U Burusiya bwasabye Ukraine kubushyikiriza ukuriye urwego rw’umutekano ruzwi nka SBU

Ku Cyumweru itariki 31 Werurwe, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yasabye ko Kyiv igomba gutanga abantu bose bafite uruhare mu bikorwa by’iterabwoba byakorewe mu Burusiya, barimo Vasyl Maliuk, umuyobozi w’urwego rw’umutekano. SBU, yateye utwatsi icyo cyifuzo ivuga ko “nta kamaro”, nk’uko bitangazwa na Reuters , yibukije minisiteri y’ u Burusiya ko ahubwo Perezida w’iki gihugu, […]

Rubavu: Ubushomeri buratuma bamwe bisanga mu mitwe yitwaje intwaro

Urubyiruko ruturiye umupaka w’u Rwanda na Repubuka ya Demokarasi ya Congo rurasaba ko rwahangirwa imirimo bikarinda bamwe bari kwishora muri Congo bashukishijwe imirimo. Abatuye muri ibi bice bitandukanye bihana imbibi n’iki gihugu cyane cyane urubyiruko bavuga ko aha iwabo nta mirimo ibateza imbere ikihagaragara, kandi ngo bisaba umusore wihuse iminota 5 akaba ageze muri Repubulika […]

Nyarugenge: Babiri bafatanywe amacupa arenga 900 y’amavuta yo kwisiga yangiza uruhu

mucr.jpg

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC), yafatiye mu Karere ka Nyarugenge, abantu babiri bakurikiranyweho kwinjiza mu gihugu no gukwirakwiza amavuta yo kwisiga yangiza uruhu azwi nka ‘mukologo’ ubwo bari batwaye mu modoka amacupa y’ayo mavuta 924. Abafashwe ni umugabo w’imyaka 41 y’amavuko, wari utwaye imodoka irimo amavuta na mugenzi we w’imyaka […]

Igisirikare cya Israel cyemeye ko kishe Abanyepalestina muri Gaza

Igisirikare cya Israel cyemeye ko ingabo zacyo zarashe zikica Abanyepalestina babiri zigakomeretsa uwa gatatu ku nkengero y’inyanja mu ntara ya Gaza. Zabyemeje ku wa Gatandatu nyuma y’uko amashusho ya videwo yagiye ahagaragara yerekana umugabo umwe yitura hasi bisa nkaho arasiwe ahantu hatari abantu. Ayo mashusho kandi yerekana ibimodoka bya tingatinga bisunikira imirambo ibiri mu musenyi […]

MONUSCO ihangayikishijwe n’umuvuduko wa M23

Ingabo zose z’amahanga zigomba kuva muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibi byatangajwe na Bintou Keita, uhagarariye umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa Gatatu ushize, itariki ya 27 Werurwe, ubwo yari mu Nama idasanzwe y’Akanama gashinzwe Umutekano ku kibazo cy’umutekano mu burasirazuba bwa DRC. Mu ijambo rye, Bintou Keita, […]

Karidinali Ambongo yifashishije misa ya Pasika mu kunegura abayobozi ba RDC na FARDC

Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), Karidinali Fridolin Ambongo yatanze ubutumwa butangaje, bwa politiki kandi bunenga guverinoma muri misa ya Pasika. Arkiyepiskopi wa Kinshasa yamaganye uburangare bw’abayobozi imbere y’ibikorwa by’inyeshyamba za M23 mu burasirazuba bw’igihugu biturutse ku makuru avuga ko bica intege igihugu. Abakirisitu bari babukereye bose bagiye gutega amatwi musenyeri mukuru, kuva yatangira […]

Syria: Nibura 7 biciwe mu gitero cy’imodoka itezemo igisasu mu isoko

Nibura abantu barindwi baguye mu gitero cy’imoddoka itezemo gisasu cyibasiye isoko rikunze kuba ryuzuye mu majyaruguru ya Syria. Amakuru aravuga ko abandi benshi bakomerekeye mu gitero cyagabwe mu mujyi wa Azaz mu ntara ya Aleppo, hafi y’umupaka wa Turkiya kuri uyu wwa Gatandatu ushize. Ntiharamenyekana uwagabye igitero muri uyu mujyi uyobowe n’imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe […]

