Yashoye arenga miliyari kugira ngo aba umugore uteye uko abagabo bifuza – Amafoto

Umwe mu bagore bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga muri Brazil, Janaína Prazeres, yemeje ko yatakaje hafi miliyoni imwe y’amapawundi (£1,000,000) arenga miliyari y’amanyarwanda mu buvuzi bwo guhindura isura n’imiterere y’umubiri. Uyu mugore w’imyaka 35, wagiye akorerwa ibi bikorwa inshuro 20, yavuze ko yahuye n’akaga ubwo yari ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya São Paulo muri Brazil, […]
Umunyeshuri w’imyaka 17 wateye inda mwarimu we w’imyaka 29 akamutegeka kuyikuramo

Umusore w’imyaka 17 ukomoka muri Autriche ari mu maboko y’ubutabera nyuma yo gukekwaho gutera inda umwarimukazi we w’imyaka 29, hanyuma akamushyiraho igitutu ngo akuramo iyo nda. Nk’uko ubushinjacyaha bubitangaza, uyu musore yari umunyeshuri w’uyu mwarimukazi mu myaka yashize, ariko nyuma baje kugira umubano wihariye. Nyuma yo kumutera inda, uyu musore yatangiye kumuhatira kuyikuramo, ibintu byabaye […]
Havumbuwe ubwoko bushya bwa Coronavirus mu ducurama

Abashakashatsi bo muri Brazil ku bufatanye n’abo muri Kaminuza ya Hong Kong bavumbuye virusi nshya ya Coronavirus ishobora no kwandura mu bantu. Iyi virusi nshya yagaragaye nyuma y’uko abashakashatsi bapimye ibipimo bafashe mu kanwa no mu rwungano ngogozi by’uducurama. Abahanga basanze iyi virusi ifitanye isano ya hafi na MERS, indwara izwiho kugira ubukana bukomeye kandi […]
Kigali: Polisi yarashe umukozi wo mu rugo wishe mugenzi we

Kuri uyu wa Gatandatu mu rukerera, umukozi wo mu rugo witwa Niyonita Eric yishe mugenzi we Bampire Françoise amuteye icyuma mu Murenge wa Masaka, Akarere ka Kicukiro. Amakuru y’ibanze avuga ko impamvu y’ubu bwicanyi itaramenyekana. Gusa nyuma yo gukora ayo mahano, Niyonita yagize imyitwarire y’agasuzuguro, ashaka gutema buri wese wamwegereye, harimo n’inzego z’umutekano zari zije […]
Menya byinshi kuri Ataliya uvugwa muri Bibiliya wishe abuzukuru be kugira ngo abe umwamikazi w’Ubuyuda

Ataliya yari umwamikazi wa Yuda uzwiho kuba umugore wategetse ubwami bw’igihangange, ariko akarangwa n’ubugome no kumena amaraso menshi kugira ngo agere ku butegetsi. Uyu mugore yari umukobwa w’umwami Ahabu na Yezebeli bayoboraga Isiraheli, umuryango wari waramamaye mu gusenga ibigirwamana cyane cyane Bayali. Ataliya yashakanye n’umwami Yehoramu wayobora Yuda, maze abyara umuhungu we Ahaziya. Nyuma y’urupfu […]
Umugore witwa Teyana yahawe inzu 4, imodoka 3 na Miliyoni 11 za buri kwezi nyuma yo gutandukana n’umugabo we

Uwahoze ari umukinnyi wa New York Knicks muri NBA, Iman Shumpert yatandukanye byemewe n’amategeko n’umugore we, Teyana Taylor nyuma y’imyaka irindwi bari bamaranye. Uyu mwanzuro wafashwe n’umucamanza wa Fulton County nyuma y’uko Taylor yari yatanze ubusabe bwo gutandukana mu ibanga muri 2023. Amakuru amaze kujya ahabona yerekana ko Taylor yegukanye imitungo ihenze, irimo inzu enye […]
Khloé Kardashian yavuze uko yihishe munsi y’igitanda akumva nyina ari gusambana

Khloé Kardashian yatangaje ko agikurikiranwa n’abaganga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe kubera igihe gikomeye yanyuzemo akiri umwana ubwo yumvirizaga nyina ari gusambana. Mu kiganiro Khloé in Wonder Land, yavuze uko yigeze kwihisha munsi y’igitanda cy’umubyeyi we, Kris Jenner n’umugabo we Bruce Jenner maze akumva ibyo bakoraga mu buriri. Yavuze ko icyo gihe cyamugizeho ingaruka […]
Umugore wa nyakwigendera Mohbad aramutabariza nyuma y’amezi 18 adashyingurwa

