Peace Cup: Kiyovu Sports ikomereje ku bitego byo hanze

Kuri uyu wa 30 Kamena, mu mukino wa 1/2 cy’irushanwa ry’Igikombe cy’Amahoro, Kiyovu Sports ikomereje ku bitego byo hanze isezereye Police FC. Uyu mukino wabonetsemo ibitego 6 muri rusange, warangiye Police FC yakiniraga iwayo itsinze Kiyovu Sports ibitego 4-2 ariko ntibyagira kinini bitanga kuko mu mikino ibiri amakipe yanganyaga ibitego 4-4 ariko kubera ko iyi […]

Umutwazi wa moto yavuye mu nzara z'urusamagwe

Mu Buhinde, urusamagwe rwirukanse ku mutwazi wa moto n’uwo yari ahetse barokoka mu masegonda atanu. Uru rusamagwe rwo mu bwoko bwa ‘Bengal’ rwaturutse muri pariki ya Nagarhole rwari hafi yo gufata ipine y’iyi moto ariko mu masegonda atanu rwahise rusubira mu ishyamba. Amashusho agaragaza uru rusamagwe ruva muri pariki rugana mu muhanda, rwirukanka kuri iyi […]

Kirehe: Abaturage barishimira aho bagejeje besa imihigo

Abayobozi n’abaturage bo mu Karere ka Kirehe, barishimira ibikorwa by’indashyikirwa  byabafashije kwibonera  amavuriro n’ibindi ibikorwaremezo byakozwe  hatifashishjwe ingengo y’imari ya Leta mu mwaka w’imihigo 2018/2019. Mu mwaka w’ingengo y’imari 2018/2019 mu karere ka Kirehe hari hateganyijwe ibikorwa 163 byarimo imihigo 72 n’ibindi bikorwa  91 bigamije iterambere ry’Akarere Muhoza Salivain utuye mu Kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama, yavuze […]

“Ntabwo ntekereza ko ndi baringa”- Perezida Felix Tshisekedi

Iyi ntero igira iti” Ntabwo ntekereza ko ndi baringa” yavuzwe na Perezida wa Congo-Kinshasa, FĂ©lix Tshisekedi kuwa 29 Kamena 2019 mu kiganiro yagiranye na RFI ndetse na France24 i Lubumbashi. Muri iki kiganiro kirambuye, Tshisekedi yagarutse ahanini ku matora yamugejeje ku ntebe atavugwaho rumwe na benshi aganira ku kibazo ahura na nacyo kugira ngo ashyireho […]

Dukorera Imana ikunda kuduha imigisha

Soma Abaheburayo 11:1-2 Imana ikunda gutanga imigisha, kandi ikaguha imigisha myinshi. Ni Imana y’ Imigisha gusaaaaa, inzozi zayo (dream) ku ubuzima bwawe kandi mu inzira utatekereza ko yabaho.   Niba wari mu guhangayika cyangwa ufite ubibazo byo kuba wabona intsinzi mu buzima bwawe. Biroroshye kuba wabyinjiza mu ibitekerezo byawe. Ariko nabwo bikaba binoroshye kugira ngo […]

Indemyabusugire, izina rya Gitore ryahawe abakozi ba REG

Abakozi ba Sosiyete y’Igihugu y’ingufu (REG) bari bamaze icyumweru mu itorero, i Nkumba mu Ntara y’Amajyaruguru, bahawe izina rya Indemyabusugire, riturutse ku kuba aribo shingiro ry’Ubukungu n’Ubususuruke mu gihugu. Ni izina bahawe na Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Amb. Gatete Claver, kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Kamena 2019, abibutsa ko ibyo bigishijwe mu itorero bamazemo iminsi irindwi […]

Kamonyi/Kayenzi: Itsinda ry’Ababyirukanye rirajwe ishinga n’iterambere ry’aho rivuka

