Bunia: Abasirikare bakuru ba FARDC bakatiwe burundu bazira kugurisha intwaro inyeshyamba

Amadosiye abiri y’ubucamanza yasuzumwe n’Urukiko Rukuru rwa Gisirikare ku rwego rw’ubujurire mu mujyi wa Bunia, ku wa gatanu ushize, aho imwe muri izi dosiye yaregwagamo abasirikare bakuru ba FARDC gucuruza intwaro ku mutwe w’inyeshyamba wa CODECO . Dosiye ya mbere ijyanye n’urubanza rwo “kugurisha amasasu y’intambara” ku barwanyi ba CODECO naho iya kabiri ijyanye n’ubwicanyi […]

Abanyaliberiya bagiye mu myigaragambyo kubera kubura Perezida Weah mu gihugu

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, abantu barenga igihumbi bitabiriye imyigaragambyo yabereye mu nkengero z’umurwa mukuru wa Liberia, bigaragambyaga kubera ibibazo by’ubukungu ndetse no kuba Perezida George Weah amaze igihe kinini atari muri iki gihugu . Imyigaragambyo minini yagiye iba rimwe na rimwe mu myaka itanu Weah amaze ku butegetsi, ariko uburakari ku micungire y’ubukungu ya […]

RDC yashyize General Laurent Nkunda ku rutonde rw’abarwanyi ba M23

Gen. Nkunda agaragara kuri uru rutonde, ku mwanya wa 5

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) ibara General Laurent Nkunda mu barwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bw’igihugu. Gen. Nkunda agaragara ku rutonde “rw’abarwanyi 7 ba M23” bafatiwe ibihano n’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, ruri mu gitabo guverinoma ya RDC yise ‘Urupapuro Rwera’. RDC ivuga ko iki gitabo cy’impapuro 64 […]

Mushikiwabo yashimye uko ikipe y’u Bufaransa yitwaye mu gikombe cy’Isi

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yashimye uko ikipe y’u Bufaransa yitwaye mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi ryaberaga muri Qatar kuva mu kwezi gushize. Ni nyuma y’aho iyi kipe itsindiwe ku mukino wa nyuma wabaye kuri uyu wa 18 Ukuboza 2022, hitabajwe penaliti. Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya ibitego bibiri, umusifuzo […]

Betrand Bisimwa yatangaje ko FDLR isubiye mu Rwanda, na M23 ishobora kurambika intwaro

Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko mu gihe abarwanyi ba FDLR basubira mu Rwanda, byashoboka cyane ko na bo barambika intwaro kuko ngo ni yo ntandaro y’umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bisimwa yabitangarije mu kiganiro M23 yagiranye n’abanyamakuru muri Bunagana kuri uyu wa 14 Ukuboza. […]

Colonel mu ngabo zirinda Tshisekedi yapfiriye muri Rutshuru

Polisi ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko Colonel wo mu mutwe w’ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu witwa Nzunzu Paseke yapfiriye muri teritwari ya Rutshuru, intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ibiro bya Polisi bisobanura ko uyu musirikare yishwe n’impanuka yo mu muhanda tariki ya 16 Ukuboza, ahagana saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba, ubwo yari ageze […]

General Kazura n’abagaba bakuru bo muri EAC bahuriye i Dar es Salaam

Maj. General Nyakarundi (uwa gatatu mu b'inyuma uhereye ibumoso) na we yari ahari

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, General Jean Bosco Kazura, hamwe na bagenzi be bayobora ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) bahuriye i Dar es Salaam muri Tanzania. Iyi nama yayobowe n’Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Burundi, Lt Gen. Prime Niyongabo, yabaye tariki ya 16 Ukuboza 2022. Abandi bari bayirimo ni: Gen. Wilson Mbadi wo […]

Mali: Umuntu witwaje imbunda yishe arashe abapolisi 2 ba MINUSMA barimo umugore

Umuntu witwaje imbunda utaramenyekana yarashe kandi yica abapolisi babiri bo mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga Amahoro muri Mali ubwo bari ku irondo hafi y’umujyi wa Timbuktu nk’uko umuyobozi w’ubutumwa El-Ghassim Wane yabitangaje . Kuri uyu wa Gatanu, abinyujije kuri twitter, Wane yagize ati: “Namaganye iki gikorwa kibi kandi nifurije gukira vuba abandi bane babungabunga […]

