Umusenateri arashinja u Rwanda gushaka kubuza SADC kohereza ingabo muri RDC

Senateri Francine Muyumba wo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo arashinja u Rwanda gukora ibishoboka ngo ruburizemo umugambi w’Umuryango wa SADC wo kohereza ingabo mu burasirazuba bw’igihugu bukomeje kuvugwamo imirwano ya hato na hato hagati y’umutwe wa M23 ndetse n’igisirikare cya FARDC n’imitwe y’inyeshyamba ikorana nacyo . Uyu musenateri abinyujije ku rukuta rwe rwa twitter […]

Aba ni bo bantu basigaye muri 27 batangije urugamba rwo kubohora Uganda

102b9521-e44b-4d01-bda0-ae04c084a1f6.jpg

Mu bantu 27 bagabye igitero ku Kigo cya Gisirikare cya Kabamba cyatangije urugamba rwo kubohoza Uganda mu 1981, hasigayemo 7 bakiri bazima nyuma y’urupfu ruheruka rwa Elly Tumwiine ndetse na Col. (Rtd) Jack Mucunguzi watabarutse ku Cyumweru gishize azize indwara ya cancer . Jack Mucunguzi yari umwe mu bantu bari mu buyobozi bw’inyeshyamba za NRA […]

Musanze: Umubyeyi mu ihurizo rikomeye nyuma yo kwibaruka 3 icya rimwe

Nyiranzabonimpa Julienne w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Karinzi, akagari ka Kabeza mu murenge wa Cyuve ubana mu buryo butemewe n’amategeko na Harerimana DieudonnĂ©, aratabaza avuga ko yahuye n’ikibazo gikomeye cyo kwibaruka abana batatu icya rimwe kandi yarasanganwe n’undi umwe kandi ntacyo afite cyo kubareresha. Ubwo yavuganaga n’umunyamakuru wa BWIZA, Nyiranzabonimpa, n’intimba nyinshi n’agahinda, yavuze […]

Nkundimana warokotse igitero cyo mu 2011 yinjiye muri Marine ya USA

Nkundimana Binene Claude ukomoka muri Minembwe/i Mulenge muri Repubulika ya demukarasi ya Congo yinjiye ku mugaragaro mu gisirikare cya Leta zunze ubumwe za Amerika kirwanira mu mazi, US Marines, tariki ya 17 Kamena 2023. US Marine, ibinyujije kuri Twitter, yasobanuye ko Nkundimana yageze muri USA nk’impunzi mu 2011 nyuma yo gutabarwa n’ingabo ziri mu butumwa […]

Le suspect de gĂ©nocide Kayishema demande l’asile en Afrique du Sud

Fulgence Kayishema, un suspect de gĂ©nocide accusĂ© d’avoir ordonnĂ© la mort brutale de 2 000 personnes lors du gĂ©nocide de 1994 contre les Tutsi au Rwanda, a comparu devant le tribunal d’instance du Cap le mardi 20 juin. Son avocat a rĂ©vĂ©lĂ© que Kayishema avait l’intention de demander l’asile en Afrique du Sud pendant son […]

Taiwan iremeza ko u Bushinwa bufite umugambi wo kwivanga mu matora yabo

Raporo y’umutekano w’imbere mu gihugu yasuzumwe na Reuters, iravuga ko Guverinoma ya Taiwan ivuga ko u Bushinwa buzagerageza kwivanga mu matora y’ingenzi yo muri Mutarama butera inkunga mu buryo butemewe abakandida b’inshuti za Beijing bakoresheje porogaramu z’itumanaho cyangwa ingendo mu matsinda . Guverinoma ya Perezida Tsai Ing-wen yaburiye kenshi ko u Bushinwa buzagerageza guhindura ibitekerezo […]

Nyaruguru: Uwarokotse jenoside yashimiye uwari umujandarume

Habinshuti wabaye umujandarume arashimirwa ubutwari yagize

Kamanzi Viateur warokotse jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, ukomoka mu murenge wa Mata, mu karere ka Nyaruguru, yongeye gushimira Habinshuti Marc wari umujandarume ufite ipeti rya caporal. Habinshuti yagize uruhare rukomeye mu kurokoka kwa Kamanzi Viateur, umugore we, abana be 4 ndetse n’abandi baturanyi, bose hamwe barenga 14. Ubuhamya Kamanzi Viateur yabutangiye mu muhango wo […]

