Muhanga: Polisi yafunze 5  bamburaga abaturage bakoresheje amayeri

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Muhanga, yafashe abantu batanu bakurikiranyweho kwambura abaturage amafaranga bakoresheje amayeri, arimo kubizeza imfashanyo no kubavura indwara n’amarozi. Iri tsinda rigizwe n’abagabo batatu n’abagore babiri bari hagati y’imyaka 36 na 53 y’amavuko, ryafatiwe mu mudugudu wa Nyarucyamo, akagari ka Gahogo, mu murenge wa Nyamabuye, mu […]

Tshisekedi yazamuye mu ntera Gén. Cirimwami, asaba FARDC guhorera urupfu rwe

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yazamuye mu ntera Général-Major Peter Nkuba Cirimwami amuha ipeti rya Lieutenant-Général. Tshisekedi yabikoze mu rwego rwo kumuha icyubahiro. Cirimwami wari Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, yarasiwe ku rugamba ku wa Kane tariki ya 23 Mutarama 2025, mbere y’uko FARDC yemeza urupfu rwe […]

FARDC yemeje ko Gen Cirimwami yishwe na M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, cyemeje ko Général-Major Peter Nkuba Cirimwami wari Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru yishwe na M23. FARDC yemeje aya makuru kuri uyu wa Gatanu biciye mu muvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge. Byari nyuma y’inama nkuru ya gisirikare yayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Ekenge yavuze ko […]

Ubuzima bwa Ndikuriyo uheruka gutera FDLR icyuhagiro bwaba buri hagati y’urupfu n’umupfumu

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu arembye cyane, ndetse ko yajyanwe kuvurizwa mu gihugu cya Kenya. Ibinyamakuru by’i Burundu birimo SOS Médias Burundi biravuga ko Réverien Ndikuriyo yaba yarafatiwe muri Tanzania, aho ku wa 19 Mutarama yari yagiye mu butumwa bw’akazi. Iki gitangazamakuru […]

Nyuma y’u Bwongereza, ibindi bihugu 2 na byo byasabye abaturage babyo guhunga Goma 

Leta Zunze Ubumwe za n’u Bufaransa kuri uyu wa Gatanu byasabye guhunga Umujyi wa Goma, mu rwego rwo kwirinda kugirwaho ingaruka n’imirwano ya M23 na FARDC ikomeje kuwusatira. Kuri uyu wa Gatanu M23 yasohoye irindi tangazo ivuga ko iri mu nzira zo gutera uriya mujyi, mu rwego rwo kubohora abanye-Congo bamaze igihe barababajwe n’ubutegetsi bw’i […]

U Bwongereza bwasabye abaturage babwo bari i Goma guhunga 

U Bwongereza biciye muri Minisiteri yabwo y’Ububanyi n’Amahanga, bwasabye abaturage babwo bari mu mujyi wa Goma kuhava mu maguru mashya. Iyi Minisiteri mu butumwa yashyize hanze, yasabye Abongereza bari i Goma “gukoresha uburyo bushoboka” bakahava, abatarahinjira nabo bagahagarika ibyo bikorwa. U Bwongereza bwasabye abaturage babwo kuva i Goma, mu gihe imirwano ikomeye hagati y’inyeshyamba za […]

Erdogan yemeye guhuza u Rwanda na RDC

Perezida Recep Tayyip Erdogan wa Türkiye yasabye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gukemura ibibazo bifitanye mu mahoro, yemera kuba umuhuza hagati y’ibihugu byombi mu gushakira amahoro akarere k’ibiyaga bigari. Erdogan yabitangaje ku wa Kane tariki ya 23 Mutarama, ubwo yari kumwe na Perezida Paul Kagame wagiriraga uruzinduko rwe rwa mbere muri Türkiye. […]

M23 yivuganye Général-Major Peter Cirimwami

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Mutarama 2025, watangaje ko wivuganye Général-Major Peter Nkuba Cirimwami wari Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. M23 biciye mu muvugizi w’Ishami ryayo rya Politiki, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko yiciye Gen Cirimwami mu gace ka Kasengezi, agace kari hafi ya Mugunga mu burengerazuba bw’Umujyi wa […]

M23 yemeje ko iri mu nzira ijya ‘kubohora Goma’

