RDC yashinje RDF guhungabanya ‘Systèmes’ zayo ziyobora indege
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashinje Igisirikare cy’u Rwanda guhungabanya ‘système’ yayo iyobora indege, isaba Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe iby’indege muri Afurika (OACI) kurufatira ibihano. Ibi birego bishya bigaragarira mu itangazo Kinshasa yasohoye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2024. Yavuze ko “Ukwinjirirwa guteje akaga kwagaragaye muri systèmes za GPS […]
Abahanga mu by’ubuvuzi bagaragaza ko Malaria ishobora gukaza umurego muri Afurika y’Uburasirazuba
Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko indwara ya Malaria ishobora kuziyongera ikarushaho kuzambya abatari bacye nyuma y’uko imiti yayo imwe yamaze kuba nk’ibicupuri. Raporo yasohowe mu kinyamakuru cy’abahanga mu buvuzi, yerekana ko ubuzima bw’abantu amamiliyoni bushobora kwisanga mu kaga mu gihe nta cyaba gikozwe. Iyo raporo ivuga ko umuti wa Artimezinini wari usanzwe ukoreshwa mu kuvura […]
Israel: Guverinoma yemereye Netanyahu kwihorera kuri Hezbollah byeruye
Abaminisitiri bagize Guverinoma ya Israel, bahaye uburenganzira Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu na Minisitiri ushinzwe umutekano kwihorera ku mutwe wa Hezbollah wo muri Liban. Ni nyuma y’inama yateranye ikemeza ko koko Israel igomba kwihorere kuri uyu mutwe ishinja kugaba igitero cya Roketi mu gace ka Druze mu misozi ya Golan yigaruriwe na Israel ariko wo ukabihakana. […]
Abibasirwa cyane n’indwara y’ubushita bukomoka ku nkende ni abana bari munsi y’imyaka itanu-OMS
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, ritangaza ko abenshi mu bandura indwara y’ubushita buturuka ku nkende ari abana bari munsi y’imyaka itanu, aho bagera kuri 39%, mu gihe abagera kuri 1/3 ni ukuvuga 62% by’abo ihitana ari abana. Iyi ndwara ikaba ikomeje gukwirakwira mu bihugu byo mu Karere. Ibi byatumye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, […]
U Rwanda na RDC ku meza y’ibiganiro i Luanda
Ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagiye guhurira mu nama igamije gusuzuma ibibazo bya Politiki biri mu karere, by’umwihariko mu burasirazuba bwa RDC. Iyi nama izaba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Nyakanga, ibere i Luanda muri Angola. Ni inama igiye kuba nyuma y’iyabereye muri Zanzibar mu ntangiriro […]
RDC: Ubutegetsi bwarekuye imfungwa 421 nyuma y’uko ubwiyongere muri gereza imwe wikubye inshuro 10
Mu mpera z’icyumweru gishize , Minisitiri w’ubutabera wa Kongo, Constant Mutamba, yarekuye imfungwa 421 zari zifungiwe muri gereza ya Makala iherereye i Kinshasa. Gereza ya Makala, ubusanzwe yagenewe kwakira imfungwa 1.500, kuri ubu ariko irimo imfungwa zirenga 15.000, iyi mibare ikaba itera impungenge izi mfungwa n’abaharanira uburenganzira bwa muntu. Kubera igitutu cy’imwe mu miryango mpuzamahanga, […]
Colonel Kazarama yiyongereye mu bo RDC ishobora gukatira urwo gupfa
Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi wa M23, yiyongereye mu bantu Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irega ibyaha birimo iby’intambara n’ubugambanyi. Ni urubanza Kinshasa iregamo abayobozi n’abasirikare bo mu ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23. Abaregwa barangajwe imbere na Corneille Nangaa usanzwe ari umuhuzabikorwa wa ririya huriro, Bertrand Bisimwa umwungirije, Lawrence Kanyuka […]
Minisitiri w’Ubuhinzi muri Sudani yahakanye inzara ivugwa mu gihugu
