Rutsiro: Abaturage biruhukije nyuma yo kwegerezwa ibitaro

IMG 20250917

Abaturage bo mu murenge wa Boneza w’akarere ka Rutsiro, bagaragaje ibyishimo nyuma yo kwegerezwa ibitaro bivura indwara zitandukanye bitezeho kubaruhura urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri ni bwo ibi bitaro byiswe Kivu Hills Medical Center byatashywe, bikaba byarubatswe na Arise Rwanda Ministries. Abaturage baganiriye na BWIZA bayibwiye ko […]

Hashyizweho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi

urugomero rwa rusumo rwaruzuye amashanyarazi yarwo yatangiye gukoreshwa 7e42a 0dda9

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri rwashyizeho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari byarashyizweho mu myaka itanu ishize. Uru rwego mu itangazo rwasohoye rwasobanuye ko vugurura biriya biciro biri mu rwego rwo kujyanisha ikiguzi cy’amashanyarazi n’ibiyagendaho, ndetse no guhaza isoko ry’abakenera amashanyarazi rikomeje kwiyongera. RURA kandi yavuze ko biriya biciro […]

Minisitiri Prevot w’u Bubiligi nta cyizere afite ku kuba azasiga azahuye umubano naza mu Rwanda

ZDM0NDRmYTEyNjI2NWNlODgyOTQvZGlvLzI1NTE3MDc4Mi9maXQtd2lkdGgvMTIwMA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yatangaje ko nta cyizere afite cy’uko naza mu Rwanda azasiga azahuye umubano umaze igihe waraciwe hagati yarwo n’igihugu cye. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwaciye umubano ushingiye kuri dipolomasi rwari rufitanye n’u Bubiligi runirukana abadipolomate babwo, nyuma yo gushinja iki gihugu kwifatanya na Repubulika Iharanira […]

Ndayishimiye yambitswe umudali na Embalo, anagirwa umuturage wa Guinée-Bissau 

20250917 071751

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yambitswe umudali w’icyubahiro na mugenzi we wa Guinée-Bissau, Umalo Sissoco Embalo. Ndayishimiye ari i Bisau kuva ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, mu ruzinduko rw’akazi yahagiriraga. Ibiro bye byatangaje ko umudali wa mbere w’icyubahiro yambitswe na mugenzi we Embalo uri mu rwego rwo kumushimira ku bw’”uruhare rwe mu guteza […]

RDF yavuze kuri drone yakomerekeje abana 3 i Rutsiro 

IMG 20250917 WA0003

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko drone nto yakomerekeje abana batatu bo mu karere ka Rutsiro ku wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri, ari iy’Ingabo z’u Rwanda. Ku gicamunsi cy’ejo ku wa Kabiri ni bwo iriya drone yakomerekeje abana batatu bo mu murenge wa Kivumu, bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. RDF mu […]

Rutsiro: Abana 3 bakomerekejwe na drone

IMG 20250916 WA0006

Abana batatu bo mu murenge wa Kivumu w’akarere ka Rutsiro, bakomerekejwe na drone itaramenyekana yakoreye impanuka muri kariya gace. Byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Nzeri 2025, mu ma saa saba. Abana bakomerekejwe n’iriya drone bari bavuye kwiga ku Ishuri Ribanza rya Bunyoni. Raporo yakozwe n’ubuyobozi bw’ibanze ivuga ko mu […]

Tshisekedi yatabye mu nama Vital Kamerhe wicariye intebe ishyushye

Felix Tshisekedi et Vital Kamerhe

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, Vital Kamerhe yitabaje Perezida Félix Antoine Tshisekedi ngo aburizemo umugambi wo kumweguza, undi amutaba mu nama. Kamerhe yitabaje Tshisekedi, nyuma y’uko abagize Inteko Ishinga Amategeko ya RDC bakomeje gukusanya imikono isaba ko yeguzwa. Amakuru avuga ko abadepite 262 ari […]