Umuvugizi wa Ndayishimiye yemeje ko gufungura imipaka n’u Rwanda atari ibya vuba

Kuri uyu wa Gatanu ushize, Rosine GuilĂšne Gatoni, Umuvugizi wa Perezida à‰variste Ndayishimiye mu kiganiro yatangiye mu ntara ya Karusi (mu burasirazuba bwo hagati mu Burundi) ari kumwe n’abavugizi b’ibigo bya Leta, yemeje ko gufungura imipaka n’u Rwanda atari ibya vuba. Umuvugizi wa Perezida w’u Burundi yashimangiye icyifuzo cy’ubuyobozi bw’u Burundi, nk’impamvu rukumbi yatuma imipaka […]

U Bwongereza: Hatangiye gutegurwa “Operation Menai Bridge” ijyanye no gutabariza Charles III

Umwami Charles III amaze amezi 18 gusa ari umwami mu Bwongereza, nyamara gahunda y’uko azatabarizwa yatangiye gutegurwa mu gihe ahanganye na kanseri iri ku cyiciro cya nyuma. Iyiswe “Operation Menai Bridge,” imihango yo gutabariza Umwami Charles III, izaba imeze nk’imihango y’itabarizwa ry’Umwamikazi Elizabeth wa II, yiswe “Operation London Bridge.” Mu gihe kanseri ye igenda itera […]

Centrafrique: Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bazindukiye mu muganda rusange

csm_umuganda1_b6c2c0784c.jpg

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe, abapolisi b’u Rwanda bagize itsinda RWAFPU I-9 riri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), bafatanyije n’abaturage umuganda rusange wo gusukura isoko rya Sica II, riherereye i Bangui mu murwa mukuru w’icyo gihugu. Ni umuganda wakozwe mu rwego rwo […]

Ukraine: Zelenskyy akomeje gucisha umweyo mu bamwegereye

Kuri uyu wa Gatandatu Perezida Volodymyr Zelenskyy wa Ukraine yirukanye icyegera cye bamaranye igihe kirekire na bamwe mu bajyanama be. Ni muri gahunda ikomeje yo kuvugurura ubuyobozi bwe mu gihe u Burusiya bukomeje kugaba ibitero bundi bushya, harimo n’ibyo mu ijoro ryp kuwa Gatanu. Zelenskyy yasezereye ku mirimo Serhiy Shefir wari ku isonga mu bashinzwe […]

RDC: Amerika ngo ivugana kenshi na GECAMINES ishakisha cobalt na copper

Umwe mu bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga yabwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters, ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivugana buri gihe n’Ikigo cy’igihugu cy’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (GECAMINES), mu gihe Washington ishaka kurushaho kunoza umubano n’iki gihugu kiri mu bivamo ubutare bwa cobalt n’umuringa kurusha ibindi ku Isi. KUKI ARI […]

Uganda: IGP Katsigazi aravuga ko hari abapolisi bari gutoroka akazi kubera inguzanyo

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Polisi ya Uganda, Maj Gen Tumusiime Katsigazi, aravuga ko afite abapolisi bamwe bataye akazi kubera inguzanyo. Katsigazi watangiye imirimo ye nka IGP ku itariki ya 4 Werurwe, nyuma y’uko amasezerano y’akazi ya Martin Ochola arangiye, avuga ko gutoroka kubera inguzanyo bituruka ku kuguza bitatekerejweho neza. Ku wa Gatatu, Katsigazi yabitangaje ubwo […]

Ishyaka PPRD rya Kabila ryitandukanyije n’abayoboke baryo bagiye muri AFC/M23

Batatu bahoze ari abakada ba PPRD, Henry Magie, Yannick Tshisola na Adam Chalwe bifatanije n’ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) rya Corneille Nangaa. Amashusho aberekana yambaye imyenda ya gisirikare yateje kwibaza isano iri hagati y’ihuriro rya Nangaa, inyeshyamba za M23 n’ishyaka PPRD ry’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila. Aba bayoboke bashya bamurikiwe rubanda ku wa Kane, itariki […]

