Umwuka w’intambara ukomeje gututumba hagati ya Amerika n’u Burusiya

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yamaze gutegeka ko amato abiri akoreshwa n’ingufu za nucléaire agendera munsi y’inyanja ashyirwa “ahantu hakwiye”, mu rwego rwo gusubiza “ku magambo y’ubushotoranyi” ya Dmitry Medvedev wahoze ari Perezida w’u Burusiya. Trump yavuze ko yahisemo gusubiza, “mu gihe ariya magambo y’ubupfapfa no gutwika yaba arenze […]
Achraf Hakimi arashinjwa gufata ku ngufu

Mu Bufaransa, abashinjacyaha basabye ko umukinnyi w’ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), Achraf Hakimi agezwa imbere y’urukiko ashinjwa icyaha cyo gusambanya ku gahato umugore w’imyaka 24, mu mwaka wa 2023. Ibi byatangajwe n’ibiro by’ubushinjacyaha bya Nanterre ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025, aho byemeje ko dosiye y’iki kirego yashyikirijwe umucamanza ukora iperereza kugira ngo […]
U Rwanda na RDC byateye intambwe iganisha ku gufatanya mu by’ubukungu

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byashyize umukono ku nyandiko y’amahame y’imikorere ku kwishyira hamwe k’ubukungu bw’akarere, nyuma y’amasezerano y’amahoro ibihugu byombi biheruka gusinyana. Inyandiko y’ariya mahame yashyiriweho umukono i Washington DC ku wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe […]
Protais Mitali wigeze kuba Minisitiri mu Rwanda yapfuye

Protais Mitali wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda irimo kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 1 Kanama 2025. Mitali yaguye mu Bubiligi aho yari amaze imyaka 10 yarahungiye. Protais Mitali yabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo kugeza muri 2014, ubwo yahindurirwaga imirimo akagirwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopia. Usibye […]
Gen Mutayomba yahunze Masisi yerekera mu mashyamba nyuma y’umuriro wa M23

Amakuru ava muri Teritwari ya Masisi avuga ko nyuma y’imirwano itari yoroshye mu gice cya Gatoyi , Gasenyi,ku Mahema,Luke,Gatobotobo,Bukinanyana,Showana na Walikale muri gurupoma ya Nyamaboko ya mbere niya kabiri, byaje kurangira M23 irushije agatuza, Ihuriro rya FARDC ryari riyobowe na Gen Mutayomba rirahunga ryerekera muri Ufamando ya 1 hagana mu mashyamba ya Walikale. Amakuru dukura […]
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yamaganye yivuye inyuma ibirego bya Vital Kamerhe

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko yamaganye yivuye inyuma ibirego bidafite ishingiro Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Vital Kamerhe yashyize ku Rwanda, ubwo yari i Genève mu Busuwisi. Ku wa 30 Nyakanga ubwo Kamerhe yari mu nama ya gatandatu ihuza ba Perezida b’Inteko Zishinga Amategeko ku Isi, yikomye u Rwanda, agaragaza ko igihugu […]
Green Party yifatanyije n’abanya-Gatsibo kwizihiza Umuganura

Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, DGPR, kuri uyu munsi w’umuganura ryakomereje ibikorwa byaryo rimaze igihe ryarasubukuye mu karere ka Gatsibo; aho ryakoreye inama rikanaha amahugurwa abarwanashyaka baryo. Aha i Gatsibo hanatorewe inzego z’ishyaka, zirimo Komite y’ishyaka ku rwego rw’akarere, iy’urubyiruko ndetse n’iy’abagore. Umuyobozi wa Green Party, Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu […]
Umugaba Wungirije wa RAF yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri muri UNMISS

Umugaba Mukuru Wungirije w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere (RAF), Brig. Gen. Godfrey Gasana, ari gusura Ingabo z’u Rwanda zishinzwe kubungabunga amahoro zoherejwe muri Sudani y’Epfo kuva kuri uyu wa Kane ushize, itariki ya 31 Nyakanga kugeza ku itariki ya 2 Kanama 2025. Kuri uyu wa Kane, yasuye Umutwe urwanisha Indege w’u Rwanda (Rwanda Aviation […]
RDC: Herekanwe videos zishingirwaho bashinja ibyaha Kabila