DRC: Mpinzani Franck Diongo akamatwa na vikosi vya usalama

Mpinzani wa Kongo, Franck Diongo, alikamatwa Jumanne Juni 20, 2023 huko Kinshasa, mji mkuu wa Jamhuri ya Kidemokrasia ya Kongo . Hakika, rais wa chama cha siasa cha Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP) alikamatwa na watu wenye silaha katika makutano ya njia za Kabinda na Huilerie. Kabla ya kukamatwa, Franck Diongo alikuwa katika maombolezo katika Hospitali […]

Perezida wa Zambia ari i Kigali

Perezida Hichilema mbere y'uko ava muri Zambia

Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, ari mu Rwanda kuva ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 20 Kamena 2023. Uyu Mukuru w’Igihugu ubwo yageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Prof. Nshuti Manasseh. Perezida Hichilema yakomereje ku biro by’Umukuru w’u Rwanda, Village Urugwiro, aho yakirwa na mugenzi […]

Abasora barakangurirwa kumenyekanisha avansi ya mbere y’umusoro ku nyungu no kwishyura ku gihe

Nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), avansi ya mbere y’umusoro ku nyungu imenyekanishwa hashingiwe ku byacurujwe mu kwezi kwa Mbere, ukwa Kabiri n’ukwa Gatatu muri uyu mwaka w’2023, bigakorwa unyuze ku rubuga rwa RRA www.rra.gov.rw cyangwa se ukoresheje telefone igendanwa, hanyuma iyo avansi ikishyurwa bitarenze tariki 30 z’ukwezi kwa Gatandatu 2023. Bamwe mu bajyanama mu […]

DGPR party asks Government to raise the salaries for health officers

The Chairman of Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) asks the Government to put all the collective efforts together towards increasing salaries of medical doctors and other health officers in the exact sector, and to establish a development fund for the media in order to increase its capacity. This was said on June 17th, during […]

RDC: Umunyapotiki Franck Diongo utavuga rumwe n’ubutegetsi yatawe muri yombi

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Franck Diongo, perezida w’ishyaka rya politiki, Mouvement Lumumbiste Progressiste (MLP), yatawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 20 Kamena 2023 n’abantu bitwaje intwaro batamenyekanye, kuri avenue des Huileries, ku masangano na Kabinda, abamurindaga babura icyo bakora . Impamvu z’ifatwa rye ntiziramenyekana nk’uko iyi […]

Somalia: Uwari umugaba mukuru w’Ingabo yirukanwe ku mirimo ye

2023620638228172643686579.jpg

Kuri uyu wa Mbere, Somalia yirukanye umugaba mukuru w’ingabo, Major Gen. Odawaa Yusuf Rageh, mu gihe hari amakimbirane ya politiki mu karere ka Hiran rwagati muri iki gihugu, ari naho higanje ibikorwa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa al-Shabaab. Icyemezo cyo kwirukana Rageh cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri yabereye i Mogadishu iyobowe na Minisitiri w’intebe, Hamza Abdi […]

RIB irashidikanya ku cyemezo kigira umwere ukekwaho kwica ababyeyi ba Uwacu Julienne

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rurashidikanya ku cyemezo cy’urukiko Gacaca kigira umwere Nsabimana Ildephonse uzwi nka ‘Ntabarifasha’ ukekwaho kwica ababyeyi ba Uwacu Julienne (Ndabarinze Faustin na Nyirakanyana Martine) mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nyuma y’aho Ntabarifasha atawe muri yombi muri Mutarama 2023, abari bagize inteko iburanisha mu rukiko Gacaca rwa Mugongo C mu […]

Genzura neza niba ukurikiza izi nama zikurinda kwangizwa na mudasobwa

Mu buzima bwa buri munsi mudasobwa(computer) yabaye kimwe mu bikoresho dukoresha buri munsi; kuko usanga ahanini ikoreshwa ahantu hatandukanye, haba mu biro, ku bigo by’amashuri, mu masoko ndetse n’ahandi hantu henshi hatandukanye. Gusa nubwo mudasobwa ikora byinshi kandi byiza ni ngombwa kwitonda mu gihe tuyikoresha. Ibi hakubiyemo kuyifata neza uyirinda ibintu bishobora kuyangiza, nanone ukamenya […]