Walungu: Ubushyamirane hagati ya FARDC na Wazalendo bwaguyemo batatu

Kuri uyu wa Gatatu ushize, ubushyamirane hagati y’abasirikare ba leta, FARDC, n’inyeshyamba zibashyigikiye zizwi nka Wazalendo i Nyangezi muri Teritwari ya Walungu, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, bwaguyemo abantu batatu. Amakuru ava muri Gurupoma ya Karhongo yemeza ko amakimbirane yaturutse ku mbunda ba Wazalendo bambuye umusirikare wa […]

Centrafrique: Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa bambitswe imidali y’ishimwe

img_7799.jpg

Kuri uyu wa Kane, iitariki ya 28 Werurwe 2024, abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA) bambitswe imidali y’ishimwe. Mu bambitswe imidali y’ishimwe harimo abapolisi 279 bagize amatsinda abiri ari yo; RWAFPU I-9 na RWAPSU I-8 n’abagera kuri 41 badakorera mu matsinda (IPOs), mu muhango […]

Ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine ziravuga ko zahanuye drones 26 z’u Burusiya

Kuri uyu wa Kane, ingabo zirwanira mu kirere za Ukraine zavuze ko zahanuye indege zitagira abadereva 26 zoherejwe n’u Burusiya mu bice by’iburasirazuba, amajyepfo n’amajyepfo y’uburasirazuba. Ingabo zirwanira mu kirere zavuze ko u Burusiya bwohereje indege 28 zitagira abaderava, zakozwe na Iran hejuru ya Odesa, Kharkiv, Dnipropetrovsk na Zaporizhzhia. Guverineri w’akarere ka Zaporizhzhia yavuze ko […]

Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique yasuye icyicaro cya RDF muri Mocimboa da Praia

gjwbchlwqaazhwh.jpg

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 27 Werurwe 2024, Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, HE Donath Ndamage yasuye mu ruzinduko rw’umunsi umwe icyicaro cy’ingabo z’u Rwanda n’abapolisi mu Karere ka Mocimboa da Praia. Icyari kigamijwe muri urwo ruzinduko kwari ugusabana n’ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda no kubona amakuru afatika ku bijyanye n’ibibazo by’umutekano mu Ntara ya Cabo […]

Sudani: Indege zahaye isomo inyeshyamba za RSF zashakaga guhagarika imfashanyo ijya i Darfur

Ku uyu wa Gatatu, itariki 27 Werurwe 2024, indege z’intambara zagabye igitero ku murongo w’imodoka z’inyeshyamba za RSF hafi y’umujyi wa Mellit mu majyaruguru ya Darfur, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mu ngabo zihuriweho z’abashyize umukono ku Masezerano y’amahoro ya Juba. Inyeshyamba za RSF ngo zageragezaga guhagarika imodoka zitwaye imfashanyo muri El Fasher. Ibi ngo byerekana intera […]

Ba Defence Attachés muri za ambasade bakorera mu Rwanda bakiriwe ku cyicaro cya RDF

3-21.jpg

Abashinzwe ibijyanye n’igisirikare (Defence AttachĂ©s) 30 bakorera muri za ambasade zitandukanye mu Rwanda hamwe n’intumwa z’abashyitsi kuwa Gatatu bakiriwe ku cyicaro gikuru cya RDF ku Kimihurura mu nama y’umutekano y’igihembwe. Abitabiriye amahugurwa bahagarariye ibihugu makumyabiri na bine aribyo; Algeria, u Bubiligi, Canada, u Bushinwa, Repubulika ya Czech, Danemark, Misiri, u Bufaransa, u Budage, u Buyapani, […]

Gitega: No mu buroko ngo Gen. Bunyoni aracyabatera ubwoba

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, imfungwa yo muri gereza nkuru ya Gitega, Chartier Irankunda, uzwi ku izina rya Mvugusi, yahaswe ibibazo no OPJ (officier de police judiciaire)ku bijyanye na simcard bivugwa ko yahaye Gen. Alain Guillaume Bunyoni ufungiye muri iyi gereza. Ibazwa ryabereye muri Gereza Nkuru ya Gitega mu murwa mukuru wa politiki. Yabajijwe ibijyanye n’ikarita […]

