FARDC irashinjwa kwikubira ibihumbi by’amadorali n’amatelefoni bambuye imfungwa

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kirashinjwa kwigarurira amatelefoni n’amafaranga arenga Miliyoni bambuye imfungwa muri gereza i Kinshasa. Byabaye ubwo habagaho isaka rusange muri iyi gereza y’i Kinshasa. Abatangaje aya makuru bavuga ko gereza yitabaje abasirikare maze ibyo babambuye barabyijyanira. Uku gusakwa kwabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 21/07/2024, ukorwa n’abasirikare baje […]

RDC igiye gutangira kuburanisha Corneille Nangaa wa AFC/M23 na bagenzi be

Ubutabera bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva ku wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga, ruzatangira kuburanisha urubanza ruregwamo umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23 na bagenzi be. Ni urubanza bagomba kuburanishwamo n’Urukiko rwa gisirikare rukorera i Gombe mu mujyi wa Kinshasa. Minisiteri y’Ubutabera ya RDC mu itangazo yasohoye, yavuze ko Corneille Nangaa na […]

Kenya: Igipolisi cyahaye gasopo abateganya kwigaragambiriza ahantu harinzwe

Abigaragambya muri Kenya bahawe gasopo ko batagomba kwibeshya ngo bigaragambirize ahantu harindwa n’inzego z’umutekano mu buryo buteganywa n’itegeko. Byagarutsweho na Kanja Douglas, umukuru w’Igipolisi, asaba aba bakomeje imyigaragambyo ko uyu munsi kwirinda kwinjira cyangwa guhungabanya ahantu harindwa hateganywa n’amategeko. Mu itangazo agira ati: “Bijyanye n’imyigaragambyo iteganyijwe ku wa 23 Nyakanga (7) 2024, ni ngombwa cyane […]

Senegal: Imfungwa zakamejeje mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara

I Dakar muri Senegal imfungwa zikomeje kurya karungu nyuma y’uko ngo zifatwa nabi bituma zikora imyigaragambyo. Izi mfungwa n’abagororwa bo muri Camp pénal liberté 6 i Dakar, batangiye imyigaragambyo ku wa Gatanu bavuga ko babazwa no gufatwa nabi. Bahise bimuriwe muri Gereza ya Rebeuss, basaba gusurwa na Minisitiri w’ubutabera kugira ngo uburyo bafatwamo nabi burangire, […]

Ishimwe rya P. Kagame ku bihugu 29 byamwoherereje ubutumwa bumushimira

Perezida Paul Kagame yashimiye ibihugu 29 byo hirya no hino ku Isi, nyuma yo kumwoherereza ubutumwa bumushimira ku ntsinzi aheruka kwegukana mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Perezida yashimiye ibyo bihugu mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X. Ibihugu yagaragaje ko byamwoherereje ubutumwa bumushimira biciye mu bakuru babyo, aba za Guverinoma zabyo ndetse n’abadipolomasi ni Barbados, […]

RDC yigaramye ibyo kohereza i Kampala intumwa zo kuganira na M23

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yigaramye amakuru avuga ko hari intumwa yohereje i Kampala muri Uganda gushyikirana n’inyeshyamba za M23. Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko “nta muntu n’umwe woherejwe guhagararira Guverinoma mu biganiro ibyo ari byo byose n’ibyihebe bya M23 i Kampala”. Muyaya […]

Uganda: 69 bafashwe baratanze ibyangombwa bihimbano ngo binjizwe mu gipolisi

Igenzura ryakozwe n’ubugenzacyaha bwa Uganda CID, ryerekanye ko abasore n’inkumi 69 muri 3,129 bashya binjijwe mu gipolisi cya Uganda, bafatanywe ibyangombwa by’inyandiko mpimbano. Abakurikiranweho iki cyaha, babikoze taliki ya 13 Nyakanga na 15 , ubwo binjizwaga mu gipolisi nyuma bakaza gusanga baratanze ibyangombwa bihimbano kugeza ubu bakaba bari gukorwaho iperereza. Itsinda rishinzwe ubugenzuzi ryaturutse ku […]

Igipolisi cy’u Burundi kirashijwa kwambura abacuruzi b’Abanye Congo Litiro 90,000 za Lisansi

