Lt. Col Para Para wahanganiye na M23 i Masisi yapfuye
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyabitse Lt Col Alain Para Para wahoze ari komanda wa Batayo yacyo ya 111 ubarizwamo ingabo zidasanzwe. FARDC mu itangazo yasohoye ku wa Kane yavuze ko yazize “uburwayi yari amaranye igihe gito”. Icyakora hari amakuru avuga ko yaba yaguye mu mirwano n’inyeshyamba za M23. Lt Col Para […]
Urwego rw’uburezi rwihariye 14 % by’ingengo y’imari
Mu ngengo y’imari ya 2024- 2025, biteganyijwe ko Urwego rw’uburezi ruziharira 14% yayo ni ukuvuga arenga Miliyari 500 z’amafaranga y’u Rwanda. Bisobanuye ko uru rwego arirwo ruzatwara amafaranga menshi mu ngengo y’imari. Minisiteri y’imari n’igenamigambi MINICOFINE ivuga ko uru rwego rwahawe iyi ngengo y’imari hagamijwe kongera ireme ry’uburezi buhabwa abanyeshuri mu Rwanda. Kubaka amashuri mashya […]
RDC: Minisitiri w’Ubutabera ntiyorohewe
Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Constant Mutamba ntiyorohewe n’abacamanza bamushinja kwica akazi. Abamunenga ni abacamanza baturuka mu rugaga rw’abacamanza bo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, SYNAMAC. Uru rugaga rusobanura ko rutemeranya n’amavugurura yashyizweho n’uyu minisitiri w’ubutabera, kuko ngo abangamira akazi bakora. Ni nyuma y’uko yaherukaga gushyiraho komisiyo ishinzwe gukurikirana imikorere y’abacamanza, […]
Akari ku mutima wa Irangabiye warekuwe nyuma y’igihe afungiwe ‘kuba intasi y’u Rwanda’
Umunyamakurukazi Floriane Irangabiye wari umaze imyaka ibiri afunzwe, yamaze kurekurwa nyuma yo guhabwa imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Ku wa 14 Kanama ni bwo Perezida Ndayishimiye yamuhaye imbabazi, mbere y’uko amakuru amenyekana bucyeye bwaho. Uyu munyamakurukazi wahoze aba i Kigali mu Rwanda, nyuma yo kurekurwa yavuze ko “kuba mfunguwe nyuma y’imyaka hafi ibiri […]
Trump yagize Linda McMahon uhagarariye komite izamufasha mu ihererekanyabubasha n’aramuka atowe
Donald Trump yagize Linda McMahon, ukuriye itsinda rizamufasha gutegura ihererekanyabutegetsi mu gihe yaba atsinze Amatora y’umukuru w”Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mugore yahoze ari umuyobozi mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ibigo by’ubucuruzi bito bito, kuva mu 2017 kugera mu 2019 ku butegetsi bwa Perezida Trump. Trump abaye uwa mbere ushyizeho hakiri kare cyane […]
Gen. Muhoozi yacanye umuriro kuri Museveni amuhora kwifotozanya n”igisambo ruharwa’
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akomeje gushyira igitutu kuri se Yoweri Kaguta Museveni amushinja gukorana n’igisambo ruharwa kurusha ibindi muri Uganda. Mu butumwa Gen Muhoozi yanditse ku rubuga rwe rwa X, yabwiye Museveni ati: “Mzee, wataye muri yombi inshuti yanjye Michael Mawanda none wishimiye kwifotozanya n’igisambo ruharwa kurusha ibindi muri Uganda?” Uwo […]
Hashyizweho Guverinoma nshya itarimo abarimo Munyangaju

Perezida Paul Kagame afatanyije na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Gatanu batangaje Guverinoma nshya y’u Rwanda igizwe na ba Minisitiri 21. Guverinoma nshya nk’uko bigaragarira mu itangazo ryasohowe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe, igaragaramo ba Minisitiri bari basanzwe muri Guverinoma iheruka usibye batatu barimo uwa Siporo, uw’Ubucuruzi n’Inganda n’uw’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Muri […]
MINISANTE yatangaje umubare w’abarwayi b’ubushita bw’inkende bamaze kugaragara mu Rwanda

