USA: Indege yari itwaye abantu 10 yaburiwe irengero

Abayobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bari mu bikorwa byihutirwa byo gushakisha indege yari itwaye abantu 10 yaburiwe irengero mu nzira yayo ijya mu mujyi wa Nome muri Alaska. Iyo ndege ya Bering Air yari ivuye i Unalakleet yerekeza i Nome, aho yari kugera saa kumi zâumugoroba ku wa Kane tariki 6 Gashyantare, ariko […]
FIFA yahagaritse imikino muri Congo Brazzaville

Impuzamashyirahamwe yâumupira wâamaguru ku Isi (FIFA) yahagaritse Ishyirahamwe ryâUmupira wâAmaguru muri Congo Brazzaville (FECOFOOT) kubera kwivanga kwâabantu batabifitiye ububasha mu mikorere yaryo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kane tariki ya 6 Gashyantare 2025, FIFA yatangaje ko yafashe uyu mwanzuro nyuma yâuko ibyo bibazo byagaragajwe kenshi, ariko ntibikemurwe. Iki cyemezo cyafashwe ku bwumvikane nâImpuzamashyirahamwe yâUmupira […]
Umusirikare wa Amerika nâabakozi batatu bapfiriye mu mpanuka yâindege muri Filipine

Ku wa Kane, indege ya gisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakoze impanuka mu murima wâumuceri mu ntara ya Maguindanao del Sur, mu majyepfo ya Filipine, ihitana umusirikare umwe wa Amerika nâabakozi batatu bâabasivili bakoreraga igisirikare cyâicyo gihugu. Nkâuko byatangajwe nâubuyobozi bwa Amerika bushinzwe ibikorwa mu karere kâInyanja yâAbahinde nâiya Pasifika (U.S. Indo-Pacific Command), […]
Kapiteni Bizimana Djihad yabonye ikipe muri Libya

Kapiteni wâIkipe yâIgihugu yâu Rwanda, Bizimana Djihad, yerekeje muri Al Ahli Tripoli SC yo muri Libya avuye muri Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine. Uyu mukinnyi wâimyaka 28 yasinye muri iyi kipe yâubukombe nyuma yâumwaka nâigice muri Kryvbas, aho yagiriye ibihe byiza, anahatana mu marushanwa ya UEFA Europa League. Bizimana agiye gusanga muri Al Ahli […]
Nyamasheke: Polisi yarashe umugabo wari umaze kwica umugore we utwite

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 6 Gashyantare 2025, mu Mudugudu wa Kasenjara, Akagari ka Karusimbi, Umurenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, habereye ubwicanyi bukomeye bwakozwe nâumugabo witwa Niyonagize Xavier wâimyaka 50, bikekwa ko yari afite uburwayi bwo mu mutwe. Uyu mugabo yafashe umuhoro atema inka, atemagura umugore we, Uwiragiye Costasie […]
Umuhanzi Audia Intore yambitswe impeta n’umunyamakuru wa Inyarwanda

Umunyamakuru Niyonsenga Cyiza Kelly, uzwi nka The Cyiza yambitse impeta umukunzi we Alice Diane Uwimana uzwi nka Audia Intore mu birori byabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 5 Gashyantare 2025. Ibi byabaye ubwo hizihizwaga isabukuru yâamavuko ya Audia, aho umunyamakuru The Cyiza yaboneyeho kumutungura amusaba ko yazamubera umugore. Audia Intore, umuhanzikazi uzwi […]
Kanye West yatakagije ubwambure bw’umugore we (Amafoto)

Umuraperi wâicyamamare Kanye West, uzwi ku izina rya Ye, yagaragaje amarangamutima akomeye ku mugore we Bianca Censori, nyuma yâuko agaragaye ku itapi itukura (red carpet) bwa mbere yambaye ubusa buri buri. Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Ye yavuze ko uwo mugoroba wamubereye udasanzwe, atangarira uburyo umugore we agaragara nkâufite ubwenge, impano, ubutwari, ndetse n’ubwiza […]
Intambara ya M23 na RDC ntizabuza Tour du Rwanda 2025 kuba

Ku wa 5 Gashyantare 2025, Ishyirahamwe ryâUmukino wo Gusiganwa ku Magare mu Rwanda (FERWACY) ryatangaje ko isiganwa mpuzamahanga Tour du Rwanda 2025 rizaba uko biteganyijwe, nta mpinduka ku ngengabihe, kandi rikazaba mu mutekano usesuye. Mu itangazo rigenewe itangazamakuru, FERWACY yasobanuye ko nubwo muri iyi minsi hari umwuka utari mwiza mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi […]
Leta yâu Rwanda yiyemeje kwishyura ibyangijwe nâibisasu byaturutse muri DRC