Ibiciro by’umuriro w’amashanyarazi bishobora kwiyongera

rszpo5ff2d

Leta y’u Rwanda yatangaje ko hari gukora ivugururwa ryerekeye ibiciro by’amashanyarazi, ku buryo rizasiga hashyizweho ibishya bigomba gusimbura ibyari bisanzweho kuva muri 2020. Iby’aya mavugururwa byamenyeshejwe inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro ejo ku wa Mbere tariki ya 15 Nzeri 2025, iyobowe na Perezida Paul Kagame. Umwanzuro wa gatatu w’ibyemezo by’iyi nama, uvuga ko nyuma […]

U Rwanda rwohereje abasirikare n’abapolisi bashya i Cabo Delgado 

U Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nzeri, rwohereje abasirikare n’abapolsi bashya i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bagiye mu butumwa bwo kurwanya iterabwoba. Aba basirikare n’abapolisi bagiye gusimbura bagenzi babo bari bamaze umwaka muri iriya ntara. Mbere yo guhaguruka ku kibuga cy’indege cya Kigali babanje gusezerwaho n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. […]

Umukinnyi wa APR FC yatowe nk’umukinnyi wa CECAFA Kagame Cup 

3W6A2937 1 768x544 1

Umunya-Burkina Faso Memel Raouf Dao ukinira ikipe ya APR FC, ni we watowe nk’umukinnyi mwiza wa CECAFA Kagame Cup yakinirwaga mu gihugu cya Tanzania. Iri rushanwa ryegukanywe n’ikipe ya Singida Black Stars yatsinze Al Hilal ibitego 2-1 bya Clatous Chama waje kurusha abandi bose gutsinda ibitego byinshi muri iri rushanwa. APR FC yatwaye umudari wa […]

Singida yegukanye CECAFA mbere yo kwesurana na Rayon Sports

20250915 161818

Ikipe ya Singida Black Stars yo muri Tanzania yegukanye irushanwa rya CECAFA Kagame Cup ryaberaga i Dar Es Salaam, nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma Al Hilal Omdurman yo muri Sudani ibitego 2-1. Ibitego bibiri byombi byatsinzwe n’umunya-Zambia Clatous Chota Chama, ni byo byafashije Singida kwegukana bwa mbere mu mateka igikombe cya ririya rushanwa. […]

Gen. Katumba yavuze uko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wakoze impanuka ikomeye amerewe 

7ba2a19e 4151 4fbb 9738 94286bcc5e59

Minisitiri w’Umurimo n’Ubwikorezi muri Uganda, Gen. Katumba Edward Wamala, yatangaje ko Maj. Gen Sabiiti Muzeyi wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya Uganda ari kugenda amererwa neza nyuma yo gukora impanuka ikomeye. Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo Maj. Gen. Sabiiti wari mu modoka imwe n’umugore we yakoze impanuka, ubwo […]

M23 yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000

G01nNkDXIAAmMnC

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 14 Nzeri wungutse abasirikare bo mu mutwe udasanzwe 7,437; nyuma yo gusoza imyitozo bari bamaze amezi atandatu bahabwa. Ni imyitozo aba basirikare biganjemo abahoze mu ngabo za Leta ya RDC (FARDC) bihuje na M23 ubwo yafataga imijyi ya Goma na Bukavu mu ntangiriro z’uyu mwaka bahererwaga mu kigo […]

Uwahoze ahagarariye Amerika muri Afurika yannyeze FARDC na Tshisekedi

GridArt 20250913 174929824

Tibor Nagy wahoze ari Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije ushinzwe umugabane wa Afurika, yannyeze Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kugirira ingendo mu mahanga, mu gihe abaturage bo mu burasirazuba bw’igihugu cye bakomeje kwicwa n’imitwe yitwaje intwaro. Tibor Nagy yabitangaje, nyuma y’umunsi umwe Tshisekedi asoje uruzinduko rw’akazi […]