Abantu bane ni bo bamaze kugaragarwaho virusi y’Ubushita bw’Inkende mu Rwanda, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima yabitangaje kuri uyu wa Gatanu. Abamaze kugaragaraho iki cyorezo bose baraherukaga kugirira ingendo hanze y’Igihugu. Minisiteri y’Ubuzima mu itangazo yasohoye yavuze ko ibikorwa byo gukurikirana abahuye n’abo barwayi bikomeje kugira ngo ugaragaje ibimenyetso apimwe kandi avuzwe akire, bityo hirindwe ugukwirakwira kw’iyi […]
Iyicwa ry’umuganga nyuma yo gufatwa ku ngufu ryahungabanyije imijyi ya Delhi na Mumbai
Mu ijoro ryo ku wa gatatu, ibihumbi n’ibihumbi by’abagore bo muri leta ya Bengal y’Iburengerazuba mu Buhinde, bakoze urugendo mu mihanda bamagana ifatwa ku ngufu n’iyicwa ry’umuganga wakoreraga bitaro bya leta i Kolkata mu cyumweru gishize. Uyu muganga w’imyaka 31 mu bitaro bya Leta by’ahitwa RG Kar Medical College umugangakazi yasanzwe yapfuye umubiri we wambaye […]
Sudan: Loni irashinja RSF kwiba ibiryo na telefoni
Umuryango w’Abibumbye urashinja ingabo za RSF gusahura ibiribwa by’abaturage bo muri Sudan no kurasa ku bakozi bawo mu gace ka Shambat , mu majyaruguru y’umurwa mukuru i Khartoum Bahr. RSF yagenzuye agace ka Shambat, ndetse no mu tundi turere twa Khartoum Bahri, kuva intambara yatangira. Kuva icyo gihe yagiye ishinjwa ubusahuzi no kwica abaturage basanze […]
Icyo RDF ivuga ku kuba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bazajya bakora ikosi
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko atari itegeko kuba abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bajya bajyanwa gukora imyitozo ya gisirikare, bijyanye no kuba ayo masomo asanzwe atangwa. RDF yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Ni ikiganiro cyagarukaga ku gikorwa cyo kwinjiza mu ngabo, Inkeragutabara zakwitabazwa mu gihe bibaye ngombwa. Umuvugizi wa RDF, Brig […]
Rusizi: Muri Toni zirenga 7000 z’umuceri bejeje, bamaze kugurisha 2600 gusa
Abahinzi b’umuceri mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bamaze kugurisha toni 2600 gusa muri Toni zirenga 7000 bejeje muri iki gihembwe cy’ihinga B. Izi Toni 2600 z’umuceri, nizo zonyine zimaze kugurwa n’inganda ziwutonora kuri uyu mwero, bagasanga abanyenganda bagiranye amasezerano na bo baragiye biguruntege. Bavuga ko uyu muceri utarabonerwa isoko, ugiye kumara amezi atatu uri […]
Afurika y’Epfo yakuyeho ibirego byashinjaga Abanya Libya 95 kuhakorera imyitozo ya Gisirikare mu buryo butemewe
Kuri uyu wa kane, abashinjacyaha bo muri Afurika y’Epfo bakuyeho ibirego ku baturage 95 bo muri Libiya batawe muri yombi mu kwezi gushize bashinjwa gukora imyitozo ya gisirikare itemewe mu ntara ya Mpumalanga. Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubushinjacyaha cyavuze ko ibimenyetso bidahagije byo gukurikirana abo bagabo. Mu rukiko bashinjwaga kurenga ku mategeko agenga abinjira n’abasohoka mu […]
Gen Muhoozi yijunditse bamwe mu bagize NRM, atabaza se Museveni
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye Perezida Yoweri Kaguta Museveni kumva amarira y’abanya-Uganda, akemera ko muri iki gihugu habamo impinduka. Uyu musirikare yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X atabariza Depite Michael Mawanda umaze igihe afunzwe azira ibyaha bya ruswa. Gen Muhoozi yavuze ko ikibabaje ari uko Mawanda ari we gusa […]
AS Kigali yateye Kiyovu Sports gapapu
Ikipe ya AS Kigali yateye Kiyovu Sports gapapu, iyitwara rutahizamu Emmanuel Arnold Okwi byari byitezwe ko ayerekezamo. Uyu rutahizamu w’Umugande yasinyiye AS Kigali amasezerano y’umwaka umwe. Okwi yerekeje mu Banyamujyi mu gihe amakuru avuga ko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, yari yemereye abakunzi ba Kiyovu Sports ko agomba kugarura […]
