Umusaruro n’iherezo rya Operasiyo ya Nyirarureshwa ya FARDC yo gutsinsura FDLR

Muri Nzeri umwaka ushize Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zavuzwe muri Operasiyo yiswe iyo gutsinsura umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, gusa iza guhagarara nyuma y’iminsi mbarwa nta n’icyo igezeho. Iyi Operasiyo yatangijwe ku itegeko rya Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, mu gihe i Luanda muri Angola harimo habera ibiganiro Leta […]

M23 yongeye kwirukana FARDC muri Centre ya Masisi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Mutarama wisubije Centre ya Masisi, nyuma y’amasaha make uyambuwe n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo M23 yari yigaruriye iyi Centre, gusa ku wa Gatatu tariki ya 8 Mutarama iza kuwuvanwamo n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta. […]

Umunsi P. Kagame atumikira Tshisekedi agasaba M23 kuva i Bunagana

Perezida Paul Kagame yatangaje ko yigeze gutumwa na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC gusaba inyeshyamba za M23 kuva mu mujyi wa Bunagana zigenzura, yamutumikira undi bikarangira atubahirije ibyo yari yemeye. Byabaye muri Nzeri 2022 ubwo Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriraga na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa i New York muri Leta Zunze Ubumwe za […]

RDC yateguje urupfu abarimo abanyamakuru bazajya batangaza ko M23 iri gutsinda FARDC

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yateguje igihano cy’urupfu abantu batandukanye, barimo abanyamakuru bazajya batangaza inkuru zivuga uko inyeshyamba za M23 ziri kwitwara ku rugamba zihanganyemo na FARDC. Ni umuburo watanzwe na Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Mutamba washimiraga ingabo za Leta ya RDC bibugwa ko ku wa Gatatu […]

Depite Ssegirinya yabitswe akiri muzima

Depite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Muhammad Ssegirinya, kuri uyu wa Kane yabitswe ari muzima. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo inkuru yabaye kimomo ko Ssegirinya uhagarariye agace ka Kawempe North mu Nteko Ishinga Amategeko yapfuye. Ibitangazamakuru birimo Televiziyo ya NTV, Daily Monitor na ChimpReports biri mu byafashe iya mbere mu […]

Tshisekedi na ba Jenerali be biyemeje kwirukana M23 mu duce twose igenzura

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abasirikare bakuru bo mu ngabo z’igihugu cye, biyemeje kwirukana inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 mu duce twose tw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ugenzura. Ni intego Tshisekedi na ba Jenerali be bihaye, ubwo ku wa Gatatu tariki ya 8 Mutarama bahuriraga mu Nama Nkuru ya Gisirikare. […]

Bite by’urusaku rw’amasasu rwumvikanye ku ngoro ya Perezida Maréchal Déby?

Abantu 19 biciwe muri Tchad mu ijoro ryacyeye, ubwo ingabo z’iki gihugu zarimo zihangana n’abitwaje intwaro bageragezaga kwinjira mu ngoro ya Perezida, Maréchal Mahamat Idriss Déby Itno i Ndjamena. Abishwe nk’uko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa kiriya gihugu yabitangaje, barimo 18 muri 24 mu bari bagabye igitero ku ngoro ya Perezida ndetse n’umwe mu bagize inzego […]

Amakuru y’uko moto zose zikoresha lisansi zizasimbuzwa muri uyu mwaka si yo: Minisitiri Gasore

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yatangaje ko muri uyu mwaka nta gahunda leta ifite ifite yo guhita isimbuza moto zinywa lisansi izikoresha amashanyarazi, ko ahubwo bigomba gusaba igihe. Minisitiri Gasore yabitangaje ku wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko asobanurira abadepite ingamba zitandukanye Guverinoma y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo […]

FARDC irigamba kwirukana M23 mu duce dutandukanye twa Masisi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kirigamba kwirukana inyeshyamba za M23 mu bice bitandukanye bya Teritwari ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mu duce FARDC yigambye gufata harimo aka Ngungu M23 yari imaze hafi umwaka agenzura na ka Ufamandu. Ni nyuma y’imirwano ikomeye yiriwe isakiranya M23 n’ihuriro ry’ingabo za Leta ku wa Kabiri […]