Mu iburanisha mu ruhame ku wa Kane, itariki ya 31 Nyakanga, mu rubanza rwa Joseph Kabila, Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rwerekanye amashusho menshi ashinja uwahoze ari umukuru w’igihugu cya Kongo, ukurikiranweho ibyaha byinshi. Muri ayo mashusho harimo ikiganiro uregwa yakoreye muri Afurika y’Epfo na Thabo Mbeki, wahoze ari perezida, ijambo rye yavuze ageze i Goma, […]
Umunyamakuru Ishimwe Ricard na we yafunzwe

Umunyamakuru Ishimwe Ricard ‘Umutasi’ ukorera Radiyo ya SK FM, yiyongereye ku bantu bafunzwe bazira amafaranga batanzweho ubwo bajyaga kureba umukino wa APR FC na Pyramids FC yo mu Misiri. Ishimwe Ricard yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga. Umuyobozi wa SK FM, Sam Karenzi yatangaje ko ejo ku wa Kane […]
Intumwa zavuye mu Gisirikare cya Sri Lanka zaje kwigira byinshi ku mikorere ya RDF

Itsinda ry’abasirikare bakuru, barimo abanyeshuri 18 n’abarimu bo mu ishuri rya gisirikare rya Sri Lanka Command and Staff College (DSCSC), riyobowe na Commodore (Brig Gen) Narinda Dissanayeke, kuri uyu wa Kane, itariki 31 Nyakanga, basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ku Kimihurura. Izi ntumwa ziri mu Rwanda mu rugendoshuri kuva ku itariki ya 28 […]
Mugisha Bonheur yaguzwe miliyoni 600 Frw

Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga agiye gukinira Al Masry yo mu Misiri nyuma yo kuva muri Stade Tunisien yo muri Tunisia. Iyi kipe yamutanzeho akayabo ka $450,000 arenga miliyoni 600 FRW. Bonheur ari mu bakinnyi bakomeye b’Abanyarwanda bakinira hagati mu kibuga. Mu mwaka ushize, yatsinze ibitego bitanu muri shampiyona ya Tunisia ndetse aherutse no […]
Togo: Umufaransa afunzwe ashinjwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu

Umufaransa, Steeve Rouyar, amaze amezi hafi abiri afungiwe muri Togo. Imiryango itegamiye kuri Leta ivuga ko iyi mpuguke mu icungamari w’imyaka 44 aregwa gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu, nyuma yo gutabwa muri yombi mu myigaragambyo yahungabanije igihugu mu ntangiriro za Kamena igahitana byibuze abantu barindwi. Uyu yari yabanje kugaragara kuri Televiziyo Guadeloupe La1ère ku itariki 17 […]
AFC/M23 igiye gushyiraho inzego zayo z’ubutabera

Umutwe wa AFC/M23 ugiye gushyira mu bice byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugenzura inzego nshya z’ubutabera zibangikanye n’iza Leta y’i Kinshasa. Muri iki cyumweru abayobozi ba ririya huriro barimo Corneille Nangaa, Gen. Sultani Makenga, Bertrand Bisimwa na Gen. Bernard Byamungu bahuriye mu nama yari igamije gusuzuma ibyo raporo ya Komisiyo yashyizweho […]
AFC-M23 yataye muri yombi umuyobozi wa kaminuza ya ISTGA-GOMA n’ umunyeshuri we

Ku munsi w’ ejo kuwa Kane tariki ya 31 Nyakanga 2025, ubuyobozi bwa AFC-M23 mu mujyi wa Goma bwataye muri yombi Blaise Wambana, umuyobozi wa porogaramu (chef de section) mu Ishuri Rikuru ryigisha Imiyoborere n’Ubucuruzi rya ISTGA (Institut Supérieur de Techniques de Gestion des Affaires), hamwe n’umunyeshuri we witwa Sanvura Mukandama, wiga mu mwaka wa […]
Kenya yiteguye kwishyura TZ ku cyemezo yafatiye abarimo Abanyarwanda

