Nigeria: Umuhanzi D’banj yatawe muri yombi akurikiranweho uburiganya muri gahunda ya leta

Umuhanzi Oladapo Oyebanjo ukomoka muri Nigeria uzwi cyane mu buhanzi nka D’banj yatawe muri yombi azira uburiganya nk’uko byatangawe n’ibinyamakuru by’iwabo . Uyu muhanzi w’injyana ya Afrobeats yatawe muri yombi nyuma y’aho miliyoni z’amadolari, zari zigamije gufasha urubyiruko rudafite akazi gutangira ubucuruzi, ziburiwe irengero. Kuri twitter, komisiyo yigenga yo krwanya ruswa hamwe n’ibindi byaha bifitanye […]

RDC: Umuhanzi Mohombi yatangaje ko aziyamamaza mu matora yo mu 2023

Umuhanzi n’umucuranzi mpuzamahanga Mohombi Nzasi Moupondo yatangaje kuri uyu wa kane ko azitabira amatora ataha ateganijwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu 2023 . Ku myaka 36 y’amavuko, Mohombi, ufite se w’Umunyekongo na nyina ukomoka muri Suede, yatunguye abatari bacye ubwo yatangazaga ko aziyamamaza mu matora ataha nk’umukandida wigenga ariko ntiyasobanura niba aziyamamariza umwanya […]

Rubavu: Bane bo mu muryango umwe batewe ibyuma

Uyu mwana ni we wishwe atewe ibyuma

Agatsiko k’abagizi ba nabi bari bitwaje intwaro gakondo zirimo ibyuma kagabye igitero ku muryango w’abantu bane wo mu karere ka Rubavu, babatera ibyuma, umwe w’imyaka 15 ahaburira ubuzima. Umuryango watewe ni uwa Nzitabakuze Donath utuye mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Rukoko mu murenge wa Rubavu. Ubugizi bwa nabi bwabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, […]

USA: Umunyeshuri wa kaminuza w’imyaka 18 yatorewe kuba Meya

Umunyeshuri wa kaminuza w’imyaka 18 yatorewe kuyobora umujyi muto wo mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Leta ya Arkansas yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika . Ibitangazamakuru byo muri Amerika birimo Little Rock, Arkansas, televiziyo KATV, byatangaje ko Jaylen Smith yatsinze amatora yo ku wa Kabiri kugira ngo abe Meya wa Earle. Jaylen Smith, yatorewe kuba […]

Ruracyageretse hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin uvuga ko yabaye nk’akarima ka Diyosezi ya Ruhengeri

Ibintu bikomeje gufata indi ntera hagati ya Mwarimu Musanganya Faustin, umwe mu banyamuryango shingiro ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI n’ ubuyobozi bwayo burangajwe imbere na Musenyeri Harolimana Vincent, Umushumba wa Diyosezi ya Kiliziya Gatolika ya Ruhengeri, akaba n’Uyihagarariye mu mategeko, ku kibazo cy’inyandiko Musanganya Faustin yasabye ko yahabwa mu rwego rwo kumenya ishusho y’ iyi kaminuza […]

Perezida wa Sena y’u Rwanda yeguye

Dr Iyamuremye ubwo yahererekanyaga ububasha na Bernard Makuza

Perezida w’umutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin, yeguye kuri iyi mirimo kuri uyu wa 8 Ukuboza 2022. Ibaruwa y’ubwegure bwe yayigejeje kuri Visi Perezida wa sena no ku basenateri bose uyu munsi, asobanura ko yeguye bitewe n’uburwayi ari kwivuza. Yagize ati: “Mbandikiye mbamenyesha iyegura ku mwanya w’ubuyobozi bwa sena […]

Rusizi: Abo bivugwa ko bari bamaze iminsi bamburira abaturage mu mayira n’abatobora inzu bafashwe

Aba bafatiwe mu cyuho bamaze kwiba mu ngo z'abaturage

Mu gihe hari hashize iminsi abatuye umujyi wa Rusizi n’inkengero zawo binubira gutegerwa mu mayira bagashikuzwa ibyo bafite birimo udukapu turimo amafaranga, telefoni n’ibindi, hakaba n’ababyuka bagasanga inzu bararamo, ibikoni, ibiraro cyangwa izindi zatobowe ibirimo byose byibwe, ubuyobozi bw’aka karere buravuga ko hari benshi mu bakekwaho ubwo bujura bamaze gufatwa, barimo n’abafatanwa ibyo bibye, mu […]

