Bertrand Iradukunda “Kanyarwanda” yasezeranye n’umuzungu

GlHYSmSWkAA1gjl

Uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru, Bertrand Iradukunda akaza kwamamara nka “Kanyarwanda” yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Lydie ndetse bari no mu myiteguro yo gukora ubukwe mu Rwanda. Amakuru yemezwa n’inshuti za hafi za Bertrand, avuga ko uyu muhango wabaye ku wa 28 Gashyantare 2025 mu Mujyi wa Québec muri Canada, aho asanzwe atuye. Bertrand Iradukunda […]

Perezida Museveni yemeje ko abacuranga imiziki bazajya bishyura ba nyirayo

GlCM9NHXYAEBBeF

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yemeje ishyirwaho ry’uburyo bushya bwo gucunga uburenganzira ku bihangano by’abahanzi (Copyright Management System) hagamijwe kubarinda no gutuma binjiza amafaranga abiturutseho. Iri koranabuhanga rizafasha kumenya ahantu indirimbo yakinwe n’umubare w’igihe yacuranzwe. Ni icyemezo cyafatiwe mu nama yabereye i Rwakitura aho yari yahuje Perezida Museveni n’abahanzi bakomeye barimo Eddy Kenzo. Iri koranabuhanga […]

Uwatwaye Tour du Rwanda yahanwe

fb95e7e9342049aaa684260368b8688c 481701979 1470717304275338 2585421740987485

Umufaransa Fabien Doubey wegukanye Tour du Rwanda 2025 yaciwe amande n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) nyuma yo kugira uruhare mu guhagarika agace ka nyuma k’irushanwa. Ku Cyumweru, aka gace kari katangiriye kuri Kigali Convention Center ariko kaje guhagarikwa nyuma y’uko Fabien Doubey, wari uyoboye urutonde rusange, asabye abakinnyi guhagarara avuga ko umuhanda unyerera kubera imvura n’umuyaga mwinshi. […]

Hollywood yasekuwe n’umutingito ubwo hatangwaga ibihembo bya Oscars

189b4b90 f7fa 11ef a3d2 f5d94b774e86.jpg 1

Muri Hollywood, umutingito uri ku gipimo cya 3.9 wumvikanye mu gihe ibyamamare byari mu birori byo kwizihiza ibihembo bya Oscars byatanzwe mu ijoro ryakeye. Ishami ry’Abanyamerika rishinzwe ubugenzuzi (USGS) ryatangaje ko uwo mutingito wakubitiye muri North Hollywood hafi y’ahaberaga ibirori bya Oscars muri Dolby Theatre. Umutingito wumvikanye nyuma ya saa yine z’ijoro ku isaha ya Los […]

Anora yegukanye ibihembo byinshi muri Oscars 2025

02oscars winners list combo facebookJumbo

Ku cyumweru, tariki ya 2 Werurwe 2025 habaye umuhango wa 97 w’itangwa ry’ibihembo bya Oscars. Filime Anora ni yo yitwaye neza kurusha izindi, itsindira ibihembo bitanu birimo n’icy’iya filime nziza y’umwaka (Best Picture) ndetse n’icy’umuyobozi mwiza wa filime (Best Director). Sean Baker, wayoboye, akandika, agatunganya ndetse akanayobora umushinga wa Anora, yegukanye ibihembo bine wenyine, bituma […]

Mugisha Moïse yahanwe muri Tour du Rwanda 2025

FB IMG 17408486348895180

Umukinnyi w’Umunyarwanda Mugisha Moïse yahanwe n’ubuyobozi bwa Tour du Rwanda 2025 nyuma yo kunyura ahatemewe mu gace ka Gatandatu (Nyanza – Kigali Canal Olympia). Nk’uko byatangajwe n’abategura irushanwa, Mugisha yaciwe amande y’ama-CHF 200 (angana n’ibihumbi 315 by’amafaranga y’u Rwanda) ndetse anakurwaho amasegonda 20 ku bihe yakoresheje muri iri siganwa. Uretse ibyo bihano, Mugisha Moïse yanakuweho […]

Abagore ntibakunda abagabo b’abana beza

DALL·E 2025 03 01 12.43.20 An illustration of two types of men in a dating scenario one man looking timid and overly nice offering flowers nervously to a woman who seems unin