Kigali: Polisi yerekanye 3 bagaragaye batemagura umuturage

Screenshot 20250913

Polisi y’Igihugu kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2025, yerekanye abagabo batatu yataye muri yombi nyuma yo kugaragara mu mashusho yafatiye mu Rwampara ho mu karere ka Nyarugenge bakorera umuturage ubugome. Abafashwe ni Gatari Edmond uzwi nka ‘Black’ w’imyaka 38 wabwiye Polisi ko acuruza butiki; Hakizimana Jacques uzwi nka ‘Claude’ w’imyaka 33 akaba […]

U Rwanda mu bihugu byashyigikiye ko Israel na Palestine ziba Leta 2

NANGKA6LJVIJPBF332653KAUUU

U Rwanda ruri mu bihugu byashyigikiye imbanzirizamasezerano y’umwanzuro usaba ko ikibazo cya Palestine gikemuka mu mahoro, ndetse no kuba habaho Leta ebyiri hagati ya Israel na Palestine. Ni umwanzuro watowe n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, ku wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025. Uyu mwanzuro w’amapaji arindwi, urakurikira Inama Mpuzamahanga yakiririwe ku Cyicaro Gikuru cya Loni […]

Abantu bose bagaragaye mu mashusho bakorera umuturage ubugome bafashwe

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abantu bose bagaragaye mu mashusho bakorera igikorwa cy’ubugome umuturage wo mu kagari ka Rwampara ho mu murenge wa Nyarugenge bose bafashwe, nyuma yo guta muri yombi babiri bari basigaye. Polisi yemeje aya makuru mu butumwa yaraye yanditse ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “Mwiriwe, turabamenyesha ko abantu babiri bari […]

Tshisekedi yemeye kurekura imfungwa 700 za M23 zifungiye muri gereza z’i Kinshasa

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zishima amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23. Amerika yabitangaje biciye mu mujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos. Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Turashima isinya rya gahunda yo guhererekanya imfungwa […]

Urwibutso rwa Perezida Kagame kuri Lt. Gen Kabandana washyinguwe

Lt. Gen. Innocent Kabandana wahoze ari Umuhuzabikorwa w’ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique, yasezeweho bwa nyuma. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye mu ngabo z’u Rwanda barimo Umugaba Mukuru, Gen. Mubarakh Muganga, Umugaba w’Ingabo zirwanira mu kirere, Lt. Gen. Jean Jacques Laurent Mupenzi, uw’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame, Umunyamabanga Ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere […]

Gen Mwaku wari wungirijwe na Gasita yapfiriye muri Uvira

20250912 212360

Amakuru aturuka mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko Général de Brigade Daniel Mwaku wayoboraga akarere ka 33 ka gisirikare k’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yapfuye. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Nzeri ni bwo uyu Ofisiye wayoboraga kariya karere ka gisirikare gakubiyemo intara za Kivu y’Amajyepfo […]

U Rwanda rwamaganye ibitero bya Israel kuri Qatar 

qatar 0

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri, yamaganye ibitero Israel iheruka kugaba i Doha muri Qatar. Ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri ni bwo Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangaje ko cyarashe ku bayobozi ba Hamas bari i Doha muri Qatar. Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane, […]

M23 yaciye amarenga y’uko igiye gutabara abaturage bari kwicwa n’ingabo zirimo iz’u Burundi

19414780 780a 11f0 a20f 3b86f375586a.jpg

Umutwe wa M23 watangaje ko wumvise imiborogo y’abanye-Congo bamaze iminsi bicwa n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; ibyaciye amarenga y’uko waba ugiye kubatabara. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Nzeri, yongeye gutabaza Umuryango Mpuzamahanga kuri buriya bwicanyi bukomeje gukorerwa “abasivile b’inzirakarengane”. Ni […]

