Ikibuga cy’indege cya Kisangani cyahindutse indiri y’abacanshuro bo mu bihugu 4

20180721 map001

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo amaze amezi menshi agura ibikoresho bishya bya gisirikare, mu rwego rwo guhangana n’umutwe wa M23 umaze imyaka hafi ine mu ntambara n’igihugu cye. Ni ibikoresho Kinshasa ikomeje kugira, mu gihe inakomeje ibiganiro na AFC/M23 bamaze amezi abiri basinyanye amahame y’ibanze aganisha ku guhagarika iriya ntambara. […]

Netanyahu wa Israel yasabye imbabazi Qatar

G2CFE78X0AA7S5Z 640x400 1

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yasabye imbabazi Qatar kubera ibitero igihugu cye cyayigabyeho muri uku kwezi. Netanyahu wari muri White House yasabye imbabazi ejo ku wa Mbere, ubwo yaganiraga kuri telefoni na mugenzi we wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman al-Thani. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar mu itangazo yasohoye, yavuze ko usibye gusaba imbabazi […]

Minisitiri wo muri RDC yirase abacanshuro ba Blackwater 

2025 08 14T100037Z 661930628 RC2ORDAP4JU9 RTRMADP 3 HAITI SECURITY PRINCE 1755243617

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango, yemeje ku mugaragaro ko iki gihugu cyamaze kwakira abacanshuro bo mu mutwe w’abanyamerika wa Blackwater. Uyu mugabo yabitangarije mu butumwa busa n’ubujimije yanditse ku rubuga rwe rwa X. Ubutumwa ‘Black Water’ uyu mugabo yashyize ku rubuga rwe rwa X bwari buherekeje ifoto […]

FIFA yeteye mpaga Bafana Bafana yitegura guhura n’Amavubi

20250929 164228

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yateye mpaga ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo, Bafana Bafana, nyuma yo gukinisha umukinnyi utabyemerewe ubwo yahuraga na Lesotho. Afurika y’Epfo yakuweho ariya manota nyuma yo gukinisha Teboho Mokoena wari ufite amakarita abiri y’umuhondo uriya mukino wabaye muri Werurwe uyu mwaka. FIFA mu itangazo yasohoye yagize iti: “Komisiyo ishinzwe imyitwarire […]

Drones zaturutse i Bujumbura na Uvira zarashe mu Mikenke

Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere ryarashe mu midugudu ituwe b’Abanyamulenge mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, rikoresheje drones z’intambara.   Amakuru y’ibi bitero bishya yemejwe n’umutwe wa M23 biciye mu muvugizi wawo, Lawrence Kanyuka. Kanyuka yifashishije urubuga rwe rwa X, yavuze ko […]

Imirwano mishya ya FARDC na Wazalendo muri Uvira

images 5

Abantu batatu baguye mu mirwano mishya yasakiranyije ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’imitwe yitwara gisirikare ya Wazalendo, mu mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru avuga ko mu bapfuye harimo umusirikare umwe wa FARDC ndetse n’abasivile babiri. Ku ruhande rwa Wazalendo, amakuru avuga ko iziyita Lunyuki ikigo zabagamo […]

Uko Ndayishimiye ari gushyira u Burundi mu makuba biciye mu ntambara ya Congo

GtJL8DkWcAAdIly 1

Muri 2023 ubwo Perezida Évariste Ndayishimiye yoherezaga ingabo z’u Burundi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Guverinoma ye yavuze ko ari igikorwa kigamije kuzimya “urugo rw’umubanyi” rurimo gushya. Izi ngabo zifatanya na FARDC (ingabo za Congo) ndetse n’indi mitwe irimo FDLR mu ntambara bahanganyemo n’umutwe wa AFC/M23 kuri ubu ugenzura ibice birimo […]

