Nigeria: Umuhanzi Dâbanj yatawe muri yombi akurikiranweho uburiganya muri gahunda ya leta
Umuhanzi Oladapo Oyebanjo ukomoka muri Nigeria uzwi cyane mu buhanzi nka D’banj yatawe muri yombi azira uburiganya nkâuko byatangawe nâibinyamakuru byâiwabo . Uyu muhanzi wâinjyana ya Afrobeats yatawe muri yombi nyuma yâaho miliyoni z’amadolari, zari zigamije gufasha urubyiruko rudafite akazi gutangira ubucuruzi, ziburiwe irengero. Kuri twitter, komisiyo yigenga yo krwanya ruswa hamwe nâibindi byaha bifitanye […]
RDC: Umuhanzi Mohombi yatangaje ko aziyamamaza mu matora yo mu 2023
Umuhanzi nâumucuranzi mpuzamahanga Mohombi Nzasi Moupondo yatangaje kuri uyu wa kane ko azitabira amatora ataha ateganijwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu 2023 . Ku myaka 36 yâamavuko, Mohombi, ufite se wâUmunyekongo na nyina ukomoka muri Suede, yatunguye abatari bacye ubwo yatangazaga ko aziyamamaza mu matora ataha nkâumukandida wigenga ariko ntiyasobanura niba aziyamamariza umwanya […]
Rubavu: Bane bo mu muryango umwe batewe ibyuma

Agatsiko kâabagizi ba nabi bari bitwaje intwaro gakondo zirimo ibyuma kagabye igitero ku muryango wâabantu bane wo mu karere ka Rubavu, babatera ibyuma, umwe wâimyaka 15 ahaburira ubuzima. Umuryango watewe ni uwa Nzitabakuze Donath utuye mu mudugudu wa Gasizi, akagari ka Rukoko mu murenge wa Rubavu. Ubugizi bwa nabi bwabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, […]
USA: Umunyeshuri wa kaminuza wâimyaka 18 yatorewe kuba Meya
Umunyeshuri wa kaminuza wâimyaka 18 yatorewe kuyobora umujyi muto wo mu majyaruguru yâuburasirazuba bwa Leta ya Arkansas yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika . Ibitangazamakuru byo muri Amerika birimo Little Rock, Arkansas, televiziyo KATV, byatangaje ko Jaylen Smith yatsinze amatora yo ku wa Kabiri kugira ngo abe Meya wa Earle. Jaylen Smith, yatorewe kuba […]
Ruracyageretse hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin uvuga ko yabaye nk’akarima ka Diyosezi ya Ruhengeri
Ibintu bikomeje gufata indi ntera hagati ya Mwarimu Musanganya Faustin, umwe mu banyamuryango shingiro ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI n’ ubuyobozi bwayo burangajwe imbere na Musenyeri Harolimana Vincent, Umushumba wa Diyosezi ya Kiliziya Gatolika ya Ruhengeri, akaba n’Uyihagarariye mu mategeko, ku kibazo cy’inyandiko Musanganya Faustin yasabye ko yahabwa mu rwego rwo kumenya ishusho y’ iyi kaminuza […]
Perezida wa Sena yâu Rwanda yeguye

Perezida wâumutwe wa sena mu nteko ishinga amategeko yâu Rwanda, Dr Iyamuremye Augustin, yeguye kuri iyi mirimo kuri uyu wa 8 Ukuboza 2022. Ibaruwa yâubwegure bwe yayigejeje kuri Visi Perezida wa sena no ku basenateri bose uyu munsi, asobanura ko yeguye bitewe nâuburwayi ari kwivuza. Yagize ati: “Mbandikiye mbamenyesha iyegura ku mwanya wâubuyobozi bwa sena […]
Rusizi: Abo bivugwa ko bari bamaze iminsi bamburira abaturage mu mayira nâabatobora inzu bafashwe

Mu gihe hari hashize iminsi abatuye umujyi wa Rusizi nâinkengero zawo binubira gutegerwa mu mayira bagashikuzwa ibyo bafite birimo udukapu turimo amafaranga, telefoni nâibindi, hakaba nâababyuka bagasanga inzu bararamo, ibikoni, ibiraro cyangwa izindi zatobowe ibirimo byose byibwe, ubuyobozi bwâaka karere buravuga ko hari benshi mu bakekwaho ubwo bujura bamaze gufatwa, barimo nâabafatanwa ibyo bibye, mu […]
Maj. Ngoma wa M23 na Col. Ruhinda wa FDLR mu bafatiwe ibihano na EU