Museveni yasabye Amerika n’u Burusiya kugura kizimyamwoto Uganda yakoze

20250911 160655

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yamuritse imodoka zizimya inkongi igihugu cye cyakoze, asaba ibihugu by’ibihangange kuzigura. Izi modoka zizwi nka ‘Muliro Eater’, Museveni yazimurikiye ba Ambasaderi b’ibihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, u Burusiya n’ibindi bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Nanejejwe no kwereka […]

Umuntu n’ihene 30 baguye mu mpanuka yabereye kuri ‘Dawe uri mu ijuru’

IMG 7814

Umuntu umwe n’ihene zibarirwa muri 30 basize ubuzima mu mpanuka y’imodoka yabereye ahazwi nko kuri Dawe uri mu ijuru, mu karere ka Karongi. Iyo modoka yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye ihene zibarirwa muri 200, yakoreye impanuka mu mudugudu wa Rufumberi, akagari ka Ngoma mu Murenge wa Gishyita. Yari ijyanye ziriya hene mu isoko […]

U Bubiligi bwitambitse imurika ry’igitabo cy’uwahoze ari umujyanana wa Habyarimana

20250613022553000000

Leta y’u Bubiligi yitambitse umuhango wo kumurika igitabo Prof. Filip Reyntjens wahoze ari umujyanana wa Perezida Juvenal Habyarimana yanditse ku Rwanda. Iki gitabo Reyntjens yahaye umutwe wa ‘Modern Rwanda. A Political History’, cyagombaga kumurikirwa mu kigo cya Institut Egmont gisanzwe gihabwa amafaranga na Minisiteri y’Ububanyi y’u Bubiligi. Uriya mugabo usanzwe ari umwarimu muri Kaminuza ya […]

Umuhuza wayoboye WASAC yoherejwe i Mageragere

Umuhumuza Gisele Umuyobozi Mukuru wa WASAC Utility yavuze WASAC ikomeje ingamba zo kugira ngo abaturage bagezweho amazi meza 1

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa Gatatu tariki ya 10 Nzeri 2025, rwategetse ko Umuhumuza Gisèle wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo afungirwa muri gereza by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30. Ni mu rubanza umuhuza na Murekezi Dominique baregwamo ibyaha bifitanye isano na ruswa no gukoresha nabi ububasha bahabwa n’amategeko. Urukiko rwemeje ko hashingiwe ku […]

Bwa mbere M23 yatumiwe muri Loni

Compress 20250708 230459 9426

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri witabiriye inama ya 60 y’Akamana k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe uburenganzira bwa muntu. Ni bwo bwa mbere uyu mutwe usanzwe warafatiwe ibihano n’Umuryango w’Abibumbye wari witabiriye igikorwa cyawo. Muri iriya nama yabereye i Genève mu Busuwisi, intumwa za AFC/M23 […]

Urubyiruko rwo muri Nepal rwahiritse ubutegetsi

09int Nepal Protests Leadall 03 tzgk articleLarge

Minisitiri w’Intebe wa Nepal, K.P Sharma Oli, yeguye ku butegetsi nyuma y’imyigaragambyo ikomeye y’urubyiruko rwo muri iki gihugu. Ni imyigaragambyo yakuruwe n’icyemezo cya Guverinoma y’iki gihugu cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga zirimo Facebook, YouTube na X. Ni icyemezo cyahuriranye no kuba abaturage bo muri iki gihugu cyo mu majyepfo ya Aziya bamaze igihe binubira ruswa ikirangwamo; […]

Wazalendo zahaye Abatutsi bari muri Uvira nyirantarengwa yo kuba bamaze kuhava

20250910 154348

Amakuru aturuka muri Uvira aravuga ko abayobozi b’imitwe ya Wazalendo igenzura uyu mujyi bamaze guha Abatutsi bose bari muri uyu mujyi wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo iminsi 10 yo kuba bamaze kuwuvamo. Ni ubutumwa abayoboye Wazalendo bakomeje gutanga bifashishije imbuga nkoranyambaga, nyuma y’icyumweru kirenga mu mujyi wa Uvira hari imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Olivier […]

