Neymar ntiyemera ikirego kimushinja gufata ku ngufu

Ku munsi w’ejo, inkuru yasakaye mu bitangazamakuru ivuga ku mugore ushinja Neymar Jr kumufata ku ngufu mu murwa mukuru wa Paris. Mu rwandiko uyu mugore yashyikirije polisi yo muri Brazil ruvuga ko Gallo uhagarariye Neymar ari we wamuguriye itike iva muri Brazil ijya mu Bufaransa kugira ngo ahure na Neymar. Ngo yanakodesherejwe icyumba muri Hotel […]

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y'imyaka 17 yishwe

Jonas Savimbi wahoze ayoboye umutwe witwa Unita warwanyaga ubutegetsi bwa Angola, yashyinguwe ku wa Gatandatu tariki ya 1 Kamena 2019, nyuma y’imyaka 17 yari ishize yishwe. Abahoze ari abarwanyi ba Unita ibihumbi n’ibihumbi bari bitabiriye ibirori by’ishyingurwa rye, ryabereye mu gace ka Lopitanga yavukiyemo, bambaye imyenda iriho amafoto ya Savimbi. Isanduku yarimo umurambo we yari […]

Fayulu, Kabila, Katumbi,… ntibigeze bitabira umuhango wo gushyingura Etienne Tshisekedi

Ku munsi w’ejo, umurambo wa Etienne Thisekedi warashyinguwe. Ku wa gatanu habaye umuhango wo kumusezeraho kuri sitade ya Martyrs muri Kinshasa, gushyingura bibera muri N’sele ku butaka bwe bwite. Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro benshi; bamwe baturutse hanze ariko abandi nka Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi, Joseph Kabila, MoĂ ÂŻse Katumbi na bamwe mu bayobozi b’amadini ntibahageze. […]

Liverpool itwaye igikombe cya UCL nyuma y'imyaka 14-amafoto

Uyu wa gatandatu, tariki ya 1, Liverpool itwaye igikombe cya UEFA Champions League nyuma y’imyaka 14 itagikozaho intoki. Igitwaye itsinze Tottenham Hotspur ibitego 2-0. Ku kibuga cya Atletico Madrid, Wanda Metropolitano, umukino watangiye saa tatu z’ijoro ku masaha yo mu Rwanda. Umukino ugitangira, Liverpool yahise ibona penaliti yaturutse ku mupira Sadio Mane yateye ku kuboko […]

Abanyamuryango ba FPR/Inkotanyi batoye ababahagarariye mu Murenge wa Kigali- AMAFOTO

Abanyamuryango ba FPR/ Inkotanyi bo mu Tugari n’Imidugudu bigize Umurenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali, batoye ababahagarariye muri uyu Murenge. Bemeza ko Komite bashyizeho bayizeye kandi bayibonaho ubushobozi bwo gukomeza kubaka umuryango muri uyu Murenge. Ni amatora yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Kamena 2019, uwitwa Nizeyimana Emmanuel akaba […]

Abasirikare 120 ba RDF basoje amahugurwa y'abayobozi ba segisiyo-amafoto

Kuri uyu wa gatanu, tariki ya 31 Gicurasi, abasirikare ba RDF 120 basoje amasomo y’abayobozi ba segisiyo harimo aba ‘sergeants’, caporales na ba ‘private’. Muri aba ngaba, harimo ab’igitsina gore 14. Aba basirikare bose babarizwa muri divisiyo (Infantry Division) ya 1, bari bamaze amezi atatu mu kigo cya gisirikare cya Kami. Muri uyu muhango wo […]

Museveni dukorana kubera amafaranga- Bebe Cool

Umubano wa Perezida Museveni na Bebe Cool uzwi na benshi mu gihugu cya Uganda, ariko uyu muhanzi yahishuye ko ushingiye ku mafaranga akenshi aba amukeneyeho. Bebe Cool ni umwe mu bahanzi bahoraga bagaragaza ko bakunze cyane Perezida Museveni ndetse banagaragara cyane mu bikorwa by’ishyaka NRM riri ku butegetsi, no mu bukorwa byaryo byo kwamamaza abakandida,  […]

