M23 Vs FARDC: Abapolisi hafi 100 ba RDC bakwiye imishwaro bahungira muri Uganda

Abapolisi hafi 100 ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahungiye muri Uganda ubwo imirwano ikaze yajyaga mbere hagati y’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 na FARDC. Imirwano yo ku Cyumweru tariki ya 4 Kanama yasize inyeshyamba za M23 zigaruriye centre y’ubucuruzi ya Ishasha iherereye ku mupaka wa Congo na Uganda. Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda mu […]

Gen. Muhoozi abona UPDF yahashya amabandi yo muri Haiti binyuze mu kurongora abagore baho

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko aramutse yohereje muri Haiti abasirikare 10,000 ba UPDF bakarongora abagore baho bose byakemura ikibazo cy’amabandi yazengereje kiriya gihugu. Uyu mugabo usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yabitangarije mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X. Haiti imaze imyaka irenga itatu yugarijwe n’ikibazo cy’amabandi […]

Gen Patrick Nyamvumba yatangiye imirimo muri Tanzania

Ambasaderi Gen. Patrick Nyamvumba, kuri uyu wa Mbere tariki ya 5 Nyakanga yatangiye imirimo nka Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Tanzania. Ni nyuma yo gushyikiriza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba muri Tanzania, Mahmoud Thabit Kombo, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu. Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwari rwatanze […]

Kigali: Abarenga 5000 bagiye kuganira ku iterambere ry’ibiribwa rishingiye ku ikoranabuhanga

Abayobozi ku isi, abanyamashuri, abanyadushya, ibigo by’iterambere, imiryango y’abahinzi, n’abikorera baturutse hirya no hino muri Afurika ndetse no hanze yayo bazateranira mu Rwanda kugira ngo bitabira ihuriro ngarukamwaka ry’ibiribwa muri Afurika guhera taliki 2 kugeza ku ya 6 Nzeri 2024. Ni inama yateguwe n’ihuriro ryiswe Africa Food System, ikigamijwe ni ugukangurira no gushishikariza abatuye muri […]

Mu masaha 72 gusa impunzi z’Abanyekongo zirenga 2000 zimaze guhungira muri Uganda

Impunzi ibihumbi zaturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), zinjiye muri Uganda nyuma y’imirwano ikaze hagati y’ingabo za leta n’imitwe itandukanye yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DRC. Maj. Kiconco Tabaro, ushinzwe amakuru rusange muri Diviziyo (Division) ya kabiri mu ngabo za Uganda (UPDF), yatangaje ko impunzi zirenga 2000 z’Abanyekongo, zageze muri iki gihugu mu […]

Kampala: Abanyeshuri batatu barimo n’Umubiligi batawe muri yombi bakora igisa no kwigaragambya

Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere taliki 05 Kanama 2024, abanyeshuri batatu b’Abagande biga muri kaminuza ya Kampala n’undi ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi batawe muri yombi ubwo berekezaga kuri Ambasade y’Ubushinwa i Kololo, Kampala. Aba banyeshuri bakoze igisa n’imyigaragambyo kugira ngo basabe Ambasaderi w’Ubushinwa muri Uganda gusaba guverinoma y’Ubushinwa guhagarika isosiyete ikora ibijyanye na peteroli yo […]

Gen. Muhoozi Kainerugaba ategerejwe mu Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganya gusura u Rwanda mu minsi mike iri imbere aho ateganya kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida Paul Kagame. Gen Muhoozi usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yemeje ayo makuru abinyujije ku rubuga rwe rwa X. Yagize ati: “Nejejwe no gutangaza ko vuba aha […]

RGB yagiriye inama abanyamadini bafite insengero zicucitse

Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere RGB, cyagiriye inama abanyamadini ko bakwiye kubyaza umusaruro ubutaka bafite mu bundi buryo aho kubucucikamo insengero. Umuyobozi Mukuru wa RGB, Dr. Kayitesi Usta, yavuze ko asanga mu kubaka insengero hakwiye kubaho kugabanya ubucucike ahubwo ubwo butaka bugakoreshwa ibindi. Yatanze urugero kuri ADEPR, avuga ko muri Kigali ihafite insengero zingana n’utugari tuyibarizwamo. Iri […]

