APR FC yahagamwe na Etincelles FC, yambura Rayon Sports umwanya wa 2

Ikipe ya APR FC yafashe by’agateganyo umwanya wa kabiri ku rutonde rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo kugwa miswi na Etincelles FC igitego 1-1. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yasuye Etincelles FC kuri Stade Umuganda, mu mukino w’umunsi wa 15 wa shampiyona ari na wo usoza imikino ibanza. Ni umukino waranzwe n’imisifurire itavuzweho rumwe, bijyanye […]

Papa Francis yatangaje ko umudayimoni w’ubwibone ari kwinjirira abashumba bakuru ba Kiliziya

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yatangaje ko hari umudayimoni wigaragaza ko ari mwiza ariko afite ubwibone, ukomeje kwinjirira abashumba bakuru b’iri torero bakorera i Vatican. Ibi yabitangarije ba Karidinali bakorera mu biro bikuru bya Kiliziya kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, ubwo yabagezagaho ubutumwa bubanziriza umunsi mukuru w’ivuka rya Yezu Kirisitu, […]

Maj. Gen. Rwarakabije yavuzwe mu rubanza rw’ababaye abarwanyi bakuru ba FDLR

Major General Paul Rwarakabije uri mu bashinze FDLR yavuzwe mu rubanza rwa Brig. Gen. Mujyambere LĂ©opold wamenyekanye nka Musenyeri, Lt Col. Mpakaniye Emelien na Lt Col. Habimana Emmanuel babaye abarwanyi bakuru muri uyu mutwe witwaje intwaro. Uru rubanza rwabereye mu rukiko rukuru, urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha byambukiranya imipaka na mpuzamahanga ruherereye mu karere ka Nyanza, […]

Maroc yari yarifashe igiye kuba igihugu cya mbere muri Afurika giteye Ukraine inkunga ya gisirikare

Igihugu cya Maroc kigiye kuba icya mbere muri Afurika gifashe uruhande ku mugaragaro mu ntambara hagati y’uBurusiya na Ukraine gitera indi ntambwe yo guha Kiev ubufasha bw’ibikoresho by’intambara . Rabat yari yarahisemo mbere kutagira uruhande ibogamiraho mu makimbirane hagati ya Moscow na Kiev kimwe n’ibindi bihugu byinshi muri Afurika, ariko isa nk’aho ngo yemejwe na […]

Minisiteri y’uburezi yagaragaje ingengabihe y’amasaha mashya amasomo azajya atangiriraho

fkj5dtmwyae5_lw.jpg

Minisiteri y’Uburezi yibukije Abanyarwanda bose gahunda ivuguruye y’amasaha mashya y’ishuri, izatangira gukurikizwa guhera ku itariki ya 1 Mutarama 2023 . Nk’uko bigaragara mu itangazo rigaragaza ingengabihe y’amasaha mashya, yashyize ahagaragara, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko ari gahunda ireba amashuri ya Leta, afashwa na Leta ku bw’amasezerano n’ayigenga akurikiza integanyanyigisho ya Leta. Biteganyijwe ko amasomo azajya atangira […]

Inkunga Amerika yahaye Ukraine ntabwo ari ubugiraneza ni ishoramari – Perezida Zelensky

Kuri uyu wa Gatatu ushize, Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, mu ijambo rye yagejeje ku mitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington, yatangaje ko inkunga Amerika yahaye Ukraine “atari ubugiraneza ahubwo ari ishoramari.” Perezida wa Ukraine yagize ati: “Ndashaka kubashimira, ndabashimira cyane ku nkunga y’amafaranga mwaduhaye ndetse n’iyo mushobora […]

Igihangange cy’ibihe byose muri ruhago, Pele, akomeje kuremba

fotos-unidade-einstein-morumbi-4.jpg-scaled.jpg

Kanseri y’igihangange cy’ibihe byose mu mupira w’amaguru cyo muri Brazil, Pele, ikomeje gufata intera nk’uko ibitaro birimo gukurikirana uyu mugabo w’imyaka 82 y’amavuko byabitangaje . Pele watwaye Igikombe cy’Isi inshuro eshatu, amaze ibyumweru birenga bitatu mu bitaro. Umukobwa we yavuze ku mbuga nkoranyambaga ko agomba kwizihiriza Noheri mu bitaro. Ibitaro bya Israelita Albert Einstein byavuze […]