Leta yâu Rwanda yatangaje ko izishyura ibyangijwe nâibisasu byarashwe mu Rwanda bivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC). Umuvugizi wungirije wa Guverinoma yâu Rwanda, Alain Mukuralinda yavuze ko ibi bisasu byatewe nâigisirikare cya Kongo (FARDC) ku bushake, mu mugambi wo guhungabanya umutekano wâu Rwanda. Yavuze ko abantu 16 bapfuye, abarenga 160 bagakomereka, mu gihe […]
Visi Perezida wa Philippines yegujwe

Inteko Ishinga Amategeko ya Philippines yakuye mu nshingano Visi Perezida Sara Duterte ku wa Gatatu, nyuma yâibirego birimo gushaka kwica Perezida Ferdinand Marcos Jr., ruswa ikabije no kudakomeza kurwanya ibikorwa by’Ubushinwa mu nyanja ya South China Sea. Abadepite 215 barimo umuhungu wa Perezida, Sandro Marcos, bashyigikiye iki cyemezo cyahise cyoherezwa muri Sena izaburanisha Duterte. Ibi […]
Rayon Sports yakiriye umukinnyi mushya

Umukinnyi wo hagati ukomoka muri Mali, Souleymane DaffĂ© wumvikanye na Rayon Sports yasesekaye i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Gashyantare 2025. Akigera i Kigali, uyu mukinnyi yatangaje ko yiteguye gufasha iyi kipe kugera ku ntsinzi no gutwara ibikombe. DaffĂ© wakiniye AS Real de Bamako na Salitas FC, yakiriwe nâabayobozi […]
Ibintu 10 byâukuri ku bagore nâintege nke zabo

Hari ibintu byâingenzi abagabo bakagombye kumenya ku bagore. Ntutabimenya, ntuzatangare igihe azaba agutaye akajya kwishakira abandi bagabo bamuha ibyo yifuza. 1. Abagore si abanyantege nke, ahubwo bakunda kugaragara nkâaho ari bo. Bishimira kugira ubuzima bworoshye kandi butabavunanye kuko bumva neza uko ubuzima bugenda. Bashaka kugendera ku murongo wawe, ariko wowe ukagerageza kubagenzura. 2. Ni wowe […]
Polisi yerekanye abantu 7 bashinjwa kwiba no kwangiza ibikorwaremezo

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Gashyantare 2025, Polisi yâu Rwanda ku bufatanye nâIkigo cyâIgihugu gishinzwe ubugenzuzi bwâubuziranenge, ihiganwa mu bucuruzi no kurengera umuguzi (RICA) hamwe nâIkigo cyâIgihugu gishinzwe ingufu (REG) berekanye abantu barindwi bakekwaho kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi no kwiba ibyuma bikenerwa mu miyoboro yâamashanyarazi mu Mujyi wa Kigali. Ibi byashyizwe ahagaragara na Polisi […]
Umuzamu yategetswe gukora pompage azira gutereta nyirabuja

Umuzamu wo muri Kanifing Estate yahatiwe gukora pompage nyuma yo gushinjwa kugirana umubano wihariye nâumugore wâumukoresha we. Umugabo utuye muri Kanifing Estate, muri Gambia, yategetse umuzamu we gukora pompage (push-ups) nyuma yo kumushinja gukundana nâumugore we. Uyu mukoresha, uzwi ku izina rya Gully Side ku mbuga nkoranyambaga, yemeje aya makuru mu kiganiro nâabanyamakuru kuri uyu […]
Mitima Isaac yirukanwe na Al Zulfi FC nyuma yâamezi atanu

Umukinnyi mpuzamahanga wâu Rwanda, Isaac Mitima yatandukanye nâikipe ya Al Zulfi FC yo mu cyiciro cya kabiri muri Arabia Saoudite nyuma yâamezi atanu gusa. Mitima wâimyaka 27 yari yasinye amasezerano yâimyaka ibiri muri Kanama 2024, ariko iyi kipe yahisemo gusesa amasezerano nyuma yo kudatanga umusaruro wari witezwe. Uyu myugariro yakiniye Al Zulfi imikino itanu gusa, […]
SA: Abadepite basabiye Minisitiri w’ingabo kwegura Akanafungwa