M23 yakuriye inzira ku murima Amerika na EU

Umutwe wa M23 watangaje ko udashobora kuva mu mujyi wa Masisi wo muri Kivu y’Amajyaruguru uheruka kwigarurira, bitandukanye n’ibyo usabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi. Ku wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama ni bwo Amerika na EU basohoye amatangazo asaba M23 guhagarika imirwano ndetse ikava “by’ako kanya” muri Centre […]

U Rwanda rwanenze EU ikomeje kuruca ikarumira ku bacanshuro b’abazungu bari muri RDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wokeje u Rwanda igitutu urusaba guhagarika ubufasha uvuga ko ruha M23 ndetse rukavana ingabo zarwo ku butaka bwa RDC, gusa ukaba ukomeje kuruca ukarumira ku kibazo cy’Abacanshuro b’Abazungu bari mu bagize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo zirwana na M23. EU yokeje M23 n’u […]

Kagame na Tshisekedi i Accra 

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yageze i Accra muri Ghana, aho yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya w’iki gihugu, John Mahama Dramani. Perezida Mahama watsinze amatora ku majwi 56.3%, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama ni bwo arahirira gusimbura ku butegetsi Nana Akufo-Addo. Mu Ukuboza ubwo yatangazwaga nk’uwatsinze amatora, Perezida Paul […]

Zabyaye amahari hagati ya Sénégal, Tchad na Macron wise abategetsi ba Afurika indashima

Ibihugu bya Sénégal na Tchad byibasiye Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, nyuma yo kuvuga amagambo yafashwe nko kwishongora ku bategetsi ba Afurika yise indashima. Macron ku wa Mbere ubwo yaganiraga na ba Ambasaderi bahagarariye ibihugu byabo mu Bufaransa, yagaragaje ko abategetsi ba Afurika bibagiwe gushimira u Bufaransa avuga ko bwahaye Afurika umusanzu wo kurwanya iterabwoba […]

EU yababajwe no kuba M23 yarafashe Masisi

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ku wa Mbere wamaganye ifatwa ry’umujyi wa Masisi n’inkengero zawo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nyuma yo kwigarurirwa n’inyeshyamba za M23. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo M23 yemeje ko yigaruriye Masisi Centre. EU mu itangazo yasohoye, yasabye M23 kuva muri kariya gace by’ako kanya ndetse […]

Colonel Paluku wa FARDC n’abasirikare barenga 100 biyunze kuri M23

Amakuru Aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru aravuga ko Colonel Schadrack Paluku wari umusirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abasirikare barenga 100 yari ayoboye bamaze kwiyunga kuri M23. Ku wa Mbere tariki ya 6 Mutarama ni bwo uyu Colonel n’abasirikare 124 bakiriwe muri M23, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abivuga. Aba kandi bari […]

Transit Center zikwiye kuvaho, abazijyanwamo bagahabwa indishyi z’akababaro: Dr Habineza

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, asanga ibigo ngororamuco bizwi nka Transit Centers binyuzwamo abantu by’igihe gito bikwiye kuvaho, ngo kuko bikora binyuranyije n’amategeko. Dr Habineza yongeye gutanga iki cyifuzo, mu gihe hari abanenga imikorere ya biriya bigo.Bamwe mu babinyuzwamo binubira ku kuba ubuzima bushaririye bubirangwamo burimo gukubitwa, ku […]

RDC yishe inyonze amabandi 102

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu cyumweru gishize yishe amabandi 102 yakoraga ubujura bwitwaje intwaro, ndetse irateganya kwica andi arenga 70 mu minsi iri imbere; nk’uko Minisitiri w’Ubutabera muri iki gihugu yabitangarije Ibiro Ntaramakuru The Associated Press. Abishwe nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse bari hagati y’imyaka 18 na 35, bakaba barimo abari abajura bitwaje […]

Umunyeshuri wa UR wagaragaje ko Campus ya Huye itagira Internet mu mazi abira

Umunyeshuri witwa Umukundwa Liliane wiga mu Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda riri mu karere ka Huye, yatangaje abayeho mu bwoba nyuma yo yo kugaragaza ko iriya Campus itabamo Internet bigatuma atangira gushakishwa. Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo uyu mukobwa yanditse ku rubuga rwe rwa X ubutumwa bugaragaza ko kuba muri Campus ya Huye hataba […]

