U Rwanda rumaze kohereza abasirikare barenga 73,000 mu butumwa bwo kugarura amahoro_Gen Murasira

Minisitiri Murasira yari imbere y'abashingamategeko

Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Maj. Gen Albert Murasira, yatangaje ko abasirikare 73,700 barimo abagore 1,700 ari bo u Rwanda rumaze kohereza mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye; kuva rubitangiye muri 2004. Minisitiri Murasira yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Ukuboza, ubwo yagiranaga ikiganiro na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane […]

Uganda: Umuryango w’Abanyamerika ufunzwe ushinjwa gukorera iyicarubozo umwana urera

Umugabo n’umugore b’Abanyamerika batuye mu gace ka Naguru muri Kampala, mu gihugu cya Uganda, boherejwe muri gereza ya Luzira nyuma yo gushinjwa imbere y’urukiko bakekwaho kwica urubozo umwana w’imyaka 10, ubana n’ubwandu bwa virusi itera SIDA . Mackenzie Leing Mathias Spencer na Nicholas Spencer barashinjwa kuba barahaye umwana ibihano bikaze, bakamwambura uburenganzira bwo kwiga bakanamufungira […]

Imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari miliyoni 350

Abagize akana ka UN gashinzwe umutekano

Umunyamabanga Mukuru w’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Dr Peter Mutuku Mathuki, yatangaje ko imishyikirano y’Abanyekongo ibera i Nairobi izatwara amadolari ya Amerika miliyoni 350. Dr Mathuki yabimenyesheje akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano ku mugoroba wa tariki ya 9 Ukuboza 2022, ubwo yakagezagaho raporo y’iyi mishyikirano igamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo […]

Abarwanyi ba ADF binjiye muri Uganda, bica abaturage

Aba ni bamwe mu baturage bahungiye mu karere ka Fort Portal

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa ADF binjiye muri Uganda bavuye mu birindiro byabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umunyamakuru Canary Mugume wibanda ku nkuru zicukumbuye yatangaje ko abarwanyi ba ADF bambutse umugezi wa Semuliki utandukanya RDC na Uganda mu ijoro, binjira mu gace ka Bweramule mu karere ka Ntoroko. Aya makuru yemejwe […]

Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu abasaba guha imbabazi imfungwa muri iki gihe

Mu gihe Noheri yegereje, Papa Francis yandikiye abakuru b’ibihugu ibaruwa ibasaba kubabarira imfungwa “babona ko zikwiriye kugirirwa akamaro n’icyemezo nk’iki kugirango iki gihe cyaranzwe n’akarengane n’amakimbirane, gifungurire amarembo ubuntu buva kuri Nyagasani “. Ubusabe nk’ubu bwigeze gutangwa mu 2000 na Papa Yohani Paulo II, no mu 2002. Papa Francis kandi yari yarasabiye imbabazi nk’izi imfungwa […]

Ingabo z’u Buhinde n’iz’u Bushinwa zongeye gukozanyaho

U Buhinde buravuga ko ingabo zabwo zakozanyijeho n’ingabo z’u Bushinwa mu gace katavugwaho rumwe ko ku mupaka, akaba ari yo mirwano ya mbere nk’iyi ibaye mu gihe cy’umwaka urenga. Ibihugu byari bimaze minsi bigerageza gukemura amakimbirane kuva aho imirwano ikomeye hagati yabyo ihitanye nibura abasirikare 24 muri 2020. Ariko kuri uyu wa Mbere, itariki 12 […]

Imyaka 19 irashize ingabo kabuhariwe z’Abanyamerika zivumbuye Saddam Hussein mu mwobo

Saddam yari umwe mu bategetsi batinyitse ku Isi

Mu bikorwa bitazibagirana ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zakoze, harimo ‘Operation Red Dawn’ yarangiye zivumbuye mu mwobo Saddam Hussein wabaye Perezida wa Iraq kuva mu mwaka w’1979 kugeza mu 2003. Operasiyo yabereye mu mujyi wa ad-Dawr muri Iraq, mu majyepfo y’umujyi wa Tikrit yavukiyemo, tariki ya 13 Ukuboza 2003, ikozwe n’itsinda kabuhariwe, […]

Leta ya RDC ihangayikishijwe n’abanyamakuru b’Abanyarwanda bagiye gutara inkuru ahagenzurwa na M23

