Uganda: Amasasu atandatu yaheze mu gituza cy’umwe mu bapolisi bakuru

Umupolisi wo ku rwego rwa  ASP, Ian Natukunda yarashwe n’impunzi yo muri Sudani y’Epfo yitwa Abubakar amasasu atandatu mu gituza ku wa Gatandatu mu Karere ka Moyo, mu majyaruguru ya Uganda. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na polisi rivuga ko ASP Natukunda yarashwe n’iyi mpunzi mu girondo cyo kuwa Gatandatu tariki 12 Ukwakira ndetse rikavuga uko […]

Ange Kagame avuga ko hari igitegereje abanenga Perezida Kagame kuri Twitter

Umukobwa wa Perezida w’u Rwanda, Ange Kagame avuga ko hari igitegereje abantu bakomeje kuvuga ibitari byiza kuri Se, Paul Kagame by’umwihariko abamunenga. Uyu mukobwa uherutse kubaka urugo rwe avuga ko aba bantu bakora ibi basigaje kwandika ubutumwa bumwe kuri Twitter (one tweet) ubundi hagasabwa ko batakongera kugira icyo bandika kuri uyu mukuru w’igihugu. Ubwo yasubizaga […]

Perezida Magufuli avuga ko ashobora kuzafata umwanzuro abaturage bakagwa mu kantu

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli avuga ko ashobora kuzafata icyemezo gikakaye ku buryo Abanya-Tanzania bazatungurwa bitewe n’imyitwarire y’abayobozi mu matora y’inzego z’ibanze. Magufuli kuri uyu wa 12 Ukwakira  mu ruzinduko yagiriye mu Ntara ya Katavi, yabwiye abayobozi bose ko agace kazananirwa gufasha abaturage ngo biyandikishe kuri lisiti y’amatora, abakayoboye bashobora kuzafatirwa umwanzuro utangaje. […]

RIB ivuga ko iri gukurikirana ikibazo cy’umuryango wemeza ko ushobora guhunga ku bwo kwibasirwa n’abayobozi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutangaza ko ruri gukurikirana neza ikibazo cy’umuturage witwa Nyirampfabakuze Emeliana wo mu mudugudu wa Buhoro mu kagari ka Gisharu Umurenge wa Kibangu mu karere ka Muhanga uherutse gutangaza ko  we n’umuhungu we baturanye, bagabweho igitero n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu gicuku. Mu minsi micye ishize, uyu muturage yabwiye BBC ko abayobozi barimo […]

Ibi bitwibutsa ko kugira icyo ukora bidasaba kuba umaze igihe ku butegetsi- Dr Kayumba

Impuguke muri politiki akaba n’umushakashatsi, Dr Christopher Kayumba avuga ko kuba Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed yahawe Igikombe cy’Amahoro cyitiriwe Nobeli, ari ikimenyetso cy’uko kugira icyo ubutegetsi bukora. Dr Abiy Ahmed ni we watangajwe ko ari wahawe igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel muri uyu mwaka wa 2019. Abiy yatsindiye iki gihembo cyane cyane kubera umuhate […]

Nanyuze muri byinshi ndi kumwe na Rema-Eddy Kenzo

Umuhanzi Edrissa Musuuza uzwi nka Eddy Kenzo atangaza ko kubana n’umuhanzi mugenzi we, Rema Namakula bitari byinshi bitewe n’ibyo yagiye anyuramo. Eddy Kenzo yatandukanye na Rema bari bafitanye abana babiri ndetse uyu mugore ahita ashaka undi mugabo w’Umuganga Mulago, Hamza Ssebunya. Benshi ku mbuga nkoranyambaga bavuze ko Rema yatandukanye na Kenzo utaramuhaga agaciro. We si […]

Gisagara: Abaturage ntibumva uko umuntu utunzwe no guhingira abandi yaba mu cyiciro cya kane

Abaturage bo mu Karere ka Gisagara bavuga ko batanyuzwe n’ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ku  buryo umuntu utunzwe no guhingira abandi yaba mu cyiciro cya kane. Ibi babitangaje ubwo basurwaga na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, wabasuye mu minsi micye ishize. Hagendewe ku miterere y’ibyiciro by’ubudehe bishingiye ku bushobozi bw’imibereho y’abaturage , leta y’u Rwanda yashyize abaturage mu […]