Abanyekongo bakorera ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peterori bakorera mu gihugu cy’u Burundi, bashinja igipolisi cy’iki gihugu kubambura amajerekani agera ku 4500 angana na litiro ibihumbi 90. Aya mabido bayambuwe ku wa Kane w’iki Cyumweru dusoje, aho bemeje ko bayambuwe n’abapolisi b’u Burundi bakorera mu gace ka Gatumba. Bavuga ko bayabambuye ubwo bari baje kuyacuruza ariko ari […]

M23 na RDC mu mishyikirano i Kampala

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa M23, kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Nyakanga batangiye ibiganiro by’ibanga bigamije guhosha amakimbirane amaze imyaka irenga ibiri hagati y’impande zombi. Ni ibiganiro biri kubera i Kampala muri Uganda ku buhuza bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni na Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya, akanaba umuhuza […]

Nyarugenge: Imodoka yari itwaye abagenzi 26 yakoze impanuka

Imodoka yari itwaye abagenzi 26 iturutse mu Karere ka Rubavu yerekeza mu mujyi wa Kigali ,yakoze impanuka igeze mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Kanyinya. Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri icyi Cyumweru taliki 21 Nyakanga 2024.Umuvugizi wa Polisi ishami ryo mu muhanda Emmanuel Kayigi yatangaje ko iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo […]

Museveni yaburiye urubyiruko ruteganya kumukorera nk’ibyakorewe Ruto

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yaburiye urubyiruko rwo mu gihugu cye ruteganya gukorera imyigaragambyo mu mujyi wa Kampala, aruteguza ingamba zikakaye. Museveni yatanze uwo muburo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ubwo yagezaga ijambo ku baturage b’igihugu cye. Yagize ati: “Abantu bamwe barimo abo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bafatanyije n’abanyamahanga, barateganya guteza imvururu biciye […]

Ibigori n’umuceri biri mu bihingwa byeze cyane mu gihembwe cya 2024A ugereranyije n’icya 2023A

Raporo itangwa n’inzego zibishinzwe itangaza ko bimwe mu bihingwa byeze cyane mu gihembwe cy’ihinga cya 2024 A ugereranyije n’icya 2023 A, harimo ibigori n’umuceri. Ibi biri mu byatumye umusaruro mbumbe muri rusange w’ibihingwa byose wiyongereyeho toni ibihumbi 315,921 ugereranyije ibihembwe by’ihinga A bya 2023 na 2024. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kivuga ko […]

Abanzi bacu turabahendahenda: Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame yagaragaje u Rwanda nk’igihugu giharanira kubana neza na buri wese, ku buryo cyinginga ndetse kinanahendahenda abanzi bacyo kugira ngo babane neza. Umukuru w’Igihugu yabitangaje ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 21 Nyakanga, ubwo yari muri Kigali Convention Center aho yashimiriye abagize uruhare mu bikorwa bye byo kwiyamamaza mu matora aherutse. Ni […]

Ingo z’abarenga ibihumbi 10 bakuwe mu byabo n’inyeshyamba za ADF bari mu kaga

Nibura ingo ibihumbi icumi (10,000) z’abantu bimuwe kubera intambara mu bice bya Beni muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu majyaruguru ya Kivu, babayeho mu buryo bubi kugeza ubwo bakomeje gutabaza imiryango itabara imbabare ngo babagoboke. Sosiyete sivile yo mu gace ka Batangi-Mbau mu mujyi wa Beni kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Nyakanga […]

Impunzi y’Umurundi yakubitiwe mu nkambi ya Nakivale kugeza ipfuye

Impunzi y’Umurundi yitwa Abbas Nsengiyumva, yabarizwaga mu nkambi ya Nakivale, yapfuye nyuma yo gukubitwa n’indi mpunzi y’Umurundi mu mpera z’icyumweru gishize. Ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 19 Nyakanga, nibwo Abbas Nsengiyumva yasangiye inzoga n’incuti ze mu kabari kazwi nka bistro gaherereye mu kigo cy’impunzi. Amakuru avuga ko umwe mu bagore bari basangiye […]

