M23 yigaruriye Umujyi muto wa Buhimba

2025 03 25T111342Z 1931622189 RC2C2DASRGHA RTRMADP 3 CONGO SECURITY NEGOTIATIONS 1742911851

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 23 Ugushyingo 2025, wigaruriye Umujyi muto wa Buhimba wo muri Groupement ya Waloa Yungu ho muri Teritwari ya Walikale mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Actualite.CD igaragaza Buhimba nk’amatware akomeye ya nyuma ingabo za Leta ya […]

Touadéra yanagiriye na Perezida Kagame ku bufasha RDF ikomeje guha igihugu cye 

20251124 070928

Perezida Paul Kagame yakiriye anagirana ibiganiro na Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Touadéra ari i Kigali kuva ku Cyumweru tariki ya 23 Ugushyingo, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri ari kugirira mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu mu gicuku cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Ugushyingo, byatangaje […]

Perezida Touadéra ari mu Rwanda

20251123 183305

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique, ari mu Rwanda aho kuri iki cyumweru tariki ya 23 Ugushyingo yatangiye uruzinduko rw’akazi. Ni uruzinduko azamaramo iminsi ibiri nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yabitangaje, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X. Perezida Touadéra ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali yakiriwe n’abayobozi barangajwe imbere […]

Igihugu cya Afurika cyabaye icya mbere ku Isi cyohererejwe n’u Burusiya za Sukhoi-57 

su 57 updates dubai airshow

U Burusiya bwoherereje Algérie indege ebyiri z’intambara zo mu bwoko bwa Sukhoi-57, iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika kiba icya mbere cyakiriye ziriya ndege zo mu kiragano cya gatanu. U Burusiya bwemeje ko bwahaye Algérie ziriya ndege muri iki cyumweru, mu imurikagurisha ry’indege ryabereye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu. Umuyobozi w’u Burusiya […]

Musanze FC yisasiye APR FC

20251122 170223

Ikipe ya APR FC yatsinzwe na Musanze FC ibitego 3-2, mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere wabaye kuri uyu wa Gatandatu. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye iyo mu majyaruguru, mu mukino w’umunsi wa munani wa Rwanda Premier League wabereye kuri Stade Ubworoherane. Byasabye umunota wa karindwi wenyine ngo Musanze FC y’umutoza Ruremesha Emmanuel […]

FARDC yavuze kuri ba Jenerali benshi bayo bafunzwe

WhatsApp Image 2023 10 19 at 00.52.14 1

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyemeje ko hari abasirikare bacyo benshi bo ku rwego rwa ba Jenerali na ba ofisiye bakuru bafunzwe, nyuma yo gutabwa muri yombi. Umuvugizi wa FARDC, Général-Major Sylvain Ekenge, yabwiye abanyamakuru ko abafunzwe bakurikiranweho ibyaha bikomeye bifite aho bihuriye n’umutekano w’igihugu. Ati: “Ni ukuri, ba Ofisiye Jenerali benshi, […]

M23 yigaruriye umudugu wa mbere wo muri Groupement ya Waloa Yungu

20251107 74654

Umutwe wa M23 ku wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo, wigaruriye umudugudu wa mbere wo muri Groupement ya Waloa Yungu wo muri Teritwari ya Walikale, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. M23 yigaruriye Kaliki nyuma y’imirwano ikaze yasakiranyije ingabo zayo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo. Amakuru avuga ko abasirikare ba M23 baturutse i Kibati muri […]

Tshisekedi yashimiye Emir wa Qatar ku bwo guhuriza RDC mu biganiro na M23

20251122 090924

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani ku kuba yarahurije mu biganiro Leta y’igihugu cye n’umutwe wa AFC/M23. Ku wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo ni bwo Emir wa Qatar yasuye RDC, mu ruzinduko rwasize Kinshasa na Doha basinyanye amasezerano atandatu […]

Museveni yatanze icyifuzo cy’uko EAC yagira Igisirikare kimwe 

Fxo QhWwAAnRO7

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yatanze icyifuzo cy’uko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) wagira Igisirikare kimwe, mu rwego rwo gushimangira ubufatanye bwa gisirikare mu bihugu biwugize. Perezida Museveni mu kiganiro yahaye itangazamakuru ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo, yavuze ko mu gihe EAC yaba igize igisirikare kimwe byafasha gushimangira no guteza imbere ubushobozi […]