Drone ya CH-4 yaturutse i Bujumbura yarashe i Nzibira

20250927 103857

Amakuru aturuka mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu Umujyi muto wa Nzibira wagabweho igitero cya drone. Amakuru avugwa ko iyi drone yo mu bwoko bwa CH-4 yarashe i Nzibira saa 07:10 iturutse i Bujumbura mu gihugu cy’u Burundi. Ikibuga cy’indege cya Bujumbura kimaze igihe cyarahindutse ibirindiro ingabo […]

Amerika yemeje ko M23 iri kuganira na RDC ku kuzinjizwa muri FARDC

20250927 101326

Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika, Massad Boulos, yagaragaje ko ubuhuza bwa Qatar ari bwo zingiro ry’umuti w’amakimbirane ari hagati ya leta ya RDC n’umutwe wa M23. Yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, iruhande rw’Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye iri kubera i New York. […]

Gen. Byamungu yasobanuriye abatuye Nzibira impamvu M23 yahisemo kuhafata

20250926 203132

Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo z’umutwe wa AFC/M23, Général de Brigade Bernard Maheshe Byamungu, yasobanuye ko uyu mutwe wahisemo kwigarurira umujyi muto wa Nzibira mu rwego rwo gushyira iherezo ku bitero ihuriro ry’ingabo za Leta byagabaga mu duce dutandukanye zikoresheje kariya gace. Gen. Byamungu yabigarutseho ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, ubwo yagiranaga inama n’abatuye […]

Ba Perezida 2 bari gusaba Tshisekedi ngo akureho ibirego Kabila ashinjwa

Perezida Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na mugenzi we Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, bari kugerageza kumvisha Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ngo akureho ibirego ubutegetsi bwe bushinja Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi. Kabila amaze iminsi aburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC ku byaha bitandukanye aregwa, birimo kugambanira igihugu, iby’intambara ndetse […]

Abarundi 32 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda 

bahawe ubwenegihugu bw ubunyarwanda 1536x1024 1

Abarundi 32 bari mu banyamahanga babarirwa muri 70 baheruka guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda. Ku wa 23 Nzeri ni bwo amazina y’aba 74 banyamahanga bakomoka mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi yasohotse mu igazeti ya Leta, biba ubwa mbere abangana kuriya baherewe ubwenegihugu icyarimwe. Usibye Abarundi bigaragara ko bakomeje gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda […]

Espagne yasohoye impapuro zo guta muri yombi Gen. Kayumba Nyamwasa

20250926 103710

Umucamanza mu rukiko rwa Espagne, José Luis Calama, yasohoye impapuro zisaba gushakisha no guta muri yombi Kayumba Nyamwasa wahoze ari Lt. Gen. mu ngabo z’u Rwanda ari gukoraho iperereza ku byaha birimo iterabwoba, itoteza, Jenoside ndetse n’ibyaha byibasiye inyoko muntu. Ikinyamakuru El Confidencial mu nyandiko isaba ko Kayumba atabwa muri yombi kivuga ko cyashoboye kubona, […]

U Rwanda rwagaragarije Loni uko RDC ikomeje gukorana na FDLR n’abacanshuro

20250926 093014

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igishyize imbere umugambi w’intambara, n’ubwo imaze amezi atatu isinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri, ubwo yagezaga ijambo ku Nteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye. Yavuze ko n’ubwo muri Kamena […]

Tshisekedi yahuye rwihishwa na ‘boss’ w’abacanshuro ba Blackwater

GridArt 20250925 182336999

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuye rwihishwa na Erik Prince, Umunyamerika washinze umutwe w’abacanshuro wa Blackwater. Aba bombi bahuriye i New York muri Leta Zunze Ubumwe, aho Tshisekedi yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Erik Prince asanzwe afitanye na RDC amasezerano yo kuyifasha gukusanya imisoro ituruka mu mabuye y’agaciro ndetse no […]

Gen. Nyamvumba yahanuye Rayon Sports mbere yo kurira umusozi wo gusezerera Singida

