Nyagatare: Imyaka 5 ishize bategereje ingurane amaso yaheze mu kirere

Mu Murenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare, mu Ntara y’Iburasirazuba, abaturage bibumbiye muri Koperative KOAIM ihinga inanasi baravuga ko bamaze imyaka itanu bategereje ingurane ku myaka yabo yangijwe n’abakoraga umuyoboro w’amashannyarazi, ariko amaso yaheze mu kirere. Aba bahinzi bagera kuri 16 barataka ibihombo baterwa no gusiragizwa ku ngurane y’ibikorwa byabo byangirijwe mu mwaka wa […]

Perezida wa Korea y’Epfo yabujijwe gusohoka mu gihugu

Kuri uyu wa Mbere, abategetsi ba Koreya y’Epfo bashyizeho itegeko ribuza gukora ingendo mu mahanga kuri perezida w’iki gihugu, Yoon Suk Yeol, mu gihe barimo gukora iperereza ku itegeko ryo mu bihe by’intambara ryamaze igihe gito . Igihe umudepite yabazaga mu gihe cyo kumva iki kibazo mu inteko ishinga amategeko niba Yoon yarabujijwe kuva mu […]

Ghana: John Dramani Mahama wigeze kuba perezida yongeye gutorwa

John Dramani Mahama wigeze kuba umukuru w’igihugu cya Ghana, niwe watsinze amatora yabaye mu mpera z’icyumweru. Visi Perezida Muhamadu Bawumia bari kumwe ku isonga ry’abahatanira uwo mwanya, kuri iki cyumweru yemeye ko yatsinzwe amatora . Imbere y’abanyamakuru yari yahaye ikiganiro iwe mu rugo, yavuze ko yahamagaye Dramani Mahama amushimira ku ntsinzi ye n’ishyaka National Democratic […]

Koreya y’Epfo: Uwahoze ari minisitiri w’ingabo yatawe muri yombi

2024 south koreas former defence 94968864 26a4e

Polisi yo muri Koreya y’Epfo yataye muri yombi Kim Yong-hyun wahoze ari Minisitiri w’ingabo, kuri iki Cyumweru kubera uruhare akekwaho kugira mu kuba Perezida Yoon Suk Yeol yaragerageje gushyiraho amategeko ya gisirikare (Martial Law) nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru Yonhap. Kim yafatwaga nk’umuntu w’ingenzi mu bari inyuma y’itea ryo ku wa Kabiri ryamaze igihe gito. Yari […]

Burkina Faso: Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo yagizwe Minisitiri w’Intebe mushya

Kuri uyu wa Gatandatu nimugoroba, Umuyobozi wa Burkina Faso yashyizeho Rimtalba Jean Emmanuel Ouedraogo wahoze ari minisitiri w’itumanaho, nka minisitiri w’intebe mushya. Iri shyirwaho rije nyuma y’umunsi umwe umuyobozi w’ubutegetsi bwa gisirikare muri iki gihugu, Capt. Ibrahim Traore yirukanye Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe, Apollinaire Joachim Kyelem de Tambela maze agasesa guverinoma. Nta mpamvu yatanzwe yo […]

Syria: Perezida Bashar Al Assad yahunze igihugu

Perezida Bashar al Assad yahunze umurwa mukuru, Damascus, mu ndege yerekeje ahantu hatazwi, nk’uko byatangajwe n’abasirikare bakuru babiri b’Ingabo za Syria kuri iki Cyumweru bavugana n’Ibiro Ntaramakuru Reuters ndetse na Rami Abdurrahman wo mu kigo cya Syria gishinzwe uburenganzira bwa muntu, aganira na AP . Ubuyobozi bw’ingabo za Syria bwamenyesheje abasirikare ko ubutegetsi bwa Assad […]

Paris: Katederali ya Notre Dame yatwitswe n’Umunyarwanda yongeye gufungura

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 07 Ukuboza 2024, Katederali ya Notre Dame yongeye gufungura imiryango nyuma y’imyaka itanu ikongowe n’inkongi y’Umuriro yatewe n’Umunyarwanda, Emmanuel Abayisenga . Perezida watowe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump ni umwe mu bayobozi bakomeye ku rwego rw’Isi bitabiriye umuhango wo kongera gufungura iyi Katederali ku mugaragaro. Uru rugendo […]

Syria: Inyeshyamba ziri kwerekeza mu Mujyi wa Homs nyuma yo gufata imijyi 2 y’ingenzi