Perezida Kagame yohererejwe ubutumwa na Gen. Doumbouya 

20251121 192009

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo, yakiriye anagirana ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinée-Conakry, Morissanda Kouyaté. Minisitiri Kouyaté anasanzwe afite mu nshingano kwihuza kwa Afurika ndetse n’abaturage ba Guinée baba hanze yayo. Perezidansi y’u Rwanda yatangaje ko ubwo yahuraga na Perezida Paul Kagame yamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we wa […]

Nyuma ya Mikenke, Sukhoi-25 ya FARDC yanarashe muri Masisi

1634626404 2cb8cf19dd0cc28ee724f744efd4e7cb width700height466

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo, Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye ibitero mu gace ka Mahanga ho muri Teritwari ya Masisi zikoresheje indege y’intambara. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 yarashe muri kariya gace, nyuma y’uko mu masaha yo ku manywa yari harashe inshuro ebyiri mu […]

Emir wa Qatar kwa Tshisekedi nyuma yo kuva mu Rwanda

20251121 143349

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Than, yageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nyuma yo gusoza uruzinduko yagiriraga mu Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo ni bwo Emir wa Qatar yari yageze mu Rwanda, aho yakiriwe akanagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame. Umukuru w’Igihugu abinyujije […]

Sukhoi-25 ya FARDC yarashe mu Mikenke

20251121 144339

Ku manywa yo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ugushyingo, indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi-25 y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yarashe mu duce twa Mikenke na Rwisankuku duherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Mu ma saa sita n’iminota 45 ni bwo iyo ndege yarashe muri turiya duce twombi. Amakuru […]

Emir wa Qatar yashimye umuhate wa Perezida Kagame mu guharanira amahoro mu karere

20251121 111628

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani, yashimiye Perezida Paul Kagame kubera imbaraga akoresha mu gushyigikira ibikorwa bigamije kugarura amahoro mu karere. Emir wa Qatar ari mu Rwanda kuva ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ari kuhagirira. Uyu muyobozi mu butumwa yanditse ku rubuga rwe […]

Kigali: Abanya-Sudani y’Epfo bagaragaye bahondagura umumotari bafunzwe

Screenshot 20251121

Polisi y’Igihugu yatangaje ko yafashe ikanafunga abasore b’abanya-Sudani y’Epfo bagaragaye mu mashusho bakubitira umumotari mu mujyi wa Kigali. Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umumotari wahohotewe akururwa kandi akubitirwa imbere y’abantu benshi, mu gihe bagenzi be n’abaturage bari hafi bageragezaga gutabara, bigatuma haba ubushyamirane. Amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko byabereye ku Gisozi […]

Ibyavuye mu nama ya kane ya JCSM ihuriwemo n’u Rwanda na RDC

Untitled design 1

Itsinda ry’intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’iz’u Rwanda, ku wa Gatatu tariki ya 19 Ugushyingo no ku wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025, ryahuriye mu nama ya kane y’urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ingingo z’umutekano ziri mu masezerano ya Washington, ruzwi nka JSCM. Ni inama yabereye i Washington DC muri Leta Zunze […]

AFC/M23 na Kinshasa byiyemeje kwambura intwaro Wazalendo

wazalendo soldiers 768x512 2

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko mu byo uri kuganiraho na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse baniyemeje, harimo uko imitwe yose ikorera mu burasirazuba bwa RDC irimo n’iya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Leta yasenywa ikanamburwa intwaro. AFC/M23 yemeje aya makuru biciye mu munyamabanga uhuraho wayo, Benjamin Mbonimpa, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku […]

Perezida Kagame yagabiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar inka (Amafoto)

20251120 204518

Perezida Paul Kagame yatembereje mu rwuri rwe Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, amugabira inka z’Inyambo. Emir wa Qatar ari mu Rwanda, mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri yatangiye kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo 2025. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Paul Kagame yamugabiye inka, “nk’ikimenyetso gikomoka ku muco […]