20250925 152046

Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, Gen. Patrick Nyamvumba, yasuye Rayon Sports ikomeje umwiherero yitegura umukino wo kwishyura w’ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup uzayihuza na Singida Black Stars. Rayon Sports ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko mu mpanuro Gen. Nyamvumba yahaye iriya kipe “yibukije abakinnyi ko gutsindwa umukino ubanza bitavuze ko gukomeza bidashoboka.” […]

Iyo myitwarire irashaje: Perezida Kagame ku bihugu birimo u Bubiligi

g1rbuq1xsaatiuu d8ade

Perezida Paul Kagame yanenze ibihugu byarwanyije ko u Rwanda rwakira Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare, abibwira ko imyitwarire bikomeje kugaragaza ishaje. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nzeri, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye inama ya 194 y’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), yabereye muri Kigali Convention Centre. Ni Inteko Rusange yahuriranye na […]

Myugariro wa Arsenal Real Madrid yateganyaga gutwarira ubuntu yemeye kongera amasezerano

skysports william saliba arsenal 5919417

Umufaransa William Saliba ukinira Arsenal yo mu Bwongereza, yemeye kongera amasezerano yo gukomeza kuyikinira. Saliba w’imyaka 24 y’amavuko, yifuzwaga cyane na Real Madrid yashakaga kumusinyisha ku buntu, ubwo yari kuzaba asoje amasezerano. Ikinyamakuru The Athletic biciye mu munyamakuru wacyo, David Ornstein, cyatangaje ko William Saliba ufite amasezerano azarangira mu mpeshyi ya 2027 yemeye kongera amasezerano […]

RIB yinjiye mu kibazo cy’umuturage wagaragaye ahondagurirwa mu biro by’akagari

GridArt 20250925 115540352

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwinjiye mu kibazo cy’umuturage wagaragaye ahondagurirwa mu biro bya kamwe mu tugari tugize umurenge wa Nyakabanda. Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abakora irondo ry’umwuga batatu n’uwo bikekwa ko ari umuyobozi mu nzego z’ibanze bakurubana uwo musore bakekagaho ubujura, bamwerekeza mu biro by’Akagari ka Munanira ya I. Uwari wafashwe bigaragara ko […]

U Rwanda na RDC byaba byemeranyije itariki yo gutangiriraho guhiga FDLR 

arton45922

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko byamaze kumvikana ku gihe bizatangirira gushyira mu bikorwa ingamba zirebana n’umutekano zikubiye mu masezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanye muri Kamena. Amakuru avuga ko ibihugu byombi byumvikaniye mu nama yahurije ababihagarariye i Washington, hagati y’itariki ya 17 n’iya 18 Nzeri. Itangazo rihuriweho n’ibihugu byombi ariko ryanasohowe […]

RDF yemeje ko Polisi y’u Burundi ifunze Sergeant wayo

rwanda burundi

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu bwemeje ko hari umwe mu basirikare bazo ufungiye i Burundi, nyuma yo gufatirwa ku butaka bwa kiriya gihugu. RDF mu itangazo yasohoye, yavuze ko Sgt Sadiki Emmanuel afunzwe na Polisi y’u Burundi nyuma yo “kuyoba atabigambiriye” akisanga ku butaka bw’u Burundi. Nk’uko Igisirikare cy’u Burundi cyari cyabitangaje […]

Nduhungirehe yasabye Tshisekedi kwiheraho mbere yo gushinja abandi Jenoside

nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi atakabaye asaba Isi kwemera ko mu gihugu cye habayeho Jenoside, mu gihe asanzwe akorana bya hafi n’umutwe wa FDLR wakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umukuru wa dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nzeri, nyuma y’amasaha make Tshisekedi […]

FDNB iravuga ko hari umusirikare wa RDF ufungiye mu Burundi

rwanda burundi

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), kiravuga ko hari umusirikare wo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) waraye ufunzwe na Polisi ya kiriya gihugu, nyuma yo gufatirwa ku butaka bwacyo. FDNB mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nzeri, yavuze ko uwo musirikare witwa Sergeant Sadiki Emmanuel yafatiwe muri Komine Busoni ho mu ntara ya […]