Hari imyumvire ivuga ko abagabo b’abana beza (nice guys) bakunze kugira ibibazo mu rukundo kuko hari imyitwarire ibatandukanya n’abagabo bifitiye icyizere cyangwa badatinya gufata ibyemezo bamwe bazwi nka bad boys. Abagore ntibishimira abagabo bagaragara nk’abana beza kubera izi mpamvu zikurikira tugiye kukurondorera muri iyi nkuru. 1. Ntibagaragaza intego zabo nyakuri Aba bagabo bakunda guhisha ibyo […]

Yasanzwe ari gusambanya inka ihaka

DALL·E 2025 03 01 12.02.18 A shocking scene in a rural Kenyan village at night where a group of angry villagers with flashlights have gathered around a wooden animal shed. A yo

Abaturage bo mu mujyi wa Kalamega, mu Majyepfo ya Kenya, baguye mu kantu nyuma yo gufata umugabo asambanya inka ihaka mu masaha y’ijoro. Uyu mugabo bivugwa ko yitwikiriye ijoro, akinjira mu rugo rw’umuturanyi maze agahohotera inka ye. Umuturage witwa Agrrey Imbumi ni we wamufatiye mu cyuho, avuga ko yumvise urusaku rutangaje ruvuye mu kiraro, akibwira […]

Mwarimu yateye inda abanyeshuri 4 yigisha

DALL·E 2025 03 01 11.11.33 A serious university professor in a Nigerian classroom wearing a formal suit looking worried while students in the background whisper and glance at

Kaminuza ya Nigeria i Nsukka (UNN) yahagaritse by’agateganyo umwarimu wayo, Chigozie Odum nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yateye inda abanyeshuri bane mu gihe cy’imyaka ine. Ibi birego byatangiye kumenyekana mu mwaka w’amashuri wa 2019/2020, aho bivugwa ko Odum yakoresheje ububasha bwe nk’umwarimu agasaba abanyeshuri imibonano mpuzabitsina. Nyuma y’ifatwa rye na polisi, ubuyobozi bwa kaminuza bwafashe icyemezo […]

Bebe Cool yaciye Alex Muhangi miliyoni 570 y’indishyi

20250301 093606

Umuhanzi Bebe Cool yandikiye umunyarwenya Alex Muhangi amumenyesha ko azamurega mu nkiko kubera gukoresha ibihangano bye mu nyungu ze bwite atabiherewe uburenganzira. Abinyujije ku munyamategeko we, Me Timothy Sentongo wa RSK Associates, Bebe Cool yamushinje kwerekana no gukwirakwiza ibitaramo bye kuri YouTube no kuri televiziyo NTV Uganda hagati ya Ukwakira 2017 na Ugushyingo 2024 nta […]

Uwahawe imbabazi na Perezida yishwe arashwe

41bc717849c9429ca4e85b67b2507866 md

Umugabo witwa Matthew Huttle, wababaririwe na Donald Trump ku byaha bya January 6 byibasiye inyubako ya capitale, yarashwe n’umupolisi wa Jasper County muri Leta ya Indiana ku itariki ya 26 Mutarama 2025, nyuma yo kugirana amakimbirane n’uyu mupolisi mu muhanda. Nk’uko amashusho ya bodycam abigaragaza, Huttle yari atwaye imodoka ku muvuduko wa 70 mph mu […]

#TourDuRwanda2025: Duarte Marivoet yegukanye agace ka Gatanu

img 20250228 wa0064 4250101740751529

Umubiligi Duarte Marivoet w’imyaka 20 ukinira ikipe ya UAE, ni we wegukanye agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2025, aho yasoreje i Huye nyuma yo gusiganwa ibilometero 144 avuye i Rusizi. Uyu mukino watangiye abakinnyi bagenda mu kivunge, ariko nyuma bamwe bagerageje gutoroka igikundi. Mu bilometero bya nyuma, Marivoet yigaragaje cyane, aza gutsinda isiganwa […]

Rutahizamu Ka-Boy yabeshyuje ibimuvugwaho

IMG 2257 860x1017 1

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu y’Abagore (She-Amavubi) ndetse na Yanga Princess yo muri Tanzania, Mukandayisenga Jeanine uzwi nka Ka-Boy, yahakanye amakuru yavugwaga ko yakuwe mu mwiherero kubera ibicurane. Mu gihe Ikipe y’Igihugu yiteguraga imikino ibiri yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore, Ka-Boy yakuwe mu mwiherero bitunguranye. Icyo gihe, byatangajwe ko impamvu ari uko yari arwaye ibicurane. […]