RDC: Abarenga 11000 bamaze kwicwa n’ibihara bikomoka ku nkende muri uyu mwaka

Nibura abantu 11164 bamaze kwicwa n’ibihara(Monkeypox) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2024. Iyi mibare yatanzwe na Minisiteri y’ubuzima muri iki gihugu aho ivuga ko iyi ndwara ikomoka ku nguge ihangayikishije abatari bacye. Guverinoma ya Congo, ikomeje gusabwa gufata ingamba nyinshi zo kugabanya ikwirakwizwa ry’iyi ndwara. Dr Mbungi, wahoze […]

Undi musirikare wa Afurika y’Epfo yiciwe muri Congo

Umusirikare w’umunya Afurika y’Epfo uri mu butumwa bwa SAMIDRC,muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishwe avuye kunywera mu kabari gaherereye I Goma. Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko uyu musirikare ashobora kuba yishwe n’abagizi ba nabi.Uyu akaba yiciwe mu gace ka Bujovu muri Komine ya Kalisimbi hafi y’ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Goma mu ijoro ryo ku wa […]

Joe Biden akomeje kotswa igitutu n’abo mu ishyaka rye

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, akomeje kotswa aigitutu ngo akure kandidatire ye mu matora aho ashinjwa kugira intege nke. Uyu mukambwe w’imyaka 81 yahuriraga na Donald Trump watanzwe n’ishyaka ry’aba Repubulikani mu kiganiro mpaka kuri Televisiyo ya CNN ntabwo yitwaye neza bituma agabanyirizwa icyizere. Icyo gitutu cyakomeje kwiyongera nyuma y’amakuru avuga ko ubu […]

Urukiko rwategetse ko amafaranga ari kuri konti z’umugore wa Vital Kamerhe afatirwa

Urukiko Rukuru rwa Gombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rwategetse ko amafaranga ari kuri konti za Banki z’abarimo umugore wa Vital Kamerhe usanzwe ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko afatirwa. Hamida Shatur (umugore wa Kamerhe) na bagenzi be baburanishwaga muri dosiye ifite aho ihuriye n’amafaranga yiswe aya gahunda y’iminsi 100 ya Perezida Félix Antoine Tshisekedi […]

Kenya yahawe impano ya kajugujugu z’intambara

Kenya yamaze kwakira icyiciro cya mbere cya kajugujugu z’intambara Leta Zunze Ubumwe za Amerika zemeye kuyiha, ubwo Perezida William Ruto yazisuraga mu mezi make ashize. Kajugujugu ebyiri zo mu bwoko bwa UH-1 ni zo Kenya yakiriye mu ntangiriro z’uku kwezi, kuri ubu zikaba ziri gusanirwa n’itsinda ry’inzobere z’igisirikare cy’iki gihugu kirwanira mu kirere mu kigo […]

Abanya-Tanzania bakuriye ingofero abakinnyi 2 ba APR FC

Abafana b’amakipe ya Young Africans na Simba Sports Club zo muri Tanzania banyuzwe n’imikinire ya myugariro Niyomugabo Jean Claude na Yussif Dauda ba APR FC, bagaragaza ko babifuza mu makipe yabo. Ku wa Gatanu APR FC ni bwo yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup iri kubera i Dar es Salaam, nyuma yo […]

Icyo Uganda ivuga ku birego by’uko RDF ijya muri RDC iciye ku butaka bwayo

Leta ya Uganda yirinze kwemeza cyangwa guhakana ibirego by’uko Ingabo z’u Rwanda zinjira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ziciye ku butaka bwayo, ivuga ko ikeneye kubanza gusuzuma ibivugwa mbere yo kugira icyo ivuga. Byatangajwe na Ambasaderi wungirije wa Uganda i Kinshasa, Matata Twaha, ubwo ku wa Gatanu yakirwaga na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika […]

U Bwongereza bwasezeranije Ukraine gukuba kabiri inkunga bwayihaga

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yasabye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Sir Keir Starmer , ubufasha bwo kubasabira ikurwaho ry’amategeko abuza Ukraine gukoresha intwaro zitangwa n’ibihugu by’iburengerazuba. Bwana Zelensky, yabisabiye mu nama y’abaminisitiri yabereye ahazwi nka Downing. Bwana Zelensky yavuze ko hari gahunda yo gutera ku butaka bw’Uburusiya kuko bizafasha gukumira ibitero byibasiye uduce two muri […]