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yagaragaje ko ihangayikishijwe n’abanyamakuru b’Abanyarwanda bagiye gutara inkuru mu bice bigenzurwa n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru ya RDC kuri uyu wa 12 Ukuboza 2022 yatangaje ko hari abanyamakuru barimo n’abakwirakwiza icengezamatwara binjiye mu buryo butemewe n’amategeko, banyuze i Bunagana, bakomereza muri Kishishe, Murimbi […]

Umuhungu wa Museveni yasabye u Bwongereza gukuraho ibihano bwafatiye General Kayihura

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama we mu by’umutekano, General Muhoozi Kainerugaba yasabye Leta y’u Bwongereza gukuraho ibihano yafatiye General Kale Kayihura. Kuri uyu wa 11 Ukuboza 2022 ni bwo Leta y’u Bwongereza yatangaje ko yafatiye ibihano Gen. Kayihura, isobanura ko azira ibikorwa bibangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yagizemo uruhare kuva mu 2015 kugeza […]

Nyamasheke: Imyitwarire ya bamwe mu banyeshuri ba GS Karengera Gitwa ihangayikishije abaharerera

Nyuma y’aho bamwe mu banyeshuri b’urwunge rw’amashuri rwa Karengera Gitwa mu murenge wa Kirimbi mu karere ka Nyamasheke bagaragayeho n’imyitwarire mibi mu bihe bitandukanye, irimo urugomo, gukora agatsiko k’abajura ngo biyise’ Simbikangwa’ biba ibikoresho by’ishuri, kugera ku ishuri igihe bashakiye banaza ntibige, n’ibindi, ababyeyi baharerera barasaba ubuyobozi bw’ishuri n’ubw’akarere imbaraga mu guhindura iyi myitwarire. Bavuga […]

Tshisekedi yatangaje ko arasaba Joe Biden gufatira u Rwanda ibihano

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, kuva ku mugoroba wo kuri uyu wa 11 Ukuboza ari mu ruzinduko rw’akazi muri Leta zunze ubumwe za Amerika (USA). Yagiye kwitabira inama yiga ku iterambere ihuza USA n’ibihugu bya Afurika izabera i Washington DC kuva tariki ya 14 Ukuboza 2022. Nyuma yo kugera ku […]

Hatowe abadepite 9 bagiye guhagararira u Rwanda muri EALA

fjylyz2waaae6lz.jpg

Inteko rusange y’imitwe yombi y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere, itriki 12 Ukuboza 2022 yatoye bdepite icyenda bagomba guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EALA . Iki cyemezo gikurikira ubusabe bwatanzwe na komisiyo y’igihugu ishinzwe amatora, ku rutonde rwa nyuma rw’abakandida 24 bahataniraga guhagararira u Rwanda muri EALA. Amakuru […]

Rubavu: Abanyerondo b’umwuga barashinjwa gutega, bakambura abarimo umusirikare

Dushimimana avuga ko yatezwe, yamburwa n'abanyerondo

Abanyerondo b’umwuga bakorera mu kagari ka Gikombe, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu barashinjwa gutega abarimo umusirikare bakabambura amafaranga n’ibikoresho. Dusabimana Pascal yatangarije BWIZA ko mu kwezi gushize yatezwe n’abanyerondo, bamwambura ibyo yari afite byose. Ati: “Ku itariki ya 25/11/2022 nari ndi gutaha, ngeze hafi y’aho ntuye, mbona abantua batatu bambaye uniforme y’abanyerondo bahakorera, […]

Umurambo w’umunyeshuri wo muri Zambia wiciwe muri Ukraine arwanira u Burusiya wacyuwe

Umurambo w’umunyeshuri wo muri Zambiya wapfuye ubwo yarwanaga muri Ukraine nyuma yo kwinjirizwa mu gisirikare muri gereza y’u Burusiya wacyuwe iwabo kuri iki Cyumweru . Abanyamakuru ba AFP babonye isanduku y’ibirahuri iriho umwenda yerekana igice kimwe ubwo umurambo wagezwaga ku kibuga cy’indege cya Lusaka, aho bene wabo bari bateraniye bamutegereje. Ku isanduku hari code yanditse […]

Nyamagabe: Impunzi z’Abanyekongo zasabye Leta ya RDC kubahiriza isezerano yazihaye

