Muhizi afunzwe azira ‘kubeshya’ Perezida Kagame wari wasabye Minisitiri Gatabazi kumukemurira ikibazo

Umuturage witwa Muhizi Anathole uherutse kugeza kuri Perezida Paul Kagame ikibazo cy’inzu yavugaga ko ari iyo yaguze igafatirwa na Banki Nkuru y’Igihugu, BNR, yatawe muri yombi akurikiranweho kubeshya Umukuru w’Igihugu. Muhizi yumvikanye mu binyamakuru tariki ya 27 Kanama 2022 ubwo Perezida Kagame yaganiraga n’abaturage bo mu karere ka Nyamasheke, mu ruzinduko Umukuru w’Igihugu yari amaze […]

Umuhanzi Bruce Melodie yafungiwe i Burundi

Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi mu muziki Nyarwanda nka Bruce Melodie, yafungiwe i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi aho yagiye gukorera ibitaramo. Kuri uyu wa Gatatu ni bwo Beuce Melodie yahagurutse i Kigali yerekeza mu gihugu cy’u Burundi, aho yagombaga gukorera ibitaramo bibiri. Ibi bitaramo birimo icya VIP agomba gukorera ahazwi nka Zion Beach ku wa […]

Gen Jeje Odongo n’intumwa ayoboye bari mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Gen Jeje Odongo n’intumwa ayoboye, bari hano mu Rwanda aho batangiye uruzinduko rw’akazi. Ambasade ya Uganda i Kigali yatangaje ko Gen Jeje Odongo yazanye n’intumwa zirimo Bagiire Vincent Waiswa usanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Uganda na Amb. Arthur Kafeero usanzwe ari umuyobozi ushinzwe Politiki yo mu […]

The Ben yasezeranye na Pamella imbere y’amategeko

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yasezeranye n’umukunzi we, Uwicyeza Pamella, imbere y’amategeko kuri uyu wa 31 Kanama 2022. Amashusho yashyizwe hanze na KISS FM kuri Twitter, yerakana The Ben wambaye imyenda ruje borudo yijimye n’inkweto z’umweru na Pamella wambaye ijya gusa iroza ryerurutse n’ururabo rwo mu mutwe. Uyu muhango wabereye ku Murenge wa […]

RDF spy boss in CAR

Maj Gen Vincent Nyakarundi, the Head of Rwanda Defence Forces is in Central African Republic, to visit troops that are on peace keeping mission. Gen Nyakarundi met with the Rwandan army in Socatel M’poko barracks. RDF confirmed the statement via Twitter with no deep details. The spymaster Nyakarundi visited Rwandan troops in CAR on January […]

Taiwan iravuga ko itazakomeza kwifata mapfubyi u Bushinwa nibukomeza kuyishotora

Kuri uyu wa Gatatu, Taiwan yavuze ko izakoresha uburenganzira bwayo bwo kwirwanaho no kurwanya ibitero by’Ingabo z’u Bushinwa mu gihe zakwinjira ku butaka bwayo, nyuma y’aho bukomeje kongera ibikorwa bya gisirikare hafi y’iki kirwa. Muri uku kwezi, u Bushinwa buvuga ko Taiwan ari intara yabwo, bwakoresheje imyitozo ya gisirikare hirya no hino mu nkengero z’iki […]

Dr Agnes Binagwaho yinjijwe mu nama y’ubuyobozi y’ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi cyo muri Amerika

122446745_3550972564993683_3177484312997424971_n.jpg

Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubushakashatsi ku Bagore (ICRW) gifite icyicaro i Washington muri Amerika, cyagize Umunyarwandakazi Dr Agnes Binagwaho ndetse n’Umugandekazi, Agnes Igoye, bamwe mu bagize Inama y’Ubuyobozi yacyo, aho bitezweho kuzazana muri iyi nama ubumenyi bwabo n’ubunararibonye mu bijyanye n’Uburinganire mu by’ubuzima ku Isi, mu kurinda abana no gukumira icuruzwa ry’abantu. Nk’uko bigaragara mu itangazo rigenewe […]

Abanyekongo bakorera ku mipaka batuye i Rubavu bategetswe kuhimuka

Urwego rw’abinjira n’abasohoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), rwasabye ko Abanyekongo bakorera ku mupaka muto n’umunini (petite/grande barriĂšre, batuye mu karere ka Rubavu mu Rwanda, kuhimuka. Uru rwego ruzwi nka DGM rwatanze iri tegeko tariki ya 9 Kanama 2022 rubinyujije mu ibaruwa Radio Okapi ivuga ko yabonye kuri uyu wa 30 Kanama. Rwagize […]