Burundi: Barembejwe n’icyorezo kibasira uruhu kikanafata imyanya y’ubuhumekero

Abatuye muri Komine ya Mugamba yo mu ntara ya Bururi mu gihugu cy’u Burundi, batewe n’indwara itaramenyekana ikomeje gukwirakwira hirya no hino. Iyi ndwara irangwa no kurwara uruhu no kugira umuriro ukabije ndetse ikanatuma abayanduye badahumeka neza. Abo ikomeje kwibasira harimo abana n’abagore. Abatuye muri komini ya Mugamba, bavuga ko iyi ndwara imaze ibyumweru bibiri […]

Abarenga 40 bapfiriye mu bwato bwibasiwe n’inkongi y’umuriro

Umuryango w’Abibumbye ishami rishinzwe abinjira n’abasohoka (IOM) muri Haiti, wavuze ko byibuze Abanyahayiti 40 bapfiriye mu nyanja abandi benshi barakomereka nyuma yuko ubwato bwabo bwafashwe n’inkongi y’umuriro. Ku wa gatatu, ubwo bwato bwari butwaye abantu barenga 80, bwahagurutse i Fort Saint-Michel mu majyaruguru ya Haiti bwerekeza mu birwa bya Turukiya na Caicos. Iki Kigo (IOM), […]

Haiti: Abapolisi b’Abanya Kenya bigaruriye icyambu gikomeye cyari cyarabohojwe n’amabandi

Abapolisi b’abanya Kenya boherejwe muri Haiti bigaruriye icyambu cya Auorite Portuaire Nationale mu gitero cyagabwe Kuri uyu wa Gatanu taliki 19 NYAKANGA 2024. Abapolisi ba Kenya muri Haiti na bagenzi babo bo muri Hayiti, bashoboye kwigarurira icyambu cyagenzurwaga n’agatsiko k’amabandi mu mezi atanu ashize. Iki cyambu cya Auorite Portuaire Nationale (APN), cyari cyigaruriwe n’aka gatsiko […]

Kivu y’Epfo: Ubuyobozi bwahagaritse ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro

Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatangaje ko bwahagaritse ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri iyi Ntara. Ubuyobozi kandi bwashyizeho umunsi ntarengwa ko icyo cyemezo gitangira kubahirizwa uhereye ejo hashize ku wa Gatanu taliki 19 Nyakanga 2024. Impamvu nyirizina ubuyobozi bwashingiyeho bufata icyo cyemezo , ngo ni ukugirango bugire ibyo bushyira […]

Ruto yashyizeho Guverinoma nshya irimo ba Minisitiri yaherukaga kwirukana

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya ku wa Gatanu yashyizeho Guverinoma nshya, isimbura iyo yari yasheshe mu cyumweru gishize. Icyiciro cya mbere cya Guverinoma nshya kigizwe n’abaminisitiri 11 barimo abahoze mu yasheshwe. Muri bo harimo Kithure Kindiki wongeye kugirwa Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Alice Wahome wongeye kugirwa Minisitiri w’Ubutaka, Aden Duale wasubijwe Minisiteri y’ingabo […]

U Bwongereza bukomeje kugerwaho ingaruka zo gusesa amasezerano yabwo n’u Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza uheruka gusesa amasezerano yerekeye abimukira iki gihugu cyari cyarasinyanye n’u Rwanda, yatangiye gukozwa isoni n’abimukira bakomeje kwinjira mu Bwongereza ku bwinshi. Ikinyamakuru Express kivuga ko kuri ubu abimukira barenga 1,185 ari bo bamaze kwinjira mu Bwongereza kuva Starmer atorewe kuba Minisitiri w’Intebe ku wa 5 Nyakanga 2024. Imibare itangwa na […]

Sudan: Impunzi zabuze ibiribwa zitangira kurya ibyatsi

Impunzi zitandukanye muri Sudan zahunze imirwano ikomeje kubera mu Ntara ya Darfur, ngo zatangiye kurya ibyatsi kubera kubura ibiryo. Byatangajwe n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi muri iki gihugu OMS, aho rivuga ko izi mpunzi zugarijwe n’inzara bikomeye. Iri shami rivuga ko uretse no kuba Intambara ivuza ubuhuha, ku rundi ruhande imvura nyinshi imaze iminsi […]

