CECAFA Kagame cup: Rayon Sports yisanze mu itsinda rimwe nâigihangange TP Mazembe
Ikipe ya Rayon Sports yisanze mu itsinda rimwe nâikipe yâigihangage muri Afurika TP Mazembe muri tombora yâuko amakipe azahura mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2019 izabera mu Rwanda muri Nyakanga uyu mwaka. Kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 Kamena 2019 nibwo habaye iyi tombora yasize Rayon sports yatwaye igikombe cya shampiyona mu Rwanda […]
UFC: Umurwano uzahuza Justin Bieber na Tom Cruise witezweho umubare w'abafana udasanzwe
Icyamamare mu muziki, Justin Bieber n’icyamamare muri filime, Tom Cruise bemeranyije kurwana. Ni umukino witezweho abafana benshi baturutse muri udu duce tw’imyidagaduro dukunzwe cyane. Bieber ubwe yihamagariye Tom Cruise uri mu bakinnyi ba filimi binjiza akayabo, amubwira ko bagomba guhurira ku kibuga cya Octagon gikinirwamo imikino njyarugamba muri iyi shampiyona ya UFC. Ubu butumwa bwarebaga […]
Ubusabe bwa Lt. Joel Mutabazi bwo gufungurwa byâagateganyo urukiko rwabuteye utwatsi
kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kamena 2019, Urukiko rw’ubujurirre rwatesheje agaciro icyifuzo cya Liyetona Joel Mutabazi wasabaga kurekurwa by’agateganyo akaburana ubujurire ari hanze . Lt Mutabazi yajuririye uru rukiko avuga ko atemera igifungo cya burundu yakatiwe n’urukiko rwa gisirikare, igihano yahawe mu 2014. Yabwiye urukiko ko afunze mu buryo bunyuranye n’amategeko anasaba ko […]
Tariki 21 Kamena: Umunsi mukuru wâigitunguru mu Bufaransa
 Nubwo tariki 21 Kamena yitiriwe umunsi mukuru wâ igitunguru mu Bufaransa nta muntu urasobanura impamvu yabyo, gusa iki gihingwa kirubashwe kuko gikoreshwa nkâ imboga cyangwa deseri . Tariki 21 Kamena yabarwaga nkâ umunsi wa gatatu wâ ukwezi  kwitiriwe Messidor  kuri kalendari yâ Abarepubulikani (calendrier rĂ©publicain) mu Bufransa bakawita umunsi wâ igitunguru (le jour de l’oignon) […]
Rutsiro: Amaso yaheze mu kirere bategereje kuzurizwa uruganda rusya ibigori
Abaturage bo mu Murenge wa Mushubati, mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko hashize imyaka ine bubakiwe uruganda rusya ibigori, na nâubu rukaba rutaruzura kubera ko aho rwubatse hatagera umuriro wâamashanyarazi. Ni uruganda rugizwe nâibyumba bibiri, icyari kigenewe kwakira umusaruro wâibigori nâicyo gushyiramo imashini zitunganya umusaruro, byose nta kibikorerwamo mu gihe imyaka ine ishize. Uyu muturage […]
Papa ni pasiteri, natwaye inda none arashaka ko njya kubyarira mu mahanga umwana nkamutayo- Nkore iki?
Muraho neza! Ndi umunyarwandakazi papa akaba ari pasiteri ukomeye mu gihugu ku buryo muri iyi minsi atabasha gutora agatotsi nyuma yo kumenya ko ntwite. Mfite inda yâamezi abiri, ntabwo yari yagaragara, nayitewe nâumusore dukundana ariko utarabona ubushobozi ngo tunane, kubera iyo mpamvu papa arimo kumbwira ko agiye kunjyana mu mahanga, nkabyarirayo umwana tukamusiga muri famille […]
Rihanna mu ntambara y'ubucuruzi na se
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Rihanna Fenty yareze se mu rukiko amushinja gukoresha izina rye ry’ubucuruzi (business brand). Uyu musaza na we yamusubije asaba ko urukiko rwahagarika iki kirego. Rihanna na se, Ronald Fenty barapfa izina rya ‘Fenty’. Iri zina Rihanna yarihaye ubucuruzi bwe bw’ibirungo bisigwa ku mubiri. Ise na we amusubiza ko burya iri zina yarikoresheje mu […]
Kwita ku mibereho myiza y'abagore ni inshingano za OIF- Louise Mushikiwabo