RDC: Umwana w’imyaka ine wari uri kuzamuka mu muziki yapfuye

FB IMG 17407351754789277

Umwana w’imyaka ine, Ashna Lweri wari utangiye kwigaragaza mu muziki ku rwego mpuzamahanga, yitabye Imana. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Gashyantare 2025, urubuga rwa Trace Mziki muri Afurika y’Uburasirazuba rwagaragaje akababaro k’urupfu rwe, rutangaza ko Ashna Lweri yitabye Imana ku wa 27 Gashyantare 2025. Uru rubuga ntirwatangaje ikihishe inyuma y’urupfu rw’uyu mwana wari […]

Imodoka ya mbere iguruka yasuzumwe

20250228 062023 6757601740716572

Kompanyi ya Alef Aeronautics yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamuritse imodoka ya mbere iguruka ku Isi. Mu Cyumweru gishize, iyi modoka yakoze isuzuma rya mbere, aho Prototype ya Model Zero yagaragaye iguruka hejuru y’imodoka yari iparitse muri California. Jim Dukhovny, umuyobozi wa Alef Aeronautics yavuze ko iri suzuma ari intambwe ikomeye mu ikoranabuhanga […]

Drake ashobora guhanirwa muri Australia

IMG 20250228 084645

Umuraperi w’Umunyamerika Drake ari gukorwaho iperereza n’ikigo gishinzwe umutekano w’indege muri Australia (CASA) nyuma yo kugaragara mu mashusho arimo drone yari yegereye inzu ye muri Sydney. Aya mashusho yagaragaje Drake agerageza gutera iyi drone inkweto ya Yeezy. Abenshi mu babonye iki gikorwa baketse ko ari igikorwa cyo kwamamaza urubuga rwe rw’imikino y’amahirwe, Stake. Amategeko ya […]

Jose Mourinho yahaniwe muri Turikiya

IMG 20250228 082303

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Turikiya ryahagaritse umutoza wa Fenerbahce, Jose Mourinho imikino ine ndetse rimuca amande arenga €42,000 kubera amagambo yavuze nyuma y’umukino wa shampiyona warangiye banganyije na Galatasaray 0-0 ku wa Mbere. Nyuma y’umukino, Mourinho yavuze ko “abari ku ntebe y’abasimbura ba Galatasaray basimbukaga nk’inkende,” amagambo yahise ashinjwa kuba ay’ivangura no kutubahiriza amahame y’umupira […]

APR FC yatsinze Gasogi United

FB IMG 17406827290997531

Ku wa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025 APR FC yatsinze Gasogi United igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ¼ cy’igikombe cy’Amahoro. Igitego rukumbi cyabonetse muri uyu mukino cyatsinzwe na Niyibizi Ramadhan mu minota ya mbere y’umukino. Gasogi United yakiriye uyu mukino i Kigali kuri Pele Stadium, irwana no kwishyura ariko APR FC iyibera ibamba. APR […]

#TourduRwanda2025: Joris Delbove yegukanye agace ka kane

img 20250227 wa0107 2019001740658515

Umufaransa Joris Delbove ukinira Ikipe ya TotalEnergies ni we wegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2025, kakinwe kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare. Aka gace kahagurutse i Rubavu kerekeza i Karongi ku ntera y’ibilometero 95,1. Intangiriro y’isiganwa yabaye aho abakinnyi bagenderaga hamwe, ariko bidatinze haboneka itsinda ry’abasiganwaga imbere barimo abanyarwanda Nsengiyumva Shemu, […]

Yakase igitsina cy’umugabo we cyitamumaraga ipfa mu gitanda

kevina nabirye yahanishijwe gufungwa imyaka 20 nyuma yo guhamwa n icyaha cyo kugeregeza kwica umugabo we amukase igitsina 3da75

Urukiko rw’ibanze rwa Kamuli muri Uganda rwakatiye Kevina Nabirye, umugore w’imyaka 34 igifungo cy’imyaka 20 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kugerageza kwica umugabo we, Mathias Bwamiki, amukase igitsina. Icyaha cyabaye ku wa 18 Gashyantare 2025, Saa Tanu z’ijoro ubwo Nabirye yakase igitsina cy’umugabo we bamaze imyaka 10 babana, amushinja kutanoza inshingano z’abashakanye. Mu rubanza rwabaye ku wa […]

APR FC yihanganishije Richmond Lamptey wapfushije mushiki we

GkyH80GWEAE1MoQ

Ikipe ya APR FC yifatanyije n’umukinnyi wayo Richmond Lamptey nyuma y’uko amakuru y’incamugongo y’uko mushiki we yitabye Imana amugezeho. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, APR FC yabonye iyi nkuru mbi maze ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo igaragaza akababaro kayo. APR FC yagize iti: “Ubuyobozi, abakinnyi ndetse n’abagize APR FC […]