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri wungirije wâIngabo za Afurika yâEpfo, Angie Motshekga hamwe nâumwungirije Bantu Holomisa bitabye Inteko Ishinga Amategeko basobanura ku butumwa bwâingabo zabo ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Iki kiganiro cyaranzwe nâimpaka zikomeye ndetse nâuburakari bwâabadepite, batishimiye ukuntu ingabo zabo zirimo gupfa ku rugamba. Abadepite bibajije impamvu […]
Intwari y’Abisiraheli Samusoni wagushijwe n’umugore

Ubuzima bwa Samusoni ni urugero rufatika rugaragaza uko Imana ishobora gukoresha umuntu ufite intege nke, haba mu buryo bwâumwuka cyangwa ubwâumubiri, kugira ngo asohoze umugambi wayo. Yari yaratoranyijwe kuva akivuka kugira ngo abohore Abisiraheli ku butegetsi bwâAbafilisitiya. Ivuka ryihariye rya Samusoni Samusoni yavukiye mu muryango wa Manowa, ababyeyi be bari batarabyara. Umumarayika w’Imana yabonekeye nyina, […]
Mugabo, dore ibintu 8 bizatuma uba udasimburwa mu mutima w’umugore

Mu rukundo, umugabo ufite agaciro nâicyubahiro ntasimburwa. Iyo umugore ahora ashakisha uwamuruta, bivuze ko atakwubaha uko bikwiye. Niba wifuza kuba umuntu wâimbaraga utazigera asimburwa, dore ibintu umunani ugomba kugenderaho. 1. Ntuzagire icyo ukora mu gihe aguciye inyuma Umugore akimara kuguca inyuma, ntukagire icyo ukora ngo umwinginge agaruke. Iyo ugaragaje ko umukunda birenze urugero nyuma yo […]
Wema Sepetu yiyakiriye nk’ingumba

Umunyamakurukazi n’umukinnyi wa filime wo muri Tanzania, Wema Sepetu yatangaje ko yamaze kwemera ko atazagira umwana we bwite nyuma yâimyaka myinshi ahanganye nâimbogamizi zâuburumbuke. Mu kiganiro yagiranye na Sam Misago TV, Wema wâimyaka 35 yavuze ko yaciye mu bihe bigoye mu rugendo rwo gushaka kwibaruka, ariko ko yaje kwakira uko ibintu bimeze, abifata nkâigice cyâumugambi wâImana […]
Minisitiri Utumatwishima yiyemeje gufatanya na Tom Close mu guca agasuzuguro

Minisitiri wâUrubyiruko nâIterambere ryâUbuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah yavuze ko ashishikajwe nâigitekerezo cya Tom Close cyo gutegura igitaramo gisimbura icyo Tems yari yiteguye gukorera i Kigali. Yemeye ko Minisiteri izafatanya na Tom Close mu gutegura iki gitaramo. Hashize iminsi umuhanzi Tems atangaje ko asubitse igitaramo yari yiteguye gukorera muri BK Arena tariki ya 22 […]
Cristiano Ronaldo ahamya ko ari umukinnyi w’ibihe byose nubwo bamwirerengagiza

Rutahizamu wâikirangirire Cristiano Ronaldo yatangaje ko ari we mukinnyi wâumupira wâamaguru wuzuye kurusha abandi bose babayeho. Mu kiganiro yagiranye nâumunyamakuru Edu Aguirre wo kuri El Chiringuito, Ronaldo yagaragaje ko nubwo abantu bashobora gukunda Lionel Messi, Diego Maradona cyangwa Pele, we yiyumva nkâumukinnyi wuzuye kurusha abandi bose mu mateka yâumupira wâamaguru. “Ntekereza ko ndi umukinnyi wâumupira wâamaguru […]
Perezida Kagame agiye guhura na Tshisekedi

Ku wa Gatanu no ku wa Gatandatu w’iki cyumweru hazaba inama ihuza Umuryango w’Iterambere ry’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika yâIburasirazuba (EAC) mu rwego rwo kuganira ku bibazo byâumutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Gashyantare 2025 […]
Mugabo dore uburyo 7 wakigarurira amarangamutima y’umugore

Abagabo bakunda gutekereza ko abagore bagendera ku marangamutima, mu gihe bo bagendera ku bitekerezo bisobanutse. Ibi bivuze ko niba ushaka gutsindira umutima wâumugore, ugomba kumenya uko washimangira amarangamutima ye mu buryo bumukora ku mutima. Dore uburyo burindwi bwagufasha kumukundisha urukundo rukomeye: 1. Kugaragara nkâugifite agaciro mu bandi bagore Abagore basanzwe bakunda abagabo babona ko bafite […]
RIB yafunze umucamanza Uwingabiye Delphine n’umugabo we

