U Rwanda na RDC byatumijwe kwa Trump

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bwatumije i Washington intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rwo gushaka uko ibiganiro bigamije amahoro mu burasirazuba bwa Congo byakongera kubyutswa. Ibi biganiro biteganyijwe kubera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika, bizahuza intumwa z’impande zombi mu biganiro byihariye n’ibihuriweho. […]

FARDC yaramutse irasa mu Ruzizi ikoresheje imbunda ziremereye 

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri zaramutse zigaba ibitero by’imbunda ziremereye mu kibaya cya Ruzizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Amakuru y’ibi bitero yemejwe na AFC/M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka. Abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko ibitero byagabwe ku muhanda munini uhuza imijyi ya […]

Ntituzigera twibagirwa ubwitange bwanyu: JDF ibwira RDF n’Abanyarwanda

Ingabo za Jamaica (JDF), zashimiye iz’u Rwanda n’abanyarwanda, nyuma y’amezi abiri itsinda ry’ingabo zo mu ishami ry’ubwubatsi ryoherejwe muri kiriya gihugu gufasha gusana ibyangiritse nyuma y’inkubi yahashenye byinshi. Ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe ni bwo itsinda ry’abasirikare 100 bo mu ngabo z’u Rwanda bari baroherejwe muri Jamaica ryagarutse i Kigali. Mu butumwa igisirikare […]

AFC/M23 yishe 13 mu bari bateye i Goma

Abarwanyi 13 ba Wazalendo biciwe mu mujyi wa Goma, nyuma yo kuhagaba igitero mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere tariki ya 16 Werurwe. Amakuru atangwa n’abayobozi ba AFC/M23 avuga ko usibye bariya 13 bishwe, hari n’abandi batatu bafashwe mpiri. Ubuyobozi bw’uriya mutwe buvuga ko abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo baturutse muri Parike ya […]

Abafite ubumuga bwo kutabona baracyagorwa no kubona serivisi za Banki

Bamwe mu bafite ubumuga bwo kutabona bo mu Rwanda bagaragaza ko bakigorwa no guhabwa serivisi z’ibigo by’imari, bitewe no kuba hari zimwe muri Banki zigishidikanya ku bushobozi bwabo. Abaganiriye na BWIZA iruhande rw’Inama Mpuzamahanga yiga ku Ikoranabuhanga ridaheza mu rwego rw’Imari (IFF 2026) yabereye i Kigali mu cyumweru gishize, bagaragaje ko bakigorwa no kuba hari […]

Imihanda yangiritse muri birantega Ngororero ifite 

Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burishimira kuba hari intambwe ifatika aka karere kamaze gutera mu iterambere, n’ubwo hakiri za birantega zirimo imihanda yangijwe n’ibiza zikibangamira iterambere ryako. Ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe ubwo ubuyobozi bw’aka karere n’abafatanyabikorwa bako barimo Umuryango ARCOS mu mushinga MuLaKiLa baganiraga n’itangazamakuru, bwagaragaje ko mu byo bwishimira harimo kuba ingo […]

Tshisekedi si we kibazo wenyine: Minisitiri Nduhungirehe

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo atari  we gusa utuma amasezerano ya Washington igihugu cye n’u Rwanda byasinyanye adashyirwa mu bikorwa, ko ahubwo ikibazo kinari ku muryango mpuzamahanga umurebera mu gihe ayica. Umukuru wa Dipolomasi y’u Rwanda yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Radiyo […]

Abasirikare ba RDF bari bamaze amezi 2 muri Jamaica batashye

Abasirikare babarirwa mu ijana bo mu ngabo z’u Rwanda kuri uyu wa Mbere bageze i Kigali, nyuma yo kuva muri Jamaica aho bari bamaze amezi abiri. Aba basirikare ubwo bageraga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, bakiriwe n’Umugaba w’Ingabo z’Inkeragutabara, Maj. Gen Alex Kagame. Mu butumwa yabagejejeho, Maj. Gen Kagame yabashimiye ku kuba bararanzwe n’indangagaciro […]