Abarundi bashakishwa baringingira u Rwanda kutabohereza

Abarundi baba mu buhungiro bashakishwa na Leta y’u Burundi kubera uruhare ibashinja muri ‘coup d’état’ yageragerejwe kuri Pierre Nkurunziza tariki ya 13 Gicurasi 2023 baringingira u Rwanda kutohereza abo rucumbikiye. Umunyapolitiki Minani JĂ©rĂ©mie uri muri aba 34 bashakishwa kuri uyu wa 19 Kamena 2023 yatangaje ko tariki ya 7 Werurwe, mu izina rya bagenzi be, […]

Kisangani: General Tshiwewe yasanze imiti yose yohererejwe abasirikare itarabagezeho

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, Lt Gen. Christian Tshiwewe, yateguje abasirikare bibye amafaranga y’imiti ya bagenzi babo ko bazafungwa. Tshiwewe ubwo yasuraga abasirikare bari mu kigo cya Kisangani mu cyumweru gishize, yababwiye ko buri kwezi asinya ko hoherejwe amafaranga yifashishwa mu kugura ibintu bitandukanye birimo n’imiti. Uyu musirikare wavugaga mu ijwi […]

Nigeria: Perezida Tinubu yasezereye imburagihe abayobozi bose b’inzego z’umutekano

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yakoze impinduka zikomeye mu ngabo z’igihugu, no mu nzego z’umutekano yirukana umuyobozi wa polisi mu gihe kitarenze ukwezi atangiye imirimo ye . Tinubu warahiriye imirimo ye kuwa 29 Gicurasi 2023, yashyizeho abayobozi bashya b’ingabo, ingabo, mu ngabo zirwanira ku butaka, mu mazi ndetse n’ingabo zirwanira mu kirere bihita bitangira kubahirizwa, […]

RDC na Sudani y’Epfo ntibyitabiriye imyitozo ya gisirikare ibera i Musanze

Ibihugu bitanu muri 7 bigize EAC birahagarariwe

Igisirikare cya Repubulika ya demukarasi ya Congo, FARDC, n’icya Sudani y’Epfo ntabwo byitabiriye imyitozo ihuriweho y’ingabo zo mu bihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) iri kubera mu ishuri rikuru rya gisirikare riherereye mu karere ka Musanze. Ingabo z’ibihugu byose uko ari 7 bigize uyu muryango zahawe ikaze muri iyi myitozo yahawe izina rya ‘Ushirikiano Imara’ […]

Ndayishimiye yatunguwe n’umukozi wahembwe amafaranga hafi miliyari 2 mu mezi 5

Perezida Ndayishimiye yavuze ko hakwiye kwifashishwa ikoranabuhanga mu kugenzura ifaranga ry'igihugu

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yatunguwe no kubona ko hari umukozi wa Leta wahembwe amafaranga y’iki gihugu miliyari imwe na miliyoni 800 (1.800.000.000 Fbu) mu mezi atanu gusa. Ni amakuru yatanze tariki ya 9 Kamena 2023, umunsi wahariwe gukunda igihugu wibandaga ku ntego z’iterambere Abarundi biyemeje kugeraho mu mwaka w’2040 n’uw’2060. Ndayishimiye yabwiye […]

RCS yasabwe kohereza Karasira i Ndera

Raporo yakozwe na Dr Muremangingo iremeza ko Karasira afite uburwayi bwo mu mutwe

Umunyamategeko wunganira Karasira Uzaramba Aimable, Me Kayitana Evode, yasabye urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) kuvana umukiriya we mu igororero (gereza) rya Nyarugenge riherereye mu murenge wa Mageragere, rukamujyana mu bitaro bivura uburwayi bwo mu mutwe bya CARAES/Ndera. Ni nyuma y’aho abaganga basuye Karasira aho afungiwe muri gereza, bagateranirayo amagambo, hanyuma bagakora raporo uyu munyamategeko n’umukiriya […]

Abayobozi ba Afurika batashye amara masa mu rugendo rwari rugamije kunga Ukraine n’u Burusiya