Umunyamabanga Mukuru wâUmuryango wâIbihugu bikoresha Igifaransa, Louise Mushikiwabo, aravuga ko ibihugu byose bigize uyu muryango bifite inshingano zo kuvugurura imibereho yâabagore. Inama Mpuzamahanga ku burezi bwâAbakobwa no guhugura abagore yateguwe nâUmuryango wâIbihugu bikoresha Igifaransa, OIF, yabereye I Ndjamena muri Tchad yarangiye kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 19 Kamena. Muri iyi nama, OIF yahamagariye amahanga […]
Burundi: Umuvunyi Mukuru yavuze ko nta bindi biganiro bihuza Abarundi bizongera kuba
Umuvunyi Mukuru wâu Burundi, Edouard Nduwimana, aratangaza ko nta bindi biganiro hagati yâabatavuga rumwe mu Burundi bizongera kuba. Ibi Bwana Nduwimana yabitangarije mu itangazo yasomye kuri uyu wa Gatatu ushize, aho yamaganaga ibyatangajwe nâAkanama kâUmutekano ka Loni gahamagarira Abarundi gusubira ku meza yâibiganiro. Edouard Nduwimana aravuga ko nta bindi biganiro bizongera kuba ahubwo abanyapolitiki batangira […]
Kuboneza urubyaro birinda umugore gupfa- Min. Gashumba
Minisitiri wâUbuzima, Dr Diane Gashumba avuga ko hari byinshi Guverinoma yâu Rwanda yakoze ikangurira Abanyarwanda kuboneza urubyaro, na serivisi zijyanye nâiyi gahunda zikaba zaregerejwe abaturage. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2019, mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo harabera inama ku mikoranire yâinzego zita kuri gahunda yâubuzima bwâimyororokere no kuboneza urubyaro, nibwo […]
RNC iravuga ko itarabona igisubizo cya Guverinoma yâu Rwanda ku biganiro yasabye
Ishyaka RNC ritavuga rumwe nâubutegetsi rikorera hanze yâigihugu kuri uyu wa Gatatu ushize ryatangaje ko ritarabona igisubizo cya Guverinoma yâu Rwanda nyuma yo kuyandikira bayisaba ibiganiro. Ni mu gihe u Rwanda rwakomeje kwemeza ko rudateze kugirana ibiganiro nâabanyabyaha babuza umudendezo igihugu n’akarere. Mu itangazo bashyize ahagaragara nkâuko tubikesha Daily Monitor, Jean Paul Turayishimye, Umuvugizi wa […]
Ikipe y'Uburundi yemerewe akayabo k'amafaranga iramutse itsinze Nigeria
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi, FFB, RĂ©vĂ©rien Ndikuriyo yemereye ikipe y’igihugu akayabo k’amafaranga iramutse itsinze Nigeria, akikuba kabiri uko izaba igeze mu kindi cyiciro cy’irushanwa rya CAN 2019. Bwana Ndikuriyo, abicishije kuri Facebook yanditse ati: “Abakinnyi basabwe kwereka Nigeria ko Uburundi bukeneye igikombe. Ishyirahamwe ryâumupira wâamaguru mu Burundi ryateganyije ishimwe ringana na miliyoni 150.000.000 […]
Mudugudu yitumye mu rugo rwanjye- umuturage w'AKarere ka Nyabihu
Umuturage utarashatse ko amazina ye atangazwa yatubwiye ko atuye mu Kagari ka Rurembo, Umurenge wa Rugera, Akarere ka Nyabihu yatwandikiye atubwira ko umuyobozi wâumudugudu atuyemo yitumye mu rugo rwe ndetse asaba ko yakweguzwa ku mirimo ye. Uyu muturage yifashishije imeli yacu, info@bwiza.com yavuze ko uyu muyobozi yari yasinze yabaye ibyatsi nyuma akajya kwituma mu ruhavu […]
Ibintu ntibyifashe neza mu rugo rwa Harmonize
Umubano wa Harmonize nâumukunzi we, Sarah ntumeze neza bitewe nâamakuru yasakaye avuga ko uyu muhanzi yaba afitanye umwana nâundi mugore. Sarah usanzwe azwi nkâumuterankunga akaba nâumukunzi wa Harmonize yamenye ibyâaya makuru, yatangiye gusaba ibisobanuro. Amakuru yatumye Sarah ahaguruka yamenyekanye nyuma yâaho bimenyekanye ko mu byumweru bike bishize, umukobwa witwa Ashanti yibarutse umwana wâumukobwa yabyaranye na […]
Ni iki Perezida Kagame avuga ku kwihuza kw'ishyaka rya Rusesabagina na Twagiramungu?
