AFC/M23 yungutse abakomando basaga 9000 biteguye guhirika ubutegetsi bwa Kinshasa

Captureu

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutefetsi bwa Kinshasa ryatangaje ko muri iki cyumweru dusoza abandi bakomando hafi 10,000 basoje imyitozo ikaze bamazemo amezi, biyongera ku bandi basaga 7000 batorejwe mu kigo cya Rumangabo bamuritswe mu kwezi gushize. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije kuri X, mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru yavuze ko ” Umuhango wo gusoza […]

Gasabo: Yasambanyaga umwana w’imyaka 9 w’aho yakoraga akanafata amashusho

csm Gasabo 122321pdf 545dd2d8f3 f130dad671

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwakiriye dosiye iregwamo umusore w’imyaka 37 y’amavuko wakoraga akazi ko mu rugo ukurikiranweho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 9 w’aho yakoraga. Uwo musore yafashwe ku itariki ya 17/09/2025, mu Mudugudu wa Akamamana, Akagali ka karuruma, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, afatirwa mu rugo yakoragamo. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi […]

Burundi: Abakozi 2 b’Iposita bafashwe bashinjwa kunyereza hafi 500,000 Fbu undi aracika

Le bureau postal de Muramvya en province de Gitega 3800x2138 c

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amaposita mu Burundi (RNP) batawe muri yombi bafungirwa i Muramvya, mu Ntara ya Gitega (mu Burundi rwagati), mu gihe uwa gatatu yahunze, bakaba bashinjwa kunyereza hafi miliyoni 500 y’Amarundi. Nk’uko ubuhamya buturuka aho buvuga, Fulgence Manirambona, Umuyobozi w’ishami rya RNP i Muramvya, yatawe muri yombi ku itariki ya 26 Nzeri […]

Mogadishu: Al shabab yagabye igitero gikaze kuri gereza y’urwego rw’iperereza

676c4efb483a6

Kuri uyu wa Gatandatu, abategetsi ba Somalia bavuze ko abarwanyi ba Al Shabab bagabye igitero ku ri gereza irinzwe cyane yo munsi y’ubutaka y’urwego rw’ubutasi mu murwa mukuru, Mogadishu, bituma habaho guhangana gukomeye. Igitero cyibasiye ikigo cya Godka Jilacow, gikoreshwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza n’umutekano muri Somalia, giherereye hafi y’ingoro ya Perezida gifungiwemo abarwanyi ba […]

Luxemburg: Grand Duc Guillaume yagiye ku butegetsi nyuma yo kwegura kwa se

WhatsApp Image 2025 10 03 at 11.20.41

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 3 Ukwakira 2025, Luxembourg yimitse umukuru w’igihugu mushya, nyuma y’uko Grand Duc Henri yeguye ku ngoma akayisigira umuhungu we Guillaume. Grand Duc Henri w’imyaka 70, yari amaze imyaka 25 ku ngoma muri iki gihugu gito cyo mu Burayi, gituwe n’abaturage bagera kuri 680.000, mu birori byabereye mu ngoro izwi nka […]

Singapore: Abapolisi 2 b’u Rwanda basoje amahugurwa abagira ba Ofisiye

647d1547 bda4 4213 a3c7 9a1408a39277

Abapolisi b’u Rwanda babiri; Assistant Inspector of Police (AIP) Esther Mukakalisa na AIP Ange Natete, ku wa Kane tariki ya 2 Ukwakira, basoje amasomo mu Ishuri ry’amahugurwa y’ibanze ya ba Ofisiye mu gihugu cya Singapore. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa y’icyiciro cya 24 yari amaze amezi icyenda (9), wayobowe n’Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi ya […]

RDC: Hafi miliyari y’amadolari amaze gukoreshwa mu bikorwa bya gisirikare mu gihembwe cya 1 cya 2025

FARDC en operation

Amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bya gisirikare muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo biravugwa ko akabakaba miliyari imwe y’amadolari mu mezi atandatu ya mbere ya 2025 nk’uko byatangajwe n’urubuga finances-entreprises.com rwo muri Congo. Raporo yo gukurikirana ingengo y’imari y’ubuyobozi bushinzwe politiki y’itegurwa ry’ingengo y’imari bwa Minisiteri y’ingengo y’imari igereranya ko amafaranga yakoreshejwe mu kurinda igihugu mu […]