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 05 Ukuboza 2024, inyeshyamba ziyobowe n’umutwe w’abayisilamu Hayat Tahrir al-Sham (HTS) zakomeje gutera imbere zijya mu Mujyi wa Homs rwagati muri Syria, nk’uko byatangajwe n’umuryango w’Abanyasiriya ukurikirana iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ufite icyicaro mu Bwongereza. Uyu muryango wavuze ko inyeshyamba ubu zari ku birometero 5 gusa uvuye mu nkengero z’uyu […]

Huye: Umusore w’imyaka 25 ushinjwa gusambanya mubyara we w’umwana yaburanye

Mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye haburanishirijwe urubanza Ubushinjacyaha buregamo umugabo w’imyaka 25 wasambanije umwana w’umukobwa w’imyaka 9 y’amavuko, abereye mubyara we. Bivugwa ko icyo cyaha cyakozwe ku wa 29/09/2024 mu Kagari ka Butara, Umurenge wa Kigoma, Akarere ka Nyanza, aho uregwa yari yararanye n’uwo mwana ku buriri bumwe. Mu iburanisha, uregwa yemera icyaha, […]

Lubero: Ruracyambikanye hagati ya M23 na FARDC ku munsi wa 5 w’imirwano

Guhera saa cyenda za mugitondo kuri uyu wa Gatanu, itariki 6 Ukuboza 2024 imirwano yakomeje muri Teritwari ya Lubero hagati y’inyeshyamba za M23 n’Ingabo za Congo zishyigikiwe na Wazalendo. Imirwano iravugwa hagati ya Hutwe na Kivako ku muhanda wa Kaseghe_Matembe nk’uko amakuru aturuka muri ibi bice atangazwa n’ibinyamakuru byo muri Congo nka Kivu Morning Post […]

Syria: Inyeshyamba zirwanya ubutegetsi zafashe Umujyi wa Hama nyuma ya Aleppo

Imitwe yitwara gisirikare itavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Syria zigaruriye Umujyi wa Hama muri Syria rwagati, mu gitero simusiga kibangamiye umutekano w’ubutegetsi bwa Perezida Bashar Assad. Mu myaka 13 y’intambara y’abenegihugu, aho utundi turere twatakaye tugasubiranwa, guverinoma yari yaragumanye Umujyi wa Hama. Mu myivumbagatanyo y’abaturage yadutse muri Syria mu 2011, igihe abaturage ibihumbi mirongo ba Hama […]

Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa wari umazeho amezi 3 yegujwe

Kuri uyu wa Kane, itariki ya 05 Ukuboza 2024, Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yagejeje ijambo ku gihugu, nyuma y’amasaha make Minisitiri w’intebe Michel Barnier yeguye ku mirimo ye nyuma y’amatora yo kumweguza y’abadepite ku wa Gatatu . Macron yanze umuhamagaro w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi wo gukurikira Barnier ava ku butegetsi, avuga ko azakomeza ubutegetsi kugeza […]

Ingabire Victoire aravugwa mu mugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buravuga ko umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Victoire Ingabire Umuhoza, ufite ishyaka ritemewe mu gihugu ari we uri inyuma y’ibikorwa byo gushaka guhirika ubutegetsi . Ni mu rubanza rwiswe urwa Sylvain Sibomana na bagenzi be, aho abayoboke b’ishyaka DALFA Umulinzi ritaremerwa mu mategeko baregwamo gushaka guhirika ubutegetsi buriho mu Rukiko Rukuru. Kuri uyu […]

RDF na UPDF ubu barakemura ibibazo byo ku mupaka kuri phone

Ingabo za Uganda n’iz’u Rwanda zirimo gukemura vuba ibibazo by’umutekano byambukiranya imipaka hakoreshejwe telefoni cyangwa inama itaziguye hagati y’abayobozi b’ingabo baturutse mu bihugu byombi . Ibi byatangajwe mu nama ya gatatu y’abayobozi b’ingabo zikorera hafi y’imipaka yabereye i Musanze, mu Ntara y’Amajyaruguru mu Rwanda. Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDF zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent […]

RDC: Umunsi wa kane w’imirwano ikaze mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero

Nyuma y’imirwano yiriwe umunsi wose kuwa Gatatu, muri iki gitondo cyo kuwa Kane, itariki 5 Ukuboza 2024, amakuru avuga ko imirwano yongeye gutangira guhera saa yine za mu gitondo, i Kaseghe na Mighobwe, hafi ya komini yo mu cyaro ya Kirumba, hagati yinyeshyamba za M23 na FARDC hamwe na Wazalendo . Ejo ku wa Gatatu […]