Muhanga: Batanu biganjemo abakiri bato baguwe gitumo bacukura amabuye y'agaciro rwihishwa

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Muhanga yafashe  Ngezahayo Thelesphore ufite imyaka  26, Musafiri Charles w’imyaka 40, Nizeyimana Jean Claude  ufite imyaka 40, Nshimiyimana Silas w’imyaka 23 na Buregeya Jean Baptiste  ufite imyaka 25. Aba bafashwe kuwa 10 Ukwakira  mu kirombe cy’amabuye y’agaciro  RUDNIK (cyahagaritswe), giherereye mu  murenge wa Nyarusange. Umuvugizi wa Polisi mu […]

Hari uturere tugiye kwibasirwa n'inkangu n'imyuzure mu minsi itatu iri imbere

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko hari uturere tuzibasirwa n’imvura nyinshi kuva kuwa 10 kugeza kuwa 13  Ukwakira 2019. Mu itangazo riburiria Bwiza.com yabonye, Meteo Rwanda ivuga ko imvura yo kuwa 10 Ukwakira nimugoroba izaba iringaniye ariko ko izaba nyinshi cyane mu minsi itatu izakurikiraho by’umwihariko mu turere two mu Ntara y’Amajyaruguru ari two:  […]

Amafaranga macye yagufasha kwiga indimi muri Kaminuza ya CHUR

Kaminuza ya Christian University of Rwanda (CHUR) itangaza ko yatangije ikigo kizajya kigisha indimi z’amahanga ku banyeshuri bayo n’abarimu ndetse no ku bandi bifuza kwiga indimi z’amahanga zitandukanye ku giciro gito. Ubuyobozi bw’iyi kaminuza butangaza ko indimi zigishwa harimo Icyongereza, Igifaransa, Igiswahili, Ikidage n’Ikinye-Koreya… Umuyobozi ushinzwe kwandika abanyeshuri muri iyi kaminuza, Dieudonne Hakizimana yabwiye Bwiza.com […]

Uzahangara Uganda azahinduka umuyonga-Gen. Muhoozi Kainerugaba

Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba atangaza ko ibyago bitegereje uwo ari wese uzagerageza gushaka kugirira nabi igihugu cye. Gen. Muhoozi ni umujyanama wa Perezida Yoweli Museveni mu bijyanye na operasiyo zidasanzwe. Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter kuri uyu wa 8 Ukwakira uyu mwaka ubwo igihugu cye cyizihizaga Umunsi Mukuru w’Ubwigenge […]

Kirehe: Babonye umukobwa we yambara neza, bamukura mu bahabwa ingoboka

Umukecuru utuye mu Kagari ka Rwesero, mu Murenge wa Kirehe, Athanasie Mukamurenzi avuga ko ashobora kwicwa n’inzara bitewe no kutagira imbaraga zo gukora ndetse agakurwa no ku rutonde rw’abahabwaga inkunga y’ingoboka, ihabwa abageze mu zabukuru batishoboye bitewe n’umukobwa we umusura yambaye neza, bigakekwa ko akize. TV 1 dukesha iyi nkuru ivuga ko Mukamurenzi aba mu […]

Huye: Abiyise abanyamasengesho batekeye umukobwa umutwe baranamusambanya

Abagabo babiri bacumbikiwe uri station ya RIB mu Murenge wa Rusatira ,mu karere ka Huye hafungiwe bakurikiranyweho gutekera umukobwa umutwe,bakanamusambanya. Uyu mukobwa uvuga ko kuwa kabiri tariki ya 08 Ukwakira 2019 yagiye mu isoko aza guhura n’abatekamutwe bamumanukana mu ishyamba,bamubwira ko ari abanyamasengesho kandi bahishuriwe ko hari abamurwanya. Avuga ko aba bagabo atazi bakomeje kumuganiriza […]

Gakenke na Gatsibo: Abana 30 bataye ishuri bajya kuba abakarani n’abashumba

 Polisi y’u Rwanda ikorera mu turere twa Gakenke na Gatsibo mu ntangiriro z’iki cyumweru tariki ya 08 n’iya 09 yakoze igikorwa cyo gufata abana 30 bataye amashuri  bakajya gushaka mirimo abandi bakajya mu buzererezi. Mu karere ka Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru hafatiwe abana 28 naho mu karere ka Gatsibo mu  Ntara y’Iburasirazuba hafatiwe abana 2.  […]