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarenze ‘umurongo utukura’ nyuma yo kurushinja gukora Jenoside

geneva 40650

Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni no mu yindi miryango mpuzamahanga iherereye i Genève mu Busuwisi, yasabye akanama k’uriya muryango gashinzwe uburenganzira bwa muntu gutesha agaciro ibirego bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishinja u Rwanda gukorera Jenoside ku butaka bwayo, kuko bidafite aho bihuriye n’ubusobanuro bwa Jenoside mu mategeko mpuzamahanga. Amb. Urujeni Bakuramutsa yabisabye ku […]

RDC yijunditse Israel

IMG 20250909 WA0035

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iri mu bihugu byijunditse Israel, nyuma y’igitero ingabo zayo zagabye muri Qatar ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri. Ni igitero Igisirikare cya Israel (IDF) cyemeje ko cyagabye ku bayobozi b’umutwe wa Hamas bari i Doha. Hamas yatangaje ko kiriya gitero cyiciwemo abantu batanu, barimo umuhungu w’umuyobozi mukuru wayo, Khalil […]

Israel yagabye ibitero muri Qatar

c9058950 8d87 11f0 9530 4d799fcfe1d6

Igisirikare cya Israel (IDF), kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri cyatangaje ko cyarashe ubudahusha ku bayobozi bakuru b’umutwe wa Hamas bari i Doha muri Qatar. IDF yemeje ko yagabye iki gitero, mu itangazo yasohoye. Iri tangazo riragira riti: “IDF na ISA (Ingabo za Israel zirwanira mu kirere) bakoze igitero gihamya cyibasiye abayobozi bakuru […]

Ingabo z’u Burundi zahungishirije Gen. Gasita i Bujumbura

20250901 131245 copy 1000x666 2

Général de Brigade Olivier Gasita wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko yamaze guhungishirizwa i Bujumbura mu Burundi. Ni nyuma y’icyumweru mu mujyi wa Uvira wa kabiri munini mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo hari imyigaragambyo ikomeye y’abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’abaturage basabaga ko ava muri uriya mujyi. Mu Ukuboza 2024 ni […]

Kivu y’Amajyaruguru: Abarenga 70 barimo bashyingura biciwe mu gitero

20250909 125732

Inyeshyamba zo mu mutwe w’iterabwoba wa Allied Democratic Forces (ADF), zishe abantu barenga 70 bo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. ADF yicishije aba bantu imipanga n’imbunda, mu ijoro ry’ejo ku wa Mbere tariki ya 8 rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025. Ubu bwicanyi bwabereye mu mujyi muto wa […]

Tshisekedi ngo yahangayikishijwe cyane n’imyigaragambyo yo muri Uvira

20250909 104453

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yatangaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo w’iki gihugu ahangayikishijwe cyane n’imyigaragambyo ikomeje kubera mu mujyi wa Uvira. Kamerhe yabitangaje ku wa Mbere, nyuma y’inama yamuhuje na Tshisekedi, Perezida wa Sena, Sama Lukonde na Minisitiri w’Intebe, Judith Suminwa Tuluka. Imyigaragambyo ikomeje kubera mu […]

Perezida Kagame yakiriye ba Ambasaderi bashya barimo uw’u Bufaransa (Amafoto)

2025 09 09 09 56 19 0

Perezida Paul Kagame ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri, yashyikirijwe na ba Ambasaderi batandukanye impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda. Abamushyikirije izo mpapuro ubwo yabakiraga muri Village Urugwiro barimo Casper Stenger Jensen w’ubwami bwa Denmark, Irene Vida Gala wa Brésil na Aurélie Royet-Gounin w’u Bufaransa. Perezida Paul Kagame kandi yakiriye impapuro zemerera Hanan […]