Umutwe wa M23 nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Sake, wemeje ko uri mu nzira ujya kwigarurira Umujyi wa Goma mu rwego rwo kubohora abaturage bawutuyemo. Byatangajwe na Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya Politiki, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Abaturage ba Goma baratesetse cyane kimwe n’abandi banye-Congo. AFC/M23 iri mu nzira […]

Kamerhe wajyaga muri Vietnam yagarukiye mu nzira kubera M23

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vital Kamerhe, yasubitse ikitaraganya uruzinduko yari yatangiye kugirira muri Vietnam kubera intambara ikomeje guca ibintu mu burasirazuba bwa RDC. Inteko Ishinga Amategeko ya RDC yatangaje ko mu masaha ari imbere Kamerhe agaruka i Kinshasa, mu rwego rwo “kunga imbaraga ku za Perezida Félix Tshisekedi na […]

Kera kabaye M23 yafashe Sake, Goma ijya mu bibazo

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Mutarama wigaruriye Umujyi wa Sake wo muri Teritwari ya Masisi, nyuma y’igihe kirekire urwanira n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo mu bice biwukikije. Ni imirwano yari imaze hafi umwaka wose ibera mu nkengero z’uriya mujyi. Imirwano yasize Sake igeze mu maboko ya M23 yatangiye mu […]

M23 yasabye FARDC na Wazalendo kuyitiza amaboko

Umutwe wa M23 wasabye abasirikare bo mu ngabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo kuwiyungaho, bagafatanya urugamba rwo kubohora RDC ubutegetsi bubi. Uyu mutwe biciye mu bavugizi bawo, washinje ba Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi na Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuba bahuriye mu […]

Perezida Kagame i Ankara

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye i Ankara muri Türkiye, aho batangiye uruzinduko rw’akazi. Ni uruzinduko rugomba kumara iminsi ibiri nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byabitangaje. Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Mutarama, biteganyijwe ko Perezida Kagame yakirwa na mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan wa Türkiye bari bugirane ibiganiro byo mu muhezo. Biteganyijwe […]

RDC yatangaje ko iteganya kujya mu ntambara n’u Rwanda

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko iteganya kuba yajya mu ntambara n’u Rwanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akanaba Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, mu kihaniro yahaye Televiziyo ya France 24. Minisitiri Patrick Muyaya yavuze ko “amahitamo y’intambara [n’u Rwanda] ari mu yo turi guteganya. Mu by’ukuri tunayirimo.” Uyu icyakora yavuze ko […]

2025: Ibihugu 10 bya Afurika bifite Igisirikare karahabutaka kurusha ibindi

Urubuga Global Firepower rukora ubushakashatsi mu bya gisirikare, mu ntangiriro z’uku kwezi rwasohoye urutonde rwerekana uko ibihugu bitandukanye byo ku Isi birutana mu mbaraga za gisirikare. Ni urutonde ruriya rubuga rwasohoye nyuma yo gukora ubushakashatsi ku gisirikare cy’ibihugu 145 byo hirya no hino ku Isi. Global Firepower mu gukora uru rutonde igendera ku ngingo zitandukanye, […]

Perezida Kagame yafashe mu mugongo Erdoğan wa Türkiye

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yihanganishije mugenzi we Recep Tayyip Erdoğan wa Türkiye, nyuma y’inkongi y’umuriro ikomeye yibasiye igihugu cye igahitana abatari bake. Perezida Paul Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko u Rwanda rwifatanyije n’imiryango y’ababuriye ababo muri iriya nkongi yibasiye imwe muri Hoteli zo mu ntara ya Bolu ndetse […]

Cyamunara: Abadepite bagaragaje amanyanga akorwa n’abakozi ba Banki n’abagenagaciro

Abadepite kuri uyu wa Kabiri bagaragarije Minisitiri w’Ubutabera amanyanga akorwa n’abakozi baza banki ndetse n’abagenagaciro, aho batesha agaciro umutungo banki igiye guteza cyamunara bigatuma ugurishwa ku giciro kiri hasi. Babigarutseho ubwo Minisitiri Dr. Emmanuel Ugirashebuja yagiranaga ibiganiro n’abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore. Impande zombi zaganiraga kuri raporo y’Ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi ya 2023/2024 […]