Rubavu: Hagiye gufungurwa ku mugaragaro icyambu cya mbere kinini mu gihugu

U Rwanda nk’igihugu kidakora ku nyanja rugiye gufungura ku mugaragaro icyambu kinini mu gihugu giherereye mu burengerazuba bw’igihugu kuri uyu wa Gatanu, itariki 6 Ukuboza 2024. Icyambu cya Rubavu ku nkombe z’Ikiyaga cya Kivu mu Ntara y’Iburengerazuba kigamije kongera ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC). Iki cyambu kiri kuri hegitari […]

RDC: Bemba yikomye Karidinali Ambongo uherutse mu Rwanda na Kamitatu

Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’Ubwikorezi wa RD Congo, Jean-Pierre Bemba, ntiyariye iminwa mu kuburira abantu bose barwanya byimazeyo ivugurura ry’itegeko nshinga ryifuzwa n’umukuru w’igihugu Felix Tshisekedi . Bemba avugana n’abanyamakuru, yamaganye disikuru yise rutwitsi zatanzwe n’abayobozi b’amadini, mbere yo gutinda ku nyungu Kiliziya Gatolika ikura muri za diyosezi. Atiriwe avuga izina rya Karidinali […]

Intore z’u Rwanda zashyizwe mu murage ndangamuco udafatika w’Isi

img 20231209 wa0013

Inteko y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ku kurengera umurage ndangamico w’ibidafatika irimo kubera i AsunciĂłn muri Paraguay yashyize Intore z’u Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi. Umurage ndangamuco w’Isi muri rusange ugizwe n’ibintu bishingiye ku muco w’ibifatika n’ibidafatika w’ubuhanzi, ubugeni (arts), n’imibereho y’amoko y’abantu mu bihugu by’Isi byagiye bihererekanywa mu myaka amagana […]

Paris: Umuhango wo kongera gufungura Kiliziya ya Notre-Dame uzitabirwa n’abaperezida 50

Donald Trump, Perezida watowe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yemeje ko azajya mu mihango yo gufungura Kiliziya yitwa “Notre-Dame” y’i Paris mu Bufaransa izaba mu mpera z’iki cyumweru . Trump arajya mu Bulayi mu gihe abayobozi b’ibihugu byaho bafite impungenge ku buryo ubutegetsi bwe buzitwara kuri OTAN, umuryango w’ibutabarane bwa gisirikare mu majyaruguru y’Inyanja […]

Gisagara: Umugore arashinjwa kwica umugabo we nyuma yo gusangira inzoga

Ubushinjacyaha bukurikiranye umugore w’imyaka 33 wishe umugabo we w’imyaka 34 amukubise ifuni mu mutwe . Icyaha cyabaye mu ijoro ryo ku wa 28/11/2024 mu Mudugudu wa Mwiba, Akagari ka Nyabitare, Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara nk’uko iyi nkuru dukesha Ubushinjacyaha Bukuru ivuga. Mu ibazwa rye, uregwa yavuze ko yari yasangiye n’umugabo we inzoga […]

U Bufaransa: Minisitiri w’Intebe Barnier ashobora kweguzwa nyuma y’amezi 3 ashyizweho

U Bufaransa Minisitiri wIntebe Barnier ashobora kweguzwa nyuma yamezi 3 ashyizweho

Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa, Michel Barnier, ashobora kwirukanwa mu matora yo kumutera icyizere, nyuma y’amezi atatu gusa ashyizweho ngo ayobore Guverinoma na Perezida Emmanuel Macron. Amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze icyifuzo nyuma y’uko uwahoze mu bari mu biganiro bya Brexit ngo yaba yarakoresheje imbaraga zidasanzwe kugira ngo akoreshe ingengo y’imari ye […]

Buruseli: Didier Reynders wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga arashinjwa iyezandonke

bwiz1

Ikinyamakuru Le Soir cyatangaje ko abapolisi b’Ababiligi bagabye igitero ku mitungo myinshi ifitanye isano n’uwahoze ari Komiseri w’Ubutabera mu Burayi ndetse wanabaye Minisitiri w’ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Didier Reynders, kubera ibyaha by’iyezandonke. Nk’uko ikinyamakuru Le Soir kibitangaza, ngo abapolisi b’u Bubiligi bagabye igitero ku mitungo myinshi ifitanye isano n’uwahoze ari Komiseri w’Ubutabera w’Umuryango w’Ubumwe bw’u […]

