Côte d’ivoire: Minisitiri w’Intebe Amadou Gon Coulibaly yapfuye

Amadou Gon Coulibaly wari Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire akaba n’uwagombaga guhagararira ishyaka riri ku butegetsi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu Kwakira uyu mwaka, yitabye Imana kuri uyu wa gatatu. Ni amakuru yatangajwe na Perezida, Alassane Ouattara, wemeje ko igihugu cyahise kijya mu cyunamo. Amadou Gon Coulibaly w’imyaka 61 y’amavuko, yaherukaga kumererwa nabi mu […]

Urukingo rwa Covid-19 ruzatuma abantu badakandagira ku marembo y’Ijuru-Kanye West

Umuhanzi Kanye West uherutse gutangaza ko aziyamamariza kuyobora Amerika muri uyu mwaka, yatangaje ko adashyigikiye gahunda yo gushakisha urukingo rw’icyorezo cya Coronavirus kuko “ari igihano Imana yahaye abantu ku bw’ibikorwa bibi byabo.” Mu kiganiro n’ikinyamakuru Forbes kuri uyu wa Gatatu, Kanye West yavuze ko kuba hari abantu muri iyi minsi bahugiye mu gukora ubushakashatsi bugamije […]

Kigali, Rusizi na Ngoma habonetse abantu 22 banduye Covid-19

ecbnjcawkaex5cn.jpg

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 8 Nyakanga 2020 yatangaje ko hagaragaye abantu 22 banduye Covid-19 mu bipimo 2644 byafashwe. Ababonetse i Kigali ni 17 bose bavuye mu kigo kinyurwamo by’igihe gito. Abandi barwayi babonetse ni abo muri Rusizi 3 n’abo muri Ngoma 2. Abamaze gukira iki cyorezo bageze kuri 610 barimo 15 b’uyu […]

Uganda: Abamotari bajyanye leta mu rukiko kubera kubabuza gukora muri Covid-19

Abakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri moto muri Uganda bajyanye leta mu rukiko bayiziza kubabuza gukora mu gihe abandi bemerewe gukomeza ibikorwa byabo muri iki gihe cya Covid-19. Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’abatwara agagenzi kuri moto muri Uganda, kuri uyu wa Gatatu ryajyane ikirego mu Rukiko Rukuru rwa Kampala, barega Leta ya Uganda kutabaha ubufasha mu gihe […]

Rwiyemezamirimo Nkubiri Alfred yongeye gutabwa muri yombi

Ku nshuro ya kabiri, rwiyemezamirimo wagemuriraga u Rwanda inyongeramusaruro zikoreshwa mu buhinzi, Nkubiri Alfred yongeye gutabwa muri yombi na RIB, we n’abandi 8 aho bakurikiranyweho kunyereza ifumbire ifite agaciro ka miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda. NKubiri wamaze gukorerwa dosiye na bagenzi be, asanzwe ari umushoramari ufite uruganda rwa ENAS rutuganya rukanageza ifumbire ku baturage. Uyu […]

Griezmann mu bakinnyi barindwi badakorwaho muri FC Barcelona

Ikipe ya FC Barcelona yijeje Umufaransa, Antoine Griezmann ko azakomeza kuyikinira, cyo kimwe n’abandi bakinnyi batandatu iyi kipe yemeza ko batagurishwa. Ikinyamakuru ESPN cyavuze ko muri iki cyumweru abahagarariye Griezmann bagiranye ibiganiro n’abayobozi ba Barça, bagamije kurebera hamwe ahazaza h’uriya musore muri Barcelona. Griezmann w’imyaka 29 y’amavuko ntabwo yitabiriye ibyo biganiro, gusa mushiki we witwa […]

Nyamasheke: Ahaherutse guhira ikamyo, hahiriye indi n’umushoferi wayo ahiramo arakongoka

Hari hashize ibyumweru bibiri haguye indi kamyo yari itwaye mazutu

Mu masaa mbiri n’igice y’umugoroba wo ku wa 7 Nyakanga ni bwo ikamyo ifite plaque BJ 390, yari itwawe n’umushoferi w’Umunyakenya witwa Mugiza Anderson mu muhanda Huye-Rusizi, yageze mu gace kamanuka cyane k’Umudugudu wa Ruvumbu, Akagari ka Buvungira mu Murenge wa Bushekeri w’Akarere ka Nyamasheke, ikagonga indi imaze ibyumweru 2 ihahiriye na yo igashya igakongoka […]