MoĂŻse Katumbi avuga ko amarira ya Tshisekedi atari yo azakemura ikibazo cya M23

Umunyapolitiki MoĂŻse Katumbi Chapwe, yanenze Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi ukomeje imiborogo y’uko M23 ibifashijwemo n’u Rwanda bateye igihugu cye; avuga ko amarira atari wo muti w’ikibazo. Katumbi washinze akaba anayoboye ishyaka ‘Ensemble pour la RĂ©publique’, yemeje aya makuru mu kiganiro aheruka kugirana na Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) cyo kimwe na Televiziyo ya France 24. Muri […]

RDC yokeje igitutu kuri UN ngo ifatire u Rwanda ibihano byihuse

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yasabye akanama k’Umuryango w’Abibumbye (UN) gashinzwe umutekano gufatira u Rwanda ibihano byihuse, kuko ngo rwohereje ingabo zarwo muri iki gihugu, zijya kwifatanya n’umutwe witwaje intwaro wa M23 gukora ibyaha byitandukanye. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2022 yashyize hanze inyandiko […]

Afurika y’Epfo: Jacob Zuma yareze Perezida Ramphosa mu bushinjacyaha bwigenga

Uwahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, Jacob Zuma, yashinje Perezida Cyril Ramaphosa uriho ubu mu bushinjacyaha bwigenga, igikorwa Ramaphosa yamaganye avuga ko ari “ugukoresha nabi inzira zemewe n’amategeko” . Ibi bibaye mu gihe Kongere y’ishyaka ANC itangira inama y’amatora kuri uyu wa Gatanu kugira ngo hemezwe niba Ramaphosa azaharigararira mu matora ya perezida ataha yo […]

Leta ya RDC yasabye Zimbabwe kuyoherereza General Numbi

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo irasaba iya Zimbabwe kuyoherereza General John Numbi wabaye Komiseri Mukuru wa Polisi kuva mu 2010 kugeza mu 2020. Ubu busabe bugaragara mu ibaruwa Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Christophe Lutundula, yandikiye Ambasade ya Zimbabwe muri RDC kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022. Minisitiri Lutundula yasabye iyi Ambasade ko Leta ya […]

Koreya ya Ruguru iravuga ko yagerageje neza intwaro nshya ifite ingufu zidasanzwe

Kuri uyu wa Gatanu, Koreya ya Ruguru yatangaje ko “yagerageje neza” “intwaro nshya” ifite ingufu nyinshi kandi ko ari yo ya mbere y’ubu bwoko iki gihugu gikoze . Ibi bije nyuma y’ukwezi kurenga Koreya ya Ruguru irashe misile n’ibisasu byinshi mu rwego rwo gusubiza imyitozo ya gisirikare ihuriweho hagati ya Amerika na Koreya y’Epfo mu […]

La banque centrale rejette la dĂ©cision d’interdire les chĂšques de tiers

Le gouverneur de la Banque nationale du Rwanda, John Rwangombwa, a rejetĂ© les allĂ©gations selon lesquelles il existe une interdiction des chĂšques de tiers aprĂšs qu’un Ă©chantillon reprĂ©sentatif de personnes ait affirmĂ© que leurs banques refusaient de les encaisser . “Ce n’est pas vrai. Cependant, les banques avaient Ă©crit une lettre demandant l’interdiction, que nous […]

M23 irashinja ingabo za RDC kuyigabaho igitero

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashinja ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) kugaba igitero ku birindiro byawo biherereye mu gace ka Bwiza kari muri teritwari ya Masisi. Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, ni we wemeje aya makuru, aho yagize ati: “Twamaganye kurenga ku guhagarika imirwano kw’ihuriro ry’ingabo za Leta zagabye igitero ku birindiro […]

Zambia igiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe miliyoni 194.9 $ na guverinoma yabanje

Umuyobozi muri Leta ya Zambia yavuze ko bagiye kugurisha indege ya perezida yaguzwe mu buryo butavugwaho rumwe miliyoni 194.9 z’amadolari na guverinoma yabanjirije iyi kubera amafaranga menshi yo kuyibungabunga . Minisitiri w’ingabo, Ambrose Lufuma, yabwiye Inteko Ishinga Amategeko ati: “Kubungabunga no gukoresha indege byatwaye ikigega cya Leta amafaranga arenga miliyoni 6.3 z’amadolari mu myaka itatu […]

