IGP Namuhoranye yakiriye ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri rikuru rya Polisi

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Gashyantare 2025, yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, itsinda rya ba Ofisiye bakuru biga mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC) mu Karere ka Musanze. Ni muri gahunda y’urugendoshuri batangiye ruzamara icyumweru imbere mu gihugu, rukubiye mu […]
Kinshasa: Umuryango wa Col. Bahati mu gihirahiro nyuma y’ifungwa rye

Col. Justin Bahati wa FARDC akomeje kuburirwa irengero nyuma yo gutabwa muri yombi i Kinshasa n’abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda umukuru w’igihugu. Itabwa muri yombi bivugwa ko rinyuranyije n’amategeko rya Col. Bahati ryabaye mu gicuku cyo kuwa gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025 i Kinshasa nk’uko tubikesha Umuyobozi w’ikinyamakuru Afrikarabia, Christophe Rigaud. Uyu munyamakuru avuga […]
U Bwongereza bwatangaje ko bwiteguye kohereza ingabo muri Ukraine

Kuri iki Cyumweru, itariki 16 Gashyantare 2025, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko yiteguye kohereza Ingabo z’u Bwongereza muri Ukraine niba Moscou yemeye amasezerano asaba ko hakoherezwa ingabo zo kubungabunga amahoro z’i Burayi. Ni ku nshuro ya mbere Umuyobozi w’u Bwongereza avuga yeruye ko yiteguye kohereza Ingabo z’u Bwongereza muri Ukraine kandi bije […]
Uganda: Bazindukiye mu myigaragambyo isaba irekurwa rya Dr Kizza Besigye

Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Gashyantare 2025, abayoboke b’ishyaka riharanira impinduka muri Demokarasi (FDC)Â i Ishaka, mu Karere ka Bushenyi, bagiye mu mihanda muri iki gitondo basaba irekurwa ry’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Dr Kizza Besigye ukurikiranweho ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi akoresheje intwaro. Abigaragambya bahamagariye Guverinoma ya Uganda kurekura byihuse uwashinze ishyaka ryabo, Dr […]
RDC: Minisitiri Kayikwamba mu gahinda nyuma y’uko Arsenal FC yanze kuvugana nawe

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Arsenal ikomeje gushinjwa gusuzugura bikabije Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yanga kubonana na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner kugira ngo baganire ku masezerano yayo n’u Rwanda. ThĂ©rèse Kayikwamba Wagner, minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), wari i Londres muri iki cyumweru gishize kugira ngo […]
Perezida Sassou Nguesso yatangaje ko yiteguye kuba umuhuza w’u Rwanda na RDC

Mu gihe JoĂŁo Lourenço, umuhuza hagati ya RDC n’u Rwanda, agomba kwibanda ku mirimo ye mishya y’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze ubumwe (AU), Denis Sassou Nguesso, ukomeje umubano mwiza na Tshisekedi na Kagame, yavuze ko “yiteguye” kuba umuhuza mu gushaka igisubizo cy’amahoro mu makimbirane hagati y’impande zombi. Mu guhangana n’akaga k’intambara y’akarere, Perezida wa Congo-Brazzaville […]
Uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Mauritius yatawe muri yombi
Komisiyo ishinzwe ibyaha by’imari ya Leta (FCC) muri Maurtius, ku Cyumweru yatangaje ko uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’iki gihugu, Pravind Jugnauth, yatawe muri yombi kandi akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza amafaranga. Umuvugizi wa FCC, Ibrahim Rossaye, yatangarije abanyamakuru ko Jugnauth “afunzwe”, yongeraho ko azafungirwa muri Gereza ya Moka mu Karere ka Moka rwagati muri Mauritius. FCC […]
Amerika iravuga ko umutwe wa Hamas ukwiye kurandurwa

Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’Amerika, Marco Rubio yavuze ko Hamas igomba kurandurwa kandi ko idashobora gukomeza kuba igisirikare cyangwa se ngo ibe igisirikare cya Leta. Marco Rubio yari i Yerusalemu aho yagiranye ibiganiro na Ministiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, akavuga ko Amerika ishyigikiye byimazeyo intambara ya Israel muri Gaza. Ministiri Rubio yabwiye Netanyahu ko igihe […]
M23 yongeye guhamagarira Guverinoma ya Congo kugana inzira y’ibiganiro bigishoboka

Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo Congo (AFC / M23) yamaganye guteza umutekano muke, ubwicanyi n’ubusahuzi byakozwe na FARDC, FNDB, FDLR n’abafatanyabikorwa babo, ubwo bari batayanye, rivuga ko hafashwe umwanzuro wo guha ubutabazi abaturage bo mu Mujyi wa Bukavu batereranywe n’ingabo z’ihuriro rya Kinshasa. Nkuko bigaragara mu itangazo yashyize ahagaragara kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 […]
Amafoto: FARDC yongeye guha impano M23 i Bukavu

Abarwanyi ba M23 bigaruriye Umujyi wa Bukavu bidasubirwaho kuri iki Cyumweru aho Kuri ubu ari bo bari kurinda umupaka wa Congo uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Amafoto Kuri iki Cyumweru itariki ya 16 Gashyantare 2025 mu Mujyi wa Bukavu kandi abasirikare ba Guverinoma ya Congo bataye ibikoresho byinshi bya gisirikare birimo […]
Bukavu: Abarwanyi ba M23 ubu nibo bagenzura umupaka wa Rusizi I ku ruhande rwa RDC

Abarwanyi ba M23 ubu nibwo bagenzura umupaka wa Rusizi ya I ku ruhande rwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo guhera saa yine za mu gitondo kuri iki Cyumweru. Biravugwa ko abakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka ba Guverinoma ya Congo ku wa Gatanu bataye umupaka bagahunga. Ni nyuma y’ihunga ry’abandi bayobozi b’Intara ya Kivu y’Amajyepfo mu minsi […]
Burundi: Bunyoni yasabye gusubiramo urubanza rwe no kurekurwa by’agateganyo

Uwahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, yitabaje urukiko kuri uyu wa Gatanu ushize imbere y’urugereko rw’imanza rw’urukiko rw’ikirenga, mu rubanza rudasanzwe rwabereye muri Gereza Mkuru ya Gitega mu murwa mukuru wa politiki. Kugeza ubu Bunyoni wakatiwe igifungo cya burundu, yasabye ko urubanza yaciriwe rwavaho kugira ngo yongere gufungura dosiye ye. Bivugwa ko […]
M23 ikomeje kugaragara i Bukavu mu gihe FARDC yigambaga kuhagaruka

Kuri iki Cyumweru mu gitondo, mu Mujyi wa Bukavu rwagati no mu nkengero zaho hagaragaye imirongo miremire y’abarwanyi ba M23, bari kohereza mu bice bitandukanye mu gihe FARDC yari yigambye kugaruka muri uyu Mujyi nyuma yo kuhava Kwa M23. Umunyamakuru w’Umunyekongo utifuje ko amazina ye atangazwa, yabwiye BBC ati: “Muri iki gitondo nanjye nababonye, imirongo […]
Kenya: Raila Odinga arakurikizaho iki nyuma yo gutsindwa mu matora ya AU?

Gutsindwa k’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, Raila Odinga,mu matora y’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), ngo ntabwo ari ibanga bigiye guhindura isura y’amatora yo muri iki gihugu mu 2027. Ku wa Gatandatu, itariki 15 Gashyantare 2025, Raila, umunyapolitiki w’inararibonye, ​​yatsinzwe n’umukandida wa Djibouti, Ali Youssouf mu matora yabereye i Addis Abeba, […]
U Burundi bwahambirije uhagarariye PAM

Leta y’u Burundi kuwa Gatanu yirukanye Sibi Lawson-Marriot uhagarariye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa kw’Isi, PAM, na Sarah Nguyen wayoboraga ishami rishinzwe umutekano muri ibi biro. Abo bayobozi uko ari babiri, bavuye mu gihugu ku wa Gatanu mu gitondo mu ndege ya Rwandair nyuma y’uko Guverinoma y’u Burundi ibahaye amasaha 48 yo kuba bavuye […]
Kinshasa: Polisi yarunzwe kuri za paruwasi gaturika n’iza abaporoso