Maj. Ngoma wa M23 na Col. Ruhinda wa FDLR mu bafatiwe ibihano na EU

Maj Ngoma arashinjwa gutegura no kuyobora ibikorwa byibasira abasivili

Komisiyo y’umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) yafatiye ibihano byo kudakandagira ku butaka bw’ibihugu biwugize abo ushinja guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umuvugizi w’umutwe witwaje intwaro wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma ndetse na komanda w’umutwe kabuhariwe wa FDLR irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda uzwi nka CRAP, Protogene Ruvugayimikore […]

Tshisekedi yasuye urubyiruko rurenga 10,000 yahamagariye gufasha FARDC ‘kurwanya u Rwanda’

Urubyiruko ruri gutorezwa mu kigo cya Kitona

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasuye urubyiruko rubarirwa mu 10,200 yahamagariye gufasha ingabo z’igihugu kurwanya u Rwanda yemeza ko rwihishe inyuma y’umutwe witwaje intwaro wa M23. Uru rubyiruko rwatoranyijwe mu bice bitandukanye by’igihugu, by’umwihariko mu ntara zo mu burasirazuba, ruri gutorezwa mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare cya Kitona giherereye mu […]

Inzuki zishe umugabo w’imyaka 58 waziganirizaga

Umugabo w’imyaka 58 y’amavuko wari utuye mu burasirazuba bwa Cape muri Afurika y’Epfo, Nkosentsha Njimbana, yishwe n’inzuki ubwo yakoraga umugenzo gakondo wo kuziganiriza. Nk’uko ikinyamakuru News 24 kibivuga, muvandimwe wa nyakwigendera witwa Mandla yasobanuye ko izi nzuki zari zimaze icyumweru ziba ku nzu y’ibyatsi ye, zamwishe tariki ya 4 Ugushyingo 2022. Mandla yakomeje asobanura ko […]

Mozambique: Umuhungu w’uwabaye Perezida, abari intasi nkuru n’abandi 8 bakatiwe

Urukiko rwo muri Mozambique kuri uyu wa 7 Ukuboza rwakatiye igifungo kiri hagati y’imyaka 10 na 12 abantu 11 barimo umuhungu wa Armando Guebuza wabaye Perezida w’iki gihugu witwa Armando Ndambi ndetse na babiri bigeze kuyobora inzego z’ubutasi. Ndambi, Gregorio Leao wari ukuriye urwego rukuru rw’ubutasi na Antonio Carlos do Rosario wari ukuriye urwego rw’ubutasi […]

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran na mushiki we ntibavuga rumwe

Umuyobozi w’ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na mushiki we Badri Hosseini Khamenei ntibavuga rumwe ku mikorere y’umutwe w’ingabo kabuhariwe utinyitse mu karere iki gihugu giherereyemo, Revolutionary Guards. Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko imvano yo kutavuga rumwe kwa bombi kuri izi ngabo ari uko zasabye ubushinjacyaha gufatira ingamba abigaragambiriza urupfu rw’umugore w’imyaka 22 witwa […]

Amafoto: Mu myaka 3 ishize, akanyamuneza kari kose mu maso ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezida Kagame, Tshisekedi, Faki Mahamat na Raila Odinga nyuma y'ibirori

N’ubwo mu mubano w’u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) n’abayobozi b’ibi bihugu havugwa inkuru nyinshi zo kutabana neza zishingiye ku mpamvu z’umutekano na politiki, n’inyinshi nziza zaratambutse by’umwihariko kuva mu mwaka w’2019. Hashize amezi abiri Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiye ku butegetsi muri RDC, yagiriye uruzinduko mu Rwanda muri Werurwe 2019, yakirwa na […]

Musanze: Abasekirite ba kompanyi ya RGL bakora kuri INES-RUHENGERI bituniye ku munyamakuru

