Gatsata: Inkongi y’umuriro yangije igaraje

2

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare 2025, inkongi y’umuriro yafashe igaraje riherereye ahazwi nko mu Cyerekezo, mu murenge wa Gatsata, mu karere ka Gasabo. Iyi nkongi yatwitse zimwe mu modoka zari muri iri garaje, aho zimwe zakongotse burundu, ndetse na resitora yari iri hafi yaho nayo yangiritse bikomeye, ku buryo […]

Rayon Sports yambuwe ikibuga cy’imyitozo

WhatsApp Image 2025 02 19 at 16.12.04 cc53fc8b

Ikigo gikora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, SKOL cyamaze kwandikira Rayon Sports kiyimenyesha ko cyafunze ikibuga cyayo cy’imyitozo giherereye mu Nzove. Ibi byatewe n’ibyo SKOL itumvikanaho n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, aho iyi kipe ishinjwa kwica amasezerano bari bafitanye. Amakuru avuga ko impamvu nyamukuru ari umufatanyabikorwa mushya mu mikino y’amahirwe, umaze iminsi akorana na Rayon Sports mu buryo butanyuze […]

Sibomana Patrick “Papy” yasinye mu Barabu

IMG 2047

Nyuma yo gutandukana na Al-Ittihad Misurata SC yo muri Libya, rutahizamu w’umunyarwanda, Sibomana Patrick uzwi nka Papy, yamaze gusinya muri Al-Wahda FC yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Uyu mukinnyi ukina asatira anyura ku ruhande, yerekanywe nk’umukinnyi mushya w’iyi kipe kuri uyu wa Gatatu, nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa Al-Wahda FC binyuze ku mbuga nkoranyambaga za […]

Umukino w’Amavubi y’abagore wagizwe ubuntu

GkF6V25XUAAAkgF

Ikipe y’Igihugu y’Abagore, Amavubi iracakirana na Misiri ku wa Gatanu w’iki cyumweru mu mukino ubanza w’ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika aho kwinjira kuri sitade azaba ari ubuntu ku bafana bifuza kuwukurikira imbonankubone. Nk’uko byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), uyu mukino uzabera kuri Kigali Pelé Stadium guhera saa Cyenda aho […]

Umuyobozi w’idini ya Islam w’umutinganyi yishwe arashwe

swisherpost muhsin hendricks

Muhsin Hendricks umuyobozi w’idini ya Islam wamenyekanye ku rwego mpuzamahanga kubera kwiyemerera ko ari umutinganyi, yishwe arashwe muri Afurika y’Epfo. Uyu mugabo w’imyaka 57 y’amavuko yarasiwe mu modoka ye hafi y’umujyi wa Gqeberha n’abantu bitwaje intwaro. Hendricks yari ayoboye umusigiti wa Masjidul Ghurbaah mu mujyi wa Cape Town, aho yakiraga Abayisilamu bose, cyane cyane abahuye […]

Umugabo wa Rihanna yagizwe umwere

asap rocky court verdict rt lv 250218

Umuraperi A$AP Rocky, umugabo w’umuhanzikazi Rihanna, yagizwe umwere n’urukiko rwa Los Angeles kuri uyu wa 18 Gashyantare 2025, nyuma y’igihe aburana ku byaha yashinjwaga byo kurasa mugenzi we A$AP Relli. A$AP Rocky, amazina ye nyakuri akaba Rakim Mayers yari amaze ibyumweru bitatu imbere y’urukiko aho yireguraga ku cyaha cyo kurasa Terell Ephron, uzwi nka A$AP […]

Arsenal yahanwe

95302873 14406375 image a 53 1739811860868

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA) ryaciye Arsenal amande angana na £65,000 kubera kudashobora kugenzura imyitwarire y’abakinnyi bayo, nyuma y’ikarita itukura yahawe Myles Lewis-Skelly mu mukino wa Premier League wabahuje na Wolverhampton Wanderers ku wa 25 Mutarama 2025. Lewis-Skelly yahawe ikarita itukura nyuma yo gukora ikosa kuri Matt Doherty mbere y’uko igice cya mbere kirangira, […]

Robertinho yemeza ko bagomba gutwara ibikombe bisigaye

Gj5MuYKXAAA Brt

Umutoza wa Rayon Sports, Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’, atangaza ko ikipe ye igomba gutsinda buri mukino usigaye kugira ngo yegukane igikombe cya Shampiyona (Rwanda Premier League) ndetse n’icya Amahoro (Peace Cup) Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona n’amanota atatu irusha iyikurikiye, kandi iri mu mwanya mwiza wo kugera muri 1/4 […]

