Rwanda: Umukecuru w’imyaka 73 yishwe na Covid-19

Minisiteri yâUbuzima mu Rwanda kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020 yatangaje ko umukecuru w’imyaka 73 yishwe na Covid-19, aba uwa 36 iki cyorezo cyiciye muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye uyu munsi ari 18 barimo 1 w’i Kigali, 2 b’i Gatsibo, 3 b’i Nyagatare na 12 bapimwe mu bibasiwe kurusha abandi muri Nyamagabe; mu […]
Umutoza wa Dynamo Kiev yakoreye Messi ibidasanzwe muri ruhago
Umutoza w’ikipe ya Dynamo Kiev yo mu gihugu cya Ukraine, Mircea Lucescu, yakoze agashya katari kamenyerewe mu mupira w’amaguru asaba Lionel Messi wa FC Barcelona bari bahanganye umwambaro. Gusabana imyambaro ku bakinnyi ni ibisanzwe mu mupira w’amaguru, gusa kuba umutoza yawusaba umukinnyi w’ikipe bahanganye ni agashya katamenyerewe mu mupira w’amaguru. Mu ijoro ryakeye FC Barcelona […]
Umukinnyi wigeze kubabaza Amavubi yerekeje muri Atletico Madrid
Ikipe ya Atletico Madrid yo mu gihugu cya Espagne, yatangaje ko yamaze gusinyisha Umunya Repubulika ya Centrafrica, Geoffrey Kondogbia, wakiniraga ikipe ya Valencia. Uyu mugabo usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’igihugu cye, yasinyiye Atletico Madrid amasezerano y’imyaka ine. Iyi kipe y’umutoza Diego Simeone yamuhaye ikaze ibinyujije mu butumwa yashyize ku rubuga rwayo rwa Twitter. Kondogbia w’imyaka […]
Basanze ari muzima nyuma yo gushyingurwa mu 2019
Abaturage bo mu duce twa Umuoji na Amucha mu Mujyi wa Imo mu gihugu cya Nigeria baguye mu kantu nyuma yo gusanga umurambo wâumugabo utatangajwe amazina utarabora kandi akiri muzima. Mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, umwe mu baturage yumvikana atanga ubuhamya ko uyu mugabo yari yarashyinguwe mu mwaka wa 2019. Uyu ati â Yapfuye […]
Akarasisi kadasanzwe ku irahira rya Perezida Magufuli_Amafoto

Kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020, Dr. John Pombe Magufuli uherutse kwegukana insinzi mu matora yâUmukuru wâIgihugu, yarahiriye kuyobora manda ya kabiri. Muri Sitade ya Dodoma umuhango wabereyemo, habereye ibikorwa bitandukanye birimo akarasisi kadasanzwe kâabakomando bâimbaraga bo mu gisirikare cya Tanzania. Nkâuko bigaragara mu mafoto, aba basirikare bahetse mu mugongo ibikapu bisa nâibiremereye, biri mu […]
Umuhanzi Kidum Kibido yasobanuye icyatumye ahabwa iri zina
Umuhanzi ukomoka mu Burundi, Jean Pierre Nimbona wamamaye nka Kidum Kibido, yasobanuye impamvu yahawe iri zina bamwe bafata nkâirisekeje. Ni mu kiganiro yagiranaga nâigitangazamakuru Jimbere Magazine, agisobanurira byinshi ku buzima bwe. Nimbona yatangiye asobanura impamvu yitwa Kidum, izina yahawe nâababyeyi akimara kuvuka. Yasobanuye mu magambo make ati: “Njyewe niswe Kidumu kubera ko navutse ndi umu […]
Les citoyens amĂ©ricains au Rwanda ont votĂ© par l’intermĂ©diaire de l’ambassade
Plus de 100 ressortissants amĂ©ricains vivant au Rwanda ont votĂ© par l’intermĂ©diaire de l’ambassade, a confirmĂ© un responsable. Selon le porte-parole de l’ambassade, les citoyens ont dĂ©posĂ© des bulletins de vote par correspondance Ă l’ambassade des Ătats-Unis au cours de ce cycle Ă©lectoral. “Les bulletins de vote ont Ă©tĂ© envoyĂ©s par valise diplomatique aux Ătats-Unis, […]
OIF yakuriyeho u Burundi ibihano
Umuryango mpuzamahanga uhuza ibihugu bikoresha ururimi rwâIgifaransa, OIF, kuri uyu wa 4 Ugushyingo 2020 wakuriyeho Repubulika yâu Burundi ibihano wari warayifatiye mu 2016. Ni umwanzuro wafatiwe mu nama yâ112 yâAkanama gahoraho kâuyu muryango yabaye kuri uwo munsi, yari iyobowe nâUmunyamabanga Mukuru wâuyu muryango, Louise Mushikiwabo. Impamvu yari yaratumye OIF ifatira u Burundi ibihano, ni ibibazo […]
Imyaka 14 irashize Saddam Hussein akatiwe igihano cyo kwicwa amanitswe