Indege ya Ethiopian Airlines habuze gato ngo yice abagera kuri 90

Indege ya Kompanyi Ethiopian Airlines yari itwaye abantu 90 yagize ikibazo cya tekiniki ubwo yageraga mu kirere imwe moteri yayo imwe igafatwa n’inkongi y’umuriro. Iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 767 yavaga i Dakar muri Senegal ijya Addis Abba muri Ethiopia nk’uko AFP ibitangaza. Umuvugizi w’iyi Kompanyi, Tidiane Tamba yavuze ko iyi ndege ari […]

Umukozi yateje ikibazo cya VAR kibuga ku bwo gucaginga telefoni

Umukozi utatangajwe amazina  wo mu gihugu cya Arabia Saoudite yateje ikibazo cya VAR (Video Assistant Referee ifasha umusifuzi kureba ahari ikosa bitewe no gucaginga telefoni ye ngendanwa. Uyu mukozi yatumye VAR yitabajwe n’umusifuzi idakora bitewe n’uko yafashe umwe mu migozi ya VAR akayicomokora, agacaginga telefoni ye. Ibi byabaye ku mukino wahuje amakipe abiri y’amakeba yo […]

Guv. Munyantwari avuga ko ibyakozwe na Habumukiza wari mu bagabye igitero mu Kinigi birimo imizimu

Guverineri w’Intara y’Iburangerazuba, Alphonse Munyantwari avuga ko bigoye kwiyumvisha uburyo umuntu Leta yishyuriye ishuri, akaba intiti yaba ari mu baza imbere mu kuyigabaho ibitero. Uwitwa Theonste Habumukiza ari muri batanu bafashwe mpiri nyuma y’igitero mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2019. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 6 Ukwakira 2019 , Habumukiza yavuze […]

Musanze: Umuturage ni we warangiye inzira abishe 14, bagakomeretsa 18

Umuyobozi w’ingabo mu Ntara y’iburengerazuba, Maj. Gen. Alexis Kagame yavuze ko umuturage wo mu Karere ka Musanze ari we warangiye inzira inyeshyamba zo muri RUD-Urunana zishe abaturage 14 zigakomeretsa abandi 18 nk’uko polisi yabitangaje. Mu mpera z’icyumweru gishize, inyeshyamba z’umutwe wiyomoye kuri FDLR wa RUD Urunana zagabye igitero mu Mirenge ya Kinigi, Musanze na Nyange […]

Ingabire Victoire yahaswe ibibazo ku gitero cy’i Musanze

Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwahamagaje Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremererwa gukorera mu Rwanda, kugira ngo abazwe ku kuba hari aho yaba ahuriye n’igitero cyagabwe mu karere ka Musanze mu mpera z’icyumweru gishize, kigahitana abantu 14, abandi 18 bagakomereka. Umuvugizi wa RIB, Mbabazi Modeste yemereye Kigali Today dukesha iyi nkuru  ko Ingabire yahamagajwe […]

Muhanga: Abaturage basanganwe Toni zisaga ebyiri z’amabuye y’agaciro mu gicuku

Mu gicuku cyo kuri uyu wa 07 Ukwakira ahagana mu masaha ya saa sita z’ijoro Polisi ikorera mu karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye yafashe uwitwa  Nkundimana Eugene na Masabo Jean D’Amour bari mu modoka  yo mu bwoko bwa Jeep Land Cruiser RAB 232 S ipakiye amabuye y’agaciro ya magendu imifuka 39. Aya mabuye […]

U Rwanda ruvuga ko Umunyamerika  wirukanwe  ku butaka bwarwo yari amaze kurengera

Umunyamabanga wa Leta Muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe EAC, Olivier Nduhungirehe atangaza ko kwirukana Umunyamerika, Gregg Schoof ari ibintu byari bimaze igihe byitezwe kuko ngo yari amaze kurengera. Pasiteri Schoof wari nyiri Radiyo Amazing Grace yatawe muri yombi kuwa 7 Ukwakira nyuma yoherezwa iwabo. Nduhungirehe avuga ko Schoof yasuzuguye ibyemezo by’urukiko ndetse n’iby’izindi nzego. Ati […]