Musenyeri Mugisha Samuel arafunzwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufunze Musenyeri Mugiraneza Mugisha Samuel wahoze ari Umushumba w’Itorero Anglikani, Diyosezi ya Shyira. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko imukurikiranyeho ibyaha byo kunyereza umutungo wa Diyosezi mu nyungu ze bwite. Yagize iti: “RIB yafunze Musenyeri Mugisha Mugiraneza Samuel weguye ku buyobozi bwa Diosezi ya Shyira,  itorero […]

Nyuma ya Minova, M23 yigaruriye utundi duce tw’ingenzi

Umutwe wa M23 nyuma yo kwigarurira Umujyi wa Minova wo muri Teritwari ya Karehe muri Kivu y’Amajyepfo, kuri uyu wa Mbere wigaruriye utundi duce tw’ingenzi. Uduce uyu mutwe wigaruriye turimo Centre ya Bweramana iherereye ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, ku muhanda munini uhuza imijyi ya Goma, Sake na Bukavu. Amakuru kandi avuga ko izi nyeshyamba […]

M23 yigaruriye Umujyi wa Minova

Umutwe wa M23 wamaze kwigarurira Umujyi wa Minova wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kuwirukanamo Ingabo za Leta ya RDC n’abambari bawo. Amakuru y’ifatwa ry’uyu mujyi muto uherereye ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu yatangiye kuvugwa mu ijoro ryacyeye, mbere y’uko M23 iyemeza kuri uyu wa Kabiri. Amashusho ari guhererekanwa ku mbuga nkoranyambaga yerekana […]

RDC igiye guteza cyamunara imitungo yose ya Nangaa wihuje na M23

Minisiteri y’Ubutabera ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko igiye kugurisha muri cyamunara imitungo yose ya Corneille Nangaa. RDC isanzwe yarafatiriye imitungo yose y’uyu mugabo wahoze akuriye Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kumukatira urwo gupfa azira kwihuza n’umutwe wa M23. Mu Ukuboza 2023 ni bwo Nangaa yihuje n’uriya mutwe […]

Donald Trump yarahiriye kuyobora Amerika

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 yarahiriye kuyobora iki gihugu nka Perezida wacyo wa 47. Ibirori byo kumurahiza byabereye mu nyubako ya Capitol isanzwe ikoreramo Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Byitabiriwe n’abantu b’ingeri zinyuranye, barimo Barack Obama na Joe Biden babaye […]

Kagame na Tshisekedi iminsi ikiri myiza (Amafoto)

Perezida Kagame ku wa Kane tariki 16 Mutarama yongeye kuvuga nabi mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; ibyaciye amarenga y’uko umubano w’aba bombi ukomeje kugana ahabi. Umukuru w’Igihugu ubwo yakiraga mu musangiro abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo ndetse n’imiryango mpuzamahanga itandukanye mu Rwanda, asa n’ukomoza kuri Tshisekedi yavuze ko hari abayobozi […]

M23 iri gukoza imitwe y’intoki kuri Minova yigaruriye umusozi indege zikatiraho

Umutwe witwaje intwaro wa M23 waraye wigaruriye umusozi wa Buragiza wo muri Teritwari ya Kalehe muri Kivu y’Amajyepfo. Umusozi wa Buragiza ni ingenzi cyane, bijyanye no kuba ari wo indege ziturutse mu bice bitandukanye bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari wo zikatiraho mbere yo kugwa ku kibuga cy’indege cya Goma. Ifatwa ry’uyu musozi risobanuye […]

Tshisekedi yatakambiye abadipolomate asabira u Rwanda ibihano

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gutakambira amahanga ayasaba gufatira u Rwanda ibihano. Kinshasa ishinja u Rwanda kuba ari rwo ruri inyuma y’umutwe wa M23 bamaze imyaka irenga itatu bari mu ntambara, n’ubwo rwo rwakunze gutera utwatsi ibyo birego. Tshisekedi ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ubwo yakiraga abadipolomate bahagarariye […]

U Rwanda rwanyomoje Amerika

Guverinoma y’u Rwanda yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zirushinja kwitambika umushinga wa Lobito zihanganyemo n’ibihugu birimo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu Cyumweru gishize Umunyamabanga wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi na Afurika, Molly Phee, yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP by’Abafaransa ko u Rwanda rwanze ko uriya mushinga w’inzira ya gari ya […]