Tshisekedi arajya guhurira na Perezida Biden muri Angola

bwiz3

Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Joe Biden arasura Icyambu cya Lobito, ku mpera y’iburengerazuba ya y’Umuhora wa Lobito. Uyu muhora wambuka Angola ugahuza inkombe z’Inyanja ya Atlantika na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, kandi uzanyuzwamo amabuye y’agaciro n’umutungo kamere bijya hakurya ya Atlantika . Ni muri urwo rwego kuri uyu wa Gatatu, FĂ©lix Tshisekedi ategerejwe […]

Korea y’Epfo: Abadepite batangiye inzira yo kweguza Perezida Yoon Suk Yeol

Abadepite bo muri Koreya y’Epfo batangiye inzira yo kweguza Perezida Yoon Suk Yeol nyuma yo kuburizamo icyemezo cye cyo gutangaza ibihe bidasanzwe mu gihugu. Perezida yari yavuze ko hakenewe gutangazwa martial law (Guverinoma ya gisirikare no kwirengagiza amategeko asanzwe) kugira ngo birinde igihugu “ingabo z’abakomunisiti za Koreya ya Ruguru” no “gukuraho abantu barwanya leta”. Ariko […]

Namibia: Netumbo Nandi-Ndaitwah yabaye perezida wa mbere w’umugore utowe

Komisiyo y’amatora ya Namibia ivuga ko Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka riri ku butegetsi rya SWAPO yatsinze ku majwi 57%, bikuraho ko hakenerwa icyicaro cya kabiri cy’amatora, mu gihe ishyaka rinini ritavuga rumwe n’ubutegetsi rivuga ko rizahakana ibyavuye mu matora mu rukiko . Netumbo Nandi-Ndaitwah wo mu ishyaka riri ku butegetsi rya SWAPO yatsinze amatora […]

Angola: Perezida Biden yabaye uwa mbere wa Amerika wakiriwe i Luanda

Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Ukuboza 2024 yakiriwe mu ngoro y’umukuru w’igihugu cya Angola mu ruzinduko rwa Mbere rwa Perezida wa Amerika muri Iki gihugu . Nyuma yo kugera kuri perezidansi hacuranzwe indirimbo zubahiriza ibihugu byombi bikorwa n’itsinda rya muzika rya gisirikare, kugenzura ingabo no […]

Syria: Inyeshyamba za HTS zirwanya Assad zikomeje gusatira Hama nyuma yo gufata Allepo

Ingabo za Leta ya Syria zishyigikiwe n’u Burusiya, zikomeje guhangana n’inyeshyamba, zongeye kubura imirwano, barwanira kugenzura undi mujyi ukomeye nyuma y’ifatwa rya Aleppo . Iyi mirwano biravugwa ko yabayemo “urugomo rukabije” kuva amakimbirane aherutse kubura yatangira mu ntambara yo muri Syria. Inyeshyamba zo mu mutwe wa Hayat Tahrir al-Sham (HTS) zari ziherutse kwigarurira Umujyi wa […]

USA: Donald Trump yagize umuherwe mugenzi we Ambasaderi wa Amerika i London

Kuri uyu wa Mbere, itariki 2 Ukuboza 2024, Perezida wa Amerika watowe, Donald Trump yashyizeho umuherwe mugenzi we usanzwe ari umushoramari, Warren Stephens, ngo azabe Ambasaderi wa Amerika mu Bwongereza. Trump yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Warren yahoze iteka arota gukorera Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Nishimiye ko ubu azagira ayo mahirwe nk’umudipolomate wo hejuru, […]

RDC: Imirwano ikaze hagati ya M23 na FARDC ikomereje muri Lubero isatira Umujyi wa Butembo

maimai congo taarifa rwanda 2

Imirwano yongeye kubura muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 3 Ukuboza 2024 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo hagati y’ingabo za leta zishyigikiwe na Wazalendo n’inyeshyamba za M23 zishyigikiwe. Iyi mirwano ivugwa mu duce twinshi two muri Teritwari za Masisi na Lubero kuri axe ya Kaseghe-Matembe ukurikije amakuru y’ubuyobozi n’abashinzwe […]

RDC: Umusirikare wa FARDC mu barinda Perezida yakatiwe igihano cy’urupfu

Urukiko rwa gisirikare rwa Goma, muri Kivu y’Amajyaruguru, kuwa Gatandatu ushize rwakatiye igihano cy’urupfu Premier sergent Ngoy Inabanza Felicien wo muri batayo ya 134 y’ingabo zishinzwe kurinda umukuru w’igihugu (GR) kubera ubwicanyi . Yahamwe n’icyaha cy’ubwicanyi bubiri, gukwirakwiza amasasu y’intambara no kurenga ku mategeko nk’uko iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga. Ibyaha uyu musirikare yashinjwe […]