Ba Musenyeri basabye ko imipaka y’u Burundi n’u Rwanda ifungurwa

Abepiskopi ba Kiliziya Gatolika yo mu Rwanda no mu Burundi, basabye ko imipaka yo ku butaka ihuza ibihugu byombi yongera gufungurwa, nyuma y’imyaka ibiri yarafunzwe. Aba bihaye Imana batanze ubwo busabe ubwo bahuriraga i Kigali hagati y’itariki ya 9 n’iya 11 Werurwe. Basabye ko hakomeza ibiganiro bigamije kongera gusubukura ubuhahirane n’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u […]

Trump yasabye ubufasha bwo gufungura umuhora wa Hormuz 

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasabye ibihugu kuza gufasha igihugu cye gufungura umuhora wa Hormuz ufatwa nk’inzira inyuzwamo Peteroli nyinshi kurusha izindi ku Isi. Mu kiganiro yahaye ikinyamakuru Financial Times, Trump yavuze ko yavuganye “n’ibihugu bigera kuri birindwi” ku “gucunga umutekano” w’umuhora wa Hormuz. Nubwo nta gihugu yavuze yaganiriye na cyo, […]

I Goma haraye humvikana urusaku rw’amasasu 

Amakuru aturuka mu mujyi wa Goma mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, aremeza ko haraye humvikana urusaku rw’amasasu. Amasasu muri Goma yumvikanye ahazwi nka CCLK mu gace ka Kyeshero, Ndosho ndetse no mu gace ka Mugunga gaherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’uriya mujyi. Amasasu yatangiye kumvikana mu ma saa tanu z’ijoro, agahenge kagaruka mu ma saa […]

Abanyarwanda 297 baracurujwe 2020-2024

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha ( RIB) ruravuga ko icyaha cy’icuruzwa ry’abantu gihangayikishije cyane isi n’u Rwanda rurimo, aho mu mibare rufite yo kuva muri 2020 kugera 2024 Abanyarwanda 297 ari bo bamenyekanye ko bacurujwe, aho ku rwego rw’Isi  yose abacurujwe bo mu bihugu bitandukanye  barenga 200.000. Mu kiganiro n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’ab’amakoperative akora ubucuruzi bwambukiranya imipaka […]

Abasifuzi 10 ba mbere beza kurusha abandi ku Isi

Umufaransa Clément Turpin, ayoboye urutonde rw’abasifuzi 10 beza kurusha abandi ku Isi, nk’uko bigaragazwa n’urutonde ruheruka gutangazwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’ibarurisha mibare n’amateka ku mupira w’amaguru (IFFHS). Turpin yaje ku mwanya wa mbere n’amanota 65, aba umusifuzi wa mbere ku isi mu bagabo mu mwaka wa 2025 nk’uko byemejwe na IFFHS. Uyu musifuzi amaze imyaka agaragara […]

Kinshasa yatangiye kwikanga M23 muri Katanga

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko ihangayikishijwe n’ishingwa ry’umutwe w’inyeshyamba wagaragaye mu ntara ya Haut-Katanga yo mu majyepfo ya kiriya gihugu. Mu nama y’Abaminisitiri yabereye i Kinshasa ku wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe, ubutegetsi bwa Kinshasa bwagaragaje ko hari umutwe w’inyeshyamba umaze iminsi ugaragara muri Katanga, bigakekwa ko waba ufitanye isano […]

Depite Mishiki wigambye igitero cyahitanye Umufaransakazi i Goma yirukanwe muri Wazalendo 

Depite Willy Mishiki wari umuyobozi w’inama y’inararibonye y’imitwe ya Wazalendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwirukanwa muri iriya mitwe nyuma yo kwigamba igitero cya drone cyagabwe i Goma cyikicirwamo abarimo Umufaransakazi wakoreraga UNICEF. Ku wa 11 Werurwe ubwo Mishiki yaganiraga na Televiziyo ya TV5 Monde, yavuze ko kiriya gitero kiri mu mugambi wa […]

Gen. Masunzu yahawe imirimo mishya 

Lieutenant-Général Pacific Masunzu wayoboraga zone ya gatatu ya gisirikare mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yahawe imirimo mishya. Amakuru atandukanye aremeza ko Masunzu yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo za RDC ushinzwe ibikorwa n’ubutasi. Ni inshingano yasimbuyeho Lt. Gen Jacques Ychaligonza Nduru wari uzimaranye imyaka itatu. Masunzu yahawe ziriya nshingano, nyuma y’uko mu […]