Impunzi z’Abanyekongo ziba mu karere ka Nyamagabe zazindukiye mu myigaragambyo ikomeye, zamagana itotezwa n’ihohoterwa imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR ikorera Abatutsi bavuga Ikinyarwanda, zinasaba gufasha gutaha kandi zikarindirwa umutekano. Mu gitondo cy’uyu wa 12 Ukuboza 2022, izi mpunzi zasohoye mu nkambi ya Kigeme zisanzwe zicumbitsemo, zijya mu muhanda zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa busobanura impamvu y’iyi […]

Perezida Kagame ari mu Busuwisi

Perezida Paul Kagame yagiriye uruzinduko mu Busuwisi, aho yitabiriye inama igaruka ku bufatanye mu iterambere, 2022 Effective Development Co-operation Summit. Bitegayijwe ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 12 Ukuboza 2022, Perezida Kagame yitabira imirimo yo gufungura iyi nama ihuriza hamwe abayobozi baganira ku bufatanye mu iterambere, hagamijwe kugera ku ntego zigamije iterambere […]

Igitero cya bombe cy’Abatalibani ku mujyi wo muri Pakistan cyahitanye 6 abandi barakomereka

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) byatangaje ko ingabo z’abatalibani zishe abantu batandatu mu gitero cyagabwe ku mujyi wa Chaman ku Cyumweru, nk’uko ingabo za Pakistan zibitangaza. Chaman, ni umujyi uri ku mupaka wa Afghanistan na Pakistan, ahakomeje guteza guhangana hagati y’ibihugu byombi . Ingabo za Pakistan zavuze ko ingabo za Afghanistan (abahoze ari abarwanyi b’Abatalibani) bahitanye […]

Nyaruguru: Hon Muhongayire prĂŽne l’Ă©galitĂ© des genres qui respecte les valeurs rwandaises

Honorable Christine Muhongayire

Pour lutter contre les violences familiales, Hon dĂ©putĂ© Christine Muhongayire, prĂ©sidente de la commission des affaires sociales au parlement rwandais, prĂŽne une sensibilisation plus Ă©largie qui, non seulement, promeut l’Ă©galitĂ© entre l’homme et la femme mais aussi et surtout, respecte les valeurs positives de la sociĂštĂ© rwandaise. Muhongayire a fait cette remarque ce 9 dĂ©cembre […]

Musanze: Umuturage wasenyewe n’umuyobozi akomeje gusiragizwa

Nyirasafari Joselyne utuye mu mudugudu wa Kiruhura, akagari ka Bikara mu murenge wa Nkotsi w’akarere ka Musanze arasaba inzego zibishinzwe kumurenganura, nyuma y’aho umukozi ushinzwe ubicungire y’ubutaka, Uwinema ClĂ©mentine wayoboye igikorwa cyo kumusenyera inzu yanze kubahiriza ibwiriza rya Guverineri w’intara ryo kumwubakira. Uyu muturage yasenyewe tariki ya 5 Kanama 2022, ubwo Uwinema ari kumwe n’abadaso […]

RDC: Abo mu ishyaka PPRD barakeka ko Tshala Muana yaba yarishwe

Umukada mukuru mu ishyaka PPRD, Papy Tamba, yagize icyo avuga ku rupfu rw’umuhanzikazi Tshala Muana, wapfuye ku wa Gatandatu itariki ya 10 Ukuboza, asaba ko umurambo we wakorerwa ibizamini kuko akeka ko ashobora kuba yarishwe . Nyuma y’amakuru y’urupfu rwa Tshala Muana yatunguranye mu rukerera rwo kuwa Gatandatu ku bakunzi ba muzika n’abafana be by’umwihariko, […]

Le Rwanda et le Népal vont signer un accord sur les services aériens

Le Rwanda et le NĂ©pal devraient signer un accord de service aĂ©rien pour opĂ©rer des vols reliant les deux pays, selon les mĂ©dias . L’accord sera dans le cadre de la politique libĂ©rale du ciel que le NĂ©pal a adoptĂ©e, selon des responsables. Il comprend une disposition pour le partage de code, tel que le […]

RDB yatangiye iperereza ku mwiryane uri muri kampani ya SDU

Sibomana Jean avuga ko yavanwe ku rutonde atabimenyeshejwe, arusubizwaho atabimenyeshejwe