Umunyeshuri yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo

Umunyeshuri w’imyaka 21 y’amavuko wiga muri kaminuza ya Kyambogo muri Uganda, Lorna Naula, yahuye n’akaga nyuma yo guhamagara ku murongo wa telefone umukobwa w’Umugaba Mukuru w’ingabo, General Wilson Mbadi. Nk’uko ikinyamakuru Daily Monitor kibisobanura, Naula yahamagaye umukobwa wa Gen. Mbadi (bariganye) kugira ngo amuhuze n’uyu musirikare mukuru, maze amusabe gufunguza by’agateganyo musaza we uri muri […]

U Bufaransa bwakuye muri Centrafrica ingabo zabwo za nyuma zari zihasigaye

Minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa yatangaje ko u Bufaransa bwakuye ingabo zabwo za nyuma muri Repubulika ya Centrafrica (CAR) . Minisiteri yavuze ko abasirikari 130 b’Abafaransa bari basigaye muri Centrafrica, mu rwego rw’ubutumwa bw’ibikoresho, MISLOG, bavuye mu gihugu, kandi ko ubwo butumwa butagifite “ishingiro ry’ibikorwa.” Itangazo ryasohowe riragira riti: “Inkambi ya M’Poko yashyikirijwe mu buryo bukwiye […]

Perezida Ramaphosa yasubije Zuma wamushinje kumwirengagiza mu rubanza rwe

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasubije Jacob Zuma yasimbuye ku butegetsi, uherutse kumushinja kutamufasha mu rubanza rwe. Zuma ukurikiranweho icyaha cya ruswa no kunyereza umutungo aherutse kuvuga ko Perezida Ramaphosa yanze kumufasha ku kibazo cy’abashinjacyaha babiri, William Downer na Andrew Breitenbach, ashinja kwitwara nabi mu kazi. Ni nyuma y’aho uyu munyapolitiki asabye Umukuru w’Igihugu […]

M23 yaba yatangiye gukura abarwanyi ba yo muri Rutshuru ibajyana i Bunagana na Tshanzu

Umutwe wa M23 waba watangiye, nk’uko bamwe mu baturage babitangaza, gusubiza inyuma bamwe mu barwanyi bayo badakewe cyane cyangwa abarwaye bari mu Bitaro bya Rutshuru bayanwa za Bunagana na Tshanzu ariko aya makuru ntaremezwa na FARDC . Iyi nkuru dukeha Mediacongo.net iravuga ko abakomeretse cyane bazoherezwa mu Rwanda no muri Uganda kugira ngo babiteho neza […]

USA: Hasohowe inyandiko ibihumbi n’ibihumbi zivuga ku iyicwa rya Perezida JF Kennedy

White House yategetse ko harekurwa inyandiko ibihumbi n’ibihumbi ku iyicwa ry’uwahoze ari Perezida wa Leta unze Ubumwe za Amerika, John F Kennedy, ku nshuro ya mbere . Mu gushyira kuri internet amadosiye agera ku 13.173, White House yavuze ko inyandiko zirenga 97% ziri muri iki cyegeranyo ubu ziri ku mugaragaro. Nta mpinduka nini ziteganijwe mu […]

ICC yashimangiye igihano Dominic Ongwen wahoze ari umwe mu bayobozi ba LRA yari yajuririye

Kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ukuboza, Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashimangiye igihano cy’igifungo cyari cyahawe Dominic Ongwen umwe mu bayobozi b’inyeshymba za LRA z’Abagande kubera gufata ku ngufu, kwica no gushimuta abana . Dominic Ongwen yahamijwe ibyaha 61 mu myaka ibiri ishize birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu, gushyingira ku gahato no kwinjiza abana mu nyeshyamba […]

Tshisekedi yahuye na Senateri Menendez usaba USA gufatira u Rwanda ibihano

Menendez hamwe n'itsinda ry'abayobozi bo muri RDC riyobowe na Tshisekedi

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yahuye na Perezida wa komisiyo ishinzwe ububanyi n’amahanga muri sena ya Leta zunze ubumwe za Amerika, Senateri Bob Menendez, usanzwe usabira u Rwanda gufatirwa ibihano. Ibiro bya Perezida wa RDC byasobanuye ko aba bombi bahuye kuri uyu wa 15 Ukuboza 2022, bagirana ikiganiro ku buryo […]