Uganda: Impamvu Kizza Besigye ari kuburanishwa n’urukiko rwa gisirikare

Mu myaka za mirongo ishize, abasivile amagana bagiye baburanishwa mu nkiko za gisirikare muri Uganda nubwo Urukiko rurengera Itegekonshinga ibi rwabyamaganye . Umunyapoliriki Kizza Besigye, utari mushya mu kuregwa mu nkiko za gisirikare, yasubiyeyo kuko yishyikirije ubwe itegeko rya gisirikare, nk’uko Brig Gen Kulayigye yabibwiye BBC. Mu cyumweru gishize, we n’uwo bareganwa bagejejwe mu rukiko […]

IGP Namuhoranye yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia

csm_whatsapp_image_2024-12-02_at_15.53_27_19518b43_20b607fa77.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza 2024, yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Gambia; Gen Seedy Muctar Touray n’itsinda ayoboye mu ruzinduko bagirira mu Rwanda ruzamara icyumweru, rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi . […]

Igisirikare cya Sudani cyongeye gufata ibice byo muri Leta ya Al Jazirah yigaruriwe na RSF

Kuri uyu wa Mbere, ingabo za Sudani n’ingabo zifatanije nazo zakajije umurego muri Leta ya Al Jazirah rwagati muri Sudani rwagati, zigarurira ahantu h’ingenzi mu majyepfo no mu burasirazuba bwa leta hagenzurwaga n’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) zihanganye n’ingabo za Leta . Abasirikare bashyize ahagaragara amashusho yerekana ko bagenzura agace ka Um Al-Qura gahana […]

Burundi: Umugabo yishe nyina n’abana be 3 abatemaguye

Ubwicanyi bwakorewe abantu bane bo mu muryango bwabereye mu gace ka Nyabigozi, muri Komini ya Gisuru mu Ntara ya Ruyigi (mu burasirazuba bw’u Burundi). Hari kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 30 Ugushyingo 2024. Uwakoze aya mahano nawe wo muri uyu muryango yatawe muri yombi na polisi. Ni Umugabo witwa Pascal Baseka wishe abana be […]

Karongi: Ukurikiranweho gusambanya umukobwa we afunzwe by’agateganyo

Umugabo wo mu Karere ka Karongi ukurikiranweho gusambanya umwana we w’umukobwa yahawe iminsi 30 y’igifungo cy’agateganyo, mu gihe avuga ko ibyabaye yabitewe n’ubusinzi. Urukiko rw’ Ibanze rwa Bwishyura rwemeje ko hari impamvu zikomeye zituma uyu mugabo ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umukobwa we w’imyaka 20 afungwa by’agateganyo iminsi 30 mu gihe iperereza rikomeje. Dosiye iregwamo uyu […]

Perezida Trump yaburiye ibihugu bishaka gukora ifaranga ryabyo ryo guhangana n’Idolari

Perezida watowe wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yakanze Isi yose ahereye ku bihugu by’ibihangange bigize Umuryango wa BRICS, agaragaza ko umuntu wese uzagerageza kuzana irindi faranga akareka gukoresha Idolari rya Amerika bitazamugwa neza . Umuryango wa BRICS ni Umuryango mushya urimo gukura urimo ibihugu by’ibihangange bidacana uwaka na Amerika nk’u Bushinwa, u […]

USA: Biden yahaye imbabazi umuhungu we mbere y’uko ava ku butegetsi

Perezida ucyuye igihe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yababariye umuhungu we, Hunter Biden, nyuma yo guhamwa n’ibyaha yashinjwaga bifitanye isano n’imbunda ndetse no kunyereza imisoro ijyanye n’imisoro, mu gihe yari yarasezeranijwe mbere ko atazatanga imbabazi . Imbabazi zirinda Hunter igihano cyo gufungwa yashoboraga guhabwa kubera ibyaha byavuze hejuru. Bije nyuma y’ibyumweru mbere […]

Ingabo za Syria zambuwe Umujyi wa Aleppo

Ingabo za Syria zavuye mu mujyi wa Aleppo nyuma y’igitero cy’inyeshyamba zirwanya ubutegetsi bwa Perezida Bashar al-Assad . Igisirikare cya Syria cyemeye ko inyeshyamba zinjiye mu “bice binini” by’uwo mujyi, wa Kabiri mu bunini muri icyo gihugu, ariko cyasezeranyije kuzigarukana (kuzitera na cyo). Icyo gitero cy’inyeshyamba ni yo mirwano ya mbere ikomeye cyane ibaye mu […]