Urwego rwâIgihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Uwingabiye Delphine, umucamanza mu Rukiko rwâIbanze rwa Gatunda, akekwaho icyaha cyo kwaka no kwakira ruswa. Uwingabiye Delphine ngo yakiriye ruswa yizeza umuturage ko azatsinda urubanza rwe yari afite muri urwo rukiko. Muri iki kibazo kandi RIB yatangaje ko yafunze Rwarinda Theogene, umugabo wa Uwingabiye Delphine, ukurikiranyweho kuba […]
Cristiano Ronaldo yagiriye inama itari agacecuru Kylian Mbappé

Nyuma yo kwerekeza muri Real Madrid, Kylian MbappĂ© akomeje kwakirwa nkâumwe mu bakinnyi bazatanga umusaruro ukomeye muri iyi kipe ifite amateka akomeye ku Isi. Ku bwâibi, Cristiano Ronaldo, wahoze ari igihangange muri Real Madrid, yamugiriye inama zâingenzi zizafasha uyu mukinnyi wâUbufaransa kwitwara neza no kwinjira mu bihe bye byiza. Mu kiganiro gica kuri El Chiringuito […]
Grammy Awards 2025: Beyoncé na Kendrick Lamar begukanye ibihembo bikomeye

Ibihembo bya Grammy Awards 2025 byabereye i Los Angeles ku itariki ya 2 Gashyantare 2025, aho abahanzi batandukanye bashimiwe ku bw’ubuhanga bwabo mu muziki. Ibi ni ibihembo ngarukamwaka bihabwa abahanzi bitwaye neza mu byiciro bitandukanye, birimo Pop, Hip-Hop, R&B, Rock, Country, Afrobeats, na Classical. Muri uyu mwaka, BeyoncĂ© yaciye agahigo atsindira Album yâUmwaka (Cowboy Carter), […]
David Bayingana yateye imitoma Miss Nadia Umutesi

Umunyamakuru David Bayingana yifurije isabukuru nziza yâamavuko Nadia Umutesi, inkumi bivugwa ko bari mu rukundo, aho yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Abinyujije kuri Instagram, Bayingana yagize ati: âIsabukuru nziza Mwamikazi wanjye, twishimiye umwaka wuzuye urukundo, ibitwenge nâibyo umutima wawe wifuza.” Ubwo yari muri Gen Z Comedy Show, David Bayingana ubwe yemeje ko ari mu rukundo na […]
Perezida Kagame yishimiye Arsenal yanyagiye Man City

Arsenal yatsinze Manchester City ibitego 5-1 mu mukino wa Premier League wabereye kuri Emirates Stadium ku Cyumweru, tariki ya 2 Gashyantare 2025. Ikipe yâumutoza Mikel Arteta yakomeje kwitwara neza, yuzuza imikino 14 idatsinzwe. Kai Havertz yafunguye amazamu hakiri kare, mbere yâuko Erling Haaland yishyurira Manchester City mu gice cya kabiri. Icyakora, Arsenal yagarutse ikomeye, itsinda […]
APR FC yegukanye Igikombe cyâIntwari 2025

Ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cyâIntwari nyuma yo gutsinda Police FC kuri penaliti 4-2, nyuma yâuko iminota 120 yâumukino warangiye amakipe yombi anganyije 0-0. Uyu mukino wa nyuma wabereye kuri Kigali PelĂ© Stadium kuri uyu wa Gatandatu, aho wahuje APR FC nâikipe yari ifite iki gikombe, Police FC. Nubwo APR FC yakinnye iminota 13 […]
CTC Gabiro yegukanye Igikombe cyâIntwari mu mikino ihuza Ingabo zâIgihugu (Amafoto)

Irushanwa rihuza Ingabo zâu Rwanda mu mikino itandukanye ryasojwe kuri uyu wa Gatanu, aho CTC Gabiro yegukanye Igikombe cyâIntwari nyuma yo gutsinda Special Operations Force (SOF) kuri penaliti. Iyi mikino iba ngarukamwaka, yatangiye mu mpera zâumwaka ushize igamije kwimakaza umuco wo gukora siporo, gukorera hamwe no gusabana hagati yâabasirikare. Ni nâumwanya wo kugaragaza ubumenyi butandukanye […]
UCI ku byo kuba M23 na RDC bishobora kubuza Shampiyona yâIsi yâAmagare 2025 kubera mu Rwanda

