Abayobozi bo muri MINECOFIN na MININFRA bibye Leta za miliyari, bakatiwe
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahamije ibyaha abari abayobozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse no muri Minisiteri y’ibikorwa Remezo, rutegaka ko bafungwa imyaka itandatu. Aba bari bakurikiranweho ibyaha byo gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Umwanzuro w’urukiko wasomwe tariki 31 Werurwe 2021, wemeje ko RWAKUNDA Christian wabaye Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), […]
CAF CL: Simba ya Kagere yanyagiye AS Vita Club, igera muri 1/4 cy’irangiza
Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania yakatishije itike ya 1/4 cy’irangiza, nyuma yo kunyagira AS Vita Club y’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibitego 4-1. Amakipe yombi yakinaga umukino wa gatanu ari na wo ubanziriza uwa nyuma wo mu tsinda A. AS Vita Club y’umutoza Florent IbengĂ© yari hejuru gato ya […]
La demande de libération anticipée du Col. Bagosora rejetée
Le gouvernement rwandais a fĂ©licitĂ© le MĂ©canisme international rĂ©siduel pour les tribunaux pĂ©naux (IRMCT) pour avoir rejetĂ© la demande de libĂ©ration anticipĂ©e du cerveau du gĂ©nocide condamnĂ©, ThĂ©oneste Bagosora. Cet ancien chef militaire de 79 ans avait dĂ©posĂ© une demande de libĂ©ration anticipĂ©e auprès du prĂ©sident de l’IRMCT, indiquant que, s’il Ă©tait libĂ©rĂ©, il aimerait […]
Mali: Abarikare 4 b’Umuryango w’Abibumbye biciwe mu gitero gikaze ku kigo cya Minusma
Abasirikare bane b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata, biciwe mu gitero cyagabwe ku nkambi yabo. Imibare y’agateganyo yatanzwe na Loni, ivuga ko abasirikare bane bishwe abandi benshi bagakomereka kuri uyu wa Gatanu ushize mu gitero cyagabwe ku nkambi ya Minusma iherereye ahitwa Aguelhoc, […]
Martin Ngoga yahawe inshingano nshya muri FIFA
Umunyarwanda Martin Ngoga yagizwe Umuyobozi Wungirije wa Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA. Martin Ngoga yatanzwe na CAF ku wa Kabiri tariki ya 30 Werurwe, mu nama ya Komite Nyobozi y’iyi mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika yabaye kuri iyo tariki. CAF ku rubuga rwayo yavuze ko Ngoga n’abandi bifujwe bazabanza gukorerwa […]
Harmonize yaba yahise atandukana n’umukunzi we mushya, Kajala

Imwe mu nkuru ziri kuvugwa cyane muri Tanzania ni ugutandukana kwa Harmonize n’umukunzi we bari bamaranye igihe gito, Kajala Masanja ku mpamvu zitaramenyekana. Ibi birashingirwa ku kuba Kajala yamaze gusiba amafoto yose ari kumwe na Harmonize kuri Instagram ndetse akamu-unfollowing (akareka gukomeza gukurikira ibyo ashyira kuri urwo rubuga). Si ibyo gusa kuko hari gushingirwa nanone […]
U Bwongereza bugiye gufasha RDC kugarura umutekano mu burasirazuba