USA: Trump yahisemo Kash Patel ngo azayobore FBI

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 30 Ugushyingo 2024, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika watowe, Donald Trump, yatangaje ko yifuza ko Kash Patel wahoze ari umunyamanga muri minisiteri y’ingabo akaba n’indahemuka kuri we, ayobora FBI, mu gisa nko kwerekana kwirukana umuyobozi uriho ubu, Christopher Wray. Patel, mu gihe cya mbere cya Trump wagiriye inama […]

Cote d’Ivoire: Umugore wa Gbagbo yagizwe kandida perezida w’ishyaka rye

Mu gihe kitagera ku mwaka mbere y’amatora y’umukuru w’igihugu muri Cote d’Ivoire, Simone Ehivet, wari umugore w’uwahoze ari perezida Laurent Gbagbo, yagizwe umukandida ku mugaragaro w’ishyaka rye . Kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 30 Ugushyingo 2024, yakiriye kandidatire y’ishyaka rye bwite, “Movement of Capable Generations” (MGC), nyuma y’imyaka ibiri rishinzwe, i Moossou, umudugudu wavukiyemo […]

Igipolisi cy’u Burusiya cyateye utubyiniro tw’i Moscou kubera ‘kwamamaza ubutinganyi’

Ibitangazamakuru bya Leta byatangaje ko Igipolisi cy’u Burusiya cyagabye igitero ku tubari n’utubyiniro twinshi i Moscou mu rukerera rwo ku wa Gatandatu hakurikijwe amategeko ahana “poropagande zamamaza LGBT”. Nk’uko amakuru abitangaza, muri iki gitero, hafashwe telefoni zigendanwa, mudasobwa zigendanwa na kamera mu gihe abari mu tubyiniro basabwaga kugaragaza n’ibibaranga. Amashusho yagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga […]

Fizi: FARDC iravuga ko yishe abarwanyi 5 ba Twirwaneho i Minembwe

FARDC iravuga ko nibura abarwanyi batanu bo mu mutwe wa “Twirwaneho” bishwe abandi batatu barakomereka bikabije mu gico cyari cyatezwe Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa Gatanu, itariki ya 29 Ugushyingo 2024 mu gace ka Kalingi, i Minembwe, muri Teritwari ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni mu gihe Twirwaneho ishinja […]

Kigali yaje ku mwanya wa 2 mu mijyi ikurura abantu muri Afurika

Ku wa 28 Ugushyingo, Kigali yashyizwe ku mwanya wa kabiri mu mijyi yoroshye kubamo no gushoramo imari muri Afurika ku rutonde rwa Africa Report, urubuga rw’itangazamakuru rwo muri Afurika, na Jeune Afrique, ikinyamakuru gisohoka buri cyumweru cy’amakuru y’Igifaransa . Ni urutonde rwa mbere rw’imijyi 30 ya Afurika ikurura abantu cyane, rusuzuma ibintu nk’igenamigambi ry’imijyi, ibikorwa […]

Kenya na Uganda bigiye kunga Ethiopia na Somalia

Ku wa Gatandatu, Perezida wa Kenya, William Ruto, yatangaje ko we na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, bazafasha mu kunga Ethiopia na Somaliya mu makimbirane ashobora kurushaho guhungabanya akarere k’Ihembe rya Afurika. Ethiopia idakora ku nyanja, ifite ingabo ibihumbi muri Somaliya zifasha kurwanya inyeshyamba zifitanye isano na al Qaeda, yarakaje Leta ya Mogadishu ishaka kubaka […]

Philippines: Visi Perezida yanze kwitaba ngo asobanure uko yavuze ko azica perezida

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 29 Ugushyingo 2024, Visi Perezida wa Philippines, Sara Duterte, yanze kwitaba ngo atange ibisobanuro ku magambo aherutse gutangaza yiyemerera ko yasabye umwicanyi kuzica Perezida, Ferdinand “Bongbong” Marcos Jr naramuka nawe yishwe. Ubufatanye hagati ya Sara Duterte (umukobwa wa Rodrigo Duterte wahoze ari perezida) na Marcos (nawe ufite se wabaye […]

RRA yerekanye ibicuruzwa bya magendu byafatiwe ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania

gdjn1alxuaam3vh.jpg

Ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, na Polisi y’Igihugu, RNP, kuri uyu wa Gatanu, itariki 29 Ugushyingo 2024, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe, Imisoro n’Amahoro, RRA, cyagaragaje ibicuruzwa byafatiwe ku mupaka wa Rusumo byinjizwa mu gihugu mu buryo bwa magendu. Ibyo bicuruzwa ni ibyuma by’imodoka (spare parts), amavuta yo kwisiga n’inkweto byagombaga gusora asaga miliyoni 77 Frw. Umwe […]