Komiseri Mukuru muri UN yasabye u Bwongereza kwisubira ku kohereza abimukira mu Rwanda

Komiseri Mukuru ushinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu mu Muryango w’Abibumbye (UN), Volker TĂŒrk, yasabye guverinoma y’u Bwongereza kwisubira kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda. TĂŒrk mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa The Guardian ubwo ku biro bye i Geneva mu Busuwisi, yasobanuye ko gushaka kohereza abimukira k’u Bwongereza ari ukwihunza inshingano, bukazimurira ku kindi gihugu. Yagize ati: […]

Les installations BioNTainer pour les vaccins Ă  base d’ARNm arriveront au Rwanda au dĂ©but de l’annĂ©e prochaine

Les conteneurs des premiers BioNTainer, installations Ă©quipĂ©es pour fabriquer une gamme de vaccins Ă  base d’ARNm, arriveront au Rwanda au premier trimestre 2023 . Il s’agit de la prochaine Ă©tape franchie par BioNTech dans la mise en place d’une production Ă©volutive de vaccins Ă  ARNm en Afrique. Nouvelles Technologies Biopharmaceutiques (BioNTech) est une sociĂ©tĂ© d’immunothĂ©rapie […]

Imyitwarire iranga abahanga

Waba uri umuhanga kurusha uko ubitekereza? Kugira ngo umenye niba koko uri we ntabwo bisaba kuba wakora ibizamini bya IQ (Intelligence Quotient). Reka turebere hamwe imyitwarire 10 cyangwa imyifatire iranga umuhanga. Niba ujya wibonaho ibi bimenyetso, uhite umenya ko uri we. Reba videwo 1. Gutuza Kurwana n’inshuti yawe, guteza akavuyo cyangwa kutubahiriza ibyo wifuza, hari […]

U Bufaransa bwijeje kuzakomeza kurengera inyungu za Repubulika ya Demokarasi ya Congo

fkgr9zxxgai1mtu.jpg

Umunyamabanga wa Leta y’u Bufaransa ushinzwe iterambere, Francophonie n’ubufatanye mpuzamahanga, Chrysoula Zacharopoulou, kuri uyu wa Gatatu, itariki 21 Ukuboza 2022, yakiriwe na Perezida Felix Tshisekedi, aho yijeje ko u Bufaransa buzakomeza kurengera inyungu za Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko bitangazwa na RTNC . Nyuma yo gusohoka mu ngoro ya Perezida Tshisekedi, Zacharopoulou yatangaje ko […]

Uganda: Abanyamerika baregwaga gukorera iyicarubozo umwana bareraga barezwe ikirego gishya gihanishwa urupfu

Kuri uyu wa Gatatu, umushinjacyaha wa Leta yavuze ko umugabo n’umugore bo muri Amerika bafungiye muri Uganda bakurikiranyweho iyicarubozo rikabije ry’umwana w’umuhungu w’imyaka 10 bakurikiranyweho icyaha cy’inyongera cy’icuruzwa ry’abana kikaba gihanishwa igihano cy’urupfu mu gihe baramuka bahamwe n’icyaha . Nicholas Spencer n’umugore we, Mackenzie Leigh Mathias Spencer, bombi b’imyaka 32, bafungiwe muri Uganda kuva ku […]

Perezida Zelensky yagejejwe i Washington DC n’indege ya USA

Zelensky ubwo yasohokaga muri iyi ndege yakiriwe n'abarimo abashinzwe umutekano

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yageze i Washington DC kuri uyu wa 21 Ukuboza 2022 atwawe n’indege ya Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Zelensky yageze muri USA mu masaha y’umugoroba, aho asobanura ko yagiye gushimira iki gihugu uburyo gikomeje gufasha icye mu kurwanya ingabo z’u Burusiya zimaze amezi hafi 10 zibashojeho intambara. Uyu Mukuru […]

Ingagi ziba mu gice kigenzurwa na M23 ziratabarizwa

Ubuyobozi bwa Pariki ya Virunga buratabariza ingagi ziba mu gice cya Mikeno muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kigenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Umuvugizi w’iyi pariki, Bienvenu Bwende, yatangarije ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko babuze uko bajya gukurikirana ubuzima bw’izi ngagi, kubera ko batizeye ko aho ziri hari umutekano. Yagize ati: “Byagorana kuba […]