Abanyarwanda 314 babaga muri RDC batashye ku bushake

20250924 141307

U Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nzeri, rwakiriye imiryango 101 igizwe n’abantu 314 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gutahuka ku bushake. Aba bantu ubwo binjiraga mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na RDC (La Corniche), bakiriwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper wabasezeranyije ko hari […]

Perezida Macron yahagaritswe ku muhanda kugira ngo Trump atambuke

23vid cover macron nyc new superJumbo

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yahagaritswe ku muhanda na Polisi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo Perezida Donald Trump wagombaga kuwunyuramo abanze atambuke. Byabaye ku wa Kabiri tariki ya 23 Nzeri, ubwo Macron yari i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Amashusho yakwirakwijwe ku […]

Nta bufasha bw’u Rwanda dukeneye: Nangaa wa AFC/M23

22 copy

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, Corneille Nangaa, yongeye gushimangira ko ririya huriro ridafashwa n’u Rwanda ndetse ko nta bufasha bwarwo rikeneye. Nangaa yabitangarije mu kiganiro aheruka kugirana n’umunyamakuru Larry Madowo wa Televiziyo ya CNN. Uyu munyapolitiki yongeye gushimangira ko intego ya AFC/M23 ari ukujya i Kinshasa ikirukana ku butegetsi Perezida Félix […]

U Rwanda rwashimiye abarimo Umubiligi Remco Evenepoel

8XypN8E9HFNmsBLLWSLrqE

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye abakinnyi bitabiriye Shampiyona y’Isi y’umukino wo gusiganwa ku magare ikomeje kubera mu Rwanda, by’umwihariko abahize abandi. Guverinoma yabashimiye ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X. Yagize iti: “U Rwanda rurashimira abakinnyi bose bitabiriye amarushanwa mu minsi itatu ishize yo gusiganwa n’ibihe buri muntu ku giti cye, kandi rurashimira abahize abandi bagatsindira imyanya […]

Tshisekedi yahatiriye Loni ngo yemere ko muri RDC habaye Jenoside

20250924 093053

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umuryango w’Abibumbye gushyigikira igihugu cye ukemeza ko cyabereyemo Jenoside. Perezida wa RDC yabisabiye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Kinshasa imaze igihe ikora iyo bwabaga isaba amahanga ngo ayifashe kwemeza ko mu […]

Icyo Tshisekedi avuga ku guhererekanya imfungwa na M23

Screenshot 20250922 140232 1 copy 1000x800 1

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ategereje uburenganzira bwa Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge, mbere yo guhererekanya imfungwa n’umutwe wa M23. Yabitangarije i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Umutwe wa M23 ushinja Leta ya RDC kuba yaranze kurekura imfungwa zibarirwa muri 700 ufunze, […]

Perezida Kagame ari kwa Abdel Fattah Al-Sisi 

20250923 121901

Perezida Paul Kagame ari i Cairo mu gihugu cya Misiri, aho kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Nzeri yatangiye uruzinduko rw’akazi. Umukuru w’Igihugu kuri uyu wa Kabiri yakiriwe mu ngoro ya Al-Ittihadiya na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah Al-Sisi. Abakuru b’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro byo mu muhezo, mbere y’uko bahurira mu nama n’abagize […]

New York: ‘Abasa na Gen Makenga’ bangiwe kwinjira mu nama ya leta ya RDC

IMG 20250923 WA0000

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakumiye abo yise ko basa na Gen. Sultani Makenga mu nama yateguye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni inama yari yatumiwemo abanye-Congo n’inshuti zabo ngo baganire kuri Jenoside Kinshasa imaze igihe ivuga ko yakorewe abaturage bayo. Umuyobozi w’Umuryango Mahoro Peace Association n’uwa ‘Isoko’ yombi […]