Ndayishimiye yahaye imbabazi umunyamakuru Irangabiye wafunzwe avuye mu Rwanda
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yahaye imbabazi umunyamakurukazi Floriane Irangabiye wafatiwe i Burundi nyuma y’igihe aba mu Rwanda. Uyu Murundikazi yafatiwe ku kibuga mpuzamahanga cya Bujumbura mu mpera za Kanama 2022, ubwo yari avuye mu Rwanda aho yari amaze igihe kinini ahaba nk’impunzi. Icyo gihe yari agiye gusura umuryango we. Urukiko rwisumbuye rwa Mukaza tariki […]
The Ben yiyunze na Coach Gael nyuma y’igihe barebana ay’ingwe
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi mu muziki nyarwanda nka The Ben, yatangaje ko yamaze kwiyunga na Karomba Gael uzwi nka Coach Gael nyuma y’igihe bombi barebana ay’ingwe. The Ben yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram. Ni ubutumwa bugira buti: “Ukongera guhura kw’abavandimwe. Reka twubake hanyuma twigarurire Isi.” Ubu butumwa bwari buherekeje […]
Abamisiyoneri bo muri Korea y’Epfo bashimutiwe muri Kenya
Abamisiyonari babiri bo muri Koreya y’Epfo bashimuswe aho batuye n’abagizi ba nabi batamenyekanye mu gace ka Odda, mu Ntara ya Marsabit, ahagana mu ma saa 21h 00 zo muri Kenya. Ibi byabaye mu ntangiro z’iki Cyumweru, aho abantu bitwaje imbunda bashimuse abamisiyoneri babiri bo muri Koreya y’Epfo mu Majyaruguru ya Kenya, hafi y’umupaka wa Etiyopiya. […]
U Rwanda na Congo bigiye guhurira mu bindi biganiro
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye guhurira mu yindi nama igamije gucubya umwuka mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi ndetse no gukemura ikibazo cy’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo. Iyi nama iteganyijwe kubera i Luanda hagati y’itariki ya 20 n’iya 21 Kanama; nk’uko Perezidansi ya Angola yabitangaje kuri […]
Minisitiri Utumatwishima yateje Yago n’abo bamaze igihe bashyamirana RIB
Minisitiri w’Urubyiruko n’ibikorwa by’ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah Jean Nepo, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) gukurikirana rukamenya niba ibikorwa Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago n’itsinda ry’abantu bamaze igihe bashyamirana bitagize ibyaha. Yago uri mu bafite izina rikomeye mu myidagaduro nyarwanda amaze iminsi aterana amagambo n’abantu batandukanye ashinja gusebya izina rye. Uyu musore wamenyekanye mu itangazamakuru ndetse […]
Bigenda bite iyo unyweye ikawa ikakubana nyinshi mu mubiri?
Kunywa ikawa ni umuco wavuga ko uri gukwira ku isi by’umwihariko mu bihugu bya Asia bituwe cyane n’abarabu, ariko no ku yindi migabane usanga bayikunda. Cyo kimwe n’ibindi binyobwa cyangwa ibiribwa bikubiyemo ibinyabutabire bitandukanye, abantu bashishikarizwa kutabifata mu buryo bw’umurengera. Ni muri urwo rwego n’abanywa ikawa nabo bagirwa inama yo kutanywa nyinshi. Impamvu ni uko […]
Abagera ku 700,000 bo muri Afurika y’Uburengerazuba n’iyo hagati bibasiwe n’umwuzure
Mu ntangiro z’iki Cyumweru, umuvugizi w’umuryango w’abibumbye yatangaje ko imvura idasanzwe n’umwuzure ukabije byibasiye abantu barenga ibihumbi 700 bo muri Afurika y’Iburengerazuba no hagati, mu gihe cy’amezi abiri . Ni ukuvuga hagati ya Gicurasi na Nyakanga. Yatangaje ko imvura idasanzwe n’umwuzure ukabije muri Repubulika ya Centrafrique, Tchad, Cote d’Ivoire, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Liberiya, […]
Rutshuru: FARDC na M23 baraye bumvanye imitsi
Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko hongeye kubura imirwano hagati y’ingabo za Leta ya FARDC na M23. Izi mpande zombi zaraye zihondaguranye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu taliki 14 Kanama 2024. Ni imirwano yabereye mu gace ka Kisharo gaherereye muri gurupema ya Binza, muri teritwari ya Rutshuru mu Ntara […]
Kagame yababajwe na za Toni z’umuceri w’abahinzi b’i Rusizi waboreye mu bubiko
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko yababajwe cyane no kumenya amakuru y’abahinzi bahinga mu kibaya cya Bugarama ho mu karere ka Rusizi bejeje amatoni y’umuceri, gusa ukaza kubaboreraho kubera kubura isoko. Ikibazo cy’aba bahinzi kimaze igihe kirekire kuko cyatangiye kumenyekana muri 2020. Inkuru BWIZA yanditse muri Kanama 2020 yavugaga ko mu bubiko bwa MAGERWA mu mirenge […]
Abafana ba APR FC bakoze impanuka bajya muri Tanzania
Abafana b’ikipe ya APR FC bibumbiye muri Fan Club ya APR FC Zone 1 bakoze impanuka mu ijoro ryakeye, ubwo bari mu nzira berekeza muri Tanzania gushyigikira ikipe yabo. Ni impanuka yabereye i Nyagasambu mu karere ka Rwamagana, ubwo bisi ya sosiye itwara abagenzi ya Matunda Express barimo yagonganaga n’ikamyo. Umwe mu bayobozi b’abafana ba […]
Ku munota wa nyuma ibiganiro bya Sudan by’amahoro byabaye impande zihanganye zanze kubyitabira
Impande zihanganye muri Sudan zanze kwinjira aho ibiganiro byaberaga nyuma y’uko uruhande rwa Leta ruvuze ko urwo bahanganye ‘RSF’ rubanza kubahiriza amasezerano ya Mbere. Ayo masezerano yari yabereye muri Arabiya Sawudite(Saudi Arabia), avuga ko izi ngabo zigomba kubanza kuva mu ngo z’abaturage. Intumwa za RSF, nizo zitabiriye ibi biganiro bwa Mbere, ariko bageze aho bibera […]
Igisubizo cya Perezida Kagame ku bamaze igihe bamusaba ‘kuvana RDF muri RDC’
Perezida Paul Kagame yabwiye abamaze igihe bamusaba kuvana Ingabo z’u Rwanda ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubanza kumenya ikibazo cyaba cyaratumye zijyayo, hanyuma bakagikemura. Yabigarutseho ku wa Gatatu tariki ya 14 Nyakanga, ubwo yari amaze kwakira indahiro z’abadepite baheruka kwinjira mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda. Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira […]
Rutshuru: Abantu hafi 400,000 bari barahunze imirwano ya FARDC na M23 basubiye iwabo
Abantu babarirwa mu magana bavanywe mu byabo mu karere ka Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagarutse nyuma yo guhunga imirwano hagati y’ingabo za Kongo n’inyeshyamba za M23. Nk’uko ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa by’ubutabazi (OCHA) bibitangaza, ngo hagati ya Werurwe na Nyakanga, abantu ibihumbi 383 bagarutse mu midugudu ya Kibirizi, Birambizo na Bambo. Ibi […]
Kazarwa Gertulde ni we watorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko
Kazarwa Gertulde, ni we watorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko n’amajwi 73, aho yatsinze Nizeyimana Pie bari bahatanye watanzwe n’Ishyaka UDPR. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 14 Kanama 2024. Yari yatanzwe n’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (Parti Liberal – PL). Akaba ari manda ye ya kabiri mu Nteko nk’Umudepite. Iki gikorwa […]
RDC: CODEC yatumye umufuka w’ibiro 25 by’umuceri ugera ku madorari 107
Imirwano ya hato na hato yatumye umufuka wa kg 25 w’umuceri uva ku mafaranga 100 ugera ku mafaranga ibihumbi 300 ya congo ‘107 USD’, muri Bunia (Ituri). Amakuru atangazwa na Radio Okapi, avuga ko uku kwiyongera kw’ibiciro mu gihe kitageze ku mezi abiri mu duce twinshi twa Djugu, ingano z’umujyi wa Bunia, byatewe n’uko abarwanyi […]