Diamond yasabye Perezida Samia Suluhu kubaka Arena nk’iyo mu Rwanda

Diamond Platnumz and Tanzanian President Samia Suluhu

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz yasabye Perezida Samia Suluhu Hassan gushyiraho inyubako yakira ibitaramo n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, imeze nk’iya BK Arena yo mu Rwanda. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’ibihembo bya Trace Awards byabereye ku kirwa cya Zanzibar, muri Tanzania. Si ubwa mbere Diamond agaragaza ko yishimira iyi nyubako yo mu Rwanda. […]

Uretse ubwiza, dore ibintu abasore bakunda ku bakobwa

file

Nubwo imiterere y’inyuma ishobora gukurura, hari ibindi bintu by’ingenzi abasore bakunda ku bakobwa. Ubushakashatsi bwagaragaje ko abasore bashimishwa n’abakobwa bafite imico n’imyitwarire myiza. Abasore bakunda umukobwa useka kenshi kandi uzi gutera urwenya, kuko bibagaragariza ko yisanzuye. Bakunda kandi umukobwa ukunda abana, kuko bamufata nk’ushobora kuzaba umubyeyi mwiza. Ikindi gikurura abasore ni umukobwa udakoresha telefone cyane […]

Rayon Sports yanganyije na Gorilla FC mu Gikombe cy’Amahoro

img 20250226 wa0125 678f1

Rayon Sports na Gorilla FC zanganyije ibitego 2-2 mu mukino ubanza wa ¼ cy’Igikombe cy’Amahoro wabaye kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 26 Gashyantare 2025. Gorilla FC yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 4, ku gitego cyinjijwe na Ndikumana Landry nyuma yo gucenga ubwugarizi bwa Rayon Sports. Nyuma y’iminota mike, Nsanzimfura Keddy yatsindiye Gorilla […]

Yatuburiwe miliyoni 39 Frw n’umukobwa wakozwe na AI

iStock 1934523700

Umugabo wo muri Shanghai uzwi ku izina rya Mr. Liu yaguye mu mutego w’uburiganya buhanitse bukoresha ikoranabuhanga atakaza hafi 200,000 yuan (asaga 39,323,760 RWF), nyuma yo kwemezwa ko ari mu rukundo n’umukunzi utabaho waremwe n’ubwenge bw’ubukorano (AI). Nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru bya Leta y’u Bushinwa kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 26 Gashyantare 2025, abatekamutwe bakoreshaga […]

Yafatanwe cocaine ya miliyoni 14.7 Frw mu musatsi

Screenshot 20250226 071805 Chrome 1740551111

Polisi yo muri Colombiya yafashe umugabo w’imyaka 40 wageragezaga kwinjiza mu ndege ibiyobyabwenge yihishe munsi y’umusatsi w’umukorano. Uyu mugabo yafashwe ku kibuga cy’indege cya Cartagena ku wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare 2025, ubwo yari agiye kwerekeza i Amsterdam. Ibikoresho bisuzuma byagaragaje ko yari afite 220g za cocaine zapakiwe mu dupaki duto, twari dutwikiriwe n’umusatsi […]

Lionel Messi na Luis Suárez bahanwe

official messi why did you do that i 5225301 3fd40

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (MLS) ryafatiye ibihano Lionel Messi na Luis Suárez, bakinira Inter Miami nyuma yo kugaragaza imyitwarire idahwitse mu mukino bahuyemo na New York City FC tariki ya 23 Gashyantare 2025. Uyu mukino warangiye amakipe yombi anganyije ibitego 2-2, ariko Messi na Suárez barenze ku mategeko agenga imyitwarire bakora […]

Leta yasabye iperereza ryimbitse ku rupfu rw’uwahoze akinira AS Kigali

IMG 20220627 WA0093

Guverinoma ya Nigeria yasabye ko hakorwa isuzuma ryimbitse ku cyateye urupfu rw’umukinnyi w’umupira w’amaguru, Abubakar Lawal wapfiriye muri Uganda mu buryo budasobanutse. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri n’ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho mu Komisiyo y’Abanya-Nigeria baba mu mahanga (NiDCOM), Umuyobozi Mukuru wa NiDCOM, Hon. Abike Dabiri-Erewa yavuze ko uru rupfu ari “urw’agahinda kandi rukemangwa,” […]

