KNC yavuze ko Gasogi nidatsinda Rayon Sports ibitego 4 azegura, akayisigira Mutabaruka

Umuyobozi wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yatangaje ko Rayon Sports ari yo kipe Gasogi igomba gukuraho amanota atandatu muri shampiyona, itayitsinda ibitego bine akayisezeramo igasigarana Angeli Mutabaruka. Rayon Sports na Gasogi United zombi ziri mu tsinda rya gatatu zihuriyemo n’amakipe ya Kiyovu Sports na Rutsiro FC. Ni itsinda abenshi bafata nk’iry’urupfu kubera buryo […]

Gen Cyrille Ndayirukiye uri mu bashatse gukorera Pierre Nkurunziza ‘Coup d’Etat’ yapfuye

GĂ©nĂ©ral Major Cyrille Ndayirukiye uri mu basirikare bakuru bashatse guhirika ku butegetsi Pierre Nkurunziza wahoze ari Perezida w’u Burundi, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize urupfu rutunguranye. Gen Ndayirukiye yahoze ari Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi. Muri Gicurasi 2015 ubwo Perezida Nkurunziza yari i Arusha muri Tanzania aho yari yitabiriye Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango […]

Rayon Sports irasinyisha undi mukinnyi wifuzwaga na Wydad Casablanca na TP Mazembe

Nyuma yo gusinyisha Kevin Muhire n’Umukongomani, HĂ©rtier Luvumbu, byitezwe ko ikipe ya Rayon Sports isinyisha umunya-Gabon Junior Bayanho-Aubyang. Uyu rutahizamu w’ikipe ya Bouenguidi Sport y’iwabo, yifuzwaga n’amwe mu makipe akomeye hano ku mugabane wa Afurika. Mu cyumweru gishize ikinyamakuru Gabo News cyatangaje ko Junior Bayanho-Aubyang yifuzwaga n’ikipe ya Wydad Casablanca yo muri Maroc ndetse binemezwa […]

Ubutegetsi busubizwe abasivile vuba kandi neza- AU kuri Tchad

Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU/UA) wasabye ko hasozwa ubutegetsi bwa gisirikare muri Tchad, iherutse gupfusha perezida yishwe n’inyeshyamba. Uwari Perezida Idriss DĂ©by Itno akimara gupfa igisirikare cyahise gitangaza ko umuhungu we amusimbuye. Akanama k’amahoro n’umutekano ka AU kavuze ko gafite “guhangayika gukomeye” gutewe no kuba igisirikare cyarashyizeho Jenerali Mahamat DĂ©by Itno w’imyaka 37 ngo abe umutegetsi […]

Bashyingiranwe inshuro enye mu kwezi kumwe batandukana inshuro eshatu

Umugabo n’umugore bo muri Taiwan baciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga ku bwo gushakana inshuro enye mu kwezi kumwe, bagatandukana inshuro eshatu. Byamenyekanye ubwo kompanyi umugabo akoramo imuhaye iminsi 32 mu gihe ikiruhuko kimwe kingana n’iminsi umunani. Aba buri minsi umunani bahitaga batandukana, bakongera gushakana, umugabo akongera agasaba uruhushya. Aya makuru yemejwe na Minisiteri y’abakozi, ivuga […]

Kevin Muhire yagarutse muri Rayon Sports (Amafoto)

img_20210424_143033.jpg

Umunyarwanda Muhire Kevin wakinaga mu gihugu cya Misiri, yamaze kugaruka mu kipe ya Rayon Sports. Uyu musore usanzwe akinira ikipe y’igihugu ‘Amavubi’, yari asanzwe akinira ikipe ya Misr Lel Makkasa Sporting Club yo mu gihugu cya Misiri. Rayon Sports kuri Twitter yayo yemeje ko uyu musore yayigarutsemo, nyuma yo kwifuzwa cyane n’umutoza Guy Bukasa. Yagize […]

Patriots BBC yabonye umutoza wo muri Amerika

Ikipe ya Patriots Basketball Club yabonye umutoza wo muri Amerika witwa Alan Major kuri ubu uri mu nzira yerekeza i Kigali. Patriots yabonye umutoza mushya, mu gihe biteganyijwe ko mu Rwanda hagiye gukinirwa Shampiyona Nyafurika ya Basketball. Biteganyijwe ko agera mu Rwanda kuri uyu wa 24 Mata 2021. Uyu mugabo yagiye atoza amakipe atandukanye, akaba […]