Perezida Paul Kagame wari witabiriye inama y’Uburayi y’iterambere, yabajijwe ibibazo bitandukanye n’ikinyamakuru TAZ cyo mu Budage, banakomoza ku kwihuza kw’ishyaka rya Rusesabagina na Twagiramungu. Ku wa Kane tariki ya 20 Kamena 2019, Perezida Kagame wari mu Budage, yatangarije iki kinyamakuru ko Twagiramungu na Rusesabagina, barwanya Leta y’u Rwanda, bagizwe n’itangazamakuru gusa. Ati ” Ibi byahozeho […]
Si mbona ko byashoboka- Perezida Kagame avuga intambara hagati yâu Rwanda na Uganda
Perezida Kagame avuga ko nâubwo umubano hagati yâu Rwanda nâigihugu cya Uganda utifashe neza, bitagera aho ibi bihugu byombi birwana nk’uko bamwe babitekereza. Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye nâitangazamakuru ryigenga ryo mu Budage, Die Tageszeitung rizwi TAZ, nyuma yâinama yiga ku iterambere ryâUburayi âEuropean Development Daysâ yabereye i Buruseli mu Bubiligi, yitabiriye, nibwo yatangaje ko […]
Min. Mutimura avuga ko imyuga ari umurimo ukomeye kandi ufasha gutanga akazi ku bawize
Minisitiri wâUburezi, Dr. Eugene Mutimura avuga ko haba mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu bya Afurika, imyuga ari ingirakamaro ku bayize bityo ko Guverinoma yâu Rwanda yiyemeje gushyira imbaraga mu kugira ngo izamure umubare wâabanyeshuri bitabira amashuri yâimyuga n’ubumenyingiro(TVET). Minisitiri wâUburezi yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Kamena 2019, ubwo yagezaga ku […]
Gerald Mbanda yamuritse igitabo cya mbere mu mateka kivuga ku Bushinwa nâu Rwanda
â Ubuyobozi bukora neza bwâu Bushinwa nâu Rwanda ni urufunguzo ku miyoborere izana impinduka â, uyu ni umutwe wâIgitabo cya Gerald Mbanda, umuyobozi wâishami rishinzwe ibijyanye nâitangazamakuru nâitumanaho mu Kigo cyâIgihugu cyâImiyoborere (RGB) mu Cyongereza yise ” China and Rwanda: Effective Leadership is Key to Transformational Governance “, Ambasaderi wâu Bushinwa mu Rwanda, Rao Hongwei, […]
Urubanza rwa Rukeratabaro: Baregeye indishyi batazabona hagamijwe gufasha ubushinjacyaha
Abantu ku giti cyabo nâimiryango iharanira inyungu zâabarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bishyize hamwe baregera indishyi mu rubanza rwa Rukeratabaro Theodore. Mu byâukuri bari bazi neza ko nta ndishyi zizaruvamo, kuko uyu yaburanye nkâumuntu utishoboye (wo mu cyiciro cya mbere) byose abikorerwa na Leta ya Suwede ; ahubwo bari bagamije gufasha ubushinjacyaha kubona amakuru yâurubanza. […]
Ikigo AFD cyâAbafaransa kigiye gusubukura ibikorwa byacyo mu Rwanda byari byahagaze mu 2000
Umuyobozi Mukuru wâIkigo cyâAbafaransa cyâIterambere (AFD) Remy uri mu ruzinduko rwâiminsi ibiri mu Rwanda, aho yaje mu biganiro ku hantu u Bufaransa nâu Rwanda byagirana ubufatanye mu rwego rwo kurushaho gukaza umubano hagati yâibihugu byombi. Iki kigo kikaba cyifuza gusubukura ibikorwa byacyo byari byahagaze hagati muri 2000 nyuma yâigitotsi mu mubano wâu Rwanda nâu Bufaransa. […]
Rwamagana: Polisi yagaruje amafaranga yari yibwe umucuruzi
Umusore witwa Nsabimana Silas wâimyaka 27 yafashwe na Polisi ikorera mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Gishari kuri uyu wa 19 Kamena, ubwo yari amaze kwiba umukozi wa MTN Uwimana Gaudance wâimyaka 22 ibihumbi 135,000Frw akoresheje telefone. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara yâIburasirazuba Chief Inspector of Police (CIP) Hamudun Twizeyimana yavuze ko uyu musore […]
Manzi Thierry yasabye Rayon Sports kongera kuyikinira