U Rwanda rwasezerewe mu gushaka itike ya CAN 2026

20250225 204136 c2301

  Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasezerewe mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026, nyuma yo kunganya na Misiri ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Suez Canal Stadium kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Gashyantare 2025. Mu mukino ubanza wabereye i Kigali, u Rwanda rwari rwatsinzwe 1-0, […]

#TourduRwanda2025: Brady Gilmore yegukanye agace ka kabiri

img 20250225 wa0268

Umukinnyi Brady Gilmore ukinira Israel-Premier Tech ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2025, kavaga i Kigali kagasorezwa i Musanze. Isiganwa ryo kuri uyu wa Kabiri ryahagurukiye imbere y’inyubako ya CHIC mu mujyi wa Kigali, aho abakinnyi 69 batangiye urugendo berekeza mu majyaruguru y’igihugu mu mujyi wa Musanze. Mu ntangiriro z’iri siganwa, […]

Biratangaje: Bamaze amasaha 58 basomana

95369049 14412921 image a 1 1740045237293

Umugabo n’umugore bo muri Thailand, Ekkachai Tiranarat na Laksana baciye agahigo ko gusomana igihe kirekire kurusha abandi ku isi aho bamaze amasaha 58 n’iminota 35 bafatanyije iminwa mu irushanwa ryabaye mu mwaka wa 2013 ndetse rinandikwa muri Guinness World Records. Nyuma y’imyaka igera kuri 11 batsinze iri rushanwa, Ekkachai yatangaje ko we na Laksana batandukanye, […]

Kicukiro: Polisi yafunze bane batuburiye umucuruzi Amadolari y’amiganano

amafaranga abo abagabo bane bafatanywe ni amadolari a290b

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kicukiro yataye muri yombi abagabo bane bashinjwa gutuburira umucuruzi bamuhaye amafaranga y’amiganano ifite agaciro ka 14.800$ (asaga miliyoni 20 Frw). Ibi byabereye mu Murenge wa Gahanga, tariki ya 24 Gashyantare 2025. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje ko aba bagabo bahamagaye […]

CAF yamaganye Jamie Carragher

salah carra afcon

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yasubije ubutumwa bwa Jamie Carragher wahoze akinira Liverpool, nyuma y’aho atangaje ko Igikombe cya Afurika (AFCON) atari irushanwa rikomeye. Carragher yagarutse kuri AFCON ubwo yari muri studio za Sky Sports, nyuma y’umukino Liverpool yatsinzemo Manchester City ibitego 2-0. Mu kiganiro, yavuze ko kuba Mohamed Salah akomoka muri Misiri bishobora […]

Gen Muhoozi ashinja umugore wa Kizza Besigye gushaka gusenya urugo rwa Perezida Museveni

0ac20b1b372c3c5a

Gen Muhoozi Kainerugaba, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, aherutse gutangaza amagambo akomeye kuri Winnie Byanyima, umugore wa Dr. Kizza Besigye. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X (Twitter), Muhoozi yashinje Byanyima kugerageza gusenya urugo rwa se mu myaka yashize. Ibi byatangajwe nyuma y’uko Byanyima avuze ko umubano we na […]

Polisi yafunze babiri bateye amabuye imodoka y’abafana ba APR FC

b3c201ed91541315d995999b625aee

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo yataye muri yombi abantu babiri bakekwaho gutera amabuye imodoka yari itwaye abafana ba APR FC, bikayiviramo kumena ikirahure. Iki gikorwa cyabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 23 Gashyantare 2025, ubwo abafana ba APR FC bavaga i Huye berekeza i Kigali nyuma yo kureba umukino w’ikipe yabo yatsinzwe […]

Umunyamideli Moses Turahirwa yatemaguriwe i Musanze

GkjfWtpWUAESASt

Moses Turahirwa washinze inzu y’imideli Moshions, yatewe n’abagizi ba nabi mu Karere ka Musanze, aho bamukubise ndetse bakanamutera ibyuma ubwo yari ari kumwe n’imbwa ye. Ubwo abi bagizi ba nabi bamugabagaho igitero, baje kumutemagura bikabije we n’imbwa ye yehise ihasiga ubuzima gusa we ku bw’amahirwe ntiyapfuye gusa azahajwe n’ibikomere bamusigiye. Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri […]

Ntitugomba guhana abanyarwanda mu gihe tutumvikanye n’abayobozi babo: John Legend

54342673505 baa1cf8eda b

Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, John Legend yavuze ko adashyigikiye igitekerezo cyo guhana Abanyarwanda kubera ibibazo bya politiki nyuma y’uko bamwe bamusabye kutaririmbira muri Kigali kubera umubano utari mwiza hagati y’u Rwanda na DR Congo. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Legend yagize ati: “Ntabwo nemera ko tugomba guhana abaturage b’u Rwanda igihe tutumvikanye n’abayobozi babo.” […]