Muhanga: Abaturage basabwe kugira uruhare mu mihigo y’akarere kabo

Mu gikorwa cy’imurikabikorwa  ryabereye ku biro by’akarere  ka Muhanga abaturage beretswe imihigo  y’akarere kabo , iyamaze kweswa ndetse n’itareswa  basabwa kugira  uruhare mu ishyirwamubikorwa  ryayo  kuko ubuyobozi bw’akarere butayesa bwonyine budafatanyije nabo. Mukanziga Epiphanie umwe mu bitabiriye iki gikorwa  avuga ko yabonye imihigo ahanini iba ireba abaturage ariko  ko batari bazi uburyo imihigo ikorwa  ahubwo […]

Tanzania: Umugore yikatishije urwembe yibyaza umwana wabaye muzima

Mu gace kitwa Rukwa hafi y’ikiyaga cya Tanganyika mu Majyepfo ya Tanzaniya, umugore yafashe urwembe aribaga abasha kwibyaza umwana yari atwite. Igikorwa cya Joyce Kalinda w’imyaka 30 y’amavuko cyatangaje benshi, bavuga ko ari ubutwari. Uyu yari umwana wa munani abyaye. Umuyobozi w’agace byabereyemo yabwiye ikinyamakuru Daily News kibogamiye kuri leta ko batangaye cyane ndetse bakibaza […]

Major Aaron Ndayishimiye arashinjwa guhanisha umusirikare ayobora gukubitwa inkoni 200

Major Aaron Ndayishimiye, ni umuyobozi wa Batayo ya 212 mu gisirikare cy’u Burundi, ashinjwa gukorera iyicarubozo umwe mu basirikare ayobora ufite ipeti rya Kapolari ndetse n’abaturage babiri, mu gace kegereye ishyamba kimeza rya Rukoko. Majoro Ndayishimiye uyobora ingabo muri aka gace, yategetse abasirikare bamurinda gukubita inkoni 200 Caporal-chef RĂ©novat Nduwimana, ubu umerewe nabi, akaba ashinjwa […]

 Abadepite bahamagaje Gen. Odong ngo asobanure ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda bahamagaje Minisitiri w’Ibibazo by’Imbere mu Gihugu n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Gen. Jeje Odong ngo asobanure ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda. Uku guhamagazwa kuje nyuma y’aho Umunyayuganda, Alex Nyesiga arasiwe n’u mwe mu bashinzwe umutekano  mu Rwanda mu bice byo ku mupaka. Uganda yavuze ko iraswa rya […]

Perezida Tshisekedi, Kagame na Laurenco baganiriye ku mutekano muke uri mu karere

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi wabo wa Angola, Joao Laurenco baganiriye ku mutekano muke ukomeje kugaragara mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Kuri uyu wa Gatanu, aba bakuru b’ibihugu bakiriwe na Tshisekedi mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku bibazo by’umutekano no ku kunoza ubucuruzi bwambukiranya imipaka. Ibiro […]

RDC: FARDC yeretse abaturage imirambo 23 y’inyeshyamba zikomoka muri Uganda yishe

Igisirikare cya Leta ya Congo (FARDC) cyeretse abaturage imirambo y’inyeshyamba za ADF zikomoka muri Uganda. Izi nyeshyamba 23 zishwe ubwo zakozanyagaho n’izi ngabo za Leta muri Teritwari ya Beni zagize nk’akarima kazo. Ku wa Kane tariki ya 30 Gicurasi 2019, nibwo FARDC yagaragaje iyi mirambo 23 mu gace ka Ngite, kari mu bilometero 15 uvuye […]

Iyicarubozo Col. Tom Byabagamba avuga ko akorerwa rigiye gusuzumwa

Urukiko rw’ubujurire i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019, rwavuze ko rugiye gusuzuma uko Col Tom Byabagamba na bagenzi be bafunzwe, nyuma y’uko barubwiye ko bafunze nabi kandi binyuranye n’amategeko. Mu cyumweru gishize, uru rukiko rwatangiye kuburanisha ubujurire bwa Col Tom Byabagamba wahoze akuriye abarinda Perezida Paul Kagame na ‘Jenerali’ uri […]

Amafoto na video by'imyiteguro ya Liverpool na Tottenham ku mukino wa nyuma wa UCL

Uyu munsi, tariki ya 1 Kamena, ruraba rwambikanye mu mupira w’amaguru, Ku mugabane w’Uburayi. Liverpool na Tottenham FC ziraba zihatanira gutwara igikombe cya UEFA Champions League. Liverpool irashaka gutwara iki gikombe ku nshuro ya 6, igakurikira za Real Madrid na za AC Milan yo mu Butaliyani ifite 7. Tottenham na yo irashaka kumva uburyohe bwacyo […]