Icyo u Rwanda ruvuga ku nkunga EU iha RDF ishobora guhagarikwa

Guverinoma y’u Rwanda yagaragaje ko kugira ngo ibikorwa byo kurwanya iterabwoba ingabo z’u Rwanda zirimo mu ntara ya Cabo Delgado bikomeze bisaba inkunga ihagije, mu gihe amakuru avuga ko iyo Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi watangaga ishobora guhagarikwa. Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo, asubiza inkuru y’ikinyamakuru Bloomberg ivuga ko amasezerano y’inkunga y’amafaranga EU igenera ibikorwa […]

Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi ku basirikare ba RDF bitegura kujya i Cabo Delgado 

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen Vincent Nyakarundi, kuri uyu wa Gatanu yahaye impanuro itsinda ry’abasirikare ba RDF n’abapolisi bitegura kujya mu butumwa i Cabo Delgado muri Mozambique. Aba basirikare n’abapolisi bagomba kujya gusimbura bagenzi babo bari basanzwe bari muri ubwo butumwa. Impanuro za Maj. Gen Nyakarundi zatangiwe mu Kigo cya Gisirikare cya […]

Israel yagabye ibitero karahabutaka bishya i Tehran

Ingabo za Israel zirwanira mu kirere, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Werurwe zagabye ibitero bikomeye bishya i Tehran mu murwa mukuru wa Iran. Igisirikare cya Israel (IDF), cyatangaje ko biriya bitero bishya byibasiye ibigo byinshi bya gisirikare n’iby’umutekano biri mu murwa mukuru wa Iran. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu mu bice […]

Umusirikare wa mbere w’u Bufaransa yishwe na Iran

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yemeje ko umusirikare w’u Bufaransa yiciwe mu gitero cya ‘drone’ cyagabwe ka Erbil muri Iraq, na ho abandi benshi barakomereka. Aya makuru yemejwe na Perezida Emmanuel Macron, mu butumwa yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze. Macron yavuze ko Adjudant-chef Arnaud Frion ari we musirikare wa u Bufaransa butakaje kuva intambara hagati […]

FBI yaburiye Amerika ko Iran ishobora kurasa ku butaka bwayo

Urwego Rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI), rwatanze umuburo w’uko Iran ishobora kugaba igitero gitunguranye muri leta ya California. Abashinzwe iperereza mu nzego z’umutekano za Amerika na California babwiye CBS ko nta gihamya cyangwa amakuru yihariye agaragaza ko icyo igitero cyegereje. Icyakora bavuga ko hari inyandiko ishingiye ku makuru yatanzwe mbere y’uko […]

Jenerali wa Amerika yaburiwe irengero

Inzego z’umutekano muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ziri gushakisha Maj. Gen (Rtd) William Neil McCasland wahoze mu ngabo zirwanira mu kirere za Amerika, nyuma yo kuburirwa irengero ari mu mujyi wa Albuquerque muri Leta ya New Mexico. CNN yatangaje ko uriya Jenerali w’imyaka 68 yaburiwe irengero ku wa 27 Gashyantare 2026, nyuma yo kuva […]

Amerika yamaganye igitero cya drone cyagabwe i Goma

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zamaganye igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, zivuga ko kugaba ibitero ahantu hatuwe n’abaturage bitemewe. Mu rucyerera rwo ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe ni bwo i Goma hagabwe igitero cya drone. Umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi […]

Nangaa yahishuye abo igitero cya drone cyagabwe i Goma cyari kigambiriye

Umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, Corneille Nangaa, yatangaje ko igitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma cyari kigambiriye abayobozi bakuru bo ku rwego rwa Politiki n’abagisirikare ba AFC/M23, barimo na we ubwe. Nangaa yemeje ayo makuru mu kiganiro yahaye itangazamakuru kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’amasaha make igitero kibaye. Yavuze ko mu bo kiriya […]

Burundi: Gen. Bunyoni wari warakatiwe igihano kiruta ibindi yarekuwe

Gen. Alain Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, yafunguwe nyuma y’imyaka itatu yari amaze afunzwe. Amakuru y’ifungurwa rye yemejwe n’umwe mu bantu ba hafi ye. Umwe mu bayobozi bakuru b’ishami ry’iperereza mu Burundi na we yemereye BBC ko uriya mugabo yafunguranwe n’abandi bantu babarirwa mu 10 kubera impamvu z’uburwayi. Icyakora andi makuru avuga […]