Urwego rw’igihugu rushinzwe iterambere (RDB) rwayoboye inama y’Inteko Rusange idasanzwe y’abanyamigabane badacana uwaka ba kampani ya SDU (Special Drivers United) Ltd itanga serivisi yo gutwara abantu n’ibintu. Iyi nama yabereye mu cyumba cy’inama cya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Vincent Pallotti, i Gikondo mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa 11 Ukuboza 2022. Ni inama yakerewe bitewe […]

Kigali: Ubushinjacyaha bwashyikirijwe dosiye y’abakekwaho kwicira umushoferi mu kabari

Abantu batatu batawe muri yombi mu cyumweru gishize bakurikiranyweho kwica umushoferi w’ikamyo w’Umurundi bivugwa ko bakubise kugeza apfuye ku manywa y’ihangu mu kabari kari ku muhanda w’I Kabuga, dosiye yabo yamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha . Uwishwe ni Emmanuel Muhizi, bivugwa ko yapfuye nyuma yo gukubitirwa mu kabari k’i Kabuga, mu nkengero za Kigali. Nk’uko byatangajwe n’umuvugizi […]

Zambia: Imirambo 27 y’abimukira bikekwa ko baturutse muri Ethiopia yasanzwe ku muhanda

Kuri iki Cyumweru, abapolisi ba Zambia basanze imirambo y’abagabo 27, bikekwa ko ari abimukira baturutse muri Ethiopia, bajugunywe mu gace k’ubuhinzi kari mu nkengero z’umurwa mukuru nyuma yo gupfa bazize inzara n’umunaniro, nk’uko abayobozi babitangaje . Polisi yavuze ko uwacitse ku icumu wenyine yabonetse ari muzima mu rukerera rwo ku Cyumweru maze ajyanwa mu bitaro […]

Royal Air Maroc igiye gukora ingendo 30 ijyana abafana gushyigikira ikipe yabo muri Qatar

Sosiyete y’indege ya Royal Air Maroc irakora ingendo 30 zidasanzwe zo gutwara abakunzi b’umupira w’amaguru bava I Casablanca berekeza Doha gushyigikira ikipe y’igihugu cyabo mu mukino wa kimwe cya kabiri cy’Igikombe cy’Isi uzabahuza n’u Bufaransa nk’uko iyi sosiyete yabitangaje kuri uyu wa Mbere . Ivuga ko indege zizahaguruka ku wa Kabiri no ku wa Gatatu […]

Ukraine: Abacanshuro ba Wagner Group biciwe mu gitero cyagabwe kuri hotel bari bacumbitsemo

Abacanshuro bakorera Ikigo cy’Abarusiya, Wagner Group biciwe mu gitero cyagabwe n’ingabo za Ukraine kuri hotel aho benshi bari bakambitse mu mujyi wo mu karere ka Luhansk kigaruriwe n’u Burusiya nk’uko byatangajwe na Guverineri w’akarere ka Ukraine . Ku Cyumweru, Guverineri wa Luhansk uri mu buhungiro, Serhiy Haidai, mu kiganiro yagiranye na televiziyo ya Ukraine yavuze […]

Kagame na Blinken ntibumvikanye, Dr Iyamuremye yareguye, Maj. Ngoma wafatiwe ibihano: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 5 Ukuboza 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye kuri politiki n’umutekano. Harimo ko: Perezida wa sena yareguye Uwari Perezida w’umutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin, yeguye kuri iyi nshingano kubera impamvu y’uburwayi. Ibaruwa y’ubwegure bwe yayigejeje kuri ba visi perezida ba sena ndetse n’abasenateri muri […]

M23 yerekanye Lieutenant Colonel Assani iherutse gufata

Lt Col Assani, komanda wungirije wa batayo ya 213 ari mu maboko ya M23

Umutwe witwaje intwaro wa M23 werekanye Lieutenant Colonel Assani Kimonkola Adrien wari komanda wungirije wa batayo y’ingabo zishinzwe ibikorwa byihariye ya 213, Burigade ya 21 mu ngabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Lt Col. Assani yerekanwe hamwe n’abandi basirikare 7 b’ingabo za RDC ndetse n’umupolisi, barimo abafashwe ndetse n’abiyunze na M23. Ni igikorwa […]

Moscou irimo gukora uburyo bwo kurimbura bukomeye kurushaho bushingiye ku mahame mashya – Medvedev