Umuvugizi wa ADEPR yavuze ku bazana umwuka mubi mu itorero

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuwa kane tariki ya 30 Gicurasi 2019, umuvugizi w’itorero rya ADEPR yavuze ku nkuru zimaze iminsi zivuga ko ubuyozi bw’ADEPR bukwiye kwegura. Rev. Karuranga yavuze ko abavuga ibi ari abazana umwuka mubi mu itorero. Ibi bije nyuma yaho hamaze iminsi hacicikanye inyandiko y’abiyita ko bahagarariye Abakirisito basaba ubuyobozi bw’ADEPR buyobowe na […]

Nyamasheke: Abana b’abakobwa 161 batewe inda mu mezi abiri

Ikibazo cy’inda zitateganijwe mu bana bari hagati y’imyaka 12 na 17 ngo ni kimwe mu bihangayikishije ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke n’abafatanyabikorwa bako mu by’ubuzima n’ubutabera kuko ngo bagenda biyongera,ahabarurwa abagera ku 161 banyuze ku bigo nderabuzima babyaye hagati y’ukwezi kwa mbere n’ukwa 3 uyu mwaka,bigakekwa ko hari n’abandi batamenyekanye. Nk’uko Bwiza.com yabitangarijwe n’umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu […]

Abahakana jenoside yakorewe Abatutsi ni injiji- Ntakirutinka Charles

Umunyapolitiki Ntakirutinka Charles w’imyaka 69 y’amavuko, avuga ko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994, ari injiji itazagira n’icyo igeraho. Mu kiganiro yagiranye na Bwiza.com ku wa Kabiri tariki ya 28 Gicurasi 2019, Ntakirutinka nk’inararibonye muri Politiki y’u Rwanda ndetse uzi ibyarubayemo  na mbere ya 1994, avuga ko aho Umututsi yari hose […]

Umugore wanjye yambaye ikariso itari ubururu n'umweru namwirukana- Rwarutabura

Umufana ukomeye w’ikipe ya Rayon Sports uzwi ku izina rya Rwarutabura, yagaragaje ibyishimo afite kubera iyi kipe igiye kwegukana igikombe cya shampiyona, avuga ko amaze imyaka isaga 20 ayifana, ashima umugore we, by’umwihariko ko n’ikariso yambara igomba kuba isa n’imyenda iyi kipe yambara (Ubururu n’umweru). Rwarutabura ashima Perezida Kagame, ariko akanifuza ko n’abafana b’ikipe y’igihugu […]

Ubukangurambaga bugamije guteza imbere ireme ry’uburezi bukomereje i Rukara/ Kayonza

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Dr Isaac Munyakazi, yasuye akarere ka Kayonza muri gahunda y’ubukangurambaga bwo guteza imbere ireme ry’uburezi, aganira n’ubuyobozi bw’akarere ku ishusho y’ Uburezi muri rusange, kugira ngo ahakiri ibibazo bishakirwe ibisubizo. Muri urwo ruzinduko rwe mu Karere ka Kayonza, Dr Munyakazi […]

Perezida Kagame yakiriwe na Tshisekedi ndetse bakorana inama na mugenzi wabo wa Angola – Amafoto

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uri I Kinshasa, aho yitabiriye imihango y’ishyingurwa rya Etienne Tshisekedi, yakiriwe na Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na madamu we, ndetse agirana ibiganiro na bagenzi be ba Congo na Angola. Iyi nama y’abakuru b’ibihugu bitatu; Paul Kagame w’u Rwanda, Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, na […]

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku iyicwa rya Nkurunziza muri Afurika y’Epfo

U Rwanda ruremeza ko Umunyarwanda Camir Nkurunziza yiciwe mu bujura muri Afurika y’Epfo nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, uvuga ko iyo umuntu yabaye umunyabyaha ahora ari umunyabyaha. Ni nyuma y’amakuru yamenyekanye kuri uyu wa Gatanu avuga ko hari Abanyarwanda barashwe n’Igipolisi cya Afurika y’Epfo nyuma yo kwiba imodoka […]