Goma: Hafashwe abacuruzi ba Mobile Money bakata umuntu 5-7% buri uko abikuje

Capture5

Bamwe mu bacuruzi ba mobile money mu Mujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru batawe muri yombi kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Ukwakira 2025, bazira ko gusigarana 5% cyangwa arenga kuri buri kubikuza amafaranga. Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Goma, DĂ©sirĂ© Ngabo Kisuba, arahamagarira abaturage kuba maso no gutanga raporo ku byaha nk’ibi. Ati: “Abadashaka […]

Ethiopia: Abantu 36 bapfiriye mu mpanuka yabereye ku kiliziya kiri kubakwa

SDEVYT5MRRI6XPWZ3ULN7IBMDQ

Byibuze abantu 36 bishwe abandi barenga 200 barakomereka mu iserukiramuco ry’idini ryaberega muri Ethiopia rwagati, ubwo ibiti abubatsi bakoresha bubaka mu kiliziya kimaze kubakwa igice byabagwiraga nk’uko byatangajwe n’abapolisi n’abarokotse. Umuyobozi w’igipolisi cyaho, Ahmed Gebeyehu, yabwiye ibiro ntaramakuru by’igihugu Fana Broadcasting ibyo bikoresho bikoze mu biti bagenderaho bubaka bizwi mu Cyongereza nka scaffolding byasenyutse ku […]

Umusekirite Karuhanga Moses yishe mugenzi we amurashe

56f242cc77603

Polisi mu Karere ka Kiboga mu gihugu cya Uganda iri gukora iperereza ku bwicanyi bwabaye nyuma y’uko umusekirite yishwe arashwe na mugenzi we mu rukerera rwo ku wa Kane. Uyu nyakwigendera ni Engoromoit Moses w’imyaka 39, umusekirite wakoreraga ikigo Ultimate Security, wari ku kazi kuri Brac Bank ahitwa Bamusuuta, mu Mujyi wa Kiboga. Nk’uko byagaragajwe […]

Abantu 15 bishwe bunyamanswa mu gitero cya CODECO muri Bahema-Nord

VPPRC2MIRBDT7HOWOYRRFJKXQM

Abantu 15 bishwe bunyamanswa mu gitero gishya cyagabwe n’abantu bitwaje intwaro byagaragaye ko ari abo mu mutwe wa CoopĂ©rative pour le DĂ©veloppement du Congo (CODECO) mu mudugudu wa Maze, uherereye muri Sheferi ya Bahema-Nord, muri Teritwari ya Djugu, Intara ya Ituri mu burasirazuba bwa Congo. Mu kiganiro kuri terefone na 7SUR7.CD, Pilo Mulindro, Umuyobozi wa […]

Vatican: Abarinzi ba Papa bahawe impuzankano nshya

G2RQ oaXkAAN sH

Kuri uyu wa Kane, itariki 2 Ukwakira 2025, hamuritswe impuzankano nshya y’abashinzwe kurinda Vatican n’Umushumba wa Kiliziya Gatorika uzwi nka Papa isa n’ubururu bwijimye. Vatican ibinyujije kuri X yatangaje ko impuzankano zimenyerewe z’ubururu, umutuku, n’umuhondo na zo zizagumaho kandi zizakomeza kudorwa n’intoki n’umudozi na we w’Umurinzi w’Umusuwisi nk’abandi barinda Papa.   Ibi bitandukanye n’ibyo benshi […]

U Burusiya na Ukraine byaguranye imbohe z’intambara

000 376Q3CQ

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 2 Ukwakira, Moscou yatangaje ko u Burusiya na Ukraine byaguranye imfungwa z’intambara 185 ku mpande zombi. Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ibinyujije kuri Telegram, yagize iti: “Abasirikare 185 b’u Burusiya bacyuwe baturuka mu butaka bugenzurwa n’ubutegetsi bwa Kyiv. Mu kugurana, imfungwa 185 z’intambara z’Igisirikare cya Ukraine zatanzwe.” Minisiteri yongeyeho ko […]

Ambasaderi Martin Ngoga yandagaje FARDC na MONUSCO mu Muryango w’Abibumbye

88633

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga yandagaje Ingabo za Congo, FARDC ndetse n’iza MONUSCO ku bijyanye n’imikoranire yazo n’Umutwe wa FDLR washinzwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ndetse unagifite imigambi yo kongera kuyikora, agaragaza uburyo Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje gutotezwa basabwa kuva mu gihugu cyabo nyamara Umuryango w’Abibumbye ugakomeza […]