Iyo data atakundinda mba naraguciye umutwe: Gen. Muhoozi abwira Bobi Wine

Umwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba n’umunyapolitiki akanaba umunyamuziki, Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi. Iby’aba bombi basanzwe badacana uwaka byongeye gukomera ku Cyumweru, nyuma y’ubutumwa butandukanye Gen Muhoozi umaze iminsi yibasira Kyagulanyi yanditse ku rubuga rwe rwa X. Uyu Jenerali usanzwe ari umuhungu wa Perezida […]

M23 yigaruriye Masisi Centre, FDLR irahunga

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu watangaje ko wigaruriye Centre ya Masisi, nyuma yo kuyirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo ririmo FARDC na FDLR. Umuvugizi w’ishami rya Politiki ry’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru abinyujije mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nyuma y’itangazo rya AFC ryo ku wa […]

Ibintu 5 wakora bikagufasha guhorana amenyo y’urwererane

Kugira amenyo y’urwererane nk’urubura, biri mu byifuzwa na benshi, ahanini bitewe n’uko bigaragaza inseko nziza, ubwiza ndetse no kugaragara neza kurushaho mu bandi. Uretse ibi kandi isuku yo mu kanwa ni ingenzi cyane, kuko igira uruhare mu buzima bw’umubiri wose muri rusange. Amenyo asa nabi, ariho ibisa n’umuhondo cyangwa umukara, kunuka mu kanwa, kuva amaraso […]

Impamvu RNP igiye gukoresha drones mu kugenzura umutekano wo mu muhanda 

Polisi y’u Rwanda ku wa Gatanu yatangaje ko igiye gukoresha ikoranabuhanga ry’utudege tutagira abapilote tuzwi nka drones, mu gucunga umutekano wo mu muhanda no kugenzura ibyaha n’amakosa yo mu muhanda. Ni ikoranabuhanga rishya ryiyongera ku rya Camera zo ku muhanda zizwi nka Sofia Polisi isanzwe ikoresha. Amakuru y’ikoreshwa rya drones yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi, ACP […]

U Burundi bwabwiye u Rwanda ko kuba bwaba bukorana na FDLR bitarureba

Leta y’u Burundi biciye muri Reverien Ndikuriyo usanzwe ari Umunyamabanga w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, yatangaje ko u Rwanda rudakwiye kugaragaza impungenge zo kuba yaba ikorana n’umutwe wa FDLR, ngo kuko nta burenganzira rufite bwo kwivanga mu bibazo bya Congo. Ndikuriyo yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 3 Ukuboza, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye […]

M23 yemeje ko yishe abasirikare benshi ba FARDC

Umutwe wa M23 watangaje ko ku wa Gatanu wishe abasirikare benshi bari bagize ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano yasize wigaruriye agace ka Katale ko muri Teritwari ya Masisi. Umuvugizi w’ishami rya gisirikare muri uriya mutwe, Lt Col Willy Ngoma, yatangaje ko usibye kwivugana ingabo nyinshi za leta M23 […]

Somambike wa Perezida Nana Akufo-Addo yaguye igihumure ubwo yari amurinze

Umurinzi bwite wa Perezida Nana Akufo-Addo wa Guana, yaguye igihumure ubwo bari kumwe amucungiye umutekano. Byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Ukuboza, ubwo Perezida Akufo-Addo yari mu Nteko Ishinga Amategeko ageza ijambo rya nyuma ku banya-Ghana, mbere yo gushyikiriza ubutegetsi John Mahama Dramani watorewe kuba Perezida mushya w’iki gihugu mu mwaka ushize. Mu […]

Gen Muhoozi yarahiriye “guhorera amaraso” ya Lt. Ariho wirashe mu kico

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko azahorera amaraso ya Lt. Amon Ariho uheruka kwirasa agapfa. Ku wa Gatatu tariki ya 1 Mutarama ni bwo uyu musirikare wari umwe mu bagize Brigade ishinzwe ubwubatsi mu ngabo za Uganda, yirasiye ahitwa Nakirebe hagati y’uturere twa Mpigi na Wakiso. Gen Muhoozi wemeza ko yababajwe […]

Masisi: M23 yigaruriye akandi gace, yica aba-FARDC benshi na ba Colonel ba FDLR

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu wigaruriye agace ka Katale ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kuhirukana ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. M23 yigaruriye aka gace nyuma y’imirwano yatangiye mu ma saa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu. Ni imirwano yanumvikanye mu duce turimo Kibuye, Gatovu ndetse, […]