Abayobozi ba polisi basabwe kohereza abapolisi babo kuri za paruwasi Gatolika n’Abaporotesitanti kugira ngo babungabunge umutekano mbere, mu gihe na nyuma yo guterana ndetse na misa byo kuri iki Cyumweru, itariki ya 16 Gashyantare i Kinshasa, nkuko byatangajwe ku wa Gatandatu, itariki ya 15 Gashyantare 2025. Telegaramu yaturutse kuri sitasiyo ya polisi yo mu ntara […]
Papa Francis yajyanwe mu bitaro i Roma

Papa Francis yajyanwe mu bitaro i Roma kuri wa Gatanu, ubwo aho aravurirwa indwara ya bronchitis ikomeje kumurembya. Vatikani yongeyeho ko uyu mukambwe w’imyaka 88 yinjiye mu bitaro nyuma yo kwakira abantu mu gitondo. Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, byatangaje ko Papa Francis muri iyi minsi ishize afite ibibazo byo guhumeka neza ku buryo abandi bayobozi […]
Umuhungu wa Ingabire yaherukaga mu myaka 15 ishize yaje kumusura mu Rwanda

Umuhungu wa Ingabire Victoire, Umuyobozi w’ishyaka Dalfa-Umurinzi ritemerewe gukorera mu Rwanda, yaherukaga mu myaka 15 ishize yaje kumusura mu Rwanda ari kumwe n’umugore we ndetse n’umuryango we baturutse mu Buholandi. Mu butumwa yanyujije kuri X kuri uyu wa Gatanu, Ingabire Victoire yagize ati: “Nshimishijwe no kongera kubona ubuheta bwanjye, nyuma y’imyaka 15 tutabonana. Aje kunsura […]
Gasabo: Urukiko rwaburanishije umwana w’umukozi wishe undi w’imyaka 2 yareraga

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije urubanza ruregwamo umwana w’umukozi ufite imyaka 15 y’amavuko wishe umwana muto w’imyaka ibiri wo mu rugo yakoragamo amuhoye ko yiyanduje. Ibyo byabaye ku itariki ya 08 Ukuboza 2024, ubwo uwo mwana w’umuhungu yanigaga umwana abakoresha be bari bamusigiye, bimuviramo urupfu nk’uko bitangazwa n’Ubushinjacyaha Bukuru. Uregwa yaburanye yemera icyaha asobanura ko […]
Ubwato butwara indege z’indwanyi bwa Amerika bwagonganye n’ubwato bw’ubucuruzi

Kuri uyu wa Kane, itariki 13 Gashyantare 2025, Igisirikare cya Amerika cyavuze ko ubwato bugwaho indege z’indwanyi bw’Ingabo zirwanira mu mazi bwagonganye n’ubwato bw’abacuruzi hafi ya Misiri, aho bivugwa ko nubwo ubu bwato bwa Amerika bukoresha ingufu za nikeleyeri bumeze neza kandi nta wakomeretse. Kugeza ubu igisirikare cya Amerika gifite amato nk’aya atwara indege 11 […]
EU: Abadepite basabiye ibihano abarimo ba Gen. Ruvusha na Karusisi

Abadepite bo mu Muryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi basabye inama nkuru y’uyu muryango gukaza ibihano ku bagaba b’ingabo bakuru ba M23, abayobozi b’indi mitwe yitwaje intwaro, cyo kimwe na bamwe mu bagaba b’ingabo ba Congo n’abasirikare bakuru b’u Rwanda. Inteko Nshingamategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kandi yasabye ko amasezerano uyu muryango uheruka kugirana n’u Rwanda […]
Ibyo mwize bizatanga umusaruro witezwe ari uko mwabikurikije uko bikwiye – DIGP Ujeneza

Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP) ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Gashyantare 2025, mu butumwa yagejeje ku bapolisi basoje amahugurwa yerekeranye no gutwara amapikipiki mu bihe by’ubutabazi (Motorcycle driving in emergency situations course), abasaba kuzakoresha neza ubumenyi bayungukiyemo kugira ngo abashe kugera ku […]
Gasabo: Abashinjwa kwica umuntu bamuziza kwiba bagejejwe mu bushinjacyaha

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bukurikiranye abantu batandatu bari mu kigero cy’imyaka 21 na 43 bakubise umugabo w’imyaka 63 bamuhora ko yibye bikamuviramo urupfu. Icyaha bakurikiranyweho bagikoze ku itariki ya 05 Gashyantare 2025 mu karere ka Gasabo umurenge wa Jali, Akagari ka Nyabuliba, umudugudu wa Kirehe nkuko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga. Bivugwa […]
RDC: Indwara itazwi imaze kwica abasaga 50 mu gihe ibihumbi byahunze