Abasekirite babiri bo muri Kompanyi ya RGL Security bigirije nkana ku munyamakuru wa BWIZA wari uri mu kazi ke, bamubuza kwinjira muri INES -RUHENGERI, aho yari agiye gutara amakuru ku nama y’inteko rusange idasanzwe yari ihateraniye ku wa 7 Ukuboza 2022, ku murongo w’ibyigwa hari ugusubiza umunyamuryango shingiro w’iyi kaminuza ku nyandiko yasabye ngo zimufashe […]

Kibeho: Le message de conversion de la MÚre du Verbe diffusé sur le continent

Le prĂȘtre directeur de la Radio Maria GuinĂ©e Equatoriale et son assistante Boleka, touchĂ©s par la ferveur des Rwandais

Sur la Terre Sainte de Kibeho, se rĂ©unissent du 1 au 7 dĂ©cembre 2022, les prĂȘtres, directeurs des stations Radio Maria des sept pays du continent africain et leurs assistants Ă©ditoriaux pour une formation professionnelle et mariologique. Ils recevront des explications dĂ©taillĂ©es sur le message de conversion et de douleur salvifique apportĂ© par la MĂšre […]

Nyaruguru: Umugabo yiciwe mu murima we w’ibirayi

Umugabo witwa Bikorimana Charles, w’imyaka 28, wari utuye mu mudugudu wa Raranzige, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, yiciwe mu murima we w’ibirayi ubwo yari yagiye kubirarira ngo batabyiba. Nk’uko abaturanyi ba nyakwigendera babivuga, ubwo bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku wa 6 rishyira uwa 7 Ukuboza 2022. Nzabonimana Vianney, umuvandimwe w’uwishwe […]

Rubavu: Mu icumbi ry’abarimu habonetse imbunda ya AK-47

Mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi riherereye mu mudugudu wa Nyaburanga, akagari ka Nengo, umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu havumbuwe imbunda yo mu bwoko bwa AK-47 izwi nka Kalashnikov. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko iyi mbunda yabonetse mu gisenge (plafond) cy’icumbi ry’abarimu muri iri shuri, ibonwa n’umuyobozi ushinzwe amasomo muri iri shuri, Uwimana […]

Mu Budage: Abantu 25 batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi

Polisi yo mu Budage yataye muri yombi abantu 25 ibakekaho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Frank-Walter Steinmeier. Nk’uko BBC News ibivuga, aba bantu barimo abarwanya ubu butegetsi n’abahoze ari abasirikare bafatiwe mu mukwabu wakorewe muri Leta 11 muri 16 zigize iki gihugu, bategura uyu mugambi. Mu hantu hakorewe umukwabu nk’uko ikinyamakuru Der Spiegel cyo […]

Uzongera kuvuga ko u Burundi bukennye, azabivugira mu mwobo: Ndayishimiye

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko Umurundi uzongera kuvuga ko igihugu cye gikennye, azabivugira mu mwobo. Uyu Mukuru w’Igihugu yabivuze kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022 ubwo yayoboraga umuhango wo kwizihiza umunsi mukuru ngarukamwaka wahariwe abasora, wabereye mu mujyi wa Bujumbura. Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko u Burundi budakennye nk’uko bamwe babivuga, ngo ahubwo ubukungu […]

Guverinoma ya RDC ‘yamaganye’ inkunga ya EU ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique

Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yamaganye inkunga umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) bwageneye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado, Mozambique. Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yemejwe na Komisiyo ya EU tariki ya 1 Ukuboza 2022, isobanura ko izafasha ingabo z’u Rwanda kubona […]

Umwami Mohammed VI yatunguye abakinnyi ba Maroc nyuma yo gusezerera Espagne

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Maroc batunguwe n’umwami Mohammed VI wa kiriya gihugu wahamagaye umutoza wabo kuri terefoni, mu rwego rwo gushimira iriya kipe uko yari imaze kwitwara imbere ya Espagne. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Maroc yanditse amateka yo kugera bwa mbere muri ÂŒ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi, nyuma yo gusezerera Espagne bari bahuriye muri […]