Komisiyo y’umuryango wâubumwe bwâUburayi (EU) yafatiye ibihano byo kudakandagira ku butaka bw’ibihugu biwugize abo ushinja guhungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Umuvugizi wâumutwe witwaje intwaro wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma ndetse na komanda wâumutwe kabuhariwe wa FDLR irwanya ubutegetsi bwâu Rwanda uzwi nka CRAP, Protogene Ruvugayimikore […]
Tshisekedi yasuye urubyiruko rurenga 10,000 yahamagariye gufasha FARDC ‘kurwanya u Rwanda’

Perezida wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), FĂ©lix Tshisekedi, yasuye urubyiruko rubarirwa mu 10,200 yahamagariye gufasha ingabo zâigihugu kurwanya u Rwanda yemeza ko rwihishe inyuma yâumutwe witwaje intwaro wa M23. Uru rubyiruko rwatoranyijwe mu bice bitandukanye byâigihugu, byâumwihariko mu ntara zo mu burasirazuba, ruri gutorezwa mu kigo cyâimyitozo ya gisirikare cya Kitona giherereye mu […]
Inzuki zishe umugabo wâimyaka 58 waziganirizaga
Umugabo wâimyaka 58 yâamavuko wari utuye mu burasirazuba bwa Cape muri Afurika yâEpfo, Nkosentsha Njimbana, yishwe nâinzuki ubwo yakoraga umugenzo gakondo wo kuziganiriza. Nkâuko ikinyamakuru News 24 kibivuga, muvandimwe wa nyakwigendera witwa Mandla yasobanuye ko izi nzuki zari zimaze icyumweru ziba ku nzu yâibyatsi ye, zamwishe tariki ya 4 Ugushyingo 2022. Mandla yakomeje asobanura ko […]
Mozambique: Umuhungu wâuwabaye Perezida, abari intasi nkuru nâabandi 8 bakatiwe
Urukiko rwo muri Mozambique kuri uyu wa 7 Ukuboza rwakatiye igifungo kiri hagati yâimyaka 10 na 12 abantu 11 barimo umuhungu wa Armando Guebuza wabaye Perezida wâiki gihugu witwa Armando Ndambi ndetse na babiri bigeze kuyobora inzego zâubutasi. Ndambi, Gregorio Leao wari ukuriye urwego rukuru rwâubutasi na Antonio Carlos do Rosario wari ukuriye urwego rwâubutasi […]
Umuyobozi wâIkirenga wa Iran na mushiki we ntibavuga rumwe
Umuyobozi wâikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na mushiki we Badri Hosseini Khamenei ntibavuga rumwe ku mikorere yâumutwe wâingabo kabuhariwe utinyitse mu karere iki gihugu giherereyemo, Revolutionary Guards. Ibiro ntaramakuru byâAbongereza, Reuters, byatangaje ko imvano yo kutavuga rumwe kwa bombi kuri izi ngabo ari uko zasabye ubushinjacyaha gufatira ingamba abigaragambiriza urupfu rwâumugore wâimyaka 22 witwa […]
Amafoto: Mu myaka 3 ishize, akanyamuneza kari kose mu maso ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Nâubwo mu mubano wâu Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) nâabayobozi bâibi bihugu havugwa inkuru nyinshi zo kutabana neza zishingiye ku mpamvu zâumutekano na politiki, nâinyinshi nziza zaratambutse byâumwihariko kuva mu mwaka wâ2019. Hashize amezi abiri Perezida FĂ©lix Tshisekedi agiye ku butegetsi muri RDC, yagiriye uruzinduko mu Rwanda muri Werurwe 2019, yakirwa na […]
Musanze: Abasekirite ba kompanyi ya RGL bakora kuri INES-RUHENGERI bituniye ku munyamakuru
Abasekirite babiri bo muri Kompanyi ya RGL Security bigirije nkana ku munyamakuru wa BWIZA wari uri mu kazi ke, bamubuza kwinjira muri INES -RUHENGERI, aho yari agiye gutara amakuru ku nama y’inteko rusange idasanzwe yari ihateraniye ku wa 7 Ukuboza 2022, ku murongo w’ibyigwa hari ugusubiza umunyamuryango shingiro w’iyi kaminuza ku nyandiko yasabye ngo zimufashe […]
Kibeho: Le message de conversion de la MÚre du Verbe diffusé sur le continent