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Gashyantare, Jean-Paul Boketsu Bofili, umusenateri wo mu Ntara ya Equateur, mu burengerazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yaburiye ko indwara itazwi yateje impfu zirenga 50 mu byumweru bike mu karere ka Bansakusu. Mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryakiriwe na Radio Okapi kuri uyu wa Gatatu ushize, uyu muyobozi […]
M23 irimo gusatira Ikibuga cy’indege cya Kavumu nyuma yo gufata Kalehe

Nyuma y’ifatwa rya centre ya Ihusi na Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo kuri uyu wa Gatatu ushize, ubu inyeshyamba za M23 ziri gusatira Ikibuga cy’indege cya Kavumu cyegereye Umujyi wa Bukavu. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko imirwano ikaze yadutse kuva mu gitondo cya kare ahitwa Kasheke-Kabamba, agace gaherereye ku birometero 15 uvuye ku Kibuga […]
Minembwe: FARDC yagabye igitero gikaze ku giturage cya Gakenke

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, itariki 13 Gashyantare 2025, i Minembwe mu giturage cya Gakenke, hagabwe igitero gikomeye cya FARDC cyatumye abaturage benshi bata ibyabo bajya kwihisha, mu gihe aba baturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bakomeje gutaka kwicwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Aya ni amakuru yashyizwe ahagaragara na Hon. Me Moise Nyarugabo wibaza impamvu […]
Amajyepfo: Haravugwa ibura ry’amarimbi n’igiciro gihanitse cyo gushyingura

Ikibazo cy’ibura ry’amarimbi mu Ntara y’Amajyepfo cyatumye abahatuye basaba ko bafashwa kubona amarimbi hafi y’aho batuye, ndetse n’aho yashyizwe hagashakwa uburyo bwo korohereza abatishoboye ku kiguzi cyo gushyingura nk’aho mu irimbi ry’Akarere ka Huye riherereye mu Murenge wa Ngoma, bavuga ko badafite ubushobozi bwo kubona ibihumbi 600 Frw yo gushyingura ababo. Uretse abaturiye amarimbi bataka […]
Uwahoze ayobora Google yagaragaje impungenge ko AI ishobora gukoreshwa mu iterabwoba

Uwahoze ari umuyobozi mukuru wa Google afite impungenge ko ubwenge bw’ubukorano cyangwa Artificial Intelligence bushobora gukoreshwa n’iterabwoba cyangwa “ibihugu bitubahiriza amategeko” mu “kugirira nabi inzirakarengane.” Eric Schmidt yabwiye BBC ati: “Ubwoba nyabwo mfite ntabwo ari bwo abantu benshi bavuga kuri AI – Ndavuga ibyago bikabije.” Umuhanga n’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, wari ufite imyanya ikomeye muri Google […]
Rwamagana: Ibyiciro byihariye byibasirwa n’indwara 3 byashyiriweho urubuga rwo kugaragaza ibibazo muri serivisi z’ubuvuzi

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 12 Gashyantare 2025, mu Karere ka Rwamagana,hatangijwe umushinga mushya, ugamije gukemura ibibazo ibyiciro byihariye birimo abaryamana bahuje ibitsina n’abakora ubaraya bahura nabyo mu guhangana n’indwara ya Maraliya,igituntu na Virus itera Sida. Uwo mushinga uzatangirira mu turere twa Rwamagana, Gasabo, Rurindo, Rubavu na Gisagara, witezweho kuzorohereza ibyiciro byihariye byibasirwa n’indwara […]
France: Igisasu cya grenade cyatewe mu kabari gikomeretsa abasaga 10

Abantu barenga 10 bakomeretse, bamwe bikomeye, nyuma y’uko grenade yajugunywe mu kabari mu mujyi wa Grenoble, mu Bufaransa. Ibi byabaye nyuma gato ya saa mbiri z’ijoro (1900 GMT) ku kabari kari mu mudugudu wa Olempike, wubatswe igihe umujyi wakiraga imikino Olempike yo mu 1968. Umuyobozi w’akarere ka Grenoble, Eric Piolle, ku wa Gatatu, yagize ati: […]
Nyanza: Aimable Karasira yireguye ku cyaha cyo guha ishingiro jenoside