Shampiyona yâIsi yâamagare iteganyijwe kubera mu Rwanda muri Nzeli 2025, ikazaba ari inshuro ya mbere iri rushanwa ribereye ku mugabane wa Afurika. Mu minsi ishize, hari amakuru yakwirakwijwe mu bitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko iri rushanwa rishobora kwimurirwa mu Busuwisi cyangwa ahandi, kubera impamvu zâumutekano zijyanye nâintambara iri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati […]
Tombola ya Champions League: Real Madrid yatomboye Manchester City

Ikipe yatwaye igikombe cya Champions League umwaka ushize, Real Madrid, izahura na Manchester City, yatwaye iki gikombe mu 2023, mu mukino ukomeye wa tombola yâijonjora ryâamatsinda yabaye ku wa Gatanu tariki ya 31 Mutarama. Ni inshuro ya kane muri iyi myaka iheruka aya makipe yombi ahurira mu mikino yo gukuranamo, aho Real Madrid yatsinze City […]
Nyuma y’iminsi ibiri muri Amerika hongeye kuba indi mpanuka y’indege

Indege yahanutse mu gace ka Philadelphia mu majyaruguru yâuburasirazuba ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 31 Mutarama, igwa ku nyubako zitandukanye aho yateje inkongi y’umuriro. Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umwotsi nâinkongi byari byatangiye kwibasira ahabereye impanuka, mu gihe abantu bari mu bwoba bwinshi. Abashinzwe kuzimya inkongi bahageze vuba, ariko umuriro wari […]
Trump yikomye Selena Gomez ushyigikiye abimukira

Perezida Donald Trump nâubutegetsi bwe banenze bikomeye umuhanzi nâumukinnyi wa filime Selena Gomez nyuma yâamashusho yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram arira, agaragaza agahinda ke ku bimukira birukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Muri ayo mashusho, Gomez yagize ati: âAbantu banjye barimo gutotezwa⊠abana barimo guhura nâibibazo. Sinabyumva. Ndababariwe. Ndagira ngo ngire icyo nkora, […]
Rihanna yagaragaye mu rukiko rwa Los Angeles

Umuhanzikazi wâicyamamare Rihanna yagaragaye mu rukiko rwa Los Angeles yambaye imyambaro yoroheje ariko igezweho, irimo umupira wâimbeho wâumukara, ipantalo ya âcuirâ yijimye aho yari aherekeje umukunzi we, A$AP Rocky uregwa ibyaha bibiri byo gukoresha intwaro mu buryo butemewe. A$AP Rocky, izina rye nyaryo ni Rakim Mayers, arashinjwa kurasa uwahoze ari inshuti ye, A$AP Relli mu […]
Rayon Sports yasinyishije abakinnyi 4 nyuma yo gukomorerwa na FIFA

Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusoza isoko ryâigura nâigurisha ryâabakinnyi nyuma yo gukomorerwa na FIFA, nyuma yâigihe kinini yari imaze itemererwa gusinyisha abakinnyi bashya kubera kutishyura umutoza Haringingo Christian. Kuri uyu munsi, tariki ya 31 Mutarama 2025, ni bwo Rayon Sports yahawe uburenganzira bwo kongera kugura no gusinyisha abakinnyi. Biteganyijwe ko isoko ryâigura nâigurisha mu […]
Ibimenyetso 9 bizakwereka ko umugore agukunda ariko akagerageza kubihisha

Akenshi, umuntu ashobora gukunda undi ariko akagerageza kubihisha kubera impamvu zitandukanyeâishyaka, gutinya kwerekana amarangamutima cyangwa kutamenya uko undi abyakira. Ku bagore, hari ibimenyetso bito bishobora kugaragaza ko bamukunze ariko bakabihisha. Niba wibaza niba hari umugore ugufitiye amarangamutima ariko akabihisha, reba ibi bimenyetso bishobora kukwereka ukuri. Nubwo atavuga neza ko agukunda, imyitwarire ye ishobora kukwereka byinshi. […]
Umukinnyi wa prono yaguye mu kazi ubwo yari aryamanye n’abagabo babiri icyarimwe