Itsinda ‘Ababyirukanye’ rigizwe n’urubyiruko rw’abavuka mu Kagari ka Cubi, Umurenge wa Kayenzi, Akarere ka Kamonyi, ariko baba muri Kigali n’ahandi mu gihugu, rishishikajwe n’iterambere ry’aka Kagari bavukamo ndetse n’iry’igihugu muri rusange. Mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi kwa Gatandatu, wabaye ku wa 29 Kamena 2019, iri tsinda ry’Ababyirukanye ryifatanyije n’abaturage bo mu mudugudu wa Gitwa, […]

Tanzania: Impunzi z’Abarundi zirasaba kwimurirwa mu yindi nkambi

Abarundi bahungiye muri Tanzania nyuma y’imvururu zishingiye kuri politiki zavutse mu gihugu mu mwaka wa 2015, barasaba kwimurirwa mu zindi nkambi, kugira ngo umutekano wazo ubungwabungwe. Izi mpunzi ziba mu nkambi 3, Nduta, Mtendeli na Nyarugusu, zikavuga ko kuba umutekano wazo ukomeza guhungabanywa biterwa n’uko inkambi zubatse hafi y’umupaka ugabanya u Burundi na Tanzania. Zisaba […]

Nta kiguzi twabona duha ubumwe bw' Abanyarwanda- Hon Mukabalisa

Perezida w’Inteko Nshingamategeko, umutwe w’Abadepite, Hon. Mukabalisa Donatille avuga ko ubumwe ari umusingi w’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho, bityo ko nta kiguzi cyabwo umuntu yabona. Mu kiganiro Hon. Mukabalisa n’itsinda ry’Abadepite ayoboye, bagiranye n’abaturage b’umurenge wa Mudende, Akarere ka Rubavu, ubwo bari basoje umuganda usoza ukwezi kwa Gatandatu, wabaye ku wa 29 Kamena 2019, yashimiye […]

Rusizi: Abakozi b’imishinga basabwe kugira imikorere izira akajagari

Abayobozi n’abakozi b’imishinga  12 iterwa inkunga na Compassion international mu karere ka Rusizi  bongeye kwibutswa inshingano zabo mu kubonera abana bagera ku 3250 bitaho ubumenyi n’ubrere bukwiye, ku bufatanye n’abashumba b’amatorero ya gikirisitu iyo mishinga ikoreramo,buri wese asabwa kwitanga atizigama  no kunoza imikorere ngo aba bana bitaho mu bihe biri imbere bazabashe kwigirira akamaro batezweho […]

Perezida Trump yongeye guhura na Kim Jong-un atera intambwe yinjira muri Koreya ya Ruguru

Kuri iki Cyumweru, itariki 30 Kamena, Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yongeye guhura n’Umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong-un, bahuriye ku mupaka wa Koreya zombie, ndetse atera intambwe nkeya n’amaguru yinjira by’amateka muri Koreya ya Ruguru. Itangazo ry’uku guhura ryari ryasohowe mbere yahoo gato na Perezida wa Amerika na mugenzi […]

Ernest Nimubona ukomeye mu gisirikare cy'u Burundi yaburiwe irengero

Ernest Nimubona ufite ipeti rikuru (officier supĂ©rieur) mu gisirikare cy’u Burundi yaburiwe irengero kuva ku wa Gatanu tariki ya 27 Kamena 2019, umuryango we ukaba utaramenya irengero rye. Nk’uko bitangazwa na SOS Medias/ Burundi, ngo Ernest Nimubona yari asanzwe akora muri Etat Major, by’umwihariko akaba yaranahoze mu gisirikare cy’u Burundi na mbere y’amasezerano yo mu […]

11% by’abazize Jenoside mu yahoze ari Kibungo baguye muri za Kiliziya n’insengero

Ubushakashatsi Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yakoze ku mateka  y’itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Perefegitura ya Kibungo, bugaragaza ko 11% by’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri iyi Perefegitura baguye muri za Kiliziya n’insengero. Ubu bushakashatsi bwakorewe mu zahoze ari Komine 11 zari zigeze icyahoze ari Perefegitura ya Kibungo, bugaragaza […]