Kuri iki Cyumweru, uwahoze ari Perezida w’u Burusiya akaba anungirije umuyobozi w’akanama k’umutekano k’igihugu, Dmitry Medvedev, yavuze ko Moscou irimo gukora “uburyo bwo kurimbura bukomeye kurushaho” bushingiye ku “mahame mashya”, akangisha kuzabikoresha ku burengerazuba ni biba ngombwa . Medvedev yagize ati “Umwanzi wacu ntabwo yashinze imizi gusa muri Guverinoma ya Kiev. Ari no mu Burayi, […]

Umucuruzi w’intwaro warekuwe na USA ngo na yo ihabwe umuturage wa yo yakoreye no muri Uganda

Umucuruzi w’intwaro uzwi cyane w’Umurusiya wari ufungiwe muri Amerika waguranwe ku wa kane ushize n’umukinnyi w’umukino wa basketball y’abagore wo muri Amerika nawe wari ufungiwe mu Burusiya, Brittney Griner, ngo yafunguye ibikomere bishaje ku Isi, harimo n’ibya Abagande . Viktor Bout, bahimbye “Umucuruzi w’urupfu” yarekuwe nyuma yo kumara imyaka 12 y’igifungo mu myaka 25 yari […]

Uganda: Polisi irimo guhiga abateye station ya polisi bakica n’abaturage babiri

Polisi ya Uganda ahitwa Kyabadaza mu Karere ka Butambala yatangije umuhigo wo guhiga agatsiko k’abantu bikekwa ko ari abajura b’amatungo barashe bakica abaturage batatu mu ijoro yo kuwa Gatanu rishyira kuri uyu wa Gatandatu ushize . Igipolisi kivuga ko abagabye igitero bitwaje intwaro bateye Igiturge cya Kasule Ayanguwa, aho abantu babiri bikekwa ko ari bagenzi […]

Somalia: Igitero cya Al Shabaab ku modoka y’abasivili cyahitanye 2 abandi barakomereka

Igipolisi cya Somalia kiravuga ko kuri iki Cyumweru mu gitondo, umuhungu na se bishwe ubwo abakekwaho kuba abarwanyi ba al-Shabaab bagabaga igitero ku modoka hagati ya Jabibar na Bamboo mu majyaruguru ya Mandera y’Amajyaruguru . Aba bombi bari batwaye imodoka ya Landcruiser ubwo igitero cyaberaga ku muhanda wa Rhamo-Elwak, nk’uko polisi yavuze, yongeraho ko abandi […]

Niger: Umudage ukora mu by’ubutabazi wari umaze imyaka isaga 4 ashimuswe yarekuwe

Umukozi mu by’ubutabazi w’Umudage w’imyaka 63, Joerg Lange, yarekuwe nyuma y’imyaka irenga ine ashimutiwe mu burengerazuba bwa Niger hafi y’umupaka wa Mali, nk’uko umuryango yakoreraga, witwa Help, wabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ushize . Abantu bitwaje intwaro bari ku mapikipiki bashimuse Lange muri Mata 2018 bamusanze hafi y’umujyi wa Inates wo muri Niger uri ku […]

Rusizi: Uwari wibye moto yatawe muri yombi agiye kuyigurisha

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Rusizi, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Ukuboza, yagaruje moto yo mu bwoko bwa TVS RF 342 A yari yibwe hafatwa n’uwari uyibye ubwo yayisunikaga agerageza kuyicikisha . Uwafashwe ni uwitwa Izabayo Jean D’Amour ufite imyaka 23 y’amavuko, wafatiwe mu mudugudu wa Ruguti, […]

Abanyamakuru mpuzamahanga bagiye i Kishishe kwirebera ukuri k’ubwicanyi bwegetswe kuri M23

Itsinda ry’abanyamakuru mpuzamahanga bakorera ibinyamakuru n’ibitangazamakuru bitandukanye birimo Al Jazeera, kuri uyu wa Gatandatu basesekaye i Kishishe, muri Teritwari ya Rutshuru, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bagiye kwishakira ukuri ku bijyanye na raporo iherutse gushyirwa ahagaragara na BCNUDH ku bufatanye na MONUSCO yashinje umutwe wa M23 kwica abaturage 131 bo muri aka gace . […]