Lionel Messi yateye umugongo FC Barcelona yari ifite gahunda yo kumwisubiza

Umunya-Argentine Lionel Messi yamaze kugera ku bwumvikane na Paris Saint-Germain asanzwe akinira bw’uko agomba kuyongeramo amasezerano, atera umugongo FC Barcelona yifuzaga kumwisubiza. Messi ni umukinnyi wa PSG nyuma yo kuyigeramo mu mpeshyi ya 2020. Uyu munya-Argentine aracyafitanye na PSG amasezerano agomba kurangira mu mpeshyi itaha ya 2023. Amakuru yariho cyakora cyo yavugaga ko FC Barcelona […]

U Rwanda rwamenyesheje amahanga ko kurushinja gufasha M23 nta gisubizo byatanga

Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje amahanga ko gushyigikira ibirego by’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) by’uko ingabo zarwo zifasha umutwe witwaje intwaro wa M23 nta gisubizo kizima byatanga. Ni ubutumwa bukubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ibiro by’Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa 21 Ukuboza 2022, risubiza amatangazo y’ibihugu bitandukanye byo mu burengerazuba […]

Huye: Umukobwa washinjwaga gusambanya umuhungu w’imyaka 17 yakatiwe imyaka 25 y’igifungo

Urukiko rwisumbuye rwa Huye kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Ukuboza 2022, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umukobwa w‘imyaka 32 icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17, rumuhamya icyaha maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka 25 .   Ubushinjaacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko iki cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 23 Nzeri 2022 iwe […]

Gitega: Mu rugo rw’umupolisi hafatiwe imyambaro n’inkweto by’igisirikare n’igipolisi

Imyambaro y'igisirikare, iy'igipolisi n'inkweto byafatiwe muri uru rugo

Mu rugo rw’umupolisi w’Umurundi witwa Vyankandondera ThĂ©rence ruherereye mu gace ka Mwaro, komini Makebuko mu ntara ya Gitega hafatiwe ibikoresho by’igisirikare n’igipolisi birimo imyambaro n’inkweto. Ibiro by’intara ya Gitega byemeje aya makuru kuri uyu wa 21 Ukuboza byerekanye amafoto y’impuzankano y’igisirikare, iy’abapolisi ndetse n’imiguro enye y’inkweto zizwi nka ‘butini’. Byasobanuye kandi ko uyu mupolisi yafatanwe […]

Umucamanza yihanangirije uruhande ruregwa muri dosiye y’abanyamigabane ba SDU

Umucamanza wo mu rukiko rukuru rw’ubucuruzi yamenyesheje Sibomana Jovithe ukuriye inama y’ubutegetsi ya kampani ya SDU (Special Drivers United) itanga serivisi zo gutwara abantu n’ibintu, yarezwe na bamwe mu banyamigabane ba yo, ko ubutaha nibongera gutuma urubanza rusubikwa bazafatirwa ibihano nk’abashaka gutinza urubanza nkana nyuma y’aho urubanza rwongeye gusubikwa kubera kongera kubura k’umunyamategeko wunganira Sibomana […]

RRA yatangiye gufunga ubucuruzi budakoresha neza inyemezabwishyu za EBM

ah0a9654.jpg

Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) kuri uyu wa Gatatu, itariki 21 Ukuboza, cyatangiye igikorwa cyo gufunga ibikorwa by’abacuruzi badakoresha neza inyemezabwishyu z’ikorabuhanga (EBM) hirya no hino mu Mujyi wa Kigali nyuma yo kubihanangiriza inshuro zigera muri esheshatu ariko ntibikosore . Iki gikorwa cyari cyatumiwemo n’itangazamakuru, cyatangiriye mu isoko ryo muri MIC, aho ku ikubitiro hafunzwe […]

Ingabo za Kenya ziri mu mutwe wa EAC zashimiwe uko ziri kwitwara muri RDC

Lt Col. Obiero aganiriza ingabo za Kenya zibarizwa muri EACRF

Ingabo za Kenya zibarizwa mu mutwe w’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba, EACRF, zashimiwe uburyo ziri kwitwara mu kazo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo. Zashimiwe n’umuyobozi wazo, Lieutenant Colonel Denis Obiero, ubwo yaziganirizaga mu birindiro byazo biherereye mu nkengero z’umujyi wa Goma kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022. Ibiro bya EACRF byagize biti: […]