Mu rugereko rw’Urukiko Rikuru i Nyanza, kuri uyu wa Gatatu, Aimable Karasira n’abamwunganira berekanye ko ibyaha akurikiranyweho 4 muri 6 bigendanye n’ibyavugiwe mu itangazamakuru, ko byagombye kurangizwa n’urwego rw’abanyamakuru rubigenzura RMC. Umwunganizi we, Me Bikotwa Bruce yabwiye urukiko ko umushinjacyaha atari impuguke mu itangazamakuru bityo akaba atamenya niba ibyavugiwe mu itangazamakuru bigize cyangwa bitagize icyaha […]
Kivu y’Amajyepfo: M23 yigaruriye Ihusi na Karehe

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu itariki 12 Gashyantare 2025, wigaruriye Centre ya Ihusi ndetse na Kalehe nyuma yo kuhirukana Ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo batandukanye. Ngo ni nyuma y’ubushotoranyi bwongeye gukorwa na FARDC ku birindiro bya M23, biba ngombwa ko yirwanaho. Byarangiye rero akarere kose ka Ihusi na Kalehe bifashwe n’abarwanyi ba M23. […]
Musanze: Musenyeri Mugiraneza yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Gashyantare 2025, uwahoze ari Musenyeri wa Diyosezi y’Abangilikani ya Shyira, ukurikiranyweho icyaha cyo kunyereza no gukoresha nabi umutungo, yitabye urukiko mu Karere ka Musanze. Samuel Mugisha Mugiraneza yatawe muri yombi muri Mutarama mu gihe hari hagitegerejwe iperereza ku kunyereza umutungo no gukoresha nabi amafaranga y’itorero kubera inyungu ze […]
Arusha: Hatangiye kumvwa urubanza Congo yarezemo u Rwanda

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 12 Gashyantare 2025, i Arusha ku Rukiko Nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu, hatangiye kumvwa urubanza Repubulika ya Demokarasi ya Congo yarezemo u Rwanda. Uruhande rw’u Rwanda ruyobowe na Minisitiri w’Ubutabera, Emmanuel Ugirashebuja, rwasabye urukiko kutakira ikirego kubera inenge zitandukanye babonye mu kirego. Repubulika ya Demokarasi ya Congo irasaba urukiko gutegeka u […]
RDC: Abayobozi bakomeje gushishikariza urubyiruko kujya muri FARDC bakarwanya u Rwanda

Binyuze ku mujyanama we ushinzwe itumanaho, Fifi Masuka SaĂŻni, Guverineri w’Intara ya Lualaba, yahamagariye urubyiruko kujya mu gisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC). JosuĂ© Muyumba yatangaje ubutumwa bw’umuyobozi mukuru w’intara mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru baho mu minsi ishize. “Amasengesho yonyine ntabwo ahagije. Niba twe, abaturage ba Congo, dushaka kurinda umutekano w’igihugu cyacu, tukarinda […]
Bugesera: Ku myaka 77 arashinjwa gusambanya umwana w’imyaka 13

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata, dosiye y’umugabo w’imyaka 77 wasambanyije umwana w’umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko, bumusabira gufungwa by’agateganyo. Ni icyaha Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru bivuga ko cyakorewe mu Kagari ka Gihembe, Umurenge wa Ngeruka, mu Karere ka Bugesera ku itariki ya 27 Mutarama 2025. Kuri uwo munsi, ngo […]
Ituri: Inyeshyamba za CODECO zirashinjwa kwica abaturage basaga 50

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 11 Gashyantare, ibitangazamakuru mu gihugu byatangaje ko byibuze abantu 52 baguye mu gitero cyagabwe n’inyeshyamba z’umutwe wa CODECO mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Uyu mutwe w’inyeshyamba wagabye ibitero ku mugoroba wo kuwa Mbere mu duce dutatu muri Dguju mu ntara iherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’igihugu ya […]
Bugesera: Yafatiwe mu cyuho atekeye Kanyanga mu rugo

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Bugesera yafatiye mu cyuho umusore w’imyaka 21 y’amavuko, wari utetse ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa Kanyanga. Yafashwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Gashyantare, ubwo yari amaze kwarura litiro zigera kuri 30 zayo, yitegura guteka indi muri melase yifashishaga ingana […]
Gen. A. Nyamvumba n’itsinda ayoboye bari mu rugendoshuri muri Qatar