Mbere yo gusubira inyuma, Major Ngoma wa M23 yifotoje n’abaturage

Maj. Ngoma (wambaye ingofero) ari hagati mu baturage

Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma, yagaragaye yifotozanya n’abaturage bo muri teritwari ya Rutshuru muri Kivu y’Amajyaruguru. Nk’uko byumvikana muri videwo ebyiri yashyize ku rubuga rwa Twitter, Maj. Ngoma ushagawe n’abaturage benshi yandika mu biganza by’abana nimero ye ya telefone. Abanza kubwira aba bana ati: “Nimero yanjye? Nimushake ikaramu”, bamusaba ko […]

M23 yemeye kurekura ibice iherutse gufata

Umutwe witwaje intwaro wa M23 wemeye guhagarika no kurekura ibice uherutse gufata mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Itangazo ryo kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022 ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko yemeye kubahiriza iyi myanzuro yafatiwe mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola tariki […]

Nairobi: Abanyekongo bemeranyije ko inyeshyamba zifunzwe zitarakoze ibyaha n’abana bari mu gisirikare barekurwa

Abanyekongo bamaze icyumweru mu cyiciro cya gatatu cy’imishyikirano i Nairobi muri Kenya bemeranyije ko inyeshyamba zifunzwe zitarakoze ibyaha ndetse n’abana bari mu gisirikare barekurwa. Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 6 Ukuboza n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC) wayoboye iyi mishyikirano, iyubahiriza ry’iyi myanzuro rizakurikiranwa na Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, […]

Kenya ikeneye byihutirwa Ksh angana na Frw miliyari 150 y’ubutabazi ku bugarijwe n’inzara

Leta ya Kenya yatangaje ko kugeza muri Mutarama 2023 ikeneye amashilingi miliyari 17 (angana na Frw miliyari 150) y’ubutabazi ku batuye mu turere 21 twugarijwe cyane n’inzara muri iki gihugu. Ikibazo cy’inzara cyatumye tariki ya 21 Ugushyingo 2022, Perezida w’iki gihugu, Dr William Ruto, ashyiraho komite ishinzwe gukusanya inkunga ituruka mu bafite ubushake bwo gufasha […]

Amafoto: Indi modoka yo mu bwoko bwa Howo yishe umuntu mu Ruhango, abandi barakomereka

img-20221206-wa0017.jpg

Imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yakoreye impanuka mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi ihitana umuntu umwe abandi batanu barakomereka. TV1 dukesha iyi nkuru yagaragaje iyi modoka itukura yaguye munsi y’umuhanda w’igitaka. Izi modoka zo mu bwoko bwa HOWO zikomeje kugarika ingogo mu gihe abasenateri bamaze iminsi basaba ko hasuzumwa ibibazo imodoka zo […]

Mali yahawe igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare ba Cîte d’Ivoire ifunze

Umuryango w’akarere ka Afurika y’uburengerazuba, ECOWAS, wahaye Leta ya Mali igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare 46 ba CĂŽte d’Ivoire ifunze kuva muri Nyakanga 2022. Umuyobozi wa Komisiyo ya ECOWAS, Omar Touray, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa 4 Ukuboza nyuma yo kugirana inama n’abahagarariye ibihugu bigize uyu muryango, yatangaje ko Mali igomba kuba yarekuye […]

Ukutavuga rumwe hagati y’u Rwanda na USA ku miterere y’ibibazo bya RDC

Leta y’u Rwanda iravuga ko hakiri ukutumva ibintu kimwe hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika; ku bijyanye n’imiterere y’ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Mbere tariki ya 05 Ukuboza ni bwo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken yagiranye ikiganiro cyo kuri Terefoni na […]

Leta ya RDC ‘imaze kubarura’ abasivili 272 biciwe muri Kishishe, Rutshuru

Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bumaze kubarura abasivili 272 buhamya ko biciwe n’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu gace ka Kishishe kari muri teritwari ya Rutshuru. Ubu bwicanyi bwabaye tariki ya 29 Ugushyingo 2022, Leta ya RDC itangaza ku ikubitiro ko mu gihe iperereza rikomeje, imaze kubarura abasivili 50 […]

Uhuru Kenyatta yatunguwe no kumva amafaranga yagenewe abitabiriye imishyikirano yaranyerejwe