Perezida Ndayishimiye yiteze ko M23 itangira gusubira inyuma

Perezida Ndayishimiye, mugenzi we wa Angola, Tshisekedi na Minisitiri Antonio Tete, mu kiganiro

Perezida w’u Burundi akaba n’Umuyobozi Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko yiteze kumva umutwe witwaje intwaro wa M23 utangira gusubiza ingabo zawo inyuma. Ndayishimiye yabitangaje nyuma yo kugirana ikiganiro na Perezida wa Repubulika ya demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi hamwe n’uwa Angola, JoĂŁo Manuel Lourenço kuri uyu wa 15 Ukuboza […]

Rusizi: Umukobwa yasobanuye uko yegetse inda ku musore baririmbanaga muri korali

Ubuyobozi bw'akarere ka Rusizi busaba uwahohotewe kutabiceceka kuko bigira ingaruka nyinshi

Mu ngeri z’ihohoterwa, cyane cyane irishingiye ku gitsina ziboneka mu karere ka Rusizi, bamwe mu barikorewe bavuga ko harimo iryo bakorewe n’abo mu miryango yabo batanatekerezaga ko baribakorera kubera uburyo babaga babizeye, bakabategeka kuriceceka, hakaba ababyemera ngo banga ko biteranya imiryango cyangwa bikabakura n’aho bari bibereye. Mu bagore n’abakobwa baganiriye na Bwiza.com, bakorewe ihohoterwa rishingiye […]

Ingabo za EAC nizidutera, tuzirwanaho: M23

Bisimwa mu kiganiro n'abanyamakuru cyabereye i Bunagana

Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko ingabo z’ibihugu by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba ziri mu burasirazuba bwa Repubulika ya demukarasi ya Congo mu mutwe uzwi nka EACRF, nizibagabaho ibitero, bazirwanaho. Bisimwa yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru baturutse mu bihugu bitandukanye, cyabereye mu mujyi wa Bunagana, teritwari ya Rutshuru kuri uyu wa 14 […]

Beni: FARDC iravuga ko yivuganye abarwanyi ba ADF barimo komanda wabo

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) ziratangaza ko zishe inyeshyamba eshatu za ADF zirimo komanda wazo mu Murenge wa Ruwenzori muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru . Byari mu gikorwa cyakozwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira kuri uyu wa Kane, itariki 15 Ukuboza 2022, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’ingabo muri ako […]

Nibishaka wahoze ari umuyobozi wungirije wa RGB yakatiwe imyaka 5 ariko akazafungwa igice

Umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda (RGB), Emmanuel Nibishaka, yakatiwe igifungo cy’imyaka 5 kandi acibwa ihazabu ingana na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’uburiganya no gukoresha inyandiko mpimbano . Umucamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Ukuboza yavuze ko Nibishaka azakora kimwe cya kabiri […]

Minisiteri y’uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Kuri uyu wa Kane, Minisiteri y’Uburezi yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2021-2022 . Umunyamabana wa leta ushinzwe amashuli abanza n’ayisumbuye, Dr Gaspard Twagirayezu, yavuze ko mu bumenyi rusange muri uyu mwaka hakoze abakandida 46125, na (1481 bigenga) mu mashuri ya tekiniki 19916 na (1424 bigenga) mu nderabarezi (TTC) 2891na […]

Musanze: Uwari ukurikiranweho kwica mukuru we yakatiwe imyaka 25 y’igifungo

Urukiko rwisumbuye rwa Musanze kuwa Kabiri ushize, italiki 13 Ukuboza 2022, rwasomye urubanza Ubushinjacyaha bwari bukurikiranyemo umugabo wishe mukuru we amuziza umutungo bumukatira igifungo cy’imyaka 25 . Ni icyaha bivugwa ko cyakozwe ku itariki ya 04 Nzeri 2022 mu ma saa mbiri z’ijoro, agikorera mu Mudugudu wa Gataraga, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Busogo ho […]

Ububi n’ingaruka ziterwa n’ibikozwe muri palasitiki

Musengimana Emmanuel, inzobere mu bidukikije

Muri iki gihe Isi ikomeje guhangana n’ibibazo biterwa n’iyangirika ry’ibidukikije, ubushakashatsi bugaragaza ko ibikomoka kuri palasitiki biri mu bihumanya ikirere bikozwe n’imyuka inyuranye yoherezwayo n’ibikorwa bya muntu. Iri humana riterwa no kwirundira hamwe kw’imyanda ikozwe muri palasitiki cyangwa iy’ibifitanye isano na yo mu bice binyuranye by’Isi. Ubushakashatsi bugaragaza kandi ko buri segonda, hari toni zirenga […]