Kenya: Abarenga 3000 bo muri Kaminuza bigaragambije
Abakozi barenga 3.000 bo muri kaminuza ‘ Moi University’ batangiye imyigaragambyo yamagana gutinda kw’imishahara imaze igihe idatangwa neza. Abakozi biganjemo abarimu baramukiye mu myigaragambyo bagaragaza ko niba ubuyobozi bwa kaminuza budashoboye gukemura ibibazo byabo vuba bakomeza kugeza igihe na Leta ibyinjiyemo. Abakozi bayobowe n’abayobozi b’ubumwe bwa za kaminuza (UASU) n’ubumwe bw’abakozi ba kaminuza ya Kenya […]
Ibikorwa byo kubaka uruganda rutunganya urumogi mu Rwanda bigeze kuri 70%
Ibikorwa byo kubaka uruganda rutunganya urumogi mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru bizaba birangiye muri Nzeri 2024, rutangire ibikorwa byo kurutunganya. Uru ruganda rwubatswe na King Kong Organics (KKOG), ishami rya KKOG Global, rukaba rwarabaye sosiyete ya mbere yabonye uruhushya rw’imyaka itanu rwo gutunganya urumogi iruhawe n’Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere (RDB). KKOG yavuze ko yakoze […]
Amerika yahize gucubya umuriro mu Burasirazuba bwo hagati
Amerika ivuga ko igiye gucubya umuriro mu burasirazuba bwo hagati nyuma y’uko hari ubwoba ko Irani ishobora kwihimura kuri Isiraheli nyuma y’iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas Ismail Haniyeh muri Tehran. Ku wa kabiri, Ambasaderi Linda Thomas-Greenfield yabwiye akanama gashinzwe umutekano ku isi i New York , ko Amerika ishaka gukumira no kwirinda igitero icyo ari cyo […]
Nduhungirehe yemeje ko hari ibihugu 2 bya Afurika byahejwe mu muhango w’irahira rya P. Kagame
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yemeje ko ibihugu 52 muri 54 bigize umugabane wa Afurika byatumiwe mu muhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame. Ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama ni bwo Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda nshya y’imyaka itanu iri imbere, mu birori byabereye muri Stade Amahoro i Remera. Ni ibirori […]
U Rwanda rwahaye Misiri hegitari 10 z’ubutaka
Leta y’u Rwanda yahaye iya Misiri ubutaka bungana na hegitari 10 bwo gushyiramo icyanya gikora ku bijyanye n’ubwikorezi n’ibikoresho gikorera mu Rwanda. Amakuru avuga ko ubutaka u Rwanda rwahaye Misiri buherereye mu karere ka Kirehe, hafi y’umupaka uruhuza na Tanzania. Iby’ubu butaka biri mu bikubiye mu masezerano Misiri yasinyanye n’u Rwanda mu nzego zitandukanye nk’ubuzima, […]
Ishimwe rya Dr Ngirente kuri Perezida Kagame wongeye kumugirira icyizere
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashimiye Perezida Paul Kagame wongeye kumugirira icyizere cyo gukomeza kuba umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda, amwizeza gukomeza gukorana umurava mu rwego rwo guteza imbere u Rwanda. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Kanama ni bwo Perezida Kagame uheruka kurahirira kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri […]
Afurika ikeneye Miliyoni zirenga 10 z’inkingo za Mpox mu gihe hari ibihumbi 200 gusa
Indwara y’ubushita bw’inkende(Mpox), ikomeje kuba ikibazo gikomeye, ku buryo umuvuduko iriho ukomeje gutera impungenge Afurika. Ibi bituma hakenerwa inkingo nibura zirenga ibihumbi 10 zo kuyirwanya. Bigaragazwa n’ikigo Nyafurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara (Africa CDC) aho , cyatangaje ko icyorezo cy’ubushita bw’inkende kigeze aho gifatwa nk’ikibazo gikomereye umugabane. Ni nyuma y’uko gikwirakwiriye muri Repubulika ya […]