Anna Beatriz Pereira Alves wamenyekanye ku rubuga rwa OnlyFans uzwi ku izina rya Anna Polly, yaguye uuri hoteli mu Mujyi wa Nova Iguaçu, Rio de Janeiro, ku wa 23 Mutarama 2025 ubwo yari ari mu kazi ko gukina filime z’urukozasoni. Uyu mugore wâimyaka 27 bivugwa ko yaguye kuri hoteri ubwo yari kumwe nâabagabo babiri bari […]
Perezida Kagame yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ya Qatar

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Perezida Paul Kagame yakiriye Dr. Mohammed bin Abdulaziz Al-Khulaifi, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri yâUbubanyi nâAmahanga ya Qatar. Ibiganiro byabo byibanze ku mubano wâibihugu byombi no ku bibazo byâAkarere. Ibi biganiro byitabiriwe kandi na Minisitiri wâUbubanyi nâAmahanga wâu Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, ndetse na Brig Gen Jean Paul […]
Se wa The Major wo muri Symphony band yapfuye

Mugengakamere Joachim uzwi nka The Major, umucuranzi wa guitar solo muri Symphony Band ndetse nâinzobere mu gutunganya umuziki, ari mu kababaro nyuma yo kubura umubyeyi we witabye Imana afite imyaka 76. Uyu muhanzi yemeje ko se yaguye mu bitaro bya CHUK mu ijoro ryo ku wa 30 Mutarama 2025, aho yari amaze iminsi arwariye. Nyakwigendera […]
M23 yatumye Tems ahagarika igitaramo cye i Kigali

Umuhanzikazi wâumunya-Nigeria, Tems yatangaje ko ahagaritse igitaramo cye cyari kubera i Kigali ku wa 22 Werurwe 2025, avuga ko byatewe nâamakimbirane ari hagati yâu Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) nyuma y’uko M23 ifashe umujyi wa Goma. Mu butumwa yanyujije ku rubuga X ku wa 30 Mutarama 2025, Tems yavuze ko atari azi […]
Umugabo watwitse Korowani (Quran) yishwe arashwe

Salwan Momika, umugabo wâimyaka 38 wavuzwe cyane nyuma yo gutwika Korowani, yarashwe arapfa muri Suwede, nkâuko byatangajwe nâibitangazamakuru byo muri icyo gihugu. Uyu Munya-Irak wari utuye muri Suwede yarashwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu mu nzu ye i SödertĂ€lje, hafi ya Stockholm. Polisi yatangaje ko abantu batanu batawe muri yombi nyuma y’aho uyu mugabo […]
Umunyarwenya Ken Flores yapfuye

Umunyarwenya Ken Flores yapfuye ku myaka 28 azize umutima kuwa Kabiri, tariki 28 Mutarama nkâuko byemejwe nâUrwego rushinzwe gupima impamvu zâipfu rya Los Angeles. Amakuru atangwa nâinzego zâumutekano avuga ko Flores yagiriye ikibazo cyâumutima mu rugo rwe aho umuntu wari kumwe na we yahise ahamagara ubutabazi bwihuse akanagerageza kumuha ubufasha bwa CPR mbere yâuko abaganga […]
Urukundo ruragurumana hagati ya Hamisa Mobetto na Azizi Ki

Nyuma yâigihe kinini bivugwa ko bari mu rukundo ariko bagakomeza kubihakana, Hamisa Mobetto nâumukinnyi wa Yanga SC, Azizi Ki basa nâabafashe icyemezo cyo gushyira ahagaragara umubano wabo. Ibi bikomeje gukekwa nyuma yâuko Hamisa Mobetto yagaragaye aha Azizi Ki impano yâinkweto zâimikino, ndetse akanasangiza abamukurikira amafoto nâamashusho ari kumwe na we mu bihe byiza. Aya mafoto […]
Umuraperi Fireman ari kwivuza ibiyobyabwenge

Umuraperi wâUmunyarwanda Francis Uwimana, uzwi ku izina rya Fireman, yinjiye mu ivuriro rya Huye Isange Rehabilitation Centre ku itariki ya 19 Mutarama, nyuma yo guhitamo kujya kwivuza ibibazo byo gukoresha ibiyobyabwenge. Amakuru aturuka ku muntu wa hafi yâuyu muraperi utifuje ko amazina ye atangazwa, avuga ko Fireman ubwe yafashe umwanzuro wo kujya kwivuza nyuma yâimyaka […]
Kajugujugu yâIgisirikare cyâAmerika yagonganye nâIndege ya American Airlines