Intumwa zaturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda, ziyobowe na Brig. Gen. Andrew Nyamvumba, ziri muri Qatar mu rugendoshuri mpuzamahanga rw’icyumweru. Izi ntumwa zasuye Ishuri Rikuru rya Gisirikare ryitiriwe Joaan Bin Jassim n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’Igihugu, aho bakiriwe n’umuyobozi w’ishuri, Brigadier General Engineer Abdul Hadi Hamad Fahd Al-Dussari, n’umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Brigadier […]
Gasabo: Urubanza rw’umugabo ushinjwa kwica umwana nyuma yo kumusambanya rwapfundikiwe

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rwaburanishije dosiye y’umugabo wishe umwana w’umukobwa nyuma yo kumusambanya, yarangiza akamutaba mu nzu ye. Mu rubanza, uregwa yemeye ko yasambanyije uwo mwana yarangiza akamwica; asobanurira Urukiko ko yabitewe n’inzoga yari yanyoye kandi ko agira ikibazo cyo mu mutwe; abisabira imbabazi. Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko urubanza rwapfundikiwe, rukazasomwa ku […]
Gasabo: Bararegwa gutanga ubuhamya bw’ibinyoma barengera umukwe wabo

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata, dosiye y’umugore n’umugabo batanze ubuhamya bw’ibinyoma bagaragaza ko umwana wabo wasambanyijwe n’umukwe wabo afite imyaka y’ubukure, busaba ko baburanishwa mu mizi ku buryo bwihuse. Ibyo abaregwa bakoze byabaye ku itariki ya 29 Mutarama 2025 ubwo bafatwaga bamaze gukora inyandiko yuzuyemo ibinyoma, bagaragaza ko umwana […]
Gen. Yakutumba wahawe kuyobora wazalendo muri Kivu y’Amajyepfo ntakozwa ibyo kuganira na M23

Umuyobozi w’umutwe w’inyeshyamba wa Mai-Mai Yakutumba, William Amuri Yakutumba, aravuga ko inyeshyamba ayoboye zitazigera zemera ibiganiro hagati ya leta n’umutwe wa M23 kuko byaba ari ukugambanira igihugu ndetse n’inzira yo kugicamo ibice. Ibi yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize nyuma y’inama ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyepfo bwagiranye n’imitwe ya Wazalendo itandukanye irimo Yakutumba, yari igamije kubasaba kuba […]
Korea y’Epfo: Umwarimukazi yateye icyuma umunyeshuri w’imyaka 8 aramwica

Umwarimu yateye icyuma umwana w’umukobwa w’imyaka umunani aramwica ku ishuri ribanza muri Koreya y’Epfo, mu kibazo cyatunguye igihugu. Polisi yavuze ko umwarimu w’umugore uri mu kigero cy’imyaka 40, yemeye ko yateye icyuma umunyeshuri mu Mujyi wa Daejeon rwagati. Kuri uyu wa Mbere ushize, itariki 10 Gashyantare, uyu mwana bamusanze afite ibikomere yatewe mu igorofa rya […]
Umusaruro ufite agaciro katarenga miliyoni 12 Frw umuhinzi asonewe umusoro – RRA

Komiseri wungirije ushinzwe abasora n’itumanaho muri RRA, Uwitonze Jean Paulin avuga ko amakoperative y’abahinzi n’aborozi yabegereye abagaragariza imbogamizi z’uko atari abacuruzi, bituma hashyirwaho umwihariko ku makoperative y’abahinzi n’aborozi bitandukanye n’uko byakorwaga, aho basabwaga gutanga facture ya EBM no gutanga umusoro ku nyungu ku musaruro wagurishijwe. Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro cyagaragaje ko habaye impinduka mu buryo […]
Perezida Kiir yirukanye ba visi perezida 2 n’ukuriye umutekano
Mu ijoro ryo ku wa Mbere, rishyira kuri uyu wa Kabiri, Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, yirukanye ba Visi Perezida James Wani Igga na Hussein Abdelbagi, hamwe n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe umutekano, Akech Tong Aleu, mu iteka rya perezida ryasomewe kuri radio na televiziyo by’igihugu. Mu iteka ryihariye, Kiir yashyizeho Benjamin Bol Mel […]
Libya: Havumbuwe imva rusange ishyinguwemo abimukira