Sur la Terre Sainte de Kibeho, se rĂ©unissent du 1 au 7 dĂ©cembre 2022, les prĂȘtres, directeurs des stations Radio Maria des sept pays du continent africain et leurs assistants Ă©ditoriaux pour une formation professionnelle et mariologique. Ils recevront des explications dĂ©taillĂ©es sur le message de conversion et de douleur salvifique apportĂ© par la MĂšre […]
Nyaruguru: Umugabo yiciwe mu murima we w’ibirayi
Umugabo witwa Bikorimana Charles, w’imyaka 28, wari utuye mu mudugudu wa Raranzige, akagari ka Raranzige, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, yiciwe mu murima we w’ibirayi ubwo yari yagiye kubirarira ngo batabyiba. Nk’uko abaturanyi ba nyakwigendera babivuga, ubwo bwicanyi bwabaye mu ijoro ryo ku wa 6 rishyira uwa 7 Ukuboza 2022. Nzabonimana Vianney, umuvandimwe w’uwishwe […]
Rubavu: Mu icumbi ry’abarimu habonetse imbunda ya AK-47
Mu ishuri ryisumbuye rya Gisenyi riherereye mu mudugudu wa Nyaburanga, akagari ka Nengo, umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu havumbuwe imbunda yo mu bwoko bwa AK-47 izwi nka Kalashnikov. Amakuru yageze kuri BWIZA avuga ko iyi mbunda yabonetse mu gisenge (plafond) cyâicumbi ryâabarimu muri iri shuri, ibonwa nâumuyobozi ushinzwe amasomo muri iri shuri, Uwimana […]
Mu Budage: Abantu 25 batawe muri yombi bakekwaho umugambi wo guhirika ubutegetsi
Polisi yo mu Budage yataye muri yombi abantu 25 ibakekaho umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Frank-Walter Steinmeier. Nkâuko BBC News ibivuga, aba bantu barimo abarwanya ubu butegetsi nâabahoze ari abasirikare bafatiwe mu mukwabu wakorewe muri Leta 11 muri 16 zigize iki gihugu, bategura uyu mugambi. Mu hantu hakorewe umukwabu nkâuko ikinyamakuru Der Spiegel cyo […]
Uzongera kuvuga ko u Burundi bukennye, azabivugira mu mwobo: Ndayishimiye
Perezida wâu Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko Umurundi uzongera kuvuga ko igihugu cye gikennye, azabivugira mu mwobo. Uyu Mukuru wâIgihugu yabivuze kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022 ubwo yayoboraga umuhango wo kwizihiza umunsi mukuru ngarukamwaka wahariwe abasora, wabereye mu mujyi wa Bujumbura. Perezida Ndayishimiye yasobanuye ko u Burundi budakennye nkâuko bamwe babivuga, ngo ahubwo ubukungu […]
Guverinoma ya RDC âyamaganyeâ inkunga ya EU ku ngabo zâu Rwanda ziri muri Mozambique
Umuvugizi wa guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, yamaganye inkunga umuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) bwageneye ingabo zâu Rwanda ziri mu butumwa bwâamahoro mu ntara ya Cabo Delgado, Mozambique. Iyi nkunga ya miliyoni 20 z’Amayero yemejwe na Komisiyo ya EU tariki ya 1 Ukuboza 2022, isobanura ko izafasha ingabo zâu Rwanda kubona […]
Umwami Mohammed VI yatunguye abakinnyi ba Maroc nyuma yo gusezerera Espagne
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Maroc batunguwe n’umwami Mohammed VI wa kiriya gihugu wahamagaye umutoza wabo kuri terefoni, mu rwego rwo gushimira iriya kipe uko yari imaze kwitwara imbere ya Espagne. Kuri uyu wa Kabiri ni bwo Maroc yanditse amateka yo kugera bwa mbere muri ÂŒ cy’irangiza cy’Igikombe cy’Isi, nyuma yo gusezerera Espagne bari bahuriye muri […]
Mbere yo gusubira inyuma, Major Ngoma wa M23 yifotoje nâabaturage

