Ntukibagirwe aho ibyo ufite byavuye

Soma Abaheburayo 11:6 “Ariko utayizera ntibishoboka ko Ayinezeza, kuko uwegera Imana akwiriye kwizera yuko iriho, ikagororera abayishaka.” Ibintu byose ufite ndetse ni ibyo ukeneye byose wabibonye kandi uzabibona binyuze k’ umwana w’ umuntu, ariko bivuye ku Imana. Imana niyo soko yabyo byose. Gusa yahisemo iyo nzira yo kubikugezaho kuko Imana ikoresha inzira nyinshi kugirango ukugire […]

Alain Muku yasohoye indirimbo akeburamo abashakanye n’abafite abakunzi- Video

Umuhanzi Alain Mukurarinda (Alain Muku) yamaze gushyira hanze indirimbo y’amajwi n’amashusho yise ‘Tona Tona’, akaba yemeza ko yayisohoye mu rwego rwo gukebura abashakanye ndetse n’abafite abakunzi kujya babatetesha. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com, Alain Muku yavuze ko nyuma y’imyaka itandatu asa n’uri ku ruhande mu muziki, yayisemo kugarukana indirimbo ivuga ku rukundo. Ati“ Naherukaga gukora […]

Trump yiyemeje gukura Amerika mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n'icuruzwa ry'intwaro

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko azakura iki gihugu mu masezerano mpuzamahanga ajyanye n’icuruzwa ry’intwaro (Arms Trade Treaty). Aya masezerano ahuriweho n’ibihugu 130, yashyizweho umukono mu mwaka wa 2013 n’uwo yasimbuye Barack Obama, agamije gushyira gahunda mu bucuruzi bw’intwaro hagati y’ibihugu. Ishyirahamwe rya Amerika rijyanye no gutunga intwaro rivuga ko […]

Abanyeshuri ibihumbi 10 bahabwa buruse zo kwiga mu bushinwa buri mwaka

Aho ubushinwa butangiriye umushinga wo guhuza ibihugu mu bijyanye n’ibikorwaremezo, wiswe Centure et route, ubu mu bijyanye n’umuco, uburezi n’ubukerarugendo bimaze gutanga umusaruro ugaragara, ubu Ubushinwa bukaba butanga Buruse ibihumbi 10 ku banyeshuri b’abanyamahanga bakajya kwiga mu mashuri yabwo. Ikurwaho n’iyoroshywa ryo kubona Visa ku bashinwa, gutanga buruse ku banyeshuri no kwemera impamyabumenyi z’abanyeshuri bo […]

Rusizi: Abazi amakuru ku iyicwa ry’Abatutsi bakoraga muri Cimerwa basabwe kuyatanga

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe abatutsi, abari abakozi b’uruganda rwa CIMERWA  mu karere ka Rusizi bavuga ko kugeza ubu hari bagenzi babo biciwe muri uru ruganda no hafi yarwo ariko imibiri yabo ikaba itaraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro. Bamwe mu bakoraga muri uru ruganda rukora sima babashije kuharokokera, bavuga ko bagenzi […]

U Rwanda rwakijijwe n’umuntu umwe gusa — Gen. James Kabarebe

“ U Rwanda rwakijijwe n’umuntu umwe gusa Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ”, ibi ni ibiherutse gutangazwa na Gen. James kabarebe, Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano mu kiganiro aherutse gutanga mu biganiro by’Umuryango Unity Club. Ni ibiganiro byabaye kuwa  24 Mata 2019 byateguwe ku bufatanye bw’Umuryango Unity Club Intwararumuri n’Ishuri Rikuru rya […]

Huye: Hibutswe Abatutsi bazize Jenoside mu cyahoze ari Komini Ruhashya

Kuwa kane tariki ya 25 Mata 2019, abayobozi batandukanye bifatanyije n’abaturage bo mu Karere ka Huye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi, hibukwa by’umwihariko Abatutsi b’i Ruhashya bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu kiganiro yatanze ku mateka y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi, Dr Havugimana, Perezida w’inama y’Ubutegetsi ya Komisiyo […]

Mageragere: Uko abana bato babana n’ababyeyi babo muri gereza babayeho

Abana bato batarengeje imyaka itatu babana n’ababyeyi babo bafungiye muri gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere, bagaragaza imyitwarire idasanzwe irimo no gutinya cyane ibyo badasanzwe babonamo. Mukamurigo Regine ni umubyeyi ufungiye muri Gereza ya Mageragere, afite inshingano zo kwita kuri abo bana afatanije na bagenzi be arasobanura impamvu yo gutinya abantu kuri aba bana. Ati“Gutinya […]

Natunguwe no gusanga igitsina cy’umugabo wanjye kidafata umurego kandi twarashakanye abizi- Nkore iki

Ndi umugore w’imyaka 27, mumbabarire ntabwo mvuga aho ntuye n’amazina byanjye, nkaba maze amezi ane mbana n’umugabo wanjye, mbese turacyari abageni ariko mu buriri hakaba harimo akabazo gakomeye. Umugabo wanjye ni umuntu ukunda gusenga cyane, tunakundana twamenyaniye muri kolari, tukaririmbana, mbese urukundo ruza gutyo birangira ubukwe bwacu bubaye mu kwa 12 umwaka ushize, twari tumaze […]

Sri Lanka: Ukuriye agatsiko kagabye ibitero by’ubwiyahuzi kuri Pasika nawe yabigendeyemo