Mu gihugu cya Libya mu Ntara ya Kufra, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’igihugu, havumbuwe imva rusange irimo imirambo 28 y’abimukira bo munsi y’ubutayu bwa Sahara hafi y’ahantu bivugwa ko bari bafungiwe kandi bagakorerwa iyicarubozo. Ubushinjacyaha Bukuru bwatangaje ko iyi mva rusange yabonetse nyuma y’umukwabu wakozwe kw’icuruzwa ry’abantu, aho abayobozi babohoje abimukira 76 bo munsi y’ubutayu bwa […]
Abasirikare 84 ba FARDC bashinjwe guta urugamba no guhohotera rubanda muri Kivu y’Amajyepfo

Urukiko rwa gisirikare rwa Bukavu rwatangije kuri uyu wa Mbere, itariki ya 11 Gashyantare 2025, urubanza rw’abasirikare 84 bo mu ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC), bashinjwa kwicwa abasivili nibura icumi i Kavumu na Miti, muri Kivu y’Amajyepfo, mu ijoro ryo ku itariki ya 7 kugeza ku ya 8 Gashyantare. Ku Cyumweru, […]
Israel: Netanyahu yitabye urukiko aregwamo ibyaha bya ruswa

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yongeye kwitaba urukiko mu rubanza akomeje gukurikiramwamo icyaha cya ruswa. Netanyahu yinjiye mu cyumba cy’urukiko i Tel Aviv mu gihe umugore umwe wari witabiriye urubanza yabajije ati: “Ntubona ko igihe kigeze cyo kubohoza imbohe zose?” Ibi yabitangaje nyuma y’uko Abisiraheli batatu bari bafashwe bugwate barekuwe […]
Pretoria: Abadepite barajya impaka ku mpamvu SANDF iri muri Congo

Inteko Ishinga Amategeko iraterana uyu munsi, ku wa Mbere, itariki 10 Gashyantare 2025, kugira ngo bungurane ibitekerezo ku Ngabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Ibiganiro byasabwe n’Ishyaka riharanira Demokarasi (DA), bije bikurikira urupfu rw’abasirikare cumi na bane ba SANDF, rwateje impungenge zikomeye ku iyoherezwa ryabo […]
Abasirikare ba mbere ba FARDC bataye urugamba muri Kivu y’Amajyepfo mu rukiko

Kuri iki Cyumweru, itariki 9 Gashyantare ubushinjacyaha bwa gisirikare bwatangaje ko kuri uyu wa Mbere abategetsi ba Congo bashyira nibura abasirikare 75 mu rukiko bazira guta urugamba imbere y’inyeshyamba za M23 mu ntara y’iburasirazuba ya Kivu y’Amajyepfo ndetse no kubera guhohotera abaturage, harimo kubica no kubasahura. Umuryango w’Abibumbye wavuze ko hari ihohoterwa ryakorewe abantu benshi […]
Israel yakuye Ingabo mu muhora ugabanyamo Gaza kabiri

Ingabo za Israel zavuye mu Muhora wa Netzarim, agace ka gisirikare gatandukanya amajyaruguru y’akarere ka Gaza n’amajyepfo. Abanyapalestina babarirwa mu magana bari mu modoka no ku magare byuzuye matelas n’ibindi bikoresho batangiye gusubira mu majyaruguru ya Gaza nyuma yo kuhahunga kubera ubukana bw’ibitero bya Israel. Kuhava kwa Israel bihuye n’amasezerano yo guhagarika imirwano ya Israel […]
Perezida Trump yahagaritse imfashanyo yahabwaga Afurika y’Epfo

Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko Perezida Donald Trump yasinye itegeko ryo gukuraho imfashanyo Amerika yahaga igihugu cy’Afurika y’Epfo. Ni nyuma yo kunenga amategeko y’icyo gihugu yerekeye ubutaka n’ikirego cya Afurika y’Epfo yatanze mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera irega Israel, igihugu gicuditse na Amerika, gukorera jenoside Abanyepalestina mu Ntara ya Gaza. Mu 2023, […]
Gabiro: Hafi 500 mu nzego zitandukanye z’umutekano basoje imyitozo