Somaliya: Leta ya Jubaland yacanye umubano na guverinoma nkuru ya Mogadishu

Leta ya Jubaland yo mu majyepfo ya Somaliya yatangaje ko yacanye umubano na guverinoma nkuru ya Mogadishu. Ibi byatangajwe ku wa Kane nyuma y’inama y’abaminisitiri bo muri iyi leta bakoreye i Kismayo, umurwa mukuru w’ubutegetsi bwa Leta ya Jubaland. Leta ya Jubaland, imaze igihe itavuga rumwe na guverinoma nkuru, yashinje Perezida wa Somaliya, Hassan Sheikh […]

China: Uwakoreye ibinyamakuru bikomeye bya leta yakatiwe imyaka 7 y’igifungo kubera ubutasi

Kuri uyu wa Gatanu, uwahoze ari umunyamakuru w’ibitangazamakuru bya Leta y’u Bushinwa yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi kubera ubutasi, nk’uko umuryango we wabitangarije BBC . Dong Yuyu, w’imyaka 62, wafunzwe kuva mu 2022, yakoraga mu nzego z’uburezi n’itangazamakuru muri Amerika no mu Buyapani kandi yabonanaga buri gihe n’abadipolomate b’abanyamahanga batandukanye. Ubwo yafatwaga n’abapolisi i Beijing, Dong […]

RDC: Uganda yasubije muri Congo insoresore 18 bivugwa ko zari zijyanywe muri M23

Muri Ituri, abasore 18 bafatiwe muri Uganda bazira kuhaguma mu buryo butemewe boherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ku wa kabiri, bagejejwe imbere y’ubuyobozi bwa gisirikare muri Bunia, bashinjwa kuba barakuwe mu nkambi y’abavanwe mu byabo muri Teritwari ya Djugu n’umuntu ukekwaho gukorana n’umutwe wa M23. Nk’uko abategetsi ba Congo babitangaza ngo uru rubyiruko […]

Abashinwa barakekwaho kwangiza insinga zigaburira internet ibihugu 4 mu Burayi

Ubwato bw’imizigo bw’Abashinwa, Yi Peng 3, bwabaye igikoresho gikekwaho gukoresha icyaha nyuma y’uko insinga ebyiri za fibre optic zigemurira Sweden internet zangijwe mu Nyanja ya Baltique. Ibitangazamakuru byatangaje ko kuwa Kabiri Sweden yasabye ubwato bw’imizigo bw’Abashinwa, Yi Peng 3, gusubira mu mazi ya Sweden kugira ngo byorohereze iperereza ryatangiye nyuma y’insinga ebyiri z’itumanaho ryo mu […]

Uko byagenze ngo Salman Khan u Rwanda rwashyikirije u Buhinde afatwe

Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Ugushyingo 2024, nibwo inzego z’ubutabera z’u Rwanda zashyikirije u Buhinde Salman Rehman Khan usanzwe ari umuturage wabwo kugira ngo bumukurikiraneho ibyaha by’iterabwoba n’ibindi bifitanye isano na ryo, ariko se kugirango bigerweho byagenze gute? Ikigo gishinzwe ibikorwa mpuzamahanga ku Biro bikuru bishinzwe Ubugenzacyaha by’u Buhinde (CBI) cyakoranye n’Ikigo cy’igihugu […]

Burundi: FDNB igiye kugaragaza abarwanyi ba RED-Tabara yafashe

Kuri konti ye X (yahoze ari Twitter), Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB), Brig. Gen. Gaspard Baratuza, yatangaje ko igisirikare cyitegura kwerekana inyeshyamba za RED-Tabara. Ku wa Kabiri, yanditse ati: “[
], FDNB izabagezaho ibihamya bizima by’Aba RED-Tabara bafashwe n’abandi bitanze ku ngabo zacu hasi.” Ibi byatangajwe nyuma y’itangazo ry’inyeshyamba ryashyizwe ahagaragara zivuga ko zateye igihombo kinini […]