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, kuri uyu wa Gatandatu ushize yahaye abayobozi ba Afurika bashaka kunga abahanganye mu ntambara yo muri Ukraine urutonde rw’impamvu zatumye yemera ko ibyifuzo byabo byinshi atari byo, asuka amazi akonje kuri gahunda n’ubundi yari yatewe utwatsi bikomeye na Kyiv . Abayobozi bo muri Afurika bashakaga ubwumvikane ku ngamba zo “kubaka […]

Musana ukunze kwibasira Leta y’u Rwanda yatakambye

Musana Jean Luc ukunze kwifashisha imbuga nkoranyambaga yibasira inzego zitandukanye z’igihugu yasabye imbabazi Perezida Kagame n’Abanyarwanda bose muri rusange. Musana ubusanzwe avuga ko ari umunyapolitiki kuva mu mwaka w’2021 kandi ko yashinze ishyaka ryitwa CMD riharanira iterambere, ryo ngo azahagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Uyu musore akoresha urubuga rwa Twitter ahanini yibasira inzego z’umutekano, avuga […]

Nyamasheke: Imibiri 849 y’abazize jenoside yashyinguwe mu cyubahiro

Habimana yashimiye abaje kubafata mu mugongo bose, anishimira ko ababo baruhukiye aheza kurushaho

Imibiri 849 y’Abatutsi bishwe muri jenoside, irimo 839 yimuwe ikuwe mu rwibutso rwa Ntendezi, 4 yakuwe aho yari ishyinguye mu ishuri rya EAV Ntendezi, 2 yavuye mu murenge wa Bushenge yabonywe aho yari yarajugunywe muri jenoside, 1 wari ushyinguye mu rugo mu murenge wa Shangi, n’indi 3 yavanywe mu mva mu ngo mu murenge wa […]

Gasabo: Ubushinjacyaha bukurikiranye abagabo 2 bashinjwa kwica umwana

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo hagati muri iki cyumweru bwakiriye dosiye y’abagabo babiri bakekwaho kwica umwana muto nyuma bakamuta mu mazi . Ni icyaha ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko cyakorewe mu Mudugudu wa Nyakabingo, Akagali ka Bweramvura, Umurenge wa Jabana, Akarere ka Gasabo, Intara y’Umujyi wa Kigali, ku itariki ya 01 Kamena […]

Umugaba Mukuru w’ingabo za RDC yatangaje ko huzuyemo abagambanyi

Umugaba Mukuru w’ingabo za Repubulika ya demukarasi ya Congo, Lt Gen. Christian Tshiwewe, yatangaje ko uru rwego rwuzuyemo abagambanyi benshi batuma rudahagarara neza imbere y’umwanzi. Ubwo yaganirizaga abasirikare mu kigo cya Kokolo i Kinshasa kuri uyu wa 16 Kamena 2023, Gen. Tshiwewe bigaragara ko yari arakaye cyane, bitewe n’amakuru y’ibanga ry’igisirikare akomeje gushyirwa hanze, by’umwihariko […]

Kivu y’Amajyaruguru: Komiseri Mukuru aremeza ko abapolisi benshi bahembwa badafite ibyangombwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Aba Van Ang, yemeje ko hari abapolisi benshi bahembwa na Leta ya Repubulika ya demukarasi ya Congo kandi nta byangombwa by’akazi bibaranga bafite. Uyu mukomiseri yabivugiye mu buhamya yatanze ubwo yitabazwaga mu rubanza rw’umunyemari Edouard Mwangachuchu ushinjwa gukoresha abapolisi 80 badafite nimero zibaranga mu burinzi bw’ibirombe bya […]

Brig. Gen. Rwivanga yasubije abanenga RDF ko ihana yihanukiriye

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brigadier General Ronald Rwivanga, yasubije abanenga uru rwego rw’umutekano ko rufatira abasirikare ibihano byihanukiriye mu gihe bakoze amakosa. Mu nama nyunguranabitekerezo y’umutekano, amahoro n’ubutabera iri kubera mu ishuri rikuru rya Polisi riherereye i Musanze kuri uyu wa 16 Kamena 2023, Rwivanga yagize ati: “Nasomye ku mbuga nkoranyambaga ukunenga kwinshi ku buryo […]

