Umuherwe Zari yandagajwe ku Karubanda n’umunyamideli, Huddah Monroe

Umuherwe Zari umaze kwamamara muri aka karere nyuma yo kwigarurira umutima w’umuhanzi Diamond wo muri Tanzania, yandagajwe n’umunyamideli, Huddah Monroe wo muri Kenya. Huddah Monroe yashyize amagambo ku rukuta rwe rwa Instagram asesereza Zari ko amaze gushesha akanguhe kandi aherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’amavuko. Yagize ati: “mpugiye mu kubaka business zanjye, sinshobora guhanganira kuri […]

Amayobera: Yesu Kristu yavukiye muri Isirayeli ariko yemerwa n’ imbarwa

Mu gihugu cya Israel hakomoka amadini y’abemera Kirisitu n’Abisilamu dore ko ari ku butaka bwatuyeho Sekuru w’abizera Abraham, habarurwa Abakirisitu bagera kuri 2.1% gusa by’abatuye Israel basaga Miliyoni 8. Imibare yo muri 2012, igaragaza ko muri Isiraheli hari abakirisitu 161,000, bangana na 2.1% by’abaturage bose. Muri abo Bakirisitu, abagera ku 127,000 ni Abarabu b’Abakirisitu, biganjemo […]

Umwarimu muri kaminuza ashobora gufungwa imyaka 3 nyuma yo gutukira Magufuri kuri watsapp

Polisi ya Tanzaniya yataye muri yombi umwarimu muri Kaminuza,azira gutuka Perezida Magufuli akoresheje urubuga nkoranyambaga rwa watsapp. Uyu mwarimu nyuma yo gutabwa muri yombi yashyikirijwe ubutabera ariko aza kurekurwa by’agateganyo, mu gihe icyaha kimuhamye akaba yahanishwa gufungwa kuva ku myaka 3 n’ihazabu y’amadorali igihumbi, nk’uko itegeko rishya ryasohotse ribishimangira. Abandi bantu 10 barimo uyu mwarimu […]

Kuki bamwe mu bakobwa bakunda abagabo batandukanye n’abagore?

Nyuma y’abantu batandukanye bibaza impamvu abakobwa bakunze kwishimira abagabo batandukanye n’abagore (Divorce) ubusesenguzi butandukanye bugaragaza ko bakunda kubagirira impuhwe abandi bagakunda ubuzima bworoshye. Impamvu nyirizina igarukwaho, n’uko usanga iyo umugore atandukanye n’umugabo, usanga aba yaramaze gushyira ibintu ku murongo noneho umukobwa akaza asa n’utaha mu rugo rwuzuye nta kimuhangayikishije mu bijyanye no gutangira ubuzima. Ikindi […]

Mu gutangiza igihembwe cy’ihinga, Minisitiri w’intebe yakebuye abakinywa ibiyoga byicana

Mu gikorwa cy’umuganda usanzwe uba buri wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Nzeri 2016 Minisitiri w’intebe Dr. Anastase Murekezi yifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Mpamba mu karere ka Gisagara ho mu ntara y’amajyepfo mu gutangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umuhindo. Minisitiri Murekezi yagarutse ku babaye imbata y’ubusinzi bakirirwa banywa […]

Amateka y’ inkomoko y’ Abanyamulenge

N’ ubwo iterambere n’ ikoranabuhanga bigenda bikosora amakosa no kwibeshya kw’ amateka ,bivugwa ko abanyamurenge bagiye muri Kongo bavuye mu bihugu bitandukanye birimo u Rwanda, u Burundi ndetse na Tanzaniya. Nk’ uko tubisoma mu gitabo “Les Banyamulenge” cyanditswe na Joseph Mutambo, uyu na we akaba Umunyamurenge, hariho impamvu zitandukanye zatumye Abanyamurenge bambuka berekeza muri Kongo. […]

Uganda: Abakekwaho ubujura bakubiswe bambaye ubusa umwe ahasiga ubuzima

Polisi yo mu mugi wa Mbarara mu guhugu yatabaye abantu babiri bahondagurwaga n’abacuruzi bo mu isoko rya Kankwanike riherereye ahitwa Rwebikoona babashinja ubujura. Aba bagabo bakubitwaga bambaye ubusa umwe yaje gupfa. Umwe mu bacuruzi witwa Wilson Mubangizi yatangajeko aba bakekwaho kwiba amashiringi ya Uganda 60,000 y’umunyeshuri wari woherejwe n’ababyeyi ngo agure ibikoresho by’ishuri. Ubwo inzego […]