Umukobwa wa Rusesabagina yakiriwe mu Nteko ya EU

Umukobwa wa Paul Rusesabagina witwa Carine Kanimba, kuri uyu wa 30 Kanama 2022 yakiriwe mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, EU. Nk’uko yabisobanuye, Kanimba yavuze ko yagiye mu nteko ya EU kuvuga ku ifungwa rya Rusesabagina uri muri gereza ya Nyarugenge ndetse n’amakuru y’uko Leta y’u Rwanda yinjiye mu makuru ye ikoresheje porogaramu ya […]

Umukunzi wa Buravan yavuze ko ashengurwa no kuba yarapfuye amubereyemo umwenda w’abana 4

Chiffa Marty wari umukunzi w’umuhanzi Yvan Buravan, yatangaje ko ashengurwa cyane no kuba uriya musore yaritabye Imana badakoranye ubukwe ngo amubyarire abana bane yahoze yifuza. Ni mu butumwa uyu mukobwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Instagram aho yagaragaje ko yababajwe cyane n’urupfu rw’uriya musore. Chiffa yavuze ko na n’ubu yananiwe kwakira ko uwari umukunzi we […]

Sudani yahamagaje Ambasaderi wa Ethiopia i Khartoum kubera indege bivugwa ko yahanuwe

Sudani yahamagaje Ambasaderi wa Ethiopia i Khartoum mu rwego rwo kwamagana ibintu yatangaje mu binyamakuru ku ndege bivugwa ko yarashwe n’Igisirikare cya Ethiopia yikoreye intwaro zari zigenewe inyeshyamba za TPLF iturutse muri Sudani. Ku ya 29 Kanama, Ambasaderi wa Ethiopia muri Sudani yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru kugira ngo yongere agaragaze ukuri ku magambo yatangajwe n’Igisirikare kirwanira […]

Didier Drogba ategerejwe mu Rwanda

Umunya-CĂŽte d’Ivoire Yves Didier Drogba, ategerejwe hano mu Rwanda aho agomba kwitabira ibirori by’umunsi wo kwita izina. Ni igikorwa kizaba kiba ku nshuro yacyo ya 18, kikazabera mu Kinigi ho mu karere ka Musanze tariki ya 02 Nzeri 2022. Didier Drogba wabiciye bigacika mu makipe arimo Chelsea yo mu Bwongereza nk’umukinnyi w’umupira w’amaguru, ni umwe […]

Kogeza imikino ya ‘Premier League’ kuri radiyo byaba bigiye kuba ikibazo mu bihugu birimo u Rwanda

Kogeza imikino ya shampiyona y’umupira w’amaguru y’Ubwongereza English Premier League (EPL), mu bihugu birimo n’u Rwanda, aho iyi mikino ikunzwe n’abatari bake, mu gihe muri Uganda hari amakuru avuga ko ubu bitemewe keretse bisabiwe uburenganzira. Kuri ubu muri Uganda hari amakuru ko radiyo zose zategetswe kutongera kogeza imikino ya Premier League zitabiherewe uburenganzira na kompanyi […]

Sudani y’Epfo: Abarenga 200 bapfiriye mu myitozo y’igisirikare

Salva Kiir, Museveni n'abandi muri uyu muhango

Visi Perezida wa Sudani y’Epfo, Riek Machar, yatangaje ko abantu barenga 200 bari mu myitozo y’igisirikare bapfuye, bazize ibibazo bitandukanye. Uyu munyapolitiki utavuga rumwe na Perezida wa Sudani, Salva Kiir, yabitangarije mu muhango wo gusoza amasomo ababarirwa mu bihumbi bari bamazemo igihe, wabaye kuri uyu wa 30 Kanama 2022. Muri uyu muhango witabiriwe n’abarimo Perezida […]

Imirwano ikaze iri guca ibintu mu gace ka Kherson muri Ukraine

Imirwano ikomeye iravugwa mu gihe ingabo za Ukraine zigerageza kwigarurira agace ko mu majyepfo ya Kherson ahafashwe n’Uburusiya. Inzobere mu bya gisirikare zabwiye BBC ko ibyo “bitazashoboka vuba”. Vitaliy Kim, ukuriye agace bituranye ka Mykolaiv yagize ati: “Imirwano ikomeye irakomeje, abasirikare bacu barimo gukora isaha ku yindi.” Ejo hashize mu cya kare, Ukraine yatangaje ko […]