Burundi: Uruhinja rwapfuye ruvuka ruburirwa irengero

Le chef lieu de Ruyigi ©SOS Medias Burundi

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu ijoro ryo ku itariki ya 21 Nzeri, umuryango wabuze umwana wabo wa mbere, wapfuye avuka mu ivuriro ryita ku babyeyi ry’Ibitaro by’Akarere ka Ruyigi mu Ntara ya Buhumuza, mu burasirazuba bw’igihugu. Ariko ibyo byago byafashe indi ntera ibabaje, aho umubiri w’uruhinja wabuze mu buryo bw’amayobera, umuryango ukaba urimo […]

Nyarugenge: Abahagarariye amavuriro yo ku rwego rw’ibanze bakebuwe

G2KWBGqWYAAfBNS

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 01 Ukwakira 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge Wungirije, Madamu Uwamahoro Genevieve yahuye n’abayobozi b’amavuriro yo ku rwego rw’Ibanze (Health Posts) bungurana ibitekerezo by’ukuntu barushaho gukora neza akazi kabo bashyira umuturage ku Isonga.  Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Wungirije yabasabye gushyira Umuturage ku Isonga mu byo bakora […]

New York: Indege 2 zagonganiye ku kibuga

74211154 803

Kuri uyu wa Gatatu ushize, indege ebyiri zagonganye i New York ku kibuga cy’indege cya LaGuardia, hakomereka byibuze umuntu umwe mu byo abayobozi bavuze ko ari “impanuka ku muvuduko muto.” Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe ibyambu bya New York na New Jersey, ngo impanuka hagati y’indege ebyiri za Delta Air Line, zari zitwaye abagenzi n’abakozi 93 […]

Beni: Abasirikare ba FARDC bamaze amezi 8 badahembwa bigaragambije

IMG 20251001 WA0049

Mu Mujyi wa Beni, umurwa mukuru w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri ubu, kuwa Kabiri, itariki 30 Nzeri habaye imyigaragambyo y’Abasirikare ba Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) bavuga ko bamaze amezi 8 badahembwa. Abigaragambyaga bahagaritse gato urujya n’uruza ku muhanda wa Beni-Kasindi, cyane cyane kuri bariyeri ya Paida. Iyi nyigaragambyo yabayemo ibikorwa bimwe na […]

Nyagatare: Abayobozi b’ibanze bakurikiranweho gusaba no kwakira ruswa

NyagatareDist

Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyagatare bwakiriye dosiye iregwamo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali hamwe n’Ushinzwe Umutekano mu Kagari (Cell commander), bakurikiranweho icyaha cyo gusaba no kwakira ruswa ingana n’ibihumbi ijana (100.000frw).  Ibi byabaye nyuma y’aho umuturage w’umuhinzi usanzwe ugura ifumbire n’abaturage akayikoresha mu buhinzi arunze ifumbire hafi y’umuhanda ubuyobozi bw’akagari bukamusaba kuyihavana kuko iteje umwanda. Nyuma […]

Bujumbura: Igipolisi cy’u Burundi kiri guhiga bukware Abanyekongo bahaba

WhatsApp Image 2025 09 29 at 23.37.19

Kuva ku wa Gatanu ushize, Abanyekongo benshi batuye mu duce dutandukanye two mu murwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi barimo guhigwa bukware n’abapolisi b’iki gihugu. Igikorwa giheruka, cyabaye mu gitondo cyo kuwa Mbere ushize mu gace ka Cibitoke, cyateye ubwoba kandi gitera abaturage b’Abanyekongo kumva badatekanye. Bivugwa ko umukwabu wagutse wakozwe n’abapolisi b’u Burundi wateje ubwoba […]

Ingabo z’u Rwanda na Uganda zikorera ku mupaka zahuriye i Kabale

G2HJgu4WoAAU43R

Inama ya gatandatu y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’umuaka hagati y’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’Ingabo  za Uganda (UPDF) kuri uyu wa Kabiri yafunguwe ku mugaragaro mu Mujyi wa Kabale, muri Uganda; kugirango baganire kandi bakemure ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka. Iyi nama kandi yitabiriwe na ba Defence AttachĂ©s muri ambasade z’u Rwanda na Uganda. Mbere y’inama, izo […]

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yahagaritse imirimo

230920143614 what happens government shutdown scaled

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yinjiye ku mugaragaro  mu cyo bita “shutdown” cyangwa guhagarika akazi kubera ko abasenateri b’Ademokarate n’Abarepubulikani bananiwe kumvikana ku bijyanye n’ingengo y’imari. Ubuyobozi bwa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump bwakangishije ko abakozi benshi bahagarikwa ku kazi mu gihe hagaragaye ihagarikwa ry’imirimo. Ihagarikwa ry’imirimo, nk’iryaherukaga mu […]