Umuvugizi wa M23 ku rwego rwa gisirikare, Major Willy Ngoma, yagaragaye yifotozanya nâabaturage bo muri teritwari ya Rutshuru muri Kivu yâAmajyaruguru. Nkâuko byumvikana muri videwo ebyiri yashyize ku rubuga rwa Twitter, Maj. Ngoma ushagawe nâabaturage benshi yandika mu biganza byâabana nimero ye ya telefone. Abanza kubwira aba bana ati: âNimero yanjye? Nimushake ikaramuâ, bamusaba ko […]
M23 yemeye kurekura ibice iherutse gufata
Umutwe witwaje intwaro wa M23 wemeye guhagarika no kurekura ibice uherutse gufata mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Itangazo ryo kuri uyu wa 6 Ukuboza 2022 ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa M23 mu rwego rwa politiki, Lawrence Kanyuka, yavuze ko yemeye kubahiriza iyi myanzuro yafatiwe mu biganiro byabereye i Luanda muri Angola tariki […]
Nairobi: Abanyekongo bemeranyije ko inyeshyamba zifunzwe zitarakoze ibyaha nâabana bari mu gisirikare barekurwa
Abanyekongo bamaze icyumweru mu cyiciro cya gatatu cyâimishyikirano i Nairobi muri Kenya bemeranyije ko inyeshyamba zifunzwe zitarakoze ibyaha ndetse nâabana bari mu gisirikare barekurwa. Nkâuko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa 6 Ukuboza nâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC) wayoboye iyi mishyikirano, iyubahiriza ryâiyi myanzuro rizakurikiranwa na Leta ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, […]
Kenya ikeneye byihutirwa Ksh angana na Frw miliyari 150 yâubutabazi ku bugarijwe nâinzara
Leta ya Kenya yatangaje ko kugeza muri Mutarama 2023 ikeneye amashilingi miliyari 17 (angana na Frw miliyari 150) yâubutabazi ku batuye mu turere 21 twugarijwe cyane nâinzara muri iki gihugu. Ikibazo cyâinzara cyatumye tariki ya 21 Ugushyingo 2022, Perezida wâiki gihugu, Dr William Ruto, ashyiraho komite ishinzwe gukusanya inkunga ituruka mu bafite ubushake bwo gufasha […]
Amafoto: Indi modoka yo mu bwoko bwa Howo yishe umuntu mu Ruhango, abandi barakomereka

Imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yakoreye impanuka mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Kinazi ihitana umuntu umwe abandi batanu barakomereka. TV1 dukesha iyi nkuru yagaragaje iyi modoka itukura yaguye munsi y’umuhanda w’igitaka. Izi modoka zo mu bwoko bwa HOWO zikomeje kugarika ingogo mu gihe abasenateri bamaze iminsi basaba ko hasuzumwa ibibazo imodoka zo […]
Mali yahawe igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare ba CĂŽte dâIvoire ifunze
Umuryango wâakarere ka Afurika yâuburengerazuba, ECOWAS, wahaye Leta ya Mali igihe ntarengwa cyo kuba yarekuye abasirikare 46 ba CĂŽte dâIvoire ifunze kuva muri Nyakanga 2022. Umuyobozi wa Komisiyo ya ECOWAS, Omar Touray, mu kiganiro yagiranye nâabanyamakuru ku wa 4 Ukuboza nyuma yo kugirana inama nâabahagarariye ibihugu bigize uyu muryango, yatangaje ko Mali igomba kuba yarekuye […]
Ukutavuga rumwe hagati y’u Rwanda na USA ku miterere y’ibibazo bya RDC
Leta y’u Rwanda iravuga ko hakiri ukutumva ibintu kimwe hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika; ku bijyanye n’imiterere y’ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Mbere tariki ya 05 Ukuboza ni bwo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Anthony Blinken yagiranye ikiganiro cyo kuri Terefoni na […]