Mu gihe muri Sudani bugarijwe n’amapfa ndetse abenshi bakaba bari guhunga, Minisitiri w’ubuhinzi we siko abibona kuko ngo abaturage bashonje ari bacye ugereranyije n’abatuye mu gihugu. Ni mu gihe Abanya-Sudani ibihumbi 755 bahuye n’ikibazo cy’inzara bitewe n’imirwano imaze iminsi hagati y’imitwe ya gisirikare nk’uko Raporo y’Umuryango w’Abibumbye ibitangaza. Minisitiri w’Ubuhinzi muri iki Gihugu, Abubakr al-Bushra […]
Kinshasa: Abashoferi ba Tagisi bahagaritse akazi barigaragambya batizwa umurindi n’abaturage
Kubona imodoka itwara abagenzi zizwi nka Tagisi vuwatiri(Taxi Voiture) biragoye mu murwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo i Kinshasa, kuko abashoferi babyukiye mu myigaragambyo bamagana imikorere mibi y’inzego za Polisi. Perezida w’Ishyirahamwe ry’abatwara ibinyabiziga muri Kongo (ACCO), Jean Mutombo yatangaje ko abashoferi bahisemo guhagarika akazi kugira ngo bigaragambye bamagana ihindagurika ry’ibiciro bya hato […]
Col. Kazarama ari kumwe na Lt Col Willy Ngoma nyuma yo gusubira muri M23
Colonel Vianney Kanyamuhanda Kazarama wahoze ari umuvugizi w’umutwe wa M23, bwa mbere yagaragaye ari mu ruhame nyuma yo gusubira muri uyu mutwe. Amafoto yagiye hanze yerekana uyu musirikare ari kumwe n’abarimo Lt Col Willy Ngoma usanzwe ari umuvugizi w’Igisirikare cya M23 ndetse n’umunyamakuru Magloire Paluku uheruka kwihuza n’uyu mutwe. Ni amafoto yafatiwe mu Rutshuru ho […]
Trump yateguje intambara ya gatatu y’isi mu gihe Harris Kamala yaba abaye Perezida wa Amerika
Donald Trump yongeye kwibutsa abanyamerika n’abatuye isi, ko mu gihe Harris Kamala yaba atorewe kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, intambara ya gatatu y’isi yahita iba. Ni mu gihe we avuga ko aramutse atowe, intambara hirya no hino ku isi zagabanuka, by’umwihariko izo mu burasirazuba. Ibi Trump yabigarutseho mu mpera z’iki Cyumweru gishize […]
Abategura imikino ya Olempike bibeshye ku ndirimbo yubahiriza igihugu cya Sudani y’Epfo
Abateguye imikino Olempike ibera mu murwa mukuru Paris w’Ubufaransa basohoye itangazo basaba imbabazi, nyuma y’uko abacuranze indirimbo yubahiriza igihugu cya Sudan y’Epfo bayibeshyeho. Bavuga ko byatewe no “kwibeshya kwa muntu nta kindi cyari kigamijwe”. Abategura imikino ya Olempike bacuranze indirimbo y’igihugu itari iya Sudani y’Epfo, mbere yuko icyo gihugu gikina umukino wa mbere w’intoki wa […]
Raporo ya Banki y’isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere mu bihugu bifite Politiki yo guteza imbere Afurika
U Rwanda rukomeje kwesa imihigo muri gahunda y’ubudasa bushingiye mu Iterambere no mu zindi nzego. Ibi bigaragazwa na Raporo yiswe ‘CPIA’ ya Banki y’Isi, yongeye gushyira u Rwanda ku mwanya wa mbere, mu bihugu bifite ingamba na politiki byiza bigamije guteza imbere ubukungu bwa Afurika. Raporo nshya yiswe CPIA Africa, yongeye gushyira u Rwanda ku […]
Uburusiya bwahanuye drone ebyiri za Ukraine yakoresheje itwika ibigega bya Peterori
Inkuru yasakaye kuri iki Cyumweru mu by’intambara , aravuga ko Ukraine yarashe ibigega byinshi bya Peteroli by’u Burusiya ikoresheje indege zitagira abapilote. Ni mu gihe u Burusiya nabwo bavuga ko bwahanuye ebyiri muri zo. Izi ndege za Ukraine zarashe ibigega bya peteroli mu karere ka Kursk mu Burusiya nk’uko byemejwe n’umutegetsi wo mu Burusiya kuri […]
RDC yongeye gutakambira Amerika na EU ngo bahane u Rwanda
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatakambiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ibasaba gufatira ibihano u Rwanda. Ni nyuma y’ibihano izi mpande zombi ziheruka gufatira abantu batandukanye zishinja guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC. Abafatiwe ibihano ku wa Gatanu barimo n’abayobozi b’umutwe wa M23 Kinshasa imaze igihe ivuga ko ufashwa na […]