Tour du Rwanda 2025: Henok Mulubrhan yegukanye agace ka mbere

WhatsApp Image 2025 02 24 at 15.52.48 e336890c

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan ukinira Astana Qazaqstan yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025, kakinwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare. Mulubrhan, w’imyaka 25, ni we wari wegukanye Tour du Rwanda ya 2023, akaba yongeye kugaragaza ubukana bwe mu isiganwa ry’uyu mwaka. Iri siganwa ryatangiye ku Cyumweru aho hakinwe agace ka Prologue […]

John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi

gkisdkkxiaa lwd ec6d8

Nyuma yo gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, umuhanzi w’icyamamare John Legend yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi, aho yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uyu muhanzi ukomeye mu njyana ya R&B, wari kumwe n’itsinda rimuherekeje, yasobanuriwe amateka y’u Rwanda, uko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe n’ingaruka zayo ndetse n’urugendo rwo […]

Zelensky yiteguye kwegura

ukraines volodymyr zelensky

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky yatangaje ko yiteguye kwegura ku buyobozi niba byatuma igihugu cye kibona amahoro ndetse avuga ko ashobora kubihinduranya no kwinjira muri NATO. Mu kiganiro n’abanyamakuru ku Cyumweru, tariki ya 23 Gashyantare yabajijwe niba yiteguye kurekura ubutegetsi mu gihe byatanga amahoro kuri Ukraine, maze asubiza ati: “Niba byazana amahoro kuri Ukraine, niba […]

Rutahizamu wa Rayon Sports ashobora kumara amezi 9 adakina

20250224 071413 1076191740374281

Rutahizamu w’ikipe ya Rayon Sports, Fall Ngagne ashobora kumara amezi icyenda adakandagira mu kibuga nyuma yo kugira imvune ikomeye ku mukino ikipe ye yanganyijemo na Amagaju FC igitego 1-1. Uyu mukino wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda wabereye i Nyamagabe ku wa Gatandatu, ku munsi wa 18 wa Shampiyona. Mu minota ya nyuma, Fall […]

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yishimiye intsinzwi ya APR FC

481348062 18484730674057040 4724960317699905056 n

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ibyishimo bikomeye nyuma y’uko ikipe ye akunda, Mukura Victory Sports, yatsinze APR FC igitego 1-0 muri Shampiyona y’u Rwanda. Ni intsinzi ikomeye kuri Mukura VS, kuko yari iherutse no gutsinda Rayon Sports mu mukino wabaye mu kwezi gushize. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Minisitiri Nduhungirehe […]

Green Party igiye kujyana Leta y’u Rwanda mu nkiko

IMG 20250222 WA0008

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda ryatangaje ko rigiye kurega Leta y’u Rwanda risaba ko hakurwaho ibigo bifungirwamo inzererezi, bizwi nka Transit Centers, kuko bibangamira uburenganzira bwa muntu. Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabereye mu Karere ka Rulindo ku wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2025, Dr Frank Habineza umuyobozi w’iri shyaka, […]

Abajura batsindiye miliyari 700 bakoresheje ikarita bibye none uwo bayibye ari kubasaba kuyagabana

a7920b50 f079 11ef a7d9 9f7991f418fc.jpg

Umugabo wo mu Bufaransa yatangaje ko yiteguye kugabana n’abajura miliyoni 500 z’ama-Euro (€500,000) akabakaba miliyoni 700 Frw, nyuma y’uko batsindiye jackpot bakoresheje ikarita ye y’amafaranga yibwe. Uyu mugabo wiyise Jean-David E, yabwiye radiyo RTL ko aho kugira ngo ayo mafaranga yafatirwe n’inzego z’ubutabera, yifuza kugirana amasezerano n’abo bajura yo kugabana ayo mafaranga. Ati: “Ntibari gutsinda […]

Perezida Museveni yasabwe kwigira kuri Paul Kagame

Screen Shot 2019 10 04 at 11.05.06 e1570180183106

Umuhanzikazi wo muri Uganda, Priscilla Zawedde uzwi ku izina rya Azawi yasabye Perezida Yoweri Museveni kwigira kuri mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu buryo bwo kwegera urubyiruko no kwitabira ibikorwa bitandukanye. Azawi uzwi mu ndirimbo nka Slow Dancing, Majje yakoranye na Fik Fameica, Party Mood, Masavu, na Bamututte, yari i Kigali mu gitaramo cya […]