Umuyobozi wa OMS yavuze ko Ingabo za Eritrea zishe se wabo

Kuri uyu wa Gatatu, umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus, yavuze ko ingabo za Eritrea “zishe” se wabo mu ntara ya Tigray muri Ethiopia . Minisitiri w’itangazamakuru muri Eritrea, Yemane Gebremeskel, ntiyigeze asubiza icyifuzo cyo gutanga ibisobanuro kuri ibyo birego. Umuyobozi mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus, wahoze ari minisitiri […]

Kagame critique les États-Unis Ă  propos de la dĂ©tention de Rusesabagina

Le prĂ©sident rwandais Paul Kagame a critiquĂ© mercredi les États-Unis pour les inquiĂ©tudes qu’ils ont soulevĂ©es dans le cas de Paul Rusesabagina, un rĂ©sident permanent amĂ©ricain emprisonnĂ© au Rwanda qui a Ă©tĂ© dĂ©peint comme un hĂ©ros dans le film “Hotel Rwanda” . Rusesabagina, 67 ans, a Ă©tĂ© condamnĂ© l’annĂ©e derniĂšre Ă  25 ans de prison […]

Bosco Ntaganda yoherejwe mu Bubiligi

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) rukorera i La Haye mu Buholandi rwajyanye Umunyekongo Bosco Ntaganda muri gereza ya Leuze-en-Hainaut yo mu Bubiligi kugira ngo arangirizeyo igifungo cy’imyaka 30 yakatiwe. Uru rukiko rusobanura ko rwohereje Ntaganda muri iyi gereza kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022, ruti: “Bosco Ntaganda, wahamijwe ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasira inyokomuntu yakoreye muri RDC, […]

U Burusiya bwatangaje ko nta gahenge buteganya guha Ukraine kuri Noheri

U Burusiya bwavuze ko nta gahenge buteganya guha Ukraine mu gihe cyo kwizihiza Noheri nyuma y’amezi 10 y’intambara muri iki gihugu, bwanga umuhamagaro wa Kyiv wo kuzaba bwamaze gusubiza inyuma ingabo zabwo kuri Noheri mu rwego rwo guhagarika amakimbirane akomeye mu Burayi kuva Intambara ya Kabiri y’Isi Yose irangiye . Kugeza ubu u Burusiya na […]

Igihu kinshi cyatumye indege zitinzwa kugwa cyangwa kuva ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali

Sosiyete y’igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, kuri uyu wa 14 Ukuboza yatangaje itinda ry’indege ziza cyangwa ziva i Kigali kubera igihu kinshi ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali . “Kubera kutagaragara neza bitewe n’igihu kinshi ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, turateganya ko indege zikererwa kugera cyangwa kuva i Kigali. Turasaba imbabazi ku kibazo […]

Ngoma: Abagabo 2 n’umugore bakurikiranweho gukubita umumotari bakamwiba moto

Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma kuri uyu wa Gatatu, itariki 14 Ukuboza 2022, bwaregeye urukiko dosiye bukurikiranyemo abagabo babiri n’ umugore umwe bafashwe bakubita ndetse baniba umumotari moto ye . Ubwo bari bamaze iminsi bapanga uburyo bazamburamo moto umumotari bakayitwara, abaregwa bose bashatse undi wabafasha w’umugore bamugurira telephone na sim card azajya avuganiraho nabo. […]

USA: Perezida Kagame yitabiriye inama yayobowe na Ndayishimiye w’u Burundi (Amafoto)

20221215_085424.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yitabiriye inama yo gusuzuma ndetse no kungurana ibitekerezo ku byerekeye ishyirwa mu bikorwa ry’ibiganiro bya Nairobi ndetse na gahunda ya Luanda igamije gucubya umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Congo Kinshasa. Ni inama yabereye i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho Perezida Kagame n’abakuru b’ibihugu bagenzi be […]