IGP Namuhoranye yakiriye intumwa z’umutwe wa EASF

csm_easf_13_47327a885d.jpg

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) CG Felix Namuhoranye, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Werurwe, yakiriye Umuyobozi w’ubunyamabanga bw’Umutwe w’ingabo zihora ziteguye gutabara mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EASF), Brig. Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema n’intumwa yari ayoboye, ku Cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru. IGP Namuhoranye na Brig. Gen (Rtd) Kahuria baganiriye […]

Venant Rutunga ukurikiranweho ibyaha bya jenoside yasabiwe igifungo cya burundu

Kuri uyu wa Gatatu ubushinjacyaha bwasabiye Venant Rutunga ukurikiranweho ibyaha bya jenoside igifungo cya burundu. Uyu ashinjwa ko yagiye kuzana abajandarume kuri Perefegitura ya Butare bakica Abatutsi bari bahungiye mu kigo cya ISAR Rubona yari akuriye. Ubushinjacyaha bwasabye abacamanza kuzamuhamya ibyaha bya jenoside, ubufatanyacyaha mu cyaha cya jenoside no kurimbura imbaga. Uyu wahoze ayobora ikigo […]

Taiwan yagerageje ibisasu byagenewe gusenya ibindi

Igisirikare cya Taiwan kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Werurwe 2024, cyakoze igerageza ry’ibisasu byagenewe gushwanyuriza ibindi mu kirere byo mu bwoko bwa misile ziswe Patriot zakorewe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Taiwan iravuga ko iryo gerageza rirushaho gukaza imyiteguro y’ingabo zayo mu gihe u Bushinwa bukomeje icyo yise ‘ubushotoranyi’ kuri icyo kirwa buvuga […]

Burundi: Dr Bitangumutwenzi yatawe muri yombi n’inzego z’ubutasi

Amakuru ava mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko Dr. Patrick Bitangumutwenzi yatawe muri yombi ku wa gatatu ushize n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe iperereza (SNR) afatiwe i Bujumbura. Arashinjwa kunenga mu itsinda rya WhatsApp gutaburura kwa komisiyo ishinzwe ukuri n’ubwiyunge (CVR) kw’amagufa y’abahohotewe mu bibazo u Burundi bwanyuzemo. Dr. Patrick Bitangumutwenzi ni umuganga w’abana muri Polyclinique […]

USA: Ikiraro kinini muri Bartimore cyaguye nyuma yo kugongwa n’ubwato

Ikiraro kinini mu mujyi wa Baltimore wo muri Amerika cyaguye mu ruzi rwa Patapsco nyuma y’uko ubwato bwikoreye kontineri bukigonze. Ikiraro cyashwanyutse kandi kiroha mu mazi ahagana saa 01:30 ET (05:30 GMT) hamwe n’imodoka n’abantu bari bakiriho. Ubuyobozi buvuga ko hakomeje gukorwa igikorwa kinini cyo gushakisha byibuze abantu barindwi, mu gihe abantu babiri bavanywe mu […]

Goma: Abasirikare babiri bakuru ba FARDC bakurikiranweho kunyereza imishahara

Kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Werurwe , Urukiko Rukuru rwa Gisirikare i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru rwatangiye iperereza ku rubanza rwa kabiri ku bijyanye no kunyereza amafaranga yari agenewe guhemba abasirikare no kugerageza guha ruswa komisiyo y’ubugenzuzi bukuru bw’imari (IGF) kw’abasirikare babiri bakuru babarizwa mu Karere ka 34 ka gisirikare. Aba basirikare bakuru bombi […]

Kagame yemeje ko nta wundi ambasaderi uzoherezwa i Buruseli utari Karega u Bubiligi bwanze

Mu Rwanda, Paul Kagame, Mu kiganiro na Jeune Afrique cyashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere ushize, Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rutazohereza undi ambasaderi i Buruseli utari Vincent Karega, u Bubiligi bwanze ntibutange “ibisobanuro byumvikana”. Perezida kagame yabwiye Jeune Afrique ati “Ubwo byari bigeze guhindura ambasaderi I Buruseli, twahisemo koherezayo Vincent Karega. Cyane […]