Nyuma ya Zimbabwe, u Rwanda rwahaye ikindi gihugu imfashanyo y’ibigori

Leta y’u Rwanda ku wa Kane tariki ya 18 Nyakanga yahaye Zambia imfashanyo ya Toni 1,000 z’ibigori, mu rwego rwo kuyigoboka kubera amapfa ayugarije. Zambia ni kimwe mu bihugu byo mu majyepfo ya Afurika byugarijwe n’amapfa akomeye yatewe n’uburyo bw’imihindagurikire y’ibihe buzwi nka ‘El Niño’. Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Bugingo Emmanuel ni we […]

Agatsiko kafashaga abanya Asia n’Abanya Afurika kwinjira muri Amerika mu buryo butemewe kahanwe

Amerika yafatiye ibihano, umugabo w’umunya Sierra Leone ushinzwa kwinjiza abanya Azia n’Abanya Afurika ibihumbi muri iki gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ushinjwa ni Abdul Karim Conteh, uvugwa kuba yaratangaga ibyangombwa bihimbano akambutsa abimukira imipaka abarimo Ubushinwa, Irani, Uburusiya, Somaliya, Afuganistani, Pakistani na Nijeriya. Umugore we Veronica Roblero, ukomoka muri Megisike n’abandi bantu babiri bakomoka muri […]

Leta ya Namibia yanze kongerera VISA Umwami wo muri Uganda

Leta ya Namibia yanze kongerera VISA umwami wo muri Uganda uruhushya rwo gukomeza kuhivuriza. Umwami Mutebi II wa Buganga nyuma y’uko yarimo avurirwa muri Namia uburwayi butaramenyekana, iki gihugu cyanze kumwongerera VISA. Ministeri y’Ububanyi n’Amahanga ya Namibia yatangaje ko abanyamahanga baba cyangwa bajyayo batemerewe guhabwa VIZA irenze iminsi 90. Icyakora, abategetsi ba Namibia, bavuga ko […]

Perezida Milei yirukanye Minisitiri wasabye Messi gusaba imbabazi

Perezida Javier Milei wa Argentine yirukanye Julio Garro wari Minisitiri wungirije wa Siporo, amuhora gusaba Lionel Messi gusaba imbabazi kubera igikorwa kitavuzweho rumwe cyakozwe na Enzo Fernandez. Ku Cyumweru tariki ya 17 ni bwo ikipe y’Igihugu ya Argentine yatwaye igikombe cya Copa America itsinze Colombia bari bahuriye ku mukino wa nyuma igitego 1-0. Igitego cyo […]

NEC yashimangiye intsinzi ya Perezida Kagame na RPF

Komisiyo y’Igihugu y’amatora kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18 yashimangiye ko Perezida Paul Kagame ari we wegukanye intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu ntangiriro z’iki cyumweru, ubwo yatangazaga by’agateganyo iby’ayavuyemo. Amajwi y’agateganyo arerekana ko Kagame yagize amajwi 99.18%, ibisobanura ko amajwi ye yiyongereyeho 0.03% ugereranyije n’amajwi y’ibanze yari yatangajwe ku wa Mbere w’iki […]

M23 Vs FARDC: Amerika yongereye igihe cy’agahenge

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Gatatu zatangaje ko zongereye iminsi 15 ku gahenge zasabye Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Amerika yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe na Matthew Miller, umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo. Muri iryo tangazo Washington yasabye impande zihanganye muri RDC ndetse […]

Ishimwe rya Museveni kuri Perezida Kagame na RPF

Perezida Yoweri Kaguta Museve wa Uganda yashimiye mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda ndetse n’umuryango RPF-Inkotanyi, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Mbere w’iki cyumweru. Museveni mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa X yabwiye Perezida Kagame ko kuba yongeye gutorwa ari igihamya cy’icyizere Abanyarwanda bafitiye imiyoborere ye. Yagize ati: […]