Imirambo yabonetse hafi n’ikibuga cy’indege ‘Merchior Ndadaye’ yateje icyoba ku bahatuye

Abatuye mu gace ka Rukaramu mu Burundi, bafite ubwoba bwinshi nyuma y’uko ku kibuga cy’indege cya Melchior Ndadaye habonetse imirambo ibiri y’ababagabo bicyekwa ko bishwe. Iyi mirambo ibiri yabonetse mu mpera z’icyumweru gishize hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bujumbura muri zone ya Rukaramu, komini Mutimbuzi yo mu ntara ya Bujumbura. Abishwe bombi bari abagabo, gusa […]

Nyuma ya Nyamilima, M23 yanigaruriye Umujyi wa Ishasha

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 4 Nyakanga, wigaruriye Umujyi muto wa Ishasha uherereye ku mupaka wa Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. M23 yigaruriye aka kace nyuma yo kukirukanamo imitwe ya Wazalendo yakagenzuraga. Amashusho yashyizwe hanze agaragaza inyeshyamba za M23 ubwo zinjiraga muri Ishasha zakirwa n’abaturage benshi. Uyu mutwe mu butumwa wahaye […]

Bangladesh: Imyigaragambyo ikaze yaguyemo abagera hafi kuri 80

Nibura abantu 76 nibo bitangazwa ko baguye mu myigaragambyo yabaye muri Bangladesh mu mpera z’icyumweru dusoje. Ni nyuma y’imirwano ikomeje kuba hagati y’abapolisi n’abigaragambyaga bashaka ko haba impinduka ku buyobozi. Iyi myigaragambyo ahanini yatewe no kuba abaturage bashaka ko Minisitiri w’intebe Sheikh Hasina yegura. Polisi yavuze ko abapolisi 13 bishwe ubwo abantu ibihumbi n’ibihumbi bateraga […]

Nigeria: Abigaragambya batengushye Perezida Tinubu

Nyuma y’uko abigaragambya muri Nijeriya bakoreyemo ibikorwa by’urugomo bakangiza byinshi, Perezida Bola Tinubu yavuze ko abigaragambya bamutengushye, anasaba ko imyigaragambyo yahagarara k ihagarara. Avuga ko abigaragambya bamutengushye kuko ibyo bamusezeranije. Mu ijambo ryo kuri televiziyo yagejeje ku gihugu mu gitondo cyo kuri iki cyumweru, Perezida Tinubu yavuze ko ababajwe n’abapfuye muri leta enye zo mu […]

M23 yafashe Nyamilima itarwanye, iyinjiranamo ibifaru

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 3 Nyakanga, wigaruriye umujyi muto wa Nyamilima wo muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru. Amakuru avuga ko uyu mutwe wigaruriye uyu mujyi utarwanye, bijyanye n’uko inyeshyamba za Mai-Mai zahagenzuraga zahavuye mbere y’uko uhagera. Amashusho yashyizwe hanze yerekana ingabo za M23 zigera Nyamilima zinafite […]

Uganda nayo yagaragayemo icyorezo cy’ubushita bukomoka ku nkende

Minisiteri y’ubuzima muri Uganda yemeje ko muri iki gihugu hagaragaye abarwayi babiri banduye ubushita bw’inkende. Abanduye bose ni abo mu karere ka Kasese, kegeranye n’umupaka Uganda ihana na Republika ya Demokarasi ya Kongo. Abafashwe n’iki cyorezo umwe ni uwo mu gace ka Mpondwe, undi nawe ni uwahitwa Bwera muri ako karere kavuzwe haruguru. Minisiteri y’ubuzima, […]

Somalia: Abarenga 30 baguye mu gitero Al Shabaab yagabye kuri hotel ikomeye

Ku wa Gatandatu, abapolisi bo muri Somaliya bavuze ko abantu 32 baraye bishwe ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki 02 Kanama 2024 abandi 63 barakomereka mu gitero cyagabwe kuri Hotel yo ku mucanga mu murwa mukuru, Mogadishu. Ishami rya Al-Qaida rikorera muri Afurika y’Iburasirazuba, al-Shabab, ryatangaje kuri radiyo ko abarwanyi baryo bagabye icyo […]