Koffi Olomide yashimiye Perezida Kagame, amusaba gusaba M23 kurambika intwaro

Umuhanzi wo muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) akaba na Ambasaderi w’iki gihugu mu bijyanye n’umuco, Koffi Olomide, yashimiye Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, amusaba gusaba umutwe witwaje intwaro wa M23 guhagarika imirwano. Uyu muhanzi wamamaye ku mugabane wa Afurika mu njyana ya Rumba, yatangiye iri shimwe n’icyifuzo mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa TV5 […]

Nigeria: Abantu bitwaje intwaro bashimuse impinja bazikuye mu bitaro

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari, yatangaje ko yatunguwe kandi yababajwe n’ishimutwa ry’impinja eshanu zashimuswe n’abantu bitwaje imbunda bakekwaho kuba mu mutwe w’ingabo ziharanira kwiyomora kuri Nigeria zikomeje kwibasira burasirazuba bw’amajyepfo y’igihugu . Ku wa Kane, abantu bitwaje imbunda bateye Ibitaro bya Stanley, biherereye ahitwa Nkpologwu mu gace ka Aguata gaherereye muri Anambra, leta ya guverineri […]

U Bufaransa burashinja u Burusiya gutuma Abanyafurika babwanga

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bufaransa, Catherine Colonna, yatangaje ko hari ubukangurambaga bukomeje ku mugabane wa Afurika bwimika urwango ku gihugu cyabo, kandi ngo bugirwamo uruhare runini na Leta y’u Burusiya. Uyu munyapolitiki yabivugiye mu kiagniro yagiriye kuri France 24, nyuma y’uruzinduko yagiriye muri CĂŽte d’Ivoire tariki ya 9 n’iya 10 Ukuboza 2022. Minisitiri Colonna yagize […]

Maj. Ngoma wa M23 yatangaje ko adafite ubwoba bwo kuba yajyanwa mu rukiko

Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major Willy Ngoma, yatangaje ko adatewe ubwoba no kuba yajyanwa mu rukiko mpuzamahanga rw’i La Haye mu Buholandi. Uyu muvugizi ku rwego rw’igisirikare yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Primo Media Rwanda, nyuma y’aho afatiwe ibihano na komisiyo y’umuryango w’ubumwe […]

Ntabwo yacitse intege no mu gihe yari yacukuriwe imva: Mushiki wa Cristiano Ronaldo

Katia yatangaje ko atewe ishema no kuba mu muryango wa Cristiano Ronaldo

Mushiki w’umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Cristiano Ronaldo, witwa Katia Aveiro yashimye byinshi musaza we yakoze no kuba atarigeze arambirwa mu bihe byari bimukomereye, abantu bamurwanya. Cristiano Ronaldo na bagenzi be bo mu ikipe ya Portugal basezerewe n’iya Maroc mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi ryari rigeze muri ÂŒ cy’irangiza, nyuma yo gutsindwa igitego kimwe ku busa kuri […]

Rutshuru: FDLR irashinjwa kwica umushumba imuhoye ko ari umututsi ikarekura bagenzi be

Amakuru aturuka mu gace ka Bwiza muri Teritwari ya Rutshuru, muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aravuga ko hari umuntu wishwe n’inyeshyamba za FDLR na Nyatura zirangije zimuca umutwe zimuziza ubwoko bwe . Aya makuru aravuga ko ibi byabaye kuwa Kane ushize, itariki 8 Ukuboza 2022, uwishwe akaba ari umushumba […]

RDC: Ambasaderi w’u Bufaransa yashyikirijwe inyandiko yamagana ubufatanye n’u Rwanda

Ubuyobozi bw’ishyaka Dynamique Progressive RĂ©volutionnaire (DYPRO) bwamaganye icyo ryita gushyigikira Guvernoma y’u Rwanda kw’u Bufaransa mu butumwa bwashyikirijwe Ambasaderi w’u Bufaransa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatanu nk’uko tubikesha urubuga Actu7.cd . Muri iyo nyandiko, iri shyaka ribarizwa mu ihuriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi, FCC, rygargaje umujiy rifitiye u Bufaransa ridaciye ku […]