Manzi Thierry wayoboye abakinnyi ba Rayon Sports kugeza ubwo yatwaye igikombe cya shampiyona muri uyu mwaka, aherutse kwandikirwa ibaruwa imusezerera muri iyi kipe. Yasabye imbabazi ubuyobozi, asaba ko bwamureka akongera akayikinira mu mikino y’igikombe cy’amahoro. Manzi Thierry yatangiye ashimira ubuyobozi ku bw’amahirwe bamwifurije mu yindi kipe azajyamo, ashimira imibanire ye n’ikipe byayigejeje ku nsinzi. Yageze […]
Amadayimoni turayicaza, nkayafata nkayirukana: Umuvuzi gakondo w'i Kigali
Ni umuvuzi gakondo utuye mu mujyi wa Kigali, ni umukecuru witwa Nyirasafari Patricie, ufite imyaka 77 y’amavuko, akaba amaze imyaka myinshi avura gakondo. Avuga ko amadayimoni ahangana nayo, yaba ari mu muntu akayirukana akagenda. Ashimangira ko n’ubwo atanga imiti ituma ayo madayimoni agenda, ko anifashisha n’amasengesho. Ngo hari igihe umuntu aterwa n’amadayimoni yohererejwe n’abo mu […]
Umuryango nyarwanda ukwiye kongera ingufu mu kwita ku burere bwâabana-Minisitiri Nyirahabimana Sorina
Umuryango nyarwanda ukwiye kongera ingufu mu kwita ku burere bwiza bwâabana babo hatekerezwa ku cyagirira abana bâabanyarwanda akamaro kugira ngo ibibazo biri mu bana, bikumirwe kandi ingamba zifatwe zo gushaka ibisubizo bituma abana bâabanyarwanda bamererwa neza. “Ku gihugu, ingufu zâabana bâabanyarwanda nizo ziba zitegerejwe mu kuzasubukura ikivi abakuze baba batarushije. Abana , igihugu kiba kibatezeho […]
Abateguye jenoside babanje gusenya ubumuntu – Lt. Col. Sam Rwasanyi
Lt. Col. Sam Rwasanyi uyobora ingabo mu rwego rwâAkarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, avuga ko ku ikubitiro abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi babanje gusenya ubumuntu bagamije gutesha agaciro, asaba urubyiruko gusigasira indangagaciro muri bo kugira ngo Jenoside ntizongere kubaho ukundi. Umuyobozi wâIngabo mu karere ka Kicukiro yabisabye abanyeshuri nâabayobozi ba kaminuza […]
Paris:Nicolas Sarkozy , araregwa ruswa, uburiganya no kumviriza telefone ntaburenganzira
Ubutabera bwo mu Bufaransa bwemeje  ko Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida wâ Ubufransa mu gihe cya vuba yongera kwitaba urukiko kubera ibyaha akurikiranweho birimo ibya ruswa no kumviriza telefone ni ibindi biri muri dosiye yâ umuherwe Bettencourt . Iperereza ryakozwe nâ ubutabera ryagaraje ko Nicolas Sarkozy yajyaga avugana kuri telefone mu ibanga na Thierry Herzog […]
Minisiteri y'ubuhinzi irasaba abikorera kuyifasha gukwirakwiza imbuto n'inyongeramusaruro
Mu gihe abahinzi bakomeje kugaragaza ikibazo cyo kugerwaho nâimbuto igihe cyâihinga cyarenze zanabageraho ngo zikabageraho zihenze, ikibazo bavuga ko kiri no ku nyongeramusaruro. Minisiteri yâUbuhinzi nâUbworozi iravuga ko iki kibazo kizakemurwa nâabikorera basabwa kwinjira mu bucuruzi bwâimbuto nâinyongeramusaruro bagafasha iyi Minisiteri. Â Ikibazo cyo kutabona imbuto nâinyongeramusaruro, ni bimwe mu bibazo bikunze kugarukwaho nâabahinzi hirya […]
RDC: Abasirikare batatu nâabasivili babiri biciwe mu mirwano
Abantu batanu barimo abasivili babiri biciwe mu mirwano yadutse mu rukerera kuri uyu wa Kane hagati yâingabo za Congo, FARDC nâabantu bitwaje intwaro ahitwa Nyamamba, igiturage giherereye mu birometero 7 uvuye Tchomia, ku nkengero zâIkiyaga cya Albert. Biravugwa ko agatsiko kâabantu bitwaje intwaro gakondo ndetse nâiza kizungu, kagabye igitero gitunguranye mu giturage cya Nyamamba imvura […]
Mbaye nka Perezida namushyiramo- Hon. Tito Rutaremera avuga gushyira Frank Habineza muri Guverinoma
Nyuma yâaho Perezida wâIshyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Green Party), ritavuga rumwe na Leta yâu Rwanda, Depite Franka Habineza atangarije ko rinyotewe kwinjira muri Guverinoma, Hon Tito Rutaremara ubarizwa mu Muryango wa FPR/Inkotanyi na Perezida Kagame abarizwamo, avuga ko mu gihe yaba yemera gushyigikira politiki ya Perezida, abaye ari nka we yamushyiramo. Mu kiganiro […]