Tshisekedi yashinje u Rwanda kwimura abasangwabutaka bo muri RDC

20250923 091809

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yongeye gushyira u Rwanda mu majwi arushinja kuba ruri gutegura uduce two kwimuriramo abaturage be. Uyu mugabo yabitangaje mu kiganiro yahereye abanyamakuru i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye. Tshisekedi yabwiye abanyamakuru ko mu duce twa RDC u […]

Ousmane Dembele ni we watwaye Ballon d’Or

gettyimages 2236325063 20250922215751365

Umufaransa Ousmane Dembele ukinira Paris Saint-Germain y’iwabo, ni we waraye wegukanye igihembo cya Ballon d’Or gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi. Dembélé yegukanye iki gihembo ahigitse abarimo umunya-Espagne Lamine Yamal n’umunya-Portugal Vitinha bari bagihataniye. Uyu mukinnyi ufite inkomoko muri Mali mu mwaka w’imikino ushize yakinnye imikino 53, atsinda ibitego 35 anatanga imipira 14 yavuyemo ibitego. […]

Vital Kamerhe yeguye

20250922 193220

Umunyapolitiki Vital Kamerhe wari Perezida w”Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yeguye kuri izo nshingano. Kamerhe yeguriye imbere ya ba Perezida ba za Komisiyo zigize Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, nk’uko amakuru mu bantu be ba hafi abyemeza. Kamerhe wigeze kuba Perezida w’ibiro bya Perezida Félix Antoine Tshisekedi na Minisitiri w’Ubukungu wa […]

Tshisekedi yakwepye inama ya SADC nyuma yo kwambura abasirikare bari muri SAMIDRC

Screenshot 20250922

Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), uri kwishyuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo za miliyoni z’amadorali yemereye ingabo zawo zari zaroherejwe kurwana intambara kiriya gihugu kirwanamo n’umutwe wa M23. Mu Ukuboza 2023 ni bwo SADC wohereje muri RDC ingabo zayo, kugira ngo zifashe FARDC za kiriya gihugu zari zisumbirijwe na M23. Kinshasa […]

CIES Football Observatory yavuze umukinnyi uri buhabwe Ballon d’Or

20250921 175724

Ikigo CIES Football Observatory gisanzwe gikora ubushakashatsi ku mupira w’amaguru, cyatangaje ko umunya-Espagne Lamine Yamal ari we wegukana igihembo cya Ballon d’Or kiri butangwe kuri uyu wa Mbere. Ibirori byo gutanga iki gihembo gitangwa n’ikinyamakuru France Football biri bubere ahitwa Théâtre du Châtelet, i Paris mu Bufaransa. Mu gihe habura amasaha make ngo iki gihembo […]

M23 yafashe Umujyi wa Nzibira

20250915 91729

Umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Cyumweru tariki ya 21 Nzeri, wigaruriye Umujyi wa Nzibira wo muri Teritwari ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. M23 yigaruriye uyu mujyi muto nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta y’i Kinshasa. Amakuru avuga ko mu masaha y’igitondo ari bwo inyeshyamba […]

Nywa amazi ashyushye birashira: Nduhungirehe ambwira umudepite w’Umubiligi 

GridArt 20250922 74843526

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye depite Lydia Mutyebele Ngoi kunywa amazi; nk’uburyo bwamufasha gukemura ikibazo afite ku Rwanda. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yageneye ubu butumwa uyu mugore, nyuma yo kugaragaza ko u Rwanda yashyize mu gatebo kamwe n’u Burusiya rutakabaye rwarahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare. Mutyebele uzwiho cyane kwikoma u Rwanda […]

Umunyamakuru w’Umubiligi arashinja u Rwanda kumukumira ku butaka bwarwo 

c7762950 b3ce 45b0 8cf3 115c576adf0f

Umunyamakuru Stijn Vercruysse ukorera Televiziyo ya VRT y’iwabo mu Bubiligi, arashinja u Rwanda kumwima uruhushya rwo kuruzamo, kugira ngo akurikirane Shampiyona y’Isi y’umukino w’amagare rwitegura kwakira. Uyu munyamakuru avuga ko ku wa Kane w’iki cyumweru ari bwo yagombaga kuza mu Rwanda, nyuma yo kwemererwa kuza gukurikirana ririya rushanwa na Minisiteri ya Siporo biciye mu muhuza […]