Umupolisi wasinze yarekuye abantu 13 bacyekwaho ibyaha ngo bajye kwirira Ubunani

Umupolisi mukuru wo muri Zambia yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano muri iki gihugu, nyuma yo gusinda akarekura abantu 13 bacyekwaho ibyaha bari bafungiye muri kasho kugira ngo bashobore kujya kwizihiza ubunani. Titus Phiri usanzwe akora iperereza ku byaha, yatawe muri yombi nyuma yo kurekura abo bacyekwa bari bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Leonard Cheelo […]

Gén Poète wari uwa 3 ukomeye mu bayobora FDLR yapfuye

Amakuru aturuka i Masisi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Lt. Gén Hakizimana Apollinaire wari mu bayobozi bakuru b’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, yapfuye. Lt Gén Hakizimana uzwi ku mazina arimo Amikwe Lepic, Adonia na Poète, yari asanzwe ari Komiseri ushinzwe igisirikare muri FDLR, akanaba uwa gatatu ukomeye mu bayobora uyu […]

Lt. Ariho yirashe mu kico

Umusirikare wo mu ngabo za Uganda (UPDF) wari ufite ipeti rya Liyetona (Lieutenant), yapfuye nyuma yo kwiyahura yirashe. Lt Amon Ariho wabarizwaga muri Brigade ishinzwe ubwubatsi, yirasiye ahitwa Nakirebe hagati y’uturere twa Mpigi na Wakiso, ku wa Gatatu tariki ya 1 Mutarama 2025. Amakuru avuga ko ubwo byari bigeze mu ma saa munani z’igicamunsi yahagaritse […]

Imirwano ikomeye hagati ya FARDC na M23 yasatiriye Masisi Centre

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 2 Mutarama 2025, waramukiye mu mirwano ikaze n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imirwano yaramukiye mu duce twa Kahira muri Chefferie ya Bashali, Kaniro ndetse na Katale hafi y’umuhanda ujya muri Centre ya Masisi. Amakuru agera kuri BWIZA avuga ko mu […]

Impamvu FARDC yohereje muri Lubero ingabo zirenga 22,000 na FDLR zo gutsinsura M23

Umutwe wa M23 uravuga ko ingabo zawo zimaze iminsi zirwanira muri Teritwari ya Lubero n’Ingabo zirenga 22,000 za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ziyongeraho abarwanyi b’imitwe ya FDLR na Wazalendo. Ni amakuru yemejwe na Bertrand Bisimwa ukuriye ishami rya Politiki ryawo, mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana n’umushakashatsi mu karere k’ibiyaga bigari, Bojana […]

Kenya yaguze Drones z’intambara RDF yigeze kuvugwaho kurambagiza

Igisirikare cya Kenya kirwanira mu kirere cyakiriye drones z’intambara zo mu bwoko bwa Bayraktar TB2 zisanzwe zikorwa n’uruganda rwa Baykar Defence rw’Igisirikare cya Türkiye. Drones esheshatu ni zo Kenya yamaze kwakira nk’uko amakuru abivuga. Mbere yo kwakira izi drones, abasirikare b’abanya-Kenya babanje kujya kwigishirizwa muri Türkiye kuzikoresha. Muri Kanama uyu mwaka ni bwo Baykar Defence […]

2024: Ba Perezida 2 bo muri Afurika mu bantu 5 bahize abandi mu kurangwa na ruswa ku Isi

Ikigo gicukumbura ibyaha bya ruswa, kizwi nka ‘Organized Crime and Corruption Reporting Project (OCCRP)’, cyashyize Perezida William Samoei Ruto wa Kenya na mugenzi we Ahmed Bola Tinubu mu bantu batanu bo ku Isi baranzwe na ruswa kurusha abandi mu mwaka ushize wa 2024. Ubwo hatorwaga abantu baranzwe na ruswa kurusha abandi, Ruto yagize amajwi arenga […]