Minisitiri Prévot w’u Bubiligi yunamiye Abatutsi bishwe muri Jenoside 

20251120 194226

Minisitiri w’Intebe wungirije akanaba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku gisozi, yunamira Abatutsi barushyinguwemo. Umukuru wa dipolomasi y’u Bubiligi ari mu Rwanda, aho yitabiriye inama ya ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu byo mu muryango Mpuzamahanga w’ibikoresha […]

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yagendereye u Rwanda 

20251120 150754

Umuyobozi w’Ikirenga w’ubwami bwa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani, ari mu Rwanda aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi azamaramo iminsi ibiri. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Ugushyingo ni bwo Emir wa Qatar yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, aho yakiriwe na Perezida Paul Kagame n’abandi bayobozi […]

Iperereza ry’u Bubiligi ku muryango wa Tshisekedi ryafashe indi ntera 

felix et denise c2f02

Ubushinjacyaha bukuru bw’u Bubiligi nyuma yo kwakira ikirego umuryango wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC uregwamo gusahura amabuye y’agaciro yo mu birombe byo mu ntara ya Katanga, bwasabye kwemererwa gusuzuma urujya n’uruza rw’amafaranga rwakorewe kuri konti za banki z’umugore wa Tshisekedi, abana be ndetse n’abavandimwe be. Ni icyemezo Africa Intelligence yagaragaje nk’intambwe ikomeye muri […]

Abarundi bo mu kibaya cya Ruzizi baratabaza M23

m23 48 afb87 72618

Umuryango w’abanye-Congo bakomoka mu Burundi muri iki gihe batuye mu kibaya cya Ruzizi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, basabye AFC/M23 kujya kubatabara kugira ngo na bo babone amahoro nk’uko bimeze ku baturage bo mu duce yamaze kubohora. Aba baturage binubira ko bamaze igihe bakorerwa ubwicanyi, ihohoterwa n’akarengane gakabije Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo […]

CAF yahembye umukinnyi w’Umunyafurika mwiza kurusha abandi muri 2025

20251120 63837

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yahembye umunya-Maroc Achraf Hakimi nk’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wahize abandi muri uyu mwaka wa 2025. Uyu myugariro w’iburyo usanzwe akinira Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, yegukanye kiriya gihembo ahigitse umunya-Misiriri Mohamed Salaha ndetse n’umunya-Nigeria Victor Osimhen. Achraf Hakimi w’imyaka 27 y’amavuko, nyuma yo kwegukana kiriya gihembo yabaye umunya-Maroc wa mbere […]

Icyo RGB ivuga ku mabwiriza yafashwe nk’agamije kunaniza amadini yashyizeho

IMG 20251119 WA0002

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB) rwagaragaje ko amabwiriza agenga amadini rumaze igihe rwarashyizeho atagamije kuyananiza, ko ahubwo yashyizweho mu rwego rwo gusubiza ibibazo byagiye bigaragara mu miryango ishingiye ku myemerere. Ku wa 7 Werurwe uyu mwaka ni bwo mu igazeti ya Leta hasohotse amabwiriza y’inyongera agenga amadini n’amatorero mu Rwanda, arimo ingingo isaba abashaka gushinga […]

Minisitiri Nduhungirehe yahoberaniye na Maxime Prévot w’u Bubiligi i Kigali

Screen Shot 2025 11 19 at 16.17.08

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaye ahoberana na mugenzi we w’u Bubiligi, Maxime Prévot uri mu Rwanda. Abakuru ba dipolomasi z’ibihugu byombi bahuriye i Kigali, aho bari bitabiriye inama ya ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga w’ibikoresha ururimi rw’Igifaransa yahabereye ku wa Gatatu tariki ya 18 Ugushyingo 2025. Amashusho yafashwe […]

Abarundi batuye mu kibaya cya Ruzizi batakambiye Tshisekedi, bamusaaba kwirukana FDNB na FDLR

images 10 1

Abagize Umuryango w’Abarundi baba mu kibaya cya Ruzizi ho muri Teritwari ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bandikiye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, bamusaba gutabara abaturage bo muri ako gace bamaze imyaka myinshi bakorerwa ubwicanyi, ihohoterwa n’akarengane gakabije. Umuyobozi w’ishyirahamwe rya bariya baturage, Raymond SHERIA MULIRO, mu ibaruwa yandikiye Tshisekedi […]