Mirundi wahoze ari umuvugizi wa Perezida Museveni yapfuye
Mirundi Joseph Tamale wigeze kuba umuvugizi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni mbere yo guhinduka umusesenguzi ukomeye wa Politiki ya Uganda ndetse n’akarere, yapfuye. Inkuru y’urupfu rw’uyu mukambwe w’imyaka 60 y’amavuko wanamenyekanye nk’umunyamakuru yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Kanama. Yaguye mu bitaro bya Kisubi aho yari amaze ibyumweru arwariye. Umuhungu we, […]
Perezida Kagame yongeye kugira Dr Edouard Ngirente Minisitiri w’Intebe
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Kanama, yongeye kugirira Dr Edouard Ngirente icyizere cyo kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda. Itangazo ryaturutse mu biro by’Umukuru w’Igihugu ryasomewe kuri Radiyo na Televiziyo y’u Rwanda ni ryo ribyemeza. Dr Ngirente agizwe Minisitiri w’Intebe nyuma y’iminsi ibiri Perezida Kagame arahiriye indi manda nyuma yo gutsinda […]
Dr Uzziel Ndagijimana wahoze ari Minisitiri wa MINECOFIN yahawe imirimo mishya
Dr Uzziel Ndagijimana wahoze ari Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo BK Group Plc gifite amashami arimo Banki ya Kigali. Iki kigo mu itangazo cyasohoye kuri uyu wa Kabiri cyavuze ko Dr Ndagijimana agomba kukibera Umuyobozi Mukuru (CEO) guhera kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Kanama. Umwanzuro wo kumuha izi nshingano wafatiwe mu […]
Nta munyarwanda n’umwe uhejwe mu Burundi: Ndayishimiye asubiza Umunyarwandakazi
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko nta munyarwanda n’umwe uhejwe mu gihugu cye, mu gihe amaze amezi menshi yarafunze imipaka igihuza n’u Rwanda. Ndayishimiye yabigarutseho ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru gisoza ingendo yise ‘Inkebuzo’ amazemo iminsi, akaba yasubizaga ikibazo yari abajijwe n’umwe mu rubyiruko w’umunyarwandakazi. Yavuze ko “urubyiruko rwo mu Rwanda na rwo rumaze iminsi […]
Kuki ukwiye kurya amavuta y’inka ?
Hari abavuga ko batinya indwara zituruka ku mavuta zirimo umubyibuho ukabije, na wo ugira uruhare mu gutuma uwufite agira ibyago byinshi byo kurwara indwara z’umutima, diyabete, n’izindi. Ariko umutu yakwibaza niba amavuta yose ari mabi ku buzima. Ubusanzwe amavuta amenyerewe gukoreshwa muri sosiyete nyarwanda ni akomoka ku bimera (nk’ubunyobwa, ibihwagari, amamesa, elayo, n’ibindi) hakaba n’amavuta […]
U Rwanda na Eswatini byinjiye mu mikoranire ya gisirikare
U Rwanda na Eswatini kuri uyu wa Kabiri byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu bya gisirikare n’umutekano; ubufatanye mu bya gipolisi no guhana ubumenyi mu bijyanye na serivisi z’igorora ndetse n’ivanwaho rya visa ku badipolomate. Umuhango wo gushyira umukono kuri aya masezerano wayobowe na Perezida Paul Kagame ndetse n’umwami Mswati III wa Eswatini. Umwami Mswati ari mu […]
Umugore n’abana be bane bapfiriye mu mpanuka ikomeye
Abagize umuryango w’abantu batanu bapfiriye mu mpanuka y’imodoka yabereye mu gace ka Mbaruk hafi y’umuhanda wa Nakuru-Nairobi.Aba uko ari batanu bari barimo umugore n’abana be bose babahungu. Iyi mpanuka yabaye saa moya za mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Kanama 2024, ubwo imodoka ya Mercedes yari itwawe n’umushoferi uzwi nka Christopher Ambani , […]
Ishyaka FRODEBU riravuga ko amabendera yaryo akomeje kurigiswa ubutegetsi burebera