Nyakwigendera Mohbad, umuhanzi w’icyamamare wo muri Nijeriya, yapfuye ku ya 12 Nzeri 2023 maze ahita ashyingurwa ku munsi wakurikiyeho. Gusa nyuma y’iminsi icyenda, tariki ya 21 Nzeri 2023 polisi yakuye umurambo we mu mva kugira ngo hakorwe isuzuma ry’impamvu z’urupfu rwe, kubera impaka zari zavutse. Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Werurwe 2025 umugore […]
Eddy Kenzo yasunitse umusirikare wa Special Forces wari uje kumucecekesha

Umuhanzi Eddy Kenzo yasobanuye ku makimbirane yabaye hagati ye n’umusirikare wa Special Forces Command (SFC) mu bikorwa byo kwamamaza ishyaka rya NRM mu gace ka Kawempe North. Uyu muhanzi yagaragaye asunika uwo musirikare wari ku rubyiniro, ibintu byatumye benshi babyibazaho ku mbuga nkoranyambaga. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Kenzo yavuze ko yakoze ibyo kuko uwo musirikare […]
Ronaldo yikuye mu matora ya perezida wa CBF

Ronaldo de Lima wabaye icyamamare mu mupira w’amaguru muri Brazil, yatangaje ko yikuye mu matora ya perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Brazil (CBF), yari ateganyijwe mu mwaka wa 2026. Uyu wahoze ari rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Brazil, wahesheje igihugu cye ibikombe by’isi bibiri (1994 na 2002), yari yiyemeje guhatana na perezida uriho ubu, Ednaldo Rodrigues. […]
Burundi: Abakinnyi 7 bahagaritswe imyaka itanu bazira kugurisha imikino

Mu Burundi, abakinnyi batandatu b’ikipe ya Académie Deira hamwe n’umwe w’Inter Star bafatiwe ibihano bikarishye nyuma yo guhamywa uruhare mu kugurisha imikino (match-fixing). Aba bakinnyi, hamwe n’umutoza wabo wungirije basabwe kandi ihazabu ya miliyoni 10 z’amafaranga y’amarundi (Fbu) buri umwe. Ibi bihano byatangajwe n’ishami rishinzwe imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi (FFB) ku wa […]
“Imana yampaye inzu!” – Umugore yagejejwe mu rukiko nyuma yo kwiyitirira inzu ya Miliyoni 200 mu rusengero

Umugore w’imyaka 32, Loveth Alo Helen yagejejwe imbere y’urukiko rwa Magistrate muri Enugu muri Nigeria nyuma yo kuvuga mu rusengero ko Imana yamuhaye inzu, nyamara bikavugwa ko yabeshyaga. Uyu mugore yari yavugiye muri Zion Prayer Movement ko Imana yamuhaye ubutaka n’inzu ndetse hagaragazwa amashusho y’iyo nzu mu rusengero. Nyuma y’aho, undi mugabo witwa Architect Emmanuel […]
Umuhanzi Portable yiteguye kwica umugabo wese azasanga hejuru y’umugore we

Umuhanzi w’Umunyanijeriya uzwiho gutangaza amagambo akomeye, Portable yatangaje ko umuntu wese wasambana n’umugore we azapfa, mu gihe yagarukaga ku kibazo cy’umunyarwenya Ijoba Lande n’umugore we, Darasimi bivugwa ko yamuciye inyuma akaryamana n’undi mugabo. Uyu mwuka mubi watangijwe n’ibiherutse gutangazwa n’uyu munyarwenya Ijoba Lande, aho yashinje umugore we kumuca inyuma. Iki kibazo cyakuruye impaka ndende ndetse […]
Kunywa inzoga nyinshi ntibimara icyaka ahubwo bitera gukomeza gushaka kunywa -Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’abahanga bo muri Kaminuza ya Rutgers na Yale muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko kunywa inzoga nyinshi bishobora kugira ingaruka mbi ku miterere y’ADN y’umuntu, bikamutera gukomeza gushaka kunywa. Mu gihe cyashize, hari hamenyerewe imyumvire ivuga ko kunywa ikirahuri kimwe cy’inzoga nk’umuvinyo ari byiza ku buzima, ariko ubushakashatsi bushya burabihakana. […]
Abavuraga Diego Maradona bashobora gufungwa imyaka 25