Jose Chameleone agiye kubagwa

IMG 0732

Umuhanzi w’icyamamare Jose Chameleone agiye kujyanwa mu gikorwa gikomeye cyo kubagwa urwagashya mu masaha 12 ari imbere, nyuma y’uko ubuzima bwe bwongeye kumera nabi. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru BigEye ngo ubuzima bw’uyu muhanzi bwongeye kujya mu kaga aho abaganga bafashe icyemezo cyo kumubaga urwagashya kugira ngo barebe ko yagira ubuzima buzira umuze. Uyu muhanzi wari usanzwe […]

Yafunzwe azira kwigurisha ku giciro cyo hejuru kuri Saint-Valentin

merve taskin poses undated photo 972827281

Umunyamideli Merve Taskin w’imyaka 27 ukomoka muri Turukiy yafungiwe mu rugo nyuma yo gutangaza ko azamara ijoro rya Saint-Valentin n’umukunzi umwe uzishyura ibihumbi 9 by’amapawundi (asaga 14,000,000 Frw). Uyu mukobwa w’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga zicuruza amashusho y’urukozasoni yari yatangaje ibi binyuze ku rubuga X (Twitter) aho afite abamukurikira barenga 124,000. Nyuma yo kubishyiraho, nkonti ye yahise […]

Pasiteri w’imyaka 56 wasambanyije umwana w’imyaka 4 arafunzwe

a1 1739822083

Muri Leta ya Anambra, muri Nigeria, umupasiteri witwa Emeka Mkama w’imyaka 56 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka ine inshuro nyinshi mu gace ka Obosi, Idemili North. Ibi byabaye ku wa 24 Ukuboza 2024, ariko amakuru yashyizwe ahabona ku wa 17 Gashyantare 2025 ubwo byagezwaga kuri Komiseri w’Ubuzima muri Leta ya Anambra, Dr Afam Obidike na Stanley […]

Abagore batambara amasutiye mu ruhame bagiye kujya bafungwa

FB IMG 1739733022797 1739733138

Muri Leta ya Anambra muri Nigeria, itsinda ry’abashinzwe umutekano ryatangaje ko rizatangira gufata abagore bose bazagaragara mu ruhame batambaye isutiye (bra) cyangwa umwenda w’imbere (amakariso). Iri tangazo ryatanzwe n’umugabo wari ufite indangururamajwi, aho yasobanuriye abaturage ko iri tegeko ryashyizweho n’umuyobozi wa leta, Guverineri Chukwuma Soludo. Yongeyeho ko n’abagore bazajya bagaragara bambaye imyenda y’imbere gusa nabo […]

Jude Bellingham yatutse umusifuzi F*** you

95276421 14403305 image m 18 1739745499533

Umukinnyi wa Real Madrid, Jude Bellingham ashobora guhagarikwa imikino 12 nyuma yo gutuka umusifuzi mu mukino wabahuje na Osasuna ku wa Gatandatu. Bellingham yahawe ikarita itukura na umusifuzi Jose Luis Munuera Montero mu minota 39 y’umukino wa La Liga waje kurangira kunganya 1-1 hagati ya Real Madrid na Osasuna, nyuma yo gukoresha amagambo akomeretsa umusifuzi. […]

Byiringiro Lague yanze Rayon Sports ku bw’amaramuko

Lague2 ok 1 860x860 1

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Byiringiro Lague, yatangaje ko yari umufana ukomeye wa Rayon Sports mu buto bwe, ariko aza kuyireka ubwo yajyaga muri APR FC mu 2017. Mu kiganiro yagiranye na The Choice Live kuri Isibo TV tariki 16 Gashyantare 2025, yavuze ko APR FC yamuhaye byinshi birimo inzu n’undi mutungo, bituma ayikunda cyane. […]

Shakira ararembye

282399 shakira1

Umuhanzi Shakira yajyanywe igitaraganya mu bitaro nyuma yo kugira uburibwe bukabije mu gifu, bituma ahagarika igitaramo yari afite muri Peru. Uyu muhanzi, wari watangiye Las Mujeres Ya No Lloran World Tour, yatangaje ko ku wa Gatandatu nijoro yajyanywe mu bitaro igitaraganya kandi kugeza ubu akiri mu mavuriro. Yabwiye abafana be kuri Instagram na X ko […]