Hamas irashinja Israel kugaba igitero cyahitanye Abasivili 40 abandi 100 bagakomereka
Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas muri Palestine, ivuga ko igisirikare cya Isiraheli cyibasiye ishuri riri hafi y’umujyi wa Deir al-Balah, uherereye rwagati muri Gaza gihitana byibuze Abanyapalestine 30 abandi 100 barakomereka. Igisirikare cya Israel ‘IDF’ cyatangaje ko Hamas yifashishije ikigo cy’amashuri ngo igikoreshe nk’ibirindiro kugirango bibafashe gutegura ibitero kuri Israel ariko ngo iza kubimenya kare […]
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo kigamije kwigisha amahoro ku isi
Mu Rwanda hagiye kubakwa Ikigo cyo kwigisha amahoro no kurwanya Jenoside ku isi, aho kizajya gifasha kwigisha amahoro ndetse n’abagiranye amakimbirane bakaba bahahurira bakayacoca bakiyunga. Iki kigo kikaba kigiye kubakwa n’Umuryango w’Abongereza uharanira kurwanya Jenoside ku Isi, Aegis Trust aho abatuye isi bazajya baza kwigira amahoro muri iki kigo.Ni iki kigo kizubakwa mu karere ka […]
RDF iri kugera amajanja ibyihebe byihishe mu ishyamba rya Katupa
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ziritegura kugaba ibitero byahungiye mu ishyamba rya Katupa riherereye mu karere ka Macomia. Vuba aha ni bwo RDF izatangira kugaba ibitero kuri ibi byihebe bya Ansar Al-Sunna nk’uko ikinyamakuru Zitamar News kibivuga. RDF iheruka kohereza ingabo mu karere ka Macomia, zikaba ziri mu birindiro byahozemo ingabo za Afurika y’Epfo […]
Kagame yaganiriye na Starmer uheruka gusesa gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu yahuye anagirana ibiganiro na Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza, Keir Starmer. Abayobozi bombi bahuriye i Paris mu Bufaransa aho bari bitabiriye umuhango wo gutangiza imikino Olympique iri kuhabera. Perezidansi y’u Rwanda mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko Kagame na Starmer baganiriye ku ngingo zirimo […]
DRC:Arashinjwa guha amafaranga Wazalendo ngo abaturage bagabweho ibitero
Justin Bitakwira usanzwe ari umudepite muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Ntara ya Kivu y’Epfo, arashinjwa gukwirakwiza amafaranga mu rubyiruko rw’aba Wazalendo ngo bagabe ibitero mu baturage. Byamenyekanye ubwo Bitakwira yasuraga Intara ya Uvira maze mu kiganiro yagiranye n’abaturage humvikanamo imvugo zihembera urwango. Bivugwa ko yahaje muri misiyo ye kugiti cye, yo gukangurira insoresore […]
Rayon Sports yimwe Stade Amahoro
Ikipe ya Rayon Sports yimwe Stade Amahoro yari yasabye, bituma ibirori by’umunsi w’Igikundiro byagombaga kuyiberamo byimurwa. Ku wa 3 Kanama 2024 ni bwo Murera yagombaga gukora ibirori bya “Rayon Sports Day”. Muri ibi birori iyi kipe yagombaga kwifashisha Stade Amahoro mu kwerekana abakinnyi n’abatoza izifashisha mu mwaka utaha w’umukino, ndetse ikanahakinira umukino wa gicuti izahuriramo […]
Sudan: U Burusiya n’ u Bushinwa mu bihugu bishinjwa kohereza intwaro nshya mu mutwe wa RSF
Raporo nshya yakozwe n’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu ‘Amnesty International’, ivuga ko intwaro nshya zakozwe n’ibihugu by’ibihangange arizo zikomeje kwifashishwa mu gukaza intambara muri Sudani. Muri iyi Raporo, Amnesty, igaragaza ko igihugu nk’Ubushinwa , Uburusiya n’ibindi bitandukanye birimo gutiza imirindi iyi ntambara.Ivuga ko kandi izi ntwaro zihoraho zikomeje guteza impfu z’abasivili n’imibabaro ku buryo budasanzwe. […]
EU yashyizeho intumwa yayo mu karere k’ibiyaga bigari isimbura iyanzwe n’u Rwanda