Bujumbura: Leta igiye guhambiriza intumwa ya Loni

Mu gihe amatora ya Perezida wa Repubulika ateganyijwe muri 2020,  Leta y’ u Burundi yatangaje ko igiye guhagarika imikoranire yari isanzwe ifitanye n’ intumwa ya Loni muri iki gihugu . Leta ya Perezida Pierre Nkurunziza ivuga ko intumwa ya Loni mu Burundi, Michel Kafando yivanga mu bibazo by’ imbere mu gihugu ndetse ko anarengera. Ibyo […]

Miliyoni 16 z’Amadolari ya Amerika agiye gushorwa mu mushinga wo kwagura IPRC Musanze

Kuri uyu wa kane tariki ya 30 Gicurasi 2019 ku Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Musanze- IPRC Musanze- riherereye mu Murenge wa Nkotsi, Akarere ka Musanze habereye umuhango wo gushyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa inyubako zifite agaciro ka miliyoni cumi n’esheshatu z’Amadolari ya Amerika yatanzwe na Leta y’Ubushinwa mu rwego rwo kwagura iri Shuri. Umushyitsi […]

1994: Kuki Inkotanyi zikimara gufata Kigali Ubufaransa bwifuje kugana Paul Kagame?

Muri  Nyakanga 1994, ubwo ingabo za FPR/Inkotanyi zari zimaze gufata umujyi wa Kigali ariko zigikomeje urugamba rwo kubohora ibindi bice by’ igihugu, Leta y’ Ubufaransa yahise yohereza intumwa ebyiri kugira ngo zivugane na Paul Kagame wari umugaba mukuru wa RPA. Aha umuntu yakwibaza impamvu  Ubufaransa bwa Perezida Mitterand wari ucuditse na Perezida Habyarimana ndetse anafasha […]

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Congo

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho agomba kugirana ibiganiro na mugenzi we w’iki gihugu, Felix Tshisekedi. Perezidansi y’u Rwanda ibicishije ku rukuta rwayo twa Twitter, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Gicurasi 2019, yagaragaje amafoto Perezida Kagame ageze i Kinshasa, Umurwa Mukuru wa Repubulika Iharanira […]

Umuraperi Flesh Kid w’imyaka irindwi yashimuswe

Umubyeyi w’umuraperi Patrick Ssenyonjo uzwi nka Flesh Kid, Mutabazi  yamaze gushimuta umuhungu we amuvana Kampala ku ngufu amusubiza iwabo mu Karere ka Luwero. Ikinyamakuru Bigeye dukesha iyi nkuru kivuga ko ibi ngo yabitewe no kubona ko ushinzwe inyungu z’umuhungu we adashobora kumwubakira inzu cyangwa ngo amugurire imodoka kandi ari se w’icyamamare. Flesh Kid ni umuraperi […]

Nyagatare: Abakijya muri Uganda Meya Mushabe yabagereranyije n’umwana wananiye umubyeyi

Nyuma y’aho Guverinoma y’u Rwanda iburiye Abanyarwanda ibabuza gukomeza kugirira ingendo mu gihugu cya Uganda, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare, kamwe mu dufite imirenge ikora ku mupaka w’u Rwanda na Uganda, buvuga ko hari serivisi zimwe na zimwe zavuguruwe kugira ngo abaturage barusheho kuzibonera mu gihugu cyabo ariko ko abatana batabura. Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe […]

Uburusiya: Byinshi ku rupfu rw’Umwana w’umudipolomate w’u Rwanda wahanutse mu igorofa ya 21

Umuhungu w’Umunyamabanga wa mbere wa Ambasade y’u Rwanda mu Burusiya, Francis Karagire witwa Nicolas Karagire w’imyaka 18 yahanutse mu idirishya ahita apfa. Ibinyamakuru bitandukanye byo mu gihugu cy’Uburusiya ndetse no mu bindi bihugu nka BBC ya Bongereza bitangaza ko uyu mwana yahanutse mu idirishya ry’inzu yabanagamo n’ababyeyi be ahitwa Nakhimovskiy i Moscow. Ambasaderi w’u Rwanda […]

Nyamasheke: Umubikira warokoye abasaga 100 muri Jenoside yagororewe

Soeur Kamuzima Maciana  uzwi ku izina rya Mama Madelena  w’imyaka 83 wari umuyobozi  w’ishuri ryisumbuye rya Mutagatifu Faransisiko wa Asize  rya Shangi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi,  ashimirwa n’abaturage b’umurenge wa Shangi  mu karere ka Nyamasheke n’abarenga 100 yarokoye bari bamuhungiyeho muri iri shuri yayoboraga. Yashyikirijwe ishimwe yagenewe na Unit club intwararumuri iyoborwa na […]