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ishoramari, ubucuruzi n’inganda muri Kenya, Lee Kinyanjui, yatanze umuburo avuga ko igihugu cye gishobora kwihorera ku cyemezo cya Tanzaniya cyo kubuza abanyamahanga gukorera imishinga mito no gutangira serivisi zimwe na zimwe ku butaka bwa yo. Kenya irahamagarira Tanzaniya guhindura itegeko ribuza abatari Abanya-Tanzaniya gukora ibikorwa muri serivisi zigera kuri 15, harimo […]
Akanama gahuriweho n’u Rwanda na DRC katangiye ibiganiro

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo byatangije ku mugaragaro inama ya mbere y’akanama gahuriweho n’impande zombi gashinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington mu kwezi gushize. Iyi nama yabaye ku munsi w’ ejo ku wa Kane i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. , ikaba ari intambwe ya mbere […]
Twirwaneho yafashe mpiri abasirikare benshi b’u Burundi

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho uri mu yigize Ihuriro Alliance Fleuve Congo rirwanya ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, watangaje ko wafashe mpiri abasirikare benshi barimo abo mu ngabo za kiriya gihugu n’u Burundi. Twirwaneho mu itangazo yasohoye ku wa 30 Nyakanga, yavuze ko bariya basirikare yabafatiye mu mirwano mu bihe […]
Umwana wa Mike Karangwa yapfuye

Umwe mu banyamakuru b’imyidagaduro bazwi cyane mu Rwanda, Mike Karangwa ari mu kababaro nyuma yo gupfusha umwana w’ubuheta. Uyu mwana w’umuhungu yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa 31 Nyakanga 2025, azize uburwayi yari amaranye iminsi. Mu kiganiro kigufi yagiranye n’itangazamakuru, Mike Karangwa yatangaje ko umwana yari amaze igihe arwaye, akaba yitabye Imana afite umwaka […]
Burundi : Abadepite basabwe kwiga icyongereza

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, Gelase Daniel Ndabirabe, yasabiye abadepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu kwiga Icyongereza, kugira ngo bazajye babasha gusobanukirwa ibyavugiwe mu nama mpuzamahanga bazajya bitabira. Ndabirabe yabigarutseho ku wa Kane tariki ya 31 Nyakanga, nyuma y’uko yari amaze kongera gutorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko mu myaka itanu iri imbere n’amajwi […]
AFC/M23 yatanze imbohe z’abasirikari b’u Burundi yafatiye mu mirwano

Ihuriro rya AFC/M23 ryatangaje ko ryarekuye abasirikare b’u Burundi ryari ryarafatiye mu mirwano yabereye mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), bakaba ubu baragejejwe mu miryango yabo. Ni nyuma y’ uko aba basirikare b’u Burundi bafashwe na M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batakambiye imiryango mpuzamahanga kubafasha gutaha kuko Leta […]
Abayobozi bo mu karere k’ Afurika bageze i Nairobi mu biganiro by’amahoro

Kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Nyakanga 2025, abayobozi batandukanye bo mu bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba n’ iyamajyepfo batangiye kugera i Nairobi muri Kenya, aho bitegura inama ikomeye ihuriweho n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’Afurika y’Amajyepfo (SADC), izaba ejo kuwa Gatanu tariki ya 1 Kanama uyu mwaka. Ni inama izayoborwa ku […]
Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi mushya wa Banki Nyafurika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Dr. Tah Sidiould , Perezida mushya wa Banki Nyafurika y’Iterambere (AfDB) uri mu ruzinduko mu Rwanda. Ibiganiro byabo byibanze ku bufatanye bukomeye hagati y’u Rwanda na Banki Nyafurika y’Iterambere, ndetse n’ejo hazaza h’ubwo bufatanye mu gihe Dr. Tah yitegura gutangira imirimo ye […]
FARDC yategetse ingabo zayo kudatera M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyahaye ingabo zacyo n’abazifasha ku rugamba amabwiriza yo kutagaba ibitero ku mutwe wa AFC/M23. Ni amabwiriza ubuyobozi bw’akarere ka gatatu ka gisirikare k’ingabo za RDC katanze ku wa 25 Nyakanga 2025, akaba ajyanye n’ibiganiro bya Doha Kinshasa na AFC/M23 bamaze igihe bagirana. Umuyobozi wa kariya karere ka gisirikare, […]
RDC yambuye ubudahangarwa umudipolomate wa yo ufunzwe na Bulgaria

