Ijambo ry’Imana: Ugendana n’abanyabwenge na we azaba umunyabwenge, ushyikirana n’abapfapfa bizamugwa nabi

Bibiliya ivuga ukuri kudashidikanywaho iyo igira iti “ugendana n’abanyabwenge na we azaba umunyabwenge, ariko ugirana imishyikirano n’abapfapfa bizamugwa nabi” (Imigani 13:20). Uwo mugani uvuga ibirenze ibyo kugirana n’umuntu imishyikirano isanzwe. Ijambo ‘kugendana’ ryumvikanisha imishyikirano ihoraho. * Hari igitabo gisobanura Bibiliya cyasobanuye uwo murongo kigira kiti “kugendana n’umuntu byumvikanisha kugirana na we ubucuti.” Ese ntiwemera ko […]

Ibintu 3 by’ ingenzi ugomba kuzirikana mu gihe cyo gutera akabariro

Mu gihe cyo gutera akabariro hari ibintu umuntu ashobora gukora atabishaka ahubwo akaza kubyicuza nyuma bikaba byanamutera isoni n’ikimwaro bitewe nuko aba yabikoze asa n’uwataye ubwenge kubera ubushake bwinshi. Abenshi iyo bari muri iki gikorwa bihutira kwivana ku nkeke baba batewe n’ubushake umubiri wabo uba ufite ,ndetse hari n’abakora ibidakwiye gusa bo batabizi ariko bakabikora […]

Nyarugenge: RRA yafunze amaduka y’ abacuruzi baryozwa miliyoni 800

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyarugenge ushizwe iterambere ry’ubukungu, Nsabimana Vedaste, avuga ko hari amaduka atandukanye ari gufungwa mu gace k’ubucuruzi kazwi nka “Quartier Commercial” na “Mateus”. Arafungwa kugira ngo hishyurwe imisiro n’amahoro by’ibirarane, bingana na miliyoni 800FRw. Agira ati “Hari abadufitiye ibirarane barimo: abamaze imyaka cyangwa amezi menshi badatanga imisoro n’amahoro”. Usibye kuba hari abacuruzi […]

Umugore agaburirwa hakoreshejwe umubirikira ngo azahige abandi mu kubyibuha ku isi-AMAFOTO

Monica Riley usanzwe ufite umubyibuho ukabije, yahisemo gushaka kwesa agahigo ko kuba umuntu ubyibushye ku isi aho agaburirwa n’umukunzi we akoresheje umubirikira ngo arusheho kumira nta rutangira. Uyu mugore ngo akomeje kurya amafunguro abyibushya yiganjemo ibikungahaye ku isukari abifashijwemo n’umukunzi we ukomeje kumutiza umurindi ngo kugeza ubwo abaye uwambere ku isi ubyibushye. Gusa nubwo yihaye […]

Burera: Hafashwe imyanzuro yo kurwanya Intagondwa zitwaza Idini rya Islam

Inteko rusange y’Akarere ka Burera yarateranye mu ntangiriro z’iki cyumweru isuzuma ingingo imwe irebana n’umutekano ushobora guhungabanywa n’intagondwa zikingiriza idini ya islam. Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwambajemariya Florence atangiza inama yibukije akamaro k’umutekano n’uruhare buri wese agomba kugira mu kuwubungabunga. Yavuze ko umutekano uhari mu gihugu hose ko ntabyacitse ariko ko atari ngombwa gutegereza ko […]

Tariki ya 07 Nzeli 1997, Marchal Mobutu yapfuye asize igihugu cye kigurumana

Muri uyu mwaka w’1997, ubwo Desire Kabila n’abari bamuri inyuma bamushakira ubutegetsi hasi no hejuru bari barakamejeje, Marishali Mobutu we nibwo yatabarutse adasoje urugamba, amaze igihe gito ahunze, aho atabarukiye igihugu cye cyasigaye kigurumana kugeza magingo aya kitarazima. Muri Gicurasi 1997, yahise ajya kwivuza indwara ya kanseri mu gihugu cya Maroc, aza gupfa ndetse ahambwa […]