Igikomangoma Prince William yakwepye ibirori

OdGJP2UGBltXIemZ8398

Igikomangoma Prince William na Catherine, Igikomangomakazi ba Wales, ntibitabiriye ibihembo bya BAFTA 2025 byabaye ku wa 16 Gashyantare nyuma y’imyaka itanu babyitabira ubudasiba.  William, usanzwe ari Perezida wa BAFTA kuva mu 2010, yagaragaye gusa mu mashusho yagaragajwe mu muhango w’ibihembo. Amakuru yemeza ko we na Kate bari mu biruhuko ku kirwa cya Mustique mu Nyanja […]

Nyina wa Miss Chidimma arafunzwe

Snapinst.app 467384999 1242249920226943 5941037609895368443 n 1080 e1739257393651 850x625 1

Inzego z’umutekano muri Afurika y’Epfo zataye muri yombi Anabela Rungo, nyina wa Chidimma Adetshina, Igisonga cya Mbere cya Miss Universe Nigeria 2024, azira gukoresha ibyangombwa by’ubwenegihugu binyuranyije n’amategeko. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yemeje ko Rungo, ukomoka muri Mozambique, yafashwe tariki 15 Gashyantare 2025 i Cape Town, aho yari yihishe. Iyo minisiteri ivuga ko ubwenegihugu bwe bwateshejwe […]

Juno yigaramye ibyo kurongora uwo bakorana

20250216 215639

Umuhanzi Juno Kizigenza yanyomoje amakuru amaze iminsi acicikana ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yaba ari kwitegura ubukwe na mugenzi we, France Mpundu. Juno yavuze ko aya makuru atariyo, ashimangira ko nta kintu kihariye kiri hagati yabo uretse ubufatanye mu muziki. Yabwiye IGIHE ati: “Nta bukwe, reka reka. Nanone nabibonye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, […]

Sonia Rolland ababajwe no kurongorwa yaracuze

20250216 214509

Uwitonze Sonia Rolland wamamaye nk’uwabaye Nyampinga w’u Bufaransa mu 2000 yemeje ko agiye kurushinga n’umukunzi we, Guillaume Gabriel mu Ugushyingo 2025. Mu kiganiro yagiranye na Mesdames Média, uyu munyamideli n’umukinnyi wa filime w’imyaka 43 yagaragaje ibyishimo by’uko agiye kurushinga n’umusore bamaze imyaka 20 baziranye. Ati: “Byamfashe igihe kirekire ngo mvuge yego. Ubu ndumva niteguye, ndakomye, […]

APR FC yatsinze AS Kigali

817ef57d 9764 4a26 8490 572cd0e46602

APR FC yegukanye amanota atatu nyuma yo gutsinda AS Kigali ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 17 wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku Cyumweru, tariki ya 16 Gashyantare 2025. Ni umukino wari ukomeye cyane, aho igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa. APR FC yafunguye amazamu ku munota wa 66 […]

Aziz Ki yambitse impeta Hamisa Mobetto

screenshot 20250214 225149 gallery fd199

Rutahizamu wa Young Africans, Aziz Ki, yizihije umunsi w’abakundana, St Valentin, mu buryo bwihariye, aho yemeje urukundo rwe na Hamisa Mobetto amwambika impeta y’urukundo. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, uyu mukinnyi w’imyaka 29 ukomoka muri Burkina Faso yasangije abamukurikira amashusho y’iki gikorwa cyabereye i Dubai, aho yasabye Mobetto ko azamubera umugore. Mu butumwa bwe, Aziz Ki […]

Urukiko rwategetse ko Musenyeri Mugisha Samuel afungwa iminsi 30 y’agateganyo

maxresdefault 4

Urukiko rw’Ibanze rwa Muhoza, mu Karere ka Musanze rwategetse ko Dr Musenyeri Mugiraneza Samuel wahoze ayobora Diyosezi ya Shyira mu Itorero Angilikani afungwa iminsi 30 y’agateganyo. Urukiko rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma agomba gukurikiranwa afunze cyane ko ibyaha akekwaho bihanishwa ibihano birenze imyaka ibiri y’igifungo. Musenyeri Mugisha ntiyari mu cyumba cy’iburanisha, ariko abagize umuryango […]

Ikipe yo mu Bubiligi yikuye muri Tour du Rwanda

soudal quick step devo rwanda 1708946137

Ikipe y’amagare ya Soudar Quick-Step Cycling Team yo mu Bubiligi yatangaje ko itazitabira irushanwa ngarukamwaka rya Tour du Rwanda rigiye kuba muri uyu mwaka wa 2025. Iyi kipe yaje gufata iki cyemezo nyuma yo kubona ko intambara iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) iteye impungenge ku mutekano w’abakinnyi n’abatoza bayo. Soudar Quick-Step Cycling […]