Umudipolomate wa Sudani y’Epfo yagaragaye yihagarikira mu nama

Umudipolomate wa Sudani y’Epfo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara yihagarika (asoba) mu kiganiro cya Politiki cyatambukaga imbonankubone ku rubuga rwa Facebook. Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, abari muri icyo kiganiro nyunguranabitekerezo baganiraga ku ishyirwaho rya Guverineri wa Leta ya Upper Nile, ubwo Gordon Buay, Ambasaderi wungirije wa […]

Umuyobozi Covid-19 izasiga ku ntebe azigurire kamwe

Kuva umwaka w’2020 watangira ukanahurirana n’icyorezo cya Covid-19 cyugarije u Rwanda n’Isi muri rusange, abayobozi mu nzego zitandukanye z’igihugu bakomeje kwirukanwa ku nshingano zabo mu gihe abandi benshi bari mu manza n’amaperereza bishobora kubafungisha, bigashimangira ko uyu mwaka ushobora kuzasiga benshi mu rungabangabo. Kuvuga ku wo Covid-19 izasiga ku ntebe akwiye kwigurira akantu [agacupa ku […]

U Bushinwa na OMS, amaturufu akomeye mu kwiyamamaza kwa Donald Trump

U Bushinwa na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bikomeje intambara y’amagambo, ahanini ishingiye ku ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS. Leta zunze ubumwe z’amerika zishinja OMS kubogamira u Bushinwa ku myanzuro yose ifata ku cyorezo cya Covid-19. Perezida Donald Trump yakomeje gusaba OMS kwiga ku kibazo cy’u Bushinwa, kugeza ubwo Amerika yahagaritse inkunga zose yageneraga […]

Covid-19 izatuma abari mu bukene bukabije bagera kuri miliyoni 49.2 muri Afurika mu 2021

Banki Nyafurika itsura Amajyambere, BAD itangaza ko icyorezo cya Coronavirus cyatumye ubukungu bw’Isi busubira inyuma kizatuma umubare w’abantu bari mu murongo w’ubukene bukabije muri Afurika biyongera bakava kuri miliyoni 28 bakagera kuri miliyoni 49.2 mu mwaka wa 2021. Raporo ya ‘Africa Economic Outlook 2020’ yasohowe n’iyi Banki kuri uyu wa Kabiri yakozwe hibanzwe ku gusuzuma […]

Rwanda : Ni bake bakuwe ku ntebe y’ubuyobozi bakongera kuyigarurwaho

Kongera kugirirwa icyizere mu buyobozi bukuru bw’igihugu ni ikintu kiba gake gashoboka kuko uhagaritswe ku mirimo, agasimbuzwa cyangwa akegura, byumvikana bidatinze ko yaba yananiwe izo nshingano. Kongera kuzigarurwamo bibaye gake mu Rwanda nyuma y’Imyaka 26 u Rwanda rubohowe. Mu byemezo by’Inama z’Abaminisitiri zisanzwe cyangwa izidasanzwe zabaga mu myaka mike ishize, humvikanaga ngo ‘uyu yakuwe ku […]

Brazil: Perezida Bolsonaro urwaye Covid-19 yongeye kugaragara yarenze ku mabwiriza

Perezida wa Brazil, Jair Bolsonaro nyuma y’aho atangarije ko yanduye Koronavirusi, akomeje kugaragara mu ruhame atubahirije ingamba zo kwirinda kwanduza abandi iki cyorezo. Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’igihugu cya Brazil, Perezida yakomeje kugaragara atambaye agapfuka munwa. Ibi binahurirana n’ibyo yagiye atangaza kuri iki cyorezo. Aho yasabaga abanya-Brazil kwihatira gukora siporo, cyane ko yasangaga ari […]

APR FC yatandukanye n’uwari umutoza wayo wungirije

Umunya-Maroc, Dr Nabil Bekroui, wari umutoza wungirije mu ikipe ya APR FC, yatangaje ko agomba gutandukana na yo akava mu Rwanda ubwo ingendo zizaba zifunguwe, nyuma yo kunanirwa kumvikana na yo ibijyanye no kuba yakongererwa amasezerano. Uyu mutoza yari amaze umwaka umwe mu kipe y’ingabo z’igihugu, nyuma yo kuyigeramo mu mwaka ushize azanwe na mwene […]

Kenya: Abasenateri baherutse kurwanira mu Nteko basabiwe ibihano

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya yasabiye abasenateri 2, Beatrice Kwamboka wo mu ishyaka (ODM) rya Raila Odinga na Mary Seneta wo mu ishyaka (Jubilee)r iri ku butegetsi ibihano by’imyitwarire bagaragaje idahwitse. Ukutumvikana kw’izi ntumwa za rubanda kwabaye mu cyumweru gishize ubwo abasenateri bari mu matora y’umuyobozi wa Komisiyo y’ubuzima muri Sena ya Kenya. Seneta […]