Minisitiri w’ingabo n’umugaba wazo bakiriye Brig Gen (Rtd) Kahuria ukuriye ubunyamabanga bwa EASF

gjinswgxsaa8pl_.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 25 Werurwe 24, Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’ingabo za RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bakiriye Brig Gen (Rtd) Paul Kahuria Njema, umuyobozi w’ubunyamabanga bwa Eastern Africa Standby Force (EASF), aherekejwe na Col Jens Lindvig, Chairman w’Inshuti za EASF. Uru ruzinduko rwari rugamije kumenyesha Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba […]

M23 irashinja FARDC n’abafatanyabikorwa kubyuka batera ahantu hatuwe cyane

Guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Werurwe 2024, Igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’abafatanyabikorwa bacyo baravugwaho kubyuka bagaba ibitero ahantu hatuwe cyane. Ibi ni ibitangazwa na M23 ibinyujije ku Muvugizi wa yo, Laurence Kanyuka, mu butumwa yacishije kuri X muri iki gitondo. Kanyuka avuga ko «  guhera muri iki […]

London: Amafaranga azagenda ku bimukira bazoherezwa mu Rwanda akomeje guteza impaka

Umushinga w’itegeko ryerekeranye no kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro warenze ikindi cyiciro mu nteko nshingamategeko y’u Bwongereza, ariko ntiwitezweho kurangira mbere yo mu kwezi gutaha kwa Kane hagati. Ku itariki 18 y’uku kwezi kwa Gatatu, abadepite banze impinduka icumi zose zari zakozwe n’urwego rwa sena kuri uwo mushinga mu ntangiriro z’uku kwezi. Raporo iheruka y’ibiro […]

Centrafrica: Uwahoze ari umurwanyi yahishuye uko Ingabo za MINUSCA zakoranaga n’inyeshyamba

hhhh.jpg

Bamwe mu bagize Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Centrafrica (MINUSCA) kuva kera byashinjwe gufasha no gutera inkunga inyeshyamba zo muri iki gihugu, ariko ubuhamya bwinshi bw’abaturage n’abahoze ari inyeshyamba bwerekana isano iri hagati y’ingabo za Loni n’imitwe yitwaje intwaro. Nk’uko aya makuru abigaragaza, ingabo za Loni zahaye inyeshyamba intwaro, amasasu, ibyo kurya n’imiti, kandi zitanga […]

Kuki intwaro zitumizwa muri Afurika zagabanyutseho kimwe cya kabiri muri iyi myaka ishize ?

Mu myaka icumi ishize, gutumiza intwaro mu mahanga ku bihugu bya Afurika byagabanutseho kimwe cya kabiri, bitewe ahanini n’igabanuka rikomeye mu gutumiza izi ntwaro kwa Algeria na Maroc nk’ibihugu bisanzwe biza imbere ku mugabane mu kugura intwaro, mu gihe u Bushinwa bwafashe igice kinini cy’isoko ry’umugabane buryambuye u Burusiya. Ibi ni ibyatangajwe n’ikigo mpuzamahanga gishinzwe […]

Ukraine irigamba gusenya amato 2 y’ingenzi y’Ingabo z’u Burusiya muri Crimea

Ukraine iravuga ko yarashe amato abiri akoreshwa mu kujyana ku nkombe ingabo n’ibikoresho, ikigo cy’itumanaho n’ibindi bikorwa remezo bikoreshwa n’amato y’u Burusiya mu ntaraya CrimĂ©a yigaruriwe. Itangazo ryasohowe n’abakozi bakuru b’igisirikare cya Ukraine rivuga ko amato ya Yamal na Azov yangiritse. Guverineri washyizweho n’u Burusiya ku cyambu cya Sevastopol yavuze ko misile 10 za Ukraine […]

Uko Nshimiye yageze muri Amerika, uko abaturanyi bamufataga n’impamvu yatangiye gukurikiranwa