Ikibuga cy'indege cya Bugesera, umwe mu mishinga izibandwaho 2019/2020

Umushinga w’ikibuga cy’indege cya Bugesera ni umwe mu mishinga minini n’ibikorwa bizitabwaho mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 n’indi mishinga irimo kongerera ubushobozi Banki y’Amajyambere y’u Rwanda. Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe azagera kuri miliyari 1.424,5 bingana na 49.5% y’ingengo y’imari yose ya Leta, naho azakoreshwa mu ngengo y’imari y’iterambere azagera kuri miliyari 1,152.1. […]

Tanzania: Igitero mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta cyakomerekeje babiri

Abantu babiri bakomerekeye mu gitero cy’abitwaje intwaro cyagabwe mu ijoro ryo kuwa gatatu rishyira kuwa Kane mu Nkambi y’Impunzi ya Nduta mu gihugu cya Tanzania, aho bivugwa ko hanibwe amafaranga ataramenyekana umubare. Abantu babiri bakomerekeye muri iki gitero babaga mu mudugudu wa 8 muri Zone 11 no mu Mudugudu wa 30 muri Zone ya 13. […]

Gasabo: Abahungutse muri Tanzania bavuga ko barambiwe gutungwa na Leta

Imiryango yahungutse muri Tanzania igatuzwa mu Murenge wa Jabana mu karere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali, ivuga ko barambiwe gukomeza gutungwa na Leta, bagasaba ko bafashwa ku buryo bajya bishakira imibereho. Mu mwaka wa 2014, nibwo aba Banyarwanda batujwe mu Mudugudu wa Gitega, Akagari ka Bweramvura, muri uyu murenge wa Jabana, muri iyi myaka itanu […]

Abanyarwanda babiri biciwe muri Afurika y’Epfo barashwe n’igipolisi

Abanyarwanda babiri, Camir Nkurunziza wahoze mu gisirikare cy’u Rwanda ndetse na mugenzi we utatangajwe amazina baraye biciwe mu gihugu cya Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kane nimugoroba barasiwe ahitwa Goodwood, mu Mujyi wa Cape Town. Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuyobozi rivuga ko abo Banyarwanda bombi bapfuye ubwo abapolisi bo mu mutwe wa Flying Squad barekuraga amasasu. […]

Abantu 40% banywa itabi ku isi bahitanwa n’indwara zifata mu bihaha mu gihe rihitana miliyoni 8 buri mwaka – OMS

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima riraburira abatuye isi ko abantu 40% banywa itabi ku isi bahitanwa n’indwara zifata mu bihaha nka kanseri, indwara zifata mu myanya y’ubuhumekero n’igituntu. Uyu muburo uje mu gihe kuri uyu wa Gatanu, itariki 31 Gicurasi, hateganyijwe kwizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wo Kurwanya Itabi. Insanganyamatsiko muri uyu mwaka igira it: “Wikwemerera […]

Sudani y’Epfo: Abapolisi b’u Rwanda biganjemo ab’igitsina gore bambitswe imidari

Kuri uyu wa 30 Gicurasi, abapolisi 188 b’u Rwanda biganjemo ab’igitsina gore bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Sudani y’Amajyepfo bambitswe imidari y’ishimwe kubera ubunyamwuga bagaragaza no gukora akazi kabo bashinzwe neza. Ibi birori byo kwambikwa imidari byabereye ku cyicaro cy’aho baba i Juba, biyoborwa n’ intumwa yihariye ihagarariye Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye […]

Amakuru y'igura n'igurisha yiriwe mu mupira w'amaguru: Neymar muri Barcelona?

Ubwo shampiyona zirangiye, amakipe menshi arifuza kugura abakinnyi bitwaye neza kugira ngo azashobore kugira umusaruro mwiza mu mwaka w’imikino wa 2019/2020 n’ibihe bizakurikiraho. Hari n’amakipe yabonye ibibazo afite bidashingiye ku bakinnyi gusa, atemera imikorere y’abatoza. Aya yahisemo kwirukana cyangwa kumvikana n’abatoza, babaha imperekeza abatararangiza amasezerano yabo, ubu barifuza abandi. Uyu munsi, tariki ya 30 Gicurasi, […]

Kwibuka bidufasha kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside – Min. Nyirasafari