Abo mu ishyaka ‘Sahwanya Frodebu’ barimo gutabaza umuhisi n’umugenzi nyuma yo kwibwa amabendera y’ishyaka ubugira kane mu gihe kitarenze icyumweru kimwe. Mu Ntara zitandukanye z’Uburundi haravugwa amakuru y’uko amabendera y’ishyaka rya Sahwanya Frodebu akomeje kuzimira mu bihe bitandukanye. Abo muri iri shyaka bavuga ko mu gihe kitarenze icyumweru, hibwe amabendera ane y’iri shyaka mu turere […]
Mayweather na Elon Musk bategerejwe mu Rwanda
Rurangiranwa mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather ndetse n’umuherwe Elon Musk uri mu ba mbere ku Isi, bitezwe mu Rwanda bazasura muri Nzeri ndetse no mu Ukwakira. Ni amakuru yatangajwe n’umunyamakuru Andrew Mwenda, mu kiganiro na Sanny Ntayombya. Mwenda usanzwe yegereye ubutegetsi bwa Uganda ndetse n’ubw’u Rwanda yavuze ko “Floyd Mayweather azaza hano mu kwezi gutaha, […]
Putin yaciye amarenga ko agiye kwihorera kuri Ukraine Amerika igaragaza ko ari iterabwoba
Leta zunze ubumwe za Amerika isanga amagambo Putin akomeza kuvuga yo kwikiza Ukraine ko ari nko kwikirigita agaseka. Amerika yatangaje ibi , nyuma y’uko Putin akoranyije inama ya Gisirikare yo kwigiramo uko yagaba ibitero muri Ukraine. Muri iyi nama Putin yabwiye igisirikare, ko bagomba guhashya umwanzi bakamukura ku butaka bw’uburusiya ku kiguzi byasaba cyose. Amerika […]
Ethiopia na Somalia mu nzira z’ibiganiro
Ibihugu bya Somalia na Ethiopia, birimo kugerageza kwicara ku meza y’ibiganiro ngo bicoce amakimbirane bifitanye bibifashijwemo na Turukiya. Umwuka mubi w’ibi bihugu watangiye igihe Etiyopiya n’intara ya Somaliland byagiranaga amasezerano yo gukorana hagati yabyo mu kwezi kwa mbere kw’uyu mwaka. Ayo masezerano avuga ko Ethiopia yakodesheje ubutaka bwa Somaliland kugirango ishobore gushyirayo ikambi y’igisirikare cyayo […]
Tshisekedi yishimiye agahenge, yiyemeza kutazigera abura mu biganiro bya Luanda
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishimiye ishyirwa mu bikorwa ryo guhagarika imirwano hagati y’ingabo za RDC na M23, yiyemeza ko igihugu cye kutazigera kibura mu biganiro bya Luanda. Ku wa Mbere tariki ya 12 Kanama Tshisekedi yakiriye i Kinshasa mugenzi we João Lourenço usanzwe ari umuhuza mu bibazo bya Politiki […]
Ba Gen. Muhoozi na Mubarakh baganiriye ku bufatanye bwa UPDF na RDF
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen Muhoozi Kainerugaba n’itsinda yari ayoboye, basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda aho bakiriwe n’Umugaba Mukuru wazo, Gen Mubarakh Muganga. Igisirikare cy’u Rwanda ku rubuga rwacyo rwa X cyatangaje ko intumwa za UPDF n’ubuyobozi bwa RDF bahuriye mu nama yigaga ku “guteza imbere ubufatanye busanzwe buriho hagati y’ibisirikare byombi”. […]
Sudan: Abagera kuri 28 bishwe mu gihe intambara ikomeje guca ibintu i Al Fasher
Guverineri w’agateganyo wa Darfur y’Amajyaruguru yashinje ingabo za (RSF) ko kuri uyu wa Gatandatu, zishe abasivili 28 abandi hafi 45 barakomereka mu gitero cyagabwe mu mujyi wa El Fasher. Ni nyuma y’imirwano yabereye El Fasher ikaze hagati y’ingabo za Sudani,n’umutwe witwaje intwaro wa RSF inakomeza ku munsi ukurikiyeho, aho abakomando biraye muri uyu mujyi bakica […]
Misiri yizeje u Rwanda inkunga y’ibikoresho by’ubuvuzi bifite agaciro ka miliyoni zirenga eshatu z’amadorari ya Amerika
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Misiri, Badr Abdelatty, yemeje ko iki gihugu kiyemeje guha u Rwanda inkunga y’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 3 z’Amadolari ya Amerika, bizakoreshwa muri ibi bitaro. Ibi Minisitiri Badr, yabitangaje nyuma y’uko Guverinoma y’u Rwanda n’iya Misiri basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubuvuzi, ubwikorezi n’izindi. Kuri uyu wa Mbere, tariki ya […]