Icyo Macron avuga ku Mufaransakazi wiciwe mu gitero cya FARDC i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset, umukozi w’ubutabazi w’Umufaransakazi wakoreraga UNICEF wapfiriye mu gitero cya drone cyagabwe mu mujyi wa Goma mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Buisset yaguye mu gitero Leta ya RDC yagabye mu mujyi wa Goma, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe […]

Gisagara: Umugabo n’umugore we batawe muri yombi bakurikiranweho kwica abantu 3

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Ndayisaba Félicien n’umugore we, Imanishimwe Rebecca batuye mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, bakurikiranyweho kwica abantu batatu. Ndayisaba n’umugore we batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026, bakaba bakurikiranweho ibyaha birimo ubwicanyi, gushyinyagurira no guhisha imibiri y’abantu batandukanye nyuma yo kubica. Aba bombi bafashwe […]

Kabila na Gen. Makenga mu bo igitero cya drone cy’i Goma cyari kigambiriye 

Amakuru atandukanye akomeje guturuka mu mujyi wa Goma aremeza ko igitero cya drone ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye mu mujyi wa Goma, cyari kigambiriye abarimo Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu. Mu ma saa kumi n’igice y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, ni […]

Drone ya FARDC yarashe i Goma, yica abarimo umukozi wa Loni

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe, Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagabye igitero cya drone mu mujyi wa Goma cyiciwemo abarimo umukozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF). Amakuru y’iki gitero yemejwe n’umutwe wa AFC/M23 ugenzura uriya mujyi, biciye muri Lawrence Kanyuka uwuvugira mu bya […]

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron. Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Paris mu Bufaransa, ahabereye Inama ya kabiri Mpuzamahanga yiga ku ngufu za nucléaire. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko ba Perezida Kagame na Macron “baganiriye ku mubano ukomeye […]

Iran yaburiye Trump ko na yo ishobora kuzamwivugana

Umwe mu bayobozi bakuru mu by’umutekano muri Iran, yaburiye Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ko agomba kwitonda, kugira ngo atazisanga na we yishwe. Ali Larijani usanzwe ari Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Umutekano muri Iran, yavuze ko abaturage be badatinya ibyo yise “iterabwoba ryo ku mpapuro” rya Trump. Yavuze ko Iran yigeze guhangana […]

RIB yihanangirije bwa nyuma abanyamakuru ba siporo babiba urwango

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwihanangirije bwa nyuma abanyamakuru ba siporo bakora ibiganiro bibiba urwango mu babakurikira, ruvuga rugiye gutangira rubakurikirana. Uru rwego rwatanze uyu muburo mu gihe mu minsi ishize humvikanye ihangana rikomeye hagati y’abanyamakuru bakora ibiganiro by’imikino kuri radiyo zikorera mu mujyi wa Kigali. Ubwo iryo hangana no guterana amagambo byariho, nk’umunyamakuru Ngabo Roben […]

Perezida Kagame ari kwa Macron

Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Paris mu Bufaransa, aho yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nucléaire’. Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, ni yo yemeje ko Umukuru w’Igihugu n’itsinda ry’intumwa ayoboye bamaze kugera muri kiriya gihugu. Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe ni bwo iriya nama […]

M23 yongeye gutakaza Kazinga

Umutwe wa AFC/M23 ku wa Mbere wongeye gutakaza agace ka Kazinga ko muri Teritwari ya Masisi, ingabo za Leta ya RDC zongera kukagenzura. Mu byumweru bibiri bishize ni bwo M23 yari yirukanye ingabo za Leta y’i Kinshasa muri kariya gace gaherereye muri Segiteri ya Osso Banyungu. FARDC na Wazalendo bakisubije nyuma y’imirwano yamaze umunsi wose, […]

Undi musirikare wa Amerika yaguye mu ntambara na Iran

Sgt. Benjamin Pennington wo mu ngabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yabaye umusirikare wa karindwi wazo wapfuye nyuma y’igitero zo na Israel bagabye kuri Iran mu mpera z’ukwezi gushize. FOX News yatangaje ko Sgt Pennington yapfuye azize ibikomere yagiriye mu gitero Iran yagabye ku birindiro by’Ingabo za Amerika muri Arabie Saoudite, mu kwihimura ku […]