Mu mujyi wa Buenos Aires, hatangiye urubanza rw’abaganga barindwi bavuraga Diego Maradona mbere y’urupfu rwe mu 2020. Aba baganga bashinjwa uburangare bwateye urupfu rw’uyu mukinnyi w’icyamamare, wapfuye azize umutima nyuma y’ibyumweru bibiri avuwe kuva amaraso mu bwonko. Umushinjacyaha yavuze ko Maradona yasezerewe mu bitaro hakiri kare kandi atitaweho neza mu rugo, ibintu yise “uburangare bukabije” […]
Trump ntiyorohewe n’imijugujugu y’abirabura

Umukinnyi wa filime n’umuhanzi Jamie Foxx yagaragaje ko atishimiye icyemezo cyo gusiba amagambo “Black Lives Matter” yanditswe muri Washington, D.C., aho yakomeje kuba ikimenyetso cyo kurwanya irondaruhu kuva mu 2020. Gusiba aya magambo byategetswe na White House nyuma y’igitutu cyashyizwe kuri Meya wa Washington, Muriel Bowser. Umushinga w’itegeko rishya uteganya ko uyu murongo ugomba gusibwa […]
Kigali: Imodoka eshatu na moto byagonganye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki 12 Werurwe 2025, habaye impanuka y’imodoka eshatu mu murenge wa Gitega, mu Karere ka Nyarugenge. Bisi ya Yutong yari ivuye i Nyamirambo yagonganye na Toyota Hilux, na yo igonga Toyota Corolla yari inyuma yayo. Ababonye iyi mpanuka bavuga ko bisi yabanje kugerageza guhunga umumotari wari imbere yayo, […]
Guca agasuzuguro ka Tems ntibigikozwe

Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo, Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close, yatangaje ko yasubitse igitaramo cye cyari kuzaba ku wa 22 Werurwe 2025 muri BK Arena. Iki gitaramo cyari cyarateguwe nyuma y’uko umuhanzikazi wo muri Nigeria, Tems, asubitse igitaramo cye yagombaga gukorera i Kigali. Tom Close yavuze ko icyemezo cyo gusubika iki gitaramo cyatewe n’igihe gito […]
RIB yavuze kuri Prince Kid

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025 ko rutari rwabona inyandiko ituruka muri Amerika y’ukuntu Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid. RIB yatangaje ibi ubwo yerekanaga abantu 7 bakurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana aho Umuvugizi w’uru rwego, Dr. Murangira B. Thierry, yabajijwe ku iperereza rya Dieudonné Ishimwe, uzwi nka Prince […]
Sheilah Gashumba ntiyigeze agenda na Taxi kuva yavuka

Umusesenguzi wa politiki akaba n’umuherwa, Frank Gashumba yatangaje ko umukobwa we Sheilah Gashumba atigeze na rimwe agendera muri taxi zitwara abanutu mu buryo rusange kuva yavuka. Mu kiganiro yagiranye kuri Radio 4, Gashumba yavuze ko yakoze uko ashoboye kose kugira ngo abana be bagire ubuzima bwiza kandi bitandukanye n’ubuzima we ubwe yanyuzemo. Frank Gashumba yagize ati: […]
Sandra Teta yavuze impamvu akibana na Weasel uhora amutimbura

Umuhanzi Weasel, umwe mu bagize itsinda Radio & Weasel amaze imyaka irenga icumi abana n’umugore we Sandra Teta aho bombi bafitanye abana barenga batatu. Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Sandra Teta yagarutse ku mubano we na Weasel, avuga ko nubwo nk’abantu bagira amakosa, ibyiza bye biruta ibibi. Ibi yabigarutseho ubwo yasubizaga abibaza impamvu akihoma kuri Weasel uhora […]
Umugore yishe umugabo ahita amuca igitsina aragiteka arakirya

Polisi yo muri Brazil yataye muri yombi umugore w’imyaka 65 nyuma yo kwemera ko yishe umugabo w’imyaka 60, akamuca bimwe mu bice by’umubiri we, birimo umutima n’igitsina, ndetse akabirya. Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri Brazil, Celso Marques Ferreira w’imyaka 60, yasanzwe yapfuye mu kibuga kiri mu mujyi wa Peruíbe, muri São Paulo afite ibice bimwe […]
Ibyari byanditse ku gapapuro kahawe Muhire Kevin agahita agaca byamenyekanye