Uwishe Pop Smoke yakatiwe gufungwa imyaka 29

gettyimages 1200095733 2000 e318022bd3204ae7985e949553d8c679

Corey Walker, umwe mu bagize uruhare mu rupfu rwa Pop Smoke yakatiwe igihano cy’imyaka 29 y’igifungo nyuma yo kwemera uruhare rwe mu bwicanyi bw’uyu muraperi. Walker, w’imyaka 24, yavuze ko agiye gusaba imbabazi umuryango wa Pop Smoke, avuga ko nubwo nta mbabazi zishobora gusimbura ubuzima bw’umuntu, arimo kwicuza ku byo yakoze. Uyu mwicanyi yagize icyo […]

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye igitaramo cya John Legend

54342721200 7223446291 o 7391181740187616

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame,bitabiriye igitaramo cy’umuhanzi John Legend cyabereye muri BK Arena i Kigali ku wa Gatanu tariki 21 Gashyantare 2025. Iki gitaramo cyari cyateguwe ku bufatanye n’umuryango Global Citizen n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), kikaba cyari kigamije guteza imbere umuziki no guha amahirwe urubyiruko rwo muri Afurika. Perezida Kagame yagaragaje ko yishimiye […]

Ntutabona ibi bintu 6 ku mugore wawe uzamenye ko atakubaha

DALL·E 2025 02 21 16.54.29 A loving couple in a warm home setting. The man is sitting on a couch reading a newspaper while the woman is serving him a meal with a gentle smile

Mu mubano w’umugore n’umugabo, icyubahiro ni ingenzi kuko gituma urukundo rukura kandi rugakomera. Hari uburyo butandukanye umugore ashobora kugaragariza umugabo we icyubahiro, bigatuma umubano wabo uba mwiza kurushaho. 1. Kumwumva iyo avuga, ntamuce mu ijambo Kumva neza ibyo umugabo avuga, utamuca mu ijambo ni ikimenyetso cy’uko umwubaha kandi umwitayeho. Bituma yumva ko afite agaciro, kandi […]

Liverpool yatomboye PSG muri 1/8 cya Champions League

1740138483767 824551740138503

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Gashyantare 2025, tombola ya 1/8 cya UEFA Champions League yabereye i Nyon mu Busuwisi, itanga amakipe azahura muri iki cyiciro cy’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi. Muri iyi tombola, Liverpool yatomboye Paris Saint-Germain, umukino uzaba ukomeye cyane dore ko aya makipe yombi afite […]

Hamuritswe Robot ikora nk’umuntu

20250220 231759 1740090560

Abahanga mu by’ikoranabuhanga bamuritse robot ifite imikorere isa n’iy’umuntu, kubera imitsi mpimbano iri munsi y’uruhu rwayo. Ikigo cy’ikoranabuhanga cyo muri Pologne, Clone Robotics, cyasohoye amashusho mashya ya Protoclone, robot yacyo ifite umubiri usa neza n’uw’umuntu ariko itagira isura. Iyi mashini ifite uburebure bwa metero ebyiri (6 feet), ikaba ifashwe n’imigozi iyimanitse mu kirere mu kigo Clone […]

Sitade Amahoro ihanganye na Sitade ya Real Madrid

IMG 20250221 WA0003

Stade Amahoro, imwe mu nyubako nshya z’imikino zigezweho muri Afurika, yashyizwe ku rutonde rw’ibibuga 23 bihatanira igihembo cy’ibibuga byiza ku Isi bya 2024, nk’uko byatangajwe n’urubuga StadiumDB.com.   Iyi stade y’u Rwanda yafunguwe ku mugaragaro ku wa 1 Nyakanga 2024, mu birori byayobowe na Perezida Paul Kagame, afatanyije na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), […]

Reagan yashyize hanze amashusho y’indirimbo

IMG 20250221 WA0010

Umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Eric Reagan Ngabo. usanzwe utuye mu gihugu cya Finland mu Majyaruguru y’u Burayi, yashyize ahagaragara amashusho y’indirimbo nshya yise My Lord izaba iri kuri Album nshya yitegura gushyira ku isoko, ikazibanda cyane ku ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Uyu muhanzi yari amaze iminsi ashyize imbere cyane […]

John Legend ari i Kigali

john3 2 066e4 1

Umuhanzi w’icyamamare ku rwego mpuzamahanga, John Legend yageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, ari kumwe n’umugore we Chrissy Teigen. Uyu muhanzi yaje kwitabira igitaramo cya Move Afrika, kirabera muri BK Arena kuri uyu wa 21 Gashyantare 2025. Muri iki gitaramo, John Legend azahurira ku rubyiniro n’abahanzi barimo Bwiza na DJ Toxxyk. […]