Kapiteni wa Tanzania yasabye gukurwa mu bakinnyi bazahura n’u Rwanda

Kapiteni wa Tanzania, Mbwana Samatta yasabye ko yakurwa ku rutonde rw’abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Taifa Stars) bazacakirana n’ iy’u Rwanda kuwa 14 Ukwakira 2019 mu mukino wa gicuti. Umutoza wa Taifa Stars, Umurundi  Etienne Ndayiragije yatangarije Daily News ko Mbwana Samatta ukinira Genk yo mu Bubiligi, ari we wasabye ko atashyirwa ku rutonde. Ati […]

Ururimi rwavuzwe na Diamond Platnumz rwateye benshi kwibaza

Ururimi rw’Icyongereza Diamond yavugiye i Landani mu Bwongereza mu muhango yaherewo igihembo cyitwa  ‘Best of Africa Awards’ rwatumye benshi basigara bibaza byinshi. Abafana b’uyu mugabo batangajwe n’uburyo Diamond byamugoye cyane kugira icyo abwira abari bitabiriye ibi birori bitewe n’icyongereza hafi ya ntacyo. Diamond utitaga ku itondagura nshinga kuri ngenga ya gatatu y’ubumwe n’andi mategeko y’ikibonezamvugo, […]

Umuyobozi wa Radiyo Ubuntu Butangaje wari wafashwe yoherejwe iwabo

Pasiteri Gregg Brian  Schoof, umuyobozi wa Radio Amazing Grace (Radio Ubuntu Butangaje) yafunzwe mu Rwanda, nyuma yo gutabwa muri yombi na polisi i Kigali ejo kuwa 7 Ukwakira, yahise yoherezwa iwabo muri Amerika. Bwana Schoof yafashwe na polisi ubwo yari agiye kugirana ikiganiro n’abanyamakuru gihita kiburizwamo, gusa yari amaze guha abanyamakuru itangazo rikubiyemo ibyo yashakaga […]

Umuturage yafatanwe inyama z’inyamaswa zo muri Nyungwe

Nzamwita Innocent w’imyaka 39 y’amavuko niwe wafashwe kuri iki cyumweru tariki 06 Ukwakira ubwoya ari amaze kwica inyamanswa ebyiri zo mu bwoko bw’ifumberi. Uyu mugabo avuga ko yari asanzwe ajya kuzitega akazica ari kumwe na mugenzi we witwa Nzaramyimana Bosco, aba bombi bakaba ari abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Nyaruguru. Umuyobozi […]

RNC ivuga ko ibura rya Ben Rutabana ari amayobera

Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda (RNC) rivuga ko iby’izimira rya Ben Rutabana wabuze kuva mu ntangiro z’Ukwakira 2019 ari amayobera. Mu itangazo bashyize hanze, abayobozi bo muri iri shyaka, bavuga ko kuwa (2/10/2019) bandikiwe n’abo mu muryango n’inshuti za Rutabana babaza aho uyu wari ushinzwe amahugurwa muri iri shyaka aherereye. Inkuru bifitanye isano: https://bwiza.com/2019/10/07/ben-rutabana-yavuye-mu-rugo-ahishuriye-umugore-we-ko-afitanye-ikibazo-na-kayumba-nyamwasa/ […]

Umuyobozi wa Radiyo  Amazing Grace yatawe muri yombi

Umuyobozi wa Radiyo Amazing Grace (Ubuntu Butangaje), Pasiteri Gregg Schoof yatawe muri yombi azira kubangamira umutekano rusange. Polisi y’u Rwanda (RNP)  kuri uyu wa 7 Ukwakira 2019 yavuze ko  Gregg yakoze inama  mu buryo butemewe  n’amategeko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere hafi na Sitade Amahoro i Remera, mu Mujyi wa Kigali. Umuvugizi wayo, […]

Musanze: Abaturage bavuga ko bafite ubwoba nyuma  y’igitero cyahitanye 14

Abaturage bo mu Murenge wa Kinigi bavuga ko bagifite ubwoba bitewe n’igitero cyagabwe n’abagizi ba nabi kigahitana ubuzima bwa abgenzi babo 14 nk’uko Polisi y’u Rwanda ibitangaza. Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki ya 4 Ukwakira ni bwo abantu bitwaje intwaro n’ibikoresho bya gakondo bagabye igitero mu Mirenge ya Kinigi, Nyange na Musanze. Bishe abaturage […]