Abasirikare ba Ukraine bageze mu birometero 30 binjira imbere mu Burusiya
Uburusiya butangaza ko abasirikare b’u Burusiya bamaze kwinjira imbere mu gihugu cy’ u Burusiya ku buryo bamaze kugera muri km 30 uvuye ku mipaka y’ibihugu ari nako banagaba ibitero. Iki gitero ngo kiri mu bikomeye cyane bibayeho kuva Uburusiya bwatangira igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu 2022. Umwe mu bategetsi bakomeye muri Ukraine, […]
Guverinoma y’u Rwanda yasheshwe
Kuva ku Cyumweru tariki ya 11 Kanama, u Rwanda nta Guverinoma rufite bijyanye n’uko iyari ihari yamaze guseswa. Ku Cyumweru ni bwo Perezida Paul Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda nshya y’imyaka itanu, mu birori byabereye muri Stade Amahoro i Remera. Itegekonshinga rya Repubulika y’u Rwanda riteganya ko “iyo Perezida wa Repubulika amaze kurahira, […]
Igitutu cyatumye Leta ya Congo yongera kurekura izindi mfungwa zirenga 500
Ku wa gatandatu, tariki ya 10 Kanama 2024, Minisitiri w’ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Constant Mutamba, yatangaje ko imfungwa zigera ku 527 zarekuwe muri gereza nkuru ya Makala i Kinshasa. Minisitiri Ndima, yatangaje ko kurekura izi mfungwa ari igitekerezo Leta yagize mu rwego rwo kwimakaza ubutabera, nyamara bikaba bivugwa ko byaba ari […]
Indwara y’Ubushita bw’inkende imaze kuba icyorezo ku rwego rwa Afurika-OMS
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, rivuga ko indwara y’ubushita bukomoka ku nkende imaze kugera ku rwego rw’Afurika. Mu Cyumweru gishize, ni bwo byagarutsweho n’umuyobozi w’iri shami aho yasabaga abakora inkingo gutanga ubusabe bwo kuba batangira ubushakashatsi. Gukora izi nkingo , ni wo muti wizewe wo guhashya burundu ikwirakwizwa ry’iki Cyorezo. OMS ivuga ko […]
Nyuma yo kurahira, Perezida Kagame yakiriye anaganira na ba Perezida batandukanye
Perezida Paul Kagame nyuma yo kurahirira kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere, yakiriye anagirana ibiganiro n’abanyacyubahiro batandukanye. Mu bo Umukuru w’Igihugu yahuye na bo nk’uko ibiro bye byabitangaje harimo Perezida William Samoei Ruto wa Kenya baganiriye “ku bufatanye bw’akarere no guteza imbere imibanire y’u Rwanda na Kenya”. Perezida William Ruto mu butumwa yanditse […]
Tanzania: Polisi yaburijemo imyigaragambyo y’Aba Gen-Z
Polisi yo muri Tanzania, yatangaje ko yaburijemo imyigaragambyo y’urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Ni urubyiruko rusaga ibihumbi 10 rubarizwa muri iri shyaka, aho rwari rwahuje gahunda yo guhurira mu Mujyi wa Mbeya mu Majyepfo y’iki gihugu kuri uyu wa Mbere taliki 12 Kanama 2024 ngo bigaragambye, ariko Polisi iba yabimenye kare […]
MIFOTRA yatangaje umunsi w’ikiruhuko rusange
Itangazo rya Minisiteri y’abakozi ba Leta n’Umurimo ryasohotse kuri iki Cyumweru rivuga ko kuri uyu wa Mbere taliki 12 Kanama 2024 hatanzwe ikiruhuko. Ibinyujije ku rubuga rwa X iyi Minisiteri Yagize iti: “Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo iramenyesha abakoresha n’abakozi bo mu nzego za Leta n’abikorera ko kuri uyu wa Mbere tariki 12 Kanama 2024 […]
MONUSCO yarimbaguye inkambi ya CODECO yubatse hafi n’ishuri yari yarashimuse
Ingabo z’Umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘MONUSCO’ zarimbuye inkambi y’umutwe witwara gisirikare ‘CODECO, yubatswe mu gikari cy’ishuri ryisumbuye rya Bali mu murenge wa Walendu Pitsi mu ifasi ya Djugu, (Ituri). Ni amakuru yatangajwe aturuka mu nzego z’ibanze kuri uyu wa Gatanu,tariki ya 9 Kanama 2024, kuri Radio Okapi ko ibirindiro […]