Benshi batawe muri yombi mu mukwabu wa M23 i Bukavu

bitmap 1200 nocrop 1 1 20250127144847824042 Bukavu

Mu gitondo cyo ku wa Kabiri, itariki 30 Nzeri, abayobozi b’inzego z’Ihuriro AFC / M23 bakoze umukwabu n’isaka mu nzira nyinshi zo mu gace ka Nyalukemba ka komini ya Ibanda i Bukavu (Kivu y’Amajyepfo). Iyi gahunda, yakozwe mu gihe hakomeje kugaragara ihungabana ry’umutekano, yatumye abantu benshi batabwa muri yombi muri kariya gace. Amagana y’abagabo, abagore, […]

France: Ambasaderi wa Afurika y’Epfo yiciwe muri hotel y’i Paris

AVDSKRSMMBHFFHGQCSPX5SCVLE

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Nzeri, Ambasaderi wa Afurika y’Epfo mu Bufaransa, Emmanuel Mthethwa, yasanzwe yapfiriye, “kuri Hotel Hyatt” kuri 17e arrondissement, mu murwa mukuru hafi ya Arc de Triomphe, nk’uko ubushinjacyaha bwa Paris bwabwiye Le Figaro, bwemeza amakuru yatanzwe na Le Parisien. Ibimenyetso bya mbere by’iperereza byerekana ko uyu mugabo w’imyaka 58 […]

RDC: Batangiye kwikanga M23 i Kisangani

WhatsApp Image 2025 03 21 at 08.51.53

Brig. Gen. Jean Daniel Batambombi, Umuyobozi wungirije ushinzwe uburere mboneragihugu no gukunda igihugu mu buyobozi bukuru bwa FARDC, yahamagariye abaturage ba Kisangani, mu Ntara ya Tshopo, kugira uruhare rugaragara mu kurwanya gucengera kw’inyeshyamba za M23 muri uyu mujyi. Uyu muhamagaro watanzwe ku wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri, mu nama yabereye ku Rubuga rw’Abahowe Imana, […]

Madagascar: Perezida yasheshe guverinoma nyuma y’imyigaragambyo y’urubyiruko

2025 09 25T203614Z 1622216385 RC26ZGAQHE26 RTRMADP 3 MADAGASCAR PROTESTS 1758832794

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nzeri, Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, yasheshe guverinoma ye nyuma y’iminsi y’imyigaragambyo yiciwemo abantu Umuryango w’Abibumbye uvuga ko bagera kuri 22.   Mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo, Perezida Rajoelina yagize ati: “Nahisemo guhagarika imirimo ya Minisitiri w’intebe na guverinoma.” Yavuze ko Minisitiri w’intebe Christian Ntsay hamwe n’abandi baminisitiri bazagumaho by’agateganyo […]

RDC: Hateganyijwe isomwa ry’urubanza rwa Kabila

6c7fd02 ftp import images 1 valrsqd4ioad 2025 05 29t151654z 97637037 rc2preaxpiq0 rtrmadp 3 congo security kabila

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri RDC rwatangaje ko kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 30 Nzeri, abacamanza baza gutanga umwanzuro wabo mu rubanza rw’uwahoze ari umukuru w’igihugu, Joseph Kabila, waburanishijwe adahari. Joseph Kabila akurikiranweho ibyaha byinshi, birimo kugira uruhare mu mutwe wigometse ku butegetsi, ibyaha byo guhungabanya amahoro n’umutekano w’ikiremwamuntu, kwica nkana hakoreshejwe amasasu, ubuhemu, […]

Ngoma: Batatu barimo umugabo wa nyakwigendera bakurikiranweho ubwicanyi

csm Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa NGOMA 46e5185384

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Nzeri, Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma bwatangiye gukurikirana abagabo batatu bakekwaho kwica umugore w’imyaka 50 y’amavuko bamukase ijosi.  Icyaha bakekwaho cyakozwe ku itariki ya 26 Kamena 2025 mu Mudugudu wa Bacyoro, Akagari ka Sibagire, Umurenge Kigabiro ubwo uyu mugore yasangwamo mu nzu yapfuye yaciwe ijosi. Umugabo wa nyakwigendera […]

Rutshuru: Abarwanyi ba M23 biriwe mu mirwano na Wazalendo mu midugudu ine

M23 vs FARDC

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri, imirwano mishya yadutse, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za Wazalendo  zo mu mutwe wa CMC-FDP mu midugudu ya Lurere, Makomalehe, Kitunva, na Kashavu, muri Gurupoma ya Bukombo muri Teritwari ya Rutshuru, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko amakuru aturuka muri sosiyete sivile yo muri ako karere […]