Filime 7 zo kureba kuri Saint Valentin

53fb1ed3 afda 4a64 abdd 4f999b66baff

Buri tariki ya 14 Gashyantare, urukundo ruba ari rwo ruganje, abantu bakishimira uwo munsi ku buryo butandukanye. Bamwe bategura ibirori cyangwa amafunguro yihariye, mu gihe abandi bahitamo kwishimira umunsi bari mu rugo bareba filime nziza. Dore filime 7 zagufasha kwizihiza Saint Valentin mu buryo bwihariye: 1. Me Before You Iyi filime ivuga inkuru ya Louisa, […]

Inkomoko y’Umunsi wa Saint Valentin n’Imyemerere y’Ubusambanyi bw’Abaroma

DALL·E 2025 02 14 10.45.57 A historical scene depicting ancient Romans celebrating Lupercalia a pagan festival associated with fertility and love. The image shows Roman men dre

Tariki ya 14 Gashyantare ni umunsi wa Saint Valentin uzwi nk’uw’abakundana. Ukomoka ku migenzo ya Kiliziya Gatolika, ariko mbere yaho, wari ushingiye ku myemerere y’Abaroma ba kera, aho bizihizaga ibirori bya Lupercalia iminsi mikuru yari ifitanye isano n’ubusambanyi n’imihango y’idini gakondo. Lupercalia: Ibirori byari bifitanye isano n’ubusambanyi Kuva tariki ya 13 kugeza ku ya 15 Gashyantare, Abaroma ba […]

Trump yasubije TikTok kuri Apple na Google App Store

tiktok logo us flag pictured 886963296

Urubuga nkoranyambaga rwa TikTok rwongeye kuboneka kuri Apple na Google App Store, nyuma y’ukwezi rusibwe kubera itegeko rishya ry’umutekano ryatumye ruhagarikwa. Urubuga rw’Abashinwa TikTok rukoreshwa cyane mu gusangiza amashusho magufi rwagize ibyago byo guhagarikwa burundu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubera impungenge z’umutekano w’amakuru y’abarukoresha. Ku wa 18 Mutarama, TikTok yakuwe mu maduka ya […]

Umwana w’imyaka 14 waryamanaga n’abagabo 12 buri munsi

odppss 1739439193

Polisi yo muri Leta ya Ogun muri Nigeria yatabaye umukobwa w’imyaka 14 wari warashowe mu buraya ku gahato, aho yavuze ko yaryamanaga n’abagabo 10 kugeza kuri 12 buri munsi. Uyu mukobwa ukomoka muri Akwa Ibom yavuze ko yagemuwe muri Ogun tariki ya 29 Mutarama 2024, nyuma yo kwizezwa ko azakora akazi ko gucuruza. Nyamara, akigera […]

Bad Rama yasohowe mu nzu yakodeshaga muri Amerika

bad1 3 18a1d 1

Urukiko rwa Maricopa County Justice ruherereye muri Leta ya Arizona, rwategetse ko umuhanzi n’umuherwe mu muziki Bad Rama asohorwa mu nzu yari acumbitsemo mu Mujyi wa Phoenix, nyuma yo kunanirwa kwishyura ubukode. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 12 Gashyantare 2025, nyuma y’ikirego cyatanzwe na Basil Maseveriyo, nyiri iyi nzu, wavuze ko Bad Rama yari amubereyemo […]

Polisi yafunze umushoferi watwaye abafana bicaye hejuru y’imodoka

Driver arrested for carrying over 30 soccer fans in Taxi Drone

Polisi yo muri Uganda yataye muri yombi umushoferi wa taxi wafashwe atwaye abagenzi barenze urugero, ibintu byashyize ubuzima bwabo mu kaga. Uyu mushoferi yafatiwe mu gace ka Nsangi ku wa Gatatu, atwaye imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace, ifite nimero za pulake UAG 660Q. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi y’Umuhanda, SP Michael Kananura, iyi […]

Bruce Melodie ahanganye n’abarimo Diamond muri Nigeria

brucemelodie

Umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie yatoranyijwe mu cyiciro cy’umuhanzi mwiza w’umwaka mu Karere k’Afurika y’i Burasirazuba mu bihembo bya Headies 2025, bizatangirwa muri Nigeria ku itariki ya 5 Mata. Bruce Melodie arahatana n’abahanzi bakomeye mu karere barimo Diamond Platnumz na Juma Jux bo muri Tanzania, Bien Aime Sol wo muri Kenya, ndetse n’umuhanzikazi wo muri Uganda […]