Perezida Nkurunziza yashimangiye ko abicwa ari abo mu bwoko bwose

Mu gihe amahanga akomeje guhata igitutu Leta y’u Burundi, ayisaba guhagarika ubwicanyi bukomeje kuhakorerwa n’ibindi byaha byibasira ikiremwamuntu, Perezida Nkurunziza we yavuze ko ubwo bwicanyi buhitana abo mu bwoko bwose (Abatutsi,Abahutu,…). Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 24 Nzeli 2016, nibwo Perezida Nkurunziza yabanje gushima Imana yo mu ijuru ko imukunda igakunda n’igihugu cye by’umwihariko […]

Gutandukana kwa Diamond na Zari byongeye guca amarenga

Amakuru agera ku bitangazamakuru bitandukanye aravuga ko umuhanzi Diamond Platnumz atishimiye umugore we Zari muri iyi minsi kandi bikaba bikomeje kugenda bifata indi ntera umunsi ku munsi. Intandaro y’uku kutishima ngo ni umubano wihariye, Zari afitanye n’uwahoze ari umugabo we Ivan Ssemwaga ku mbuga nkoranyambaga, aho yabonye amwe mu magambo baherutse kuvugana arebana n’imibereho y’abana […]

Umwe yasanzwe yapfuye muri batatu ingabo z’igihugu zarohoye mu Kivu

Itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zirwanira mu mazi (marine) zatabaye abagabo batatu bari barohamye mu kiyaga cya Kivu gihereye mu Burengerazuba bw’u Rwanda kuwa 23 Nzeri 2016, babiri barohorwa ari bazima mugenzi wabo umwe bamubona yamaze guhitanwa n’amazi. Iki gikorwa kidasanzwe cyabereye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba, mu Kagari ka Kiraga; kikaba cyarabaye […]

Lt. Gen Muhoozi ashobora kuzasimbura se Museveni, impamvu 10 zimuha amahirwe

Lt. Gen Muhoozi Kainerugaba ni umusirikare ukomeye mu ngabo za Uganda (UPDF) by’umwihariko benshi mu basesenguzi mu bya politiki bakaba bakomeje kugaragaza ko amaherezo bizarangira ari we usimbuye se, Museveni ku mwanya wa Perezida. Dore impamvu 10 zishobora kuzamuha amahirwe akawugeraho. 1.Gutegurwa mbere nk’umwana w’imfura ya Museveni : Benshi babona ko ashobora kuzatekinika kugeza ku […]

Ukwisanzura kw’Itangazamakuru n‘abarikurikira ngo ntibitanga uburenganzira bwo gutukana-Peacemaker

Abanyamakuru bo mu Rwanda cyane abakorera ibitangazamakuru bikoreshaikoranabuhanga(Online Media) barasabwa kutirara ngo bagendere mu kwisanzura kwabo ngo babe bazanamo guhangana no gutukana bituma basa n’abataye inshingano. Ibi n’ibyatangajwe na Mbungiramihigo Peacemaker umuyobozi w’inama nkuru y’itangazamakuru mu Rwanda (MHC) ubwo yaganiraga n’abanyamakuru bari mu mahugurwa ari kubera i Musanze bigishwa mu gukoresha ikoranabuhanga rinoze kandi ribateza […]

MINAGRI ikeneye ‘drones’ mu kwimakaza ikoranabuhanga mu buhinzi

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irifuza gutangira gukoresha indege nto zitagira abapilote (drones) zikoreshwa mu gutwara amaraso, mu rwego rw’ubuvuzi mu guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda; zikazifashishwa mu ikusanyamakuru mu buhinzi n’ubworozi. Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr. Geraldine Mukeshimana asobanura ko ikoreshwa ry’izi ndege za drones mu buhinzi buzaba ari uburyo bushya bwo kurushaho gukoresha ikorabanuhanga […]