Zelensky yasohotse muri Ukraine ku nshuro ya mbere kuva u Burusiya bwatangiza intambara

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yerekeje muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho azaganira na Perezida Joe Biden ndetse akageza ijambo ku Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu. Zelenskyy yanditse kuri Twitter ko ari mu nzira yerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu gukomeza ubushobozi bw’ukwirwanaho n’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Ni uruzinduko rwa mbere hanze ya […]

RDC yizeye gutsinda M23 nyuma yo gukurirwaho ‘embargo’

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bwizeye ko ingabo z’iki gihugu zizatsinda umutwe witwaje intwaro wa M23, nyuma y’aho umwanzuro (embargo) wari warafashwe n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ukuweho. Kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022, aka kanama kemeje ko gakuyeho ibwiriza kari karahaye ibihugu cyangwa se inganda bigurisha RDC intwaro, wo […]

Afghanistan: Leta y’Abatalibani yafashe icyemezo cyo gukumira abakobwa muri za kaminuza

Minisiteri y’amashuri makuru muri leta iyobowe n’Abatalibani muri Afghanistan yavuze ko abanyeshuri b’abakobwa batazemererwa kwinjira muri kaminuza z’igihugu kugeza igihe hazasohoka amabwiriza mashya . Ibaruwa yemejwe n’umuvugizi wa minisiteri y’amashuri makuru kuri uyu wa Kabiri, yategetse kaminuza za Leta n’abikorera bo muri Afghnistan guhagarika byihuse abanyeshuri b’abakobwa, nk’uko byemejwe n’inama y’abaminisitiri. Ibaruwa yahawe kaminuza zose […]

Minisitiri Gasana yaburiye abajya muri RDC mu buryo butemewe n’amategeko

Minisitiri w’umutekano w’imbere, Gasana Alfred, yaburiye Abanyarwanda bajya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) mu buryo butemewe n’amategeko. Minisitiri Gasana yatanze uyu muburo ubwo yaganiraga n’abatuye mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu, mu nteko y’abaturage yo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022. Uyu muyobozi yavuze ko muri iki gihe, umuntu ugiye muri […]

Akurikiranweho gusambanya ku gahato: RIB kuri muganga uregwa gukorakora igitsina cy’umurwayi

Umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira Thierry, yatangaje ko muganga wo mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro uregwa gukorakora igitsina cy’umurwayi akurikiranweho icyaha cyo gusambanya undi ku gahato. Dr Murangira yabwiye Primo Media Rwanda ko uyu muganga w’imyaka 27 y’amavuko yatawe muri yombi tariki ya 1 Ukuboza 2022 nyuma yo kuregwa n’umukobwa w’imyaka […]

Kenya: Abasilamukazi basabwe kujya bambara hijab bitaba ibyo bagashaka igihugu bajya kubamo

Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’ingabo muri Kenya, Aden Duale, yihanangirije abagore b’abayisilamu bo muri Kenya batambara hijab cyangwa igitambaro gipfuka mu mutwe ababwira ko nibaa batabishoboye bashaka ikindi gihugu babamo. Kuri uyu wa Mbere ushize, Duale yabivugiye muri komite y’umusigiti wa Jamia mu muhango wo gushyikiriza cheque Croix-Rouge ya Kenya mu rwego rwo gufasha […]

General Bunyoni yaba yambuwe abasirikare n’abapolisi bamurinda

General Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, biravugwa ko yambuwe abasirikare n’abapolisi bamurinda, nyuma y’amezi atatu akuwe kuri iyi nshingano. Urubuga SOS MĂ©dias Burundi ruvuga ko aya makuru rwayahawe n’umwe mu bashinzwe umutekano bo hejuru. Ruti: “Abasirikare n’abapolisi barindaga urugo rwa Alain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe muri Gasekebuye (amajyepfo ya Bujumbura) bategetswe […]