Twitter: Umunyarwenya yatangiye gukumira abamuhase ibibazo ku bw’ibyo yavuze kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Umunyarwenya, Patrick Salvado Idringi yatangiye gukumira (blocking) abamuhase ibibazo ku bwo gukoresha  Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwenya. Iki kintu benshi mu Banyarwanda bakoresha Twitter bagaragaje ko batacyishimiye, bamwe basabye uyu mugabo gusaba imbabazi ku muryango nyarwanda. Ibi Salvado yabiteye utwatsi avuga ko nta kosa yakoze abona ryatuma asaba imbabazi. Yifashishije Twitter, yavuze ko abashaka ko […]

Icyayi cy’u Rwanda cyahaye umukoro Abanya-Kenya

Abanya-Kenya bavuga ko icyayi cyabo gikomeje kugura macye ku isoko mpuzamahanga ugereranyije n’icy’u Rwanda kuko ntaho bihuriye ku bijyanye n’ireme (quality). Ku isoko ry’igurisha mu mujyi wa Mombasa, icyayi cy’u Rwanda kiragura amadolari ya Amerika 6.30 (ayinga Frw 5,832) mu gihe icya Kenya kiri kugura amadolari 2.05 (ayinga Frw 925). Umuyobozi wa East African Tea […]

Uganda: Pasiteri w’ikimenyabose yahuye n’ababyeyi be b’Abanyarwanda nyuma y’imyaka isaga 25

Umupasiteri uzwi cyane mu Mujyi wa Kampala, Aloysius Bugingo yongeye guhura n’ababyeyi be b’Abanyarwanda bari baratandukanye ubwo urugamba rwo kubohoza u Rwanda rwatangiraga mu 1990. Mu ijoro ryo kuwa 4 Ukwakira 2019, amarira avanze n’ibyishimo yatashye abari kuri Sitade ya Namboole, ubwo Pasiteri Bugingo yari yongeye guhura n’ababyeyi be. Nyina yabwiye Bugingo wari upfukamye asaba […]

Abayisilamu batumye umucamanza yirasa

Umucamnaza witwa Kanakorn Pianchana wo mu Bwami bwa Thailand yirashe ahita apfa imbere y’abantu bari buzuye mu rukiko ku bwo kurekura abayisilamu batanu bakekwagaho ubwicanyi bukoresheje imbunda. Pianchana wari umucamanza mu majyepfo ya Thailand ahitwa Yala yiyishe kuwa 4 Ukwakira nyuma yo kugatangaza ko aba bayisilamu badahamwa n’ibyaha. Pianchana nk’uko ibinyamakuru byo muri Thailand byabitangaje, […]

Haravugwa ubwambuzi buteye inkeke mu muhanda Kigali- Akanyaru

Ibibazo by’abajura bitwikira ijoro bakambura abaturage n’imodoka; bigaragara ahantu haterera cyane mu muhanda Kigali-Huye-Akanyaru ugiye kugera aho bita mu Nkoto na Rugobagoba ho mu Karere ka Kamonyi no ku Kivumu mu karere ka Muhanga.  Aha hantu nta matara yo ku mihanda ahari. Abakoresha cyane uyu muhanda bavuga iki kibazo kibaremereye. Umwe muri bo, Musabimana Jean […]

Mumbwire icyo nabimye-Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame avuga ko asanga hakwiriye uruhare rwa buri wese kugira ngo igihugu gitere imbere, asaba  abitabiriye Rwanda Day m Mujyi wa Bonn mu Budage, kuvuga icyo yaba yarabimye kugira ngo bakomeze batange umusanzu wabo. Mu ijambo rye ku basaga 800 bari bitabiriye Rwanda Day kuri uyu wa 5 Ukwakira […]

Kigali: Uwari ufungiwe kwa Kabuga azira 'ecouteur' “z'ukomeye” yarekuwe

Umugabo witwa  Jacques Munyabarenzi wari ufungiye i Gikondo ahasanzwe hafungirwa inzererezi, azira ibura rya ekuteri (ecouteur) z’umuntu bivugwa ko ngo akomeye , yarekuwe kuri uyu wa 5 Ukwakira 2019. Munyabarenzi ni umukozi muri ‘salon de coiffure’ iherereye ku Kabeza mu mujyi wa Kigali, amaze ibyumweru bibiri afunze mu buryo abe bavuga ko bunyuranyije n’amategeko. Chantal […]