Iperereza ry’abatasi ba Amerika ryagaragaje ko Iran ishaka kwica Trump

Inzego zitandukanye z’iperereza zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rigaragaza ko Irani ifite ’umugambi wo kumwica kugirango ihorere General Qassem Soleimani wahoze ari komanda w’umutwe w’ingabo z’intarumikwa za Irani. Iperereza rivuga ko Trump aramutse arashwe bwaba ari uburyo bwiza bwo kwihorera mu kuburizamo ko yatorwa mu matora ateganyijwe.Ntabwo ari Iran ishaka kwivanga mu matora […]

RDC: M23 yaba yafashe mpiri abasirikare benshi ba FARDC barimo Majoro na Koroneri

Amakuru aturuka Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi ba M23 bafashe mpiri abasirikare ba FARDC bagera kuri 17 barimo n’abasirikare bakuru babiri umwe ufite ipeti rya Majoro ndetse n’undi ufite ipeti rya Koroneri. Ni nyuma y’imirwano yabaye ku munsi w’ejo ku wa Gatanu taliki 02 Kanama 2024, hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo […]

Abarundi 5 bakiniye Rayon Sports muri Kiyovu Sports

gridart 20240803 135822215 90bc0

Ikipe ya Kiyovu Sports iri mu biganiro n’Umurundi Bimenyimana Bonfils Caleb umaze iminsi ayikoreramo imyitozo. Uyu rutahizamu wigeze kugirira ibihe byiza muri Rayon Sports kuva muri Gashyantare uyu mwaka nta kipe afite, nyuma yo kurekurwa na Al Ahli Benghazi yo muri Libya. Usibye Caleb, Abarundi bagenzi be barimo Amisi Cédric, Mbirizi Eric, Kwizera Pierrot na […]

Ubujyahabi bw’ubukungu buri gutiza umurindi icuruzwa ry’abana mu Burundi

Ingimbi n’abangavu mu gihugu cy’u Burundi bakomeje gucuruzwa bakajyanwa mu bihugu bimwe na bimwe by’ibituranyi gukoreshwa imirimo y’agahato harimo no gusambanywa. Komisiyo Ngishwanama n’Ubugenzuzi ku gukumira icuruzwa ry’abantu, UNICEF na IOM, bemeza ko hakiri inzira ndende kugira ngo habeho kurandura burundu ihohoterwa ry’uburenganzira bw’abana mu Burundi. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’abanyamakuru ku ya 30 Nyakanga […]

Nyuma y’u Rwanda, u Burundi na bwo bwahaye Zambia imfashanyo

Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia yatangaje ko igihugu cye cyahawe n’u Burundi imfashanyo ingana na toni 5,000 z’ibiribwa birimo umuceri, ibigori n’ibishyimbo. Hakainde yabitangarije abaturage b’igihugu cye nyuma yo kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye uheruka gusura Zambia. Ni ibiganiro byanasinyiwemo amasezerano y’ubufayanye hagati y’u Burundi na Zambia. Zambia imaze igihe yugarijwe […]

Imiryango mpuzamahanga yongeye gutabariza intara ya Darfur

Komite y’impuguke mu bijyanye no kwihaza mu biribwa iratabariza Sudan nyuma y’uko inzara ikomeje kurembya abaturage. Byasohowe muri raporo yasohotse kuri uyu wa kane, aho yagaragaje ko intambara yo muri Sudani ndetse no guhagarika itangwa ry’inkunga byateje inzara mu majyaruguru ya Darfur, no mu tundi turere two mu gihugu. Ibyavuye mu bushakashatsi bikaba bifitanye isano […]

Igishyika ni cyose ku batunze injangwe i Nairobi

Abatuye i Nairobi batunze injangwe , bafite imitima ihagaze nyuma y’uko ngo bashobora kujya bazitangira amahoro. Ni nyuma y’uko ubutegetsi bwo muri uyu mujyi bwategetse abatunze aya matungo ko buri wese urifite asabwe kuryandikisha hakiyongeraho kugura uruhushya rumara umwaka rugura amashiringi 200 akoreshwa muri Kenya. Si ibyo gusa , kuko buri wese utunze ipusi, asabwe […]