RFI yarezwe muri ARCOM izira ikiganiro yagiranye na FDLR

GridArt 20251119 63339307

Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa n’inshuti z’u Rwanda (CRF), wandikiye Urwego Rugenzura Ibitangazamakuru bikoresha Amashusho n’Amajwi (ARCOM) urumenyesha ko utishimiye ikiganiro Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) iheruka kugirana n’umutwe wa FDLR wiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ku wa 10 Ugushyingo ni bwo RFI yagiranye ikiganiro n’Umuvugizi wa FDLR-FOCA, Lt Col Octavien Mutimura, […]

AFC/M23 n’ingabo za Leta ya Kinshasa barwaniye bikomeye muri Nyabashwa, Kasheke na Bituna

post 1697302379

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Ugushyingo imirwano ikomeye yasakiranyije inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu midugudu itandukanye ya Teritwari ya Masisi iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni imirwano yabereye mu midugudu irimo Nyabashwa, Kasheke na Bituna. Amakuru avuga ko abarwanyi ba […]

Ba Jenerali ba FARDC muri misiyo y’ibanga muri Israel 

20250106 195347

Itsinda ry’abasirikare bakuru bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mpera z’ukwezi gushize ryagiriye uruzinduko rwa rwihishwa i Tel Aviv muri Israel rwari rugamije kugura intwaro n’ibikoresho bya gisirikare. Ni uruzinduko intumwa za RDC zari zigiye kuganiramo n’abahagarariye Sosiyete icuruza ibikoresho bya gisirikare yo muri Israel ya Elbit Systems. Amakuru avuga […]

Umutoza wa Nigeria aravuga ko Congo yabatsindishije amarozi

1fccc346 2bf8 41a5 8357 d1a7cff797bb

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ya Nigeria, Eric Chelle, yashinje Les Léopards ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubasezerera ibifashijwemo amarozi. Ku Cyumweru tariki ya 16 Ugushyingo ni bwo Congo Kinshasa yageze mu mikino ya kamarampaka ihuza imigabane mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026, nyuma yo gusezerera Super Eagles ya Nigeria bari baguye miswi igitego 1-1 […]

Uganda yashyikirije RDC abasirikare bayo bari barayihungiyemo ubwo M23 yafataga Goma

2h6a1241 1

Ku wa Mbere tariki ya 17 Ugushyingo Uganda yashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abasirikare bayo, nyuma y’amezi abarirwa mu icumi bahunze inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 barwanaga. RDC yakiriye aba basirikare ku mupaka wa Kasindi-Lubiriha wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru uyihuza na Uganda. Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo bariya basirikare bari […]

Samia Suluhu yashyize umukobwa we n’umukwe we muri Guverinoma nshya

1c08fc90 c3c5 11f0 8456 eff94716b162.jpg

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania kuri uyu wa Mbere yashyizeho Guverinoma nshya, irimo umukobwa we ndetse n’umukwe we. Muri iyi guverinoma, Wanu Hafidh umukobwa wa Samia Suluhu yagizwe Minisitiri wungirije w’uburezi, na ho umugabo we Mohamed Mchegerwa agirwa minisitiri w’Ubuzima. Mchegerwa yari asanzwe ari Minisitiri mu biro bya perezida. Samia kandi yashyizeho minisiteri itari […]

Perezida Ndayishimiye aherutse kurusimbuka, abarinzi be 3 bakomereka bikomeye

G1t58duXoAALYtP

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi biravugwa ko mu cyumweru gishize yari ahitanwe n’iturika ryabereye aho yari ari, ariko Imana ikinga akaboko. Byabaye ku wa Gatanu tariki ya 11 Ugushyingo, ubwo Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yari muri Komine Mugina, mu ntara nshya ya Bujumbura. Aha yari yagiye mu gikorwa cyo kumurikira abaturage b’iriya Komine umuyobozi wayo, […]

U Rwanda rwatesheje agaciro imyanzuro y’inama ya CIRGL yabereye kwa Tshisekedi 

IMG 1881

Leta y’u Rwanda yatesheje agaciro imyanzuro y’Inama Mpuzamakungu y’Ibihugu byo mu karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL) iheruka kubera i Kinshasa, igaragaza ko ntacyo ivuze ku makimbirane akomeje kubera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo iriya nama yabaye, yitabirwa n’abakuru b’ibihugu barimo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, João […]