Perezida Kagame yaganiriye mu muhezo na Ilham Aliyev wa Azerbaijan

20250920 144024

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Nzeri, yakiriwe anagirana ibiganiro na mugenzi we Ilham Aliyev wa Azerbaijan. Umukuru w’Igihugu ari i Baku muri Azerbaijan, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu ari kugirira muri iki gihugu kuva ku wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri. Kuri uyu wa Gatandatu ubwo yakirirwaga mu muhezo na […]

Bafana Bafana ishobora gukurwaho amanota mbere yo kwesurana n’Amavubi

Mokoena.jpg

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi yatangiye gukurikirana ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo, nyuma yo gukora amakosa mu mukino w’ijonjora ryo gushaka Itike y’igikombe cy’Isi cya 2026 wayihuje na Lesotho. Muri uyu mukino Bafana Bafana yakinishije Teboho Mokoena usanzwe akinira Mamelodi Sundowns, nyamara mu mikino ibiri yari yabanje yari yarabonye amakarita y’umuhondo atamwemerera gukina. Icyo gihe […]

SANDF yatangiye gucyura abandi basirikare yari yarohereje muri RDC

ELLENKNEVASANDF

Igisirikare cya Afurika y’Epfo biravugwa ko cyatangiye gucyura abasirikare cyari cyarohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko abo cyari gifite mu mujyi wa Goma bari bamaze gutsindirwa mu mirwano yasize umutwe wa M23 ufashe uriya mujyi. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo havuzwe amakuru y’uko SANDF iri kohereza mu mujyi wa Lubumbashi abasirikare […]

Indege z’intambara z’u Burusiya zavogereye ikirere cya kimwe mu bihugu bya NATO

250919 russia mig jet mb 1516 b08796

Guverinoma ya Estonia yatangaje ko indege eshatu z’intambara z’u Burusiya zavogereye ikirere cya kiriya gihugu kiri mu bigize umuryango wa NATO, zikimaramo iminota ibarirwa muri 12. Itangazo iyi Guverinoma yasohoye rivuga ko “indege eshatu z’intambara z’u Burusiya zo mu bwoko bwa zinjiye mu kirere cya Estonia nta ruhushya, zikimaramo iminota 12, hejuru y’ikigobe cya Finland.” […]

FARDC yasabye abahoze ari abasirikare bayo bari muri M23 kuyihunga cyangwa bakayirasa

20250919 211445

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyasabye abahoze ari abasirikare bacyo bamaze kwiyunga ku mutwe wa AFC/M23 gukora ibishoboka byose bagahunga; cyangwa bakerekeza imbunda zabo kuri uriya mutwe. Ni ubusabe FARDC yatanze, nyuma y’iminsi mike M23 yerekanye abasirikare bashya barenga 7,000 yungutse nyuma yo gusoza imyitozo bari bamaze amezi atandatu bakorera mu kigo […]

Perezida Kagame na Gen. (Rtd) Kabarebe bari muri Azerbaijan

20250919 202246 1

Perezida Paul Kagame yageze i Baku mu murwa mukuru wa Azerbaijan, aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi itatu. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 19 Nzeri ni bwo Umukuru w’Igihugu waherekejwe n’abarimo Gen. (Rtd) James Kabarebe yageze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Heydar Aliyev, aho yakiriwe na Minisitiri w’Intebe wungirije wa […]

Icyo M23 iri gukora nyuma y’ibitero bya Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC

20250915 081240

Umutwe wa M23 watangaje ko wamaze kujya mu bihe byo kwirwanaho, nyuma yo kugabwaho ibitero by’indege z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drones za CH-4 z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu ma saa moya z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri ni bwo Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC zarashe […]