Perezida wa Ghana yasabye Afurika kureka gusabiriza

Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo yasabye ibihugu byo kumugabane wa Afurika gukomeza gusabiriza ubufasha mu bindi bihugu kuko ngo ni impamvu ituma bisuzugurwa. Ni ubusabe yagejeje kuri ibi bihugu ubwo kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 i Washington DC hatangizwaga inama ihuza abakuru b’ibihugu birenga 40 byo ku mugabane wa Afurika n’uwa Leta zunze ubumwe […]

Rusizi: Bagaragarijwe uruhare rw’ingo mbonezamikurire ku mutekano w’abana bato

Bafungura ku mugaragaro urugo mbonezamikurire rwa Gashonga

Abaturage ba tumwe mu tugari tw’imirenge ya Nzahaha, Rwimbogo na Gashonga mu karere ka Ruzizi, barishimira ko abana babo bato bahawe ingo mbonezamikurire zatumye batekana mu gihe ababyeyi babo bagiye mumirimo.Babigaragarije mu gikorwa cyo gutaha ku mugaragaro izo ngo, zubatswe ku nkunga na Help a Child Rwanda. Akarere ka Rusizi kavuga ko, ku bufatanye na […]

Rusizi: Abahinzi b’umuceri barashinja ubuyobozi bw’akarere kubagusha mu gihombo

Bavuga ko zimwe mu ngomero zatangiye kuyoba no kwangirika kubera kubura gikurikirana

Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama, mu karere ka Rusizi, barashinja ubuyobozi bw’akarere kubagusha mu gihombo cya miliyoni hafi 2 z’amanyarwanda amaze guhabwa abanyamuryango b’amakoperative nk’insimburamubyizi, bitabira amatora ahora asubikwa, hakibazwa uzabyirengera. Intandaro y’iki gihombo no kutavuga rumwe hagati y’aba bahinzi n’ubuyobozi bw’akarere, ngo ni amatora ya komite nyobozi y’umuryango w’abakoresha amazi mu muceri (Water […]

Kenya: Komanda wa polisi ari mu mazi abira azira kwandika ibaruwa iburira ibitero bya Al Shabaab

Umukuru w’Igipolisi cya Kenya, IGP Japhet Koome, yafatiye ingamba Komanda wa Polisi ahitwa Makadara kubera ibaruwa ivuga ko umutwe w’iterabwoba al Shabaab urimo gutegura ibitero mu duce tumwe na tumwe twa Nairobi . IGP Koome avuga ko uyu mupolisi atari yemerewe gukwirakwiza iyi baruwa ivuga ko hashobora kuba ibitero. “Twisunze uburyo bw’itumanaho muri serivisi y’igipolisi […]

Kibumba: M23 yijejwe ko itazagabwaho ibitero mu gihe yasubira inyuma

Ibiganiro bya M23 n'izi ntumwa byabereye muri iki cyumba

Umutwe witwaje intwaro wa M23 ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) wasezeranyijwe ko utagabwaho ibitero mu gihe watangira kuva mu birindiro wafashe mu gihe cya vuba. Nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wa operasiyo Sokola 2, Lt Col. Ndjike Kaiko Guillaume, iyi ngingo iri mu byaganiriweho ubwo M23 yakiraga intumwa z’ingabo za RDC, iz’ibihugu […]

Le Rwanda se classe au cinquiĂšme rang pour l’ouverture des visas en Afrique

Le Rwanda a Ă©tĂ© classĂ© cinquiĂšme pour l’ouverture des visas en Afrique et premier dans la rĂ©gion de l’Afrique de l’Est parmi les pays ouverts aux visiteurs d’autres pays africains . C’est selon les auteurs du dernier rapport Africa Visa Openness 2022. Le Rwanda s’est classĂ© cinquiĂšme dans le classement de cette annĂ©e et parmi […]

Pasteur Niyonzima yatangaje ko yabangikanyaga ivugabutumwa no gukorera FDLR

Pasiteri Niyonzima Jean Damascene ukomoka mu yahoze ari Komini Kinyami muri Perefegitura ya Byumba, yatangaje ko yabangikanyaga umurimo w’ivugabutumwa no gukorera umutwe witwaje intwaro wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Uyu mushumba bigaragara ko akuze kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 yasobanuriye abasirikare ba M23 bamufite ko yavuye mu Rwanda mu mwaka w’1994, ajya muri […]

Impuguke za UN zirashinja ingabo za Uganda gufasha M23

Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye zikurikiranira hafi ibibazo bishingiye ku mutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo zirashinja ingabo kabuhariwe za Uganda gufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Nk’uko ikinyamakuru Africa Intelligence cyabitangaje kuri uyu wa 14 Ukuboza 2022, aya makuru yemeza ko ingabo za Uganda zifasha M23 yanakusanyijwe n’abakozi mu rwego rw’ubutasi rwa […]