Mu  gikorwa cyo  kwibuka mu Murenge wa Nyarusange, Akarere ka Muhanga cyabaye kuwa 26 Gicurasi 2019, Minisitiri w’Umuco na Siporo, Nyirasafari Esperance wari umushyitsi mukuru, yavuze ko kwibuka amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi bifasha mu kurwanya ingengabitekerzo yayo ndetse n’abayihakana cyangwa abayipfobya. Yagize ati « Amateka batubwiye atugaragariza uburyo abayobozi babi babayeho, ntibakora inshingano bagombaga gukora […]

Iburasirazuba: Abagenzi banyotowe gukoresha ikoranabuhanga mu gihe abakonvayeri bikanga kubura akazi

Abakora umwuga wo kwinjiza no kwishyuza abagenzi mu modoka bitwa abakonvayeri bafite ubwoba bwo kubura akazi mu gihe hakoreshwa ikoranabuhanga mu kwishyuza abagenzi, ariko abagenzi bo barasaba ko bashyirirwaho imashini zikoreshwa n’abagenzi mu kwishyura nk’izikoreshwa mu ngendo mu Mujyi wa  Kigali .Abakora akazi ko kwishyuza abagenzi baganiriye na Bwiza.com muri Gare ya Kayonza na Gare […]

Intara ya Kivu y’Amajyaruguru yabonye guverineri mushya usimbura Julien Paluku

Carly Nzanzu Kasivita kuri uyu wa Kane, itariki 30 Gicurasi niwe watorewe kuba Guverineri mushya w’Intara ya Kivu y’Amajayaruguru mu matora yatsinze ku majwi 28. Uyu yakurikiwe mu majwi n’abakandida babiri b’ihuriro Lamuka; Muhindo Nzangi Butondo wagize amajwi 11 na Eric Kamavu wagize amajwi 9. ThĂ©obald Binamungu wiyamamaje ku giti cye we nta jwi na […]

Chameleone yinjiye mu ishyaka rya Bobi Wine azifashisha yiyamamariza kuba Meya wa Kampala

Icyamamare mu muziki mu Bugande, Jose Chameleone yatangaje ko yamaze kujya mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi riyobowe na mugenzi we, Bobi Wine. Yagiye muri iri shyaka kugira ngo rizamufashe kwiyamamariza umwanya wa Meya w’umugi wa Kampala uyobowe na Erias Lukwago. Mu nama yagiriye muri sitade ya Kakindu, mu karere ka Jinja kuri uyu wa 29, […]

Afurika y’Epfo: Minisitiri wagiranye ibibazo n’u Rwanda yahawe undi mwanya muri guverinoma nshya

Lindiwe Sisulu Nonceba washinje u Rwanda kumwita indaya yasimbujwe ku mwanya wa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo. Ibi Sisulu yabivugaga ashingiye ku byo ikinyamakuru cyo mu Rwanda cyitwa Rushyashya cyanditse ngo kikamwita indaya ya Kayumba Nyamwasa ariko nyuma bikaza gusibwa. Ni ikibazo cyateje impagarara mu mubano w’ibihugu byombi, wari usanzwe n’ubundi ucumbagira. U Rwanda […]

Uganda yazamuye imisoro y'ibikomoka hanze kuva kuri 25% kugeza kuri 60%

Ikigo cya Uganda k’imisoro n’amahoro cyazamuye imisoro y’ibicuruzwa bituruka mu mahanga, murwego rwo guteza imbere ibikorerwa imbere mu gihugu. URA (Uganda Revenue Authority) itangaza ko uyu mwanzuro ushingiye ku itegeko rigenga ubucuruzi ryahinduwe muri uyu mwaka w’ 2019/2020. Ubu ngubu, ibicuruzwa bituruka mu mahanga byari bisanzwe byishurirwa umusoro ku kigero cya 25 % ubu byageze […]

Museveni yababariye uwari CEO wa MTN, Wim Vanhelleputte, amwemerera gusubira I Kampala mu kazi

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yababariye uwari umuyobozi mukuru (CEO) wa MTN, Wim Vanhelleputte, ahita anategeka ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka kumukura ku rutonde rw’abatemerewe kwinjira muri Uganda. Uyu akaba yari aherutse kwirukanwa mu nkubiri yanyuze muri MTN yasize yirukanishije abakozi bakuru b’Abanyamahanga barimo n’Umunyarwandakazi, Annie Tabura Bilenge. Bwana Wim Vanhelleputte wirukanwe muri Gashyantare ashinjwa kubangamira […]