Mu mukino ukomeye wahuje APR FC na Rayon Sports ku Cyumweru, akandiko kohererejwe kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin, kavugishije benshi aho bibazaga ibyaba byanditseho kuko yagahawe maze na we akimara kugasoma agahita agaca. Uyu mukino wari utegerejwe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, gusa icyagarutsweho cyane ni ubutumwa bwo kuri […]
Abagore bizihije umunsi mpuzamahanga w’abagore bahabwa igishoro

Tariki ya 8 Werurwe 2025, abagore bo mu Murenge wa Mageragere bizihije Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore mu birori byateguwe ku bufatanye n’Akarere ka Nyarugenge na FXB Rwanda binyuze mu mushinga VillageFXB Mageragere ufasha abaturage kwivana mu bukene no kubafasha kugera ku iterambere rirambye Ibi birori byaranzwe no kwerekana intambwe abagore bamaze gutera mu kwigira no gutanga […]
Yanga SC yasabye ko Simba SC iterwa mpaga

Ikipe ya Yanga SC yatangaje ko idashyigikiye icyemezo cyo gusubika umukino wa Kariakoo Derby wari uteganyijwe ku itariki ya 8 Werurwe 2025 kuri Stade Benjamin Mkapa. Mu itangazo ryasohowe n’Ubuyobozi Bukuru bwa Yanga ku wa 9 Werurwe 2025, iyi kipe yasabye ko igomba guhabwa intsinzi kuko ikipe ya Simba SC yanze gukina umukino. Yanga yagaragaje […]
Sinshobora kurwana n’umugabo wanjye – Sandra Teta

Umugore w’umuhanzi Weasel, Sandra Teta yatangaje ko atazigera ajya impaka n’umugabo we ku bijyanye n’umutungo kuko umutungo aba ari uwo guha ejo heza abana babo. Ibi yabigarutseho ubwo yavugaga ku bwumvikane bushya bwagaragaye hagati ya Mary Nambwayo na Suuna Ben, bombi bari bamaze amezi menshi mu nkiko bahanganye ku kibazo cy’ugomba kwandikwaho ubutaka. Sandra Teta […]
Darko Novic utoza APR FC yatangariye ubuhanga bwa Muhire Kevin

Umutoza wa APR FC, Darko Novic yashimye cyane kapiteni wa Rayon Sports, Muhire Kevin avuga ko ari umwe mu bakinnyi beza muri shampiyona y’u Rwanda. Ibi yabivuze nyuma y’umukino wa derby warangiye amakipe yombi anganyije 0-0 kuri Stade Amahoro, ku munsi wa 20 wa shampiyona. Novic yavuze ko umukino wa derby utapfa kugena uko urarangira ndetse […]
Shakib yasabye imbabazi Zari nyuma yo kumuca inyuma

Shakib Lutaaya yasabye imbabazi ku mugaragaro nyuma y’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza ari kumwe n’umugore utazwi, bikaviramo abantu kuvuga ko yaba yaciye inyuma Zari Hassan. Aya mashusho yagaragaye vuba aha, aho Shakib yari ari kuganira ndetse anakora ku mugore utatangajwe amazina. Abantu benshi bayafashe nk’ikimenyetso cy’ubusambanyi, bituma hibazwa ku mubano we na Zari. Mu […]
Umukobwa w’imyaka 15 yatwise biciye mu kurongorwa mu kanwa

Abaganga bo muri Lesotho bari gukora iperereza ku kibazo cy’umukobwa w’imyaka 15 waje kwa muganga avuga ko afite ububabare mu nda ariko bagasanga atwite inda y’amezi icyenda. Ibizamini byakorewe uwo mukobwa byagaragaje ko afite indwara idasanzwe yitwa distal vaginal atresia, aho umuntu avukana uburwayi butuma igice cy’umwenge w’igitsina cye kidakunda kwifungura. Iyi ndwara iboneka hacye […]
Yarashe mu kico umuyobozi w’itsinda rya whatsapp wamusohoye mu itsinda

Muri Pakistan, umugabo witwa Mushtaq Ahmed yishwe arashwe nyuma yo gukura umuntu mu itsinda rya WhatsApp nk’uko byatangajwe na polisi kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 8 Werurwe 2025. Mushtaq Ahmed wari umuyobozi w’iryo tsinda rya WhatsApp ry’abaturage, yarasiwe mu mujyi wa Peshawar, umurwa mukuru wa Khyber Pakhtunkhwa intara ihana imbibi n’Afghanistan izwiho kugira amateka […]
25 bafunzwe bazira kurya no kunywa mu gisibo cya Ramadhan