Imyaka 14 irashize uwahoze ari Perezida wa Irak, Saddam Hussein, akatiwe igihano cyo kwicwa amanitswe nâUrukiko Rukuru Mpanabyaha rwa Irak. Ku itariki nkâiyi ya 05 Ugushyingo mu 2006 nibwo urukiko rwakatiye Saddam Hussein igihano cyâurupfu nyuma yo kumuhamya kugira uruhare mu iyicwa ryâabaturage 148 bâAbashiite mu giturage cya DoujaĂŻl, mu 1982, nyuma yâigitero cyari kimaze […]
Abakinnyi ba PSG baheze muri asanseri
Abakinnyi 11 b’ikipe ya Paris Saint Germain ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Ugushyingo bari baheze muri asanseri ubwo bavaga kuri hoteli bari bacumbitsemo bajya kwitegura umukino wa Champions League wabahuje na RB Leipzig. Ikinyamakuru Le Palisien gitangaza ko abakinnyi ba PSG bamaze iminota igera kuri 50 baheze muri asanseri kugeza ubwo […]
Nyagatare: Umugore aravugwaho kwicisha ifuni umugabo we
Umugore witwa Musabyimana Veneranda wâimyaka 58 yâamavuko utuye mu mudugudu wa Mirama ya kabiri Akagari ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare. aravugwaho kuba yishe umugabo we, Munyakaragwe Jean de Dieu wâimyaka 65 yâamavuko amukubise ifuni mu mutwe. Umuyobozi mu kagari ka Nyagatare ushinzwe umutekano mu kagari ka Nyagatare Muhire Filippe avuga ko ubu bwicanyi bwabaye […]
OIF: Louise Mushikiwabo yashyizeho umuyobozi w’ibiro bye
Louise Mushikiwabo, yagize Umunya-Tunisia, Mourad Ben Dhiab, umuyobozi wâibiro bye (Chef de cabinet) mu muryango wâIbihugu bikoresha Igifaransa, OIF, bifite icyicaro I Paris mu Bufaransa. Mourad wahoze ari umudipolomate, nâumunyamategeko wabihuguriwe, yinjiye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe i Addis Abeba nk’umunyamategeko mukuru mu biro byâumujyanama mu by’amategeko, nyuma azamurwa ku mwanya wâUmunyamabanga wa Komisiyo […]
Inzira zongeye kuba nyabagendwa ku mipaka ihuza u Rwanda na RDC
Guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Ugushyingo, Abanyarwanda n’Abakongomani batangiye kwambuka imipaka ihuza ibihugu byombi ihuza umujyi wa Gisenyi na Goma, nyuma y’uko ibihugu byombi byemeranyije kuyifungura. Icyemezo cyo gufungura imipaka ihuza Goma na Rubavu ariko hubahirijwe ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19, cyafashwe ku wa Mbere tariki ya 2 Ugushyingo mu nama […]
Kigali: Haravugwa ifungwa ryâumucuruzi w’Umugande
Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda ataremezwa nâurwego urwo ari rwo rwose mu Rwanda, aravuga ko umunyemari wâUmugande witwa Charles Tusubira, utuye mu Mujyi wa Kigali yatawe muri yombi nâinzego zâumutekano zimusanze iwe ku itariki 27 Ukwakira 2020 kugeza ubu hakaba hatazwi neza aho yaba aherereye. Aya makuru yashyizwe ahagaragara nâikinyamakuru Chimpreports aravuga ko Tusubira […]
Kaminuza ya KIM: Abarimu banze gutanga indangamanota
Abarimu bari basanzwe bigisha kuri Kaminuza ya KIM ntibakozwa ibyo guha indagangamanota nyuma yâaho iri shuri rifungiye imiryango. Impamvu yâiki cyemezo nkâuko umwe mu barezi yabigarutseho, ni ibirarane byâimishahara bari bafitiwe nâiri shuri. Umwarimu utifuje gutangazwa amazina ye yabwiye BBC ko iyi kaminuza imurimo ibirarane byinshi by’imishahara bityo ko nta ndagangamanota yaha abanyeshuri. Ihurizo ku […]
Cote dâIvoire: Uwafashije Ouattara kugera ku butegetsi yahamagariye ingabo kumuhirika
Guillaume Soro, wahoze ari umuyobozi wâinyeshyamba, kuri ubu akaba abarizwa mu ruhande rutavuga rumwe nâubutegetsi muri Cote dâIvoire, yahamagariye ingabo zâiki gihugu guhaguruka zikigomeka ku butegetsi zigakuraho Perezida Allassane Ouattara wongeye gutsindira kuyobora iki gihugu ku majwi 94% nkâuko byemejwe na Komisiyo yâamatora. Icyakora, abatavuga rumwe nâubutegetsi bahakanye amajwi, bavuga ko icyifuzo cya Ouattara cyo […]
Magufuli yarahiriye kuyobora Tanzania muri manda ye ya nyuma
Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Joseph Magufuli, yarahiriye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya kabiri y’imyaka itanu, nyuma yo gutorerwa kukiyobora mu cyumweru gishize. Umuhango w’irahira rya Perezida Magufuli wabereye mu mujyi wa Dodoma, witabirwa n’imbaga y’Abanya-Tanzania ndetse n’abandi banyacyubahiro batandukanye. Abanyacyubahiro barimo Ali Hassan Mwinyi na Jakaya Mrisho Kikwete bayoboye Tanzania, bari […]
Umuvunyi yahishuye impamvu gufata âIbifi Bininiâ birya ruswa bigorana cyane
Mu cyumweru gishize ubwo Umuvunyi Mukuru, Anastase Murekerezi yari imbere yâInteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, yahishuye byinshi bituma gufata Ibifi Binini (abakomeye) birya ruswa, bikananyereza umutungo wa leta, biba ingorabahizi. Ni nyuma yâibibazo bimaze igihe kirekire byibazwa ku Rwego rwâUmuvunyi nâizindi nzego zishinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya ruswa, aho zikunze gufata abakurikiranweho ruswa zâamafaranga make […]
Agathe Kanziga yasobanuye icyo Paul Barril yamumariye igihe yari mu gihirahiro
Umupfakazi wâuwahoze ari Perezida wâu Rwanda, Juvenal Habyarimana, ari we Agathe Kanziga, yabwiye Urukiko rwa Paris ko aho ahuriye nâUmujandarume wâUmufaransa Paul Barril ari uko yemeye kumufasha mu iperereza ku rupfu rwâumugabo we mu gihe nta wundi wari wagerageje kuritangiza haba mu Bufaransa nâahandi. Kanziga ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, […]
Musanze/Kabaya: Umukecuru yibwe inkono yari ku mashyiga
Umukecuru witwa Umukobwa Suzanne utuye mu Mudugudu wa Rukereza, Akagari ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza mu isanteri ya Kabaya, atangaza ko mu cyumweru gishize yibwe inkono yâibirayi nâibihaza ubwo yari atetse saa moya z’ijoro. Uyu mukecuru yatangarije Bwiza.com ko ubwo yari atetse yinjiye mu nzu ubwo ibyo kurya byari bimaze kubira agira ngo ashyireho […]
Ndi Perezida, mbarusha inzu nziza_Donald Trump mu bwishyongozi
Mu gihe hagitegerejwe uwegukana amatora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika, amakuru menshi akomeje kuvugwa kuri Donald Trump na Joe Biden bahanganye, ibyo batangaje mu bihe bitandukanye nabyo bigashyirwa hanze. Igitangazamakuru Russian Times cyashyize videwo hanze igaragaza Perezida akaba n’umuherwe, Donald Trump yishyongora ku bo bahanganye, aho avuga ko abarusha byose birimo kuba ari […]
Misiri: Bwa mbere abakeba bagiye guhurira ku mukino wa nyuma wa CAF Champions League
Ikipe ya Zamalek y’i Cairo mu gihugu cya Misiri, yaraye ikatishije itike yo gukina umukino wa nyuma wa CAF Champions League, ihasanga mukeba wayo Al Ahly ku nshuro ya mbere mu mateka. Zamalek yageze ku mukino wa nyuma wa CAF Champions League nyuma yo gusezerera muri 1/2 cy’irangiza ikipe ya Raja Casablanca yo muri Maroc […]
Uwakoze iperereza ku iraswa ryâuwabaye Minisitiri mu Rwanda, yapfuye

Umuhanga wâUmunyakenya Benson Gichuki Nduguga wakoze ikizamini ku iraswa ryâUmunyarwanda wabaye Minisitiri wâu Rwanda, yapfuye tarikiya 29 Ukwakira 2020. Igitangazamakuru Kenyans cyo muri Kenya cyatangaje aya makuru, kivuga ko umuryango wâuyu musaza wari ufite imyaka 72 yâamavuko ari wo wabyemeje, gusa ntabwo cyatangaje icyamwishe. Benson Gichuki Nduguga yari inzobere mu gukora ibizamini nk’ibi Uyu Munyarwanda […]
Nyanza: Bamwe mu baturage bazinutswe guhinga urusenda
Bamwe mu baturage bo mu Mirenge ya Mirenge ya Rwabicuma na Nyagisozi mu Karere ka Nyanza baretse guhinga Abahinzi urusenda mu materasi yuhirwa muri ako gace nyuma yo kwamburwa na rwiyemezamirimo asaga miliyoni 20. Aba baturage bavuga ko â Bacitse intege zo kongera guhinga igihingwa bashishikarizwaga kuko bambuwe miliyoni 22.â Ibi kandi byaje bihumira mu […]