P. Kagame yavuze ku bari gushyira hanze amashusho y’ubwambure bwabo 

Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru yanenze abiganjemo urubyiruko bamaze iminsi bashyira hanze amashusho abagaragaza bambaye ubusa, agaragaza ko ibyo bakora byerekana ko no mu mitwe yabo nta kirimo. Umukuru w’Igihugu yakomoje kuri kiriya kibazo, nyuma y’uko muri iki Cyumweru ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye amashusho y’ubwambure bwa bamwe mu bantu bivugwa ko ari ay’abantu bazwi […]

M23 yigaruriye Bitonga Lumbishi, isatira ku kuniga Goma burundu

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Mutarama wigaruriye uduce twa Bitonga, uhirukanye ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Lumbishi na Bitonga twombi ni uduce duherereye muri Teritwari ya Kalehe, hafi nanone y’agace ka Minova gaherereye ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu. Nka Bitonga si ubwa mbere M23  iyigeramo, […]

Amerika irashinja u Rwanda kwitambika umushinga wa Lobito

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje u Rwanda kwanga ko umushinga wo kubaka inzira ya gariyamoshi uzwi nka Lobito Trans-Africa Corridor railway wagurwa ukagera mu burasirazuba bwa Congo. Umushinga wo kubaka uyu muhanda, Amerika iwuhuriyemo n’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Angola na Zambia. Umunyamanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wungirije wa Amerika […]

Nyuma ya RDC, u Rwanda na rwo rwagaragaje umurongo utukura warwo

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo niramuka itagiye mu mishyikirano n’umutwe wa M23, itazarenga umurongo utukura wo kongera kwitabira ibiganiro bya Luanda. Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Gatandatu. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yasubizaga Perezida Félix Antoine […]

Kujya mu mishyikirano na M23 ni umurongo utukura RDC idashobora kurenga: Tshisekedi 

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye gukurira inzira ku murima umutwe wa M23; avuga ko Leta y’igihugu cye idateze kujya mu mishyikirano na wo. Tshisekedi kuri uyu wa Gatandatu ubwo yari kumwe n’abadipolomate bahagarariye ibihugu bitandukanye i Kinshasa, yavuze ko kuba RDC yajya mu mishyikirano na M23 yita umutwe w’iterabwoba […]

Kagame Cup: Umukino wa Remera na Muhoza wanze kurangira kubera amahane

Umukino w’irushanwa ‘Umurenge Kagame Cup’ wahuzaga ikipe y’imurenge ya Remera na Muhoza yombi yo mu karere ka Musanze, wahagaze utarangiye kubera ubwumvikane buke. Ku wa Gatanu tariki ya 17 Mutarama 2025 amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa ¼ cy’irangiza wabereye ku kibuga cy’i Nyakarambi, mu murenge wa Rwaza. Kapiteni wa Remera, Tumazimpaka Richard, yabwiye […]

Ibigo birimo REB, HEC na NESA byahawe abayobozi bashya

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 17 Mutarama 2025, yashyizeho abayobozi bashya mu bigo birimo Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC), Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) ndetse no mu cya NESA gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri. Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ryerekana ko Dr. Edward Kadozi ari we wagizwe Umuyobozi Mukuru wa HEC. Ni inshingano […]

Aho kwitaba biriya bigoryi by’abadepite, byose nzabita muri yombi: Gen Muhoozi

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko aho kwitaba Inteko Ishinga Amategeko yamutumijeho azafunga abadepite bose bayigize yise ibicucu. Kuri uyu wa Gatanu ni bwo Komisiyo ishinzwe Igisirikare mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda yategetse Minisitiri w’Ingabo gusaba Gen Muhoozi kuyitaba, kugira ngo atange ibisobanuro ku butumwa bwe butavugwaho rumwe akunze gucisha […]

Macron yasabye ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru hagati y’u Rwanda na RDC

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yasabye ko hasubukurwa ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’umutwe wa M23. Macron yabitangaje ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama, ubwo we na mugenzi we João Lourenço wa Angola wari wasuye u Bufaransa baganiraga n’abanyamakuru. […]