Akanama k’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) ku wa Gatanu katangaje Ambasaderi Johan Borgstam nk’intumwa yihariye yawo mu karere k’ibiyaga bigari. Johan ukomoka muri Suède yabaye Ambasaderi wa EU muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2008 kugeza mu 2021 no muri Ethiopia kuva mu 2017 kugeza mu 2021. EU ivuga ko uyu mudipolomate, azafasha intumwa […]
Burundi: Abacuruza Lisansi mu buryo butemewe bari guhigwa nk’abanzi b’igihugu
Mu gihugu cy’u Burundi by’umwihariko mu Ntara ya Cibitoke, harimo gushakishwa abacuruza ibikomoka kuri Peteroli mu buryo bwa magendu, ku ikubitiro abagera ku icumi bakaba bamaze gutabwa muri yombi. Amakuru avuga ko abo bakimara gutabwa muri yombi, hanafashwe litiro zirenga ibihumbi 10 za Lisansi muri iki Cyumweru. Guverineri wa Cibitoke, Carême Bizoza, ni we watanze […]
Huye: Babuze isoko ry’ umuceri bejeje none watangiye kwangirikira mu buhunikiro
Abahinzi bahinga umuceri mu gishanga cya Mwogo mu Karere ka Huye, bavuga ko babuze isoko ry’umusaruro wabo none ukaba ukomeje kwangirikira mu buhunikiro. Bamwe muri aba baturage bo Murenge wa Rwaniro bahinga umuceri mu gishanga cya Mwogo, bavuga ko ubusanzwe iyo bamaraga kuwugeza kuri koperative, abashoramari bahitaga bawupakira imodoka, bakabishyura nabo bakikenura. Gusa ubu siko […]
MonkeyPox indwara y’ibihara yagaragaye ku butaka bw’u Rwanda
Nyuma y’uko mu bihugu bimwe by’ibituranyi bahanganye n’icyorezo cy’indwara ya Mpox(Monkeypox), mu Rwanda naho iyi ndwara yahagaragaye. Ibi bikaba byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda RBC, aho kivuga ko abantu babiri bamaze kugaragaraho iyi ndwara y’ubushita bw’inkende. RBC yatangaje ko abagaragaweho iyi ndwara basanzwe bakunda gukorera ingendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari […]
Eritrea yahagaritse ingendo z’indege za Ethiopian airlines
Eritrea yabujije indege ya Ethiopian Airlines kongera gukoresha kirere cyayo kuva ku ya 30 Nzeri 2024, iyishinja ihohoterwa ry’abagenzi n’ibibazo by’imikorere mibi. Ikigo gishinzwe indege za gisivili cya Eritereya cyatanze ibirego byinshi birimo kwiba imizigo hamwe no kuyitindana ntigerere kuri bene yo ku gihe.Ikindi ni uko iyi kompanyi itanga indishyi zidahagije ku bagenzi bahuye n’impanuka. […]
Barack Obama yemeje ko ashyigikiye kandidatire ya Harris Kamala ku mwanya wa Perezida
Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ashyigikiye kandidatire ya Kamala Harris ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu. Mu butumwa yanyujije kuri X yagize ati: “Muri ibi bihe by’ingenzi ku gihugu cyacu, tuzakora ibishoboka byose kugira ngo atsinde mu Ugushyingo. Twizeye ko mutwiyungaho.” Ni nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za […]
EU yafatiye ibihano abantu 9 barimo Colonel wa RDF
Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) watangaje ko wafatiye ibihano abantu icyenda, barimo abayobozi mu ihuriro AFC ribarizwamo M23 ndetse no mu mutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda. Abahanwe barimo na Colonel wo mu ngabo z’u Rwanda. EU mu itangazo yasohoye yemeje ko mu bo yafatiye ibihano harimo Bénjamin Mbonimpa usanzwe ari umunyamabanga nshingwabikorwa wa […]
Rulindo: Abaturage bazengerejwe n’amerwe baratabaza ubuyobozi
Hari abaturage, bo mu murenge wa Base mu Karere ka Rulindo basaba abayobozi ibisobanuro nyuma y’uko ngo bamaze igihe batabasha kurya inyama.Aba baturage bavuga ko bakomeje kwicwa n’amarwe,kuko ibagiro bari barubakiwe ryafunzwe. Bavuga ko iri bagiro ryamaze imyaka ine rikora ariko nyuma riza gufungwa n’ubuyobozi, kuko ryubatswe mu gishanga kuburyo imyanda n’amazi byariturukagamo byangizaga amazi […]
Ibihano byanyu ntibishobora guhungabanya urugamba turimo: Nangaa wa AFC/M23 abwira Amerika