Kibeho: Barifuza ikiruhuko ku rwego rw’igihugu ku munsi w’amabonekerwa

Musenyeri Hakizimana avuga ko batangiye gusaba ko uyu munsi wagirwa ikiruhuko

Bamwe mu bakirisitu bakorera urugendo nyobokamana ku Butaka Butagatifu bwa Kibeho, mu karere ka Nyaruguru, bifuza ko uwa 28 Ugushyingo, umunsi mukuru ngarukamwaka w’amabonekerwa ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo w’i Kibeho, waba umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda hose. Ibyo ngo byarushaho kumenyekanisha Kibeho mu Rwanda no mu mahanga, bityo ubukerarugendo nyobokamana bukiyongera kandi n’abakozi bifuza […]

Ntakarutimana du Burundi Ă©lu prĂ©sident de l’EALA

Joseph Ntakarutimana, un lĂ©gislateur burundais et secrĂ©taire gĂ©nĂ©ral adjoint du parti au pouvoir du pays, a Ă©tĂ© Ă©lu mardi nouveau prĂ©sident de l’AssemblĂ©e lĂ©gislative de l’Afrique de l’Est (EALA) . Il s’est engagĂ© Ă  favoriser l’unitĂ© et l’harmonie au sein de la CommunautĂ© de l’Afrique de l’Est (EAC). Le parti au pouvoir au Burundi est […]

Minembwe: FARDC irigamba kwivugana Col Muzungu wa Twirwaneho

Uwiyise Colonel witwa Muzungu Rusongo wo mu mutwe witwaje intwaro wa Twirwaneho-Makanika yishwe n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) i Minembwe mu gace ka Fizi (Kivu y’Amajyepfo), kuri uyu wa Kabiri, itariki 20 Ukuboza 2022 . Lieutenant JĂ©rĂ©mie Meya, umuvugizi wa brigade ya 12 ya FARDC ishinzwe gutabara byihuse ifite icyicaro i Minembwe […]

Umupadiri wo muri Diyosezi ya Ruhengeri yasezeye nyuma yo ‘gusobanukirwa’

Umupadiri ubarizwa muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri mu majyaruguru y’u Rwanda, Niwemushumba Phocas, yeguye ku murimo w’ubupadiri yari amazeho imyaka 15 nyuma yo ‘kubura amaso no gusobanukirwa’. Mu ibaruwa yo ku wa 6 Ukuboza 2022 yandikiye Musenyeri wa Diyosezi, Vincent Harolimana, Niwemushumba yasobanuye ko igihe amaze ku mugabane w’Uburayi cyamubereye umwanya wo kubura amaso, gutekereza, […]

Ntabwo ndi Perezida kubera Abanyamerika: Museveni

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko atari Umukuru w’Igihugu kubera abo muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Museveni yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru Remmy Bahati wa Daily Monitor, ubwo bari i Washington DC mu cyumweru gishize, mu gihe yari yitabiriye inama ihuza USA n’ibihugu byo muri Afurika. Bahati yamwibukije ko […]

Polisi iri gushakisha umushoferi wa Fuso wakoze impanuka agahita acika

Polisi y’u Rwanda (RNP) iravuga ko irimo gushakisha umushoferi w’ikamyo yahitanye umudamu umwe igakomeretsa abandi benshi, mu mpanuka yo mu muhanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere, itariki 19 Ukuboza, i Zindiro, Umurenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo . Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 20 Ukuboza, mu kiganiro n’ikinyamakuru The New Times, […]

Kirehe: Intumwa za Leta y’u Burundi ziri mu Rwanda zasuye impunzi z’Abarundi ziba mu Nkambi ya Mahama

Intumwa za Leta y’u Burundi ziri mu Rwanda kuva kuri uyu wa Mbere aho zaje gukangurira impunzi z’Abarundi gutaha, ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwazo zerekeje mu Nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe . Izi ntumwa ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’Umutekano mu Burundi, Lt. Gen. de Police AndrĂ© Ndayambaje kuri […]

Umukecuru w’imyaka hafi 100 yahamijwe uruhare mu bwicanyi Abanazi bakoreye abasaga 10,000

Uwahoze ari umunyamabanga wakoreraga umuyobozi w’ikigo cyakoranyirizwagamo imfungwa cy’Abanazi yahamijwe icyaha cyo kugira uruhare mu bwicanyi bwakorewe abantu barenga 10.505 . Irmgard Furchner, ufite imyaka 97, yajyanywe gukorera i Stutthof akiri inkumi kuva mu 1943 kugeza 1945. Furchner, umwe mu bagore bake bakurikiranyweho ibyaha by’Abanazi mu myaka mirongo, yahawe igihano gisubitse cy’igifungo cy’imyaka ibiri. Nubwo […]