Muri Leta ya Kano, mu Majyaruguru ya Nijeriya, Polisi y’iyubahirizwa ry’amategeko ya Sharia, izwi nka Hisbah, yafashe abantu 25 bazira kurya no kunywa mu ruhame mu gihe cy’igisibo cya Ramadhan. Abafashwe bagizwe n’abaturage 20 bafashwe barimo kurya no kunywa ku mugaragaro, hamwe n’abandi 5 bafashwe bacuruza ibiryo mu masaha y’ifunguro rya nijoro, ibyo Polisi ya […]
Gitego Arthur yasinyiye ikipe nshya

Rutahizamu w’Umunyarwanda, Gitego Arthur yamaze kubona ikipe nshya nyuma yo gutandukana na AFC Leopards yo muri Kenya, aho yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Clube Ferroviário de Beira yo muri Mozambique, ariko ashobora kongerwa bitewe n’imyitwarire ye. Gitego abaye Umunyarwanda wa kabiri ugiye gukinira iyi kipe nyuma ya Sibomana Patrick, wabanje kuyikinira mu bihe byashize. Uyu […]
Umuraperikazi yagabweho igitero n’abitwaje imbunda

Umuraperikazi Bhad Bhabie yagize ibihe bikomeye ku mugoroba wo ku wa Kane ubwo abagabo batatu bitwaje intwaro bageragezaga kwinjira mu rugo rwe ruherereye muri Los Angeles. Amakuru aturuka mu nzego z’umutekano avuga ko umukunzi we, Le Vaughn, yari amaze akanya gato ahageze mbere y’uko abo bagizi ba nabi bagerageza kwinjira banyuze ku muryango wo ku […]
Polisi y’u Rwanda yafashe umunya-Liberia wahondaguye abasekirite bo muri kaminuza

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe umunyeshuri ukomoka muri Liberia nyuma yo gushyamirana n’abashinzwe umutekano wa Kaminuza ya East African University Rwanda. Ibyo bibaye nyuma y’uko amashusho y’iyo mirwano yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uwo munyeshuri arwana n’abasekirite b’iyo kaminuza. David Ikechukwu, wari umunyeshuri mu mwaka wa mbere, bivugwa ko yari amaze iminsi yarirukanwe n’akanama […]
Inzoka yarumye igitsina cy’umugabo yanga kucyirekura

Umugabo wo muri Brazil yahuye n’akaga gakomeye ubwo inzoka yamurumaga ku gitsina ikanga kumurekura nk’uko bigaragara mashusho yo kuri murandasi akomeje gutangaza abantu benshi. Uyu mugabo, wari uryamye hasi ababara cyane, yagaragaye mu mashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga mu gihe mugenzi we yamufataga amashusho ari kure. Undi muntu witanze yagerageje gukiza uyu mugabo akoresheje inkoni, […]
Yiyitiriye kuba umusirikare akajya yizeza abantu akazi ko mu gisirikare

Umugabo witwa Nchambi Nsungwa Mapanda uzwi ku izina rya Emanuel Gangala w’imyaka 24 wo mu mugi wa Bariadi mu Ntara ya Simiyu, yagejejwe imbere y’urukiko akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo kwiyitirira umusirikare wa Tanzania. Ubushinjacyaha, buhagarariwe na Betrice Mboya bwabwiye Urukiko Rukuru rwa Simiyu, ruyobowe n’Umucamanza Alex Mtenga, ko ku itariki ya 14 Gashyantare 2025, uyu […]
Batandatu bapfiriye mu iturika ry’ikamyo yari itwaye lisansi

Abantu batandatu bapfuye nyuma y’uko ikamyo itwaye lisansi iturikiye mu gace ka Karami Rami, muri Babban Rami Ward, mu Karere ka Mashegu ho mu gihugu cya Niger. Iyo mpanuka yabaye ubwo iyo kamyo yari itwaye lisansi iyijyanye muri Niger yarengaga umuhanda ikagwa, maze lisansi igatemba ari na bwo habaye iturika rikomeye. Abatangabuhamya bavuze ko impamvu […]
Minisitiri wa Siporo yaganiriye na El-Hadji Diouf

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru wo muri Sénégal, El-Hadji Diouf yagiranye ibiganiro na Minisitiri wa Siporo w’u Rwanda, Nelly Mukazayire ku mahirwe ari mu ishoramari ry’imikino mu gihugu. Ibi biganiro byabaye ku wa Kane, tariki ya 6 Werurwe 2025 byagarutse ku buryo siporo nyarwanda ishobora gutezwa imbere binyuze mu bufatanye n’abashoramari mpuzamahanga. Minisitiri Mukazayire na Diouf […]
Itorero ryabatije DJ Brianne ryahagaritswe