Rutshuru: M23 yigaruriye uduce dushya

Umutwe wa M23 ku wa Gatanu wigaruriye uduce twa Nyabanira na Ngwenda two muri Groupement ya Binza ho muri Teritwari ya Rutshuru, nyuma yo kutwirukanamo ihuriro ry’ingabo za leta ya RDC. M23 yigaruriye utu duce nyuma y’imirwano ikomeye yayisakiranyije n’ingabo za leta kuva mu masaha y’igitondo. Usibye utu duce, kuva ku wa Gatanu kandi M23 […]

PM.Ngirente yagaragaje imbogamizi zikoma mu nkokora Iterambere rya Afurika

Mu mboni za Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Ngirente Edouard asanga ko kugirango Afurika Iterambere, hakenewe gushyirwaho ingamba zikomeye zituma iminshinga yawo ishyirwa mu bikorwa. Yongeyeho kandi ko byagakozwe mu gihe cyagenwe. Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu, tariki 2 Kanama 2024, i Abuja muri Nigeria, aho yitabiriye Inama ya Banki y’Isi n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, ihuza […]

Serivisi y’ubuvuzi bw’impyiko izatangwa no ku banyamahanga bazivuriza mu Rwanda

Minisiteri y’Ubuzima, itangaza ko kuva mu Rwanda hazanwa Serivisi zo guhabwa impyiko mu buryo buzwi nka Transplant, abari bakeneye iyo serivisi barayihawe kandi bikorwa neza. Iyi minisiteri ivuga ko abantu bagera kuri 32 bahawe iyi serivisi mu mwaka ushize wa 2023, nk’uko byatangajwe na Minisitiri Sabin uyiyobora. Ubwo yatangizwaga mu Rwanda muri Gicurasi umwaka ushize, […]

Icyo Guverineri Lendongolia avuga ku makuru y’uko M23 yamaze kwinjira mu ntara ya Tshopo

Guverineri w’Intara ya Tshopo, Lendongolia Lebabonga Paulin, yabeshyuje amakuru yakwirakwizwaga avuga ko inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zamaze kwinjira muri iriya ntara. Intara ya Tshopo iherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’Intara za Kivu y’Amajyaruguru na Maniema, ikaba mu burengerazuba bw’Intara ya Ituri. Muri iki cyumweru ni bwo hatangiye gukwirakwira amakuru avuga ko inyeshyamba za […]

Minembwe: Umusirikare wa FARDC yatswe imbunda n’abaturage asubira mu birindiro imbokoboko

Umusirikare wa FARDC , yatswe imbunda n’abaturage bo mu gace ka Minembwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo asubira mu birindiro n’umutwe gusa. Amakuru avuga ko uyu musirikare yaje asagarira aba baturage, haba imirwano, abaturage ngo babonye ko hashobora kubaho kubarasa bahitamo kumwaka imbunda. Ibi byabereye ahitwa ku Kuziba hafi y’ikibuga cy’indege cyo muri ibyo […]

MINALOC yabaruye ahazwi nko mu butayu harenga 100 hasengerwa mu buryo butemewe

Mu minsi yari ishize, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu MINALOC ikora ibarura ry’insengero zitujuje ibisabwa , yanakoze ubugenzuzi ku hantu hasengerwa mu buryo butemewe n’amategekohazwi nko mu butayu, isanga hari ahagera ku 108 hasengerwa mu buryo butemewe. Iyi Minisiteri ivuga ko hari aho yasanze abantu basengera hashobora no gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga. Hamwe muri aho , […]

METEO Rwanda yateguje imvura muri uku kwezi kwa Kanama

Iteganyagihe rya METEO Rwanda rigaragaza ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Kanama 2024, hateganyijwe ibihe by’izuba risanzwe ry’impeshyi naho mu bindi bice, imvura nke iteganyijwe hamwe na hamwe. Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe ku manywa buzaba buri hagati ya dogere selisiyusi 20 na 30 naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe nijoro bukazaba buri hagati ya dogere […]

Togo: Perezida Gnassingbe ntiyorohewe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Togo, barashinja Perezida Gnassimbe ko ashaka kwiyongeza indi Manda kugirango abone uko agundira ubutegetsi. Ni nyuma y’uko yagumishije Victoire Sidemeho Tomegah-Dogbe, ku mwanya wa Minisitiri w’intebe kandi guverinema izashyirwaho muri iyi minsi iri imbere bijyanye n’itegeko nshinga rishya. Ni mu gihe igice gishya cyemejwe mu kwezi kwa Gatatu, cyateje amakimbirane muri […]