Isoko rya Gisenyi rimaze imyaka n’imyaka ritegerejwe ryubakwaga nta byangombwa

Isoko rya Gisenyi ryari rimaze imyaka 12 ryubakwa ritaruzura hamenyekanye ko muri icyo gihe cyose ryubakwaga nta byangombwa byo kubaka rifite, ndetse kuri ubu imirimo ikaba yarahagaze bigashyira mu gihirahiro abikorera barihawe ngo barirangize, bari bijeje umukuru w’igihugu kuzaritaha mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa karindwi . Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) kivuga ko […]

Mu Rwanda hari kubera inama y’abofisiye bo mu ngabo zo muri EAC

Maj. Gen. Kagame Andrew yijeje abari mu nama ko iyi myitozo izagenda neza

Abofisiye bo mu ngabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bari kuganira mbere y’uko hatangira imyitozo ihuriweho yahawe izina rya ‘Command Post Exercise Ushirikiano Imara’. Iyi nama y’iminsi itatu iri kubera mu ishuri rukuru rya gisirikare riherereye i Nyakinama mu karere ka Musanze, guhera kuri uyu wa 15 Kamena 2023. Yahuje abahagarariye u Rwanda, […]

FIFA yasabye ko imikino izajya igaragaramo ivanguraruhu izajya ihita ihagarikwa

Umuyobozi wa FIFA, Gianni Infantino, aravuga ko hagomba gufatwa icyemezo cyo kutihanganira na gato ‘zero tolerance’ igihe ivanguraruhu rigaragaye mu mikino mu nzego zose . Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, yatangaje ko hagomba gufatwa ingamba zo “kutihanganira na gato” ivanguramoko mu mupira w’amaguru kandi abasifuzi mu nzego zose bagomba guhagarika imikino mu gihe ibintu nk’ibi […]

Minisitiri Ngabitsinze yavuze ko yamaze igihe akora akazi ko gukoropa

Minisitiri Ngabitsinze (hagati) na Guverineri Kayitesi (ibumoso)

Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome, yanenze cyane bamwe mu rubyiruko rw’iki gihe bagaya akazi gaciriritse ngo ntigahuye n’amashuri bize, avuga ko akiba mu mahanga, yakoze akazi ko gukoropa muri resitora zitandukanye, akabona amafaranga bikamufasha gukomeza amashuri akayarangiza. Ibi Minisitiri Ngabitsinze yabivugiye mu nama nyunguranabitekerezo yigaga ku guteza imbere ihangwa ry’imirimo no kurwanya ubushomeri […]

ICC igiye gusuzuma ibirego by’ibyaha by’intambara byakozwe n’inyeshyamba muri RDC

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha kuri uyu wa Kane, itariki 15 Kamena, rwatangaje ko rugiye gusuzuma ibirego by’ibyaha by’intambara byaba byarakozwe n’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nyuma y’aho Kinshasa igejeje ubusabe bushya muri uru rukiko . Leta ya Kinshasa ishinja umutwe wa M23 kugaba ibitero mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, […]

Taxe à  l’importation sur l’huile, le riz, le sucre et le poisson rĂ©duite

Le ministre des Finances et de la Planification Ă©conomique, Uzziel Ndagijimana, a annoncĂ© que les droits d’importation sur l’huile de cuisson ont Ă©tĂ© rĂ©duits de 35 % à  25 % . Il s’exprimait lors de la prĂ©sentation du projet de budget national pour l’exercice 2023/2024 devant le parlement le jeudi aprĂšs-midi 15 juin 2023. Il […]

U Burusiya bwiyemeje gusenya imiyoboro y’itumanaho y’ibihugu by’iburengerazuba iri mu nyanja

U Burusiya bwakangishije gusenya imiyoboro y’itumanaho y’abanzi yo mu mazi nyuma y’amakuru aherutse gushinja ibihugu byo mu burengerazuba kugira uruhare mu gitero cyagabwe ku miyoboro ya Nord Stream 1,2 yavanaga gaz mu Burusiya ijya mu Budage . Ku munsi w’ejo kuwa Gatatu, uwahoze ari Perezida w’u Burusiya, Dmitry Medvedev, ubu akaba yungirije umuyobozi w’akanama gashinzwe […]