Indege ya kajugujugu yâigisirikare cyâAmerika yo mu bwoko bwa UH-60 Black Hawk yagonganye nâindege ntoya ya American Airlines hafi yâIkibuga cyâIndege cya Reagan Washington National muri Leta ya Virginia, igwa mu Ruzi rwa Potomac. Iyi mpanuka yabaye mu masaha ya nijoro ku wa Gatatu, ikaba imaze kugwamo abantu benshi nkâuko inzego zâubutabazi zabitangaje. Itangazo ryatanzwe […]
Uburyo 8 watangiza ikiganiro n’umukobwa mwiza mugihura

Gutangira ikiganiro nâumukobwa ntibikwiye kuba ibintu bigutera ubwoba cyangwa bikakugora. Akenshi, abagabo bagira impungenge zo kutamenya icyo bavuga cyangwa gutekereza ko bagomba kugira amagambo adasanzwe kugira ngo bakurure abagore. Nyamara, igisobanuro cyâukuvugana nâumuntu si amagambo akakaye ahubwo ni uburyo wiyereka nâicyizere wifitiye. Iyo utangiye ikiganiro neza uha umukobwa impamvu yo kugumana nawe, kumva yisanzuye no […]
Chidiebere ari kwishyuza APR FC umushahara w’amezi 10

Rutahizamu wâumunya-Nigeria, Johnson Nwobodo Chidiebere arasaba ikipe ya APR FC kumwishyura umushahara wâamezi 10 angana nâumwaka wâimikino nyuma yo gusezererwa na iyi kipe. Uyu mukinnyi wâimyaka 21 yâamavuko yasezerewe ku wa Mbere, tariki ya 27 Mutarama 2025 nyuma yo kumara amezi atandatu gusa muri APR FC, mu gihe yari yarasinye amasezerano yâimyaka ibiri mu mwaka […]
Lady Gaga yatangije intambara kuri Perezida Trump udashyigikiye abatinganyi

Umuhanzikazi Lady Gaga yatangaje ko atazatezuka ku rugamba rwo kurengera uburenganzira bwâabaryamana bahuje ibitsina (LGBTQ+) cyane cyane muri iki gihe bamwe muri bo babona ahazaza habo ari habi nyuma yâirahira rya Perezida Donald Trump. Uyu muhanzikazi uzwi ku izina rya “Mother Monster” nâabafana be, yavuze ko azakomeza kuba hafi yâiri tsinda aho agaragaza ko amatora […]
Umugabo witwa Samson yashyingiranywe nâabagore babiri icyarimwe (Amafoto)

Umugabo witwa Samson Ijebu yashyingiranywe nâabagore babiri icyarimwe mu muhango wabaye ku Cyumweru, tariki ya 26 Mutarama 2025, mu mujyi wa Odovie, uherereye mu karere ka Ughelli, muri Leta ya Delta, mu gihugu cya Nijeriya. Aba bagore bombi basangiye izina rimwe rya mbere, Ejiro. Amakuru avuga ko uyu mugabo ari uwahoze ari umuyobozi wâumudugudu ndetse […]
Emelyne âIshangaâ na bagenzi be 4 bajyanywe mu kigo ngororamuco

Urwego rwâIgihugu rwâUbugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko abantu batanu, barimo Kwizera Emelyne âIshangaâ, bajyanywe kugororerwa mu kigo ngororamuco cya Huye, mu gihe abandi batatu bakurikiranywe nâubutabera bazira gukwirakwiza amashusho yâurukozasoni. Abajyanywe mu kigo ngororamuco ni Kwizera Emelyne, Gihozo Pascaline, Uwase Salha, Uwase Shakira na Uwase Belyse. Naho Uwineza Nelly Sany, Ishimwe Patrick na Babingwa Josue bo […]
APR FC yatsinze AS Kigali igera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Intwari

Ikipe ya APR FC yatsinze AS Kigali ibitego 2-0 mu mukino wâigikombe cyâIntwari wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa Kabiri. Igice cya mbere cyâumukino cyaranzwe no kwataka kwâimpande zombi ariko nta gitego cyabonetse, amakipe yombi anganya 0-0. Igice cya kabiri cyatangiye APR FC isatira cyane, maze ku munota wa 55 ihabwa […]
Trump yirukanye abashinjacyaha bamushinjaga mu nkiko

Bitangazwa ko abasaga icumi bakoze ku manza za Donald Trump birukanywe nyuma yâuko Minisiteri wâUbutabera wâagateganyo, James McHenry avuze ko batabizera mu gushyira mu bikorwa gahunda za Perezida Trump. Mu ibaruwa yandikiwe aba bakozi, McHenry yagize ati: âKubera uruhare rwanyu mu gukurikirana Perezida Trump, ntabwo ubuyobozi bwabizeye mu gushyira mu bikorwa gahunda zayo.â Ibi byabaye […]
Radja Nainggolan arafunze