Ubwoko, intara n’ibitsina mubyibagirwe_Ndayishimiye abwira abinjiye muri ISCAM

Perezida w’u Burundi, Gen Evariste Ndayishimiye, yasabye abanyeshuri binjiye mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Institut SupĂ©rieur des Cadres Militaires (ISCAM) kugendera kure ibyerekeye amoko yabo, igitsina ndetse n’aho bakomoka, kuko nta mwanya bigifite mu Burundi. Ku wa Gatanu tariki ya 23 Mata ni bwo Perezida Ndayishimiye yinjije mu ngabo z’u Burundi Abofisiye bashya basoje amasomo […]

Umwanana w’insina wavamo ibiryo-Ubushakashatsi bwa Kaminuza ya Kabgayi

Abashakashatsi bo mu ishuri rikuru Gatolika rya Kabgayi bavuga ko umutumba w’insina wavamo impapuro nziza zikorwa udufuka batwaramo ibintu(enveloppe) mu gihe umwanana wo urimo ibiribwa bifitiye umubiri w’umuntu akamaro. Kuri uyu wa 23 Mata ni bwo bamuritse ibyavuye mu bushakashatsi bakoze ku nsina mu turere twa Muhanga Gisagara na Ngororero. Mu kwezi kwa cumi kwa […]

Umwanzi ntari kure- Perezida Ndayishimiye

Perezida w’ u Burundi, Evaritse Ndayishimiye yasabye Ingabo z’iki gihugu kuba maso kuko ngo n’ubundi ” umwanzi ntari kure.” Ibi biri mu byo yagarutseho kuwa Gatanu, ubwo yatangizaga umwaka w’ishuri rya gisirikare mu Burundi, ISCAM. Yahamagariye abasirikare bose kuba maso muri ino minsi no kwitegura kurwanya umwanzi aho yaturuka hose. Perezida Evariste Ndayishimiye yongeyeko ko […]

Perezida Museveni yakoze impinduka mu gisirikare

Perezida wa Uganda akaba n’umugaba w’Ikirenga w’Ingabo (UPDF), Gen. Kaguta Museveni Yoweli yakoze impinduka mu gisirikare, aho abasirikare barindwi bari ku ipeti rya Brigadier General, bazamuwe mu ntera, bakagirwa ba Major General. Itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Mata, rivuga ko Perezida Museveni yazamuye abarimo Gen. David Kyomukama Kasura, umuyobozi w’ishuri ry’imiyoborere […]

Umunyarwandakazi yiciwe Rukungiri muri Uganda

Umugabo w’imyaka 55, Babweyoreka Deogratius arahigwa bukware ku bwo gukekwaho kwica Umunyarwandakazi, Nyiramisago Veneranda w’imyaka 36. Umuvugizi wa Polisi mu gace ka Kigezi, Elly Maate avuga ko Nyiramisago yari acumbitse kwa Babweyoreka we n’umugabo, Namara Francis we mu Mudugudu wa Rushinya mu Kagari ka Bwambara mu Karere ka Rukungiri kuva mu mezi abiri ashize gusa […]

Kroenke hanze! Abafana ba Arsenal mu myigaragambyo ikomeye (Amafoto)

krgnjy0rlgdh_4plhob7pil3c_1440x.960.jpg

Abafana ba Arsenal yo mu Bwongereza baraye bakoze imyigaragambyo ikomeye, bamagana Stan Kroenke usanzwe ari nyirayo, ndetse no kuba yaragaragaye mu mushiga w’irushanwa rya UEFA Super league uheruka gupfuba. Ni imyigaragambyo yabereye hanze ya Stade ya Emirates iriya kipe isanzwe ikiniraho, mbere gato y’umukino wa Shampiyona y’Abongereza yahatsindiwe na Everton igitego 1-0. Iyigaragambyo yatangiye mbere […]

Nigeria: Abanyeshuri ba kaminuza bishwe n’ababashimuse

Abanyeshuri batatu, bari mu bashimuswe ku wa kabiri kuri kaminuza iri muri leta ya Kaduna mu majyaruguru ya Nigeria, babonetse bishwe barashwe, nkuko abategetsi babivuga. Imirambo yabo yabonetse ku wa gatanu mu cyaro cya Kwanan Bature, hafi y’iyo kaminuza. Ubu yajyanwe mu buruhukiro (morgue). Umubare utaramenyekana w’abanyeshuri bashimutiwe kuri Kaminuza yigenga ya Greenfield iri mu […]