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ibinyujije muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Thérèse Kayikwamba Wagner, yamaganye kuri uyu wa Kane, itariki ya 31 Nyakanga 2025, ibikorwa by’umudipolomate w’Umunyekongo wafatiwe muri Bulgaria aregwa gutwara ibiyobyabwenge byinshi. Minisiteri mu itangazo yashyize ahagaragara, yatangaje ingamba nyinshi zirimo guhamagaza burundu uwo bireba ndetse no kumwambura ubudahangarwa yari afite nk’umudipolomate, […]
RURA yihanangirije MTN inayifatira ibihano

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwihanangirije Sosiyete y’Itumanaho ya MTN runayifatira ibihano byo mu rwego rw’ubutegetsi, kubera ibibazo bimaze iminsi bigaragara muri serivisi zayo. Abakoresha umurongo wa MTN bamaze iminsi bagaragaza ko babangamiwe n’ibibazo bamaze iminsi bahura na byo, birimo ibijyanye na serivisi zo guhamagara, ubutumwa bugufi na Mobile Money. Iyi Sosiyete mu butumwa yanyujije […]
UNJHRO irashinja M23 kwica abahinzi 169 ibita FDLR

Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), washinje umutwe wa M23 kuba muri uku kwezi kwa Nyakanga warishe abaturage b’abahinzi 169 bo muri Teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Raporo ya biriya biro ivuga ko ibikorwa M23 yiciyemo bariya baturage byatangiye ku wa 9 Nyakanga 2025. Ivuga kandi ko […]
RIB yafunze umunyamakuru wiyitaga umwunganizi mu mategeko

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze umunyamakuru ukurikiranyweho kwiyitirira umwuga w’ubwavoka no kwaka amafaranga umugore w’umugabo ufunzwe, amwizeza ko azamwunganira mu rukiko. Uyu munyamakuru, nyuma yo kwakira ayo mafaranga, yaje guhamagara kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango mu Karere ka Rutsiro, avuga ko aje kunganira uwo yise umukiliya we. Nyuma yaje no kugerageza kwivanga mu iburanisha, ariko […]
Niba utekereza ko impunzi zizahera ishyanga ukureyo amaso: Faustin Ndikumana

Umuhanga mu by’ubukungu akaba n’umuyobozi w’ihuriro PARCEM (Parole et Action pour le Réveil des Consciences et l’Évolution des Mentalités), ritavuga rumwe na leta y’ u Burundi Faustin Ndikumana yatangaje ko nta mpunzi n’imwe Imana yemera ko ihera mu mahangaburundu. Mu bitekerezo yagejeje ku baturage b’ u Burundi, Ndikumana yagaragaje zimwe mu nkingi zikomeye z’icyerekezo cy’u […]
Abarimo umunyamakuru Rugaju Reagan baba bafunzwe

Abantu batatu barimo umunyamakuru Ndayishimiye Rugaju Reagan ukorera Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), biravugwa ko bafunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya APR FC. Amakuru aravuga ko Rugaju Reagan yatawe muri yombi hamwe na Kalisa Georgine wahoze ashinzwe umutungo muri APR FC cyo kimwe na Mugisha Frank ‘Jangwani’ usanzwe ari umuvugizi w’abafana ba APR FC. Uko ari batatu […]
Angola: Abantu 22 bamaze kwicirwa mu myigaragambyo