U Budage: Abagera ku 4000 bagiye kubura akazi na 13,000 muri Bosch kubera AI

Lufthansa A320neo

Isosiyete y’indege y’Abadage, Lufthansa, irateganya kugabanya imirimo myinshi y’ubuyobozi mu 2030 ikayisimbuza ikoranabuhanga rigezweho. Iri tsinda rivuga ko AI n’ikoranabuhanga rya digitale bizasimbura imirimo imwe n’imwe mu gihe ivugurura uburyo indege zayo zikora. Kuri uyu wa Mbere, iyi sosiyete y’ubwikorezi y’igihugu cy’u Budage, Lufthansa, yemeje aya makuru ivuga ko bigamije kugabanya imyanya 4000 y’ubuyobozi mu […]

Israel yasohoye urutonde rw’ibihugu 77 byanze kumva ijambo rya Netanyahu igomba kwitaho

ByKJ5z4nle 0 119 3000 1688 0 x large

Ijambo rya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ryagarutsweho cyane mu itangazamakuru ku Isi hose, atari ukubera ibikubiyemo, ahubwo kubera ukuntu abari mu nama basohotse mu cyumba mbere y’uko avuga. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Israel ikaba yasohoye urutonde rw’ibihugu imyanya yabyo yasigayemo ubusa mu gihe cy’iminota 41 yamaze avuga […]

Tshisekedi yohereje i Washington intumwa zo kwihutisha amasezerano yo kumurinda

AP25178752701200

Repubulika ya Demokarasi ya Congo biravugwa ko ishaka kwihutisha amasezerano arimo kuganirwaho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ibi ni bimwe mu byashyizwe imbere na Perezida wa Congo igihe yari i New York, aho yari yitabiriye Inteko Rusange ya 80 y’Umuryango w’Abibumbye. FĂ©lix Tshisekedi yagiranye inama nyinshi, cyane cyane na Massad Boulos, Umujyanama wa White […]

Kinshasa: Impungenge nyuma y’uko leta yohereje FARDC kurwanya “embouteillages”

IMG 20250301 WA0052

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yatangaje iyoherezwa ry’abasirikare ba FARDC gufasha Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda guhangana n’umubyigano w’imodoka (embouteillages) umaze kuba akasamutwe i Kinshasa, guhera kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Nzeri. Iki cyemezo gikurikira amabwiriza ya Perezida wa Repubulika mu Nama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 19 Nzeri, agamije […]

Michigan: Abantu 4 biciwe mu kiliziya 8 barakomereka nyuma yo kuraswa

aadf9ce ftp import images 1 4c9kap6xeh65 5021761 01 06

Abayobozi baravuga ko umugabo yishe byibuze abantu bane abandi benshi barakomereka mu iraswa ryabereye mu muri Kiliziya ya Jesus Christ of Latter-day Saints i Grand Blanc, muri Leta ya Michigan, mbere yo kwicwa na we arashwe n’abapolisi. Kuri iki Cyumweru, itariki 28 Nzeri, byibuze abantu bane bishwe nyuma y’uko umugabo witwaje imbunda w’imyaka 40 wahoze […]

Perezida Kagame yakiriye umuteramakofe Takam n’umunyonzikazi Vallieres

G19iNC0W8AASAy6

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yabonanye  n’umukinnyi w’iteramakofe wabigize umwuga w’Umufaransa ukomoka muri Cameroun, Carlos Takam. Kuri iki Cyumweru, Fondasiyo ya Carlos Takam yatangije ishuri rya Boxe rya Carlos Takam i Kigali, hagamijwe kumenyekanisha no guteza imbere siporo y’iteramakofe muri Afurika. Carlos Takam yahaye kandi Perezida umukandara w’umwimerere wa Champion w’Isi muri WBC mu rwego […]

FARDC yibasiye ibindi birindiro bya M23 muri Kisimba n’indege

b91a6cfd486ababbe86066cebc1ac926

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 28 Nzeri, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyarashe ibirindiro bibiri bya AFC / M23, ku misozi ireba Mpety muri Gurupoma ya Kisimba (Teritwari ya Walikale), Kivu y’Amajyaruguru. Aya makuru yanemejwe na M23 yavuze ko iki gitero cyasenye burundu ikiraro cya Mpety. Amakuru dukesha ACTUALITE.CD avuga ko drone yanyuze […]