U Burundi bwasubiye inyuma imyaka 30 muri demokrasi- Indorerezi
Nyuma yaho Perezida Pierre Nkurunziza yivuguruje akavuga ko aziyamamariza 2020 kongera gutegeka , indorerezi mpuzamahanga zikurikirana ubuzima bwa politike na demokrasi by’ u Burundi zivuga ko iki gihugu cyasubiye inyuma imyaka 30. Bemeza ko kimwe no mu myaka 30 irangiye , u Burundi bwagiraga ishyaka rimwe rukumbi kandi nta muntu warivuguruzaga.Ni muri urwo rwego basohoye […]
Iran yahanuye indege ya Drone ya Amerika
Igisirikare cya Iran (Iranâs Islamic Revolution Guards Corps , ISRGC) cyatangaje ko cyahanuye indege ya Drone ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yinjiye mu kirere cyayo. Ibitangazamakuru bya leta muri Iran byanditse ko igisirikare cya Iran cyarashe iyo drone mu ntara ya Hormozgan iri mu majyepfo yâicyi gihugu. Iyi Drone yarashwe ikaba iri mu […]
Madamu Jeannette Kagame avuga ko umusanzu wâabana ari ingenzi mu muryango
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Madamu Jeannette Kagame avuga ko mu iterambere ryâumuryango nyarwanda nâumusanzu wâabana ari uwâingenzi. Ni ubutumwa yatanze abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, kuri uyu wa 20 Kamena 2019, ubwo mu Rwanda hizihizwa Umunsi wâUmwana wâUmunyafurika, akaba anashishikariza kwimakaza umuhate wo gushaka ubumenyi mu bana bâu Rwanda ari nako hakomezwa umuryango. […]
Pasiteri yahanuye umusore ngo yeretswe ko tugomba kubana ndamwanga none sinorohewe mu muryango-Nkore iki?
Mbanje kubiseguraho kuko ntabwo nifuje ko amazina yanjye atangazwa, iwacu ni mu Karere ka Kamonyi, muri Runda. Ndi umukobwa wâimyaka 27. Ndi umukirisito ariko nabwo ndongera kubiseguraho kuko nirinze kuvuga itorero nsengeramo. Ubwo rero turi mu materaniro, Pasiteri aba arihanikiriye arampanuriye, aba avuze ko mfite ubukwe vuba. Ubwo bukwe bwabaye nkâubuntunguye cyane, kuko yavuze umusore […]
Burundi: Abapolisi babiri barasiwe mu gitero cyagabwe nâabitwaje intwaro
Abantu bitwaje intwaro bataramenyekana, mu ijoro ryo ku wa 17 Kamena 2019, bagabye igitero muri Komini Gihanga, Intara ya Bubanza, barasana nâabapolisi, babiri muri bo bakomeretswa nâamasasu. Abagabye igitero baturutse mu ishyamba kimeza rya Rukoko. Imibare itangazwa na Leta yâu Burundi ikagaragaza ko aria bantu batanu bakomeretse barimo abapolisi babiri. Nkâuko bitangazwa na RPA, ngo […]
Musanze: Umubyeyi ufite abana bane arara mu gisambu
Umubyeyi wâabana bane, Ntamfurayishavu Speciose, utuye mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, avuga  ko amaze icyumweru aba mu Rutoki, nyuma yâaho aho yari yakodesherejwe nâubuyobozi bwâUmurenge bahamwirukanye bitewe nâuko yari amaze amezi 3 atishyura. Ni muri metero icumi uvuye ku muhanda Musanze-Vunga, niho Ntamfuyishavu Speciose yashinze ibiti bito asesekamo ibirere hejuru asasaho inzitiramibu.Uyu […]
Umusaza wâimyaka 70 ari mu mazi abira azira gutera ibuye imodoka ya Museveni
Umusaza wâimyaka 70 yâamavuko yafatiwe mu gace ka Arua, muri Uganda akaba ashinjwa gutera ibuye imodoka yari itwaye Perezida Museveni, riyimena ikirahuri. Polisi yatumyeho uyu musazwa witwa Omar Risasi Amabua ku wa Kabiri wâiki cyumweru, kugira ngo akorerwe dosiye kuri iki kibazo cyabayeho mu mezi 10 ashize. Nkâuko bitangazwa nâikinyamakuru Dailymonitor, ngo umuyobozi wa Polisi, […]
Kiyovu Sports na AS Kigali zaba zigiye kuba ikipe imwe
