Ubufaransa bwemeye ko bwagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Icukumbura ryakozwe na Komisiyo yari yarashyizweho na Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, ryagaragaje ko Ubufaransa bwagize “uruhare ruremereye kandi rurenze ukwemera” muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni ibikubiye muri raporo iriya Komisiyo yamaze gushyikiriza Perezida Macron, nyuma y’imyaka ibiri yari imaze isesengure inyandiko zigaruka ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Raporo y’iriya Komisiyo yerekana ko […]

Perezida John Pombe Magufuli yashyinguwe ku ivuko (Amafoto)

img_20210326_174323.jpg.png

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Werurwe, Perezida wa gatanu wa Tanzania, Dr John Pombe Joseph Magufuli yashyinguwe nyuma y’icyumweru yitabye Imana. Perezida Magufuli yitabye Imana ku wa 17 Werurwe azize indwara y’umutima. Nyuma y’iminsi itanu azengurutswa Tanzania mu rwego rwo gufasha abaturage kumusezeraho, Perezida Magufuli yashyinguwe ahitwa Geita mu gace ka Chato ho […]

Uganda: Umunyarwanda yishe abana babiri, arabatwika nyuma yo gutema nyirakuru

Amakuru aturuka mu Karere ka Isingiro muri Uganda avuga Umunyarwanda witwa Bahama Peter yishe abana babiri; Tumushabe Joshua w’imyaka 10 na Sharon Nabasa ufite irindwi, nyuma yo gutema nyirakuru, Kiryabaho Annah. Ibi byabereye mu cyaro cya Rwenfunjo muri Rwentango, aho Bahama w’imyaka 60 yari atuye. Chimpreports itangaza ko uyu mugabo yavuye iwe kuwa Kane saa […]

Bakame yongeye gutsinda Rayon Sports igomba kumwishyura akabakaba Frw 8,000,000

Umuzamu wa AS Kigali n’Ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, yongeye gutsinda ikipe ya Rayon Sports yari yarajuririye urubanza yari yayitsinzemo. Bakame yaregaga Rayon Sports yahoze abereye Kapiteni kumwirukana mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ni nyuma yo guhagarikwa muri Rayon Sports tariki 10 Kamena 2018, ashinjwa kugambanira ikipe mu mikino ya shampiyona byatumye itsindwa inatakaza amahirwe […]

Mohamed Salah yatunguye abakinnyi ba Kenya, buzura ibinezaneza (videwo)

Umukinnyi wa Liverpool na Misiri, Mohamed Salah kuri uyu wa 25 Werurwe 2021 yatunguye abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Kenya ubwo bari bamaze gukina, bose buzura ibinezaneza. Ikipe y’igihugu ya Kenya yakiriye Misiri mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’ibihugu (CAN), umukino urangira yombi anganya igitego 1-1 ariko Kenya irasezererwa. Abakinnyi ba Kenya ndetse […]

Ntabwo nashinze ishyaka kugira ngo nzahabwe ubuhungiro-Dr Kayumba

Dr Kayumba Christopher usanzwe ari umushakashatsi, umunyamakuru n’impuguke mu bya politiki, yavuze ko atashinze ishyaka rya politiki ritavuga rumwe n’ubutegetsi kugira ngo azahabwe ubuhungiro n’amahanga, nk’uko bamwe babivuga. Yabitangaje mu kiganiro yagiriye kuri BWIZA TV kuri uyu wa 25 Werurwe 2021, ubwo yavugaga kuri gahunda y’iri shyaka ryitwa RPD (Rwandese Platform for Democracy) aherutse gushinga. […]

Uganda: Abagabo 200 bateye inda abakobwa babo bari munsi y’imyaka 18

Imibare ya Minisiteri y’Uburinganire muri Uganda yerekana ko mu bakobwa 1682 batewe inda mu mwaka wa 2020 batarageza ku myaka 18 gusa 200 muri bo bazitewe na ba Se bababyara. Abakobwa bakorerwa na ba Se ihoterwa rishingiye ku gitsina bakomeje kwiyongera muri Uganda kuko bavuye kuri 90 mu 2019 bakagera kuri 451 mu 2020. Umukozi […]

Amafoto: Igikoresho kidasanzwe cy’ingabo z’u Burundi muri Somalia

ewtrib4wgaetj8a_1.jpg

Ingabo z’u Burundi ni zimwe mu zoherezwa mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, kurinda amahoro n’umutekano byashegeshwe n’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab ushamikiye kuri Al Qaeda. Izi ngabo zifatanya n’izindi zihuriye muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu bwitwa AMISOM, zirimo iza Uganda, iza Kenya, iza Ethiopia n’iza Djibouti; zikaba ziri mu birindiro bitandukanye. Mu […]