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje ko “Elayono Pentecostal Blessing Church” na “Sons of Korah International” zitemerewe gukorera mu Rwanda kuko zitanditswe nk’uko amategeko abisaba. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 6 Werurwe 2025, rigaragaza ko ibikorwa by’iyi miryango bigomba guhita bihagarara. Elayono Pentecostal Blessing Church yari iyobowe na Prophet Erneste Nyirindekwe, umuhanuzi uzwi mu Rwanda. […]
Mama wa Mr Eazi yapfuye

Umuhanzi wo muri Nigeria, Mr Eazi yatangaje ko mama we, Ifeoma Edith Ajibade yitabye Imana biyuze ubutumwa bwuzuye agahinda n’ishimwe yashyize ku mbuga nkoranyambaga. Ku itariki ya 6 Werurwe 2025, Mr Eazi yashyizeho ifoto ye na mama we, ashimira cyane ku buryo yamufashije mu buzima bwe ndetse anamwifuriza iruhuko ridashira. Yanditse ati: “Murakoze, Mummy, kubw’imbaraga […]
Shakib yigaramye amashusho amugaragaza ari guca inyuma Zari

Shakib, umugabo wa Zari Hassan, yahakanye amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza mu cyaha cyo gucana inyuma. Mu butumwa yashyize kuri konti ye ya Instagram, Shakib yatangaje ko iyo video ari iyakera kandi itagifite agaciro. Yavuze ko amashusho ari gukwirakwizwa n’abantu bafite imigambi mibi bagamije kwangiza isura ye n’umubano we na Zari. Yashimangiye ko by’umwihariko […]
FIFA yatangaje impinduka mu karuhuko ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi 2026

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) ryemeje ko bwa mbere mu mateka y’Igikombe cy’Isi hazaba igitaramo mu karuhuko ku mukino wa nyuma nk’uko bimenyerewe mu irushanwa rya Super Bowl rya NFL. Perezida wa FIFA, Gianni Infantino yatangarije iyi nkuru i Dallas, ashimangira ko iki gitaramo kizabera kuri stade ya New York New Jersey ku wa […]
KNC yashinje umusifuzi gusezerera Gasogi United mu gikombe cy’Amahoro

Perezida wa Gasogi United, Kakoza Nkuriza Charles (KNC) yatangaje ko ikipe ye itasezerewe na APR FC mu mikino ya 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro, ahubwo ko yakuwe mu irushanwa n’imisifurire. Ibi yabivuze nyuma y’uko Gasogi United inganyije na APR FC 0-0 mu mukino wo kwishyura, igasezererwa ku giteranyo cy’igitego 1-0 yatsinzwe mu mukino ubanza. KNC yavuze ko […]
RIB yashyikirije ubushinjacyaha Dosiye y’abakubise Turahirwa Moses

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko dosiye y’abantu bane bakurikiranyweho gukubita no gukomeretsa Turahirwa Moses, washinze inzu y’imideli ya Moshions ndetse no kwica imbwa ye, yamaze gushyikirizwa Ubushinjacyaha. Ibi byabaye ku wa 24 Gashyantare 2025 mu Karere ka Musanze, aho Turahirwa avuga ko yatewe n’itsinda ry’abantu bamugiriye nabi. Amakuru avuga ko intandaro y’ubu bushyamirane yabaye […]
Ntudakorera umugore ibi bintu 6 ntazigera agukunda

Mu mibanire y’abashakanye cyangwa abakundana, hari imyitwarire yihariye ishobora gutuma urukundo ruramba kandi rukarushaho gukomera. Abagabo bamenye aya mabanga barangwa n’icyubahiro, bagahorana icyizere, kandi bagakomeza kwifuzwa n’abagore babo. Dore ibintu 6 abagabo bakora bikabafasha kugumana urukundo rw’abagore babo: 1. Kubera Umugore Umusingi n’Inkomezi Abagore basanzwe bafite amarangamutima akomeye kandi bakeneye kwitabwaho. Uburyo umugabo yitwara imbere […]
Bebe Cool yanze gukorana igisibo n’abasilamu bagenzi be

Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Bebe Cool yatangaje ko atazashobora gufunga muri Ramadan kubera uburwayi bwa Gout bumuzahaza. Uyu muririmbyi w’umuyisilamu yakunze kwibazwaho impamvu atubahirizaga igisibo, ariko ntiyigeze asobanura impamvu ya nyayo kugeza ubu. Mu kiganiro yagiranye na NRG Radio, Bebe Cool yavuze ko inshuro yagerageje gufunga, byamugizeho ingaruka mbi cyane. Yagize ati: “Ubushize nageze ku minsi 19, […]
Kapiteni Kevin Muhire yagarutse mu myitozo mbere y’umukino na APR FC

Kapiteni wa Rayon Sports, Kevin Muhire yongeye gusubira mu myitozo nyuma yo gukira imvune yari yamukuye mu kibuga mu mukino batsinzemo Kiyovu Sports ibitego 2-1 tariki ya 15 Gashyantare. Muhire umaze gutsinda igitego kimwe no gutanga imipira 11 yavuyemo ibitego muri shampiyona y’uyu mwaka, yagarutse mu myitozo ku wa Gatatu aho yifatanyije na bagenzi be […]
Kadudu wo muri Gen-Z Comedy yihakanwe na se wamubyaye

Kaduhire Ernestine uzwi nka Kadudu ni umwe mu bakobwa bake bagaragara mu bitaramo bya Gen-Z Comedy bitegurwa n’umunyarwenya Fally Merci, nubwo amaze kwamamara mu rwenya, yanyuze mu buzima bukomeye nyuma yo kwihakwa na se, we n’abavandimwe be bahise bajya kurererwa kwa sekuru na we utari ufite ubushobozi buhagije. Ubwo yari mu kiganiro kuri B&B Kigali, […]
Abadepite barwaniye mu cyumba cy’Inteko kugeza bateraye n’ibiturika

Inteko Ishinga Amategeko ya Seribiya yabereyemo imvururu kuri uyu wa Kabiri, aho bamwe mu badepite batavugarumwe n’ubutegetsi batitaye ku mutekano, batangira gutera ibyotsi biryana mu maso (tear gas) n’ibiturika imbere mu cyumba cy’Inama Nkuru. Ni imyigaragambyo ishingiye ku matora yo kwemeza ingengo y’imari y’amashuri makuru, kimwe mu byifuzo by’abanyeshuri bari bamaze amezi ane mu myigaragambyo […]
Abadepite basabwe kuvuganira insengero zafunzwe

Ihuriro ry’amadini n’amatorero mu Rwanda (RIC) ryasabye Inteko Ishinga Amategeko gukorera ubuvugizi insengero, kiliziya n’imisigiti byari byarafunzwe ariko bikaba byaramaze kuzuza ibisabwa, kugira ngo byemererwe kongera gukora. Ubwo bahuraga n’abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, abayobozi b’amadini bagaragaje ko hari byinshi byakozwe mu rwego rwo kunoza imikorere yabo, harimo gukorera mu mucyo no […]
Niwita ku mugore birengeje urugero ntazakubaha

Mu mibanire hagati y’abagabo n’abagore, hari uburyo butandukanye bwo kuganira no gutuma umugore akwiyumvamo. Bamwe bavuga ko umugabo atagomba guha umugore agaciro ku murengera, kuko bishobora gutuma atamwitaho uko bikwiye. Benshi bemeza ko iyo witaye ku mugore birengeje urugero birangira icyubahiro yaguhaga cyiyoyotse, aha hari ingingo zagufasha kwirinda kugwa muri uwo mutego. 1. Irinde kumutaka […]
Rutahizamu watakiraga Rayon Sports yerekanwe muri Gor Mahia

Ikipe ikomeye yo muri Kenya, Gor Mahia yamaze gutangaza ku mugaragaro abakinnyi bashya yaguze mu mpeshyi ishize, aho umwe muri bo ari rutahizamu ukomoka muri Uganda, Charles Bbaale wahoze akinira Rayon Sports yo mu Rwanda. Binyuze ku mbuga nkoranyambaga za yo, cyane cyane kuri X (yahoze ari Twitter) Gor Mahia yagaragaje abakinnyi bashya batandatu yazanye […]
Miss Burundi 2025: Abakobwa 60 batoranyijwe mu ijonjora ry’ibanze

Abakobwa 60 nibo batoranyijwe mu bakobwa barenga 100 bari biyandikishije mu ijonjora ry’ibanze rya Miss Burundi 2025, ryabaye ku wa Gatandatu tariki ya 1 Werurwe no ku Cyumweru tariki ya 2 Werurwe 2025. Iri jonjora ryabereye mu mujyi wa Bujumbura, aho abakobwa bari biyandikishije bashyizwe imbere y’akanama nkemurampaka, bareba niba bujuje ibisabwa kugira ngo bakomeze […]
Auddy Kelly na Aline Gahongayire bibukije abantu ko gushima Imana bifungura imiryango