Kenya: Abandi bapolisi 200 boherejwe muri Haiti

Ku wa kabiri, abandi bapolisi bakuru 200 bo muri Kenya, boherejwe muri Haiti mu butumwa bw’amahoro bushyigikiwe na Loni bwo kurwanya ihohoterwa rikorwa n’agatsiko kari muri iki gihugu kibasira abaturage . Aba uko ari 200, boherejwe basanga abandi 400 boherejwe mu murwa mukuru wa Haiti Port-au-Prince, aho umubare munini w’abahohotewe n’amabandi uri. Ku wa kabiri […]

Indorerezi zashimye uko inzego z’umutekano zitwaye mu bihe by’amatora

Indorerezi zashimye uko umutekano wagenze mu Rwanda mu gihe cy’amatora, by’umwihariko zishima inzego zishinzwe umutekano uhereye mu gihe cyo kwiyamamaza. Izi ndorerezi ni Indorerezi zaturutse mu bihugu bigize AU, EAC, COMESA na OIF, zivuga ko amatora yabaye nta makemwa. Zavuze ko iyi nzira yose y’amatora yari irimo amahoro, bongeraho ko mu Rwanda ariho hambere amatora […]

Rubavu: Umukozi w’uruganda rwa Gaz Méthane yishwe n’amashanyarazi

Harelimana Silas wari umukozi w’uruganda Shema Power Lake Kivu rucukura Gaz Méthane mu kiyaga cya Kivu, yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi arapfa. Impanuka yahitanye nyakwigendera yabereye mu murenge wa Nyamyumba w’akarere ka Rubavu, mu ma saa 10:00 zo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga 2024. Amakuru yatanzwe n’inzego z’ibanze impanuka yabereyemo avuga ko Harelimana yafashwe […]

Senateri Menendez wakunze kwibasira u Rwanda aruhora RDC mu muryango winjira mu gihome

Urukiko rw’i New Jersey muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahamije ibyaha bya ruswa Senateri Bob Menendez wakunze kwibasira u Rwanda kubera ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibyaha 16 ni byo uyu musenateri wahoze akuriye Komisiyo ishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Sena ya Amerika yahamijwe, nyuma yo kwemera ko yagiye yakira ruswa zirimo […]

Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi yashyinguwe nyuma y’imyaka 4 apfuye

Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi, yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga nyuma y’imyaka ikabakaba ine apfuye. Pierre Buyoya yategetse u Burundi muri manda ebyiri, hagati ya 1987 na 1993 ndetse na hagati ya 1996 na 2003, mbere yo gupfa mu Ukuboza 2020 azize icyorezo cya COVID-19. Kuri uyu wa Gatatu […]

Perezida Rajoelina wa Madagascar yashimiye Perezida Kagame watsinze Amatora

Prezida w’Igihugu cya Madagascar Rajoelina yashimiye ko Perezida Kagame yatsinze amatora y’umukuru w’Igihugu yabaye ku wa Mbere taliki 15 Nyakanga 2024. Ni Manda y’imyaka itanu Perezida Kagame yatorewe, aho yatowe ku majwi 99.15. Nk’uko yabitangaje abinyujije ku Rukuta rwe rwa X, yagize ati: “Turifuriza u Rwanda amahoro n’uburumbuke”. Ni nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora itangaje […]

Umunyamakuru yarasiwe mu myigaragambyo yo kwamagana Ruto ku butegetsi

Abantu batatu, harimo n’umunyamakuru ukorera radiyo na televiziyo ya Kameme barasiwe mu myigaragambyo yo kwamagana Perezida Ruto mu gace ka Nakuru. Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Kenya byanditse ko umunyamakuru witwa Wanjeri wa Kariuki yarashwe inshuro eshatu mu kibero agwa hasi ariko ahita ajyanwa mu bitaro byigenga kugira ngo avurwe. Ababibonye bavuga ko abapolisi barashe uyu […]

Nduhungirehe yakwennye Muyaya wanenze uko amatora yagenze mu Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yakwennye mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi w’Itangazamakuru n’Itumanaho, Patrick Muyaya wanenze uko amatora y’Umukuru w’Igihugu yagenze. Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga ni bwo Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Amajwi NEC yatangaje yerekana ko umukandida Paul […]