Ubusabe bwa EAC ku mirwano ikomeje gusakiranya Kinshasa na M23

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) na wo wasabye impande ziri mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga agahenge, nyuma y’igihe kirekire hatumvikana ijwi ryawo. Iki cyifuzo cya EAC cyatangajwe nyuma y’inama ya 25 y’abakuru b’ibihugu by’uwo muryango yabereye i Arusha muri Tanzania, ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe. Kuri […]

M23 iremeza ko yatoraguriye abacengezi benshi hafi ya Goma

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko ku Cyumweru tariki ya 8 Werurwe wagoteye hafi y’umujyi wa Goma abacengezi bari baje kwiba inka z’abaturage, birangira bose ubatoraguye. Mu masaha y’igitondo ni bwo mu majyaruguru ya Goma humvikanye urusaku rw’amasasu, rurimo urw’imbunda nto ndetse n’iziremereye. Amwe mu makuru yavugaga ko urwo rusaku rwaturukaga ku mirwano yarimo ihuza M23 […]

Uko abayobozi bakuru ba RDF batangije DSCOP 2026 hirya no hino mu Rwanda

Abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Werurwe batangije hirya no hino mu gihugu ibikorwa byo gufasha abaturage mu mibereho n’iterambere (DSCOP 2026). Ni ibikorwa ngarukamwaka RDF iri guriramo na Polisi y’Igihugu, mu rwego rwo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 32 uzaba tariki ya 4 Nyakanga. Minisitiri Marizamunda […]

Iran yagabye ibitero bishya kuri Israel 

Iran yongeye kugaba ibitero kuri Israel no mu bindi bihugu bituranye na yo, mu kwihimura ku bitero byahitanye Ayatollah Ali Khamenei wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wayo. Igihugu cya Bahrain kivuga ko ibi ari byo bitero byahitanye kandi bikomeretsa abantu benshi kurusha ibindi byose byagabwe ku bihugu byo mu kigobe, kuva intambara yatangira ku wa 28 […]

U Burundi bwunamiye Khamenei

U Burundi biciye muri Ambasaderi wabwo muri Uganda, Général de Brigade Jules Ndihokubwayo, bwunamiye Ayatollah Ali Khamenei wahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran. Ku wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe Ambasaderi Ndihokubwayo yanditse ubutumwa bwihanganisha abanya-Iran mu gitabo cyafunguwe muri Ambasade ya Iran mu Burundi, nk’uko Ambasade yabwo i Kampala yabitangaje. Ku wa Gatandatu tariki […]

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya

Iran ku Cyumweru yagize Mojtaba Khamenei Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, nyuma y’urupfu rwa se uheruka kwicirwa mu bitero bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel. Mojtaba yatowe n’Ihuriro ry’Inararibonye muri Iran. Uru rwego rusanzwe rugizwe n’abantu 88 ni rwo rufite inshingano zo gushyiraho Umuyobozi w’Ikirenga. Mojtaba yabaye Umuyobozi w’Ikirenga wa kabiri ruriya rwego rwashyizeho […]

Museveni yatangiye kuyobora EAC

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Werurwe yatangiye inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ni inshingano Perezida Museveni yasimbuyeho mugenzi we Dr. William Ruto wa Kenya wari umaze umwaka uyobora uriya muryango. Museveni yashyikirijwe inshingano kuri uyu wa Gatandatu, mu nama isanzwe ya 25 y’abakuru b’ibihugu […]

FARDC yagabye ibitero hafi y’umujyi wa Sake

Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kuri uyu wa Gatandatu zagabye ibitero mu gace ka Mushaki ko muri Teritwari ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Mushaki ni Centre iherereye mu bilometero bibarirwa muri 20 uvuye mu mujyi wa Sake. Muri Gashyantare 2023 ni bwo M23 yafashe iriya Centre ariko iza […]

U Burundi: Leta yavuze ku bujura bw’imyanya y’ibanga y’abagabo n’amabere y’abagore bwaciye igikuba