Mu ibaruwa yakomeje gucicikana igaragaza ko, ubuyobozi bwâikipe ya AS Kigali nâubwa Kiyovu Sports, bwandikiye ubuyobozi bwâumugi wa Kigali bubasaba ko aya makipe yombi yahuzwa akagirwa ikipe imwe yâumugi wa Kigali. Hari hashize iminsi bihwihwiswa ko aya makipe yombi ashobora kwihuza agakora ikipe imwe ikomeye ihagarariye umujyi wa Kigali. Byaje kuba impamo ubwo ubuyobozi bwâamakipe […]
Nyamasheke/ Mataba: Bifuza ikimenyetso cy'amateka ya Jenoside ku cyobo cyajugunywemo Abatutsi barenga 400
Jenoside yakorewe abatutsi mu cyahoze ari segiteri ya Gabiro  mu kagari ka Mataba, umurenge wa Shangi yâubu ngo yakoranywe ubugome budasanzwe ,aho  abicirwaga hirya no hino mu cyari iyi segiteri nâabandi baturukaga imihanda yose berekeza kuri paruwasi gatulika ya Shangi  bakicirwa kuri bariyeri yari iri hafi ya santere yâubucuruzi ya Mulindi ihari […]
UN iratangaza ko umubare wâimpunzi ku isi warushijeho kwiyongera
Umuryango wâAbibumbye utangaza ko umubare wâimpunzi ku isi warushijeho kwiyongera mu buryo butigeze bubaho mu myaka 70 ishami ryita ku mpunzi (HCR ) rimaze ribayeho. Ubu hirya no hino ku isi habarurwa impunzi zirenga gato miliyoni 70 z’ahunze intambara . Ni inshuro ya mbere mu mateka yâishami rya HCR habayeho umubare uri hejuru cyane ugereranije […]
Loni ifite ibimenyetso ku ruhare rw'Igikomangoma bin Salman mu iyicwa ryâumunyamakuru Khashoggi
Ibimenyetso bishya biragaragaza ko Igikomangoma Mohamed bin Salman nâabandi bayobozi bakuru, muri Arabia Saoudite, bagize uruhare mu iyicwa ryâumunyamakuru Jamal Khashoggi nkâuko impuguke ya Loni mu iperereza ku burenganzira yatangaje kuri uyu wa Gatatu. Ntacyo Arabia Saoudite yahise ivuga kuri ibi nubwo yohererejwe raporo yâamapaji 100 ku byagezweho mu iperereza, ariko ubu bwami bwakunze guhakana […]
Umugabo yasambanyije imbwakazi, umugore we ari gufata mashusho
Kuwa 14 Kamena 2019, umugabo ufite imyaka 29 y’ amavuko yatawe muri yombi na polisi nyuma yo gufatwa asambanya imbwakazi ye y’ imyaka 3. Aya mahano yabereye mu Bufaransa yemezwa n’ amashusho yafashwe n’ umugore w’ umugabo wasambayije imbwakazi ye ubwo imbwakazi yari iziritse amapingu ku maguru ndetse n’ amaboko, nk’ uko tubikesha actu.fr. Ubwo […]
Runaniza Amza yashyize umukono ku masezerano mu ikipe ya Rayon Sports
Ubuyobozi bwâikipe ya Rayon Sports butangaza ko bwagiranye amasezerano nâumukinnyi Runaniza Amza, wari usanzwe akinira ikipe ya Marines Fc. Iyi kipe ibicishije ku rukuta rwayo rwa Twitter, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Kamena 2019, yagize iti â Rayon Sports iratangaza ku mugaragaro isinya ryâamasezerano ryâumusore Runanira Hamza, uzifatanya na Gikundiro mu mukino ya […]
Maze amezi abiri ndara ukubiri nâumugabo ngo ni uko ntagira amavangingo- Mungire inama
Ndabaramukije, mfite imyaka 34 nkaba ndi umubyeyi wâabana babiri, umukobwa nâumuhungu. Umugabo wanjye tumaranye imyaka umunani tubana. Hashize imyaka ibiri umugabo wanjye tutabanye neza nyuma yâaho ntangiye kumubonaho ingeso zâubusambanyi, aho anca inyuma akaryamana nâabandi bagore kandi nkabimenya. Twakomeje kubana gutyo tutumvikana neza, ariko bigeze mu kwezi kwa Kane biba akarusho kuko ubu yanyirukanye ku […]
Inteko igiye kwiga ku mushinga wa Facebook wo gushyiraho ifaranga ry'ikoranabuhanga(cryptocurrency)
Ikigo cya Facebook cyatangaje ko kigiye gushyiraho uburyo bw’ifaranga ry’ikoranabuhanga rizwi nka ‘cryptocurrency’ rizajya rikora mu buryo bwihuse, bwizewe kandi budasaba ikiguzi. Ariko inteko ishinga amategeko y’Amerika yavuze ko hazabanza inyigo mbere y’uko ryemererwa gukora. Inkuru dukesha CNN ivuga ko ejo tariki ya 19 Kamena ari bwo iki kigo cyatangaje ku mugaragaro uko ubu buryo […]
Gereza eshanu mu gihugu zigiye kubakwamo amashuri 10 yâubumenyingiro