Uwo bikekwa ko ari umuyobozi w’agatsiko gaherutse kugaba ibitero by’iterabwoba muri Sri lanka yaba yaraguye mu gitero cy’ubwiyahuzi ubwe yagabye kuri hotel Shangri-La, imwe muri hotel esheshatu n’insengero byibasiwe mu bitero byahitanye abantu basaga 250. Ibi byatangajwe kuri uyu wa Gatanu na Perezida wa Sri Lanka, Mainthripala Sirisena ko umuyobozi w’agatsiko gakekwaho gutegura ibitero by’iterabwoba […]

FARDC yiyemeje guhangana n’inyeshyamba zivuga Ikurundi hamwe n'iza Kayumba Nyamwasa

Kuva ku wa Gatanu tariki ya 26 Mata 2019, mu misozi muremire y’i Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nibwo hagaragaye abasirikare benshi bambariye urugamba bavuga ko ari urwo guhashya inyeshyamba za Red-Tabbara zigizwe n’abavuga Ikirundi hamwe n’izindi bitangazwa ko ari iza Kayumba Nyamwasa wahoze ari umugaba w’Ingabo mu Rwanda. Ingabo za FARDC ziyobowe […]

Libya:Abimukira hafi 2000 bakeneye kwimurwa kubera intambara

Umuryango w’Abibumbye,ONU, kuri uyu wa 26 watangaje ko abimukira bafungiwe mu bigo biri mu murwa mukuru wa Libya, Tripoli, bakeneye kwimurwa byihutirwa kubera ikibazo cy’intambara iri kubera muri icyo gihugu. Abimukira bafungiwe muri ibyo bigo ni abafatwa bagerageza kujya i Burayi. Abenshi muri bo bafite inkomoko munsi y’ubutayu bwa Sahara muri Afurika. Mu gushaka inzira […]

Rubavu/Nyarugenge: Babiri bafatanwe ibiro bisaga 130 by'urumogi

Abantu babiri bafatiwe mu bikorwa byakorewe mu turere twa Rubavu na Nyarugenge bigamije kurwanya abatunda bakanakwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu. Ibi bikorwa byakozwe kuri uyu wa Kane tariki 25 Mata byafatiwemo ibiro 125 n’udupfunyika 1230 by’urumogi. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Chief Inspector of Police (CIP) Innocent Gasasira yavuze ko ibi biyobyabwenge ndetse n’abakekwa ho […]

Karongi: Hibutswe abari abakozi n’abanyeshuri b’icyahoze ari ETO Kibuye bishwe muri Jenoside

Ubuyobozi bwa IPRC Karongi iherereye mu cyahoze ari ETO Kibuye, ubu ni mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, buvuga ko  abari abakozi n’abanyeshuri b’icyahoze ari ETO kibuye bamaze kumenyekana bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi ari 13 barimo uwari umunyamabanga w’ishuri,umurezi n’abanyeshuri 11, hakaba hakomeje ubushakashatsi ngo harebwe ko haba hari n’abandi bishwe bataramenyekana. […]

Uwahoze ari icyegera cy’umukuru w’igihugu avuga ko ubwicanyi bukomeje mu Burundi

Ishyaka CNDD-FDD ryahamagariye Abarundi bari mu buhunzi gutaha mu gihugu cyabo ribizeza amahoro n’umutekano, gusa bamwe mu banyapolitiki bakemeza ko nta bihari ahubwo ko ubwicanyi bukomeje gukorwa na Leta. Frederic Bamvuginyumvira wahoze ari icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, avuga ko Leta yakagombye kubanza gukemura ibibazo bya politiki abahunze bagataha mbere y’uko amatora aba, by’umwihariko agashimangira […]

Indirimbo “ Dusohoze ikivi” yahuriyemo The Ben, Masamba, Tonzi n’abandi yashyizwe hanze

Indirimbo “ Dusohoze ikivi” yaririmbyemo abahanzi barimo The Ben, Masamba Intore, Tonzi, Aron Nitunga, Bahati n’abandi yashyizwe hanze kuri uyu wa 26 Mata 2019. Iyi ndirimbo yahimbwe n’umuririmbyi, Merchiore Mecky Kayiranga ibumbatiye ubutumwa bugamije ahanini gufata mu mugongo abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi, Kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside n’ubundi butandukanye. Iyi ndirimbo iri mu njyana ya R& […]

Peter Okoye yunze mu rya Zari yita Diamond ikigoryi

Umuhanzi wo muri Nijeriya, Peter Okoye yahakanye ibyavuzwe na Diamond ko yaryamanye n’uwari umugore we, Zari Hassan avuga ko ibi byaba ari ubugoryi. Aganira na Radiyo Cool FM, Peter yavuze ko Diamond adashyira mu gaciro kugeza aho yihandagaza akamushinja kuryamana na Zari. Ati “  Mbabwije ukuri sinzi ibyo Diamond na Zari barimo kuvuga. Ntacyo mvuga […]

Nyamasheke: Abagabo barasabwa kudatererana abagore mu kwita ku mikurire y'abana babo

Nyuma y’aho bigenda bigaragara ko gahunda nyinshi zirebana no kwita ku mirire myiza n’imikurire y’abana zisa n’iziharirwa abagore gusa kenshi no kuzitaho neza bikabagora kubera ko hari n’ababa baragiye babyara indahekana kuzitaho bikabarushya  abagabo basa nk’aho ntacyo bibabwiye, nabo barasabwa kureka ingeso yo gutererana abagore mu birebana n’ imikurire n’ubuzima bwiza  bw’abana. Babisabwe ubwo ku […]