Uhuru Kenyatta usanzwe ari umuhuza w’Abanyekongo mu mishyikirano ibera i Nairobi muri Kenya, yatunguwe no kumva amafaranga yagenewe abayitabiriye yaranyerejwe na zimwe mu ntumwa z’ubutegetsi Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Kuri uyu wa 5 Ukuboza ni bwo Uhuru yari kurangiza ku mugaragaro icyiciro cya gatatu cy’iyi mishyikirano, buri wese wayitabiriye agahahwa insimburamubyizi y’amadolari ya […]

Nyuma yo kuvugana na Perezida Kagame, Blinken yasabye u Rwanda ‘kureka gufasha’ M23

Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yatangaje ko yavuganiye na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ku murongo wa telefone, asaba ko iki gihugu ‘cyahagarika ubufasha gihe’ umutwe witwaje intwaro wa M23. Blinken mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022, yagize ati: “Nagiranye na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame […]

Guverinoma ya RDC iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe n’imirwano ya M23 na FARDC

Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe n’imirwano y’umutwe witwaje intwaro wa M23 n’ingabo za Leta. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho n’itangazamakuru, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022 yashyize hanze konti zitandukanye zirimo iza banki na Mobile Money, isobanura ko aba bantu 630 bakeneye ubufasha bwihutirwa. Yagize […]

Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe beterewe ibyuma muri RDC hafi y’umupaka

Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR n’abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) baravugwaho gutera ibyuma Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe ha y’urubibi rutandukanya iki gihugu n’u Rwanda, ahaherera mu murenge wa Cyanzarwe, mu karere ka Rubavu. Muri aba bane hapfuyemo batatu barimo uwitwa Ntagisanimana Diane w’imyaka 25 n’abana be babiri barimo uwari […]

Sudani: Abasirikare n’abasivili bashyize umukono ku masezerano yo kurangiza ibibazo bya politiki

Kuri uyu wa Mbere, abayobozi b’ingabo n’abasivili muri Sudani bashyize umukono ku masezerano ya mbere agamije kurangiza ikibazo gikomeye cya politiki cyahungabanyije iki gihugu kuva ubutegetsi buhiritswe, ubu hashizeumwaka urenga . Aya masezerano abaye nyuma yo kugerageza kenshi kuva mu bibazo kuva umuyobozi mukuru w’ingabo, Abdel Fattah al-Burhane, yafata ubutegetsi akirukana abayobozi b’abasivili. Ihirika ry’ubutegetsi […]

Nyamasheke: Urujijo ku wo bivugwa ko yafatiwe kwa murumuna we amusambanyiriza umugore

Iyi ni ibaruwa Uwiremye yanditse avuga ko agurijwe amafaranga 300.000 azishyura ku wa 8 Ukuboza

Kuri sitasiyo ya RIB ya Macuba mu karere ka Nyamasheke hafungiye umugabo Ndayisenga Jean Paul w’imyaka 34, umugore we Niyonsaba ValĂ©rie w’imyaka 27 na mukuru wa Ndayisenga witwa Uwiremye Thomas w’imyaka 40 bivugwa ko yafatiwe mu rugo rw’uyu murumuna we amusambanyiriza umugore bamaze amezi 2 gusa bashyingiwe. Amakuru umwe mu baturanyi b’uru rugo yahaye Bwiza.com, […]

Paris: Nicolas Sarkozy yatangiye kuburana mu bujurire ku cyaha ruswa

Kuri uyu wa Mbere, Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, yatangiye ubujurire bwe ku cyaha cya ruswa yahamijwe . Umwaka ushize, urukiko rwasanze Sarkozy, wabaye Perezida w’u Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, ahamwa n’icyaha cyo gushaka guha ruswa umucamanza no gukoresha umwanya we binyuranyije n’amategeko igihe yari ku butegetsi. “Gukoresha umwanya we […]

Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bisaga 100 mu rwego rwo gutanga gasopo

Kuri uyu wa Mbere, Koreya ya Ruguru yavuze ko yarashe ibisasu bya rutura birenga 130 mu nyanja ku nkombe z’iburasirazuba n’iburengerazuba nyuma yo kubona imyitozo ya gisirikare hakurya y’umupaka mu majyepfo . Bimwe mu bisasu byaguye hafi y’umupaka w’inyanja mu byo Seoul yavuze ko ari ukurenga ku masezerano hagati ya Koreya zombi yo mu 2018 […]