Gen. Dagalo uhanganye n’Igisirikare cya Sudani yaba yarakomerekejwe

General “Hemetti” amaze igihe atarimo kugaragara, aho bivugwa ko usibye interviews nke yatanze kuri terefone kuri televiziyo z’Icyarabu, no kugaragara gato ari imbere y’uruhererekane rw’imodoka z’abarwanyi be mu mashusho yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga, uyu muyobozi w’umutwe wa RSF yagumye mu gicucu kuva muri Mata 15 intambara itangira ahanganyemo n’Ingabo za Sudani (FAS), ziyobowe na Gen. […]

Kaminuza yo mu Rwanda yamaganye abanyeshuri barimo uwahennye ku karubanda

Uyu we yahisemo gukandagira ibitabo

Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) yamaganye abanyeshuri bayo bayisebeje ku munsi wabereyeho umuhango wo gusoza ku mugaragaro amasomo uzwi nka ‘Graduation Ceremony’. Muri iyi kaminuza habaye uyu muhango tariki ya 9 Kamena 2023, kuva ubwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwira amafoto yateje impaka, agaragaza abakobwa bambaye, banifotoje mu buryo budasanzwe. Ifoto yavuzweho cyane ni igaragaza umukobwa […]

Itsinda Inner Circle ryo muri Jamaica rifite amashyushyu yo guhura na Perezida Kagame

Abahanzi b’ibyamamare mu njyana ya Reggae bo muri Jamaica, Inner Circle, bitegura gukorera igitaramo mu Rwanda bifite amashyushyu yo kuzahura na Perezida Kagame nibiramuka bigize amahirwe nk’uko bitangazwa n’umwe muri bo . Ku itariki ya 4 Kanama 2023, u Rwanda ruzakira iserukiramuco ryiswe Hill Festival, rizagaragaramo n’abahanzi bo muri Jamaica bo mu itsinda rya Inner […]

Uganda: Umugore w’imyaka 29 yihaye uburozi anaroga abana be batatu

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Sironko kiri gukora iperereza ku kuntu umugore yaroze abana be batatu nawe akiroga . Uyu mugore witwa Zakia Cherop w’imyaka 29, n’umuhungu we w’imyaka itanu bahise bapfa nyuma yo kurya uburozi kuri uyu wa Gatatu ushize. Ibi bikaba byabereye mu Kagari ka Nabidago, mu Murenge wa Mutufu, mu gihe […]

Umuyobozi w’uburuhukiro arashinjwa kugurisha ibice by’imirambo

Umuyobozi w’inyubako ibikwamo imirambo izwi nka ‘morgue’ mu bitaro bikaba n’ishuri bya Harvard Medical School, yatawe muri yombi hamwe n’abandi bantu batatu bazira kugurisha bimwe mu bice by’imirambo. Uyu mugabo witwa Cedric Lodge, CBS News dukesha iyi nkuru ivuga ko yacuruza bimwe mu bice by’imirambo harimo: umutwe, ubwonko ndetse n’amagufwa yakuraga muri ubu buruhukiro. Mu kirego […]

Rusesabagina yagaragaje ko kurekurwa kwe ari igitego yatsinze

Rusesabagina hamwe n'umuryango n'inshuti muri USA, nyuma yo kurekurwa

Paul Rusesabagina wamaze imyaka ibiri n’amezi afungiwe i Kigali kubera ibyaha by’iterabwoba yashinjwaga, yagaragaje ko kurekurwa kwe ari igitego yatsinze Leta y’u Rwanda. Uyu mugabo ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, ubw’u Bubiligi akagira n’uruhushya rumwemerera gutura muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatawe muri yombi mu mpera za Kanama 2020, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’ibitero MRCD-FLN […]

Tchad: Perezida Mahamat yohereje mu zabukuru abajenerali hafi 50 icya rimwe

Perezida w’inzibacyuho wa Tchad yamaze gushyira umukono ku iteka risezerera abasirikare bakuru 48 bo ku rwego rwa general, barimo Lt. Gen. Moussa Haroun Tirgo, wabaye umuyobozi wa polisi igihe kirekire . Kuva mu mwaka wa 2011, ikiruhuko cy’izabukuru kuri ba jenerali cyari cyahagaritswe, ku mugaragaro kugira ngo birinde kugwa mu kaga, kubera ko nta pansiyo […]