Abamotari biseseka hagati y’imodoka n’ababaseseka telefoni muri kasike baburiwe

Polisi y’u Rwanda (RNP) itangaza ko kizira kuba umumotari yaseseka telefoni muri kasike (ingofero yabugenewe) hafi n’ugutwi ndetse ko gushaka kwiseseka mu mwanya muto uri hagati y’imodoka bitemewe. Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter kuwa 5 Ukwakira, RNP itangaza ko  iyi migirire itemewe, aho usanga bamotari batwaye ari nako bavugira kuri telefoni ziri muri kasike. […]

Abangilikani bo mu Rwanda biyambuye izina rya gikoloni

Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryahinduye izina riva Ku kwitwa  ‘Province de l’Eglise Anglicane au Rwanda’ ryitwa ‘Eglise Anglicane du Rwanda’ mu rwego rwo kwiyambura izina rya gikoloni. Musenyeri  Dr Laurent Mbanda uyobora  ‘Eglise Anglicane du Rwanda yabitangaje muri iki cyumweru mu ibaruwa yandikiye Umuyobozi wa GAFCON nk’uko ikinyamakuru The Church Times cyo mu Bwongereza kibitangaza. […]

Perezida Mnangagwa yatangiye kwigana mugenzi we Kagame

Perezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa yatangiye kwigana mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame mu bijyanye no kuzahura ubukungu bw’igihugu ndetse n’isura yacyo mu mahanga. Ikinyamakuru Zimbabwe Independent kivuga ko kuri ubu ubutgetsi bwa Mnangagwa bwamaze gushyiraho uburyo bwo gushaka ibisubizo mu gihugu imbere aho gutega amahanga. Iyi nkuru ivuga ko Zimbabwe igiye kuva ku guhugira […]

Abifuza kwiga ubumenyingiro ku giciro gito batekerejweho n’Ishuri Rikuru PIPR

Ishuri Rikuru rya Peace Integrated Polytechnic of Rwanda (PIPR) ritangaza ko hari amasomo y’ubumenyingiro atandukanye ku gito. Umukozi ushinzwe kwandika abanyeshuri muri PIPR , Damien Mutungirehe yabwiye Bwiza.com igihe aya masomo amara ndetse n’igiciro cyishyurwa ndetse n’ibindi nkenerwa. Ati “ Hishyurwa  amafaranga ibihumbi 400  ku mwaka kuko amasomo amara umwaka umwe.” Mutungirehe yavuze ko mbere […]

Polisi yanze guha amakuru Dr Himbara uvuga ko hari abashaka kumwica

Polisi yo mu Mujyi wa Toronto muri Canada yanze guha amakuru umwarimu muri Kaminuza, impuguke mu by’ubukungu, Dr David Himbara uvuga ko hari abantu bashaka kumwica. Himbara nk’uko Chimpreports ibitangaza, aherutse gutangaza ko hari abantu bashaka kumwica. Yavuze ko abateguye uyu mugambi babinyujije ku wundi muntu, ahita abigeza kuri polisi ndetse ko na we ubwe […]

Karongi: Yatanze Frw miliyoni biba iby'ubusa arafungwa

Umugabo witwa Hakizimana Lody w’imyaka 41, afunzwe akurikiranyweho icyaha cyo kugerageza gutanga ruswa ya miliyoni imwe  y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000Frw). Uyu mugabo yafashwe kuri uyu wa Kane taliki ya 03 Ukwakira mu masaha y’igicamunsi, afatirwa mu murenge wa Bwishyura mu muhanda wa Karongi- Nyamasheke. Yafashwe  agerageza guha ruswa umupolisi kugira ngo  amurekurire imodoka ye yo […]

MINISANTE yasubije abavuga ko kwemerera kuboneza urubyaro abakobwa bari munsi y’imyaka 18 ari ukwimakaza ubusambanyi

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Diane Gashumba  aribaza impamvu abantu bakomeje kuvuga ko kugenera abana b’abakobwa bari munsi y’imyaka 18 y’amavuko uburyo bwo kuboneza urubyaro ari ugutiza umurindi ubusambanyi. Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) utatangajwe amazina yabwiye RBA ko hari itegurwa ry’umushinga w’itegeko rikubiyemo ingingo yemerera abari mu nsi y’imyaka 18 gukoresha uburyo bwo […]

