwâintara ya Madrid kuri uyu wa Gatatu, aho ashinjwa gutanga amakuru atari yo ku misoro yâinkomoko ku mushahara we, ubwo yari umutoza wa Real Madrid bwa mbere […]
Umugore yasabye Pasiteri amafaranga avuga ko ari Imana yayamutumye

Umugore wo muri Tanzaniya yatunguye benshi ubwo yasabaga Pasiteri we amafaranga agera kuri 29,000 KSh (300,000 Frw), avuga ko Imana ari yo yamuyoboye kubikora. Uyu mugore, wari wambaye umwambaro isanzwe n’igitenge cyera ku mutwe, yavuze ko yari yabanje kugira igitekerezo cyo gusaba amafaranga make, ariko nyuma Umwuka Wera akamubwira ko akwiye gusaba menshi. Pasiteri yamuteye […]
Munyakazi Sadate na Hadji Kanyabugabo basohowe muri group ya WhatsApp yo gufasha Rayon Sports

Nyuma y’imikino ya shampiyona, inkundura yâamagambo hagati ya Munyakazi Sadate na Kanyabugabo Mohamed Hadji yatumye aba bombi basohorwa muri group ya WhatsApp ihuza abafana ba Rayon Sports bashyigikira iyi kipe mu buryo bwihariye. Iki kibazo cyatangiriye ku butumwa Munyakazi Sadate yanditse ku rubuga rwa X nyuma yâumukino Rayon Sports yatsinzwemo na Mukura VS. Mu butumwa […]
Bruce Melodie yahigiye kwegukana Grammy Award

Muri iyi minsi, umuhanzi Bruce Melodie akomeje gushimangira intumbero ye yo kwandika izina rye mu mateka yâumuziki nyarwanda, aho avuga ko azaba umuhanzi wa mbere mu Rwanda uzegukana igihembo gikomeye cya Grammy Award. Mu butumwa yatanze, uyu muhanzi wubatse izina mu njyana ya Afrobeat na R&B yagaragaje ko nubwo kugeza ubu nta muhanzi wo mu […]
Ikibazo cya Bebe Cool na Alex Muhangi cyageze mu rukiko

Muri Werurwe 2025, umuhanzi Bebe Cool yatanze ikirego mu rukiko arega Alex Muhangi kuba yararenze ku burenganzira bwe ku bihangano. Urukiko rwisumbuye rwategetse ko aba bombi bakemura ikibazo cyabo binyuze mu bwumvikane. Alex Muhangi yifuje ko bakorana ibiganiro byo kumvikana na Bebe Cool, ariko ibi ntibyigeze bigerwaho. Umucamanza wa Grade One, Nicholas Aisu yategetse ibi […]
Nyinawumuntu Grace yerekeje muri Ottawa Gloucester Hornets

Nyinawumuntu Grace, umutoza ukomeye mu mupira wâamaguru wâabagore mu Rwanda yerekeje muri Canada mu ikipe ya Ottawa Gloucester Hornets, aho azakomeza gufasha abana bafite impano muri ruhago. Uyu mutoza yari amaze imyaka itatu ayobora tekinike mu Irerero rya Paris Saint-Germain riherereye i Huye. Mbere yaho, yabaye umukinnyi wa AS Kigali WFC ndetse anayibera umutoza, aho […]
Marina yavuze impamvu yasibishije indirimbo yakoranye na Yampano

Umuhanzikazi Marina Deborah yasobanuye impamvu yatumye asaba gukuraho indirimbo yakoranye na Yampano kuri YouTube, avuga ko byatewe no kutubahirizwa kwâamasezerano yari yashyizweho mbere y’uko isohoka. Mu itangazo yashyize hanze, Marina yagaragaje ko ari umuntu ukunda gukorana nâabandi bahanzi, ariko ko ashyira imbere ubunyamwuga no kubahiriza amasezerano. Yavuze ko iyi ndirimbo yasohotse mu buryo butandukanye nâibyari […]
Wayne Rooney yafashwe anyara ku rukuta rwâumuhanda i Londres (Amafoto)