Kuri uyu wa Gatatu, Guverinoma ya Angola yavuze ko umubare w’abaguye mu myigaragambyo yaranzwe n’urugomo yamaganaga izamuka ry’ibikomoka kuri peteroli wazamutse ugera kuri 22 ugereranyije n’umunsi wabanje aho bari bane. Imyigaragambyo yadutse kuri uyu wa Mbere ushize, ubwo amashyirahamwe ya tagisi minibus yatangizaga imyigaragambyo y’iminsi itatu yo kwamagana icyemezo cya guverinoma cyo kongera igiciro cya […]
Sud-Kivu: Inkongi y’ umuriro yibasiye ikigo cy’ imyuga cya Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 31 Nyakanga 2025, inkongi ikomeye y’umuriro yafashe Ikigo cyigisha imyuga cya CAPA , giherereye ku muhanda w’ icyanya cy’ inganda mu mujyi wa Bukavu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Uwo muriro watwitse inyubako zose zigize icyo kigo cya (Centre d’Apprentissage Professionnel et Artisanal), kandi impamvu nyakuri […]
Bunia: Abantu 3 bishwe barashwe 14 barimo umusirikare barakomereka

Abantu batatu bapfuye abandi 14 barakomereka barimo umusirikare wa FARDC, mu irasa ryo ku mugoroba wo ku wa Gatatu, itariki ya 30 Nyakanga, mu kabari ko mu gace ka Yambi Yaya mu Mujyi wa Bunia. Umuyobozi mukuru wa Polisi mu mujyi, Abel Mwang, yagize ati: “Iperereza ryakozwe aho hantu ryerekana ko ipikipiki yari itwaye abasivili […]
Uganda: Bobi Wine avuga ko iterabwoba rimukorerwa ryiyongereye

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda, Robert Kyagulanyi Ssentamu, uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine, yatangaje ko iterabwoba, n’ihohoterwa bimukorerwa bikomeje kwiyongera ku buzima bwe no ku bandi banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Perezida Yoweri Museveni, cyane cyane uko amatora ya Perezida ateganijwe muri 2026 agenda yegereza. Mu kiganiro yahaye itangazamakuru rya […]
Imvururu mu matora ya FERWAFA

Umuyobozi wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, ari kugerwa intorezo nyuma y’uko urutonde rw’abemerewe kwiyamamaza mu matora ya FERWAFA rusohotse ku wa 28 Nyakanga 2025. Nubwo Shema Fabrice ari mu bahabwa amahirwe yo kuyobora iri shyirahamwe, hari abatangiye kujya impaka ku byangombwa bye n’ibya bagenzi be bashaka kuyoborana. Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga, bamwe mu […]
M23 yavuye imuzi impamvu zerekana ko Kinshasa iri gutegura intambara karahabutaka

Umutwe wa AFC/M23 wamaganye wivuye inyuma Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uvuga ko ikomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, nyamara impande zombi zaremeranyije gutanga agahenge. M23 yamaganye ubu bushotoranyi biciye mu itangazo ryasohowe n’umuvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. AFC/M23 irashinja Leta ya RDC no gukomeza gushoza intambara, mu gihe ku wa 19 Nyakanga impande zombi zasinyiye i […]
Ingaruka za screen/écran’ ku mikorere y’ubwonko bw’abana

Biragoye muri iki gihe kubona umwana udakunda gukoresha ibikoresho by’ ikoranabuhanga birimo Telefoni, Televisiyo n’ ibindi bioresha urumuri rwa LCD (Liquid Crystal Display) mu kugaragaza inyandiko cyangwa amashusho mu buryo bw’ ikoranabuhanga. Baroness Susan Greenfield inzobere mu bijyanye n’imikorere y’ubwonko avuga ko gukoresha internet n’imikino yo kuri mudasobwa byangiza ubwonko bw’abana babyiruka (adolescents). Muri 2013, […]
Ejo hazaza ha AFC M23 igihe federalizime izaba yemewe-Maître Réné Abandi

Byatangajwe na Maître Irené Abandi wa AFC/M23 umwe mubari bagize intumwa zitabiriye ibiganiro i Doha, ubwo tariki ya 26 Nyakanga 2025 hari ikiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Serena Hotel i Goma. N’ikiganiro kitabiriwe n’abanyamakuru baturutse impande zose, aho umutwe wa AFC/ M23 wamurikaga ibyavuye mu biganiro i Doha muri Qatar. Umunyamakuru wa Bwiza TV na Bwiza. […]
Perezida Alassane Outtara aziyamamaza manda ya kane ku myaka 83