Nyarugenge: Umusaza w’imyaka 85 arakekwaho kurarana umwana w’imyaka irindwi

Umusaza witwa Munyampanzi  Dominique ugeze mu kigero cy’imyaka 85 arakekwaho kurarana n’umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 7. Ibi byagaragaye ku wa 2 Ukwakira 2019, ku  isaha ya 07h30’ mu kagari ka Gasharu, mu mudugudu wa Kagunga, nyuma y’aho abaturanyi batanze amakuru. Radiotv10  dukesha iyi nkuru ivuga ko uyu mwana ari mwene Kubwimana Jean de […]

Teta Sandra agiye gutangiza akabari n’umusore ushinjwa gukunda iraha 

Umunyarwandakazi, Teta Sandra aravugwaho kuba yafunguye akabari mu Mujyi wa Kampala n’undi mugabo witwa Urban Ratibu, wagiye ushinjwa n’abakobwa bakundanaga kwikundira iraha. Amakuru yatangajwe na Bigeye ni Teta n’uyu uko uyu musore, Ratibu Urban bateganya gutangiza akabari kitwa  Luxe Club, aha aba bombi bazaba bafite imirimo bahakora. Ratubu yari asanzwe afite akandi kabari kitwa Starbucks […]

Abashinzwe iperereza mu Burundi baratungwa agatoki mu rubanza rw’abakekwaho gukorana na Kayumba Nyamwasa

Abasirikare bakora mu nzego z’iperereza mu Burundi bagarutsweho mu rubanza rw’abantu 25 bashinjwa gukoragana Kayumba Nyamwasa. Kuwa Gatatu tariki ya 2 Ukwakira 2019, abantu 25 baregwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali. Umushinjacyaha muri uru rubanza, Maj. Dennis Rutonza ubwo yasomaga […]

Mu Bitaro bya Kibuye icyumba cy’imbagwa kizamo imyanda ivuye mu musarani

Umuyobozi w’Ibitaro Bikuru bya Kibuye, Dr. Ayingeneye Violette atangaza ko ibi bitaro bitagitanga serivisi yo kubaga byihuse bitewe n’inyubako y’ahatangirwa iyi serivisi yubatse nabi ku buryo izamo imyanda ivuye mu musarani. Dr Ayingeneye avuga ko ko rwiyemezamirimo yubatse nabi inyubako nshya z’ibyo bitaro, bituma bahagarika serivisi zirimo kugaba byihuse bitewe n’uko bahise  bava muri iyo […]

Rwigyema yaradutabaye- Janet Museveni

Umufasha wa Perezida wa Uganda, Janet Museveni Kataaha avuga ko Maj. Gen. Fred Gisa Rwigyema yabatabaye ubwo bari bagotewe mu muhanda mu 1980. Rwigyema nk’uko abandi basirikare bagiye babigarukaho, ni umwe mu bayobozi ba gisirikare NRA ya Museveni yari ifite bashoboye. Uyu kandi ngo yari indatana na murumuna wa Museveni, Gen. Caleb Akandwanaho uzwi nka […]

Jose Chameleone yabwiwe ko azicwa

Umuhanzi Dr. Jose Chameleone atangaza ko amaze iminsi yakira ubutumwa bumubwira ko azicwa buvuye ku muntu w’umujenerali. Joseph Mayanja aherutse gutangaza ko azahatanira kuyobora Umujyi wa Kampala. Kuri uyu mwanya ahanganye na Rtd. Lt.Gen. Henry Tumukunde wahoze ayobora Minisiteri y’Umutekano ya Uganda. Aganira n’imwe muri televiziyo zo muri Uganda, Chameleone yavuze ko yamaze kugeza ikirego […]

Kinigi: Umwana muto yajyanwe mu bitaro nyuma yo gukomeretswa n'imbogo

Umwana wo mu Murenge wa Kinigi witwa  Phocas Manizabayo yahuye n’imbogo zigera ku 150 maze imwe imukubita ihembe ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri. Manizabayo w’imyaka 14 yahuye n’izi mbogo zasubiraga muri pariki y’Ibirunga mu gitondo cyo ku wa 30 Nzeri 2019, ubwo yari agiye kugura isabune ku iduka, imwe imutera ihembe ku itako. Gitifu […]