Leta ya RDC âimaze kubaruraâ abasivili 272 biciwe muri Kishishe, Rutshuru
Ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bwatangaje ko bumaze kubarura abasivili 272 buhamya ko biciwe nâabarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23 mu gace ka Kishishe kari muri teritwari ya Rutshuru. Ubu bwicanyi bwabaye tariki ya 29 Ugushyingo 2022, Leta ya RDC itangaza ku ikubitiro ko mu gihe iperereza rikomeje, imaze kubarura abasivili 50 […]
Uhuru Kenyatta yatunguwe no kumva amafaranga yagenewe abitabiriye imishyikirano yaranyerejwe
Uhuru Kenyatta usanzwe ari umuhuza w’Abanyekongo mu mishyikirano ibera i Nairobi muri Kenya, yatunguwe no kumva amafaranga yagenewe abayitabiriye yaranyerejwe na zimwe mu ntumwa z’ubutegetsi Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Kuri uyu wa 5 Ukuboza ni bwo Uhuru yari kurangiza ku mugaragaro icyiciro cya gatatu cy’iyi mishyikirano, buri wese wayitabiriye agahahwa insimburamubyizi y’amadolari ya […]
Nyuma yo kuvugana na Perezida Kagame, Blinken yasabye u Rwanda ‘kureka gufasha’ M23
Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Antony Blinken, yatangaje ko yavuganiye na Perezida Paul Kagame wâu Rwanda ku murongo wa telefone, asaba ko iki gihugu âcyahagarika ubufasha giheâ umutwe witwaje intwaro wa M23. Blinken mu butumwa yatangarije kuri Twitter kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022, yagize ati: âNagiranye na Perezida wâu Rwanda, Paul Kagame […]
Guverinoma ya RDC iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe n’imirwano ya M23 na FARDC
Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) iratakambira abagiraneza ngo bafashe abimuwe nâimirwano yâumutwe witwaje intwaro wa M23 nâingabo za Leta. Iyi guverinoma ibinyujije muri Minisiteri ishinzwe itumanaho nâitangazamakuru, kuri uyu wa 5 Ukuboza 2022 yashyize hanze konti zitandukanye zirimo iza banki na Mobile Money, isobanura ko aba bantu 630 bakeneye ubufasha bwihutirwa. Yagize […]
Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe beterewe ibyuma muri RDC hafi yâumupaka
Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa FDLR n’abasirikare ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) baravugwaho gutera ibyuma Abanyarwanda bane bo mu muryango umwe ha yâurubibi rutandukanya iki gihugu n’u Rwanda, ahaherera mu murenge wa Cyanzarwe, mu karere ka Rubavu. Muri aba bane hapfuyemo batatu barimo uwitwa Ntagisanimana Diane wâimyaka 25 nâabana be babiri barimo uwari […]
Sudani: Abasirikare nâabasivili bashyize umukono ku masezerano yo kurangiza ibibazo bya politiki
Kuri uyu wa Mbere, abayobozi b’ingabo n’abasivili muri Sudani bashyize umukono ku masezerano ya mbere agamije kurangiza ikibazo gikomeye cya politiki cyahungabanyije iki gihugu kuva ubutegetsi buhiritswe, ubu hashizeumwaka urenga . Aya masezerano abaye nyuma yo kugerageza kenshi kuva mu bibazo kuva umuyobozi mukuru wâingabo, Abdel Fattah al-Burhane, yafata ubutegetsi akirukana abayobozi bâabasivili. Ihirika ryâubutegetsi […]
Nyamasheke: Urujijo ku wo bivugwa ko yafatiwe kwa murumuna we amusambanyiriza umugore