RDC yanze kohereza abakinnyi muri shampiyona y’Isi y’amagare mu Rwanda

arton44457

Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryanze kohereza abakinnyi muri Shampiyona y’Isi y’amagare iteganyijwe kubera mu Rwanda. Ku Cyumweru tariki ya 21 Nzeri ni bwo iri rushanwa rigiye kubera bwa mbere ku mugabane wa Afurika rizatangira, mbere yo gusozwa ku wa 28 Nzeri 2025. Mu gihe habura iminsi itageze […]

NFPO yamaganye umwanzuro utegeka u Rwanda gufungura Ingabire Victoire

photo 2025 09 06 21 43 40 1

Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (NFPO), ryamaganye umwanzuro w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi usaba u Rwanda kurekura umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza nta mananiza. Ku wa 11 Nzeri ni bwo Inteko Ishinga Amategeko ya EU yemeje umwanzuro wo kwamagana urubanza ruregwano Victoire Ingabire kuva muri Kamena uyu mwaka ukurikiranweho ibyaha bitandukanye; n’ubwo we […]

Ibikoresho byiza by’ubwubatsi wagura muri QC Centor Ltd utabona ahandi

Screenshot 20250919

Ikigo Q Centor Ltd kiri mu bya mbere bicuruza ibikoresho by’ubwubatsi bigezweho mu Rwanda, cyamaze kwegereza iby’umwimerere, byuje uburanga kandi byujuje ubuziranenge ababikeneye. Ni ibikoresho byiganjemo ibikorerwa mu bihugu byo hirya no hino ku Isi nk’u Buhinde, u Budage na Türkiye. Ibikoresho iki kigo kizwiho kudatenguha abakigana cyamaze kuzana birimo amakaro y’umwimerere azwiho kongerera uburanga […]

Sukhoi-25 na CH-4 za FARDC zaramutse zirasa bikomeye i Masisi

sukhoi bwiza

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri, cyaramutse kirasa mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi gikoresheje indege na drones z’intambara. Amakuru ya biriya bitero byagabwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu hakoreshejwe indege zo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drones za CH-4, yemejwe n’umuvugizi […]

Umukobwa wa Paul Biya yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se

montage Paul and Brenda Bya 2 copy

Umukobwa wa Perezida Paul Biya wa Caméroun, Brenda Biya, yahamagariye abanya-Caméroun kutazatora se mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha. Ku wa 12 Ukwakira ni bwo abanya-Caméroun bazatora Umukuru w’Igihugu, mu matora Paul Biya w’imyaka 92 umaze 43 abayobora azahatanamo. Umukobwa w’uyu mukambwe biciye mu mashusho yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko atacyibona […]

M23 yashyizeho amabwiriza mashya ku bakoresha umupaka munini uhuza Goma na Rubavu

Goma Gisenyi 1000x694 1

Umutwe wa AFC/M23 ugenzura Umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, washyizeho amabwiriza y’uko umupaka munini uhuza uriya mujyi n’uwa Rubavu wo mu Rwanda uzajya ukora kugeza saa sita z’ijoro. Ni icyemezo cyafashwe na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Musanga Bahati Erasto, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Kane. Iryo tangazo rivuga ko […]

RDC iravuga ko M23 igomba kuyiha abakomando iheruka kunguka

G01nNkDXIAAmMnC 1

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko itemera kuba umutwe wa AFC/M23 uheruka kunguka abasirikare bashya barenga 7,000; ivuga ko izageza iki kibazo kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Qatar. Ku Cyumweru gishize ni bwo M23 yatangaje ko yungutse abasirikare kabuhariwe barenga 7,000; nyuma y’amezi atandatu bari bamaze batorezwa mu kigo cya […]

Kalisa Adolphe ‘Camarade’ agiye kugezwa mu rukiko

umunyamabanga mukuru wa ferwafa kalisa adolphe yahaye ikaze buri wese uzifuza serivisi mu biro bye