U Burundi buravuga ko bukwiye kwicara ku meza y’ibiganiro by’u Rwanda na RDC

bee16450 c0e9 11ef a157 7b0fd7eb7558.jpg

Guverinoma y’u Burundi iravuga ko ikwiye kwinjizwa mu biganiro by’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo izibe icyuho amasezerano y’amahoro ibihugu byombi byasinyanyiye i Washington yasize. Gitega yemeje ko yifuza kwinjira muri ibi biganiro biciye muri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Bizimana Édouard, mu kuganiro aheruka kugirana na Deutsche Welle. Ku wa 27 […]

AFC/M23 yakuriye inzira ku murima Tshisekedi wategetse ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa bwangu

aer 2 0699f

Umutwe wa AFC/M23 wamenyesheje Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ko nta bubasha afite bwo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma, kuko kiri mu gace kamaze kubohorwa. AFC/M23 yasubizaga Tshisekedi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize wategetse ko kiriya kibuga cy’indege gifungurwa bwangu. Icyo gihe ubwo Perezida wa RDC yari ayoboye inama […]

Ingingo 8 AFC/M23 na RDC bazaganiraho nyuma yo gusinyana amahame shingiro agana ku mahoro

20251115 172653

Umutwe wa AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu byasinyanye amahame shingiro azafasha impande zombi kugera ku mahoro arambye. Ni amahame yashyizweho umukono nyuma y’ibiganiro byari bimaze igihe bihuza impande zombi. Mu mezi umunani ashize ni bwo impande zombi zahurijwe mu biganiro n’ubwami bwa Qatar, mu rwego rwo gushyira […]

Uganda U17 yongeye kwandika amateka mu Gikombe cy’Isi

IMG 8327

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze muri ⅛ cy’Igikombe cy’Isi cy’abatatengeje iyo myaka, nyuma yo gusezerera Sénégal iyitsinze igitego 1-0. Ishoti riremereye Abubakali Walusimbi usanzwe akinira Vipers yarekuye ku munota wa 34 w’umukino ni ryo ryafashije ingimbi za Uganda kwandika amateka muri ririya rushanwa rikomeje kubera muri Qatar. Iyi kipe y’umutoza Brian Ssenyondo […]

AFC/M23 na RDC basinyanye amahame shingiro azabifasha kugera ku mahoro arambye 

20251115 134926

Umutwe wa AFC/M23 na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo 2025 bashyize umukono mahame shingiro afasha impande zombi kugera ku mahoro arambye. Umuhango wo gushyira umukono kuri aya mahame shingiro witabiriwe n’Umunyamabanga wa Qatar ushinzwe ububanyi n’amahanga, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi, n’umujyanama wa […]

Ndayishimiye ari kwa Tshisekedi 

neva na ndayi 860x783 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo 2025 yerekeje i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi we, Rosine Gatoni, yatangaje ko yitabiriye inama ya cyenda isanzwe y’I Mpuzamahanga y’Akarere k’Ibiyaga Bigari (ICGLR) iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu. Byitezwe kandi ko iruhande rw’iyi nama Ndayishimiye ahura na mugenzi […]

Uko waca ukubiri no kugira impumuro mbi mu gitsina

8 Midsection Of Woman Hands Over Vagina While Standing Against White Background 1

Ikibazo cyo kugira impumuro mbi mu gitsina ku bagore gikunze kugaragara ku batari bake, ndetse kinatera ipfunwe. Icyakora hari ibintu binyuranye wakora kugira ngo urwanye iyo mpumuro, nko kunywa amazi, gukoresha ‘bicarbonate’, ‘apple cider vinegar’ n’ubundi buryo bunyuranye. Nubwo hari uburyo bunyuranye wakoresha mu kwivura iyo mpumuro mbi mu gihe uyifite, hari n’ibindi byinshi wakora […]

Tshisekedi yategetse ko ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwa bwangu

aer 2 0699f

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yategetse ba Minisitiri barimo uw’Umutekano w’Imbere mu gihugu, uw’Ubwikorezi n’uw’Ingabo gukorana bya hafi, kugira ngo harebwe uko hashyirwaho uburyo bwose bw’umutekano n’ibikoresho bikenewe kugira ngo ikibuga cy’indege cya Goma cyongere gufungurwa. Tshisekedi yasabye ko kiriya kibuga cyongera gufungurwa kugira ngo cyifashishwe mu bikorwa by’ubutabazi, ku […]