Burundi: Inzara iraca ibintu muri Gereza nkuru ya Ngozi

Abagororwa bafungiwe muri gereza nkuru ya Ngozi bamaze hafi ukwezi badafite ifu yo kubatekeramo igikoma n’ubumutsima ku buryo abadafite imiryango yo kubazanira ibiryo bashobora no kuhaburira ubuzima. Iminsi 25 irashize nta biryo bibarizwa muri gereza nkuru ya Ngozi, aho kugeza ubu usanga buri muntu arya amagarama 300 gusa y’ibishyimbo kumunsi. Abenshi mu bafungiye muri iyi […]

Afurika y’Epfo: Hadutse inkongi y’umuriro yaguyemo abatari bacye barimo n’abahigi

Mu gihugu cy’Afurika y’Epfo hadutse inkongi y’umuriro yaguyemo abantu batandatu barimo n’abateje iyo nkongi. Iyi nkongi yadutse kuri uyu wa mbere, mbere taliki ya 15/07/2024, itwika abari baje kuzimya ariko amakuru akavuga ko n’abahigi bateje iyo nkongi bashobora kuba barahiriyemo. Ni inkongi yibasiye ishyamba riherereye mu Ntara ya Kwa Zulu-Natal, risanzwe ribarizwamo inyamaswa nyinshi. Iri […]

Nyuma yo kurusimbuka Donald Trump yemejwe ko azahagararira abarepubulike mu matora

Umukambwe Donald Trump, yemejwe nk’umukandida uzahagararira ishyaka ry’Abarepubulikani. Byemejwe mu nama yateranye ku munsi w’ejo, aho azaba yemerewe guhagararira iri shyaka mu matora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka. Trump yahise yemeza Senateri J.D Vance wa leta ya Ohio kuzamubera visi perezida. Ku rubuga mpuzambaga rwe rwa Truth, yanditse ko amuhisemo kugira ngo bazafatanye mu rugendo […]

Paul Kagame yanikiye abo bari bahatanye mu matora, Dr. Habineza yemera ko yatsinzwe

Amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024 amaze gutangazwa na Komisiyo y’igihugu y’amatora, arerekana ko umukandida Paul Kagame wa RPF Inkotanyi ari imbere n’amajwi 99.15%. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ni bwo Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’amatora, Oda Gasinzigwa yatangaje by’agateganyo amajwi y’ibanze. […]

Niba utajya urya ibisusa umubiri wawe wahombye ibi bintu by’ingenzi

Hari abantu bazi ko ibisusa (amababi y’uruyuzi rweraho ibihaza cyangwa imyungu) bitaribwa, nyamara bigira imboga nziza kandi zirimo intungamubiri kimwe n’izindi mboga rwatsi. Nk’uko urubuga bebodywise.com rubitangaza, ruvuga ko imboga z’ibisusa zikungahaye kuri poroteyini. Ugereranyije poroteyini ziri mu bisusa n’iziri muri epinari, usanga mu gisusa harimo nyinshi kurushaho kuko bigira 3,15 g % naho epinari […]

Burundi: Uwashimuswe n’Imbonerakure agakorerwa iyicarubozo yasanzwe mu rwobo

Asman Rwasa, ufite imyaka 32, yashimuswe mu minsi ishize, hanyuma akorerwa iyicarubozo n’umuyobozi mu mujyi wa Yoba muri Gitega, mu murwa mukuru wa politiki w’Uburundi. Amakuru avuga ko Rwasa yajyanywe ahantu hatazwi, umuyobozi aramukubita hafi gupfa ariko akaba yari afatanyije n’imbonerakure za CNDD-FDD). Umwe mu batangabuhamya, yavuze ko Rwasa akimara kuburirwa irengero yaje kuboneka mu […]

Kagame yatoye Perezida n’abadepite

Perezida Paul Kagame nk’umwe mu Baturarwanda bemerewe gutora, kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga yitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abadepite. Umukuru w’Igihugu na madamu we batoreye kuri site y’itora iherereye mu kigo cy’ishuri rya SOS Kagugu mu karere ka Gasabo. Iyi site ni na yo yatoreyeho abandi bo mu muryango we, barimo abahungu be; […]

FARDC na M23 bongeye kurwanira muri Masisi

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’abafatanyabikorwa bayo barimo Wazalendo, SADC n’ingabo z’abarndi,bongeye kugaba igitero kuri M23 nayo yirwanaho ibasubiza inyuma. Ni imirwano yabyukiye muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa Mbere tariki ya 15/07/2024 ahagana saa kumi n’ebyri zo mu gitondo. Uduce twa Kamonyi, Butumbalongi na Bifura ho muri grupema ya Bashali-Mukoto […]