Umuhuzabikorwa w’Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC), Corneille Nangaa, yatangaje ko urugamba rwo kurwanya ubutegetsi bwa RDC iri huriro ririmo rudateze guhungabanywa n’ibihano ryafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa Kane tariki ya 25 Nyakanga Amerika yatangaje ko yafatiye ibihano AFC n’abayobozi bayo barimo Nangaa, Bertrand Bisimwa na Charles Sematama. Ni ibihano kandi byahuriranye […]
Indwara ya Mpox ikomoka ku nkende yageze mu mujyi wa Bujumbura
Mu gihugu cy’u Burundi mu mujyi wa Bujumbura hagaragaye abarwayi batatu bafashwe n’icyorezo cy’indwara y’ibihara izwi nka ‘monkeypox’ ikomoka ku nkende. Minisitiri w’Ubuzima rusange, Lyduine Baradahana kuri uyu wa Kane, yavuze ko ikibazo cy’iyi ndwara cyagaragaye mu Burundi kirimo gukurikiranwa kandi abo iyo ndwara yagaragayeho bakomeje kwitabwaho. Iyi ndwara yari isanzwe izwi cyane muri Repubulika […]
Icyizere cyo kubona abimukira 150 barohamye hafi y’inkombe za Mauritania gikomeje kuyoyoka
Umuryango w’Abibumbye ishami ryawo rishinzwe abinjira n’abasohoka(IOM), wavuze ko abimukira barenga icumi bapfuye abandi bagera ku 150 baburirwa irengero mu nyanja ya Atlantique. Ni nyuma y’uko ubwato bwabo bwarohamiye hafi n’inkombe z’igihugu cya Mauritania berekeza i Burayi, nk’uko byatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye. Mu ntangiro z’iki Cyumweru, abimukira 300 bari muri ubwo bwato bararohamye abagera ku […]
Bahala wagiye mu mishyikirano na M23 yatawe muri yombi
Abbé Bahala Jean Bosco wahoze ari umuhuzabikorwa wa gahunda ishinzwe kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro muri RDC no gusubiza mu buzima busanzwe abayihozemo, yatawe muri yombi akigera i Kampala. Uyu mugabo yafatiwe ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Ndjili nyuma yo kuhagera akubutse i Kampala muri Uganda. Aha i Kampala amakuru avuga ko yari yagiyeyo mu […]
Kamala Harris ashyigikiye ko Israel ikomeza kwirwanaho mu ntambara na Hamas
Kamala Harris Vis Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahamya ko atazigera aceceka ku kibazo kiri hagati ya Israel na Hamas, ariko akaba ashyigikira ko iki gihugu Netanyahu abereye Minisitiri w’Intebe gifite uburenganzira bwo kwirwanaho. Uyu muyobozi uherutse gusimbura Perezida Joe Biden ku mwanya wo kuzahagararira ishyaka ry’Abademokarate ku mwanya w’umukuru w’Igihugu mu matora […]
Icyo Abadepite bashya basabwa kuzibandaho cyane kuri Manda yabo
Abasesengura imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite ndetse n’abaturage basanga abadepite bashya bakwiye kuzibanda cyane mu kunoza amategeko azatuma ibikubiye muri Manifesito Umukuru w’Igihugu yemereye abaturage, kugira ngo iterambere ry’igihugu rirusheho kugira umuvuduko muri iyi manda y’imyaka itanu. Kuri uyu wa Kabiri nibwo hasohotse urutonde ntakuka rw’abadepite 80 binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko nyuma yo […]
Amerika yafatiye ibihano AFC n’abayobozi bayo
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa Kane tariki ya 25 Nyakanga, zatangaje ko zafatiye ibihano ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ndetse na bamwe mu bayobozi baryo. Amerika yemeje ko yafatiye AFC ibi bihano biciye mu biro byayo bishinzwe kugenzura umutungo w’abanyamahanga (OFAC). Amerika yagaragaje AFC nk’”ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba igambiriye guhirika ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira […]
Sobanukirwa akamaro k’umubirizi n’intungamuburi ziwuzuyemo