Mourinho yahakanye ibyo gushaka gushwanyaguza isura ya Wenger

Jose Mourinho utoza ikipe ya Manchester United yahakanye yivuye inyuma amagambo aherutse gutangaza ko azangiza isura y’umutoza wa Arsenal Arsene Wenger. Mu gitabo Rob Beasely yanditse kuri Jose Mourinho bivugwa ko hari amagambo uyu mutoza yavuze , aho yavugaga ko umunsi yahuye na Wenger inyuma yikibuga batari mu kazi, azamwangiza isura gusa yabihakanye avuga ko […]

Umubare w’abimukira baguye mu bwato bwarohamye hafi ya Misiri ugeze ku 162

Impanuka y’ubwatu bwarohamye yabereye hafi y’igihugu cya Misiri kuwa 21 Nzeri 2016 imaze guhitana abantu bagera ku 162 mu gihe hakomeje gushakishwa abandi baba bararohamye bataramenyekana. Ubu bwato bwari butwaye abimukira bakomoka mu bihugu bitandukanye by’Afurika berekeza ku mugabane w’u Burayi. Abimukira bari hagati ya 450 na 600 bakomoka mu bihugu bya Misiri, Syria, Sudani, […]

Umubare w’Abarundi bahunga igihugu aho kugabanyuka uriyongera

Leta y’u Burundi ntabwo irimo guhuza n’umuryango mpuzamahanga wita ku mpunzi HCR, mu gihe yo ivuga ko abari barahunze igihugu barimo gutahuka ku bwinshi, uyu muryango wo utangaza ko n’abandi barimo kurushaho guhunga igihugu. HCR yo itangaza ko mu kwezi kwa 7 konyine hahunze abarenga ibihumbi 20 baturutse mu ntara zitandukanye z’u Burundi, gusa ikanemeza […]

Aho ngeze hose mbazwa impamvu mu gihugu cyanjye hahora intambara- Miss RDC, Andréa Moloto

Nyuma yo gutorwa ku wa 11 Nzeli 2016 nka Miss RDC, AndrĂ©a Moloto yatangaje ko agiye gukora uko ashoboye kose agahindura isura y’igihugu cye, ntigikomeze kumera nk’uko amahanga agifata. Yagize ati: “ Ngiye guhindura ejo hazaza amahanga abonamo RDC, buri gihe iyo mvuze ko ndi umunye congo, abantu bambaza impamvu igihugu cyanjye gihoramo intambara ”. […]

Uburangare bwa buri wese ni ko guha intebe ibyaha- ACP Bosco Rangira

Imihanda yose yerekeza kuri sitade ya Kicukiro yari yuzuye ibihumbi by’abamotari , abanyonzi, abanyeshuri, abakozi n’urubyiruko rw’abakorerabushake baje guhura n’inzego z’umutekano n’abayobozi b’Umujyi wa Kigali, mu bukangurambaga bugamije kurwanyiriza hamwe ibyaha. Iyi nama yitabiriwe na Major Gen. Mubarak Muganga, umuyobozi w’ingabo mu Mujyi wa Kigali n’Intara y’Iburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Bosco Rangira, umuyobozi […]

Huye:Abamotari biyemeje kongera ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Abamotari bo mu karere ka Huye basabwe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha. Ubu butumwa babuhawe na Superintendent of Police(SP) JM Vianney Karegeya uyobora Polisi mu karere ka Huye kuri uyu wa kane taliki ya 22 Nzeli uyu mwaka, ubwo yagiranaga inama n’abamotari bagera ku 1100 bakorera mu makoperative atandukanye akorera mu karere ka Huye. Mu […]

Umutingito ukaze wangije amazu nubwo ntawahitanywe nawo i Burengerazuba

Ku gicamunsi gishyira umugoroba wo kuri uyu wa 23 Nzeri 2016 mu gice cy’intara y’uburengerazuba humvikanye umutingito wibasiye uduce nka Shangi ,Kibogora , Bushenge ndetse na Rwabitekeri ari naho havugwa ko ahakunzwe kwibasirwa n’imitingito. Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko nta wahitanywe n’uyu mutingito uretse abagize ihungabana n’abandi bantu bakomeretse bari kwitabwaho mu Bitaro bya […]