Guverinoma y’u Bwongereza iravuga ko igiye gufasha Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo kugarura umutekano mu burasirazuba bw’igihugu. Kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata 2021, Perezida Felix Tshisekedi Tshilombo, yakiriye Ambasaderi w’u bwongereza muri RDC, Emily Maltman, aho ibiganiro bagiranye byibanze ku bufasha u Bwongereza bushaka guha RDC mu rugamba irimo rwo […]
Musenyeri Cyprian Kizito yasanzwe mu cyumba cye yapfuye
Musenyeri Dr Cyprian Kizito Lwanga wari Umushumba wa Diyosezi ya Kampala muri Uganda, yitabye Imana mu ijoro ryakeye. Urupfu rwa Kizito Lwanga wari Arkiyeskikopi wa gatatu wa Diyosezi ya Kampala rwemejwe na Kiliziya Gatolika muri Uganda, yavuze ko yasanzwe mu cyumba cye yapfuye. Dr Lwanga yari yarimitswe nka Arkiyeskopi wa Kampala ku wa 19 Kanama […]
Colonel yishe ukora mu kabari/Kubera iki abaturage bakomeza gusiragizwa ku mitungo yabo?#Hiryanohino
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
U Burundi bwasobanuye impamvu Ndayishimiye yagaragaye muri CAR yambaye nk’umusirikare
Leta y’u Burundi yagize icyo ivuga ku kuba Perezida Evariste Ndayishimiye yaragaragaye muri Centrafrique yambaye umwambaro wa gisirikare, igaragaza ko ntawe bikwiye gutera urujijo. Ku wa Gatatu w’iki cyumweru ni bwo Perezida Ndayishimiye yagaragaye ari mu mwambaro wa gisirikare, ari kumwe n’abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro mu gace ka […]
Uwari umukozi w’Akarere ka Gasabo akekwaho ko yishe umushumba akamutaba mu ifamu nyuma akamutaburura akamuta muri Nyabarongo
Umugabo witwa Ganza Rodrigue wari umukozi w’Akarere ka Gasabo akekwaho ko yishe umushumba witwa Jean Claude Maniragaba, akamutaba mu ifamu ya mwene nyina witwa Fabrice Gafunzo nyuma byamenyekana akajya kumujugunya muri Nyabarongo. Iki cyaha uyu Ganza ari gukurikiranwaho na RIB cyabereye mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango, mu Mudugudu wa Kanyinya, […]
Urukiko rwafashe umwanzuro ku mugabo n’umugore bari babanye imyaka 21 bataratera akabariro
Urukiko mu gace ka Buguruni muri Tanzania rwahisemo gutandukanya umugore witwa Rebecca Magaba n’umugabo we, Maselege Zabron bari bamaze imyaka 21 babana ariko batarakora imibonano nk’abashakanye. Urukiko rwavuze ko aba bombi bagomba kugabana bakaringaniza ibyo bungutse muri iyo myaka y’urushako. Magaba kugira ngo ahabwe gatanya, yavuze ko mu myaka 21 amaranye n’umugabo we, batarakora imibonano […]
RDC: Uwayoboraga urwego rw’iperereza ugishakishwa yasabye kuzaburanira mu ruhame
Kalev Mutond wahoze ari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (ANR), abinyujije mu ibaruwa abamwunganira bashyikirije umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa / Gombe, urubuga 7SUR7. CD rwaboneye kopi kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 02 Mata, 2021, yasabye ko impapuro zo kumuta muri yombi yashyiriweho zavanwaho kugirango […]
Al Shabab yatereye icya rimwe ibigo bibiri bya gisirikare initambika ubutabazi
Intagondwa za Al Shabaab muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu zabyutse zigaba ibitero ku bigo bibiri by’igisirikare cya Somalia ndetse zibasha no kwitambika imodoka za gisirikare zari zivuye mu murwa mukuru zitabaye. Uyu mutwe wa Al Shabab ukunze gushinjwa gukorana na Al Qaida ugizwe n’intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu umaze imyaka […]
Musanze: Umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda yasanzwe iwe mu rugo yapfuye
Dr Nshimiyimana Isaie wari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda mu Ishami ryayo ry’Ubuhinzi n’Ubworozi riri mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, yasanzwe iwe mu rugo yapfuye. Abo mu muryango wa Nyakwigendera bavuga ko yitabye Imana ejo ku wa Gatanu, gusa icyamwishe kikaba kitaramenyekana. Amakuru avuga ko ku mugoroba w’ejo ari bwo Madamu wa […]
Amabwiriza mashya agenga imikoreshereze y’insengero mu gihe cya Covid-19

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ishingiye ku byemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa 15 Werurwe 2021 yemereye insengero zahawe uburenganzira kuko zujuje ibisabwa gukomeza gukora, kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata yasohoye amabwiriza agomba kugenga imikoreshereze y’insengero mu gihe cya Covid-19. Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV
Icyo u Rwanda ruvuga ku cyemezo cyafatiwe Bagosora
Nyuma y’uko umucamanza Carmel Agius yanze gufungura ThĂ©oneste Bagosora wari wasabye ko yafungurwa , Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yishimiye kiriya cyemezo, ivuga ko uburemere bw’ibyaha yakoze ari bunini k’uburyo agomba kurangiza igihano yakatiwe. Minisiteri y’ubutabera mu Rwanda itangaza ko Bagosora yabaye umwe mu bacuze kandi bagaharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi ishyirwa mu bikorwa. Kuri […]
Boko Haram yigambye guhanura indege y’indwanyi ya Nigeria yari yaburiwe irengero
Umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram wigambye ko ari wo wahanuye indege y’intambara y’Igisirikare cyo mu kirere cya Nigeria (NAF) muri video yasohoye kuri uyu wa Gatanu nyuma y’iminsi ibiri iyi ndege ibuze kuri radar. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, dukesha iyi nkuru biravuga ko bitabashije kugenzura niba iyi video ari umwimerere. Ibura ry’iyi ndege y’intambara yo […]
Ingabo z’u Rwanda na Uganda bagiye kurwana urugamba ruhuza ingabo z’ibihugu byinshi- #ISANZURE
CAF CL: CR Belouizdad yashyize akadomo ku ndoto za TP Mazembe zo kugera muri 1/4 cy’irangiza
Ikipe ya CR Belouizdad yo muri Algeria yashyize akadomo ku nzozi za TP Mazembe yo muri Congo-Kinshasa zo gukina 1/4 cya CAF Champions league, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0. Hari mu mukino wa gatanu wo mu tsinda B wabereye kuri Stade yitiriwe itariki ya 5 Nyakanga y’i Algiers mu murwa mukuru wa Algeria. Ibitego byo […]