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare, abasirikare n’abapolisi bakuru n’abato, n’ab’Urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda (RCS) barangije neza amasomo y’umwuga wa gisirikare y’amezi ane n’igice mu kigo cy’imyitozo yo kurwana cya RDF i Gabiro. Aya masomo yabahaye ubushobozi bwo kuba bayobora kinyamwuga za kompanyi, platoon, kuba ba serija majoro ba kompanyi na ba serija […]
Abantu barenga 50 biciwe mu gico mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Mali

Abantu barenga 50 biciwe hafi y’umujyi wa Gao uherereye mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Mali nyuma y’uko abantu bitwaje imbunda bateze imodoka zabo hamwe n’abasirikare bari babaherekeje, nk’uko umuyobozi waho ndetse n’abaturage babitangaje kuwa Gatanu. Abagabye igitero bagikoreye hafi y’umudugudu wa Kobe, ku birometero 30 uvuye i Gao mu karere aho amashami ya Leta ya Kisilamu […]
U Rwanda rwanyuzwe n’imyanzuro y’inama hagati ya EAC na SADC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwishimiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bo muri EAC na SADC, yateraniye muri Tanzania kuri uyu wa Gatandatu. “Ni inama y’amateka kuko ni iya mbere y’abakuru b’ibihugu b’iyi miryango yombi, EAC na SADC. Iyi miryango ni yo DRC irimo kandi yanagize uruhare mu […]
Sam Nujoma waharaniye ubwigenge bwa Namibia yatabarutse ku myaka 95

Sam Nujoma, impirimbanyi y’ubwigenge akaba n’umuyobozi w’inyeshyamba waje kuba perezida wa mbere watowe muri Namibia, yapfuye ku wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare 2025 afite imyaka 95. Kuri iki Cyumweru, Perezidansi ya Namibia yabitangaje ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga. Itangazo ryayo rigira riti: “N’akababaro n’agahinda kenshi ndatangariza muri iki gitondo cyo ku itariki ya 9 Gashyantare 2025 […]
Hagati y’ibiganiro n’intambara Tshisekedi arahitamo iki kuri iyi nshuro?

Inama ihuriweho na SADC-EAC yateranye ku wa Gatandatu, itariki 8 Gashyantare 2025 muri Tanzaniya, yategetse ko inzira z’amahoro za Luanda na Nairobi zahurizwa hamwe. Icyemezo gifungura inzira iganisha ku biganiro bitaziguye hagati ya Guverinoma ya Congo n’inyeshyamba za M23 zigenzura uduce twinshi two mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Inama yabereye muri Tanzaniya ntabwo yamaganye u […]
Polisi yafashe abantu 15 bacyekwaho kuyogoza abaturage babiba moto

Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 7 Gashyantare 2025, mu Karere ka Nyagatare, yeretse itangazamakuru abantu 15 bagize itsinda rikurikiranyweho ubujura bwa moto zibwe mu turere twa Nyagatare na Gicumbi. Bose uko ari 15 bacyekwaho kugira uruhare mu kwiba moto 9 zibwe mu mezi atatu ashize, aho enye muri zo zamaze kugaruzwa […]
U Burundi bugiye kohereza izindi ngabo i Bukavu

Hashize iminsi ibiri, batayo nshya, ya 22 ya Task Force irimo gukusanyirizwa i Gatumba, umujyi uhana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), mbere yo koherezwa i Bukavu, umurwa mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Ibi biratuma umubare w’ingabo u Burundi zimaze kohereza mu burasirazuba bwa DRC ugera kuri batayo 16, zigizwe n’abasirikare hagati ya […]
U Rwanda rwabwiye Loni ko rufite ibimenyetso by’igitero simusiga rwari rugiye kugabwaho

Kuri uyu wa Gatanu, u Rwanda rwavuze ko rufite ibimenyetso byerekana igitero gikomeye Repubulika ya Demokarasi ya Congo yateganyaga kurugabaho, kandi rwongera guhakana ko rufite uruhare mu bibera hakurya y’imipaka yarwo. Iyi nkuru dukesha Reuters ivuga ko Kigali na Kinshasa byagiye bishinjanya kuba inyuma y’ihungabana ry’umutekano ryubuye mu burasirazuba bwa Congo, aho inyeshyamba za M23 […]