Amb. Olivier Nduhungirehe ashyigikiye kuba Uburundi bwarangiwe kujya muri SADC

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Amb.Olivier Nduhungirehe atangaza ko icyemezo cyo kutemerera igihugu cy’Uburundi kuba umunyamuryango w’Ibihugu byo muri Afurika y’Amajyepfo (SADC) ari cyiza kuri Leta y’Uburundi. Mu minsi mike ishize Umuyobozi w’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) akaba na Perezida wa Namibia, Hage Geingob, yahishuye […]

Rwamagana: Abajyanama b’ubuzima barataka gusiragizwa bishyuza amafaranga yabo

Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana barinubira gusiragizwa bishyuza amafaranga bakoreye mu gikorwa cyo gutera imiti yica imibu. Abajyanama b’ubuzima bavuga ko bahuguwe iminsi 5 mbere yo gutera umuti wica imibu mu mirenge yose ariko ntibahabwe amafaranga y’agahimbazamusyi bemerewe muri iyo minsi . Nyuma y’amahugurwa bavuga ko bari babwiwe ko bazajya bahabwa amafaranga uko hashize […]

FARDC irigamba kwica inyeshyamba 20 za ADF baramutse bahanganye

Byibuze ngo abarwanyi bagera kuri 20 nibo bamaze kwicwa kuri uyu wa Kane, itariki 30 Gicurasi, mu mirwano ikomeye yaramutse ihuza igisirikare cya Congo, FARDC ndetse n’intagondwa za ADF ahitwa Ngite mu birometero nka 15 uvuye mu Mujyi wa Beni. Biravugwa ko igisirikare cya Congo cyabashije gufata intwaro nyinshi nk’uko amakuru aturuka mu gisirikare agera […]

Uganda: Itsinda ry’abanyamategeko rirasaba guverinoma kubaha urukiko ikarekura Abanyarwanda bafunzwe

Itsinda ry’abanyamategeko bo muri Uganda ryasabye guverinoma kubahiriza amabwiriza y’urukiko yo kurekura Abanyarwanda bafungiye muri Uganda. “ Niba guverinoma inaniwe cyangwa ikanga kubaha imyanzuro y’urukiko, icyo ni ikigaragaza nta kiwhishira ihonyorwa ry’amategeko ,” ibi ni ibyatangajwe n’aba banyamategeko mu itangazo basohoye kuri uyu wa Gatatu. Aba bavuga ko gufunga abantu amasaha arenze 48 kandi n’ubageze […]

Akayabo kazakoreshwa mu ishyingurwa rya Etienne Tshisekedi ntikavugwaho kimwe

Mu gihe hasigaye amasaha macye kugira ngo umurambo wa Etienne Tshisekedi ugere i Kinshasa haravugwa umwuka mubi biturutse ku kayabo k’ amadorari agiye gukoreshwa mu ishyingurwa rye. Imvano ya byose ni urwandiko rwashyizweho umukono n’ umuyobozi mukuru  w’ ibiro bya Perezida wa Repubulika rwemeza ko imyubakire y’ imva ye yo nyine izatwara miliyoni ebyiri n’ […]

‘Smart meter’, ikoranabuhanga rigiye gusimbura igenzura ry’ikoreshwa ry’amazi muri buri rugo

Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura, Wasac kigiye kujya gikoresha ikoranabuhanga ryitwa “Smart meter” rizajya rigaragaza uburyo amazi yakoreshejwe n’abafatabuguzi bayo. Iri koranabuhanga rizaba risimbuye igenzura ryakorwaga n’ababishinzwe binjiraga mu rugo ku rundi, rimwe na rimwe ngo ntibagere hose. Ibi ni ibyasobanuwe na Bwana Mwijukye James ushinzwe ubucuruzi mu kigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura avuga ko […]

Uburundi bwongeye kwangirwa kuba umunyamuryango wa SADC

Ubusabwe bw’u Burundi bwo kwinjira mu muryango w’ibihugu 16 byo mu majyepfo ya Afurika (SADC) bwongeye guterwa utwatsi bitewe n’umutekano muke na demukarasi ikiri hasi. Inkuru ya BBC ikesha New Era yo muri Namibia ivuga ko umuyobozi w’uyu muryango akaba n’umukuru w’iki gihugu, Hage Geingob yatangaje ko uyu mutekano muke wo mu Burundi watewe n’imvururu […]