Ntibyakunze ko umuyobozi mu ishyaka rya Dr Kayumba abazwa n’ubushinjacyaha

Umuyobozi mu ishyaka rya Dr Kayumba Christopher, Rwandese Platform for Democracy, RDP, Jean Bosco Nkusi arongera kwitaba ubushinjacyaha kuri uyu wa 26 Werurwe 2021 mu gihe no ku munsi wabanje yari yitabye gusa ngo ntibyakunda ko abazwa. Iri shyaka kuri Twitter, ryatangaje ko ngo ” Banyamuryango bacu, nshuti, Banyarwanda dusangiye ubuvandimwe n’Igihugu, turabamenyesha ko umuyobozi […]

Ni abayobozi bangahe bazaririrwa nka Magufuli?-Umuyobozi

Umdepite muri Tanzania, Dr Hamisi Andrea Kigwangwalla avuga ko na we yibaza niba hari abayobozi bashobora kuzapfa bakagira abaturage babaririra nk’uko bimeze kuri nyakwigendera, Dr John Joseph Pombe Magufuli. Uyu w’imyaka 45 akaba uwo mu ishyaka rya CCM akaba anahagarariye agace ka Nzega mu nteko, kuri Twitter yanditse ko bigaragara ko Magufuli yari akunzwe mu […]

Ishimwe rya Perezida Suluhu ku munsi wo gushyingura Dr Magufuli

Kuri uyu wa 26 Werurwe 2021 haraba umuhango wo gusezera bwa nyuma (gushyingura) Dr John Pombe Magufuli wayoboye Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzania, wapfuye mu cyumweru gishize. Perezida Samia Suluhu wamusimbuye mu buryo bw’inzibacyuho, yafashe umwanya ashimira abo mu ngeri zitandukanye basezeye kuri Dr Magufuli n’abihanganishije Tanzania muri ibi bihe bitoroshye, akoresheje imbuga nkoranyambaga ze. […]

Col Joseph Rutabana yatangiye imirimo nka Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Uganda

Kuva ejo ku wa Kane tariki ya 26 Werurwe, Col Joseph Rutabana yatangiye imirimo nka Ambasaderi mushya uhagarariye u Rwanda mu gihugu cya Uganda. Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Uganda yatangaje ko Col Rutitana yashyikirije Minisitiri Sam Kutesa impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Uganda. Iyi Minisiteri yagize iti: “Uyu munsi mu gitondo, Hon Sam K […]

Gasabo: Umugabo avugwaho gusambanya umwana w’imyaka 3 n’uwe w’8

screenshot_20210326-072756_1.png.jpg

Umugabo w’imyaka 45 y’amavvuko utuye mu Kagari ka Ruhango, Umurenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, aravugwaho gusambanya umwana w’umuturanyi w’imyaka 3 n’uwe w’imyaka 8. Aya makuru dukesha BTN TV, yahamijwe n’umugore w’uyu mugabo. Yavuze uko yamenye uburyo uyu mwana w’imyaka 3 yasambanyijwe, ati: “[Yaramutumye ngo] nagende kuzanira biswi Ngenzi, birangiye ngo aragenda arayizana, akiyizana […]

RDC na Tanzania zabimburiye izindi mu gusezererwa mu majonjora ya CAN

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ‘Les Léopalds’ na Taifa Stars ya Tanzania, ziri mu zabimburiye izindi mu gusezererwa mu majonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika. Abakongomani basezerewe nyuma yo kunyagirwa na Gabon ibitego 3-0, mu mukino wa gatanu wo mu tsinda D. Ibitego bya Aaron ku munota wa 44, Denis Bouanga […]

FCC ya Kabila yatangaje ko itazajya muri Guverinoma ya Perezida Tshisekedi

Ihuriro ry’amashyaka ya politiki rya FCC riyobowe na Joseph Kabila nk’umuyobozi w’icyubahiro, kuri uyu wa 25 Werurwe 2021 ryatangaje ko ritazajya muri Guverinoma nshya ya Perezida Félix Tshisekedi. Iri huriro mu itangazo ryashyizweho umukono na Tshibanda N’Tungamulongo uhagarariye ishami rishinzwe ibibazo byaryo, rivuga ko kuva muri Nzeri 2020 ryabonye ubutegetsi buriho bwica Itegekonshinga n’andi mategeko […]