Ishyaka ry’uwangiwe kuba umusenateri rivuga ko ritanyuzwe

Umuyobozi w’Ishyaka Ntangarugero muri Demukarasi (PDI),  Mussa Fazil Harelimana avuga ko batanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga rwanze kandidatire ya  Uwamurera Salama, Umuhuzabikorwa w’iri shyaka  mu Ntara y’Iburengerazuba wahataniraga kuba umusenateri. Urukiko  rw’Ikirenga kuwa Mbere tariki ya 01 Ukwakira 2019  rwanzuye ko  Uwamurera Salama atagirwa umusenateri bitewe n’uko ngo nta bunararibonye afite. Uyu mwanzuro warwo ngo wisunze […]

Hari ingofero zibujijwe kwambara muri Uganda

Igisirikare cya Uganda (UPDF) gitangaza ko bibujijwe kwambara ingofero itukura itagira urugara (beret) imenyerewe nk’iy’abashyigikiye People Powe ya Depite Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine. Kuwa Mbere tariki 30 Nzeri ni bwo UPDF yatangaje ko ingofero zitukura ari umwambaro wihariye w’abasirikare, bityo ko uzayambara ari umusivili azajya afungwa nta kabuza. Ni ingofero zifatwa nk’ikirango cya […]

PAC yavuze ku kibazo cy’abayitaba bahinda umushyitsi

Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta mu Nteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite (PAC) ivuga ko abayobozi badakwiye kuzajya bitaba uru rwego bumva ko bagiye gukangwa, kubwirwa nabi cyangwa gutitizwa. Nanone ngo igitsure ntikibura mu rwego rwo guca akajagari k’abatabasha gusobanura ibyo babazwa. Mu kiganiro ‘Ubyumva ute’ cya KT Radio kuri uyu wa 1 […]

Muhanga: Umuturage arataka kubura irengero ry'umuhungu we

Umuturage wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, Dacien Nyirinkindi arataka ko amaze amezi atatu abuze irengero ry’umuhungu we, Edouard Niyondamya mu buryo we avuga ko ari amanzaganya. Uyu musaza yabwiye VOA dukesha iyi nkuru ko umuhungu we w’imyaka 34 yabuze ubwo yari atwaye imodoka ye yo mu bwoko bwa DUDU avuye i […]

Uganda: Umugabo w’umwe mu Banyarwandakazi yakuye abantu umutima kubera imiti anywa

Umugabo w’Umunyarwandakazi Fille Mutoni ukorera umuziki muri Uganda, Edwin Katamba uziw nka MC Kats yakuye umutima abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ubwo yerekana umurundo w’imiti yanyoye mu minsi mike. Yifashishije urukuta rwe rwa Instagram, Kats yashize hanze ibipapuro bibikwamo imiti itandukanye avuga ko yayinyoye mu minsi ine ishize. Iyi miti nk’uko Ugblizz ibitangaza, irimo iy’imihangayiko yatewe […]

Haribazwa icyihishe inyuma y’amagambo y’umunyarwenya Salvador yafashwe nk’ayibasira u Rwanda 

Abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragaje ko bibajije byinshi ku magambo y’umunyarwenya wo muri Uganda, Patrick Salvador Idringi yavuze ku Banyarwanda, agafatwa nk’ayibasira iki gihugu. Amagambo yateye ukwibaza ni Salvador  bivugwa ko yayavugiye mu Mujyi wa  Kampala, kuwa 5 Mata 2019 muri Selena Hotel, mu gitaramo cya Awilo Longomba. Salvador mu mashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, mu […]

Arifuza gushakana na musaza we kuko ngo amushimisha mu buriri

Umukobwa uvuga ko yitwa Divine wiga muri imwe muri kaminuza imwe yo mu Rwanda avuga ko yifuza gushyingiranwa na musaza we ukora muri imwe muri kompanyi itunganya ibinyobwa mu Rwanda, kuko ngo amushimisha mu buriri. Abinyujije kuri paji ye ya Facebook, uwitwa yvan Somayire yavuze ko uyu mukobwa afite iki kibazo kandi akaba yifuza kugirwa […]