Gen Muhoozi byamwanze mu nda, agaruka ‘gutigisa Isi’ yifashishije Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yagarutse ku rubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter yari amaze iminsi mike atangaje ko ahagaritse gukoresha. Ku wa Kane tariki ya 16 Mutarama ni bwo uyu musirikare yanditse kuri ruriya rubuga ati: “Ndagarutse!” Gen Muhoozi wavuze agarutse “gutigisa Isi”, ubutumwa bw’uko yagarutse kuri X bwakurikiwe n’uruhererekane rw’ubundi […]

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko Tshisekedi yibiwe amajwi

Perezida Paul Kagame yongeye gutangaza ko n’ubwo mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ayobora iki gihugu atigeze atsinda amatora, yaba ayo muri 2018 n’ayo mu mwaka ushize. Yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki ya 16 Mutarama ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiraga mu musangiro abadipolomate bahagarariye ibihugu byabo […]

FNDB yigaramye imirambo y’abasirikare bayo M23 yivuganye

Igisirikare cy’u Burundi (FNDB), cyigaramye imirambo y’abasirikare bacyo bamaze iminsi bicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze iminsi hakwirakwira amafoto ya bamwe mu basirikare b’u Burundi inyeshyamba za M23 ziciye muri Teritwari ya Masisi, ahamaze iminsi habera imirwano izisakiranya n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Congo Kinshasa ririmo Abarundi. Nko mu mirwano […]

Perezida Kagame yahaye gasopo ibihugu by’inyembaraga

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane yakuriye inzira ku murima ibihugu by’ibihangange, abimenyesha ko nta mbaraga na nkeya zishobora gutuma u Rwanda rwishyura ikiguzi nk’icyo rwishyuye mu myaka 30 ishize ubwo habaga Jenoside yakorewe Abatutsi. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yakiraga mu musangiro abadipolomate bahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda. Ijambo rye ryibanze ku kibazo cy’umutekano […]

Napfiriye he, ryari?: Lt Col Willy Ngoma

Umuvugizi w’Igisirikare cya M23, Lt Col Willy, yanyomoje inkuru zimaze iminsi zivuga ko Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zamuteze igico zikamwica. Mu ntangiriro z’iki cyumweru ni bwo abanye-Congo babogamiye ku ruhande rwa Leta batangiye gukwirakwiza inkuru z’uko Lt Col Willy Ngoma na Henri Maggie bishwe na FARDC na Wazalendo, nyuma […]

Nta mahoro azigera agerwaho RDC nitaganira na M23: Amerika yahinduye imvugo

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zahinduye imvugo, zisaba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kujya mu biganiro n’imitwe irimo M23, nk’inzira yatuma iki gihugu kigera ku mahoro. Amerika yabitangaje ku wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama, biciye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri yayo y’Ububanyi n’Amahanga. Ni itangazo ryagarukaga kuri raporo impuguke z’Umuryango w’Abibumbye kuri […]

U Rwanda rwasubije Congo ikomeje kwigamba kurugira nyakamwe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko Congo Kinshasa itigeze ituma u Rwanda ruhezwa nk’uko ibivuga, agaragaza ko abayobozi bayo basigaye birirwa mu makinamico ndetse no kuvugira ibidafite ishingiro mu itangazamakuru aho kwibanda ku gukemura ibibazo by’ingenzi bibangamira inzira yo gushakira igisubizo kirambye amakimbirane mu gihugu cyabo. Nduhungirehe yasubizaga ku biheruka gutangazwa na mugenzi […]

Gusabiriza Videwo z’urukozasoni no kuzitanamo, umwanda ukwiye umuti urura kugira ngo ucike

Kuva ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama, imbuga nkoranyambaga by’umwihariko urwa X rwahoze rwitwa Twitter ndi mu bakoresha cyane, zaramukiyeho inkuru z’uko hari amashusho y’urukozasoni ya bamwe mu byamamare yashyizwe hanze. Bigitangira, bamwe mu baba ku mihanda bagiye bigamba ko bafite amashusho ya Adonis Filer usanzwe akinira ikipe ya APR BBC acigatiye igitsina cye; […]