Amatora ya Perezida wa Côte d’Ivoire: Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamaza nk’umukandida kumwanya w’umukuru w’igihugu mu matora yo ku ya 25 Ukwakira uyu mwaka. Alassane Ouattara kuva mu 2011, nibwo yagiye ku butegetsi, ubu aka ashaka manda ya kane ku myaka 83. Yagize ati:” Nyuma yo kubitekerezaho neza no mu mutima nama wose, ndatangaza uyu […]
Botswana Yajenga Mji wa Kidijitali wa Kalahari wa Dola Bilioni 1 Katika Jangwa

Botswana inapanga kujenga mji wa kidijitali wa dola bilioni 1 unaoitwa Kalahari City katika jangwa, ukiigwa mfano wa Dubai. Mji huo utakuwa eneo maalum la kiuchumi, ukijumuisha kiwanda cha nishati ya jua cha 300 MW, mtandao wa maji endelevu, na miundombinu rafiki kwa mazingira. Mji wa Kalahari utakuwa kitovu cha teknolojia, ukiwa na makampuni ya […]
Botswana lancera une “Cité du Kalahari” numérique à un milliard de dollars dans le désert

Le Botswana prévoit de construire une cité numérique d’un milliard de dollars, inspirée de Dubaï, appelée Cité du Kalahari, située en plein désert. Cette ville servira de zone économique spéciale, comprenant une centrale solaire de 300 MW, un réseau d’approvisionnement en eau durable et des infrastructures respectueuses de l’environnement. La Cité du Kalahari deviendra un […]
Botswana to Build $1 Billion “Kalahari Smart City” in the Desert

Botswana is planning to construct a $1 billion Dubai-style digital city called the Kalahari City, located in the desert. The Kalahari City is envisioned as a special economic zone, featuring a 300 MW solar energy plant, a sustainable water supply network, and eco-friendly infrastructure designs. Kalahari City will be a technology hub hosting fintech companies, […]
Umujyi wa miliyari y’amadorali mu butayu bwa Karahari

Botswana irateganya kubaka umujyi wa miliyari imwe y’Amadorali “Dubai-style” umujyi wa digital uzaba witwa umujyi wa Kalahari uri mu butayu. Umujyi wa Kalahari uzaba ahantu hagenewe ibikorwa bidasanzwe by’ubukungu, ni umujyi uzagaragaramo uruganda rukomoka ku mirasire y’izuba ya MW 300 y’ingufu zisukuye, umuyoboro w’amazi kugira ngo utange isoko rirambye, hamwe n’ibishushanyo mbonera bitangiza ibidukikije. Umujyi […]
Burundi: Abagore 2 bapfuye bahunga Imbonerakure

Abagore babiri bo muri Komini ya Nyanza mu gihugu cy’u Burundi basanzwe bapfuye nyuma yo kwirukankanwa, nk’uko abatangabuhamya babitangaza, n’Imbonerakure eshatu zishinzwe gucunga ishyamba ririnzwe. Biravugwa ko izi mbonerakure zahunze. Ku wa Kabiri, itariki ya 29 Nyakanga 2025, nibwo imirambo ya Georgette Nishimwe na Jeanine Nyabenda yavumbuwe mu kibaya giherereye mu ishyamba karemano rya Rubungu, […]
RDC: Hagiye kugibwa impaka ku mwirondoro wa Kabila n’ubwenegihugu bwe

Nyuma yo kubona ibyishimo byagaragaye ku ruhande rwa Joseph Kabila nyuma y’uko Urukiko rwa gisirikare rwemeje ko ari Umunyekongo ubu biravugwa ko ibyatangajwe n’urukiko ku bwenegihugu bwe bishobora kongera kugibwaho impaka mbere yo kwinjira mu mizi muri dosiye aregwamo ibyaha icyenda. Abunganira abaregera indishyi ngo bafite uburenganzira bwo kurangiza iki kibazo cy’umwirondoro n’ubwenegihugu, kuko byateje […]
Jenerali w’igicupuri wa UPDF yatawe muri yombi