EACJ: Urubanza Rujugiro Tribert akurikiranyemo guverinoma y’u Rwanda rwasubukuwe

Umuherwe Rujugiro Ayabatwa Tribert akomeje urugamba rwo gusubirana imitungo ye yafatiriwe na guverinoma y’u Rwanda, aho kuri uyu wa kabiri urukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rw’Ubutabera (EACJ) rwatangiye kumva imiterere y’ikirego Rujugiro yarushyikirije arega guverinoma y’u Rwanda gufatira imitungo ye mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo kujurira kwe ubwo yatsindwaga mbere. Ibi bikaba bije bikurikira […]

Leilla, umukobwa uba i Bujumbura akaba ashaka umukunzi

Ndi umukobwa muremure muto muto atari cane inzobe idakabije ndumunyeshure mba i Bujumbura ndumurundi kazi nkaba naje hano kwururubuga kuraba ko nobona amahirwe yokuronka King of my heart ariwe umukunzi. Nshaka umukunzi w’umusore muremure mutomuto atari cane wigikara yubaha abantu bose atakuvangura nawe akiyubaha akongera akiyubahisha, abe yitonda adakunda ibirori cane. Yiyizi azi n’agaciro ke […]

Gabon: Aubameyang ngo yatumye ikipe y’igihugu itsindwa yerekana ko ari inyuma ya Bongo

Umusore umaze kumenyekana mu mukino wa Ruhago mu ikipe ya Borussia Dortmund, aravugwaho kuba yaragize uruhare mu gutsindwa kw’ikipe y’igihugu ya ruhago mu rwego rwo kugaragaza ko ashyigikiye perezida wa Gabon Omar Bongo, ari naho uyu musore akomoka. Ni mu mukino wahuje ikipe y’igihugu ya Gabon na Sudan ubwo bahataniraga itike yo kujya mu gikombe […]

FDLR yahaye imbabazi abitandukanyije nayo ibasaba kugaruka bitarenze itariki ya 30 Nzeri

Umuyobozi w’ingabo za FDLR-FOCA aratangaza ko abahoze muri uyu mutwe baherutse kwitandukanya nawo bagashinga umutwe wabo bahawe imbabazi bakaba bahawe kugeza mu mpera z’uku kwezi bamaze kugaruka muri FOCA. Amakuru yo gucikamo ibice kw’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ukorera mu burasirazuba bwa Congo yamenyekanye mu ntangiriro za Kamena 2016, yavugaga ko umwanzuro wafashwe nyuma […]

Perezida Kagame i Nairobi aho yitabiriye AGRF 2016

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, umukuru w’igihugu yerekeje mu gihugu cya Kenya aho yitabiriye ihuriro ku mpinduramatwara mu by’ubuhinzi butangiza ibidukikije muri Afrika Africa Green Revolution Forum , AGRF 2016. Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame ni umwe mu bari butange ibiganiro muri iyi nama ahagana mu ma saa cyenda ku isaha ya hano […]

Lupita Nyong'o yerekaniye umukunzi we mu gihugu cye cy’amavuko

Lupita Nyong’o ukomoka muri Kenya akaba asanzwe akinira Filme muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaje mu gihugu cye kwerekana umukunzi. Ni nyuma y’igihe kitari gito uyu mukobwa asabwe n’abatari bake ko yazabereka umukunzi we bigakura abantu mu gihirahiro niba koko atari umutinganyi nkuko bamwe babicyekaga. Uyu mukobwa yerekanye umukunzi we bivugwa ko akomoka mu […]

U Rwanda ruzakuba 2 umusaruro w’indabo bohereza mu mahanga

U Rwanda rufite gahunda yo kuzamura umusaruro w’indabyo bohereza mu mahanga bitarenze uyu mwaka nyuma yo gutunganya ahantu hatunganirizwa indabyo mu gace ka Gishari mu karere ka Rwamagana. Hategekimana Emmanuel umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubucuruzi n’inganda niwe watangaje ibi, by’umwihariko ibi bikazafasha u Rwanda kubona amafaranga y’amanyamahanga rukoresha rutumiza ibicuruzwa bitaboneka mu gihugu, izi […]