Igihugu cya Pologne kigiye gufungura ambasade mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wungirije wa Pologne, Pawel Jab?o?ski, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura ambasade i Kigali, bitewe n’uko umubano w’ibihugu byombi ugenda ukura . Jab?o?ski ayoboye itsinda ry’amasosiyete arenga 20 yo muri Pologne mu nzego zitandukanye mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda. Abajijwe ku gihe ntarengwa cyo gufungura ambasade, Minisitiri […]

Nairobi: Uhuru Kenyatta arafunga ku mugaragaro ibiganiro byari bihuje Abanyekongo

Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa Mbere arafunga ku mugaragaro ibiganiro bya gatatu by’amahoro hagati y’Abanyekongo byaberaga i Nairobi . Ni ibiganiro by’amahoro byatangiye ku ya 28 Ugushyingo bititabiriwe n’umutwe wa M23 utarigeze uhabwa ubutumire bwo kubyitabira. Uhuru Kenyatta, umuhuza muri ibi biganiro by’amahoro wagenwe n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), niwe […]

Komanda w’ingabo za EAC muri RDC yijeje abari i Nairobi ko atazemerera M23 gufata Goma

Komanda w’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) zagiye mu butumwa bw’amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major General Jeff Nyagah, yatangaje ko atazemerera umutwe witwaje intwaro wa M23 gufata umujyi wa Goma. Maj. Gen. Nyagah yabitangarije Abanyekongo bo mu ngeri zitandukanye bitabiriye imishyikirano igamije gushakira umuti urambye ikibazo […]

Inganda z’intwaro zirarushaho kwinjiza akayabo mu gihe imibereho igenda irushaho guhenda

Kugurisha intwaro na serivisi za gisirikare ku masosiyete 100 akomeye ku Isi akora ibikoresho by’ubwirinzi byazamutseho 1,9 ku ijana byinjiza Miliyari 592 z’Amadolari mu 2021 n’ubwo hari ibibazo by’ihererekanya ry’ibicuruzwa nk’uko imibare mishya yaturutse mu kigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm (SIPRI) ibigaragaza . SIPRI yavuze ko ubwiyongere bwihuse bwavuye kuri 1,1% muri 2019-2020, […]

Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n’intambara

Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n’ububi bw’intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y’u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z’Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n’u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya […]

CEDEAO igiye gushyiraho ingabo zizajya zifashishwa mu kurwanya za coup d’etat

Abakuru b’igihugu byo muri Afurika y’uburengerazuba byibumbiye mu Muryango wa CEDEAO, biyemeje gushinga umutwe w’ingabo z’akarere zizajya zifashishwa mu kugarura umutekano n’iyubahirizwa ry’itegeko nshinga muri aka karere kibasiwe n’ihirika ry’ubutegetsi rya hato na hato muri iyi myaka ibiri ishize . Abayobozi b’ibiugu bigize uyu muryango wa CEDEAO babivugiye mu itangazo basohoye nyuma y’inama ngarukamwaka yabahuje […]

Abaganga bapfukamiye Museveni, bamusaba kongera kwiyamamaza mu 2026

Dr Oledo ashimira Museveni, anamusaba kuzongera kwiyamamaza

Abaganga, abaforomo n’ababyaza bapfukamye, basaba Perezida wa Uganda Yoweri Museveni kongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu mwaka w’2026. Iki gikorwa bagikoreye ku kibuga kiberamo iminsi mikuru cya Kololo giherereye i Kampala tariki ya 3 Ukuboza 2022 ubwo haberaga ikiganiro cyerekeye ku ishoramari no gukunda igihugu mu rubyiruko. Muri iki kiganiro, abaganga bayobowe n’umuyobozi w’ihuriro ry’abaganga, […]