Lubero: Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be bapfa abagore

bitmap 1200 nocrop 1 1 20241203133429027549 WhatsApp Image 2024 12 03 at 12.36.05

Umusirikare wo mu Ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yarasiye mu kabari ko muri Lubero centre, yica bagenzi be babiri b’Abakomando ahagana mu ma saa saba zijoro zo ku wa Gatanu. Ibi byabereye muri Teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko ayo makuba […]

Ingabo n’abapolisi bari muri UNMISS basannye ishuri riherutse gusenywa n’imvura

G13uhOGWwAAOWDq

Abanyarwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri UNMISS; ingabo na Polisi; hamwe na diaspora y’u Rwanda muri Sudani y’Epfo, bongeye gufatanya mu gusana ishuri ry’ibanze rya Kapuri nyuma yo kwangizwa cyane n’imvura nyinshi. Kimwe mu bice by’ishuri cyatakaje igisenge mu gihe cy’imvura, bituma abanyeshuri bahurira mu byumba by’amashuri bisigaye. Kugira ngo iki kibazo gikemurwe, […]

Maniema: Indi mirwano hagati ya FARDC na Wazalendo yiciwemo 1 benshi barakomereka

AP24324772368680

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 27 Nzeri, Inyeshyamba za Wazalendo z’uwiyise General Bukuyi zarwanye na FARDC muri Lubutu centre. Umuyobozi wa Teritwari ya Lubutu, mu Ntara ya Maniema, yatangaje ko umuntu umwe yapfuye undi yakomeretse ku ruhande rwa FARDC, kandi umwe yakomeretse ku ruhande rwa Wazalendo, ndetse n’umusivili umwe na we arakomereka. Kugeza mu […]

India: Kwiyamamaza k’umukinnyi wa filimi wahindutse umunyapolitiki kwapfiriyemo 39

Abayobozi bavuga ko byibuze abantu 39 bapfuye barimo abana, bahitanywe n’umubyigano wadutse muri mitingi ya politiki yabereye mu majyepfo y’u Buhinde muri Tamil Nadu, aho ku wa Gatandatu, abantu ibihumbi mirongo bari bateraniye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cy’umukinnyi wa filimi wahindutse umunyapolitiki, Vijay, mu Karere ka Karur ko mu majyepfo. Joseph Vijay Chandrasekhar wavutse mu […]

Perezida Kagame yahawe umudari na UCI mu birori byitabiriwe na Prince Albert II wa Monaco

G14eRmVWkAEPTyk

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wa nyuma wa Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera i Kigali, (UCI Road Championships 2025) kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame, Igikomangoma Albert II wa Monaco na Perezida wa UCI David Lappartient bitabiriye UCI Gala Dinner. Umukuru w’Igihugu yanaherewe umudari ugenewe abakoze ibikorwa by’indashyikirwa mu mukino w’amagare muri iki gikorwa cyabereye muri Kigali Convention […]

Bitunguranye Israel yahaye Ukraine ubwirinzi kabuhariwe bwa Patriot

2023 02 07T150613Z 2131061017 RC266Z9784QO RTRMADP 3 UKRAINE CRISIS POLAND PATRIOTS 1024x683 1

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Nzeri, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yatangaje ko igisirikare cye cyakiriye ubwirinzi bw’ibitero by’indege bukorwa na Amerika cyahawe na Israel buzwi nka Patriot, kandi bumaze ukwezi kibukoresha. Yavuze kandi ko Kyiv izabona ubundi bwirinzi bubiri bw’ibitero by’indege bwo mu bwoko bwa Patriot mu minsi iri imbere, ariko ntiyagaragaza aho […]

Centrafrica: Abapolisi b’u Rwanda barenga 180 bambitswe imidali y’ishimwe

WhatsApp Image 2025 09 27 at 20.43.37 6a641413

Abapolisi b’u Rwanda 188 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika (MINUSCA), ku wa Gatanu tariki ya 26 Nzeri 2025, bambitswe imidali yo kubashimira igihe cy’umwaka bamaze bacungira umutekano abaturage b’abasivili muri icyo gihugu . Abambitswe imidali ni abapolisi 180 bagize itsinda RWAFPU-3 n’abandi umunani badakorera mu matsinda (IPOs). Umuhango […]

Karongi: Uwashinjwaga gutera inda umwana we yakatiwe igifungo cya burundu

images 4 2

Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi ruri ku cyicaro cyarwo i Karongi, kuwa Kane, itariki 25 Nzeri, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umugabo w’imyaka 46 wakekwagaho icyaha cyo gusambanya umwana we w’umukobwa w’imyaka 14 rumuhamya icyaha, rumukatira igihano cy’igifungo cya burundu.  Icyaha yahamijwe yagikoreye mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi ubwo yari […]