Kuri sitasiyo ya RIB ya Macuba mu karere ka Nyamasheke hafungiye umugabo Ndayisenga Jean Paul wâimyaka 34, umugore we Niyonsaba ValĂ©rie wâimyaka 27 na mukuru wa Ndayisenga witwa Uwiremye Thomas wâimyaka 40 bivugwa ko yafatiwe mu rugo rwâuyu murumuna we amusambanyiriza umugore bamaze amezi 2 gusa bashyingiwe. Amakuru umwe mu baturanyi bâuru rugo yahaye Bwiza.com, […]
Paris: Nicolas Sarkozy yatangiye kuburana mu bujurire ku cyaha ruswa
Kuri uyu wa Mbere, Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida wâu Bufaransa, yatangiye ubujurire bwe ku cyaha cya ruswa yahamijwe . Umwaka ushize, urukiko rwasanze Sarkozy, wabaye Perezida wâu Bufaransa kuva mu 2007 kugeza mu 2012, ahamwa nâicyaha cyo gushaka guha ruswa umucamanza no gukoresha umwanya we binyuranyije nâamategeko igihe yari ku butegetsi. “Gukoresha umwanya we […]
Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bisaga 100 mu rwego rwo gutanga gasopo
Kuri uyu wa Mbere, Koreya ya Ruguru yavuze ko yarashe ibisasu bya rutura birenga 130 mu nyanja ku nkombe zâiburasirazuba nâiburengerazuba nyuma yo kubona imyitozo ya gisirikare hakurya yâumupaka mu majyepfo . Bimwe mu bisasu byaguye hafi yâumupaka wâinyanja mu byo Seoul yavuze ko ari ukurenga ku masezerano hagati ya Koreya zombi yo mu 2018 […]
Igihugu cya Pologne kigiye gufungura ambasade mu Rwanda
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri wâububanyi nâamahanga wungirije wa Pologne, Pawel Jab?o?ski, yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura ambasade i Kigali, bitewe nâuko umubano wâibihugu byombi ugenda ukura . Jab?o?ski ayoboye itsinda ryâamasosiyete arenga 20 yo muri Pologne mu nzego zitandukanye mu ruzinduko rwâiminsi itatu mu Rwanda. Abajijwe ku gihe ntarengwa cyo gufungura ambasade, Minisitiri […]
Nairobi: Uhuru Kenyatta arafunga ku mugaragaro ibiganiro byari bihuje Abanyekongo
Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa Mbere arafunga ku mugaragaro ibiganiro bya gatatu byâamahoro hagati yâAbanyekongo byaberaga i Nairobi . Ni ibiganiro byâamahoro byatangiye ku ya 28 Ugushyingo bititabiriwe nâumutwe wa M23 utarigeze uhabwa ubutumire bwo kubyitabira. Uhuru Kenyatta, umuhuza muri ibi biganiro byâamahoro wagenwe nâUmuryango wa Afurika yâIburasirazuba (EAC), niwe […]
Komanda wâingabo za EAC muri RDC yijeje abari i Nairobi ko atazemerera M23 gufata Goma
Komanda wâingabo zâibihugu bigize umuryango wâakarere ka Afurika yâiburasirazuba (EAC) zagiye mu butumwa bwâamahoro mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Major General Jeff Nyagah, yatangaje ko atazemerera umutwe witwaje intwaro wa M23 gufata umujyi wa Goma. Maj. Gen. Nyagah yabitangarije Abanyekongo bo mu ngeri zitandukanye bitabiriye imishyikirano igamije gushakira umuti urambye ikibazo […]
Trois suspects accusĂ©s d’avoir battu Ă mort un chauffeur de camion burundais arrĂȘtĂ©s
Trois suspects ont Ă©tĂ© arrĂȘtĂ©s par le Bureau d’enquĂȘte rwandais (RIB), accusĂ©s d’avoir battu Ă mort un chauffeur de camion burundais lors d’une bagarre dans un bar . Des photos montrant la mort d’Emmanuel Muhizi, Ă©tranglĂ© sont devenues virales et selon le Dr Thierry B. Murangira, porte-parole du Bureau d’enquĂȘte du Rwanda, trois suspects ; […]
Inganda zâintwaro zirarushaho kwinjiza akayabo mu gihe imibereho igenda irushaho guhenda
Kugurisha intwaro na serivisi za gisirikare ku masosiyete 100 akomeye ku Isi akora ibikoresho byâubwirinzi byazamutseho 1,9 ku ijana byinjiza Miliyari 592 zâAmadolari mu 2021 nâubwo hari ibibazo byâihererekanya ryâibicuruzwa nk’uko imibare mishya yaturutse mu kigo mpuzamahanga cyâubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm (SIPRI) ibigaragaza . SIPRI yavuze ko ubwiyongere bwihuse bwavuye kuri 1,1% muri 2019-2020, […]
Igisubizo cya Tshisekedi kuri P. Kagame wemeye kumwibira akabanga ku bijyanye n’intambara
Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa Congo Kinshasa, yasubije mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda uheruka kumubwira ko niba yifuza kumenya ibijyanye n’ububi bw’intambara yigambye ko ishobora kubaho hagati y’u Rwanda na RDC, yamugana akamwibira akabanga. Mu ntangiriro z’Ugushyingo uyu mwaka ni bwo Tshisekedi yatangaje ko intambara hagati ya RDC n’u Rwanda ishobora kuba amahitamo ya […]
CEDEAO igiye gushyiraho ingabo zizajya zifashishwa mu kurwanya za coup dâetat
Abakuru bâigihugu byo muri Afurika yâuburengerazuba byibumbiye mu Muryango wa CEDEAO, biyemeje gushinga umutwe wâingabo zâakarere zizajya zifashishwa mu kugarura umutekano nâiyubahirizwa ryâitegeko nshinga muri aka karere kibasiwe nâihirika ryâubutegetsi rya hato na hato muri iyi myaka ibiri ishize . Abayobozi bâibiugu bigize uyu muryango wa CEDEAO babivugiye mu itangazo basohoye nyuma yâinama ngarukamwaka yabahuje […]
Abaganga bapfukamiye Museveni, bamusaba kongera kwiyamamaza mu 2026