Inzego z’umutekano za Uganda zataye muri yombi umugabo wiyitaga Jenerali mu ngabo z’iki gihugu akarya abashoramari b’abanyamahanga za miliyari z’amashiringi. Amakuru y’itabwa muri yombi ry’uyu mugabo wiyitaga ‘Jenerali Issa’ yemejwe n’Umuvugizi w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Lt. Col. Chris Magezi. Magezi abinyujije ku rubuga rwe rwa X yise uriya mugabo “umutekamutwe ruharwa” ugomba gushyikirizwa ubushinjacyaha […]
Umukino wa APR FC na Rayon Sports wasubitswe

Umukino wa Super Cup wagombaga guhuza Rayon Sports na APR FC ku itariki ya 2 Kanama 2025 wasubitswe, nyuma y’uko Rayon Sports isabye ko yimurwa. Uyu mwanzuro wafashwe ku busabe bw’ubuyobozi bwa Rayon Sports, aho Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’Igihugu ku cyumweru, tariki ya 27 Nyakanga 2025. Twagirayezu […]
Abatangabuhamya 35 nibo bategereje kumvwa mu rubanza rwa Munyenyezi

Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya i rufite icyicaro i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo rwatangaje ko ruzumva abatangabuhamya 35 mu rubanza rwa Béatrice Munyenyezi, uregwa uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Béatrice Munyenyezi ari kuburana urubanza rw’ubujurire, nyuma yo kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yahawe n’urukiko Rwisumbuye rwa Huye ku wa 17 Ugushyingo […]
Kabare: Inyeshyamba za M23 zahuye n’abarwanyi ba Wazalendo mu mirwano ikaze

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 30 Nyakanga, imirwano ikaze yabereye mu Mudugudu wa Kamakombe, muri Teritwari ya Kabare (Kivu y’Amajyefo), hagati y’inyeshyamba za M23 n’umutwe wa Wazalendo ukorera muri ako karere. Iyi mirwano bivugwa ko yatangiriye ku wa Kabiri mu Mudugudu wa Mbayo, uherereye muri Gurupoma ya Bugorhe, nyuma y’uko ngo umutwe wa M23 […]
Igisirikari cya uganda kishe abasirikari 5 ba Sudan y’ Epfo

Abasirikare batanu ba Sudani y’Epfo bishwe n’ingabo za Uganda mu mirwano yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru ku wa mbere, ku mupaka uhuza ibyo bihugu byombi nkuko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu n’abayobozi bo mu ntara ya Equatoria y’Amajyepfo, aho iyi mirwano yabereye. Imirwano yabaye ku wa Mbere, ariko kugeza ubu impamvu nyakuri yatumye iraswa hagati […]
Kinshasa: Urubanza rw’uwahoze ari minisitiri w’ubutabera rwakomeje

Urubanza ruregwamo uwahoze ari Minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, rwakomeje kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 30 Nyakanga 2025, imbere y’urukiko rw’iremezo. Biracyari mu cyiciro cyo gusuzuma ibigize dosiye mbere y’uko uregwa atangira kuburana mu mizi. Mu iburanisha riheruka, Urukiko rwanze inzitizi n’ibijyanye n’ububasha bw’urukiko byatanzwe n’uregwa, rwemeza ko izo nzitizi zumviswe ariko zidafite ishingiro nk’uko […]
Sud-Kivu: Umurundi yishe arashe umugore we nawe arirasa

Umugabo ufite inkomoko mu gihugu cy’ u Burundi uri mu kigero cy’imyaka 45 witwa Minani, yishe arashe umugore we, umwana, n’umurezi, ndetse komeretsa n’Umugabo w’Umushi yasanze mu rugo iwe, na we ubwe arangije arirasa arapfana. Iki gikorwa kigayitse cyabaye mu ijoro ry’ ejo ku wa mbere rishyira kuri uyu wa kabiri tariki ya 30/07/2025 muri […]
Gvardiol wa Man City yitabiriye imyitozo ya gisirikare

Myugariro wa Manchester City, Joško Gvardiol yongeye gutangaza abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yagaragaraga mu myitozo yihariye ya gisirikare yiswe Commando 9. Uyu musore w’imyaka 23 ukomoka muri Croatia, ari mu biruhuko mbere y’uko hatangira umwaka w’imikino wa 2025/26. Yagaragaye yambaye imyambaro y’igisirikare, arimo gukoresha imbunda no gukora imyitozo ikomeye n’abandi bari kumwe mu itsinda ry’abakora […]
Tanzania yafatiye ingamba zikakaye abarimo Abanyarwanda