RIB submits Ex Minister Bamporiki’s case to prosecution

Rwanda Investigation Bureau (RIB) has announced that it concluded investigations into the alleged corruption case involving suspended Minister of State in the Ministry of Youth and Culture, Edouard Bamporiki, and has since transferred his case file to prosecution. President Paul Kagame suspended Bamporiki on May 5 in what was then communicated as “owing to matters […]

IGP Dan Munyuza yitabiriye ubutumire bwa Lt Gen Ndeitunga

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), Dan Munyuza, ari mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu muri Namibia ku butumire bwa mugenzi we Lt. Gen Sebastian Haitota Ndeitunga uyobora Polisi ya kiriya gihugu. Ku wa Kabiri tariki ya 30 Kanama, IGP Munyuza yitabiriye umuhango wateguwe na Polisi ya Namibia wo kuzenguruka mu muhanda ukorwa, hagamijwe guhindura […]

Mikhail Gorbachev ufatwa nk’uwarangije Intambara y’Ubutita yatabarutse ku myaka 91

Ibiro Ntaramakuru by’u Burusiya byatangaje ko Mikhail Gorbachev warangije Intambara y’Ubutita kandi akaba n’umuyobozi wa nyuma w’Abasoviyeti, yapfuye afite imyaka 91. Ibitaro bikuru by’ubuvuzi i Moscou kuri uyu wa Kabiri, itariki 30 Kanama byagize biti: “Gorbachev yapfuye kuri uyu mugoroba nyuma y’uburwayi bukomeye kandi yari amaranye igihe.” Gorbachev yayoboye Repubulika Zunze Ubumwe z’abasoviyeti kuva mu […]

Huye: Umukobwa w’imyaka 20 akurikiranweho gusambanya umwana w’umuhungu

Ku wa 29 Kanama 2022 Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye bwakiriye dosiye bukurikiranyemo umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho kuba ku itariki ya 18/08/2022 yarasambanije umwana w’umuhungu w’imyaka 10 mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Kibu, Umurenge wa Mugombwa , Akarere ka Gisagara. Mu ibazwa rye nk’uko tubikesha Ubushinjacyaha Bukuru, ukekwa wari uturanye n’aho uwo mwana […]

Centrafrica yirukanye ku butaka bwayo abanyamahanga 7 bashinjwa ubutasi

Nibura abanyamahanga barindwi birukanywe ku butaka bwa Repubulika ya Centrafrica. Barashinjwa na guverinoma ibyaha by’ubutasi no gukoresha inyandiko mpimbano. Abirukanwe ni umuturage w’Umugereki Jorgatselos Rectios Djiordios, n’aba Vietnam, Youti Tioutra, Dan-Ngok Pao, Tang-ti Ta-wan, La-King-Wan, Lo-ti Tana na LaĂŻ-Tang Kouang nk’uko tubikesha Journal de Bangui. Bose baregwa icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano n’ubutasi […]

Gen. Kainerugaba yasezereye ba Colonel 62 n’abandi basirikare bakuru

Lt Gen. Kainerugaba yasezereye aba basirikare bakuru mu izina rya Perezida Museveni

Igisirikare cya Uganda, UPDF, kuri uyu wa 30 Kanama 2022 cyasezereye abasirikare bakuru 260 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru. Ni igikorwa cyayobowe n’Umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lieutenant General Muhoozi Kainerugaba mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga akaba n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Abasirikare basezerewe barimo ba Colonel 62, ba Lieutenant Colonel 65 n’133 bafite […]

Gen Nyakarundi ukuriye ubutasi muri RDF muri Centrafrique (Amafoto)

20220831_071418.jpg

Maj Gen Vincent Nyakarundi ukuriye ubutasi bwa gisirikare mu ngabo z’u Rwanda, ku wa Kabiri tariki ya 30 Kanama yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri Repubulika ya Centrafrique. Ingabo yasuye ni iziri mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu (MINUSCA) babonaniye mu kigo cya Gisirikare cya Socatel M’poko ndetse n’izoherejwe muri Centrafrique […]