Béatha uzwi muri ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

FB IMG 17400596368066508

Umuhanzi Musengamana Béatha, uzwi cyane mu ndirimbo “Azabatsinda Kagame”, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugabo we, Niyonshuti Valens, nyuma y’imyaka 12 babana mu buryo butemewe n’amategeko. Uyu muhango wabaye ku wa 20 Gashyantare 2025, mu biro by’Umurenge wa Nyamiyaga, mu Karere ka Kamonyi. Musengamana yavuze ko yishimiye intambwe bateye nk’umuryango, naho Valens ashimangira ko bifashije umubano wabo […]

Muhire Eric yegukanye igihembo mu gukoresha AI mu buhinzi

WhatsApp Image 2025 02 20 at 13.00.27 2f01947c

Umuhanga mu ikoranabuhanga, Muhire Eric yatsindiye igihembo cy’ubuhanga mu gukoresha ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence – AI) mu buhinzi, aho yahawe ishimwe nk’umwe mu bantu bazanye ibisubizo bishya bifasha abahinzi guhangana n’ibibazo bahura na byo. Iki gihembo cyatanzwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buhinzi n’Ibiribwa (FAO) binyuze muri gahunda ya Mountain Future Award igamije gushimira imishinga y’ikoranabuhanga […]

Mukuru wa Bobi Wine yaburiwe irengero

photo output 5 edited scaled 1

Umuryango wa Nyanzi Ssentamu, umunyapolitiki uzwi nk’umuhuzabikorwa mukuru wa National Unity Platform (NUP) rya murumuna we Bobi Wine, uri mu rujijo nyuma y’iminsi itatu atwawe n’abantu bataramenyekana bikekwa ko ari inzego z’umutekano. Nyanzi yafashwe mu buryo butazwi, kandi kuva icyo gihe ntiharamenyekana aho aherereye aho bikomeje gutera impungenge umugore we, abana be ndetse n’abo mu […]

Bebe Cool yanze kuririmba mu gitaramo cya Alex Muhangi

20250220 105411

Umuhanzi w’icyamamare Bebe Cool yari ateganyijwe kuririmba mu gitaramo cya Comedy Store mu ijoro ryakeye, ariko ntiyigeze afata urubyiniro kubera ibibazo by’amafaranga atishyuwe. Umuyobozi wa Gagamel, wari kumwe n’umugore we yageze ahabereye igitaramo ariko ahitamo kugenda bidatinze. Amakuru aturuka mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi avuga ko yari yasabye ko abanza kubona amafaranga ye yose […]

Drake yatewe na Drone y’ubutasi

hq720

Umuraperi w’Umunyakanada, Drake yashenguwe n’akadege kagaragaye mu nzu ye y’akataraboneka i Sydney muri Australia, aho ari mu ruzinduko rw’igitaramo cye “Anita Max Win Tour.” Muri videwo imaze gucicikana ku mbuga nkoranyambaga, ako gadege kagaragaye kinjira mu cyumba Drake arimo, gafata amashusho agaragaza mudasobwa ye iri ku meza, ifunguye urubuga rw’imikino y’amahirwe. Drake yinjiye mu cyumba […]

Imfungwa yatorokeye mu rukiko isimbutse igorofa

20250219 191944 1739989953

Muri Afurika y’Epfo, umugabo wari ukurikiranyweho ubujura no kwinjira mu nzu binyuranyije n’amategeko yabashije gutoroka ubwo yari agejejwe imbere y’urukiko. Uwo mugabo witwa Onoshana Thando Sadiki, yari yagejejwe mu rukiko rwa Johannesburg ruri i Jeppe kugira ngo yisobanure ku byaha aregwa. Nyamara, ubwo urubanza rwe rwari rugiye gukomeza yaje gutoroka asimbutse igorofa y’urukiko aho yahise […]

Ikiriyo cyo gushyingura Papa cyiri gutegurwa akiri muzima

95370479 14413577 image a 44 1739976729962

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe buri mu kaga. Nk’uko ikinyamakuru Blick cyo mu Busuwisi kibitangaza, abashinzwe kumurinda ba Swiss Guard bari mu myitozo y’ikiriyo cye, kandi bategetswe kuguma mu rugo. Papa Francis w’imyaka 88, aherutse kujyanwa mu bitaro bya Gemelli i Roma nyuma yo kugira […]