Hamenyekanye igihe inoti ziriho ifoto y’Umwami Charles III zizasohokera muri banki

Ni uku izi noti zizaba zigaragara

Banki nkuru y’u Bwongereza kuri uyu wa 20 Ukuboza 2022 yashyize hanze amafoto y’imiterere y’inoti zigaragaraho ifoto y’Umwami Charles III, isobanura ko zizatangira gukoreshwa hagati y’umwaka w’2024. Isobanura ko inoti zizashyirwaho ifoto ya Charles III ari zose. Ni ukuvuga; iy’Amapawundi 5, 10, 20 ndetse na 50, gusa ngo nta kindi kizahindukaho. Iti: “Twamuritse isura y’inoti […]

Uganda: Umukozi wo ku kibuga cy’indege yarumwe n’inzoka imusanze aho bayoborera indege

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru gishize, inzoka yavuye mu nkegero z’ikibug cy’indege mpuzamhanga cyaaa Entebbe muri Uganda yinjira mu nyubako y’ubugenzuzi iruma umukozi wari urimo kuyobora indege witwa Jonathan Kayizzi . Vianney Luggya, Umuvugizi w’ikigo gishinzwe indege za gisivili (UCAA), ari nacyo gishinzwe gucunga iki kibuga cy’indege, we yavuze ko ibyabaye “bikekwa ko ari […]

Bamwe mu bagabo b’i Rubavu barashinjwa kwicara, bagatungwa n’abagore

Aremeza ko Ndongora Nitunge ihari, n'ubwo hari ababa bashaka ko bitamenyekana

Bamwe mu bagabo batuye mu mirenge ya Nyamyumba, Rugerero, Gisenyi na Rubavu mu karere ka Rubavu barashinjwa kwicara badakora, bagatungwa n’abagore muri gahunda yadutse yahawe izina rya ‘Ndongora Nitunge’. Ni ibyatangarijwe umunyamakuru wa BWIZA ubwo yasuraga abakorera n’abarema isoko rya Rubavu ndetse n’abari mu nkengero yaryo kuri uyu wa 19 Ukuboza 2022. Umugore umwe mu […]

Umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu wiyongereyeho 10% mu gihembwe cya 3 – NISR

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR)cyatangaje ko mu Rwanda umusaruro rusange w’imbere mu gihugu (GDP) wiyongereyeho 10% mu gihembwe cya gatatu cya 2022 bitewe n’uko ibikorwa by’inganda byagarutse . GDP yiyongereyeho 10% mu gihembwe cya 3 cya 2022 mu gihe yazamutse ku rugero rwa 7.5% mu gihembwe cya kabiri ndetse na 7.9% mu gihembwe cya mbere. […]

Nyamasheke: Abahinzi b’icyayi barasaba gufashwa kubona ifumbire

Abayobozi batandukanye bifatanya n'abahinzi b'icyayi mu munsi mpuzamahanga w'umuhinzi w'icyayi

Nubwo abahinzi b’icyayi mu karere ka Nyamasheke bavuga ko muri iki gihe bahanganye n’ibibazo birimo igiciro kidahagaze neza ku isoko mpuzamahanga,ibura ry’abasoromyi rituma icyayi cyinshi gisigara mu mirima, ihanika ry’igiciro cy’ifumbire n’ibindi, ngo bakomeje kongera imbaraga muri ubu buhinzi, bagasaba ubuyobozi gukomeza kubashakira umuti w’ibi bibazo bibakoma mu nkokora. Abaganiriye na Bwiza.com kuri uyu wa […]

Papa Francisco yatangaje ko amaze imyaka 9 yanditse ibaruwa y’ubwegure

Papa Francisco, umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2022 yahishuye ko amaze imyaka 9 atanze ibaruwa y’ubwegure bwe mugihe yagira ibibazo by’ubuzima. Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru cya ABC cyo muri Espagne, yavuze ko iyo baruwa yayitanze mu mwaka wa 2013 ubwo yari amaze gutorerwa uyu mwanya. Avuga ko yahaye iyo […]