Umunyarwanda Eric Tabaro Nshimiye w’imyaka 52 ushinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yari abayeho neza kandi atuje mumajyaruguru y’uburasirazuba bwa Ohio mu myaka irenga 20 ishize, kugeza ubwo ubutabera butangiye kumukurikirana, aho tugiye kugaruka ku byo ashinjwa, uko yageze muri Amerika n’impamvu atangiye gukurikiranwa ubu. Yakoze nka injeniyeri muri Goodyear Tire & Rubber Co […]

Senegal: Umukandida Faye utavuga rumwe n’ubutegetsi ari imbere mu matora ya perezida

Ibya mbere byavuye mu matora ya perezida wa Senegal bishyira imbere umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi Bassirou Diomaye Faye, byatumye abamushyigikiye bigabiza imihanda batangira ibirori, nubwo uwo bahanganye cyane wo mu ihuriro riri ku butegetsi yavuze ko hazakenerwa icyiciro cya kabiri kugira ngo hamenyekane uwatsinze. Nibura batanu mu bakandida 19 bari mu irushanwa basohoye itangazo nyuma […]

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kubura mu nkengero za Sake na Rubaya

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Werurwe 2024, imirwano yongeye kubura hagati y’igisirikare cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ndetse n’inyeshyamba za M23 mu nkengero za Sake no mu bindi bice. Urubuga Kivu Morning Post rubinyujije kuri X rwavuze ko imirwano yubuye muri iki gitondo yahuje Ingabo za FARDC zifatanyije na […]

Nyarugenge: Polisi yafatiye mu cyuho uwageragezaga kwiba atoboye iduka

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Nyarugenge, yafashe umugabo w’imyaka 53 y’amavuko, wageragezaga kwiba mu iduka ricururizwamo ibikoresho by’ubwubatsi yari yinjiyemo atoboye urukuta. Yafashwe ku isaha ya saa cyenda n’igice zo mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 23 rishyira ku Cyumweru tariki ya 24 Werurwe 2024, mu […]

U Burusiya buravugwaho kuvogera ikirere cya Pologne mu kugaba ibitero muri Ukraine

Umurwa mukuru wa Ukraine ndetse n’akarere ka Lviv mu burengerazuba byagabweho igitero cy’indege cy’u Burusiya “kinini”, mu gihe Pologne yavuze ko imwe muri misile z’u Burusiya yanyuze mu kirere cyayo. U Burusiya na Ukraine byagiye bigabanaho ibitero by’indege byica, ibitero byo kuri iki Cyumweru nabyo bije nyuma y’umunsi umwe ingabo z’u Burusiya zivuze ko zafashe […]

Nigeria: Abanyeshuri basaga 280 bari bashimuswe barekuwe nta nkomyi

Abanyeshuri barenga 280 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu mujyi wa Kuriga uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba, bararekuwe “nta nkomyi” nk’uko byatangajwe n’abayobozi. Guverineri wa Leta ya Kaduna, Uba Sani, ntabwo yatanze ibisobanuro birambuye ku irekurwa ryabo, hasigaye iminsi mike ngo igihe ntarengwa cyo gutanga ingurane yasabwe na ba rushimusi kirangire. Ku itariki ya 7 Werurwe, […]

U Burusiya buremeza ko bwafashe bamwe mu bagabye igitero cyahitanye 133 i Moscow

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ubutegetsi bwe bwafashe abantu bane bakekwaho kugira uruhare mu gitero cyagabwe mu nzu ikorerwamo ibitaramo i Moscow mu murwa mukuru kigahitana abantu 133. Kuri uyu wa Gatandatu ushize, mu ijambo yagejeje ku baturage, Perezida Putin yavuze ko abo batawe muri yombi berekezaga muri Ukraine. Yavuze ko igihugu cye […]

Amafoto: Ishyaka PSD ryiyemeje kuzashyigikira Perezida Kagame mu matora ataha

gja1vloxsaahfhe.jpg

Ishyaka PSD ryemeje ku mugaragaro ko rizashyigikira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu matora ateganyijwe muri Nyakanga kubera impamvu zasobanuwe na Perezida w’iri shyaka muri kongere yaryo. Kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Werurwe 2024, nibwo Abayoboke b’Ishyaka PSD bateraniye muri Kongere ya 2 y’igihugu idasanzwe y’Ishyaka. Perezida w’Ishyaka PSD, Dr Vincent Biruta yagaragaje ko […]