Pentagon iravugwaho kwemerera Ukraine kurasa ku butaka bw’u Burusiya

Pentagon yahaye uburenganzira Ukraine bwo kurasa ku bipimo biri ku butaka bw’u Burusiya nyuma y’ibitero byinshi bya misile by’u Burusiya ku bikorwa remezo bikomeye by’umurwa mukuru Kyiv . Kuva ibitero bya buri munsi byibasira abasivili byatangira mu Kwakira, Pentagon yavuguruye isuzuma ry’iterabwoba ry’intambara yo muri Ukraine. Icy’ingenzi, ibi birimo gusuzuma niba kohereza intwaro muri Kyiv […]

RDC: Umuhanzikazi Tshala Muana yapfuye ku myaka 64 y’amavuko

Umuhanzi w’icyamamare w’Umunyekongokazi, Tshala Muana, kuri uyu wa Gatandatu itriki 10 Ukuboza 2022 ysezeye ku Isi y’abazima ku myaka 64 y’amavuko . Aya makuru y’urupfu rwa Tshala Muana yemejwe n’abamwegereye bemeza ko yapfiriye i Kinshasa. “Mu rukerera rwo muri iki gitondo, Imana nziza yafashe icyemezo cyo kwisubiza Mamu Tshala Muana. Imana nziza ihabwe icyubahiro ibihe […]

Rubavu: Umurwayi yapfiriye mu kigo nderabuzima nyuma y’umwanya munini yabuze uwamufasha

Umurambo wa nyakwigendera washyirwaga mu modoka

Mu kigo nderabuzima cya Gisenyi giherereye mu karere ka Rubavu hapfiriye umurwayi witwa Ntayazi Polisi wari urembye, abari bahari bakavuga ko yari amaze umwanya munini yabuze umuforomo umufasha. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko uyu musore wavutse mu mwaka w’1988 yageze kuri iki kigo nderabuzima mu masaa kumi n’ebyiri y’igitondo cy’uyu wa 9 Ukuboza 2022, […]

David Lammy yibasiye Minisitiri Cleverly amuziza kwanga kwemeza ko u Rwanda rufasha M23

Minisitiri Cleverly yavuze ko igikenewe ari ugushakira amahoro RDC

Umunyapolitiki David Lammy wahawe inshingano n’ishyaka Labour yo kujora Umunyamabanga muri guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe ububanyi n’amahanga, James Cleverly, yamwibasiye amuziza kwanga kwemeza ko u Rwanda rufasha umutwe witwaje intwaro wa M23. Minisitiri Cleverly mu kiganiro yagiriye kuri The Telegraph ku wa 7 Ukuboza 2022 yasabwe kuvuga niba Leta y’u Rwanda ifasha kandi ikanatera inkunga […]

Imwe mu modoka zari kumwe na Perezida Tshisekedi yagonze umumotari wari utwaye umugenzi

Imwe mu modoka zigendana na Perezida FĂ©lix Tshisekedi kuri uyu wa Kane, itariki 8 Ukuboza, ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba, yagongeye umumotari hafi y’ibitaro byitwa Cinquantenaire . Izi modoka zerekezaga kuri Boulevard yitiriwe itariki ya 30 Kamena, mu gihe umumotari wari utwaye umukiriya yageragezaga kwambuka Avenue de Liberation nk’uko tubikesha Mediacongo.net. Iyi nkuru […]

Perezida w’u Bufaransa yatangaje ko udukingirizo tugiye kuba ubuntu kuri bamwe

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yatangaje ko farumasi zigiye kujya ziha urubyiruko ruri hagati y’imyaka 18 na 25 y’amavuko udukingirizo ku buntu guhera mu mwaka utaha. Nk’uko yabisobanuye, yafashe iki cyemezo mu rwego rwo gukumira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina idakingiye zikomeje kwiyongera mu rubyiruko ruri muri iki kigero. Macron yagize ati: “Ku rubyiruko rwose […]

Tshisekedi yijeje urubyiruko rwinjiye mu gisirikare kurwitaho n’imiryango yarwo

fjfsgm4xeaa8bhn.jpg

Perezida FĂ©lix Tshisekedi, kuri uyu wa Kane yasabye urubyiruko rushya rwinjiye mu gisirikare kutazagambanira igihugu no kucyitangira, ubundi nawe arwizeza kuzarwitaho n’imiryango yarwo . Ni umuhango wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Kitona, giherereye mu Ntara ya Kongo-Central kuri uyu wa 8 Ukuboza 2022, ubwo yamurikirwaga urubyiruko rwinjiye mu gisirikare nyuma y’umuhamagaro we wo gushaka […]