Perezida Kagame yinjije Abanyarwanda muri 2025

Perezida Paul Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya wa 2025, mu ijambo risoza uwa 2024 yavuze kuri uyu wa Kabiri tariki ya 31 Ukuboza. Umukuru w’Igihugu yibukije ko muri uyu mwaka ari bwo u Rwanda rwizihije imyaka 30 ishize rubohowe ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, avuga ko ibi byombi bigaragaza urugendo igihugu kimaze gutera. Umukuru […]

Rubavu: Umunyamakuru Mukwaya yakomerekejwe n’Abuzukuru ba Shitani baranamwambura

Umunyamakuru Mukwaya Olivier ukorera mu karere ka Rubavu, yatezwe n’insoresore zo mu karere ka Rubavu zizwi nk’Abuzukuru ba Shitani ahazwi nko Mubyahi ziramukomeretsa ziranamwambura. Mukwaya usanzwe akorera Bwiza TV , yavuze ko yakomerekejwe n’Abuzukuru ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 30 Ukuboza 2024, ubwo yarimo ataha ageze ahitwa muri Buhuru. Usibye gukomeretswa akaguru, […]

Ntawe tuzemerera ko aduhungabanyiriza umutekano n’umunsi n’umwe: Kagame

Perezida Paul Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’igihugu, avuga ko u Rwanda rufite ubushake bwo kuwurinda bunarenze amikoro rufite. Perezida Kagame yabigarutseho mu ijoro ryacyeye, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiriraga muri Kigali Convention Center abantu batandukanye mu rwego rwo kwifatanya na bo gusoza umwaka. Umukuru w’Igihugu yagarutse ku bikorwa bitandukanye byaranze umwaka […]

Gen Muhoozi yararikiye Ayra Starr 

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko yiteguye “gufata” umuririmbyikazi Ayra Starr nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kubona umugore wese yifuza. Mu butumwa uyu musirikare yanditse ku rubuga rwe rwa X nyuma akaza kubusiba, yagize ati: “Sogokuru Amos watabarutse yampaye uruhushya rwo kubona umugore wese nshaka ku Isi! Nzafata iriya nkumi…Ayra Starr.” […]

P. Kagame yasabye RDF kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 30 Ukuboza yazishimye ku bw’umusanzu wazo mu gukorera igihugu, azisaba gukomeza kuba maso no kwitegura guhangana n’ibibazo by’umutekano bigenda bihinduka. Ni mu butumwa busoza umwaka Umukuru w’Igihugu yageneye ingabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano. Yagize ati: “Ba Ofisiye, abagore […]

Minisitiri Nduhungirehe yanenze abakomeje kwibasira abanya-Sudani y’Epfo baba mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanenze bamwe mu Banyarwanda bakomeje kwibasira abanya-Sudani y’Epfo baba mu bice bitandukanye by’igihugu, ashimangira ko binyuranyije n’indagacaciro nyarwanda. Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga ziganjemo urwa X hakomeje gutambutswa ubutumwa bushinja bariya banya-Sudani y’Epfo gukora ibikorwa by’urugomo ndetse n’ubujura. Byatangiye ubwo uwiyita McKyle […]

U Burundi burashinja Somalia kubugambanira

U Burundi bwashinje Somalia kubukorera akagambane bunayita indashima, nyuma yo kutisanga mu bihugu byemerewe kohereza ingabo mu butumwa bushya bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri kiriya gihugu cyo mu ihembe rya Afurika. Ubu butumwa bushya buzwi nka AUSSOM buzatangira muri Mutarama 2025, busimbure ubwari busanzwe muri Somalia buzwi nka ATMIS bugomba kurangirana […]

Itangazo: Bwiza TV yibwe

Bwiza Media iramenya abayikurikira n’abakunzi ba televiziyo ya Bwiza TV kuri youtube ko yagize ikibazo igakurwa ku murongo mu buryo butunguranye kandi hataramenyekana icyabiteye. Ibi bibaye nyuma yaho twagize ikibazo cy’aba Hackers batuzengereje mu buryo bukomeye. Ni muri urwo rwego dusaba abadukurikira ndetse n’abakunzi bacu aho bari hirya no hino kugumya kutuba hafi no kudushyigikira […]

Alimbongo: M23 yafashe mpiri FARDC na FDLR nyinshi

Umutwe wa M23 ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ukuboza, werekanye abasirikare benshi bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abarwanyi b’imitwe irimo uwa FDLR uheruka gufatirwa mpiri mu mirwano. M23 yemeje ko abo yerekanye yabafatiye mu mirwano imaze iminsi isakiranya ingabo zayo n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC mu gace ka […]