Amateka ya John Hartfield watwitswe azira gukunda umuzungukazi

John Hartfield yari umwirabura wari utuye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika. Yishwe urw’agashinyaguro nta rubanza rubayeho mu gace ka Ellisville kari muri Leta ya Missouri mu mwaka w’1919 azira kuba yarakundanaga n’umuzungukazi. Igikorwa cyo kumwica cyanyujijwe mu bitangazamakuru bitandukanye, bivugwa ko abantu babarirwa mu bihumbi 10 bari bateraniye aho yagombaga kwicirwa ngo bihere ijisho. Yaramanitswe, […]

Umutoza wa Espoir FC yirukanwe nyuma yo gutangaza ko abayiguriye abakinnyi bahemutse

Bisengimana Justin wari umutoza mukuru wa Espoir FC yirukanwe nyuma yo gutangaza ko abaguriye iyi kipe abakinnyi ari abahemu. Uyu mutoza yatangaje aya magambo tariki ya 17 Ukuboza 2022 ubwo Espoir FC yari imaze gutsindwa na Etincelles ibitego bibiri ku busa. Icyo gihe yabwiye abanyamakuru ko iyi kipe ifite abakinnyi badashoboye, bari ku rwego rwo […]

Rutsiro: Umuganga arashinjwa gukorakora igitsina cy’umurwayi

Umuganga w’ibitaro bya Murunda biherere mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro, akurikiranwe n’urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha nyuma y’aho umukobwa arugejejeho ikirego, amushinja kumukorakora igitsina. Ni icyaha umukobwa avuga ko yakorewe mu gihe yanyuzaga uyu mukobwa mu cyuma n’uyu muganga, amusuma uburwayi bw’imbere mu mubiri. Dr Nkurunziza Jean Pierre yemereye Primo Media Rwanda dukesha iyi […]

Museveni yatangaje ko nta bihano ateganyiriza umuhungu we ‘wivanga’ muri politiki

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga, Yoweri Museveni, yatangaje ko nta ngamba cyangwa ibihano ateganyiriza umuhungu we usanzwe ari umujyanama we mu by’igisirikare, General Muhoozi Kainerugaba, ushinjwa kwivanga muri politiki. Yabivugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Daily Monitor ubwo yari i Washington DC nyuma y’aho Gen. Kainerugaba atangaje ko adashyigikiye ishyaka riri ku butegetsi, NRM. […]

UN yahatiye RDC kwakira Abahutu b’abajenosideri: Minisitiri Bazaiba

Minisitiri w’ibidukikije muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Eve Bazaiba, yatangaje ko akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kahatiye igihugu cyabo kwakira Abahutu b’abajenosideri mu mwaka w’1994. Bazaiba yabitangarije mu nama mpuzamahanga yo kubungabunga ibidukikije yabereye i Montreal muri Canada tariki ya 16 Ukuboza 2022, asobanura imiterere y’ikibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC. U […]

Perezida Ramaphosa yongeye gutorerwa kuyobora ANC

Ishyaka ANC riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Mbere ryongeye gutora Perezida Cyril Ramaphosa nk’umuyobozi waryo mu myaka itanu iri imbere, nk’uko iryo shyaka ryatangaje . Ramaphosa yagize amajwi 2,476 kuri 1.897 y’uwahoze ari minisitiri w’ubuzima Zweli Mkhize, nk’uko ibisubizo byatangajwe n’umuyobozi wa komisiyo y’amatora y’ishyaka, Kgalema Motlanthe. Kongera gutorwa kwa Ramaphosa […]

Musenyeri Karemera aremeza ko nta gihugu cyakomera kidakomeje uburezi

Musenyeri Karemera n'abo bafatanya uburezi basabye abarimu imbaraga mu gushimangira ireme ry'uburezi

Umushumba wa EAR Diyoseze ya Cyangugu, Musenyeri Karemera Francis avuga ko ibihugu byabaye ibihangange ku isi ari ibyateje imbere uburezi ku rwego rwo hejuru, n’abanyabwenge bakoze ibyahinduye imibereho y’abayituye baciye imbere y’abarimu bashoboye, agahera aha asaba abarezi b’amashuri y’iyi Diyoseze imbaraga mu burezi bufite ireme, bwo hazaza heza h’igihugu. Mu kiganiro na Bwiza.com nyuma yo […]

London: Urukiko rwemeje ko gahunda yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro yemewe n’amategeko