Uganda: Umwami wa Tooro yajyanwe mu rukiko

Umwami wa Tooro, Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV yajyanywe mu rukiko rukuru rwa Fort Port kubera ishyirwaho rya minisitiri w’intebe w’ubwami uriho ubu ritavugwaho rumwe . Umwami arimo kuregwa hamwe n’abayobozi bane b’ibwami na Rev Willy Kintu Muhanga, umuyobozi w’imiryango y’Aba-Tooro, Saulo Nyakabwa Mugasa, wahoze akuriye inama nkuru y’ubwami bwa Tooro, na Rusoke Bunago. […]

Hon. Nyirasafari Esperence niwe ugiye kuyobora Sena y’u Rwanda by’agateganyo

Hon. Esperance Nyirasafari wari visi perezida niwe ugiye kuyobora by’agateganyo Sena y’u Rwanda nyuma y’uko Dr. Augustin Iyamuremye yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite . Nyirasafari, usanzwe ari umunyamategeko wabaye igihe kinini muri Guverinoma y’u Rwanda giye kuyobora by’agateganyo Sena y’u Rwanda mu gihe hategerewe inama izemeza umusimbura wari Perezida wari uriho nk’uko […]

Rusizi: Mu ishuri ribanza rya Mihabura barasaba kongererwa ibyumba

Imyigire y'abana ngo yarushaho kugenda neza bize badacucitse

Ababyeyi barerera mu ishuri ribanza rya Mihabura,mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, baravuga ko nubwo Leta n’abafatanyabikorwa bayo b’abongereza ba Hands Around the World bamaze kububakira ibyumba by’amashuri byinshi mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukabije bwahagaragaraga, bugihari, bakeneye nibura ibindi 20, ngo abana bige bisanzuye. Mu kiganiro na Bwiza.com, Past. Habihirwe Boniface uhagarariye […]

Le président du Sénat rwandais a démissionné de son poste

Le Dr Augustin Iyamuremye a dĂ©missionnĂ© de son poste de prĂ©sident du SĂ©nat, a annoncĂ© le Parlement . “Plus tĂŽt dans la journĂ©e, le prĂ©sident du SĂ©nat, le Dr Augustin Iyamuremye, a prĂ©sentĂ© sa dĂ©mission en tant que prĂ©sident du SĂ©nat et en tant que sĂ©nateur, pour des raisons de santĂ©”, indique en partie un […]

Zimbabwe yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku barimu bayo boherejwe mu Rwanda

Guverinoma ya Zimbabwe yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku barimu boherejwe mu Rwanda hashingiwe ku masezerano y’ibihugu byombi kugira ngo bigishe mu mashuri atandukanye. Perezida w’ihuriro ry’abarimu b’Abanyazimbabwe rya ‘Progressive Teachers Union of Zimbabwe’, Takavafira Zhou tariki ya 5 Ukuboza 2022 yabwiye ikinyamakuru NewsDay ko aba barimu bamaze amezi abiri mu Rwanda babayeho nabi. Zhou yagize […]

Arkiyepiskopi wa Cantebury yabwiwe ko kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda atari ukubura ubukirisitu

Gushyigikira politiki ya guverinoma yo kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda ntabwo ari ukutagira ubukirisitu, nk’uko abahanga mu by’amadini bakomeye babwiye Arkiyepiskopi wa Canterbury . Bavuze ko byemewe ko Guverinoma yohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda kugira ngo bibuze abandi bimukira gufata ingendo ziteye akaga mu bwato buto. Nk’uko byatangajwe muri raporo ya Policy Exchange, umufilozofe w’Umugaturika, […]

Dr Besigye ahamya ko byose Gen. Kainerugaba akora, Museveni abimuhera uburenganzira

Besigye ahamya ko ibyo Kainerugaba akora byose aba yabiherewe uburenganzira

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Dr Kizza Besigye, ahamya ko ibintu byose General Muhoozi Kainerugaba akora, umubyeyi we Perezida Yoweri Museveni aba yabimuhereye uburenganzira. Dr Besigye yabitangarije muri gahunda y’ikiganiro ‘Frontline’ gitambuka kuri televiziyo ya NBS mu gitondo cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2022. Gen. Kainerugaba usanzwe ari umujyanama wa Perezida Museveni mu […]