Rwamagana: Ishyaka Green Party ryahafunguye ibiro hanateranira kongere ku rwego rw’intara

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Nzeri 2025, mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba, habereye Kongere y’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) hanafungurwa ibiro by’ishyaka muri ako karere mu gikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye n’abashyitsi baturutse mu bihugu by’amahanga. Perezida w’ishyaka Democratic Green Party, Hon. Frank Habineza, niwe wafunguye  ibiro by’ishyaka mu Karere ka […]

RDC: Hatangiye intambara ikaze yo kurwanira ubuyobozi bw’inteko hagati ya Mboso na Tshilumbayi

kamerhe evince la rude bataille tshilumbayi mboso pht ks 26 sept 2025 jpg 711 473 1

Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, umutwe w’abadepite, biravugwa ko umunsi wo kuwa Kane, itariki 25 Nzeri 2025, uzandikwa mu mateka. Nyuma yo kwegura kwa Vital Kamerhe nyuma yo kotswa igitutu kinshi, ubu haravugwa intambara hagati y’abagabo babiri bari bamwungirije,  visi-perezida we wa mbere, Jean-Claude Tshilumbayi, na visi perezida wa kabiri […]

RDC: Maj. Gen. Masangura yagizwe komanda mushya w’umutwe udasanzwe wa MONUSCO (FIB))

Capture 10

Umutwe wa Force Intervention Brigade (FIB): Umutwe wa mbere w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye wemerewe kugaba ibitero, kuri ubu ufite umuyobozi mushya, Umunyatanzaniya, Major Gen. Alexander Masangura umaze nk’iminsi muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma y’izindi ngabo zigize uyu mutwe zimaze ibyumweru bibiri zoherejwe. Mu kiganiro yagiranye na channel yitwa Kuna Nini News yo muri Reubulika ya Demokarasi ya […]

USA: James Comey wahoze ayobora FBI yajyanwe mu nkiko

download

Kuri uyu wa Kane, uwahoze ari umuyobozi wa FBI, James Comey, yashinjwaga icyaha cyo gutangaza ibinyoma no kubangamira ubutabera. Umushinjacyaha wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu burasirazuba bwa Virginie, Lindsey Halligan, yatangaje ibyo aregwa, anavuga ko Comey ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka itanu aramutse ahamwe n’icyaha. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, […]

RDC: Abasaga 10 bafatiwe mu mukwabu wakorewe i Goma

FB IMG 16425158150790045

Abantu benshi batawe muri yombi mu mukwabu wakorewe mu gace ka Kasika mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 25 Nzeri, n’ubuyobozi bwa AFC-M23. Mu bafashwe harimo abagabo, abasore, ndetse n’abayobozi b’amadini, barimo umupasiteri, abadiyakoni, n’abavugabutumwa bari mu nzira bajya gusenga mu gitondo nk’uko bitangazwa na Radio Okapi. Abatangabuhamya benshi bavuze ko […]

Perezida Kagame yatangije ishuri rigiye gutyaza abayobozi babereye Afurika y’ejo hazaza

G1rs0EWWsAA9oGO

Kuri uyu wa Kane, itariki 25 Nzeri 2025, Perezida Kagame yifatanyije na Hailemariam Desalegn, wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, abayobozi mu nzego zitandukanye, abashakashatsi, abarimu muri kaminuza n’abandi mu muhango wo gutangiza Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere [African School of Governance].  The African School of Governance, ni ishuri ryavuye ku gitekerezo cyatanzwe n’abarimo Perezida Paul Kagame, Hailemariam […]

RDC: Abadepite 173 banze kuvugurura amasezerano yo kuba indahemuka kuri Tshisekedi

IMG 20250924 WA0053

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Nzeri 2025, Umunyamabanga Mukuru w’ihuriro riri ku butegetsi, Union sacrĂ©e de la Nation  (USN) yashyize ahagaragara urutonde rw’abadepite 173 ku rwego rw’igihugu batarashyira umukono ku cyifuzo cyo kuvugurura ubudahemuka bwabo kuri FĂ©lix Tshisekedi, Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo akaba n’umuyobozi mukuru w’iri huriro rifite ubwiganze ku […]