Abaganga, abaforomo nâababyaza bapfukamye, basaba Perezida wa Uganda Yoweri Museveni kongera kwiyamamariza umwanya wâUmukuru wâIgihugu mu mwaka wâ2026. Iki gikorwa bagikoreye ku kibuga kiberamo iminsi mikuru cya Kololo giherereye i Kampala tariki ya 3 Ukuboza 2022 ubwo haberaga ikiganiro cyerekeye ku ishoramari no gukunda igihugu mu rubyiruko. Muri iki kiganiro, abaganga bayobowe nâumuyobozi wâihuriro ryâabaganga, […]
Burundi: Umuhinde wakomerekeje bikomeye umwana wamusuhuje yakatiwe

Urukiko rukuru rwo mu Burundi rwakatiye Umuhinde witwa Tosif Ilayas wakomerekeje umwana wâimyaka 13 yâamavuko amuziza ko yamusuhuje amwita umuzungu, igifungo cyâimyaka ine nâihazabu yâamafaranga yâAmarundi miliyoni 10. Amakuru yatangajwe na Akeza Burundi avuga ko mu minsi itanu ishize ubwo uyu Muhinde yari mu ntara ya Ngozi, abana bamusuhuje bamubaza bati: âMuzungu muzungu ni sawa?â […]
Perezida Kagame waburiye RDC, Prince Kid wagizwe umwere nâimpinduka muri guverinoma: Inkuru zâicyumweru
Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 28 Ugushyingo 2022 cyaranzwe nâinkuru nyamukuru zirimo izirebana nâumutekano, ubutabera na politiki. Harimo ko: Hashyizweho Minisitiri wâubuzima mushya Perezida Kagame yasimbuje Dr Ngamije Daniel wari Minisitiri wâubuzima kuva mu mwaka 2020, ashyiraho Dr Nsanzimana Sabin wari Umuyobozi Mukuru wâibitaro bya kaminuza yâu Rwanda i Butare bizwi nka CHUB. Umukuru wâIgihugu […]
Nigeria: Abitwaje intwaro bishe abantu basaga 10 bashimuta abandi babasanze mu musigiti
Abantu bitwaje imbunda muri Nigeria bishe abantu basengaga basaga icumi barimo na imamu, kandi bashimuta abandi benshi ku musigiti mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru, nk’uko abaturage baho babitangaje . Udutsiko twitwaje intwaro tuzwi ku izina ryâamabandi, twibasiye abaturage aho umutekano utarinzwe cyane, bica abantu cyangwa bakabashimuta kugira ngo bahabwe ingurane. […]
Kinshasa: Perezida wa Sena na Minisitiri Aselo bitabiriye imyigaragambyo âyagamagana u Rwandaâ
Perezida wa sena ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), Bahati Lukwebo na Minisitiri wâumutekano wâimbere, Daniel Aselo, bitabiriye imyigaragambyo âyamagana u Rwandaâ nâicyo bita umugambi wo gutwara igice cyâubutaka bwâigihugu cyabo (balkanization). Iyi myigaragambyo yabereye Kinshasa kuri uyu wa 4 Ugushyingo, kimwe nâindi yabereye mu bindi bice byâigihugu, yateguwe nâinama yâAbepisikopi bakorera muri RDC, […]
Uhuru Kenyatta yaciye amarenga ko atazemera kuganira na M23

Umuhuza wâAbanyekongo bafitanye amakimbirane ashingiye ku mutekano washyizweho nâumuryango wa Afurika yâiburasirazuba (EAC), Uhuru Kenyatta, yaciye amarenga ko atazemera kuganira nâumutwe witwaje intwaro wa M23. Perezida wâu Burundi, uwa Angola, uwa RDC na Minisitiri wâububanyi nâamahanga wâu Rwanda, tariki ya 23 Ugushyingo 2022 bahuriye i Luanda, bafata imyanzuro irimo gusaba M23 guhagarika imirwano no kuva […]
Nyamasheke: Abababariwe nâabo biciye ababo muri jenoside bavuga ko byabakijije kwiheba gukabije bahoranaga

Abantu 9 bahisemo gusaba imbabazi abo biciye ababo muri jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko mbere yâurwo rugendo bahoranaga igisa nâindwara yo kwiheba gukabije, kuko ngo babonaga nta gaciro bafite mu muryango nyarwanda,bumva atari abo kubabarirwa, nyuma yo kubabarirwa no gukomorerwa amasakaramentu muri Kiliziya ngo ni ho bumva baragaruye ubumuntu. Ni bimwe mu byo batangarije Bwiza.com […]
Perezida wa Afurika yâEpfo yafashe umwanzuro wo kutegura
Perezida wa Afurika yâEpfo, Cyril Ramaphosa, yafashe icyemezo cyo kutegura kuri iyi nshingano ndetse ahitamo gukomeza âkurwanaâ mu rwego rwa politiki no mu butabera. Tariki ya 1 Ukuboza 2022, ibinyamakuru byo muri Afurika yâEpfo birimo News24 byari byatangaje ko Ramaphosa ashobora kurara yeguye, bitewe na raporo yâiperereza ryari rimaze igihe kirekire rimukorwaho yamaze gukorwa. Iri […]
M23 yashyize mu majwi Sendugu Museveni wayiyomoyeho mu bwicanyi bukorerwa abasivili