Burundi: Umuhinde wakomerekeje bikomeye umwana wamusuhuje yakatiwe

Uyu mwana yakubiswe icyuma mu mutwe n'Umuhinde

Urukiko rukuru rwo mu Burundi rwakatiye Umuhinde witwa Tosif Ilayas wakomerekeje umwana w’imyaka 13 y’amavuko amuziza ko yamusuhuje amwita umuzungu, igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu y’amafaranga y’Amarundi miliyoni 10. Amakuru yatangajwe na Akeza Burundi avuga ko mu minsi itanu ishize ubwo uyu Muhinde yari mu ntara ya Ngozi, abana bamusuhuje bamubaza bati: “Muzungu muzungu ni sawa?” […]

Perezida Kagame waburiye RDC, Prince Kid wagizwe umwere n’impinduka muri guverinoma: Inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Ugushyingo 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zirimo izirebana n’umutekano, ubutabera na politiki. Harimo ko: Hashyizweho Minisitiri w’ubuzima mushya Perezida Kagame yasimbuje Dr Ngamije Daniel wari Minisitiri w’ubuzima kuva mu mwaka 2020, ashyiraho Dr Nsanzimana Sabin wari Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya kaminuza y’u Rwanda i Butare bizwi nka CHUB. Umukuru w’Igihugu […]

Nigeria: Abitwaje intwaro bishe abantu basaga 10 bashimuta abandi babasanze mu musigiti

Abantu bitwaje imbunda muri Nigeria bishe abantu basengaga basaga icumi barimo na imamu, kandi bashimuta abandi benshi ku musigiti mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, nk’uko abaturage baho babitangaje . Udutsiko twitwaje intwaro tuzwi ku izina ry’amabandi, twibasiye abaturage aho umutekano utarinzwe cyane, bica abantu cyangwa bakabashimuta kugira ngo bahabwe ingurane. […]

Kinshasa: Perezida wa Sena na Minisitiri Aselo bitabiriye imyigaragambyo ‘yagamagana u Rwanda’

Perezida wa sena ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Bahati Lukwebo na Minisitiri w’umutekano w’imbere, Daniel Aselo, bitabiriye imyigaragambyo ‘yamagana u Rwanda’ n’icyo bita umugambi wo gutwara igice cy’ubutaka bw’igihugu cyabo (balkanization). Iyi myigaragambyo yabereye Kinshasa kuri uyu wa 4 Ugushyingo, kimwe n’indi yabereye mu bindi bice by’igihugu, yateguwe n’inama y’Abepisikopi bakorera muri RDC, […]

Uhuru Kenyatta yaciye amarenga ko atazemera kuganira na M23

Uhuru avuga ko M23 igomba kubanza yubahiriza imyanzuro yafatiwe i Luanda

Umuhuza w’Abanyekongo bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutekano washyizweho n’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba (EAC), Uhuru Kenyatta, yaciye amarenga ko atazemera kuganira n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Perezida w’u Burundi, uwa Angola, uwa RDC na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, tariki ya 23 Ugushyingo 2022 bahuriye i Luanda, bafata imyanzuro irimo gusaba M23 guhagarika imirwano no kuva […]

Nyamasheke: Abababariwe n’abo biciye ababo muri jenoside bavuga ko byabakijije kwiheba gukabije bahoranaga

Nyuma yo guhabwa imbabazi, aba bahise banasezerana n'abo bashakanye

Abantu 9 bahisemo gusaba imbabazi abo biciye ababo muri jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko mbere y’urwo rugendo bahoranaga igisa n’indwara yo kwiheba gukabije, kuko ngo babonaga nta gaciro bafite mu muryango nyarwanda,bumva atari abo kubabarirwa, nyuma yo kubabarirwa no gukomorerwa amasakaramentu muri Kiliziya ngo ni ho bumva baragaruye ubumuntu. Ni bimwe mu byo batangarije Bwiza.com […]

Perezida wa Afurika y’Epfo yafashe umwanzuro wo kutegura

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yafashe icyemezo cyo kutegura kuri iyi nshingano ndetse ahitamo gukomeza ‘kurwana’ mu rwego rwa politiki no mu butabera. Tariki ya 1 Ukuboza 2022, ibinyamakuru byo muri Afurika y’Epfo birimo News24 byari byatangaje ko Ramaphosa ashobora kurara yeguye, bitewe na raporo y’iperereza ryari rimaze igihe kirekire rimukorwaho yamaze gukorwa. Iri […]