Drone zarashe mu Mikenke mbere y’ibitero simusiga bya FDNB, FARDC na FDLR

20251028 164800

Mu gicuku cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 15 Ugushyingo, drone za gisirikare zarashe mu gace ka Mikenke ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mbere y’ibitero simusiga ingabo zirimo iz’u Burundi, FARDC na FDLR bitegura kuhagaba. Me Moïse Nyarugabo wigeze kuba Minisitiri w’Ubukungu wa RDC ndetse n’umusenateri muri iki gihugu, mu mpuruza yatanze yamagana […]

Perezida Samia Suluhu yababariye urubyiruko rwashoboraga gukatirwa urwo gupfa

20251114 165029

Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, yasabye inzego z’ubutabera gukuraho ibirego ku magana y’urubyiruko rwashinjwaga kugambanira igihugu, nyuma yo kugendera mu kigare bakitabira imyigaragambyo irimo imvururu iheruka kuba muri kiriya gihugu. Samia yatangiye iyo dohora mu ijambo rya mbere yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yasize atorewe kongera kuyobora Tanzania ku […]

M23 yeretse abaturage imwe muri CH-4 za FARDC iheruka guhanura (Amafoto)

20251114 151822

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu yeretse abaturage bo mu gace ka Nzibira muri Teritwari ya Walungu imwe muri drone z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4 ingabo zawo ziheruka guhanura. Muri iki cyumweru ni bwo izo drone uko ari ebyiri zahanuwe. Imwe yahanuriwe muri Teritwari ya Masisi aho ku wa Kabiri tariki ya 11 […]

Minisitiri Kayikwamba yigaramye ubufasha bwa FARDC kuri FDLR

20251114 110848

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba, yahakanye ko nta bufasha igihugu cye giha umutwe w’iterabwoba wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Kayikwamba yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya Al Jazeera. Ni nyuma y’uko muri Kamena uyu mwaka RDC yasinyanye n’u Rwanda amasezerano y’amahoro, nyuma y’ibiganiro ibihugu byombi byahurijwemo […]

RDC yakandagije ino ry’ikirenge mu Gikombe cy’Isi

a28a48eb 2a38 4f9c 923c 291a76445aa8

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Les Léopards, yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka yo gushaka Igikombe cy’Isi, nyuma yo gusezerera Caméroun iyitsinze igitego 1-0. Igitego cyo mu minota ya nyuma y’umukino cya myugariro Chancel Mbemba cyari gihagije ngo RDC isezerere kiriya gihugu gifite umuhigo wo kwitabira Igikombe cy’Isi kurusha ibindi […]

U Rwanda rwakiriye abandi barwanyi baturutse muri FDLR

20251113 185043

U Rwanda kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, rwakiriye abandi baturage barwo 17 baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo batanu bari basanzwe ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR. Aba bantu barimo abana icyenda binjiye mu Rwanda banyuze ku mupaka munini uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu karere ka […]

Musonera wabuze gato ngo abe umudepite ku itike ya RPF yakatiwe gufungwa imyaka 20

203c32a0 6c0f 11ef 9262 03c3149ddcc4.jpg

Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba ruherereye mu karere ka Muhanga, kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo rwakatiye Musonera Germain gufungwa imyaka 20, nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside. Mu mwaka ushize ubwo habaga amatora y’abadepite Musonera ari mu badepite umuryango RPF-Inkotanyi wari wahaye amahirwe yo kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko, gusa habura amasaha mbarwa […]

Byinshi ku biganiro Maj. Gen Kagame yagiranye n’Inkeragutabara zo mu majyaruguru

csm 1 f84668400b

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Maj Gen Alex Kagame, ari kumwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, kuri uyu wa Gatatu bagiranye ibiganiro n’inkeragutabara zo mu turere twose tw’iyi Ntara, babashimira uruhare rwabo mu iterambere no kubungabunga umutekano w’igihugu.  Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Musanze. Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko Maj. Gen. Alex Kagame yaganiriye n’inkeragutabara yumva […]