Ndacyafite icyizere cyo kwegukana intsinzi: Dr Habineza nyuma yo gutora

Umukandida w’ishyaka Riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, yongeye gutangaza ko afite icyizere cyo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024. Dr Habineza yabibwiye abanyamakuru ubwo yari amaze gutorera kuri site y’itora iherereye ku Ishuri Ribanza rya Kimironko II aho we na madamu we […]

Bitarenze saa yine z’ijoro nta gihindutse ibyavuye mu matora by’agateganyo biratangazwa

Abanyarwanda ingeri zitandukanye baramukiye mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 15 Nyakanga 2024, aho biteganyijwe ibyayavuyemo by’agateganyo biri butangazwe saa yine z’ijoro. Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ‘NEC’ yitezweho gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo bitarenze saa yine z’ijoro uyu munsi. NEC ivuga ko abatoye Bose barabarurirwa mu cyumba cy’itora maze bakusanyirizwe kuri liste […]

RDC: Abana hafi 300 bahungishijwe imirwano ya FARDC na M23 bibasiwe n’iseru na Kolera

Abana bagera kuri 260 bibasiwe n’indwara y’iseru na Kolera nyuma y’uko bahungishijwe Intambara ihuje abafatanyabikorwa ba FARDC na M23 mu duce twabereyemo imirwano. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), niryo ryashyize ahagaragara iyo mibare ariko rishimangira ko abagera kuri miliyoni aribo bashobora kwibasirwa n’ibi byorezo. Iri shami rivuga ko abana barenga miliyoni imwe, bashobora […]

Uburusiya bwitandukanije n’abavuga ko Amerika yaba iri inyuma y’iraswa rya Donald Trump

Igihugu cy’u Burusiya cyashinjuye ubutegetsi bwa Joe Biden ko bwaba buri inyuma y’iraswa rya Donald Trump ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza bibanziriza amatora ateganyijwe mu Ugushyingo uyu mwaka. Uburusiya bwavuze ko n’ubwo Amerika yateje umwiryane mu bikorwa bya Trump ariko itari inyuma y’iraswa rye. Ni nyuma y’uko hari abo mu ishyaka ry’Abademokarate ribarizwamo Joe […]

Korea y’Epfo yatangaje gushyira iherezo ku Butegetsi bwa Kim Un mu gihe yayigabaho ibisasu by’ubumara

Ku cyumweru, Koreya y’Epfo yihanangirije iya Ruguru ko izahura n’akaga niramuka igerageje gukoresha intwaro za kirimbuzi iyirasaho. Byagarutsweho na Minisiteri y’Ingabo ya Seoul aho yavuze ko iki gihugu mu gihe cyaba kizanye ubushotoranyi ubutegetsi butamaraho kabiri. Yagize iti: “Turaburira cyane ko Korea ya Ruguru ko Ubutegetsi bwayo butazamara kabiri n’iramuka ikoresheje intwaro za kirimbuzi iyirasaho”. […]

Guverinoma ya RDC yeruye ishinja Uganda gufasha M23

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Uganda n’u Rwanda kwifashisha agahenge gaheruka gutangazwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu kongera ubufasha ku mutwe wa M23. Ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Guy Kabombo Mwadianvita, ubwo yagezaga ijambo ku nama y’abaminisitiri ku wa Gatanu tariki ya 12 Nyakanga. Mu cyumweru gishize Leta […]

Kenya: Inzego z’umutekano zishe abarwanyi ba Al Shabaab zifata intwaro nyinshi

Inzego zishinzwe umutekano muri Kenya, zavuze ko abasirikare b’iki gihugu bishe abarwanyi bane ba Al-Shabaab ndetse bafata n’intwaro nini zabo hafi y’umupaka wa Somaliya mu gikorwa gikomeye cyo kurwanya iterabwoba. Ni operasiyo yakorewe mu gace ka Banisa Sub-County, Mandera, yari iyobowe n’ubutasi mu bikorwa byo kurwanya iterabwoba.Muri iki gikorwa hafashwe imbunda, zirimo grenade igendanwa na […]