Abayobozi bo muri Afurika batangiye urugendo rwo guhuza Ukraine n’u Burusiya

Itsinda ry’abayobozi ba Afurika biteganijwe ko riza kugera muri Pologne kuri uyu wa Kane mu butumwa bwabo bwo gushaka uko bahuza ibihugu mu by’u Burusiya na Ukraine bimaze umwaka urenga mu ntambara, nk’uko byatangajwe na Perezida wa Uganda ku wa Gatatu . Perezida Yoweri Museveni mu magambo ye kuri Twitter ati: “Nari nkwiye kuba nifatanije […]

Malawi ‘iri kubura’ abo u Rwanda rwayisabye ngo rubaburanishe

Umuvugizi wa Minisiteri w'umutekano w'imbere, Patrick Botha

Guverinoma ya Malawi yatangaje ko itari kubona bamwe mu Banyarwanda bagera kuri 55 u Rwanda rwayisabye ngo rubaburanishe ku byaha bya jenoside bakekwaho gukora mu mwaka w’1994 mbere yo guhunga. Leta y’u Rwanda yahaye Malawi urutonde rw’aba bose yifuza ko boherezwa, nyuma y’umukwabu inzego z’umutekano zari zimaze iminsi zikora mu mpunzi n’abimukira badafite ibyangombwa, kugira […]

Muganga yazirikanye umubyeyi wamufashije akiri umunyeshuri, atamuzi

Nzayisenga arashimira cyane Gwiza wamugobotse

Dr Nzayisenga Amiel uri kwinjira mu mwuga w’ikiganga, yazirikanye umubyeyi umaze igihe kinini akorera ku cyicaro gikuru cya banki ya I&M kiri i Kigali witwa Gwiza Rushayidi Diane wamufashije mu mwaka w’2014 ubwo yari agiye gutangira amasomo muri kaminuza ya Gitwe. Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 14 Kamena 2023, Dr Nzayisenga, akoresheje Twitter, yasabye […]

Yagejejwe mu rukiko azira kwiba mu musigiti

Umugabo witwa Musa Muhammad yitabye urukiko azira kwiba inkweto mu musigiti nk’uko kamera zabyerekanye. Uyu mugabo w’imyaka 46 yatawe muri yombi ku wa 9 Kamena 2023 ubwo bari mu isengesho ryo ku gicamunsi. Kamera zo mu musigiti zerekanye uwo Muhammad yambaye ikanzu ndende isanzwe yambarwa n’abaislam afite agakapu karimo umuguru w’inkweto wo mu bwoko bwa Puma […]

Belarus inaanza kuchukua uwasilishaji wa silaha za nyuklia za Urusi

Rais wa Belarus Alexander Lukashenko amesema nchi yake imeanza kupokea silaha za kimbinu za nyuklia za Urusi, ambazo baadhi yake alisema zina nguvu mara tatu zaidi ya mabomu ya atomiki ambayo Marekani ilidondosha kwenye Hiroshima na Nagasaki mwaka 1945 . Kupelekwa huko ni hatua ya kwanza ya Moscow ya vichwa hivyo vya kivita – silaha […]

RDF yahishuye amakosa yirukanishije ba ‘Generals’ babiri

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Ronald Rwivanga yahishuye amakosa yatumye Major General Muganga Aloys na Brigadier General Mutiganda Francis birukanwa burundu muri uru rwego. Icyemezo cyo kwirukana mu ngabo aba basirikare cyafashwe n’Umugaba w’Ikirenga, Perezida Paul Kagame, tariki ya 7 Kamena 2023. Icyo gihe hanirukanwe abandi 114. Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 14 […]

Huye: A man is charged of burning his wife and a baby

The prosecution at the high court of Huye is charging a 28 year old man suspected of burning a 40 year old woman who lived with him and their one year and a half old child by pouring a soucepan of hot food on them. The General prosecutor’s office, says that “This crime was committed […]

Le nombre de morts du culte apocalyptique kenyan dépasse les 300

Le nombre de morts d’un culte de la famine au Kenya a dĂ©passĂ© les 300 mardi aprĂšs que les autoritĂ©s ont exhumĂ© plus de corps dans une forĂ ÂȘt, dans l’une des pires tragĂ©dies liĂ©es au culte de l’histoire rĂ©cente . Les autoritĂ©s disent que les morts Ă©taient des membres de l’à‰glise internationale de la bonne […]

Ese kurwanya umuco wo kudahana ni inshingano rusange?