Amerika yasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza Tshisekedi na Perezida Kagame

jad20241213 ass rdc kagame tshisekedi luanda 1

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasubitse ku munota wa nyuma inama yagombaga guhuza ba Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakuru b’ibihugu byombi bagombaga guhurira i Washington ejo ku wa Kane tariki ya 13 Ugushyingo, mu nama yagombaga gusiga Kigali na Kinshasa bisinyanye amasezerano yerekeye guhuza […]

FDNB yasobanuye impamvu imaze igihe yarafungiye amayira abatuye mu Minembwe

e3ad6150 bf8d 11f0 8669 5560f5c90fbe.jpg

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko ingabo zacyo ziri mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zafunze inzira ziva mu Minembwe, mu rwego rwo gukumira ibitero bishobora kugabwa ku mujyi wa Uvira no ku mupaka w’u Burundi. FDNB yatangaje ibi nyuma y’uko mu cyumweru gishize abatuye mu Minembwe bakoze imyigaragambyo ikomeye […]

Intumwa za RDF ziyobowe na Maj. Gen Nyakarundi ziri muri Maroc

20251112 072116

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, ziri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Maroc. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka yakiriwe n’Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’Ubwami bwa Maroc, Lt Gen Mohammed Berrid, ku cyicaro gikuru giherereye i Rabat. Minisiteri […]

Uganda U 17 yisasiye u Bufaransa, yandika amateka

2246166114 1 scaled 1

Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’abatarengeje imyaka 17 yageze bwa mbere muri ¹/¹⁶ cy’Igikombe cy’Isi gikomeje kubera muri Qatar, nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0. Ni mu mukino wabereye ku kibuga kizwi nka Aspire Zone Pitch 4, mu mujyi wa Al Rayyan muri Qatar. Igitego cyo ku munota wa 18 w’umukino cya James Bogere cyari […]

M23 yahanuye drone y’intambara ya FARDC

20251111 194103

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo umutwe wa M23 wahanuye drone y’intambara ya FARDC yo mu bwoko bwa CH-4. FARDC imaze ibyumweru byinshi yifashisha izi drone yaguze mu gihugu cy’u Bushinwa mu kugaba ibitero ku birindiro bya […]

Colonel wa FARDC yashinje u Rwanda kumutuma guhirika Tshisekedi ku butegetsi

20251111 190537

Colonel Mesmin Kakule wahoze akorera urwego rushinzwe ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeye ko ari umwe mu bacuze umugambi wo guhirika ku butegetsi Perezida Félix Antoine Tshisekedi, ashinjwa u Rwanda kuba ari rwo rwamukoresheje we na bagenzi be. Uyu Ofisiye ari mu basirikare bakomeye muri RDC babarirwa muri 40 bamaze igihe […]

Perezida Kagame ari kwa Gen. Doumbouya

20251111 160545

Perezida Paul Kagame ari i Conakry muri Guinée, mu ruzinduko ari kugirira muri iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo, Umukuru w’Igihugu yifatanyije na mugenzi we wa Guinée-Conakry, Gen. Mamadi Doumbouya, mu gikorwa cyo gutangiza umushinga w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro wa Simandou Iron Ore Project. Ni umushinga witezweho […]

FARDC yashinje M23 kuyikazaho ibitero

ekengee1 98245

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), zashinje umutwe wa M23 gukaza ibitero ku birindiro byazo biri mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe buri ruhande rushinja urundi kuba nyirabayazana yo kwica agahenge zumvikanye. Umuvugizi wa FARDC, Gen. Maj. Sylvain Ekenge mu itangazo aheruka gusohora, yamaganye ibyo yise kwica mu buryo bukomeye ibyemeranyijwe mu biganiro […]

Iby’ingenzi kuri Thomas Ritchie, umwera wa mbere winjiye muri RDF

GGnQPiHXsAEUHjk

Mu myaka 15 ishize, Umunyamerika Thomas Ritchie, yinjiye mu ngabo z’u Rwanda aba umwera wa mbere wari ushoboye kwambara umwambaro wazo. Uyu Ofisiye Mukuru kuri ubu ari muri mbarwa b’uruhu rwera babarizwa mu ngabo z’u Rwanda, yazinjiyemo nyuma yo gusoza amahugurwa ya gisirikare. Ku wa 19 Ugushyingo 2012, ni bwo Ritchie yinjiye muri RDF nka […]