Facebook irasabwa indishyi ya miliyari 2$ ishinjwa guhembera urwango mu ntambara yo muri Ethiopia

Algorithm ya Facebook yafashije mu gukwirakwiza virusi y’urwango n’urugomo mu gihe cy’intambara y’abenegihugu muri Ethiopia, nk’uko ikirego yarezwemo muri Kenya kivuga . Abrham Meareg, umuhungu w’umwarimu wa kaminuza wo muri Ethiopia warashwe nyuma yo kwibasirwa ku rubuga rwa Facebook, ari mu batanze ikirego kirega Meta. Barashaka indishyi ya miliyari 2 z’amadolari ku bantu bahohotewe bazira […]

Kicukiro: Urukiko rwarekuye by’agateganyo abakozi ba RBC baregwa amanyanga mu itangwa ry’amasoko

Kuri uyu wa Kabiri ushize, urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, rwarekuye by’agateganyo abayobozi benshi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) batawe muri yombi bashinjwa amanyanga mu itangwa ry’amasoko batanga isoko rya miliyari nyinshi ku bakozi bagenzi babo . Urukiko ariko rwagumije muri gereza Fidele Rwema, umushoramari akaba n’umukozi wa RBC kubera uburiganya mu kubona isoko rifite agaciro ka […]

Abana barindwi bari mu barwanyi ba ADF ingabo za Uganda zafashe mpiri

Imbunda 10 za AK-47, imwe ya PKM n'amasasu byambuwe abarwanyi ba ADF

Ibiro by’Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Felix Kulayigye kuri uyu wa 13 Ukuboza byatangaje ko mu barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF bagabye igitero mu karere ka Ntoroko, hishwemo 11, abandi 8 bafatwa mpiri. Aba barwanyi bagabye iki gitero mu gace ka Kyapa mu rukerera, nyuma yo kwambuka umugezi wa Semuliki utandukanya Uganda na Repubulika […]

EU irateganya gukomeza gukorana n’u Rwanda ku bibazo byugarije umutekano mpuzamahanga

fj3zvk2xoaqqfxr.jpg

Ambasaderi w’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda, BelĂ©n Calvo Uyarra, yashimye ibikorwa bya gisirikare by’igihugu mu majyaruguru ya Mozambique ashimngira ko ari igisubizo “cyiza” ku bibazo by’umutekano muri Afurika kandi barimo kuvugana n’u Rwanda mu guhangana n’ibibazo byugarije umutekano mpuzamahanga . Uyarra wabaye Ambasaderi wa EU mu Rwanda kuva muri Nzeri, yabitangaje kuri uyu […]

Umusirikare mukuru w’u Bwongereza yahishuye ko ingabo zabo zakoze ibikorwa bidasanzwe muri Ukraine

Lt. Gen. Robert Magowan yanditse mu kinyamakuru cy’ingabo z’Abongereza ko Ingabo z’iki gihugu muri Mata zakoze ibikorwa bya gisirikare bidasanzwe bikomeye muri Ukraine. Mbere y’uko Magowan ahishura ibi, u Burusiya bwari bwarakunze kuvuga ko ingabo zo mu bihugu bigize NATO zigira uruhare mu ntambara yo muri Ukraine ariko ibinyamakuru n’abasesenguzi bo mu burengerazuba bakabihakana . […]

Umurwanyi wafashwe mpiri yavuze ba ‘General’ 10 bayoboye FDLR

Adjudant Uwiduhaye Marie Chantal na we ari mu maboko ya M23

Adjudant Uwamungu Innocent ukomoka mu yahoze ari komini Mutura muri Perefegitura ya Gisenyi (ubu ni mu karere ka Rubavu) yatangaje amazina y’abasirikare bakuru bayoboye umutwe witwaje intwaro wa FDLR barimo 10 bafite amapeti yo mu cyiciro cya General. Uwamungu uri mu maboko y’umutwe witwaje intwaro wa M23, kuri uyu wa 13 Ukuboza 2022 yatangaje ko […]