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, uhagarariye u Rwanda muri Loni yasabye ibihugu bigize uyu muryango kugira uruhare mu guca umuco wo kudahana no kugaragaza abantu bakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bihishe hirya no hino ku Isi. Yabwiye akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku mikorere y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rushinzwe gukurirana abagize uruhare muri […]

Agasuzuguro abarinzi bagirirwa kagera n’aho babonwa nk’imbwa

Inkuru y’umusirikare Private Wilson Sabiiti wishe arashe Minisitiri muri Leta wari ushinzwe umurimo, Colonel (Rtd) Charles Okello Engola, tariki ya 2 Gicurasi 2023, yaciye igikuba muri Uganda, itera benshi gutekereza cyane kuvanze no kwibaza. Ibibazo byinshi byakurikiye amagambo Pte Sabiiti yavuze mbere yo kwirasa, ubwo yagendaga mu nzira, ava mu rugo kwa Engola, arasa mu […]

Igerageza ry’ibanze ry’urukingo rwa virusi itera Sida mu Rwanda riratanga icyizere – IAVI

Abayobozi babishinzwe baravuga ko igeragezwa ry’urukingo rwa virusi itera SIDA mu Rwanda, ryatangiye kuva mu 2021, ryerekanye iterambere ryiza mu byiciro byaryo bya mbere . Ku nkunga ya International Vaccine Initiative (IAVI), umuryango mpuzamahanga udaharanira inyungu, igeragezwa ririmo gukorerwa mu bihugu bibiri bya Afurika, u Rwanda na Afurika y’Epfo. Igeragezwa rigamije gusuzuma imikorere ya eOD-GT8 […]

Telefone ikoreshejwe nabi ishobora kwangiza intanga

Umuhanga mu bumenyi bwa nikeleyeri, Dr Mukarukaka Annely, mu gitabo cye ‘Proper Utilization of Technology Particularly Mobile Phones’ kivuga ku ikoreshwa neza rya telefone ngendanwa, agaragaza ko mu gihe umuntu ayikoresheje nabi, ishobora kwangiza intanga, bikaba byagera ku rwego bivamo ubugumba. Yifashishije urugero rw’ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu bumenyi bw’imyororokere, Dr Ashok Agrawal ukorera mu kigo […]

Malawi igiye kohereza abandi Banyarwanda

Guverinoma ya Malawi yatangaje ko yifatanyije n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi, UNHCR, igiye gutangira koherereza u Rwanda Abanyarwanda 44 bifuje gutaha ku bushake. Nk’uko ikinyamakuru Nyasa Times cyabitangaje, Minisitiri w’umutekano w’imbere w’iki gihugu, Ken Zikhale Ng’oma kuri uyu wa 13 Kamena 2023 yamenyesheje abanyamakuru ko igikorwa kiratangira kuri uyu wa Gatatu. Minisitiri Zikhale yasobanuye ko […]

Dr Habineza pleads with rich countries to save the environment

The Chairman of Democratic Green Party of Rwanda, Dr Frank Habineza, asks the people from rich countries to slow down the speed of development in order to save the environment. In interview with Bwiza.com, he said, “People in Western countries; i.e. Europe, America and elsewhere, have very large appetites, and their appetites are the ones […]

Bamporiki azahabwa imbabazi, abone kuba Umushumba w’abarokore

Umupagasi, umunyarwenya, umukinnyi wa filime, umunyamategeko, umunyapolitiki…ushatse umwite Depite cyangwa Minisitiri, uyu munsi ni umugororwa ariko urwandiko rwe ntirurasora (ntabwo ubuzima bwe bwarangiye). Mbere na nyuma y’ibyo bigwi bye byose, Bamporiki à‰douard ni umurokore, birenzeho ni umugaragu w’Imana kandi amaze kuvugwaho gutatira igihango, yihutiye gusaba imbabazi Perezida Paul Kagame ku byaha yaregwaga birimo kwaka ruswa. Icyo gihe yasabaga […]