Umukozi wa FIFA yafunzwe azira gutinga umwana w’imyaka 14

95143853 14380363 image a 2 1739384562098

Jack Edward Coles, umuyobozi w’imishinga muri FIFA Sound, yatawe muri yombi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akekwaho gushaka gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 14. Uyu mugabo w’imyaka 39, ukomoka mu Bwongereza yafashwe n’inzego z’umutekano muri hoteli hafi y’ibiro bya FIFA i Miami, aho bivugwa ko yari agiye guhura n’uwo mwana. Itangazo FIFA yashyize ahagaragara ryavuze […]

2Baba yambitse impeta undi mugore

eooossds 1739426907 1

Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Innocent Idibia, uzwi nka 2Baba, yambitse impeta umukunzi we mushya, Natasha Osawaru Igbinedion nk’uko byasakaye mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga. Muri ayo mashusho, 2Baba agaragara apfukamye, amuha impeta amusaba ko bashyingiranwa. Nyuma y’iyo mpeta, bombi bahoberanye, abari aho babishimira. Ibi bibaye nyuma y’igihe gito 2Baba atandukanye n’umugore we Annie […]

Rayon Sports ntifite imikino nk’iya APR FC na Police FC

Abanya Senegal ba Rayon

Rayon Sports yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro, itsindira Rutsiro FC iwayo, mu gihe APR FC na Police FC zitashoboye kubona intsinzi. Ku mukino wabereye kuri Stade Umuganda, Rayon Sports yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-1. Igitego cya mbere cyatsinzwe ku munota wa 23 na Adama Bagayoko nyuma y’umupira mwiza yahawe na Fall […]

Umwarimukazi yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 16 yigishaga

2 SDC MDG 6862JPG 1739355713

Umwarimukazi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakatiwe igifungo cy’imyaka ine nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gufata ku ngufu umunyeshuri w’imyaka 16 ndetse no kumusaba kuzana imbunda ku ishuri ngo arase undi mwarimu. Kay Ewer w’imyaka 28 yafashe ku ngufu uyu munyeshuri wari ufite ibibazo byihariye mu myigire mu gihe cy’ibyumweru byinshi. Abacamanza bagaragaje […]

Real Madrid yatsinze Manchester City

1739310070811 7309081739311892

Ikipe ya Real Madrid yatsinze Manchester City ibitego 3-2 mu mukino ubanza wa 1/8 cya UEFA Champions League 2024/25, wabereye kuri Etihad Stadium ku wa 11 Gashyantare 2025. Manchester City ni yo yafunguye amazamu ku munota wa 18 ku gitego cya Erling Haaland, nyuma y’umupira wahinduwe na Jack Grealish. Iyi kipe yakomeje gusatira, ariko Real […]

Leta y’u Rwanda yihanganishije ababuze ababo mu mpanuka

GjhlokuWsAAZmh2

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije imiryango yabuze ababo mu mpanuka ya bisi yabereye mu Murenge wa Rusiga, Akarere ka Rulindo, igahitana abantu 20 abandi bagakomereka. Iyi mpanuka yabaye ku wa Kabiri tariki 11 Gashyantare 2025, ubwo bisi ya sosiyete International Express yavaga i Kigali yerekeza i Musanze yarenze umuhanda ikagwa mu manga ya metero 800. Mu […]

Perezida Kagame ari muri Qatar

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11/2/2025, Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi rugamije gushimangira umubano n’icyo gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati gisanzwe ari inshuti y’u Rwanda. Perezida Kagame yakiriwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Hamad n’Umunyabanga Mukuru muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Dr. Ahmad bin Hassen Al-Hammadi […]

Umwana w’imyaka 13 wateye inda mwarimu we

95091561 0 image a 9 1739281811713

Umusore w’imyaka 19 wo muri Leta ya New Jersey, USA yavuze ko atifuza ko umwarimu we akurikiranwa n’ubutabera nyuma y’uko bivuzwe ko yamusambanyije ubwo yari afite imyaka 13. Uyu musore, utatangajwe amazina na DailyMail, yavuze ko ari we watangije umubano na Laura Caron, uyu mwarimukazi w’imyaka 34, kandi ko atigeze yumva ko yahohotewe. Caron, wahoze […]