Lourenço yaganiriye kuri Telefoni na ba Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezida Manuel João Conçalves Lourenço wa Angola, ku wa Kane tariki ya 1 Kanama yaganiriye kuri Telefoni na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda. Perezidansi ya Angola yatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku ngingo yerekeyeye “guhagarika imirwano hagati y’impande zishyamiranye mu burasirazuba bwa RDC” iheruka gufatirwa i Luanda muri Angola, ahaheruka guhurira abakuru ba […]

Abasabye Fagitire za EBM bagiye guhaha batangiye gusaranganywa arenga miliyoni 300FRW

Miliyoni 310 Frw zakusanyijwe mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ni yo yatangiye gusaranganywa abakoresheje neza EBM ndetse ku ikubitiro hatanzwe miliyoni 91 Frw. Ni ibihembo byatanzwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, ku bakiliya basabye inyemezabwishyu z’ikoranabuhanga za EBM. Abandi bahembwe kandi n’abatanze amakuru ku bacuruzi batatanze fagitire za EBM kandi ibicuruzwa byagurishijwe. Ni igikorwa cyakozwe […]

Itorero ‘Umuriro wa Pentekote’ ryari ryariyomoye kuri ADEPR ryahagaritswe mu Rwanda

Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere (RGB), rwahagaritse ibikorwa by’Itorero Umuriro wa Pentekote mu Rwanda, kubera ibibazo by’imikorere bitandukanye birimo Gucamo ibice no kubiba amacakubiri n’amakimbirane by’urudaca mu bakristo. RGB yemeje ko yahagaritse ibikorwa by’iri torero biciye mu ibaruwa Dr Uster Kayitesi uyiyobora yandikiye Pasiteri Ntawukuriryayo Corneille wariyoboraga. Ni icyemezo uru rwego ruvuga ko rwafashe nyuma y’igenzura ryimbitse […]

Musanze: Hari abacukura zahabu mu mirima y’abaturage batabyumvikanyeho na ba nyirayo

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Musanze, baravuga ko babangamiwe n’imirima yabo yibasiwe n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu buryo butemeranyijweho. Abenshi babangamiwe, ni abo mu mirenge ya Muhoza na Gacaca mu Karere ka Musanze aho batabaza ubuyobozi ngo bubakize aba bacukuzi. Aba ba nyiri imirima bavuga ko birimo kubateza igihombo gikomeye. Abigabije ubucukuzi bw’aya mabuye, […]

Kurya ibitunguru bibisi byongera imigendekere myiza mu gutera akabariro

Ubushakashatsi butandukanye bwakozwe ku bintunguru, bugaragaza ko bishobora kuvura no kurinda indwara nyinshi ku babirya ari bibisi cyangwa bakanywa umutobe wabyo. By’umwihariko igitunguru kiriwe ari kibisi cyongera ubushake mu mibonano mpuzabitsina, by’akarusho ku bagabo kikongera imbaraga. Urubuga rwa plaisirs sante n’urwa doctorette bavuga ko Igitunguru gikungahaye kuri vitamini A, B, C, na E n’imyunyu myinshi […]

M23 yitandukanyije n’imyanzuro u Rwanda na RDC bafatiye i Luanda

Ihuriro AFC ribarizwamo umutwe wa M23, kuri uyu wa Kane ryatangaje ko ritarebwa n’imyanzuro abakuru ba dipolomasi y’u Rwanda na RDC baheruka gufatira mu nama yabereye i Luanda, bijyanye n’uko ritigeze riyitabira. Ku wa Kabiri tariki ya 30 Nyakanga ni bwo ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na RDC bahuriye i Luanda, mu nama ya […]

Donald Trump yikomye umunyamakuru wamuhase ibibazo atabanje kumubaza uko amerewe

wqwDonald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yikomye umunyamakuru watangiye kumuhata ibibazo atabanje kumubaza uko amerewe. Yabivuze ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, aho umunyamakuru umwe yateruye amubaza niba afite icyizere ko abirabura bazamutora kandi yaragiye abibasira. Ni mu kiganiro cyatambutse kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024 kuri Televiziyo ya ABC […]

Burundi: Urwego rw’iperereza rurashinjwa gushimutira umugenzi ku kibuga cy’indege

Mu Burundi hari umuryango utabariza umwe muri bo bavuga ko washimuswe ubwo yageraga i Bujumbura avuye mu gihugu cya Kenya. Bavuga ko hashize ibyumweru bibiri ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Melchior Ndadaye hashimutiwe mwenewabo, kugeza n’ubu bataramenya icyo yazize. Uyu mugabo ngo yari agarutse mu Burundi avuye muri Kenya. Umuryango we urasaba ko bamenyeshwa aho […]

Musanze: Mudugudu na Mutekano bibye Frw miliyoni 60 y’abaturage batorokera muri Uganda

Abanyamuryango babarirwa muri 500 bibumbiye mu itsinda ryitwa ‘Twivane mu bukene’ rikorera mu murenge wa Busogo w’akarere ka Musanze, bararira ayo kwarika nyuma yo gukusanya abarirwa muri Frw miliyoni 60 yari kubafasha gutanga mituelle de Santé bikarangira aburiwe irengero. Abaturage bafite iki kibazo ni abo mu kagari ka Kavumu, muri Busogo. Abaganiriye na RBA bashyira […]

Tshisekedi bihwihwiswa ko arembejwe n’umutima arwariye i Bruxelles

Perezidansi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Perezida w’iki gihugu, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo ari i Bruxelles mu Bubiligi, aho yagiye kwivuriza. Ni amakuru ibiro bya Tshisekedi byemeje mu itangazo byasohoye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 31 Nyakanga. Ni Tshisekedi wari utegerejwe mu mujyi wa Kisangani ho mu ntara ya Tshopo, aho […]

Kenya: Umuntu wa Mbere yagaragaweho ubushita bukomoka ku nkende

Igihugu cya Kenya cyatangaje ko umuntu wa Mbere yanduye icyorezo cy’indwara y’ubushita bw’inkende. Amakuru avuga ko uyu muntu wakoraga urugendo ava muri Uganda ajya mu Rwanda anyuze muri Kenya. Inzego z’ubuvuzi muri Kenya zivuga ko ingendo nyinshi z’abaturage hagati ya Kenya n’ibindi bihugu byo muri Afurika y’uburasirazuba ziteje ibyago bikomeye ku ikwirakwira ry’iyi ndwara mu […]

Umuco wo gukaraba intoki ari uko hadutse ibyorezo wakemanzwe

Ubushakashatsi bugaragaza ko cyo kimwe no kurwanya ibindi byorezo byadurira mu gukoranaho, ubusanzwe gukaraba intoki ni kimwe mu bwirinzi bwo kugikumira. Abafatanyabikorwa ba Leta y’u Rwanda mu bijyanye no guteza imbere isuku n’isukura, bagaragaje ko umuco wo gukaraba intoki n’isuku muri rusange wajya witabwaho mu bihe byose, aho kubishyiramo imbaraga ari uko hadutse indwara z’ibyorezo. […]

Hashobora kuboneka ikindi gitotsi muri guverinoma ya Perezida Ruto

Hashobora kuboneka ikindi gitotsi kuri guverinoma ya Perezida William Ruto nyuma y’uko akuyeho umushinga w’itegeko ry’imari muri uyu mwaka, biturutse ku myigaragambyo yatwaye ubuzima bw’abantu. Ni nyuma y’uko kandi urukiko rw’Ubujurire rwa Kenya kuri uyu wa gatatu, rwatangaje ko itegeko ry’igihugu rya 2023 rijyanye n’imari, rinyuranyije n’itegeko nshinga. Imishinga y’itegeko irebana n’imari ishyikirizwa inteko ishinga […]

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yanyomoje MONUSCO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanyomoje ubutumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri RDC (MONUSCO) bwatangaje ko iki gihugu n’u Rwanda byasinyanye amasezerano yerekeye guhagarika imirwano. MONUSCO yabitangaje nyuma y’inama ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na RDC ku wa Kabiri w’iki cyumweru bahuriyemo i Luanda, ku buhuza bwa Angola. Ni inama yari igamije […]

Abarinda kwa Kabila barasanye n’ingabo z’ishyaka rya Tshisekedi

Urubyiruko rwo mu ishyaka UDPS rya Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu rwagabye igitero ku rugo rwa Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa kiriya gihugu rurasana n’abasirikare baharinda. Ku manywa yo kuri uyu wa Gatatu ni bwo urwo rubyiruko rwateye urugo rwa Kabila ruherereye muri Komine Gombe […]

Goma: Urubyiruko rwaramukiye mu myigaragambyo yo kwirukana Tshisekedi

Urubyiruko rwo mu mujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru kuri uyu wa Gatatu rwaramukiye mu myigaragambyo, rusaba Perezida Félix Antoine Tshisekedi kwegura. Amakuru avuga ko uru rubyiruko rwahisemo kwigaragambya, nyuma yo kurakazwa n’urupfu rw’umusore waraye wiciwe ahitwa mu Kasika i Goma. Urupfu rw’uwo musore rwaje rukurikira ubwicanyi bumaze igihe kirekire bukorerwa muri […]

Haiti: Minisitiri w’Intebe yakangaranyijwe n’amasasu yarashwe aho yavugiraga imbwirwaruhame

Minisitiri w’Intebe wa Haiti (PM) Garry Conille , yakangaranyijwe n’amasasu yumvikanye ubwo yavaga mu bitaro bikuru bya kaminuza ya Leta ya Haiti. Bwana Conille waje ku butegetsi muri Mata ari Minisitiri w’intebe w’inzibacyuho, yari yinjiye muri ibyo bitaro aza kumva amasasu hafi ye gusa ku bw’amahirwe nta ryamugezeho. Uyu ConilLe yari kumwe n’abakozi ba CNN […]

Israel yivuganye umuyobozi mukuru wa Hamas

Umutwe wa Hamas wo muri Palestine watangaje ko Ismail Haniyeh wari umuyobozi mukuru wawo yishwe na Israel. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye kuri uyu wa Gatatu wavuze ko Haniyeh yiciwe mu bitero Israel yagabye aho yari atuye muri Iran. Hamas ivuga ko Haniyeh yapfuye nyuma y’amasaha make yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa kiriya […]

Hasohowe raporo igaragaza amagana y’abasangwabutaka biciwe muri Amerika bahohotewe

Raporo y’abashakashatsi yagaragaje ko muri Leta Zunze Ubume z’Amerika, habaye ubwicanyi bwakorewe abasangwabutaka. Iperereza ryakozwe n’ubutegetsi bw’igihugu ryasanze abana 973 b’Abasangwabutaka b’Amerika barapfuye bahohotewe baguye mu mashuli ya leta mu gihe cy’imyaka 150. Abayobozi bakora mu ishami ry’ubutegetsi bw’igihugu bashyize ahabona ibyavuye muri ubwo bushakashatsi ejo ku wa Kabiri babwiye leta gusaba imbabazi mu izina […]

U Rwanda na RDC byemeranyije agahenge

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko yo n’u Rwanda bemeranyije agahenge, uhereye ku itariki ya 4 y’ukwezi gutaha kwa Kanama. Ni nyuma y’ibiganiro byo ku rwego rwa dipolomasi ibihugu byombi byahuriyemo ejo ku wa Kabiri tariki ya 30 Nyakanga. Ibi biganiro byabereye i Luanda muri Angola u Rwanda rwari rubihagarariwemo n’intumwa zari ziyobowe na […]

Abasenateri bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibirarane by’imisoro bitishyurwa

Abasenateri bishimiye ko nta rwego rwa leta rukibona raporo y’agahomamunwa Kandi ko n’izibona raporo ya nta makemwa ziyongereye. Gusa bagaragaje ko bahangayikishijwe n’ubwiyongere bw’ibirarane by’imisoro bitishyurwa. Perezida wa Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari muri Sena Nkusi Juvenal asanga imikoranire myiza hagati y’usora n’usoresha ari wo muti kuri iki kibazo cy’ibirarane by’imisoro bitishyurwa. Naho ku misoro yo […]

Igisubizo cya Perezida Kagame ku bavuga ko ‘NBA yagiranye amasezerano n’umunyagitugu’

Perezida Paul Kagame yasubije abanenga amasezerano y’ubufatanye Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Amerika (NBA) rimaze igihe rifitanye n’u Rwanda, avuga ko ntacyo bazageraho. Umukuru w’Igihugu yagarukaga ku nkuru iheruka gusohorwa na ESPN cyo muri Amerika giheruka gusohora inkuru ivuga ko “NBA yagiranye amasezerano y’ubufatanye n’umunyagitugu wo muri Afurika”. Ni amasezerano ESPN ivuga ko Leta y’u […]

Abanyeshuri batimutse cyangwa ngo batsinde neza batangiye gusubira mu masomo

Mu rwego rwo gutyaza ubwenge abanyeshuri batandukanye bo mu mashuri abanza, batangiye gusubira mu masomo muri gahunda yashyizweho yiswe Nzahurabumenyi. Ni gahunda yashyizweho n’urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, REB. Ni Gahunda yashyizweho mu gufasha abana biga mu mashuri abanza batashoboye gutsinda neza no kwimuka. Iyi gahunda yatangijwe kuri uyu wa Mbere, tariki ya 29 Nyakanga […]

Luanda: Abakuru ba dipolomasi y’u Rwanda na RDC bahuriye ku meza y’ibiganiro

Abakuru ba dipolomasi ku ruhande rw’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Nyakanga bahuriye mu biganiro byari bigamije gusesengura ikibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Congo. Ni ibiganiro byabereye i Luanda mu murwa mukuru wa Angola. Ibiro Ntaramakuru by’abanya-Angola byatangaje ko u Rwanda rwari ruhagarariwe na […]

Mali: Komanda wari ukomeye w’u Burusuya yishwe n’inyeshyamba

Amakuru akomeje kuvugwa muri Afurika y’Iburengerazuba (Mali), aravuga ko umukomanda ukomeye ukomoka mu gihugu cy’u Burusiya yiciwe mu gitero cyagabwe n’inyeshyamba zigendera ku mahame akaze ya Kiyisilamu. Iki gitero cyagabwe ubwo habaga umuyaga wa serwakira uvanze n’umucanga. Uyu mukomanda wabarizwaga mu mutwe wa Wagner, yishwe ubwo we na bagenzi be bahuriraga ku murongo w’urugamba rwo […]

Cameron: Urubyiruko ruzwi nka Gen- Z rwateguje ubutegetsi ko bashobora kwigaragambya

Urubyiruko rwo mu gihugu cya Kameroni ruvuga ko rufite impungenge ko amatora ateganyijwe umwaka utaha azibwa. Benshi muri bo bavuga ko bakomeje kwiyandikisha kugirango bazatore mu buryo bubanogeye ariko bagahamya ko amatora n’atagenda neza batazabyihanganira bakazigaragambya. Bavuze ibi nyuma y’uko hari mugenzi wabo watawe muri yombi nyuma yo kugaragara anenga ubutegetsi. Abayobozi batavuga rumwe n’ubutegetsi […]

Perezida Ndayishimiye yokejwe igitutu ngo asese guverinoma yose

Ku Cyumweru, ishyaka rya Sahwanya Frodebu, ritavuga rumwe na CNDD-FDD ryatanze ibyifuzo rivuga ko byafasha Perezida Evariste Ndayishimiye kugira ubutegetsi butagira ikizinga. Iri shyaka ngo risanga kwirukana abagize Guverinoma iriho no gushyiraho uburyo bwemerera gutahuka abantu bose bari mu buhungiro kuva mu 2015 aribyo byatuma u Burundi butekana. Ubuyobozi bw’iri shyaka rya Sahwanya Frodebu bwabigarutseho […]

Abarimo Gen Makenga, Col Willy Ngoma na Nangaa basabiwe igihano cy’urupfu

Ubushinjacyaha bwa gisirikare bwa RDC ku wa Mbere bwasabiye igihano cy’urupfu abarimo Gen. Sultani Makenga ukuriye Igisirikare cya M23, Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Lt Col Willy Ngoma n’abandi benshi bo mu ihuriro AFC/M23. Abaregwa bose hamwe uko ari 26 bashinjwa ibyaha birimo iby’intambara, kujya mu mutwe utemewe ndetse n’ubugambanyi. Ni ibyaha Kinshasa ibarega gukorera mu […]