Umubirizi ni igiti gikunze kumera ahantu aho ari ho hose. Gikunze kugira uburebure kuva kuri metero 3 kugera ku 8, kandi gikura vuba. Mu bihugu bya Afurika y’uburengerazuba nko muri Nigeria, Cameroun, Guinée Équatoriale, muri Gabon n’ahandi muri ibyo bice, umubirizi uhingwa nk’imboga kuko iyo ukuze basoroma amababi yawo bakayateka nk’imboga, zifite akamaro kanini cyane […]
Amerika yahamagaje ingabo za Leta na RSF ku meza y’ibiganiro mu Busuwisi
Washington yatumiye ingabo za Sudan n’igisirikare cya Rapid Suport Force (RSF) mu biganiro byo guhagarika imirwano ishyamiranyije impande zombi. Ni ibiganiro biteganyijwe kubera mu Busuwisi taliki 14 Kanama 2024. Mu ijambo rye, umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Antony Blinken, yavuze ko muri ibyo biganiro hazaba harimo abafatanyabikorwa mu karere n’imiryango mpuzamahanga irwanya ihohoterwa muri […]
Imibare y’abantu bacurujwe mu myaka itanu ishize igaragaza ko abagore bibasiwe cyane
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yagaragaje ishusho y’uko ibikorwa by’icuruzwa ry’abantu bihagaze mu Rwanda n’ibyiciro byibasirwa cyane. Dr. Murangira B Thierry uvugira uru rwego , yavuze ko uhereye mu myaka itanu ishize, Abagore aribo bibasiwe cyane ku kigero cya 75%, naho abagabo bibasirwa ku kigero cya 25%.” Yabigarutseho mu kiganiro “Waramutse Rwanda” cyatambutse kuri Televiziyo […]
Museveni yahaye gasopo abanyamahanga bateye inkunga imyigaragambyo yo muri Uganda
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, yahaye gasopo abanyamahanga avuga ko bateye inkunga imyigaragambyo imaze iminsi ibera muri Uganda, abibutsa ko Uganda itakiri mu bukoloni. Kuva ku wa Kabiri tariki ya 23 Nyakanga abanya-Uganda biganjemo urubyiruko bari mu myigaragambyo bamagana ruswa bavuga ko yamunze Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu. Mu kugerageza kuburizamo iyi myigaragambyo, mu […]
Burundi: Abanyeshuri ba kaminuza nkuru baricira isazi mu maso nyuma yo kwimwa buruse y’amezi 6
Bamwe mu banyeshuri bo mu mwaka wa 2 n’uwa 3 wa Kaminuza nkuru mu gihugu cy’u Burundi, mu ishami ry’icyongereza baratabaza bavuga ko inzara ibageze ku buce. Barasaba ko bahabwa icyiciro cya mbere cy’inguzanyo ya buruse’Boursse’ kuko batarabona aya mafaranga kuva batangira amasomo yabo mu mezi atandatu ashize. Bavuga ko iki kibazo bagishyikirije abayobozi babishinzwe […]
Arakaze, ni igitangaza aranarenze -Pererezida Biden ashimagiza Kamala Harris
Mu minsi ishize, nibwo byatangajwe ko Perezida Biden yemeye kutazahagararira ishyaka ry’Abademokarate ari naryo abarizwamo nyuma y’igitutu yokejwe n’abo mu ishyaka rye. Mw’ijambo yavugiye mu biro bye muri Maison Blanche byitwa “Oval Office” abakuru b’iki gihugu bakunze gutangiramo ubutumwa ku gihugu mu bihe bidasanzwe yavuze ko impamvu yakuyemo akarenge ari impamvu yo guharira abakiri bato […]
Indi nkongi y’umuriro ikaze yibasiye umujyi wa Bukavu
Mu gihe hatarashira ukwezi n’ibyumweru bitatu inkongi y’umuriro yibasiye Bukavu , kuri iyi nshuro nabwo yongeye kuhibasira ndetse inangiza ibitari bicye. Ni inkongi yabaye ku munsi w’ejo hashize kuwa Gatatu, aho yibasiye igice kinini cy’umujyi nyuma yo kubura ubutabazi. Uretse ibyangiritse, ubuzima bw’umuntu umwe bwarahatakariye. Iyi nkongi yibasiye amazu 25, aherereye muri Quartier ya Cimpunda […]
Perezida Kagame yirukanye Minisitiri Dr Mujawamariya
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nyakanga, yirukanye ku Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc wari Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo. Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ni we wasohoye itangazo rimwirukana mu cyimbo cy’Umukuru w’Igihugu. Iryo tangazo rivuga ko ukwirukanwa kwe gushingiye “ku byo agomba kubazwa akurikiranweho”. Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ntibyigeze byerura […]