Abanyakigali basabwe kubanza kugana abunzi mbere yo kugana inkiko

Abaturage bo mu Mujyi wa Kigali barasabwa n’Umuvunyi Mukuru kuba baretse kugana inkiko mbere yo kwiyunga ubwabo, kuko zibahenda mu gihe ibibazpo bafitanye byari kubona ubutabera busesuye bitabaye ngombwa ko batakaza igihe n’ubutunzi bakururana mu nkiko. Ibi byabigarutsweho n’Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine muri iki cyumweru, ubwo yasuraga abaturage bo mu Mirenge itandukanye y’Akarere ka Gasabo […]

Somalia: Igitero cya Al-Shabaab ku birindiro bya gisirikare cyaguyemo byibuze 17

Byibuze abantu 17 biciwe muri Somalia nyuma y’igitero cy’umutwe wa al Shabaab ku kigo cya gisirikare kuri uyu wa Gatandatu ushize. Abashinzwe umutekano bavuga ko ibirindiro bya Busley, mu karere ka Lower Shabelle gaherereye mu majyepfo y’iburengerazuba bw’igihugu, byigaruriwe n’abagabye igitero akanya gato. Umusirikare mukuru wa Somalia yatangarije Reuters ko abarwanyi bitwaje intwaro bo muri […]

Senegal: Babyukiye mu matora yo gutora perezida wa gatanu w’igihugu

Kuri iki Cyumweru, Senegal yagiye mu matora yo gutora perezida wa gatanu wayo mu matora yatinze kubera ibibazo bya politiki byavuyemo imivurungano yateje imyigaragambyo ikaze y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kandi yongera gushyigikira abatavuga rumwe n’ubutegetsi. Igishobora kuba ni iherezo ry’ubutegetsi bwakomeje politiki yorohereza abashoramari mu gihugu cyenda kuba muri bimwe mu bicuruza peteroli na gaze vuba, […]

U Rwanda rurateganya kubona miliyoni 165.5$ nyuma yo gusoza neza isuzuma rya gatatu rya IMF

U Rwanda rurateganya kwakira miliyoni 76.6 z’amadolari y’Amerika binyuze mu kigega Resilience and Sustainability Facility (RSF) na miliyoni 88.9 US $ binyuze muri gahunda ya (SCF). Ibi bije nyuma yo gusoza neza amasezerano yo ku rwego rw’abakozi hagati y’abayobozi ba Leta n’itsinda ry’ubutumwa bw’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kuri politiki y’ubukungu n’imari ikenewe kugira ngo hasozwe […]

Abasirikare basaga 20 ba Niger bishwe n’inyeshyamba abandi barakomereka

Minisiteri y’ingabo muri Niger yavuze ko abarwanyi bishe byibuze abasirikare 23 abandi 17 barakomereka mu gitero cyagabwe ku mutwe w’abasirikare ba leta mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’igihugu. Abantu barenga 100 bitwaje imbunda bari kuri moto no mu modoka bakoresheje ibikoresho biturika ndetse na bombe biyahura kugira ngo bagabe igitero ku mutwe wa gisirikare ubwo bari barimo […]

Abagura ibikoresho byakoreshejwe basabwe ubufasha mu kurwanya ubujura bw’ibikorwaremezo

Abacuruza insinga z’amashanyarazi, ibyuma bishaje n’ibindi bikoresho byakoreshejwe basabwe kugira uruhare mu guhagurukira ikibazo cy’ubujura bw’ibikorwaremezo byifashishwa mu gukwirakwiza umuriro n’amazi. Babisabwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, mu nama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Gasabo, yahuje abahagarariye Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda, Minisiteri y’ibikorwaremezo, Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG), Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza […]

Abavandimwe ba Tshisekedi baba bari inyuma y’urupfu rwa ChĂ©rubin Okende?