RDC: Hagiye gukorwa operasiyo mu duce twugarijwe n'umutekano muke

Umukuru w’igihugu cya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko hagiye gukorwa za ‘operations’ mu duce dutatu twugarijwe cyane n’umutekano muke uterwa n’inyeshyamba ndetse n’imitwe y’iterabwoba. Djugu na Mahagi mu ntara ya Ituri na Minembwe muri Kivu y’Amagepfo ni two duce Tshisekedi yatangarije mu isabukuru y’imyaka 59 iki gihugu kimaze kibonye ubwigenge ku […]

Nibyo, ndemeza ko ADF ari umutwe w’iterabwoba – Perezida Tshisekedi

Perezida Felix Tshisekedi, wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ku mugaragaro ko ADF ari umutwe w’iterabwoba uteye ikibazo ku Banyekongo kandi ufitanye imikoranire n’umutwe wa Islamic State. Ni mu kiganiro yahaye RFI na France 24 kuri uyu wa Gatandatu  ari muri Katanga. Iki kiganiro biravugwa ko cyabereye muri etage ya kane y’inyubako ikoreramo Intara […]

Iburasirazuba: Umwiherero w’abayobozi witezweho impinduka mu miyoborere y’inzego z’ibanze

Abayobozi mu nzego z’banze basaga 700 bateraniye mu mwiherero w’iminsi 3 mu ishuri ryigisha abapolisi riherereye mu Murenge wa Gishari, mu Karere ka Rwamagana. Ijambo  Guverineri Mufulukye Fred yagejeje ku bayobozi baturutse mu turere twose tugize intara y’iburasirazuba  ryibanze ku kunenga ibitagenda neza mu miyoborere y’inzego z’ibanze  ndetse no gusaba ababarizwa mu nzego z’ibanze kwirinda imikorere ituma abaturage batabona […]

Kamonyi: Umurenge wa Runda wegukanye igikombe cy’umuganda uhigitse indi 415

Umurenge wa Runda mu Karere Kamonyi wahawe igikombe cy’ibikorwa by’umuganda kubera guhangana n’ibiza biherutse kwibasira ako karere mu mwaka wa 2016 bikangiza  amazu 2400, ubutaka buhinzeho imyaka mu gishanga cya Kamiranzovu, bigatwara n’ ubuzima bw’abaturage 16 . Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Shyaka Anastase, ashimira abaturage bo mu Murenge wa Runda kuko bagize uruhare runini mu gushyira […]

Ibisambo byitwaje intwaro byibasira abakozi ba Mobile Money byakamejeje muri Kampala

Ibisambo byitwaje intwaro byibasira abakozi ba Mobile Money mu Mujyi wa Kampala byongeye kwaduka birasa umwe muri aba bakozi ndetse n’umushoferi we. Ubujura bwabereye ku Muhanda wa Balintma, muri Zone ya Kayiwa muri Rubaga ku isaha ya saa yine z’ijoro kuri uyu wa Gatanu ushize. Umuvugizi Wungirije w’Igipolisi muri Kampala, Luke Owoyesigyire avuga ko uwishwe […]

Nyanza: Mu mihigo 73 bari bahize harimo imwe n’imwe ikiri inyuma

Ubuyobozi bw’akarere  ka Nyanza buvuga ko nubwo bwifuzaga kwesa  imihigo yose bari barahize mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2018 — 2019  kuko mu mihigo 73  bari bahize harimo imihigo imwe  ikiri inyuma ngo bikaba byaratewe n’uko yagiye igira ikibazo. Ntazinda Erasme umuyobozi w’akarere ka Nyanza  avuga ko umuhigo wa mbere utarashoboye kugerwaho  ijana ku ijana […]

Nyamasheke: Abatesha abana amashuri bakabajyana mu mirimo ivunanye akabo kagiye gushoboka

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buraburira ababyeyi  n’abandi batesha abana kwiga bakabajyana mu mirimo ivunanye  bashukishawa udufaranga tw’intica ntikize ko batazihanganirwa kuko ibihano bihari bibategereje  byanatangiye,bugasaba buri wese urebwa n’uburenganzira bw’umwana guhaguruka agahangana n’ikintu cyose cyabubangamira. Ni bimwe mu byo Bwiza.com yatangarijwe n’umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Mukamana Claudette nyuma y’ibiganiro  abarebwa n’uburenganzira bw’umwana […]