DR Congo: Leta ya kiyisilamu yarekuye 22 yari yarafashe bugwate

Umutwe wa Kiyisilamu (ISIS) warekuye abantu 22 wari warafashe bugwate kuwa Gatanu w’icyumweru gishize mu Mujyi witwa wa Samboko-Tchani Tchani. Umwe mu bayobozi bo mu gace ka Beni, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Donat Kibwana yatangarije RFI Ishami ry’Igiswahili ko ISIS yarekuye aba baturage barimo 16 b’abagabo, bagabo batanu n’umwana muto w’umukobwa. Hari andi makuru […]

Ingabo z’u Bufaransa ntizizahora hano zirinze Afurika — Jean Yves Le Drian

Minisitiri w’ingabo w’u Bufaransa, Jean Yves Le Drian kuri uyu wa kabiri yaburiye ibihugu byo mu burengerazuba bwa Afurika abibuza kwiringira ko ingabo z’u Bufaransa zizahora muri aka karere zihanganye n’intagondwa z’Abayisilamu. Akarere ka Sahel kamaze igihe kugarijwe n’ibikorwa by’iterabwoba by’imitwe ifitanye isano n’umutwe wa Al Qaida n’umutwe wa Islamic State, ibintu ngo bigoye abafatanyabikorwa […]

Kigali/ Ruhango I: Kuva aho Perezida asuriye Mont Kigali umutekano warushijeho kunoga

Abaturage batuye kuri Mont Kigali biganjemo abo mu Mudugudu wa Ruhango I batangaje ko kuva Perezida Paul Kagame yasura aka gace mu buryo butunguranye muri Mutarama 2019, katangiye kurangwamo umutekano cyane. Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Ruhango  aho bakunze kwita ku Cyitabi bavuze ko hari ikibazo gikomeye cy’ umutekano gishingiye ahanini ku bujura, […]

U Buhinde: Umuganga yiyahuye kubera bagenzi be

Abaganga batatu bo mu mujyi wa Mumbai bafunzwe bashinjwa gutoteza umuganga mugenzi wabo bikamugeza ku kwiyahura. Payal, umuganga w’imyaka 26 y’amavuko wavuraga ariko anigira kuba inzobere mu kuvura indwara z’abagore, yiyahuye ku itariki ya 22 y’uku kwezi kwa gatanu nyuma y’amezi atotezwa na bagenzi be kubera ubwoko bwe. Payal akomoka mu bwoko bwasigajwe inyuma mu […]

Abaturage bajujubijwe na FDLR barasaba u Rwanda na Congo kubatabara

Abaturage bo mu gace ka Kalehe muri Congo, nyuma yo kugaragaza ko babangamiwe no guturana n’inyeshyamba za FDLR zikomoka mu Rwanda, bigaragambije basaba ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byaganira biciye muri dipolomasi ariko izi nyeshyamba zigataha. Ikinyamakuru mediacongo gitangaza ko izi nyeshyamba zavuye i Masisi na Mwenga, muri Kivu y’Amajyaruguru, zigera […]

Abakuru b’ibihugu batanu bamaze kwemeza ko bazajya gushyingura Etienne Tshisekedi

Imihango yo gushyingura Etienne Tshisekedi wa Mulumba izitabirwa n’abakuru b’ibihugu bagera kuri batanu bo muri Afurika bamaze kubyemeza nk’uko itangazo rigenewe abanyamakuru ryavuye muri perezidansi kuri uyu wa gatatu rivuga. Abakuru b’ibihugu bazajya gushyingura umubyeyi wa Perezida Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, ni; Denis Sassou Nguesso, wa Congo-Brazaville uzaherekezwa n’umugore we n’abandi bayobozi, […]

Rubavu: Uwitwa Innocent yahishuye ko hari abayobozi basangira inyama z’Imbwa

Umuturage wo mu Kagari ka Gikombe, Umurenge wa Rubavu, Akarere ka Rubavu witwa Turinimana Innocent   uzwi ku izina rya Kimada, avuga ko amaze imyaka 10 arya inyama z’Imbwa kandi ntizigire icyo zimutwara. Abaturanyi ba Innocent bazi neza ko inyama z’imbwa azirya, kubona itangazamakuru kuri bo nta kindi bahita batekereza, bahita biyumvisha ko rimushakaho amakuru, bityo […]