Kisangani: Ingabo za Gen. Masunzu zirigamba gufata abarwanyi 15 ba M23

Capture3 1

Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), kibinyujije muri Zone ya 3 ya Gisirikare iyoborwa na Gen. Pacifique Masunzu, i Kisangani, mu Ntara ya Tshopo, cyatangaje ko abarwanyi 30 ba M23, bishyize mu maboko y’igisirikare nyuma yo gutoroka. Nk’uko igisirikare kibitangaza, hafashwe izindi nyeshyamba 15 za M23 zarafashwe. Ku wa Gatatu, itariki ya 24 […]

Ethiopia yemerewe kwakira umukino wayo na Guinea Bissau kuri Stade Amahoro

qatar 2022 fifa world cup qualifier ethiopia removebg preview

Ethiopia yahawe uruhushya rwo kuzakirira umukino, wo gushaka itike yo kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2026 uzayihuza na Guinea-Bissau, kuri Stade Amahoro mu Kwakira. Ethiopia iri mu bihugubifite stade zitujuje ubuziranenge mpuzamahanga ku buryo zakwakira amajonjora y’Igikombe cy’Isi. Mu bihugu byahawe uruhushya n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) rwo gukinina hanze y’imipaka yabyo harimo Ethiopia, ishaka […]

Bobi Wine aravuga ko amatora ya 2026 ntaho azaba ataniye n’intambara

reuters 68d42133 1758732595

Umukandida ku mwanya wa perezida muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi ku izina rya Bobi Wine yavuze ko amatora yo mu 2026 ntaho azaba ataniye no kujya mu “intambara.” Uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki ugiye kuba umukandida ku mwanya wa perezida ku nshuro ya kabiri kandidatire ye yemejwe na komisiyo y’amatora ku wa Gatatu kugira ngo […]

Denmark: Drones z’u Burusiya zagaragaye ku bibuga by’indege bine

newsarticle 270694 scaled 620x0 1

Indege zitagira abadereva zagaragaye hejuru y’ibibuga by’indege bya Aalborg, Esbjerg, Sonderborg na Skrydstrup muri Denmark mu ijoro ryo ku wa Gatatu no mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane nyuma y’iminsi ibiri gusa ibibuga by’indege bya Copenhagen na Oslo muri Norvege bifunze kubera drones nk’izi. Indege zitagira abapilote zagaragaye ku bibuga by’indege bine hirya no […]

Uganda: Bobi Wine yemerewe kongera guhatana na Museveni mu 2026

WhatsApp Image 2024 01 31 at 07.55.33 5a594c10

Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, umuhanzi w’icyamamare wahindutse umunyapolitiki, Bobi Wine, yemerewe kwiyamamariza kuba perezida, akaba agiye guhangana na Yoweri Museveni ku nshuro ya kabiri. Bobi Wine, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi, yabanje guhangana na Museveni bwa mbere mu matora yo mu 2021 ariko aza ku mwanya wa […]

Trump yannyeze ubushobozi bw’Ingabo z’u Burusiya avuga ko intambara bamazemo imyaka itabatwara icyumweru

1024x576 cmsv2 84523739 ad7a 5aaa 8db2 e03ebf183476 9480210

Ku wa Kabiri, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Ukraine ishobora kwigarurira intara zayo zose yambuwe ku nkunga y’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, nyuma y’inama yagiranye na Zelenskyy. Yakemanze ingufu z’Igisirikare cy’u Burusiya anemeza ko ibihano byakomera niba imishyikirano itagize icyo igeraho. Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga rwe, Truth Social, yagize ati: […]

Musanze: Umusore wari ushatse vuba arakekwaho kwiyahura kubera 1500 Frw

MusanzeDist

Umusore w’imyaka 22 y’amavuko wo mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze bivugwa ko yari amaze igihe gito ashatse, witwa Irakiza, yiyahuye akoresheje umugozi nyuma y’uko umukoresha we yanze kumwishyura amafaranga 1500 Frw. Ibi bintu byatunguye umuryango n’abaturanyi ba Irakiza bivugwa ko byabaye kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 22 Nzeri 2025 mu Mudugudu […]

Canada n’u Buholandi byasabye abaturage babyo kwirinda kujya mu Burundi

Dutch 1366x768 removebg preview

Ibihugu bya Canada n’u Buholandi byaburiye abaturage babyo bibasaba kwirinda kujya mu gihugu cy’u Burundi by’umwihariko mu bice byegereye umupaka uhuza iki gihugu na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu gihe hakomeje gututumba intambara hagati ya AFC/M23 na FARDC, muri Kivu y’Amajyepfo, Mujyi wa Uvira, uteganye n’Umujyi wa Bujumbura. Kuwa Mbere no kuwa Kabiri nibwo […]