E.U irashinjwa gukoresha Abajanjaweed bo muri Sudani mu gukumira abimukira

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi urahakana guha inkunga iyo ari yo yose umutwe wa RSF (Rapid Support Forces) wamenyekanye cyane ufite abarwanyi bitwa Janjaweed ngo ubafashe guhagarika abimukira mu Burayi binyuranyije n’amategeko, ahubwo wemera ko ushyigikiye ubushake bwa Sudani bwo kurwanya abimukira banyuranyije n’amategeko n’ubucuruzi bw’abantu. Umutwe wa RSF uzwi cyane nk’umutwe w’Abajanjaweed, ubusanzwe washinzwe na […]

Gasasira Gaspard wahoze ari umunyamakuru yatabarutse

Gasasira Gaspard wakoreraga Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), yapfuye mu masaya ya mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Nzeri 2016, iby’urupfu rwe bikaba bikiri amayobera kuko yapfuye mu gihe yiteguraga kujya ku kazi. Gasasira Gaspard yabyutse mu masaha ya mu gitondo agiye kwitegura kujya ku kazi, yicara iwe mu rugo bigaragara […]

Ikinamico: Hon. Agathon Rwasa arwanya ate Leta akorera?

Nta opozisiyo iri mu Burundi, kimwe n’ andi mashyaka ari ku ngoma muri Afurika CNDD/FDD ntiyifuza umuntu uyivuguruza niyo mpamvu iri shyaka ryishingiye opozisiyo ryifuza kandi yumvira amatwara n’ amahame nshingiro agomba kugenderwaho mu kuyobora igihugu. Iyo myitwarire ya CNDD/FDD rero yasenye opozisiyo ya politiki mu Burundi ndetse inakumira ibiganiro mpaka bya politiki ishingiye kuri […]

Hari impungenge z’uko Ingagi zishobora gucika ku Isi

Abashinzwe gusigasira inyamanswa zo muri pariki mu Rwanda baratangaza ko bafite icyizere cy’uko umubare w’Ingagi uzakomeza kwiyongera mu gihugu nubwo hakomeje kugaragazwa impungenge z’uko izi nyamanswa zishobora gucika kw’isi vuba aha. Ihuriro mpuzamahanga ry’abashinzwe kubungabunga ibidukikije bagaragaje ukuntu amoko amwe y’inyamanswa by’umwihariko Ingagi, agenda agabanyuka bikabije ku isi. Nk’uko raporo yashyizwe ahagaragaramuri kongere ya World […]

Kuki Ruganzu Ndoli yakuyemo imyenda ubwo yamenyaga ko umugabo wa nyirasenge ashaka kumwica?

Ruganzu II Ndoli umwami wayoboye u Rwanda mu bihe bigoye, birimo no gushaka kwicwa ariko ntibyagerwaho ahungishirizwa kwa nyirasenge Nyabunyana i Karagwe. Ndahiro Cyamatare cya Yuhi Gahima ka Mibambwe Mutabazi abonye ko bene se wabo bagiye kumuvana ku ngoma, ni bwo yigiriye inama yo guhungisha umuhungu we kugirango batazamwica azabone uko yima ingoma. Mu gihe […]

Abanyamakuru n’abanyapolitiki baganiriye uko banoza imikoranire aho guhangana

Abanyapolitiki n’abanyamakuru bo mu Rwanda basanga nta n’umwe ukwiye gushyira inyungu ze imbere ahubwo batahiriza umugozi umwe bagamije kubaka igihugu. Ibi bakaba babiganiriyeho ubwo izi mpande zombie zagiranaga ibiganiro kuri uyu wa 06 Nzeri hagamijwe kwiga uko inkuru za politiki zajya zikorwa kinyamwuga. Umuvugizi w’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda, madamu Mukabunani Christine, yatangaje […]