Umutwe witwaje intwaro wa M23 urashyira mu majwi PARECO/FF yashinzwe na Sendugu Museveni wayiyomoyeho mu bwicanyi bukorerwa abasivili mu ntara ya Kivu yâAmajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC). Bigaragara mu itangazo M23 yashyize hanze kuri uyu wa 4 Ukuboza, ivuga ko rigaragaza ibimenyetso ku bwicanyi bwakorewe mu gace ka Kishishe muri teritwari ya […]
Umwe mu badepite ba EU ntiyishimiye inkunga yahawe Igisirikare cyâu Rwanda
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Twitter, kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 3 Ukuboza 2022, Depite Maria Arena yamaganye inkunga Umuryango wâUbumwe bwâibihugu byâu Burayi (EU) wageneye Ingabo zâu Rwanda kubera uruhare zirimo kugira mu kugarura amahoro nâumutekano mu majyaruguru ya Mozambike . Nkâuko uyu mudepite mu Burayi abitangaza, ngo iyi nkunga yagombye […]
Burkina Faso: Guverinoma yahagaritse ibiganiro bya RFI ku butaka bwâigihugu
Guverinoma ya gisirikare ya Burkina Faso yahagaritse umuyoboro wa Radiyo Mpuzamahang yâAbafaransa, RFI, iyishinja gutngaza inkuru zâibinyoma no guha ijambo abarwanyi ba kisilamu, nk’uko byatangajwe na guverinoma ku wa Gatandatu . Iri tangazo rivuga ko ku wa Gatandatu RFI yatambukije ubutumwa bwâumuyobozi wâumutwe witwaje intwaro aho yakanze abaturage. Mu itangazo ryabwo, ubuyobozi bwa RFI nabwo […]
Umuhungu wa Museveni yifuje guhura na General Makenga wa M23
Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni akaba nâumujyanama we wihariye mu bya gisirikare, General Muhoozi Kainerugaba yifuje guhura na Komanda wâabarwanyi bâumutwe witwaje intwaro wa M23, General Sultani Makenga. Mu butumwa yatangaje kuri uyu wa 3 Ukuboza 2022, Gen. Kainerugaba yatangaje ko iyo aza kuba akiri Umugaba wâIngabo zirwanira ku butaka ari bwo byari kumworohera, kandi […]
Kigali: Babiri batawe muri yombi bakekwaho kwica umuvunjayi nâumushoferi bakoresheje imbunda
Polisi yâu Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abantu babiri ikekaho kwica umuvunjayi witwa Mujyambere Idrissa nâumushoferi Kayitare Jean Paul bakoresheje imbunda yo mu bwoko bwa Pisitoli (pistol). Uru rwego mu itangazo rwashyize hanze kuri uyu wa 4 Ukuboza 2022, rwatangaje ko abakekwa ari: Ndagijimana Patrick na Ndagijimana Yves. Rusobanura ko Mujyambere yiciwe aho yari […]
Umuryango LUCHA wo muri RDC urasaba EU guhagarika inkunga wageneye RDF
Umuryango LUCHA uharanira impinduka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) urasaba umuryango wâUbumwe bwâUburayi (EU) guhagarika inkunga yâamafaranga wageneye ingabo zâu Rwanda ziri mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique. Iyi nkunga ya miliyoni 20 zâAmayero yemejwe na Komisiyo ya EU tariki ya 1 Ukuboza 2022, isobanura ko RDF izayifashisha mu kongera ubushobozi bwâibikoresho, […]
Ishyamba si ryeru hagati ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin uyishinja kumwigirizaho nkana
Ibintu ntabwo biratungana hagati ya Kaminuza ya INES-RUHENGERI na Mwarimu Musanganya Faustin, uvuga ko ubuyobozi bwayo bukomeje kumwigirizaho nkana, bumwima inyandiko yasabye kugira ngo zimufashe kumenya uko iki kigo gihagaze, nyuma yo kumara igihe kigera ku myaka 10 adahari. Musanganya Faustin ni umwe mu banyamuryango shingiro (Membre Fondateur) ba Kaminuza ya INES-RUHENGERI. Yigeze kwirukanwa binyuranyije […]
Kurwanya u Rwanda bisobanuye kurwanya Uganda_Gen. Muhoozi

Umujyanama wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko afitiye impuhwe abafitiye urwango Perezida Paul Kagame; ashimangira ko kurwanya u Rwanda ayoboye binasobanuye kurwanya Uganda. Ni mu butumwa uyu mujenerali w’inyenyeri enye yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter. Yagize ati: “Ndi Jenerali w’inyenyeri enye. Ibintu bike ku Isi ni byo ntigeze […]