M23 ikomeje gusatira Goma yisubije Nditi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama, wisubije agasozi k’ingenzi ka Nditi ko muri Teritwari ya Nyiragongo, ukirukanyeho ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama ni bwo FARDC n’abambari bayo bari bigaruriye aka gace gaherereye muri Parike ya Virunga. Nditi ni […]

Bombori bombori mu butasi bwa RDC

Abasirikare bakuru bakora mu rwego rw’ubutasi bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barashinja Géneral-Major Makombo Mwinaminayi Jean Roger uyobora ruriya rwego icyenewabo. Aba ba Ofisiye mu ibaruwa bandikiye abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi batabaza, bavuze ko uriya Jenerali yahise aha akazi mu biro bye abarimo umuhungu we, mubyara we ndetse n’umukobwa we, nyamara […]

Marburg u Rwanda ruheruka gutsinda iri kwica abantu muri Kagera

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryatangaje ko mu ntara ya Kagera muri Tanzania hagaragaye icyorezo cy’inndwara ya Marburg, ndetse ko abantu umunani mu icyenda bacyanduye bamaze guhitanwa na cyo. Ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama ni bwo OMS yahishuye ko muri Tanzania hari kiriya cyorezo, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo ruzwi […]

Ngungu: M23 irigamba kwivugana abasirikare 215 biganjemo Abarundi

Umutwe wa M23 watangaje ko imirwano yasize wigaruriye agace ka Ngungu ko muri Teritwari ya Masisi wayiciyemo abasirikare 215, biganjemo abo mu ngabo z’u Burundi. Ku wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama ni bwo M23 yisubije kariya gace yari yarambuwe n’Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya RDC mu Cyumweru gishize. Operasiyo yo kwisubiza Ngungu yakozwe n’umutwe […]

Kamonyi: Umuturage yateye Grenade mu rugo rwa mugenzi we

Inzego zitandukanye zo mu Karere ka Kamonyi ziri guhigisha uruhindu umuturage witwa Nkuriyingoma Jean Baptiste, nyuma gutera igisasu cya Grenade mu rugo rwa mugenzi we. Byabereye mu Kagari ka Mbati, ho mu murenge wa Mugina; mu ijoro ryacyeye. Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr Nahayo Sylvère, yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko uyu Nkuriyingoma Jean Baptiste yateye grenade […]

Abadepite ntibiyumvisha uko MININFRA imaze imyaka 15 yarabuze Frw 722,000 yo kwishyura abaturage bo mu Bweyeye

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko; basabye Minisiteri y’Ibikorwaremezo ibisobanuro ku mpamvu yatumye hari abaturage bo mu Bweyeye bamaze imyaka 15 bategereje ingurane ingana na Frw 222,000 ariko amaso akaba yaraheze mu kirere. Iyi Minisiteri yabajijwe iki kibazo ku wa Mbere tariki ya 13 Mutarama, ubwo yo n’ibigo biyishamikiyeho […]

M23 yisubije Ngungu nyuma yo kubagagura FARDC n’abarimo Abarundi

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Mutarama wisubije agace ka Ngungu ko muri Teritwari ya Masisi, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu Cyumweru gishize ni bwo FARDC ifatanyije n’abarimo Wazalendo, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari bambuye M23 kariya gace kitegeye agace gakungahaye ku […]

Kibumba: Sukhoi-25 na kajugujugu za FARDC zishe abasivile 10

Umutwe wa M23 ku wa Mbere washinje ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kwica abaturage b’abasivile 10, nyuma y’imirwano yasakiranyije impande zombi ku Cyumweru gishize. Ni imirwano yabereye muri Groupement ya Kibumba muri Teritwari ya Nyiragongo. Abanyamakuru ba BWIZA bageze hafi y’aho imirwano yaberaga babonye impande zombi zikoresha ibibunda binini mu kurasana. Amakuru […]

M23 yerekanye izindi ntwaro yambuye FARDC

Umutwe wa M23 wanyomoje amakuru yavugaga ko ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryawambuye ibice bitandukanye ugenzura muri Kivu y’Amajyaruguru. Ku Cyumweru tariki ya 12 Mutarama uruhande rw’Ingabo za Leta rwigambaga kwambura ziriya nyeshyamba uduce dutandukanye turimo aka Kirumba na Kaina two muri Teritwari ya Lubero. Amakuru yatangajwe n’Umuvuguzi wa FARDC […]