M23 yashyize mu majwi Sendugu Museveni wayiyomoyeho mu bwicanyi bukorerwa abasivili

Sendugu Museveni yigeze kuba ushinzwe ububanyi n'amahanga muri M23

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashyira mu majwi PARECO/FF yashinzwe na Sendugu Museveni wayiyomoyeho mu bwicanyi bukorerwa abasivili mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bigaragara mu itangazo M23 yashyize hanze kuri uyu wa 4 Ukuboza, ivuga ko rigaragaza ibimenyetso ku bwicanyi bwakorewe mu gace ka Kishishe muri teritwari ya […]

Umwe mu badepite ba EU ntiyishimiye inkunga yahawe Igisirikare cy’u Rwanda

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Twitter, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 3 Ukuboza 2022, Depite Maria Arena yamaganye inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) wageneye Ingabo z’u Rwanda kubera uruhare zirimo kugira mu kugarura amahoro n’umutekano mu majyaruguru ya Mozambike . Nk’uko uyu mudepite mu Burayi abitangaza, ngo iyi nkunga yagombye […]

Burkina Faso: Guverinoma yahagaritse ibiganiro bya RFI ku butaka bw’igihugu

Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yahagaritse umuyoboro wa Radiyo Mpuzamahang y’Abafaransa, RFI, iyishinja gutngaza inkuru z’ibinyoma no guha ijambo abarwanyi ba kisilamu, nk’uko byatangajwe na guverinoma ku wa Gatandatu . Iri tangazo rivuga ko ku wa Gatandatu RFI yatambukije ubutumwa bw’umuyobozi w’umutwe witwaje intwaro aho yakanze abaturage. Mu itangazo ryabwo, ubuyobozi bwa RFI nabwo […]

Umuhungu wa Museveni yifuje guhura na General Makenga wa M23

Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba n’umujyanama we wihariye mu bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba yifuje guhura na Komanda w’abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23, General Sultani Makenga. Mu butumwa yatangaje kuri uyu wa 3 Ukuboza 2022, Gen. Kainerugaba yatangaje ko iyo aza kuba akiri Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka ari bwo byari kumworohera, kandi […]

Kigali: Babiri batawe muri yombi bakekwaho kwica umuvunjayi n’umushoferi bakoresheje imbunda

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu babiri ikekaho kwica umuvunjayi witwa Mujyambere Idrissa n’umushoferi Kayitare Jean Paul bakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa Pisitoli (pistol). Uru rwego mu itangazo rwashyize hanze kuri uyu wa 4 Ukuboza 2022, rwatangaje ko abakekwa ari: Ndagijimana Patrick na Ndagijimana Yves. Rusobanura ko Mujyambere yiciwe aho yari […]

Umuryango LUCHA wo muri RDC urasaba EU guhagarika inkunga wageneye RDF

Umuryango LUCHA uharanira impinduka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) urasaba umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) guhagarika inkunga y’amafaranga wageneye ingabo z’u Rwanda ziri mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yemejwe na Komisiyo ya EU tariki ya 1 Ukuboza 2022, isobanura ko RDF izayifashisha mu kongera ubushobozi bw’ibikoresho, […]

Ishyamba si ryeru hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin uyishinja kumwigirizaho nkana

Ibintu ntabwo biratungana hagati ya Kaminuza ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin, uvuga ko ubuyobozi bwayo bukomeje kumwigirizaho nkana, bumwima inyandiko yasabye kugira ngo zimufashe kumenya uko iki kigo gihagaze, nyuma yo kumara igihe kigera ku myaka 10 adahari. Musanganya Faustin ni umwe mu banyamuryango shingiro (Membre Fondateur) ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI. Yigeze kwirukanwa binyuranyije […]

Kurwanya u Rwanda bisobanuye kurwanya Uganda_Gen. Muhoozi

screenshot_20221203-051347_1.jpg

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko afitiye impuhwe abafitiye urwango Perezida Paul Kagame; ashimangira ko kurwanya u Rwanda ayoboye binasobanuye kurwanya Uganda. Ni mu butumwa uyu mujenerali w’inyenyeri enye yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Ndi Jenerali w’inyenyeri enye. Ibintu bike ku Isi ni byo ntigeze […]