Tshisekedi yibasiye Perezida Ruto amuhora u Rwanda
Perezida Félix Tshisekedi wa Congo Kinshasa yibasiye mugenzi we Dr William Ruto wa Kenya, amushinja gucunga nabi gahunda y’ibiganiro bya Nairobi ahubwo akabogamira ku Rwanda. Tshisekedi yabigarutseho ubwo yavugiraga mu kiganiro cyateguwe n’ikigo Brookings Institution cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni ikiganiro cyagarutse ku makimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya […]
Kwifashisha amasazi y’umukara mu gusimbuza bimwe mu biryo by’amatungo byitezweho umusaruro
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda kigaragaza ko hari ngamba zihari zishingiye ku bushakashatsi bwo korora inigwahabiri mu kugabanya bimwe mu biribwa by’amatungo nk’inkoko Ni ibyagarutsweho na Dr Hirwa Claire D’Andre ushinzwe amatungo aho avuga ko hari ingamba zigamije kongera umusaruro w’ibihingwa nka soya n’ibigori bigaburirwa inkoko. Muri izi ngamba harimo ko isazi […]
Dore bimwe mu byo ukwiye kumenya ku byiza byo kurya ibigori byokeje
Ibigori byokeje, ni kimwe mu biribwa bikunzwe haba ku bana n’abakuru kuko usanga kikubiye uburyohe ntagereranywa. Ikigori rero gikubiyemo intungamubiri zihagije. Bimwe mu byo wamenya ku bigori ni ibi bikurikira; 1.Gikungahaye ku ntungamubiri yitwa Folic acid Iyi acide ifitiye akamaro cyane abagore batwite kuko igira uruhare rukomeye mu iremwa ry’ubwonko bw’umwana igihe bamutwite, ndetse ikanongerera […]
Gen. Makenga, Lt Col Willy Ngoma na Bisimwa mu bo RDC yatangiye kuburanisha
Ubutabera bwa gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu bwatangiye kuburanisha urubanza buregamo ibyaha bitandukanye abayobozi bakuru ba AFC/M23. Urukiko rwa gisirikare rukorera muri Komine Gombe i Kinshasa ni rwo rwatangiye kubaburanisha. Ubushinjacyaha bubarega ibyaha bitandukanye birimo iby’intambara, kujya mu mutwe wa gisirikare utemewe ndetse n’ubugambanyi bubashinja gukorera mu burasirazuba bwa […]
Ruto yatangaje icyiciro cya 2 cy’abaminisitiri bagize Guverinoma nshya ya Kenya
Perezida William Samoei Ruto wa Kenya kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Nyakanga, yatangaje icyiciro cya kabiri cy’abaminisitiri bagize Guverinoma nshya y’igihugu cye. Mu bo yahaye imyanya harimo John Mbadi wari usanzwe ari Chairman w’ishyaka ODM ritavuga rumwe n’ubutegetsi. Uyu yagizwe Minisitiri w’Imari. Abandi ni Salim Mvurya wagizwe uw’Ubucuruzi, Rebecca Miano wagizwe uw’Ubukerarugendo, Opiyo […]
P.M Ngirente yafunguye ku mugaragaro uruganda ruzajya rutunganya toni 50 z’amata y’ifu

Mu Karere ka Nyagatare kuri uyu wa Gatatu hafunguwe uruganda ruzajya rutunganya amata y’ifu aho ruzajya rukora nibura toni 50.Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente niwe wafunguye ku mugaragaro Uruganda rw’Amata rusanwe ari urwa Kompanyi ya Inyange Indutries. Uru ruganda ruzajya rushobora gutunganya ku munsi litiro zirenga ibihumbi 500 z’amata yakamwe, akavamo ibilo ibihumbi 50 by’amata […]
Umubare w’abana b’abakobwa wariyongereye mu bizamini bya Leta- MINEDUC
Uko imyaka igenda ishira n’inako ireme ry’uburezi rigenda rizamuka , aho kuri ubu abana b’abakobwa bagenda biyongera ku ntebe y’ibizamini bya Leta. Ibi bigaragazwa n’imibare ya Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda, aho igaragaza ko abana b’abakobwa baruta ubwinshi abahungu mu bizamini bya Leta by’imyaka mike ishize. Nyuma y’icyorezo cya COVID-19 mu mwaka w’amashuri 2020-2021, ibizamini bya […]
Burundi: Indwara ya Bwaki iravuza ubuhuha