Kalisa Adolphe ’Camarade’ wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), agiye kugezwa imbere y’ubutabera. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nzeri ni bwo Camarade azatangira kuburana ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo, mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo. Akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo, ruswa no gukoresha inyandiko mpimbano. Kalisa yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu […]

Amavubi yananiwe kwigira imbere, Argentine itakaza umwanya wa mbere ku Isi

20250918 112844

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yagumye ku mwanya wa 127 ku Isi, ku rutonde ngarukakwezi rwa FIFA rwerekana uko ibihugu bihagaze mu mupira w’amaguru. Amavubi yagumye kuri uyu mwanya nyuma y’uko mu mikino ibiri y’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi aheruka gukina yatsinzwe na Super Eagles ya Nigeria igitego 1-0, ariko na yo agatsinda Zimbabwe igitego 1-0. […]

Urugo rwa Azarias Ruberwa rwatewe n’abasirikare barenga 150

20250918 105035

Abasirikare babarirwa mu 150 baravugwaho gutera urugo rwa Azias Ruberwa wigeze kuba Visi Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ndetse na Minisitiri ushinzwe kwegereza ubuyobozi abaturage muri iki gihugu. Ni amakuru yemejwe n’umuryango wa Ruberwa, mu itangazo waraye usohoye. Uyu muryango wavuze ko “muri iyo Operasiyo, abarinzi icyenda bashinzwe umutekano we ndetse n’uw’urugo rwe […]

U Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano mashya mu bya gisirikare 

20250918 90840

U Rwanda n’u Bushinwa ku wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri, byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu bijyanye n’igisirikare. Aya masezerano yasinyiwe i Beijing mu Bushinwa, ahabereye inama yahuje Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda na mugenzi we w’Ingabo z’u Bushinwa Admiral Dong JUN. Minisitiri Marizamunda mu Bushinwa yahitabiriye ihuriro rya 12 rya Beijing Xiangshan Forum. Ubuyobozi […]

Rutsiro: Abaturage biruhukije nyuma yo kwegerezwa ibitaro

IMG 20250917

Abaturage bo mu murenge wa Boneza w’akarere ka Rutsiro, bagaragaje ibyishimo nyuma yo kwegerezwa ibitaro bivura indwara zitandukanye bitezeho kubaruhura urugendo rurerure bakoraga bajya kwivuza. Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri ni bwo ibi bitaro byiswe Kivu Hills Medical Center byatashywe, bikaba byarubatswe na Arise Rwanda Ministries. Abaturage baganiriye na BWIZA bayibwiye ko […]

Hashyizweho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi

urugomero rwa rusumo rwaruzuye amashanyarazi yarwo yatangiye gukoreshwa 7e42a 0dda9

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nzeri rwashyizeho ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari byarashyizweho mu myaka itanu ishize. Uru rwego mu itangazo rwasohoye rwasobanuye ko vugurura biriya biciro biri mu rwego rwo kujyanisha ikiguzi cy’amashanyarazi n’ibiyagendaho, ndetse no guhaza isoko ry’abakenera amashanyarazi rikomeje kwiyongera. RURA kandi yavuze ko biriya biciro […]

Minisitiri Prevot w’u Bubiligi nta cyizere afite ku kuba azasiga azahuye umubano naza mu Rwanda

ZDM0NDRmYTEyNjI2NWNlODgyOTQvZGlvLzI1NTE3MDc4Mi9maXQtd2lkdGgvMTIwMA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prevot, yatangaje ko nta cyizere afite cy’uko naza mu Rwanda azasiga azahuye umubano umaze igihe waraciwe hagati yarwo n’igihugu cye. Muri Werurwe uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwaciye umubano ushingiye kuri dipolomasi rwari rufitanye n’u Bubiligi runirukana abadipolomate babwo, nyuma yo gushinja iki gihugu kwifatanya na Repubulika Iharanira […]