Umunyabigwi wâumupira wâamaguru wâUmubiligi, Radja Nainggolan yatawe muri yombi mu iperereza ku bucuruzi bwa cocaine. Nainggolan wâimyaka 36 yafashwe ku wa Mbere mu gitondo hamwe nâabandi bakekwaho uruhare muri ubu bucuruzi, mu mukwabu wakozwe mu bice bitandukanye byâu Bubiligi. Ibiro byâumushinjacyaha i Buruseli byatangaje ko iperereza rirebana no kwinjiza cocaine ivuye muri Amerika yâAmajyepfo ikanyuzwa […]
Dore uko amakipe azesurana mu gikombe cy’Afurika

Mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 27 Mutarama 2025 habaye tombola yo gushyira ibihugu bizakina Igikombe cya Afurika 2025 mu matsinda. Uyu muhango wabereye i Rabat muri Maroc wasize amakipe 24 agabanyijwe mu matsinda atandatu, buri tsinda ririmo amakipe ane. Maroc, izakira iri rushanwa iri mu itsinda rya mbere hamwe na Mali, Zambie […]
50 Cent arashinjwa gukomeretsa umufotozi

Curtis James Jackson III, uzwi cyane ku izina rya 50 Cent yajyanywe mu nkiko nâumufotozi Guadalupe De Los Santos, umushinja kumukomeretsa afatanyije nâitsinda ryâabantu be. Uyu mufotozi yavuze ko ku wa 11 Nzeri 2024 ubwo 50 Cent yari mu bikorwa byo kumenyekanisha igitabo cye The Accomplice: A Novel 50 Cent i Los Angeles, aho yaje […]
Rayon Sports yakiriye rutahizamu mushya

Rutahizamu wâUmunya-GuinĂ©e-Bissau, Adulai JalĂł wâimyaka 20 yageze i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 28 Mutarama 2025, aho aje gusinyira ikipe ya Rayon Sports. JalĂł wakiniraga Sports Benfica de Bissau yageze ku Kibuga Mpuzamahanga cyâIndege cya Kigali ahagana Saa Saba z’ijoro yakirwa nâumujyanama we Karenzi Alex. Uyu mukinnyi yavuze ko intego […]
Umugabo yabyutse asanga igitsina cye cyazimiye

Muri Afurika hakomeje kugaragara kibazo aho abantu bavuga ko gituruka mu bwonko bitewe no gutakaza igitsina cyabo. Iki kibazo cyamenyekanye cyane bwa mbere muri Nigeria ariko kimaze kugera no mu bindi bihugu birimo na Ghana. Nkâuko byatangajwe, hari umugabo ukiri muto wavuze ko igitsina cye cyaburiwe irengero nyuma yo guhura nâundi muntu. Uwo mugabo yagaragaye […]
Uburyo waganiriza umukobwa mwiza mugihura

Gutangira ikiganiro nâumukobwa uteye neza bishobora kuba bitoroshye ariko hari uburyo ushobora gukurikiza kugira ngo bikugendere neza. Dore ibintu by’ingenzi wagenderaho: 1. Iyizere wowe ubwawe Kuba wifitiye icyizere n’ibyiyumvo byiza bifasha kwiyumva neza imbere yâabandi. Mbere yo kwegera umukobwa, iyibutse amagambo meza akugirira akamaro, nko kuvuga uti, “Ndabishoboye,” cyangwa “Ndi umuntu ufite ubwenge kandi ushimishije.” […]
Igisirikare cy’Amerika cyakuyeho amasomo yigishaga ubutwari bw’Abirabura mu ntambara ya 2 y’Isi

Itegeko rya Donald Trump ribuza gahunda zigamije guteza imbere amoko, ubwuzuzanye n’uburinganire (DEI) ryatumye Igisirikare cyâAmerika gisuzuma inyigisho zivuga ku ruhare rwâabapilote b’abirabura n’abagore mu Ntambara ya Kabiri yâIsi kugira ngo zisibwe mu nyigisho zitangwa muri gahunda y’imyitozo ya gisirikare. Ku wa Gatandatu, umwe mu bashinzwe igisirikare yatangaje ko hakoreshejwe âinzira zihuseâ zo guhagarika iyo […]