Leta y’u Burundi yahakanye amakuru avuga ko muri iki gihugu hamaze iminsi hagaragara ubujura bw’imyanya y’ibanga y’abagabo n’amabere y’abagore, ivuga ko abantu 11 bakwirakwije inkuru zitari zo kuri ubwo bujura bamaze gutabwa muri yombi. Amakuru y’ubujura bw’imyanya y’ibanga ku bagabo bo mu Burundi n’amabere y’abagore baho yatangiye kuvugwa muri iki cyumweru. Ku mbuga nkoranyambaga hagiye […]

Hamenyekanye ubufasha u Burusiya buri guha Iran mu ntambara ihanganyemo na Israel na Amerika

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru bikomeye byo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aravuga ko u Burusiya buri guha Iran amakuru y’ubutasi ari kuyifasha kumenya aho ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherereye mu Burasirazuba bwo Hagati. Abayobozi ba Amerika bavuganye n’ibitangazamakuru nka The Associated Press na The Washington Post, bavuze ko Moscow yaba yarahaye […]

Kagame yongeye gutanga impuruza ku mikoranire ikomeje hagati ya Kinshasa, umuhungu wa Habyarimana na FDLR

Perezida Paul Kagame yongeye kugaragaza ko hari imikoranire ikomeje hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarimo Jean-Luc Habyarimana usanzwe ari umuhungu wa Habyarimana Juvenal wahoze ari Perezida w’u Rwanda, mu rwego rwo gushimangira ubufatanye n’umutwe wa FDLR. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yaraye agejeje ku badipolomate bahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga itandukanye mu […]

Abakomando ba RDF basoje imyitozo yihariye bari bamazemo ibyumweru 22 (Amafoto)

Abasirikare n’abofisiye bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) mu Mutwe w’Ingabo Zidasanzwe (Special Operations Force), kuri uyu wa Gatanu basoje  amahugurwa y’ibanze yo guhangana n’iterabwoba bari bamazemo ibyumweru 22. Ni amahugurwa yaberaga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Umuhango wo gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umugaba  w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj. […]

Amerika igiye gukumira ‘abayobozi benshi b’u Rwanda’ ku butaka bwayo

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zigiye kubuza abayobozi benshi b’u Rwanda kubona viza zibemerera gukandagira ku butaka bwazo, kubera guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo. Byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026. Yagize iti: “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Amerika izashyiraho […]

Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva ari muri Tanzania

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yageze i Arusha muri Tanzania aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Ni inama agomba guhagarariramo Perezida Paul Kagame. Minisitiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva akigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kilimanjaro, yakiriwe na Minisitiri wungirije wa Tanzania ushinzwe inganda n’ubucuruzi, Hon. Denis Londo. Biteganyijwe ko kuri uyu […]

Umunsi Iran ita muri yombi abasirikare ba Amerika

Ku gicamunsi cy’itariki ya 12 Mutarama 2016, ubwato bubiri buto bw’ingabo zirwanira mu mazi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwari burimo kugenda mu mazi yo mu kigobe cya Perse, bwisanze bwayobye birangira abasirikare bari baburimo batawe muri yombi n’ingabo za Iran. Icyo gihe abasirikare 10 ba Amerika barimo abagabo icyenda n’umugore umwe bari mu […]

U Rwanda rugiye gucyura abaturage barwo bari muri Dubai na Bahrain

Leta y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukorana na sosiyete y’indege ya RwandAir, mu rwego rwo gucyura Abanyarwanda bari mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Bahrain. Byatangajwe na Ambasade y’u Rwanda i Abu Dhabi, mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Werurwe 2026. Iri tangazo risaba Abanyarwanda bari muri biriya bihugu […]

U Rwanda ruravuga rumwe n’abarimo u Bubiligi ku bibazo birimo drone zikomeje kwica abanye-Congo

Itsinda Mpuzamahanga rishinzwe gukurikirana ibibazo byo mu karere k’Ibiyaga Bigari (ICG), ryagaragaje impungenge zikomeye ku kuba agahenge ko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gakomeje kwicwa. ICG igizwe n’ibihugu birimo u Bubiligi, Danemark, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, u Bufaransa, u Budage, u Buholandi, u Busuwisi, u Bwongereza, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Suède iyiyoboye. […]