Ugiye hakiri kare cyane muvandimwe: Maj. Gen Nzabamwita wasezeye Lt. Gen Kabandana

GridArt 20250909 90039941

Ambasaderi w’u Rwanda mu Burusiya, Maj. Gen. Joseph Nzabamwita, yunamiye Lt. Gen Innocent Kabandana uherutse kwitaba Imana, amugaragaza nk’umwe mu bayobozi beza Igisirikare cy’u Rwanda cyagize. Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, ni bwo Kabandana wabaye umuyobozi w’ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique yitabye Imana azize uburwayi. RDF yatangaje ko […]

Uvira: Nta munyamulenge wemerewe kuvoma amazi, Tshisekedi yategujwe ko bishobora korohereza M23 kuhafata

Gj58gBOXAAABtFC

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo bwatanze impuruza kuri Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku mwuka mubi ushingiye ku moko watangiye kugaragara mu mujyi wa Uvira; buteguza ko ibi bishobora gutuma M23 itangiza intambara yo gufata uriya mujyi. Kinshasa yahawe iriya mpuruza binyuze mu ibaruwa Minisitiri Ushinzwe Ubutegetsi bw’Igihugu, Umutekano no Kwegereza Ubuyobozi Abaturage […]

Gen. Makenga yaciye amarenga y’uko M23 igomba gufata indi mijyi 3 ikomeye

20250908 110943

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Gen. Sultani Makenga, yaciye amarenga y’uko uriya mutwe ugomba kwigarurira imijyi ya Kisangani, Kalemie na Kindu. Makenga yabitangaje ubwo we n’umuhuzabikorwa wa AFC/M23 basozaga amahugurwa y’abayoboke bashya baheruka kwinjira muri ririya huriro. Mu byumweru bibiri bariya bayoboke bamaze bahugurwa, bahawe ubumenyi butandukanye burimo amayeri ya gisirikare, amateka ya RDC, […]

Menya igihe umusivile yakwambara imyambaro y’inzego z’umutekano z’u Rwanda ntabihanirwe

GridArt 20250908 100039734

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), mu cyumweru gishize rwataye muri yombi umusore wo mu karere ka Musanze wifashe amashusho yambaye impuzankano y’abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ayakwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ndagijimana Straton yakiriwe mu buryo butandukanye mu Banyarwanda biganjemo abakoresha imbuga nkoranyambaga, ku buryo hari bamwe mu bagaragaje ko atakabaye afungwa […]

Masisi: M23 yigaruriye imidugudu 8

p0kgz3ds.jpg

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, wigaruriye imidugudu umunani yo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuturage wavuganye na ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, yavuze ko “kuva ku mugoroba, abarwanyi ba AFC/M23 bagaragara muri Mafuo, Biholo, Shoa na Bwambaliro.” Uyu yakomeje […]

Brig. Gen Tom Kabuye yasanzwe yapfuye

GridArt 20250908 74615118

Brigadier General Tom Kikoyo Kabuye wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubutasi bwa gisirikare mu ngabo za Uganda, yasanzwe yapfuye. Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri ni bwo umurambo wa Kabuye mu mujyi wa Kikyusa ho mu karere ka Luwero, nk’uko bitangazwa n’umuryango we. Itangazo umuryango wasohoye rigira riti: “Mbabajwe gutangaza n’umutima uremereye urupfu rutunguranye rw’umwe muri […]

Intambara yatangiye gututumba hagati ya Amerika na Venezuela

20250907 112925

Umwuka mubi wongeye gututumba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Venezuela, ku buryo hari ubwoba bw’uko ibihugu byombi bishobora kujya mu ntambara. Ni nyuma y’uko muri iki cyumweru indege z’Igisirikare cya Amerika zanyuze inshuro ebyiri mu gihe cy’iminsi ibiri hejuru y’ubwato bwa Amerika, muri Amerika y’Amajyepfo. Venezuela yakoze ibi, nyuma y’uko Leta Zunze […]