Leta ya Tanzania yashyizeho amabwiriza abuza abanyamahanga bose gukorera ubucuruzi buciriritse ku butaka bwa kiriya gihugu. Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’iki gihugu, Selemani Saidi Jafo, ni we washyizeho ariya mabwiriza. Muri aya mabwiriza yo ku wa 25 Nyakanga 2025, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ya Tanzania yakumiriye abantu bose batari abenegihugu kugira uruhare byibura mu nzego 15 z’ubukungu. […]
Walikale: M23 iravugwaho kuba irimo kwitegura gutera Pinga

Inyeshyamba za AFC / M23 ziravugwaho kongera imbaraga mu Mujyi wa Kateku, muri Gurupoma ya Ikobo (Teritwari ya Walikale), muri Kivu y’Amajyaruguru, ho mu burasirazuba bwa Congo, aho bikekwa ko yaba irimo kwitegura kugaba igitero ku Mujyi wa Pinga. Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko umusada w’ingabo n’ibikoresho bivuye i Buleusa byatangiye kugera muri ako […]
CAR: Perezida Touadera yambitse imidari y’ishimwe Ingabo za RDF (RWABATT13) zimurinda

Ingabo z’u Rwanda (RWABATT13) zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo Kubungabunga Amahoro muri Repubulika ya Centrafrica (MINUSCA), kuri uyu wa Kabiri, itariki 29 Nyakanga 2025, zahawe imidari y’ishimwe na Prof. Faustin Archange TOUADERA, Perezida wa CAR akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo. Ibirori byabereye mu ngoro ya perezida mu Mujyi wa Bangui kandi byitabiriwe na Olivier KAYUMBA, […]
Perezida Patrice Talon ntakozwa ibyo kwiyamamariza manda ya 3

Perezida Patrice Talon wa Bénin, yeruye ko nta gahunda afite yo kwiyamamariza gukomeza kuyobora iki gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika muri manda ya gatatu. Talon ku wa 28 Nyakanga ubwo yarimo aganira n’urubyiruko rwo mu gihugu cye, yeruye ko nta muntu n’umwe uzamuzirikira mu mufariso wo muri Perezidansi ya Bénin. Ibinyamakuru bitandukanye byamusubiyemo agira […]
Burundi: Ikibazo cya lisansi kigeze aho umuntu 1 yishyura moto asaga 48,000 Frw ku rugendo

Gutwara abantu n’ibintu bisa nk’ibyahungabanye burundu mu gihugu cy’u Burundi, aho kuva ku Cyumweru no ku wa Mbere, imodoka zihagarara i Bujumbura, Gitega, Rumonge, Rugombo, no mu yindi mijyi yo hirya no hino mu gihugu hakomeje kuba ubutayu. Nta bus n’imwe cyangwa taxi voiture zitwara abantu zakoraga. Imyigaragambyo itunguranye y’abashoferi igenda ikwirakwira, yatumye abagenzi ibihumbi […]
Chidiebere byananiye muri APR FC yabonye yongeye kubona ikipe

Ikipe ya Enugu Rangers yo muri Nigeria, yasinyishije Chidiebere Nwobodo Johnson umaze amezi make atandukanye na APR FC. Chidiebere yasinyiye iriya kipe y’iwabo kuyikinira mu myaka ibiri iri imbere. Enugu Rangers ni yo yemeje amakuru y’uko uriya mukinnyi ibyangombwa bye byerekana ko afite imyaka 21 y’amavuko yayisinyiye, mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo ku […]
U Bwongereza na bwo burateganya kwemera Palestine nk’igihugu

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 29 Nyakanga, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yatangaje ko u Bwongereza buzemera Palestine nk’igihugu muri Nzeri keretse Israel niyisubiraho igafata ingamba zikomeye zo guhagarika “ibikorwa biteye ubwoba” muri Gaza kandi ikuzuza ibindi bisabwa. Starmer yagize ati: “Intego yacu iracyari Israel itekanye kandi ifite umutekano iruhande rwa leta ya […]