Nyuma y’igihe ateguza abakunzi b’umuziki we, umuhanzi Auddy Kelly ubarizwa muri Suède yamaze gusohora indirimbo nshya yise “Hari Amahimwe”, yakoranye n’umuhanzikazi Aline Gahongayire mu rwego rwo gufasha abantu gushima Imana. Iyi ndirimbo ishingiye ku mashimwe, aho Auddy Kelly avuga ko ari uburyo bwo gushimira Imana yamuhaye imbaraga mu rugendo rwe rw’amasomo kugeza ubwo asoje icyiciro […]
Ibyamamare byagiye kwinegura byambaye imyenda yerekana ibice by’ibanga (Amafoto)

Ku mbuga zitandukanye z’imyidagaduro, ibirori byakurikiye Oscars 2025 byigaragaje nk’ibirori by’imyambarire idasanzwe, aho abasitari batandukanye bahisemo kwambara imyenda igaragaza ibice byinshi by’imibiri yabo. Muri ibyo birori byabereye ahantu hatandukanye harimo Vanity Fair Oscar Party, abahanzi n’abakinnyi ba filime nka Olivia Wilde, Julia Fox, Doja Cat, Kendall Jenner n’abandi, bari bambaye imyenda yiganjemo ibonerana cyane kandi […]
Indege y’igisirikare cya Philippines yaburiwe irengero mu mirwano n’inyeshyamba

Indege y’igisirikare cya Philippines yo mu bwoko bwa FA-50, yari ifite abarwanira mu kirere babiri, yaburiwe irengero mu ijoro ryo ku wa Mbere ubwo yari mu butumwa bwo gushyigikira ingabo zo ku butaka zirwanaga n’inyeshyamba mu majyepfo y’igihugu. Igisirikare cyatangaje ko iyo ndege yatakaje itumanaho mbere yo kugera aho yari igiye kugaba igitero. Izindi ndege […]
Amakipe ya APR VC mu bagabo n’abagore yegukanye Zone V

Amakipe ya APR VC mu bagabo n’abagore yegukanye ibikombe by’irushanwa ry’Akarere ka Gatanu (CAVB Zone V Club Championship 2025) ryabereye i Kampala muri Uganda. APR VC y’abagore yatsinze Kenya Pipeline amaseti 3-1, naho APR VC y’abagabo itsinda Police VC yo mu Rwanda ku maseti 3-1. Ni ubwa mbere mu mateka y’iyi kipe yegukanye iri rushanwa, […]
Ubwiru n’amayeri abagore bakoresha baryarya abagabo

Abagabo benshi ntibamenya uburyo bamwe mu bagore babakoresha nk’ibikoresho kugeza igihe bamenyeye ukuri byamaze kubagiraho ingaruka. Dore amwe mu mayeri akoreshwa cyane: 1. “Ndashaka umwanya wo kwitekerezaho” Iyo umugore atangiye kwitandukanya n’umugabo buhoro buhoro, agatangira gucogora avuga ko akeneye umwanya wo kwitekerezaho, akenshi biba bivuze ko hari undi ari kuganira na we. Niba umugore atangiye […]
Abakirisitu bo mu Itorero Angilikani banze gusenga

Ku cyumweru tariki ya 2 Werurwe 2025, habaye impagarara mu Itorero Angilikani muri Diyosezi ya Ekiti, muri All Saints’ Church, Anointed Land i Ado-Ekiti muri Nigeria aho Abakirisitu banze kwinjira mu rusengero basaba ko umushumba wabo, Venerable Oke Olanrewaju, yakurwa ku nshingano. Abigaragambya bavuga ko umushumba wabo akora nabi mu micungire y’umutungo w’itorero, yitwara nabi, […]
Bertrand Iradukunda “Kanyarwanda” yasezeranye n’umuzungu

Uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, Bertrand Iradukunda akaza kwamamara nka “Kanyarwanda” yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Lydie ndetse bari no mu myiteguro yo gukora ubukwe mu Rwanda. Amakuru yemezwa n’inshuti za hafi za Bertrand, avuga ko uyu muhango wabaye ku wa 28 Gashyantare 2025 mu Mujyi wa Québec muri Canada, aho asanzwe atuye. Bertrand Iradukunda […]