Perezida Kagame yashyizeho Umuyobozi Mukuru wa RDB mushya

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2025, yagize Jean Guy Afrika Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB). Itangazo Minisitiri w’Intebe, Dr Édouard Ngirente yashyizeho Umukono mu izina rya Perezida Kagame ni ryo ryemeza ko Afrika yahawe ziriya nshingano. Uyu mugabo yari asanzwe ari Umuyobozi w’agateganyo w’Ibiro bishinzwe guhuza ibikorwa by’akarere […]

Tshisekedi yaba ari gutegura kuraga umuhungu we ubutegetsi

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yaba yaratangiye gutegura umuhungu we Anthony Tshisekedi ngo abe yamusimbura ku butegetsi. Anthony kuri ubu nta mwanya uzwi afite muri Guverinoma ya RDC. Icyakora kuva muri 2021 yakunze kujyana na Perezida Tshisekedi mu ngendo zitandukanye yagiye akorera hanze ya Congo Kinshasa, […]

Amakimbirane y’u Rwanda na RDC ashobora kurangira vuba: Perezida Lourenço

Perezida João Lourenço wa Angola akanaba umuhuza mu bibazo bya Politiki biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko umwuka mubi umaze imyaka irenga ibiri hagati y’ibihugu byombi ushobora kurangira. Lourenço yabitangaje mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo yari i Kampala muri Uganda ahaberaga inama idasanzwe y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. U […]

APR FC yatandukanye na ba rutahizamu 2 b’abanya-Nigeria

Ikipe ya APR FC yamaze gutandukana ku bwumvikane n’abanya-Nigeria: Chidiebere Nwobodo na Odibo Godwin bari bamaze amezi abarirwa muri atanu ari abakinnyi bayo. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yatandukanye n’aba bakinnyi yombi bari barayijemo bayihenze, nyuma yo kunanirwa kuyiha umusaruro bari bitezweho. Yaba Chiedebere na Odibo bombi basatira izamu baciye ku mpande, nta n’umwe muri bo […]

RDC yateguje Uganda ko umubano bifitanye ushobora kuzamba

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yateguje Uganda ko umubano bifitanye ushobora kuzamba ndetse n’ibikorwa bya gisirikare ibihugu byombi bihuriyemo bigahagarara, kubera amagambo ya Gen Muhoozi Kainerugaba. Kinshasa yahaye Kampala uyu muburo nyuma y’ubutumwa butandukanye Gen Muhoozi usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yari amaze iminsi yandika ku rubuga rwe rwa X, mbere yo gufata […]

Minisitiri Nduhungirehe yahaye urw’amenyo Muyaya na Gen. Ekenge

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yahaye urw’amenyo mugenzi we wa RDC ushinzwe itumanaho ndetse n’umuvugizi w’ingabo z’iki guhugu, nyuma yo kwerekana ifoto y’uwo bita Colonel wo mu ngabo z’u Rwanda bavuga ko aheruka kwiyahura. Ku wa Kane tariki ya 9 Mutarama ni bwo Général-Major Sylvain Ekenge wari kumwe n’abarimo Minisitiri Patrick Muyaya […]

Amerika yashyize akayabo ku mutwe wa Perezida Maduro 

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeye gutanga $ miliyoni 25 (Frw hafi miliyari 35), ku muntu wese wazifasha guta muri yombi Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela. Ni amafaranga Amerika yemeye gutanga ku wa Gatanu tariki ya 10 Mutarama, umunsi Maduro yarahiriyeho kuyobora Venezuela muri manda ye ya gatatu. Abandi Amerika yemereye ishimwe ni abafasha mu […]

Gen Muhoozi yasezeye kuri Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko atazongera gukoresha urubuga rwa X rwahoze rwitwa Twitter yari amaze imyaka 10 akoresha. Muhoozi yemeje aya makuru mu butumwa yanyujije kuri ruriya rubuga yakurikirwagaho n’abarenga miliyoni imwe, mbere yo guhita aruvanaho [cyangwa arusiba]. Yabwiye abamukurikiraga ko nyuma y’imyaka 10 akoresha ruriya rubuga kuva muri 2014, […]