Amavubi yabonye itike ya CHAN

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yashyize ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ mu makipe 10 yamaze kubona itike yo gukina Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere muri za shampiyona zabo (CHAN 2025). Amavubi yahawe iyo tike nyuma yo gutsinda Sudani y’Epfo ibitego 2-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro ku wa Gatandatu tariki ya 28 Ukuboza. Bijyanye n’uko […]

Minisitiri Nduhungirehe yakwennye FARDC

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yahaye urw’amenyo Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaza ko usibye kuba zitazi kurwana ari n’inyatege nke mu kubeshya. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yasubizaga FARDC iherutse kwerekana umurwanyi yise umusirikare wo mu ngabo z’u Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC […]

Kazungu Claver yasezeye kuri Fine FM yari amazeho ukwezi

Umunyamakuru w’imikino ubirambyemo, Kazungu Claver, yasezeye kuri Radiyo Fine FM yari amaze ukwezi kumwe yerekejeho. Kazungu wakoraga mu kiganiro Urukiko rw’Ubujurire, yasezeye bagenzi be bakoranaga, ababwira ko guhera ku wa Mbere w’icyumweru gitaha azerekeza mu mirimo mishya. Mu kwezi gushize k’Ugushyingo ni bwo Kazungu yari yerekeje kuri Fine FM nyuma yo gusezera kuri Radio 10 […]

U Bubiligi: Twahirwa Séraphin waherukaga gukatirwa igifungo cya burundu yapfuye

Umunyarwanda Twahirwa Séraphin waherukaga gukatirwa igifungo cya burundu n’Urukiko rwo mu Bubiligi nyuma yo kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yapfuye ku myaka 66. Twahirwa yapfuye mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 27 Ukuboza aguye i Brussels, nk’uko Me Vincent Lurquin wamwunganiraga mu mategeko yabyemeje. Lurquin yabwiye BBC ati: “Urupfu ntirubeshyerwa, umukiriya wanjye […]

Somalia yasabye u Burundi gucyura ingabo zabwo ziri ku butaka bwayo

Kuva mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2025, u Burundi ntibuzongera kohereza ingabo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe bwo kugarura amahoro muri Somalia. Ni nyuma y’uko ku wa Gatanu, akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi kemeje ubutumwa bushya bw’ingabo zigomba kujya gufasha Somalia guhangana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa Al Shabaab, guhera […]

M23 yatanze umuburo w’uko ishobora gutera Goma

Umutwe wa M23 watanze umuburo w’uko ushobora kugaba ibitero ku kibuga cy’indege cya Goma ndetse n’icya Kavumu, mu rwego rwo kuburizamo ibitero by’indege z’intambara ukomeje kugabwaho n’ingabo za Leta ya RDC (FARDC). Uyu mutwe watanze uwo muburo biciye mu itangazo ririmo umujinya ubuyobozi bwawo bwasohoye. Muri iryo tangazo, umuvugizi w’Ishami rya Politiki muri M23, Lawrence […]

Tshisekedi na Blinken baneguye u Rwanda

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatanu zashimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zimubwira ko zishyigikiye kuba u Ingabo z’u Rwanda zava mu birindiro zivuga ko RDF ifite mu burasirazuba bwa Congo. Ni ubutumwa Washington yatanze binyuze mu kiganiro cyo kuri Telefoni Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika […]

U Rwanda kudushinja gukorana na FDLR ni nko kudutuka: Ndayishimiye

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ku wa Gatanu yahakanye amakuru avuga ko ingabo z’Igihugu cye (FNDB) zikorana n’umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda; avuga ko kuvuga ko FNDB ikorana n’uriya mutwe ari igitutsi. Ndayishimiye yabigarutseho ubwo yari mu kiganiro rusange cyamuhuje n’abantu batandukanye, barimo n’abanyamakuru. Imikoranire hagati y’igisirikare cy’u Burundi na FDLR yatangiye kuvugwa […]

Kera Kabaye Gatabazi yongeye kugaragara mu ruhame

Gatabazi Jean Marie Vianney wahoze ari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y’igihe kirekire nta wumuca iryera. Gatabazi yaherukaga kugaragara mu ruhame ndetse no ku mbuga nkoranyambaga mbere ya Kanama 2023. Byari nyuma y’igihe gito bimenyekanye ko ari mu bitabiriye umuhango wo kwimika Umutware w’Abakono wabereye mu Kinigi ho […]