Bebe Cool yavuze ku byo gufungisha Tems na Omah Lay

472083707 1000303882133474 8550320390296011897 n edited

Umuhanzi w’Umugande Bebe Cool yahakanye yivuye inyuma ibirego bimushinja kugira uruhare mu ifungwa ry’abahanzi Tems na Omah Lay b’Abanyanijeriya muri 2020, ubwo bafatwaga barenze ku mabwiriza ya COVID-19. Mu kiganiro yagiranye na Afrobeats Podcast afatanyije na Adesope, Bebe Cool yavuze ko atigeze atanga amakuru yatuma abo bahanzi batabwa muri yombi. Ahubwo, ngo yakoze ibishoboka byose […]

Uganda: Umugabo yatorotse igipolisi ajya kwihindura umugore i Burayi

d58f0edb fd1a 4562 a7b1 e6f26c613d93

Polisi ya Uganda yemeje ko igiye guta muri yombi uwahoze ari Divisional Police Commander (DPC), Samuel Ebwang, nyuma y’amafoto akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko yaba yarahinduje igitsina. Uyu wahoze ari umuyobozi wa polisi mu duce twa Wandegeya, Nsangi na Buyende, bivugwa ko yahunze igihugu atabimenyesheje ubuyobozi, ubu akaba abarizwa muri Australia. Mu kiganiro […]

Perezida yinjiye mu kibazo cy’umwarimu wateye umunyeshuri icyuma

55c62290 e82f 11ef bb33 794ac9966f19.jpg

Mu gihugu cya Koreya y’Epfo, byabaye agahomamunwa nyuma y’uko umwarimu w’umugore ateye icyuma umwana w’umukobwa w’imyaka 8 mu ishuri ryo mu mugi wa Daejeon. Uwo mwana yasanzwe ku ishuri afite ibikomere by’icyuma ku wa Mbere, nyuma y’uko umushoferi w’ikigo atangaje ko atari yageze mu modoka kugira ngo ajye mu rugo. Uyu mwana yaguye mu bitaro, […]

Rutahizamu Gitego Arthur yatandukanye

abafana ba afc leopards bifuza ko gitego arthur yazabababariza gor mahia yabikoze iri kumwe na tuyisenge jacques na kagere meddie 6bf4d b0453

Rutahizamu w’Amavubi, Gitego Arthur, yatandukanye na AFC Leopards yo muri Kenya nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi. Gitego yari yageze muri iyi kipe muri Mutarama 2024, asinya amasezerano y’imyaka ibiri avuye muri Marines FC. Mu mwaka umwe yahamaze, yatsinze ibitego bitanu muri FKF Cup, bitatu muri shampiyona ndetse atanga umupira umwe wavuyemo igitego. Mu butumwa AFC Leopards […]

Cassa Mbungo Andre yagizwe umutoza w’Abagore

snapinsta app 343290553 224808003489767 6694410795971800592 n 1080

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko Cassa Mbungo Andre ari we mutoza w’agateganyo w’ikipe y’igihugu y’abagore, Amavubi, mu gihe yitegura imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026. Uyu mwanzuro watangajwe ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 10 Mutarama 2025 binyuze ku mbuga nkoranyambaga za FERWAFA. Cassa Mbungo azungirizwa na […]

Leta yazamuye imisoro ku nzoga n’itabi

108223216 ireland

Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura imisoro ku nzoga n’itabi, hagamijwe kongera amafaranga yinjira mu isanduku ya Leta no guteza imbere ubukungu bw’igihugu. Mu mavugurura yakozwe, hanashyizweho umusoro ku nyungu (TVA) ku bikoresho by’itumanaho n’ikoranabuhanga nk’telefone na mudasobwa. Ibi bikoresho byari bisanzwe bidashyirwaho uyu musoro, ariko guverinoma yabonye ari ngombwa kugira ngo ibashe gukusanya […]

Umunyamakuru Sam Karenzi yafunguye Radiyo (Amafoto)

d92b3fa2 400f 4277 95d3 878ba35c9301 1 1536x924 1

Umunyamakuru Sam Karenzi yafunguye Radiyo ye nshya SK FM ku mugaragaro kuri uyu wa 10 Gashyantare 2025, mu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye, abanyamakuru, n’abandi bafatanyabikorwa. Mu ijambo rye, Sam Karenzi washinze SK FM yashimiye Leta y’u Rwanda ku bufasha itanga mu iterambere ry’itangazamakuru. Yagize ati: “Turashimira ubuyobozi bw’igihugu cyacu, by’umwihariko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika n’abo […]