CNLG yatangiye ibarura ry'abarokotse jenoside bakeneye ubufasha bwihutirwa

Komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside (CNLG) ifatanyije n’indi miryango, kuri uyu wa kabiri batangije ibarura kugirango hamenyekane abarokotse jenoside batishoboye bacyeneye ubufasha bwigutirwa. Iki gikorwa cyatangiranye n’ingo z’abarokotse jenoside zirenga 70 zo mu midugudu 6 yo mu karere ka Rusizi ndetse bigakomereza mu turere twa Rulindo, Gatsibo, Nyagatare, Kayonza, Rwamagana na Bugesera. James Nzirimo, ushinzwe […]

Mu Mugezi wa Rusizi hatoraguwe imirambo y’abantu babiri bishwe bajugunywamo

Mu Mugezi wa Rusizi, mu birometero nka 5 uvuye mu Ntara ya Cibitoke ho mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, hatowe imirambo ibiri y’abantu bishwe bajugunywamo. Iyi mirambo, uw’umugabo n’uw’umugore, yasanzwe mu mugezi wa Rusizi ku ruhande rwa Segiteri Rusiga, muri Komini ya Rugombo. Nk’uko byatangajwe na SOS MĂ©dias Burundi , ngo ni abahinzi bakorera ku […]

Abahanzi 11 batabarutse ariko ibihangano byabo bikaba bitazibagirana

Bamwe muri aba bahanzi bagiye bicwa muri jenoside abandi bicwa n’ idwara ariko kugeza magingo aya ibihangano byabo birabavugira, n’ubwo hatangajwe 11 si uko aribo gusa batabarutse ibihangano byabo bikaba bikiri mu mitwe ya benshi. 1.Kagambage Alexandre: Uyu muhanzi yagaragaje ubuhanga mu njyana nyarwanda ibyo byatumye aba ikirangirire anatumirwa cyane mu mihango y’ ubukwe. 2.Sebanani […]

Gusangira amakuru bizaca ihohoterwa rishingiye ku gitsina- Komiseri Nyamwasa

Umuyobozi wa Kigali Forensic Laboratory, Commissioner of Police (CP) Dr Daniel Nyamwasa yabwiye abaturage b’umurenge wa Kinyinya, mu karere ka Gasabo ko, bumwe mu buryo bwo gukumira ndetse no kuzarandura mu minsi iri imbere ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa mu ngo, ari ugusangira no guhanahana amakuru n’inzego zishinzwe umutekano ndetse n’inzego z’ibanze. Yatanze ubu butumwa […]

Kuki Opozisiyo Nyarwanda yagiye ishimangira ko nta Muhutu ugira ijambo mu gihugu?

Kuva Abakoloni baza mu Rwanda ndetse na nyuma y’ aho ubwo rwabonaga ubwigenge iturufu y’ ubwoko n’ uturere byagiye bihabwa intebe kuko nibyo byagaburaga. Ibyo rero byabaye umurage kuko, iki kibazo cy’ ivanguramoko cyatumye igihugu gihura n’ icuraburindi hafi yo kuzima dore ko na nyuma ya jenoside Loni yari ifite umugambi wo gufata u Rwanda […]

Abanyarwanda bari bafite amoko 18, yaje guhinduka 3 ate?

Andi moko avugwa(Abahutu , Abatutsi n’ Abatwa ) yatangiye kuvugwa cyane mu gihe cy’abakoloni kuko Abashakashatsi batandukanye bananiwe kwerekana amoko y’ ukuri y’ abanyarwanda kugeza n’ aho bamwe bakurikije imibereho y’Abanyarwanda mu bijyanye n’ imitungo; baza kwanzura ko umutunzi w’ inka nyinshi ari umututsi, naho ugihakwa agishakisha amaboko akitwa umuhutu byumvikane ko umutwa yibagiranye.   […]