Abashinzwe ubuzima mu ntara ya Kayanza mu majyaruguru y’Uburundi, bavuga ko abana barenga 50% bibasiwe n’indwara ya bwaki muri iyo ntara. Imiryango myinshi ivuga ko idashobora kwihaza mu biribwa mu buryo bw’uzuye. Impamvu ngo n’uko usanga ibintu bihenze ku masoko ndetse no kubona uko bajya guca inshuro birabagora bitewe n’uko ibiciro by’ingendo byazamutse. Ku bijyanye […]
Bahala wagiye ‘mu mishyikirano na M23’ mu mazi abira nyuma yo kwirukanwa na Tshisekedi
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yatangije iperereza kuri Abbé Bahala Okw’Ibale Jean Bosco, kugira ngo hamenyekane intandaro y’imishyikirano byavuzwe ko yagiyemo na M23. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Itumanaho akanaba umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya Katembwe, mu kiganiro yaraye agiranye n’abanyamakuru. Ku wa Mbere w’iki cyumweru ni bwo hamenyekanye […]
UN itewe impungenge n’icyorezo cy’imbasa gishobora kwibasira abanye Gaza
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, rivuga ko mu Ntara ya Gaza hashobora kwaduka indwara y’imbasa. Iyi ndwara ngo ikaba ishobora guterwa n’umwanda n’amazi adasukuye. OMS ivuga ko ikomeje gukora ubukangurambaga mu gukingira iyi ndwara. Gusa hari impungenge ko abantu batazabona uko bagera mu bice biherereyemo abaganga bitewe n’umutekano mucye urangwa muri bice. Ni […]
Hatangajwe urutonde rw’Abadepite 80 binjiye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

Kuri uyu wa Kabiri hasohotse urutonde rw’abadepite 80 binjiye mu nteko ishingamategeko aho umubare w’abagore wazamutse ukagera kuri 63 % uvuye kuri 61%. Uru rutonde rwashyizwe hanze na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, aho Umuryango wa FPR-Inkotanyi n’imitwe ya Politiki itanu yifatanyije na wo, ifiteho Abadepite 37, barimo 18 […]
Tshisekedi yirukanye Bahala ‘wagiye mu mishyikirano na M23’
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri yirukanye ku mirimoAbbé Bahala Okw’Ibale Jean Bosco usanzwe ari umuhuzabikorwa wa gahunda ishinzwe kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro ndetse no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abarwanyi bayo (P-DDRCS). Amakuru y’uko uyu mugabo yirukanwe yemejwe n’umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salama; mu […]
Abayoboke 10 b’ishyaka ‘CNL’ bafunzwe bacyekwaho kwica umuntu bivugwa ko yitandukanyije nabo
Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko abarwanashyaka bagera ku icumi bafunzwe bacyekwaho kwica uwahoze ari umurwanashyaka wa CNL ariko nyuma akaza kwitandukanya nabo akajya muri CNDD-FDD. Uyu mugabo wabarizwaga mu gace ka Mayuki, muri komini ya Mabayi, intara ya Cibitoke mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’Igihugu, yishwe mu ijoro ryo ku wa gatandatu rishyira iryo ku Cyumweru […]
Perezida Xi Jinping yoherereje Kagame ubutumwa bumushimira
Perezida Xi Jinping yoherereje Kagame ubutumwa bumushimira, nyuma yo kongera gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda. Perezida Xi mu butumwa yoherereje mugenzi we w’u Rwanda, yamwijeje gukorana na we mu rwego rwo kwagura ubufatanye busanzwe hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse no guteza imbere ubucuti bw’ibihugu byombi bukagera ku rwego rushya. Ati: “Mfite ubushake bwo gufatanya […]
Uganda iremeza ko yakiriye imishyikirano ya RDC na M23
Leta ya Uganda iremeza ko yakiriye imishyikirano ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23, n’ubwo Leta ya Congo yo ibihakana. Amakuru aturuka i Kampala na Kinshasa avuga ko iyo mishyikirano yatangiye ku wa Mbere tariki ya 22 Nyakanga, ku buhuza bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni na Uhuru Kenyatta […]