Umunyamerika yagizwe Umuyobozi mushya wa MONUSCO

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ku wa Kane yagize Umunyamerika James Swan umuyobozi mushya w’ubutumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO). Swan agiye kuyobora ubu butumwa mu gihe uburasirazuba bwa Congo bukomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano, kubera imirwano ihanganishije imitwe yitwaje intwaro n’ibibazo by’ubutabazi ku baturage bigenda byiyongera. […]

Senateri Bahati Lukwebo mu mazi abira ashinjwa kubahuka Tshisekedi

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatanze icyifuzo cyo gutakariza icyizere Visi-Perezida wa kabiri wayo, Modeste Bahati Lukwebo, nyuma yo kwerura ko adashyigikiye gahunda ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi yo guhindura itegekonshinga. Icyifuzo cyo gutakariza icyizere Senateri Lukwebo cyatangajwe na mugenzi we witwa, Dany Kabongo Bondanya, mbere y’iminsi icyenda gusa ngo Inteko Ishinga Amategeko […]

Umubare w’abamaze kugwa mu ntambara Iran ihanganyemo na Israel na Amerika

Abantu barenga 1,300 biganjemo abanya-Iran, ni bo bimaze kumenyekana ko bamaze kugwa mu ntambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwo hagati. Ni nyuma y’ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel biri kugaba kuri Iran kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize. Ni ibitero byatumye Iran irasa ku bihugu bitandukanye mu rwego rwo guhorera abarimo Umuyobozi w’Ikirenga […]

M23 yavuze uko abakomando bayo bajya kurasa i Kisangani bagasubira mu birindiro nta wubarabutswe

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko abasirikare bawo bo mu mutwe w’abakomando bajya bajya kurasa i Kisangani, mbere yo gusubira mu birindiro byabo nta wubaciye iryera. Ni amakuru yemejwe n’umuvugizi wungirije w’uriya mutwe, Dr Oscar Balinda. Dr. Balinda Yasubiwemo na Kigali Today agira ati: “AFC-M23 ifite amatsinda y’abakomando ajya hafi ya Kisangani, akagaba ibitero bigamije kuburizamo […]

Museveni yahishuye impamvu yanze ko Amerika ishyira ibirindiro bya gisirikare muri Uganda

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahishuye ko yangiye ibihugu bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bwongereza gushyira ibirindiro bya gisirikare mu gihugu cye, kuko gifite ubushobozi bwo kwirwanaho bidasabye ubufasha bw’ingabo z’amahanga. Museveni yavuze ko biriya bihugu byombi byamubungirije ibirindiro bya gisirikare mu rwego rwo kubaka igisirikare cya Uganda, ariko akabyanga. Ati: “Twifitiye […]

Kera kabaye umunyamakurukazi Sandra Umuhoza yafunguwe

Umunyamakurukazi Sandra Umuhoza yarekuwe by’agateganyo n’ubutabera bw’u Burundi, nyuma y’iminsi 685 yari amaze afunzwe. Ku wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe ni bwo uyu munyamakurukazi yarekuwe, nyuma y’icyemezo cyo kumurekura cyatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru mu Rukiko rw’Ubujurire rwa Ngozi, ku wa 27 Gashyantare. Icyakora n’ubwo yarekuwe, ntabwo yemerewe gusohoka mu gace atuyemo. Sandra Umuhoza w’imyaka 43 […]

Abantu benshi bari mu bwato bwa Iran baburiwe irengero

Ingabo zirwanira mu mazi za Sri Lanka, kuri uyu wa Gatatu zemeje ko zarokoye abantu 32 nyuma y’aho zihamagawe n’ubwato bw’ingabo zirwanira mu mazi bwa Irani ‘IRIS Dena’. Umuvugizi w’Ingabo za Sri Lanka zirwanira mu mazi, Budhika Sampath, yagize ati: “Nubwo byari birenze amazi yacu, byari mu karere kacu ko gushakisha no gutabara. Bityo twari […]

Ibitero bya Iran: U Rwanda rwaburiye Abanyarwanda bari muri UAE na Bahrain

Guverinoma y’u Rwanda biciye muri Ambasade yarwo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko iri gukurikiranira hafi uko umutekano wifashe mu burasirazuba bwo hagati. Ni mu butumwa iriya Ambasade yageneye Abanyarwanda batuye cyangwa bari mu ruzinduko mu bihugu bya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Bahrain. Ibi bihugu byombi biri mu byo mu burasirazuba bwo hagati […]