Lt. Gen Kabandana yapfuye

arton46708

Lieutenant-Général Innocent Kabandana wabaye Umuyobozi w’Ibikorwa by’inzego z’umutekano z’u Rwanda i Cabo Delgado muri Mozambique, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rw’uyu musirikare wari umwe mu bakuru bari mu kazi mu ngabo z’u Rwanda, yamenyekanye kuri iki Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025. Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) mu itangazo cyasohoye kuri iki cyumweru, cyatangaje ko Kabandana yaguye […]

RDC irashinja RDF kohereza abasirikare 750 ku Idjwi

GISODddb31

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje u Rwanda kohereza abasirikare barwo 750 ku Idjwi, ibyo ivuga ko biri mu mugambi wo kwiyomekaho iki kirwa giherereye mu kiyaga cya Kivu. Byatangajwe na Guverinoma y’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Nzeri 2025. Iryo tangazo ryashyizweho umukono na […]

Abasirikare bayobowe na Maj. Gen Nyakrundi bagenze ibilometero 26 n’amaguru

csm 1 cb2944c398

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, yifatanyije n’abasirikare ba Brigade ya 503 ibarizwa muri Diviziyo ya kabiri, mu rugendo rw’amaguru rureshya na Kilometero 26. Ni urugendo rwakorewe mu Kinigi ho mu karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko uru rugendo rujyanye n’amabwiriza y’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Perezida Paul Kagame […]

APR FC yageze muri ½ cy’irangiza cya CECAFA

20250906 173042

Ikipe ya APR FC yakatishije itike ya ½ cy’irangiza cya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Mlandege FC yo muri Zanzibar ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa kabiri wo mu tsinda rya kabiri wabereye kuri Stade yitiriwe Gen. Isamuhyo i Dar Es Salaam. Umunya-Burkina Faso Raouf Memel Dao […]

Perezida Kagame ntakozwa ibyo kuba hari umwana we wazamusimbura ku butegetsi

35821290834 6006d9b9a1 b 6b857

Perezida Paul Kagame avuga ko adashyigikiye ibyo kuba hari umwe mu bana be wazamusimbura ku butegetsi, kuko u Rwanda atari ubwami. Umukuru w’Igihugu yabitangarije umunyamakuru François Soudan usanzwe ari umwanditsi mukuru w’ikinyamakuru Jeune Afrique, mu gitabo cye yise “Conversations with the President of Rwanda’. Ku ipaji ya 91 y’iki gitabo, Soudan yabajije Perezida Paul Kagame […]

M23 nifata Uvira izanafata Congo yose: Yakutumba washinje Gen. Gasita ibyaha bikomeye

Umuyobozi w’umutwe wa Mai-Mai Yakutumba uri mu yo Leta ya RDC yise Wazalendo mbere yo kuyitabaza mu ntambara ihanganyemo na M23, yateguje ko uyu mutwe nuramuka ufashe Umujyi wa Uvira bizarangira unafashe Congo yose. Gen. William Yakutumba yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri, ubwe we na bagenzi be bayobora imitwe ya Wazalendo bari […]

U Bubiligi bwarakaranyije n’u Burundi 

Gpev1ZvXIAAMOsl

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bubiligi yahamagaje Ambasaderi w’u Burundi i Bruxelles, kugira ngo atange ibisobanuro ku cyemezo cya Guverinoma y’Igihugu cye cyo kwirukana uwari uhagarariye Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu Burundi. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo u Burundi bwahaye David Leyssens amasaha 48 yo kuba yamaze kuva ku butaka bwabwo ndetse […]