Wayne Rooney, umwongereza w’icyamamare mu mupira w’amaguru, yafashwe anyara ku rukuta rw’umuhanda mu mujyi wa Londres, ari kumwe nâinshuti ze mu ijoro ryo ku cyumweru. Uyu mugabo wigeze gukinira Manchester United, yahagaze inyuma y’igikuta cyiri ku muhanda ahanyura abanyamaguru ni uko maze atangira kucyinyaraho. Ibi yabikoze nyuma yo gusohokera mu kabari kitwa The Nest rooftop […]
Umuhanzikazi unywa amasohoro y’inzoka kugira ngo agire ijwi ryiza

Umuhanzikazi Jessica Simpson akaba n’umukinnyi wa filime, yatangaje uburyo bworoshye ariko budasanzwe bwo kwita ku ijwi rye, burimo kunywa amasohoro y’inzoka. Simpson yashyize hanze iyi nkuru itangaje ku mbuga nkoranyambaga muri iki cyumweru, avuga ko atari azi neza uwo muvuno wo kunywa amasohoro y’inzoka kugeza ubwo yawurangirwaga n’inshuti ye. Akibibona yaratunguwe gusa nta kibazo na […]
Abakinnnyi bagabwemo igitero nâabagizi ba nabi babashinja kugurisha imikino

Abakinnyi bâikipe ya Lobi Stars FC yo mu mujyi wa Makurdi, muri Leta ya Benue muri Nigeria, bagabweho igitero nâabagizi ba nabi ubwo bari mu myitozo ku kibuga cya Government Model Secondary School Pitch. Nkâuko byatangajwe, abo bagizi ba nabi bakubise abakinnyi ndetse nâabakozi bâiyo kipe, babashinja kuba baragurishije imikino, cyane cyane umukino Lobi Stars […]
Minisitiri Nduhungirehe yashimye album nshya ya Ariel Wayz

Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga nâUbutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yanyuzwe nâindirimbo zigize album nshya yâumuhanzikazi Ariel Wayz ndetse agaragaza izo yakunze kurushaho. Ni nyuma yâuko uyu muhanzi ashyize hanze album ye ya mbere yise âHear To Stayâ, iri gukundwa na benshi. Minisitiri Nduhungirehe, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yavuze ko yayumvise yose uko yakabaye, maze yemeza […]
Ruhango: Umugabo yishe inzoka arayotsa arayirya

Mu karere ka Ruhango, humvikanye inkuru idasanzwe yâumugabo witwa Ntawumenyumunsi François, wishe inzoka maze aho kuyijugunya arayotsa arayirya. Ibi byatangaje benshi mu baturage baho, bamwe babifata nkâibisanzwe, mu gihe abandi babibonye nkâibidahuje nâumuco nyarwanda. Nkâuko bitangazwa nâabatangabuhamya baganiriye na BTN TV, uyu mugabo yishe iyo nzoka ubwo yari mu mirimo ye ya buri munsi. Aho […]
Miss Uwihirwe Yasipi Casmir yasabwe aranakobwa

Nyuma yâimyaka irenga itatu bakundana, umusore utuye muri Canada yasabye akanakwa Miss Uwihirwe Yasipi Casmir, wabaye Igisonga cya Mbere cya Nyampinga wâu Rwanda mu 2019. Umuhango wo gusaba no gukwa wabereye muri Kigali Marriott ku wa 29 Werurwe 2025, mu gihe ubukwe bwabo buteganyijwe mu minsi iri imbere. Miss Uwihirwe wâimyaka 24 yamenyekanye cyane muri […]
Umugabo w’i Nyanza yatahanye ‘grenade’ aziko ari iteke

Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Nyagisozi, umugabo witwa Habinshuti Euraste wâimyaka 61 yatoraguye igisasu cya grenade yibwira ko ari iteke maze aza kuyitahana. Ibi byabaye ku wa 28 Werurwe 2025, ubwo uyu mugabo yari mu murima ahinga, maze abonye grenade, yibwira ko ari iteke, ayishyira mu gikapu kugira ngo ayitahane. Mu nzira ataha, yahuye […]