Umugabo ushyira urusenda mu gitsina cy’umugore we kugira ngo aryoherwe

MixCollage 10 Feb 2025 07 47 AM 7128

Umugore wo muri Zimbabwe mu mujyi wa Harare, Joyce Garikayi yagejeje imbere y’urukiko ubuhamya buteye ubwoba ku ihohoterwa yakorewe n’umugabo we, Jack Mukandwe amushinja kumukorera ibikorwa byamugizeho ingaruka zikomeye ku buzima. Mu rukiko rw’ivugurura manza muri Harare, Joyce yasabye itegeko rimurinda ihohoterwa, avuga ko umugabo we yakoresheje urusenda mu mibonano mpuzabitsina yabo, bikamuviramo uburibwe bukabije […]

Abakinnyi 4 bakubiswe n’inkuba

0 Lightning discharges during a large rainstorm in a city with forest fringes

Abantu batanu barimo abagore bane bakinaga umupira w’amaguru bitabye Imana nyuma yo gukubitwa n’inkuba ubwo bari bugamye imvura y’amahindu munsi y’igiti. Iyi mpanuka yabereye hafi y’umujyi wa Cajibio mu gihugu cya Colombiya, aho abandi bagore babiri bakomeretse bikomeye maze bajyanwa kwa muganga. Abagore bishwe n’iyi mpanuka bamaze kumenyekana ku mazina yabo ari bo Jeidy Morales, […]

Polisi yahagaritse Ed Sheeran

IMG 20250209 215450 1739134600

Umuhanzi w’icyamamare ku isi, Ed Sheeran, yahagaritswe na polisi mu gihe yari ari kuririmbira imbaga y’abantu ku muhanda Church Street mu mujyi wa Bengaluru mu Buhinde. Mu mashusho ari gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana Ed Sheeran yari yatangiye kuririmba indirimbo ye “Shape of You”, maze abantu batangira kwiyongera bashaka kumwumva. Ariko nyuma y’iminota micye, umupolisi […]

Victor Rukotana nta mujyanama afite

victor rukotana official 1739134377220 8768741739134465

Umuhanzi Victor Rukotana yatangaje ko yatandukanye na Ishimwe Jean Aime, uzwi nka No Brainer, wari umujyanama we. Ni icyemezo yafashe nyuma y’imyaka itatu bakorana, aho avuga ko byatewe n’impamvu zijyanye n’inyungu ze bwite. Ku Cyumweru, tariki 9 Gashyantare 2025, Rukotana yatangaje ko amasezerano yagiranye na No Brainer yari kuzamara imyaka itatu, ariko yari yashyizemo ingingo […]

Gasabo: Abaturage batumye Abadepite kuri RRA

WhatsApp Image 2025 02 09 at 21.36.00 b91dd599

Abaturage bo mu Murenge wa Gisozi basabye abadepite kubakorera ubuvugizi kuri Rwanda Revenue Authority (RRA), kugira ngo bakurirweho imisoro ku butaka batagituyemo nyuma yo kwimurwa kubera impanuka yatewe n’imvura. Ibi byagarutsweho kuri iki Cyumweru, tariki 9 Gashyantare 2025, ubwo abadepite basuraga abaturage mu rwego rwa gahunda ya “Depite mu baturage”, igamije kugenzura imibereho myiza n’iterambere […]

Perezida Kagame yashimiwe na Jose Chameleone

WhatsApp Image 2025 02 08 at 17.18.15 cf5907c6

Umuhanzi Jose Chameleone wo muri Uganda yashimiye Perezida Paul Kagame nyuma yo kwitabira inama ihuriweho na EAC na SADC. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, yashyizeho amafoto ya Perezida Kagame ayaherekeza amagambo agira ati: “Urakoze Papa Paul Kagame”, anongeraho amabendera y’ibihugu byo mu karere birimo u Rwanda, Uganda, Tanzania, Kenya na Congo, ashimangira ubumwe n’ubwuzuzanye. Muri iyi […]

DJ Brianne wari warabaswe n’urumogi

20250208 180350

DJ Brianne, umwe mu bakobwa bazwi cyane mu myidagaduro mu Rwanda, yatangaje ko amaze igihe ahanganye n’ingaruka z’ahahise he, aho yigeze kwishora mu biyobyabwenge n’ubusinzi. Uyu mukobwa yemeza ko nyuma yo kwakira agakiza no gutangira kwivuza, yabashije kureka ibiyobyabwenge by’umwihariko urumogi. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko yagiye abyishoramo bitewe n’ikigare, ariko nyuma aza […]