Uvira: FARDC na Wazalendo bongeye gufatana mu mashati

Mu ijoro ryacyeye ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo, bongeye kurwanira mu mujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imirwano yatangiye mu ma saa tatu z’ijoro, imara amasaha menshi. Amakuru aturuka muri uyu mujyi wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo avuga ko imirwano yabereye mu duce […]

Igihugu cya mbere cya Afurika cyabonye itike y’Igikombe cy’Isi

20250906 75453

Ikipe y’Igihugu ya Maroc, Les Lions de l’Atlas, yabaye iya mbere yo ku mugabane wa Afurika yabonye itike y’Igikombe cy’Isi cy’umupira w’amaguru cya 2026 kizabera mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique. Maroc yabigezeho mu ijoro ryacyeye, nyuma yo kunyagira Niger bari bahuriye mu mukino wa karindwi wo mu tsinda E […]

Nyuma ya RDF, ikindi gihugu gituranye n’u Rwanda na cyo kigiye gutoza abasirikare ba RCA

010a1543333 cd7d0

Repubulika ya Centrafique yohereje urubyiruko rugera ku 2,000 muri Uganda, aho rugomba guhererwa imyitozo ya gisirikare. Ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri ni bwo amagana y’icyiciro cya nyuma cya ruriya rubyiruko bavuye mu kigo cya gisirikare cya Camp Kassaï i Bangui, mbere yo kurira indege ibajyana muri Uganda. Umuyobozi ushinzwe amahugurwa n’imyitozo mu ngabo […]

Igiciro cya lisansi na mazutu cyakomeje kwiyongera

SCSc

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Nzeri 2025 rwashyizeho igiciro gishya cy’ibikomoka kuri Peteroli cyakomeje kwiyongera ugereranyije n’ibyari bisanzweho. RURA mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yagaragaje ko litiro ya lisansi yageze kuri Frw 1,862 ivuye kuri Frw 1,803; ibisobanura ko yiyongereyeho Frw 59. Ibi kandi bivuze ko byibura mu […]

Ibyiza u Rwanda rwakunguka mu mibare mu gihe buri muturage yaba yimakaje gusaba fagitire ya EBM

img 0776 5 f7075

Ku wa 14 Kanama 2025 ubwo Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (RRA), Niwenshuti Ronald yari kumwe n’abanyamakuru mu karere ka Musanze, yagaragaje ko “umusoro ku gihugu ni nk’amaraso mu mubiri”. Nk’uko umubiri wabuze amaraso nyirawo azahara akaba ashobora no gutakaza ubuzima, ni na ko bigenda ku gihugu cyabuze amafaranga aturuka ku misoro, […]

Jenerali wamaze igihe kirekire kurusha abandi muri UPDF yapfuye

20250905 090453

Maj. Gen. (Rtd) Hussein Ada wabaye umusirikare wa mbere wamaze igihe kirekire mu ngabo za Uganda kurusha abandi, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rwa Maj. Gen Ada yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 4 Nzeri 2025. Yaguye mu bitaro bya Victoria Hospital biherereye i Kampala. Maj. Gen Hussein Ada winjiye mu ngabo za […]

Kinshasa yakuyeho kwigira ubuntu ku banyeshuri biga mu duce tugenzurwa na M23

20250904 215002

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko warakajwe cyane n’icyemezo cya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyo gukuraho kwigira ubuntu, ku banyeshuri biga mu mashuri yo mu duce ugenzura. Uyu mutwe wemeje ko Kinshasa yafashe kiriya cyemezo, mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri 2025. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, […]

Perezida Kagame yatangije ingendo zo gutwara abantu muri drones 

20250904 163211

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Nzeri 2025, yatangije ingendo zo gutwara abantu mu kirere hakoreshejwe indege nto zitagira abadelevu zizwi nka drones. Umukuru w’Igihugu yatangirije izi ngendo i Kigali, ahari kubera Inama Nyafurika ku ngendo zo mu kirere ‘Aviation Africa Summit and Exhibition 2025’. Ni inama iri kubera muri Kigali […]