Urwego rwâubutabera rwâu Rwanda kuri uyu wa Kabiri rwahawe nâUbwami bwâu Buholandi inkunga ya miliyoni 9.3 zâAmayero (Miliyari 9.4 frw) yo kubaka amashuri yâubumenyingiro mu magereza yo mu Rwanda. Amasezerano yâiyi nkunga yashyizweho umukono hagati yâUmunyamabanga wa Leta ushinzwe igenamigambi ryâubukungu muri Minisiteri yâImari na Ambasaderi wâu Buholandi mu Rwanda, Frederique de Man. Nkâuko ayo […]
Gatsibo/Ngarama: Min. Busingye yashimye abaturage bujuje ibiro byâabunzi
Minisitiri wâUbutabera akaba nâIntumwa nkuru ya Leta, Busingye Johnston arashimira abaturage bo mu Murenge wa Ngarama, mu Karere ka Gatsibo, Intara yâIburasirazuba, bubakiye abunzi ibiro bazajya bakoreramo. Ni ibiro abunzi bazajya bakoreramo Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Kamena 2019, aho yashimye iki gikorwa ndetse ko cyakabaye isomo ku […]
Kigali-Kimironko: Ntucikwe ni inzu igurishwa amafaranga make
Iyi nzu iherereye Kimironko kwa Mushimire iragurishwa amafaranga make 80.000.000 mu kumvikana , iyi nzu ifite ibyumba 4, salon, salon a manger, cuisine, stock, douches+toilettes 2. ikagira igikoni, douche, toilettes na magazine hanze. Ifite kandi Igipangu giparikwa mo imodoka 5. Uyikeneye yahamagara kuri iyi nimero : 0783115677
Nyaruguru: Nyirabahutu waririmbiraga Perezida Kagame akanyurwa yitabye Imana
Nyirabahutu Daphrose, umukecuru wo mu Karere ka Nyaruguru benshi bari bazi ku izina ry’Umukecuru wa Perezida, yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB). Aya makuru yemezwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru, avuga ko Nyirabahutu yari amaze iminsi arwariye kwa muganga. Urupfu rwe ngo rukaba ari igihombo ku Karere ka Nyaruguru n’igihugu muri rusange. […]
Umunyapolitiki Faustin Twagiramungu yifatanyije na Paul Rusesabagina mu ihuriro MRCD-Ubumwe
Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza ryâumunyapolitiki Faustin Twagiramungu kuri ubu ryinjiye mu ihuriro MRCD-Ubumwe riyobowe na Paul Rusesabagina, aho ubu iri huriro ryahise rigira amashyaka ane atavuga rumwe nâubutegetsi bwâu Rwanda akorera hanze arigize. Impuzamashyaka MRCD-Ubumwe yari igizwe nâamashyaka atatu; CNRD-Ubwiyunge (igice kitandukanyije na FDLR), PDR-Ihumure na RRM. Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 18 […]
DJ Lenzo ntiyaripfanye ku bivugwa ko ari mu rukundo na Anitha Pendo
Umwe mu basore bavanga imiziki (DJ), Dj Lenzo yavuze ku makuru yacicikanye avuga ko yaba ari mu rukundo na Anitha Pendo, umushyushyarugamba akaba nâumunyamakuru. Mu kiganiro na Isango Star TV, Dj Lenzo kuri uyu wa 18 Kamena uyu mwaka yatangaje ko ibyâaya makuru ntacyo abiziho ko ahubwo na we yabibonye ku mbuga nkoranyambaga. Ati â […]
Nyamasheke/ Mahembe: Bifuza inganda ziciriritse zibasha kongerera agaciro umusaruro wabo
Abaturage bâumurenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke bishimira aho bageze mu musaruro wâubuhinzi nâubworozi nyuma yâuko ubuyobozi bubakanguriye gahunda zo kongera umusaruro bihaza mu biribwa,bakababazwa nâuko uwo musaruro wabo ugenda upfa ubusa kubera ko werera rimwe ukazagira igihe uburira rimwe kandi batarawungutsemo,bakifuza ko babona inganda ziciriritse ziwongerera agaciro kuko ari bwo bashobora kunguka. Mu […]
USA: Perezida Trump yatangije ku mugaragaro ibikorwa byo kwiyamamariza manda ya kabiri
Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, itariki 18 Kamena yatangaje ku mugaragaro ko atangije ibikorwa byo kwiyamamariza manda ya kabiri mu kwiyamamaza kwabereye mu Mujyi wa Orlando, muri Leta ya Florida yakuyemo amajwi menshi mu 2016. Perezida Trump yishingikirije ibyo yakoze nko mu bukungu, umutekano […]