Aba-Rayon bagiye gukubita Sam Karenzi akabaca mu rihumye

img 7748 2 f9b2c

Umunyamakuru Sam Karenzi yagarutse ku byabaye mu 2015, ubwo yakoraga inkuru kuri Rayon Sports yari iri mu Misiri, ariko ntishimwe na bose. Icyo gihe, iyi kipe yari yagiye gukina CAF Confederation Cup na Zamalek, ariko igira ibibazo by’amacumbi, aho abakinnyi bayo banze kurara muri hoteli ihenze. Karenzi yayitangaje nk’uko yabibonye, ariko abafana bamwe babifata nko […]

APR FC yavuze kuri Georgine uvugwaho kunyereza miliyari 1.5 yayo

guherekeza adel 52 cb0f0 545f1

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko budafite amakuru y’itoroka rya Kalisa Georgine wahoze ari umuyobozi ushinzwe umutungo w’iyi kipe, bivugwa ko yaba yarahunze nyuma yo gukorwaho igenzura ry’umutungo. Amakuru avuga hari igenzurwa ry’umutungo muri APR FC ryakozwe muri Mutarama 2025, bagasanga hari miliyari 1.5 Frw zaburiwe irengero. Byavuzwe ko Georgine yari gukomeza kubazwa kuri ayo […]

Dany Nanone yatsinzwe

20250208 075946

Urukiko Rwibanze rwa Kicukiro rwasoje urubanza hagati y’umuraperi Dany Nanone na Busandi Moreen, rufata umwanzuro ku birego byari byatanzwe. Dany Nanone yari yareze Moreen amushinja kumusebya mu ruhame no kumutera iwe mu mwaka wa 2024. Nyuma yo gusuzuma ikirego, urukiko rwasanze nta shingiro gifite, rutegeka ko Busandi Moreen adahamwa n’icyaha cyo gutukana mu ruhame. Mu […]

Diamond Platnumz yitabiriye ubukwe bwa Juma Jux ari kumwe na Zuchu bagiye kurushinga

4d756356d30a1e85

Umuhanzi w’Umunyatanzaniya Juma Jux n’umukunzi we w’Umunyanijeriya, Priscilla Ajoke Ojo basezeranye mu bukwe bw’akataraboneka bwabereye i Dar es Salaam ku wa 7 Gashyantare 2025. Aba bombi basezeranye kuri uyu wa Gatanu mu idini rya Islam nk’uko amafoto abigaragaza. Priscilla yaserutse mu ikanzu nziza ya y’ibara rya zahabu n’igitambaro gikoze mu buryo bw’icyubahiro, naho Jux yambaye […]

Umukobwa yatwitse inzu y’umuryango w’umusore bakundanaga kubera kutumvikana

e3 1738848040

Mu gihugu cya Gambia, umukobwa w’imyaka 19 witwa Ramatoulie Baldeh yafunzwe akekwaho gutwika inzu y’umuryango w’umusore bakundanaga, iherereye mu gace ka Kerr Sering. Ibi byabaye ku wa Kabiri, tariki 4 Gashyantare 2025, nyuma y’amakimbirane hagati ye n’uyu musore bakundana. Amakuru atangazwa n’itangazamakuru ryo muri Gambia avuga ko uyu mukobwa yafashe igikapu cy’imyanda maze akagitwikira ku […]

USA: Indege yari itwaye abantu 10 yaburiwe irengero

208b grand caravan aircraft owned 98037558 1738911522

Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari mu bikorwa byihutirwa byo gushakisha indege yari itwaye abantu 10 yaburiwe irengero mu nzira yayo ijya mu mujyi wa Nome muri Alaska. Iyo ndege ya Bering Air yari ivuye i Unalakleet yerekeza i Nome, aho yari kugera saa kumi z’umugoroba ku wa Kane tariki 6 Gashyantare, ariko […]

FIFA yahagaritse imikino muri Congo Brazzaville

FECOFOOT COMEX

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi (FIFA) yahagaritse Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Congo Brazzaville (FECOFOOT) kubera kwivanga kw’abantu batabifitiye ububasha mu mikorere yaryo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane tariki ya 6 Gashyantare 2025, FIFA yatangaje ko yafashe uyu mwanzuro nyuma y’uko ibyo bibazo byagaragajwe kenshi, ariko ntibikemurwe. Iki cyemezo cyafashwe ku bwumvikane n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira […]