Umukinnyi Cheptegei waherukaga gutwikwa n’umukunzi we yapfuye
Umugandekazi Rebecca Cheptegei wakinaga umukino wo gusiganwa ku maguru, yapfuye kuri uyu wa Kane nyuma yo gutwikirwa mu nzu n’umugabo w’umunya-Kenya bakundanaga. Ku Cyumweru gishize ni bwo uyu mugore w’imyaka 33 waherukaga kwitabira imikino Olempike yabereye i Paris mu Bufaransa yatwitswe n’umukunzi we akoresheje lisansi. Abategetsi bo mu gace ko mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa […]
Rubavu: Umuzalendo witwaje imbunda yaje kwiba mu Rwanda
Mu ijoro ryacyeye umuntu witwaje intwaro wari uturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu karere ka Rubavu aje kwiba inka y’umuturage, gusa birangira ayiteshejwe. Uyu bikekwa ko ari umurwanyi w’imitwe ya Wazalendo Leta ya RDC yifashisha mu rugamba ingabo zayo zihanganyemo n’inyeshyamba za M23, mu ma saa saba z’ijoro ni bwo yinjiye mu […]
Amavubi akuye inota muri Libya
Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ iguye miswi na Libya igitego 1-1, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2025 kizabera muri Maroc. Libya yari yakiriye u Rwanda mu mukino wa mbere wo mu itsinda D wabereye kuri Stade yitiriwe itariki ya 11 Kamena i Tripoli. Ni umukino abasore b’umutoza Frank Spitter bagowe n’igice […]
Muri biro bya Minisitiri w’Ubutabera wa RDC habonetse amarozi
Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yatangaje ko hari amarozi yagaragaye mu biro bye. Minisitiri Mutamba mu itangazo yasohoye yavuze ko amarozi yagaragaye mu biro bye agizwe n’amafu y’umweru yagaragaye anyanyagiye ku meza, intebe, keyboards za mudasobwa, ku itapi ndetse no mu nyandiko. Yavuze kandi ko bikekwa ko hari andi marozi […]
Umukobwa wa Jacob Zuma agiye kuba umugore wa 16 wa Mswati III uherutse i Kigali
Nomcebo Zuma, umukobwa wa Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yerekanywe nk’ugiye kuba umugore mushya w’Umwami Mswati III wa Eswatini. Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 2 Nzeri ni bwo Nomcebo yerekanwe, ubwo muri Eswatini hasozwaga ibirori gakondo byo kwerekana ugomba kuba umugore mushya w’umwami bizwi nka Umhlanga. Ni ibirori mu […]
M. Irené yavuze ku birego se yashinjwe na Yago by’uko yakoze Jenoside
Umunyamakuru Murindahabi Irené yanyomoje mugenzi we Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, agaragaza ko se umubyara atigeze akora Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko uyu mugenzi we aheruka kubitangaza. Yago mu cyumweru gishize ni bwo yanyujije ikiganiro ku muyoboro we wa YouTube agaruka ku bugambanyi avuga ko yakorewe mu myaka ine ishize. Muri iki kiganiro yibasiye abantu batandukanye […]
Bizimana Djihad yafungiwe muri Libya akekwaho kuba intasi ya Israel
Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Bizimana Djihad, yabaye umukinnyi wa nyuma wasanze bagenzi be mu mwiherero biteguriramo gucakirana na Libya, nyuma yo kubanza gufungwa amasaha hafi atanu azira kuba muri Passiporo ye harimo ko yageze muri Israel. Mbere y’uko Djihad ajya muri Libya yari kumwe n’ikipe ye ya FC Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine ubwo […]
Bobi Wine yarashwe
Umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, kuri uyu wa Kabiri yarashwe na Polisi ya Uganda. Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X rw’uyu munyapolitiki ukuriye ishyaka NUP buvuga ko yarasiwe akaguru ahitwa Bulindo. Buragira buti: “Perezida wacu Bobi Wine yarasiwe akaguru na Polisi muri Bulindo. Yahise ajyanwa ikitaraganya kwa muganga kugira […]
RDF na FARDC barateganya gukora Operasiyo y’iminsi 5 yo gutsinsura FDLR
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) na FARDC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barateganya guhurira mu bikorwa bya gisirikare byo gusenya umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Iby’iyi operasiyo byaganiriweho ku wa 29 no ku wa 30 Kanama, ubwo abakuru b’ubutasi bw’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola bahuriraga mu nama yabereye mu karere ka […]
FDLR yashimuse umushoferi w’umunya-Kenyakazi
Leta Kenya yatangaje ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo umushoferikazi wo muri iki gihugu uheruka gushimutwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR arekurwe. Ku wa 27 Kanama ni bwo Grace Wanza Munyao yashimutiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na FDLR, nk’uko ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 riheruka kubitangaza. Umunyamabanga Mukuru […]
Perezida Paul Kagame ari i Beijing
Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa izwi nka FOCAC. Iyi nama igiye kuba ku nshuro ya cyenda iteganyijwe kuva ku wa Gatatu tariki ya 4 kugeza ku wa Gatanu tariki ya 6 Nzeri 2024. Ikurikira iyabereye i Dakar muri Sénégal mu 2021 […]
RDC: Hamenyekanye umubare w’imfungwa ziciwe muri gereza ya Makala
Guverinerinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko imfungwa 129 ari zo zishwe, ubwo ku wa Mbere tariki ya 2 Nzeri zageragezaga gutoroka gereza Nkuru ya Makala iherereye i Kinshasa. Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri RDC, Jacquemain Shabani, yatangaje ko imfungwa 24 ari zo zarashwe mu cyico, izindi zirenga 100 zicwa n’umuvundo. Uyu mutegetsi yanemeje […]
Polisi y’u Rwanda n’iya Jordanie zinjiye mu bufatanye
Polisi y’u Rwanda n’iyUbwami bwa Jordanie, kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Nzeri 2024 zasinyanye amasezerano y’ubufatanye. Umuhango w’isinya ry’aya masezerano wayobowe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Jordanie, Mazin Abdellah Hilal Al Farrayeh. Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’igihugu, […]
Perezida Sassou N’guesso yavuze ku bivugwa ko Congo yagurishije u Rwanda ubutaka
Perezida Denis Sassou N’guesso wa Congo-Brazzaville yahakanye ibimaze igihe bivugwa ko igihugu cye cyaba cyaragurishije u Rwanda ubutaka, agaragaza ko ibivugwa ari ibinyoma bishingiye kuri Politiki. Abanye-Congo by’umwihariko abashyigikiye uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze igihe botsa Leta ya kiriya gihugu igitutu, bayishinja kugurisha u Rwanda ubutaka. Inkuru zerekeye ubu butaka kandi zanasamiwe hejuru n’abanya-Repubulika Iharanira […]
Tshisekedi yemereye u Bushinwa gukomeza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Congo
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Nzeri 2024, Perezida Félix Tshisekedi, yagiranye inama na mugenzi we w’Ubushinwa Xi Jinping i Beijing mu nama ya 2024 y’ihuriro ry’ubufatanye bw’Ubushinwa na Afurika, FOCAC, (Summit of the Forum on China-Africa Cooperation). Tshisekedi yahuye na Xi Jinping maze impande zombi zemeranya ubufatanye mu bucuruzi, ubuhinzi, amhhugurwa, n’ububanyi n’amahanga […]
Madagascar yemeje itegeko ryo gukona abazajya basambanya abana
Leta ya Madagascar yamaze kwemeza itegeko ryo gukona hakoreshejwe kubaga umuntu wese uzajya ahamwan’icyaha cyo gusambanya umwana. Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo sena ya Madagascar yatoye inemeza iri tegeko, mbere yo kuryoherereza Perezida Andry Rajoelina wagombaga kurisinya mbere yo gutangira gushyirwa mu ngiro. Nyuma y’impinduka zimwe zarikozwemo mu cyumweru, kuri ubu iri tegeko ryamaze guhabwa […]
Imfungwa nyinshi zarashwe mu cyico zigerageza gucika gereza ya Makala
Imfungwa zibarirwa muri mirongo zarashwe mu cyico izindi zibarirwa mu magana zirakomereka, ubwo zageragezaga gutoroka gereza Nkuru ya Makala. Iyi gereza iherereye i Kinshasa ni yo nini kurusha izindi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imfungwa zibarirwa mu 15,000 zirimo abasirikare barenga 4,000 ni zo ziyifungiyemo n’ubwo yo ubwayo ifite ubushobozi bwo kwakira izibarirwa mu […]
I Goma hari bushyingurwe imibiri 200 y’abahitanywe n’intambara
Serivisi ishinzwe protocol ku rwego rw’Intara ya Kivu ya Ruguru yatangaje ko kuri uyu wa Mbere taliki 02 Nzeri2024, hari bushyingurwe imibiri 200 y’abantu bahitanywe n’intambara. Ubuyobozi bw’iyi Protocole, buvuga ko ari igikorwa cyiza kubera kuri kuri Stade de l’unite de Goma, iherereye mu mu mujyi wa Goma, mu masaha ya mugitondo. Biteganyijwe ko abizitabira […]
Perezida Zelensky avuga ko ibitero by’u Burusiya byatangiye kubakomerana
Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ibintu byatangiye kubakomerana nyuma y’ibitero by’u Burusiya bikomeje kwisukiranya. Inzobere mu bya gisirikare Mykhaylo Zhyrokhov yaburiye ko Ukraine ko nibatakaza Pokrovsk, umurongo w’imbere wose wo ku rugamba uzahirima. Uburusiya bwakomeje gutera intambwe ikomeye muri iyi minsi iteje inkeke kuruta ibyo Ukraine yagezeho mu gitero […]
Uganda: Hamenyekanye umwirondoro w’umunyarwandakazi wapfiriye mu mpanuka ya Bus
Umwirondoro w’umunyarwandakazi umwe niwe wamenyekanye ko ari mu baguye mu mpanuka ya Bisi ya Jaguar yakoreye i mpanuka mu muhanda Kampala – Masaka iza mu Rwanda. Amakuru avuga ko umunyarwandakazi witwa Akaliza Aline ari umwe mu baguye mu mpanuka yabaye kuwa 01 Nzeri 2024 ahagana mu rukerera. Iyi bus yari ifite purake UBP 964T. Uyu […]
Abasirikare ba RDF barenga 5,000 barimo ba Ofisiye bazamuwe mu ntera
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), afatanyije na Minisitiri w’Ingabo bazamuye mu ntera abasirikare barenga 5,000 barimo abarenga 600 bo ku rwego rwa ba Ofisiye. Ba Ofisiye 636 ni bo bazamuwe mu ntera na Perezida wa Repubulika nk’uko itangazo Igisirikare cy’u Rwanda cyasohoye kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Nzeri 2024 […]
RDF na UPDF mu nama igamije gukumira ibyaha byambukiranya imipaka
Diviziyo ya kabiri n’iya gatanu yo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) n’iya kabiri yo mu za Uganda (UPDF), zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanya bwambukiranya imipaka ndetse no gukumira ibyaha byambukiranya imbibi z’ibihugu byombi. Ni inama yabereye i Mbarara muri Uganda. Intumwa za RDF muri iyi nama zari ziyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj […]
Inama ya Col Bora wahoze ari intasi ya FDLR kuri M23
Colonel Nshimiyimana Augustin wahoze akuriye ubutasi bwo hanze mu mutwe wa FDLR, yasabye umutwe wa M23 gukora ibishoboka byose ukarinda umutekano wo mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ugenzura. Colonel Nshimiyimana wamenyekanye nka Bora Manassé yabigarutseho mu kiganiro yahaye BWIZA TV. M23 imaze igihe kirekire igenzura uduce dutandukanye twa Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko utwa za Teritwari […]
Ubushakashatsi bwagaragaje ko Netanyahu ashobora kutazatorerwa indi manda
Umubare munini w’Abanya Isiraheli bemeza ko iyi igomba kuba manda ya nyuma ya Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yaba yicaye ku ntebe y’ubuyobozi. Bavuga ko atagomba kwiyamamaza mu matora ataha, nk’uko ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na Channel 12 kuri uyu wa gatanu. 69% by’ababajijwe, bavuze ko Netanyahu agomba kwegura mu gihe amatora azakurikiraho bitandukanye na 22% gusa […]
Sudan y’Epfo: Abagera kuri miliyoni 3.3 bategujwe ko bazibasirwa n’imvura yo muri Nzeri n’Ukwakira
Muri iki Cyumweru umwuzure wibasiye abantu 472.000 mu turere 26 two muri Sudani y’Amajyepfo guhera ku ya 29 Kanama, nk’uko ikigo cy’umuryango w’Abibumbye cy’ubutabazi (OCHA) kibitangaza. Hari impungenge kandi z’uko miliyoni 3.3 z’abantu zishobora kwibasirwa mu gihe cy’imvura iteganijwe kugwa hagati ya Nzeri n’Ukwakira. OCHA ivuga ko imyuzure yangije amazu, yangiza imyaka, ihungabanya amashuri na […]
Kirehe: Impunzi y’Umurundi yasanzwe aho yararaga yarapfuye
Impunzi y’Umurundi yitwa Ndayishimiye Lazare yabaga mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, yasanzwe mu cyumba yabagamo yarapfuye. Umurambo w’uyu musore w’imyaka 25 y’amavuko wari warahungiye i Mahama muri 2015, wabonetse nyuma y’uko bagenzi be babaga hafi y’aho arara bumvise umunuko udasanzwe. Byabaye ngombwa ko bahita batabaza Polisi ndetse n’inzego z’ubuyobozi. Iperereza ry’ibanze ryerekana […]
Tshisekedi yirukanye Tshibangu wari intumwa ye yihariye mu bibazo bya RDC n’u Rwanda
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaraye yirukanye ku mirimo Serge Kabeya Tshibangu wari intumwa ye yihariye ishinzwe gukurikirana ibiganiro bya Nairobi na Luanda. Umuvugizi wa Tshisekedi, Tina Salaam ni we watangaje ko Tshibangu yirukanwe, asimburwa na Sumbu Sita Mambu. Amakuru avuga ko uyu mugabo yaba yirukanwe azira amajwi yafashwe mu […]
Icyorezo cy’ubushita bw’inkende gishobora kuba cyahagaritswe mu mezi atandatu ari imbere- OMS
Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye wita ku buzima ku isi (OMS),Tedros Adhanom, avuga ko icyorezo cy’ubushita bw’inkende Mpox gikomeje kwibasira Afurika gishobora kuba cyahagaritswe mu mezi atandatu ari imbere. OMS itangaza ibi ishingiye ku nkingo zizoherezwa muri Afurika. Kugeza ubu zimwe zamaze kuhagera igihugu cya Mbere cyazakiriye akaba aricyo Nigeria aho kugeza ubu imaze kwakira izisaga ibihumbi […]
Colonel Karasira uyobora APR FC muri ba Ofisiye bakuru ba RDF bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
Colonel Richard Karasira uyobora APR FC, ari mu basirikare bo mu ngabo z’u Rwanda bo ku rwego rwa ba Ofisiye bakuru bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru. Mu ijoro ryacyeye ni bwo Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruho cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000, hanaba umuhango wo kubasezera mu cyubahiro. Mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru harimo batanu bo ku […]
Abanyamakuru 2 bakomeye basezeye kuri RBA
Anita Pendo na Gerard Mbabazi bakoraga mu myidagaduro mu kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), basezeye nyuma y’imyaka 10 ari abakozi bacyo. Ku wa Gatanu tariki ya 30 Kanama ni bwo bombi basezeye. Anita Pendo wabanje gusezera amakuru avuga ko agomba kwerekeza kuri Kiss FM aho agomba gusimbura Sandrine Isheja Butera uheruka kugirwa Umuyobozi Mukuru wungirije wa […]
Ukraine yategeye Putin ku ruzinduko agiye kugirira muri Mongoliya
Ukraine yasabye Mongoliya guta muri yombi Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin mu ruzinduko rwe azagirira muri iki gihugu mu cyumweru gitaha. Putin ni ubwa Mbere agiye gukorera uruzinduko mu gihugu kinyamuryango cy’u rukiko mpanabyaha ICC kuva yashyirwaho impapuro zimuta muri yombi ari nayo mpamvu Ukraine yasabye ko Iki gihugu cyamuta muri yombi. Urukiko rwa ICC ruvuga […]
PM. Dr Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda rishinzwe uburezi mu muryango wa OECD
Kuri uyu wa Gatanu taliki 30 Kanama 2024, nibwo Minisitiri w’Intebe Edouard Ngirente yakiriye itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD). Ni ibiganiro byibanze ahanini ku iterambere ry’Uburezi mu Rwanda. Ni itsinda riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango wa OECD. Kimwe mubyo baganiriye n’iri tsinda ari ukurebera hamwe […]
Abasirikare 100 b’u Burusiya bari muri Burkina Faso bahamagajwe igitaraganya kubera Ukraine
Uburusiya bwakuye abasirikare bigenga 100 muri Burkinafaso kugira ngo bafashe bagenzi babo mu ntambara yo muri Ukraine. Bari mu basirikare bagera kuri 300 bo muri Brigade ya Bear – isosiyete yigenga y’abasirikare y’Uburusiya. Aba basirikare bageze muri Burkinafaso mu kwezi kwa Gicurasi kugira ngo bashyigikire igisirikare cy’igihugu. Ku muyoboro wacyo wa Telegram, uyu mutwe wavuze […]
P. Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000 barimo Gen Kazura
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abasirikare barenga 1,000 barimo Gen Jean Bosco Kazura wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda. Gen Kazura yabaye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda hagati y’Ugushyingo 2019 na Kamena 2023. Mbere y’aho yari yaragiye akora indi mirimo irimo kuba Umuyobozi w’Ishuri Rikuru […]
RDC: Ubutasi bwa Gisirikare bwafunze Umuganga bumuziza kuvura Abanyamulenge
Umuganga witwa Alexis Ndakize afungiye muri gereza y’ubutasi ya gisirikare ya Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa DRC kuva ku Cyumweru tariki ya 25 Kanama 2024. Akurikiranyweho gutwara imiti mu midugudu ituwe ahanini n’abanyamuryango b’Abanyamulenge. Muganga Alexis Ndakize asanzwe ari umuyobozi w’Ibitaro bya Nyakirango mu itsinda rya Bijombo mu ifasi ya Uvira […]
RDF yasobanuye icyatumye Maj Gen Nzaramba yirukanwa
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyatangaje ko Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba wirukanwe mu ngabo z’u Rwanda yazize ibyaha bya ruswa ndetse no gukoresha nabi amafaranga yari agenewe kwita ku basirikare. Mu gucuku cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Kanama ni bwo RDF yasohoye itangazo rivuga ko “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika akanaba Umugaba w’Ikirenga […]
Umubare w’Abapolisikazi bari muri Polisi y’u Rwanda uri hafi kugera kuri 24%
Umubare w’abapolisikazi bari mu gipolisi cy’u Rwanda umaze kugera hafi 24 % ariko intego akaba ari ukugera kuri 30%. CG Namuhoranye yavuze ko mu rwego rwo kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, polisi y’urwanda igeze kure mu kongera umubare w’awapolisikazi kugeza ku ntego nibura ya 30% . Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, ubwo […]
U Rwanda rwashyizeho inoti nshya ya 5.000Frw n’iya 2.000Frw
Mu minsi mike mu Rwanda, haratangira kugaragara inoti nshya za 5000frw na 2000Frw zizaba zifite ibirango bitari ibyari bisanzwe ku note zari zisanzwe. Bimwe mu bizaba biranga inoti nshya ya 5000Frw harimo inyubako ya Kigali Convention Center, mu gihe mu bizaba biranga inoti nshya ya 2000Frw, harimo igishushanyo kigaragara imwe mu misozi myiza itatse U […]
UPDF yatangaje umubare w’imbohe imaze kubohoza muri ‘Operasiyo Shujaa’
Igisirikare cya Uganda UPDF cyatangaje ko binyuze mu gikorwa cyiswe ‘Operasiyo Shujaa’ ifatanyijemo n’igisirikare cya Congo (FARDC), bamaze kugaruza imbohe zirenga 100 zari zarigaruriwe n’inyeshyamba za ADF. Ni Operasiyo imaze hafi imyaka itatu ingabo izi ngabo z’impande zombi zitangije ibi bikorwa bya gisirikare bihuriweho mu kurwanya uyu mutwe witwaje intwaro. Uyu mutwe wa ADF usanzwe […]
Djihad yavuze ku mashusho ye yashyizwe hanze akinisha agapipi ke

Uzabakiriho Cyprien uzwi mu myidagaduro nyarwanda nka Djihad, yemeje ko amashusho akomeje gukwirakwiza ku mbuga nkoranyambaga amugaragaza yikinisha ari aye. Kuva ku mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 29 Kanama ni bwo amashusho ya Djihad yatangiye guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga. Ni amashusho bikekwa ko yaba yashyizwe ku karubanda na Nyarwaya Innocent ‘Yago’ umaze igihe […]
Indege ya Ukraine yashwanyagujwe na Missile y’u Burusiya
Indege y’intambara yo mu bwoko bwa F-16, Ukraine yahawe n’inshuti zayo zo mu muryango wo gutabarana mu bya gisirikare w’Uburayi n’Amerika (OTAN), yashwanyagujwe n’igitero cya Missile y’u Burusiya. Ni bwo bwa mbere indege nk’iyi ihanuwe kuva Ukraine yahabwa izi ndege mu ntangiriro y’uku kwezi. Ni igitero cyaguyemo n’umupilote wari uyitwaye. Igisirikare cya Ukraine kivuga ko […]
RED-Tabara yateguje gukubita ahababaza Ingabo z’u Burundi na Wazalendo
Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi watanze impuruza y’uko ingabo z’iki gihugu zifatanyije na Wazalendo ndetse n’indi mitwe ya Mai-Mai bari kwitegura kuwugabaho ibitero karahabutaka, uteguza kwirwanaho. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye wavuze ko ufite amakuru yizewe y’uko ingabo z’u Burundi n’abafatanyabikorwa bazo bamaze iminsi bisuganyiriza mu duce twa Masango, Mugunda na Itombwe two […]
Yago yahungiye muri Uganda
Nyarwaya Innocent wamenyekanye mu myidagaduro nyarwanda nka Yago, yatangaje ko yahungiye muri Uganda kubera agatsiko k’abantu avuga ko bashatse kumwica mu myaka ine ishize. Uyu musore wamenyekanye nk’umunyamakuru ndetse n’umuhanzi yemeje ko yahunze abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yanditse ati: “Rwanda nkunda nguhunze ntakwanga, ahubwo mpunze agatsiko k’abashatse kunyica mumyaka ine ishize, nkataka ariko nta […]
Perezida Kagame yirukanye ba Ofisiye barimo Maj Gen Nzaramba muri RDF
Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazirukanyemo ba Ofisiye babarirwa muri 20 barimo Maj Gen (Rtd) Martin Nzaramba. Maj Gen (Rtd) Nzaramba yahoze ari Umuyobozi w’Ishuri rya Nasho. Muri Kanama umwaka ushize ari muri ba Ofisiye barimo n’abo ku rwego rwa ba Jenerali Umukuru w’Igihugu yari yohereje mu kiruhuko cy’izabukuru. Itangazo […]
Umutoza w’Amavubi ntakozwa kongera umubare w’abanyamahanga muri Shampiyona
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Frank Splitter Torsten, yamaganiye kure ibyo kuba umubare w’abanyamahanga bakina muri shampiyona y’u Rwanda wakongerwa, agaragaza ko byaba ari ubusazi. Uyu mutoza yabigarutseho kuri uyu wa Kane ubwo yaganiraga n’itangazamakuru. Mu busanzwe muri shampiyona abakinnyi b’abanyamahanga batandatu ni bo bemerewe kugaragara mu mukino, gusa amakipe yo mu cyiciro cya mbere amaze […]
Bane bashinjwa gucura ibyemezo by’ishyingirwa birenga 2000 bakatiwe n’urukiko
Abanya Nijeriya bane bakatiwe n’urukiko mu Bwongereza nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo guhimba ibyemezo by’abashyingiranywe (Marriage Certificates) birenga 2000 kugira ngo bafashe abinjira mu mahanga mu buryo butemewe. Abafashwe ni Abraham Alade Olarotimi Onifade w’imyaka 41, Abayomi Aderinsoye Shodipo (38), Nosimot Mojisola Gbadamosi (31), na Adekunle Kabir (54), bakatiwe mu rukiko rwa Crown ya Woolwich […]
Umukinnyi w’Amavubi mu muryango winjira muri Red Star FC
Hakim Sahabo ukinira Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, ari mu muryango winjira mu kipe ya Red Star FC yo mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa. Nta gihindutse Sahabo azerekeza muri iyi kipe mbere y’uko isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi i Burayi rifunga umuryango ku wa 31 Kanama. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga mu mwaka ushize w’imikino yakiriye […]
Mpox: Doze Miliyoni hafi enye z’inkingo zigiye koherezwa muri Afurika mu minsi ya vuba
Kuva Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima OMS ryavuga ko ubushita bw’inkende buhangayikishije Afurika, Ibihugu bimwe byatangiye gutangaza ko bigiye kohereza doze z’inkiko mu rwego rwo kugoboka Afurika yibasiwe n’iyi ndwara. Ni mu gihe iri shami, ryatangaje ko nibura hakenewe miliyoni zirenga 10 z’inkingo kugirango habe hizewe neza ko afurika yaba itekanye. Inkunga nk’izo zigamije […]
Burundi: Imbonerakure ziri gukomanga urugo ku rundi zaka umusanzu wo gushyigikira CNDD-FDD ku ngufu
Abaturage bo mu ntara ya Kayanza iri mu majyaruguru y’u Burundi ntibatekanye nyuma y’uko bakomeje guhatirwa gutanga umusanzu mu gikorwa cyo gukusanya inkunga y’ishyaka CNDD-FDD rya Perezida Evaliste Ndayishimiye. Ni amafaranga yakwa abo baturage kugirango azifashishwe mu matora y’abadepite ateganijwe mu 2025. Buri rugo rugomba nibura gutanga amafaranga ari hagati ya 2000 na 5000 naho […]
Uganda: Polisi yatahuye uduhanga 24 ku wiyita umukozi w’Imana
Mu rusengero rw’umugabo witwa Godfrey wo mu gihugu cya Uganda hatahuwe uduhanga tw’abantu 24 bicyekwa ko uyu mugabo yakoreshaga atamba ibitambo. Byatangajwe na Polisi mu kiganiro na BBC, aho yavuze ko uyu mugabo w’Umunya-Uganda bivugwa ko yasanganywe ibihanga 24 by’abantu ashobora kuba yabikoreshaga nk’ibitambo by’abantu. Polisi itangaza ko ashobora gukatirwa igifungo cya burundu mu gihe […]
Umunyarwanda Dr Mihigo yatsinzwe amatora y’umuyobozi wa OMS muri Afurika
Umunya-Tanzania, Dr Faustine Engelbert Ndugulile, ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama yatorewe kuba Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango ryita ku buzima muri Afurika. Ndugulile wigeze kuba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatorewe i Brazzaville, aba umuntu wa mbere ukomoka muri Afurika y’Iburasirazuba wegukanye uriya mwanya. Yatsinze abarimo Dr Mihigo Richard wari watanzweho umukandida n’u Rwanda. Abandi […]
MINEDUC yasobanuye impamvu hari abanyeshuri bahawe kwiga amashami arimo amasomo babonyemo zeru
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kuri uyu wa Gatatu yatanze umucyo ku mpamvu yatumye hari abanyeshuri bahawe kujya kwiga icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, ariko bagahabwa amashami arimo amasomo batsinzwe cyane. Ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama ni bwo iyi Minisiteri yatangaje amanota y’ibizamini bya Leta ku banyeshuri bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza ndetse n’igisoza ay’icyiciro […]
Odinga yashimiye abarimo Perezida Kagame na Ndayishimiye
Raila Odinga wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya, yashimiye abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (batarimo Félix Tshisekedi wa RDC) ku bwo gushyigikira kandidatire ye ku mwanya wa Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Ku wa Kabiri tariki ya 27 Kanama ni bwo i Nairobi habereye igikorwa cyo gutangaza iriya kandidatire cyayobowe […]
RIB yiyemeje gukurikirana Umwarimu ukekwaho kwirirwa asambanya abanyeshuri be
Ababyeyi barerera ku rwunge rw’amashuri rwa Murira rwo mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi, bagaragaje ko hari umwarimu wigisha kuri iri shuri umaze igihe asambanya abanyeshuri yigisha nyamara hakaba harabuze gukurikiranwa. Ikibazo cy’uyu mwarimu witwa Bukuru Aaron cyagaragajwe ku wa Mbere tariki ya 26 Kanama, ubwo Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwari mu karere […]
U Rwanda rwahaye ibihugu 4 byo muri Amerika yo hagati imfashanyo y’arenga Frw miliyari 1.5
U Rwanda ibihugu bine byo mu birwa bya Carraïbes imfashanyo ingana na $ miliyoni 1.2 (arenga Frw miliyari 1.5), nk’imfashanyo yo kubigoboka kubera imvura y’amahindu idasanzwe yiswe Beryl yabyibasiye mu kwezi gushize. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Ubutwererane yatangaje ko buri gihugu muri ibi bine byahawe imfashanyo ya $300,000. Birimo Grenada, Jamaica, Barbados na St. Vincent […]
Ujya wumva ibyimbye inda nyuma yo kurya? Dore zimwe mu mpamvu zishobora kubitera
Kumara kurya ukumva ubyimbiwe inda ntabwo ari ikimenyetso kigaragaza ko urwaye igifu n’ubwo nabyo bishobora kubitera, ahubwo hari zimwe mu zindi mpamvu zishobora kubitera ari nazo tugiye kurebera hamwe. Urubuga Medisite rutangaza ko impamvu zikurikira arizo zishobora gutuma uhora ugira ikibazo cyo kubyimba igifu igihe umaze kurya: Kwangizwa n’udukoko two mu bwoko bwa ‘Bactéries’ Kubyimba […]
FDLR na Jambo ASBL ni nk’ibivumvuri: Col Bora wahoze ari intasi nkuru ya FDLR
Colonel Nshimiyimana Augustin Alias Bola Manassé, yagereranyije umutwe wa FDLR yahozemo n’itsinda rya Jambo ASBL n’ibivumvuri bihora mu ndirimbo imwe, bijyanye no kuba ibinyoma birirwa bakwiza ku Rwanda bitajya bihinduka. Colonel Nshimiyimana ni umwe mu bantu bahoze bakomeye muri FDLR kuko yari umuyobozi ushinzwe ubutasi bwo hanze, aho yakoreshaga amazina ya Colonel Bora Manassé. Yatawe […]
Congo yakumiriye ifu y’ibigori iherutse kwica imbwa 400 muri Zambia
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), ibinyujije kuri Minisitiri w’Ubucuruzi, Julien Paluku Kahongya, yakumiriye ubwoko umunani bw’ifu y’ibigori yaturukaga mu gihugu cya Zambia nyuma y’uko bigaragaye ko irimo uburozi. Ubwoko bw’ifu bwahagaritswe ni ubufite ibirango bya ‘Africa Milling, Roller Meal and Breakfast, Farm Feed Super Dog Meal, Continental Milling, Shabco Milling, Girad Milling, […]
Rubavu: Abuzukuru ba Shitani bari barayogoje umujyi wa Gisenyi buburiye umutwe mu murenge wa Cyanzarwe
Mu Karere ka Rubavu mu murenge wa Cyanzarwe, hari abaturage barimo gutabaza inzego zibishinzwe basaba ko babakiza insoresore ziyise abuzukuru ba shitani zibazengereje . Bavuga ko nyuma y’uko izi nsoresore ziciwe mu mujyi wa Gisenyi no mu nkengero zawo, zahise zihindura umuvuno ziyoboka mu bice by’ibyaro by’umwihariko mu murenge wa Cyanzarwe. Bamwe mu baganiriye na […]
Minisitiri Utumatwishima yanenze abata insengero zabo nziza bakajya gushakira Imana mu Buvumo
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yanenze bamwe mu bakirisitu bata insengero zabo nziza ugasanga bagiye gushakira Imana mu buvumo cyangwa mu mashyamba. Ni ubutumwa yatanze ubwo hasozwaga ihuriro ry’urubyiruko gatolika rurenga 4000 ryaberaga muri Diyosezi ya Ruhengeri kuri iki Cyumweru taliki 25 Kanama 2024. Minisitiri Abdallah yagaye bamwe bafite imyumvire idahwitse bajya gusengera […]