Abasabaga ihagarikwa rya gahunda ya guverinoma y’u Bwongereza itavugwaho rumwe yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda batsinzwe nyuma y’uko abacamanza bo mu Rukiko Rukuru bemeje ko iyi politiki yemewe n’amategeko . Urugamba rukaze rwo kurwanya iyi gahunda yo kohereza abasaba ubuhungiro binjiye mu Bwongereza binyuranyije n’amategeko rwatangiye kuva aho uwari minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, […]

Nyamasheke: Abatuye umudugudu w’icyitegererezo bahorana ubwoba bw’ibiza

Imvura yo ku wa 10 Kanama yasize zimwe izisambuye kubera kuba ibisenge bitaziritse

Iyo urebeye inyuma umudugudu w’icyitegererezo wa Bushekeri uri mu murenge wa Bushekeri, mu karere ka Nyamasheke ubona ari mwiza cyane, utagira uko usa, mbese wakwirirwa uwureba. Ariko iyo uwugezemo imbere imvura yaguye usanganirwa n’ukundi kuri, kurimo amarira ya bamwe mu bawutuye bahora bikanga Ibiza nk’ibyo bavuyemo bawuhazanwa. Uyu mudugudu urimo zimwe mu nzu zisa n’izinugitse […]

Trump arashinjwa guhisha umwenda yari yarahawe n’ikigo gifitanye isano na Koreya ya Ruguru

Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika arashinjwa guhisha amakuru y’ingenzi ajyanye n’ubukungu bwe nyuma yo kugaragara ko yari afite umwenda wa miliyoni hafi 20 z’Amadolari atamenyesheje igihe yiyamamarizaga bwa mbere kuba perezida muri 2016 ! Umwenda uhishe wa Trump Ubu nibwo hamenyekana ko uyu munyemari w’imyaka 76 wahoze ari perezida […]

Huye: Umukozi wo mu rugo arashinjwa gusambanya umwana w’umuhungu w’aho yakoraga

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye bukurikiranye umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 11 y’amavuko w’aho yakoraga akazi ko mu rugo . Ubushinjacyaha Bukuru dukesha iyi nkuru buvuga ko icyaha cyabaye mu gihe cya saa kumi z’umugoroba wo ku wa 11 Ukuboza 2022, mu Mudugudu wa Nyarurembo, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Tumba, […]

Umuraperi Drake yariwe miliyari frw nubwo ikipe ya Argentine yari yategeye yatwaye igikombe

goal_-_multiple_images_-_2_split_-_facebook__3_.jpg

Umuraperi Drake yariwe amafaranga menshi nyuma yo gutegera ko ikipe ya Argentine iza gutsinda u Bufaransa mu mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi nubwo iyi kipe yaje gutwara igikombe . Kuri iki Cyumweru, uyu muraperi w’Umunyakanada ukoreramuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yateze miliyoni imwe y’amadorali (asaga miliyari y’Amanyarwanda)kuri Argentine ku mukino wa nyuma w’Igikombe […]

Des responsables burundais au Rwanda pour la campagne de rapatriement des réfugiés

Une dĂ©lĂ©gation du Burundi est arrivĂ©e au Rwanda ce lundi 19 dĂ©cembre pour une campagne de rapatriement des rĂ©fugiĂ©s de deux jours . La dĂ©lĂ©gation burundaise est composĂ©e du secrĂ©taire permanent au ministĂšre de l’intĂ©rieur chargĂ© de la sĂ©curitĂ© publique, du directeur gĂ©nĂ©ral du rapatriement et de la rĂ©intĂ©gration des rĂ©fugiĂ©s, des gouverneurs des provinces […]

Ladislas Ntaganzwa wahamijwe uruhare muri jenoside aratangira kuburana mu bujurire

Kuri uyu wa Mbere, Urukiko rw’Ubujurire ruratangira kuburanisha urubanza rw’ubujurire rwa Ladislas Ntaganzwa wahoze ari Bourgmestre (Umuyobozi) wa Komini ya Nyakizu (ubu ni mu karere ka Nyaruguru) wahamwe n’icyaha cyo gukora Jenoside yakorewe Abatutsi . Yaburanishijwe ku rwego rwa mbere n’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga i Nyanza maze akatirwa gufungwa burundu mu 2020, afata […]