RDC: Umunyapolitiki Seth Kikuni wari kandida perezida yakatiwe umwaka w’igifungo

Ubwunganizi bw’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Seth Kikuni bwatangaje ko bwifuza kujuririra icyemezo cy’urukiko rw’amahoro rwa Kinshasa-Gombe, rwakatiye umukiriya wabo igifungo cy’umwaka umwe. Ibi byavuzwe kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 27 Ugushyingo nimugoroba na MaĂźtre Laurent Onyemba wunganira Seth Kikuni, nyuma gato yo gutangaza iki cyemezo . Seth Kikuni yahamwe n’icyaha cyo gukangurira abaturage kwigomeka […]

U Bufaransa buravuga ko Netanyahu afite ubudahangarwa kuri ICC

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Ugushyingo 2024, u Bufaransa bwatangaje ko Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, afite ubudahangarwa ku cyemezo cyo kumuta muri yombi cyatanzwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), ibyo bikaba bigaragaza impinduka mu myumvire yanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu. Urukiko ruruta izindi rw’ibyaha by’intambara ku Isi mu cyumweru gishize rwasohoye icyemezo […]

Gakenke: Abo imbwa ziciye amatungo bagiye gushumbushwa

Abaturage baherutse kubura amatungo yabo yishwe n’inyamazwa zizwi ku izina ‘ry’imbwa z’ibihomora’, nyuma y’uko ziyasanze aho bari bayaziriitse ku gasozi, zikayiraramo zikica ihene esheshatu n’intama ebyiri, bagiye gushumbushwa n’Akarere ka Gakenke . Ku mugoroba wo ku itariki 23 Ugushyingo 2024, nibwo izo nyamanswa zishe amatungo aho abo baturage bo mu Kagari ka Huro, Umurenge wa […]

Lubumbashi: Ishyamba si ryeru hagati ya Kiliziya Gatorika na FARDC

Nyuma y’uruhererekane rw’amakimbirane, kuva mu cyumweru gishize, umwuka mubi wagiye wiyongera hagati ya Kiliziya Gatolika ya Lubumbashi n’Akarere ka 22 k’Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC. Ku ikubitiro hari ibintu bibiri byabaye. Ubwa mbere, gushimuta kuwa Gatanu ushize umunyeshuri wa Seminari kw’itsinda ry’abasirikare. Hanyuma, kubuzwa na Komanda w’Akarere ka 22 ka Gisirikare kwizihiza […]

ICC: Umushinjacyaha yasabye icyemezo cyo guta muri yombi Umuyobozi wa Myanmar

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Ugushyingo 2024, Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) yasabye icyemezo cyo guta muri yombi Min Aung Hlaing wayoboye ihirika ry’ubutegetsi muri Myanmar. Yavuze ko hari impamvu zifatika zemeza ko uyu wayoboye ihirika ry’ubutegetsi yagize uruhare mu byaha byibasiye rubanda rugufi rw’abayisilamu b’Aba-Rohingya. Akanama k’abacamanza batatu ubwo kagiye gusuzuma niba […]

Namibia: Bazindukiye mu matora y’umukuru w’igihugu uzasimbura nyakwigendera Hage Geingob

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abatora babyukiye ku mirongo miremire hanze y’ibiro by’itora mu murwa mukuru wa Namibia, Windhoek, kugira ngo batore perezida mushya n’inteko ishinga amategeko mu gishobora kuba amatora akomeye ku ishyaka SWAPO riri ku butegetsi. SWAPO yayoboye iki gihugu cyo mu majyepfo ya Afurika kuva cyabona ubwigenge kibuhawe na Afurika […]

U Burusiya bwijeje kwihorera kuri Ukraine yongeye gukoresha missiles yahawe na Amerika

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Ugushyingo 2024, Moscou yiyemeje kwihorera nyuma yo gutangaza ko Ukraine yarashe ibirindiro by’Ingabo z’u Burusiya ikoresheje na none missiles zatanzwe na Amerika, nyuma y’uko Perezida Vladimir Putin aburiye Kyiv n’Uburengerazuba kwirinda ibitero by’izo missiles . Mu minsi ishize, Moscou na Kyiv byagiye bigabanaho ibitero byo mu kirere hakoreshejwe intwaro […]

Agahenge hagati ya Israel na Hezbollah katangiye kubahirizwa

Guhagarika imirwano hagati ya Israel n’umutwe w’abarwanyi bo muri Libani wa Hezbollah byatangiye gukurikizwa ku mugaragaro guhera saa kumi za mugitondo (0200 GMT) ku isaha yaho. Niba ayo masezerano azakomeza, azarangiza intambara imaze umwaka urenga hagati ya Israel na Hezbollah, yatumye abantu ibihumbi icumi muri Israel ndetse n’ibihumbi magana muri Libani bahunga ingo zabo. Impande […]