Burera: Umuryango w’abantu 6 urasaba gutabarwa

Imbere muri iyi nzu ni uku hameze

Umuryango utishoboye ugizwe n’abantu batandatu wo mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Kagitega, umurenge wa Cyanika urasaba ubufasha ukubakirwa inzu yo kubamo kubera ko iyo babamo ibateye impungenge ko ishobora kubagwira kubera gusaza cyane. Ni Umuryango w’umugabo witwa Ngirabakunzi BĂ©njamin, umugore we Nyiransenga EspĂ©rance n’abana babo bane, bose bakaba barara mu nzu ishaje bafite impungenge […]

USA yasubijeho ibihano yari yarakuriyeho General Bunyoni

Leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zasubijeho ibihano zari zarafatiye General de Police Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi. Ibiro bya USA bishinzwe ububanyi n’amahanga tariki ya 9 Ukuboza byasobanuye ko Bunyoni yafatiwe ibihano kubera ibikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu bimushinja gukora. Byagize biti: “Alain Guillaume Bunyoni (Bunyoni) wabaye umuyobozi mu Burundi. Hashingiwe ku gika […]

Abanyeshuri bahishuye uruhare rwabo muri rwaserera iri hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya

Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya INES-RUHENGERI, Ntivuguruzwa Dieudonne, avuga ko ari impamo ko bandikiye Musenyeri Harolimana Vincent, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri akaba n’Uhagarariye iyo kaminuza mu mategeko, ubugira kabiri, bamusaba ko uwitwa Musanganya Faustin, umwe mu banyamuryango shingiro ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI, yakwirukanwa kuko yahamwe n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya jenoside, akanabihanirwa. BWIZA […]

Imvubu yarutse umwana w’imyaka 2 ari muzima

Imvubu yarutse umwana w’imyaka 2 y’amavuko witwa Paul Yiga, ufite ubarizwa mu gace ka Katwe-Kabatooro mu karere ka Kasese muri Uganda, ari muzima. Umuvugizi wa Polisi ya Uganda, Fred Enanga, yasobanuye ko iyi mvubu yari ivuye mu kiyaga cya Edouard mu masaa munani ya tariki ya 4 Ukuboza 2022, yamize uyu mwana ubwo yamusangaga ari […]

Amafoto: M23 yakiriye intumwa z’ingabo za EAC na FARDC

Kanyuka avuga ko M23 itegereje indi nama iyihuza n'izi ntumwa

Umutwe witwaje intwaro wa M23 watangaje ko wakiriye intumwa zirimo iz’ingabo z’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EACRF), ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (FARDC), iza MONUSCO, iz’urwego rushinzwe umutekano wo ku mipaka mu karere k’ibiyaga bigari (EJVM) n’iz’urwego ruhuriweho rushinzwe iperereza ruyobowe n’umusirikare wa Angola. Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, mu […]

IRMCT iravuga ko ubu umuntu ishyize imbere mu gushakisha mu bakekwaho jenoside ari Kayishema

kayishema.jpg

Serge Brammertz, Umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, yavuze ko mu gushakisha abantu bane basigaye bakekwaho uruhare muri jenoside bahunze ubutabera, ushyizwe imbere ari Fulgence Kayishema, ukurikiranyweho ubwicanyi bw’impunzi zirenga 2000 . Ibi yabitangaje kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Ukuboza, ubwo yagezaga ku Kanama k’Umutekano ka Loni iterambere […]

Le FMI approuve un financement climatique de 319 millions de dollars pour le Rwanda

Le Fonds monĂ©taire international (FMI) a approuvĂ© un prĂȘt de 319 millions de dollars (environ 342 milliards de Frw) pour financer des projets de lutte contre le changement climatique au Rwanda . Le financement est garanti dans le cadre de la FacilitĂ© pour la rĂ©silience et la durabilitĂ© (RSF), une initiative qui vise Ă  aider […]

Rurageretse hagati ya Harmonize n’uwari umukunzi we bapfa imodoka yari yaramuguriye

Fridah Kajala wahoze ari umukunzi wa Harmonize yanze kumusubiza Range Rover yahawe nk’impano n’uyu muririmbyi havuka intambara y’amagambo hagati yabo . Harmonize yerekanye Range Rovers ebyiri yari yarahaye Kajala mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo yari arimo kumureshya ngo basubirane. Icyo gihe, Harmonize yavuze ko yahisemo ubwo bwoko bw’imodoka kuko yari imodoka y’inzozi ya Kajala. Yongeyeho […]