Kigali: Umukobwa yansabye ko mutera inda ngo umwana azamwirerera
Ndi umusore wâimyaka 26 ntuye mu Mujyi wa Kigali. Umukobwa usanzwe tuziranye bisanzwe yansabye ko namutera inda ngo umwana azamwirerera. Ubwo twaganiraga nkâuko bisanzwe, Olive wâimyaka 23 yarambwiye ati â Reka dukore umuti, ndamubaza nti umeze ute? Arambwira ati nshaka ko twazajya kwipimisha noneho nkabara iminsi yâuburumbuke yanjye neza noneho ukantera inda kuko nkeneye umwana,â […]
Kaminuza y'u Rwanda igiye gusubizaho amafaranga agenerwa abimenyereza umwuga
Kaminuza y’u Rwanda ku bufatanye n’Inama y’Amashuri makuru na kaminuza (HEC) bigiye kureba ukuntu basubizaho amafaranga ahabwa abanyeshuri bimenyereza umwuga babikwiye. Dr. Charles Murigande, umuyobozi wungirije ushinzwe iterambere muri Kaminuza y’u Rwanda, yabwiye The New Times ku wa mbere ko ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi n’iy’Imari n’Igenamigambi, bazajya baha abanyeshuri bakeneye ubufasha amafaranga 30,000 rwf. […]
Kayonza: âNdagiye ndagarutseâ ituma bagira uruhare mu mihigo yâAkarere
Abahinzi nâaborozi bo mu karere ka Kayonza mu burasirazuba bwâu Rwanda barishimira cyane uruhare bagira mu igenamigambi ryâubuhinzi mu karere kabo. Imihigo yabo ishyirwa mu ikayi bita âNdagiye ndagarutseâ, bisobanuye ko baba bafite icyizere ko izashyirwa mu yâakarere. Umugambi wo gukangurira abahinzi kugira uruhare mu mihigo yâakarere, abaturage ba Kayonza bawufashwamo nâumuryango mpuzamahanga urwanya ruswa […]
Minisiteri y'ubuzima isobanura iby'indwara yibasiye abakobwa mu mashuri
Hari indwara yiswe ‘iy’amayobera’ yibasiye abakobwa mu bigo by’amashuri bibiri. Minisiteri y’Ubuzima ivuga ku gitera iyi ndwara nyuma yo kwiyambaza inzobere. Iyi ndwara yibasiye ibigo bya Rambura mu Burengerazuba bw’igihugu na NEGA mu ntara y’Uburasirazuba nk’uko BBC ibitangaza, yafataga mu mavi, bigatuma aba bakobwa batabasha no kugenda. Yayobeye abaganga bo kuri aya mashuri, bamwe bakavuga […]
Imitangire ya Gahunda 'Rendez-Vous' zihabwa abarwayi iranengwa
Bamwe mu basaba serivisi kwa muganga barinubira ko gahunda bahabwa nâabaganga(Rendez-vous) zitinda bigatuma barembera mu rugo. Aba baturage bavuga ko baterwa agahinda no kuba hari ubwo bazana umurwayi urembye, ariko ntahite avurwa agahabwa gahunda ya kure. Umwe ati âEjo bundi njye twaranatonganye. Urabona turiho uyu munsi? Ngo genda uzagaruke ku yindi tariki nyuma yâukwezi. Naramubwiye nti […]
RDC: Umuturage wâUmushinwa nâumusirikare wa FARDC biciwe mu mutego wâabantu bitwaje intwaro
Rusizi: Yafatanywe udupfunyika dusaga 400 twâurumogi nyuma yo kumara imyaka 5 afunze ari rwo azira
Polisi ikorera mu karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe yafatanye Sibomana Bosco wâimyaka 35 yâamavuko udupfunyika 446 twâurumogi, mu gihe yari yarafunguwe mu kwezi kwa mbere nyuma yâ imyaka itanu afungiye icyaha cyo gucuruza urumogi. Uyu mugabo yafashwe ku makuru yatanzwe nâabaturage ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Kamena, bavuga ko nâubwo yavuye […]
Ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge bugereranywa na jenoside
Abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bagera kuri 40 biciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro. Ubu bwoko burashinja leta kuba ntacyo biyibwiye, bakabona ko ubu bwicanyi ntaho butandukaniye na jenoside. Abanyamulenge bavuga ko baterwa n’abantu bafite aho bahuriye n’imitwe y’iterabwoba, yatojwe gisirikare. Ngo baza bafite intwaro, bagatwika, bakica; abaturage bamwe bagahungira mu mashyamba ku bwo kurinda amagara […]