RDF yitandukanyije n’uwo FARDC ivuga ko ari umukomando wayo yafashe mpiri

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), cyitandukanyije n’uwo Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) giheruka kwerekana kivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC biciye muri Lt Col Mak Hazukay usanzwe ari umuvugizi w’ibikorwa vy’igisirikare bizwi nka Sokola 1, yerekanye uwo ivuga ko ari umusirikare wo mu […]

M23 yanyomoje FARDC nyuma yo kwerekana uwo yise umusirikare wa RDF

Umutwe wa M23 wanyomoje Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyerekanye umurwanyi cyise umusirikare w’u Rwanda, ushimangira ko nta musirikare n’umwe w’u Rwanda uri kumwe na we. Ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza ni bwo FARDC biciye muri Lt Col Mak Hazukay usanzwe ari umuvugizi w’ibikorwa vy’igisirikare bizwi nka Sokola 1, yerekanye […]

Umupfumu Rutangarwamaboko yamaganye The Ben

Umupfumu Nzayisenga Modeste uzwi nka Rutangarwamaboko, yanenze Mugisha Benjamin uzwi mu muziki nka The Ben ashinja kwanika ku gasozi inda y’umugore we, Uwicyeza Pamella. Rutangarwamaboko usanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye Ku Muco, yakomozaga ku mafoto ya Miss Pamella ari guhererekanwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza inda ye akuriwe. Ni amafoto bigaragara ko yafatiwe […]

Kagame arantinya, ntashobora kundeba mu maso: Tshisekedi wikomanze ku gatuza

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yikomanze ku gatuza avuga ko mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda amutinya. Tshisekedi yabitangarije mu mujyi wa Mbuji-Mayi mu ntara ya Kasai y’Iburasirazuba, aho ku wa Kane tariki ya 26 Ukuboza yagiriye uruzinduko. Kimwe n’izindi ngendo Perezida wa RDC amaze iminsi akorera imbere mu gihugu […]

Kabila na Katumbi bamaganye Abacanshuro n’Ingabo zirimo iz’u Burundi muri RDC

Abanyapolitiki Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Moïse Katumbi Chapwe wahoze ari Guverineri w’Intara ya Katanga, bamaganye Abacanshuro n’Ingabo z’amahanga ziri muri RDC. Ni mu itangazo rihuriweho aba banyapolitiki bombi basohoye, nyuma yo guhurira i Addis-Abeba muri Ethiopia mu Cyumweru gishize. Aba bahuye mu gihe muri Congo Kinshasa […]

Pasiteri yakubiswe umugeri n’uwahanzweho n’abadayimoni arapfa 

Umupasiteri witwa John Michael Ekamu wo mu gihugu cya Uganda, yapfuye nyuma yo gukubitwa umugeri n’umukristo wahanzweho n’imyuka mibi yageragezaga kugangahura. Byabereye mu rusengero rw’itorero ryitwa Agule Pentecostal Assemblies of God ruherereye mu karere ka Serere. Daily Monitor ivuga ko uwitwa Osagani ukekwaho kwica uriya Pasiteri, avuga ko ku wa 24 Ukuboza ari bwo yari […]

Twirwaneho iravugwaho kurasa FARDC igakizwa n’amaguru

Amakuru aturuka mu Minembwe ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo aravuga ko ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zagabye igitero ahitwa kuri Evomi, umutwe wa Twirwaneho wazirwanyije zihunga zerekeza kuri brigade muri centre ya Minembwe. Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Kane ni bwo ingabo za leta zari ziyobowe na Col Jean Pierre […]

FARDC irigamba guhanura drones 6 za RDF

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyigambye guhanura drones esheshatu kivuga ko zari iz’icy’u Rwanda (RDF). FARDC yabitangaje biciye mu muvugizi w’ibikorwa bya gisirikare mu gice bizwi nka Sokola 1 bikorerwa mu gice cya Grand-Nord, Lt Col Mak Hazukay. Uyu yavuze ko izo “drones esheshatu z’ingabo zidasanzwe z’u Rwanda zahanuriwe hejuru y’agace ka […]