Uwahoze ari Minisitiri w’ubukerarugendo, Modero Nsimba, kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe, yagejejwe imbere y’urukiko i Kinshasa nyuma yo gutabwa muri yombi kuwa Gatandatu ushize nyuma yo gushyira amajwi atavugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga. Muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ayo majwi avugwa, yitiriwe uwahoze ari Minisitiri w’Ubukerarugendo, arimo impaka ku rupfu rw’uwahoze ari […]

Mu gihe hamenyerewe kwegeza inyuma amatora muri Algeria bayegeje imbere

Perezida wa Algeriya, Abdelmadjid Tebboune, kuri uyu wa Kane yafashe icyemezo cyo kwigiza imbere amatora ya perezida ayashyira muri Nzeri aho kuba itariki yari ateganijwe mu Kuboza. Itangazo ryasohowe nyuma y’inama yari iyoboye na Perezida Tebboune ubwe baganira ku myiteguro y’amatora riragira riti: “Hafashwe umwanzuro wo gukora amatora y’umukuru w’igihugu yari ateganijwe ku wa Gatandatu, […]

Kaminuza y’u Rwanda igiye kongerwamo indi koleji

Kugeza ubu Kaminuza y’u Rwanda (UR) yari igizwe na Koleji esheshatu(6), ubu umushinga w’itegeko uteganya ko, izaba igizwe na za Koleji zirindwi (7). Ni nyuma yo gusaba ko Koleji y’Ubuhinzi, Ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (CAVM) izagabanywamo amashuri abiri (2) ari yo; Koleji ry’Ubuhinzi n’Amashyamba hamwe na Koleji y’ubuvuzi n’ubumenyi bw’amatungo (College of Veterinary and animal sciences). […]

Masisi: M23 yigaruriye Kirumba, Gyagoro na Kalengera nyuma y’imirwano ikaze

Imidugudu imwe ndetse n’uduce twinshi two muri Gurupoma ya Bashali Mokoto, ubu biragenzurwa n’inyeshyamba za M23 nyuma y’imirwano ikaze yabahuje n’igisirikare cya FARDC na Wazalendo kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe 2024, nyuma ya saa sita, muri Centre ya Kirumbu, muri Sheferi ya Bashali, yo muri Teritwari ya Masisi, muri Kivu y’Amajyaruguru. Amakuru agera […]

Umwishywa wa Franà§ois Mitterrand wayoboye u Bufaransa yapfuye ku myaka 76

Umwishywa w’uwahoze ari perezida, Franà§ois Mitterrand, wari uzwi kuri televiziyo, muri cinema, n’ubuvanganzo, kandi akaba yarakoze muri guverinoma iyobowe na Nicolas Sarkozy, yapfuye kuri uyu wa Kane, itariki 21 Werurwe, afite imyaka 76. Izina rya FrĂ©dĂ©ric Mitterrand ryonyine rizamura amashusho menshi n’ibice bifitanye isano n’ubuzima bw’umuco w’u Bufaransa. Uyu mugabo wari uzwi cyane mu buvanganzo […]

Umuyobozi w’ikibuga cy’indege cyitiriwe ba Clinton yarashwe n’abashinzwe umutekano

Igipolisi muri Amerika cyavuze ko umuyobozi mukuru w’ikibuga cy’indege cya Bill and Hillary Clinton kiri Little Rock, muri Arkansas, yarashwe ku wa Kabiri ubwo abashinzwe umutekano bageraga iwe bagiye kuhasaka. Bryan Malinowski, w’imyaka 53, umuyobozi mukuru w’ikibuga cy’indege, yakomerekejwe n’amasasu ubwo yarasanaga n’abashinzwe umutekano nyuma y’isaha ya saa kumi n’ebyiri za mu gitondo ubwo abakozi […]

Itegeko ryo kohereza abimukira mu Rwanda rizongera kugibwaho impaka nyuma ya Pasika

Amategeko ashaka guhagarika izindi mbogamizi z’urukiko kuri gahunda ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yo kohereza abashaka ubuhungiro mu Rwanda izongera kugibwaho impaka mu nteko ishinga amategeko ku itariki ya 15 Mata. Guverinoma irashaka kwimurira mu Rwanda ibihumbi by’abasaba ubuhungiro bagera mu Bwongereza mu mato mato, buri mwaka kugira ngo dosiye zabo abe ari […]

Konti za banki za Jacob Zuma zahagaritswe igice

Banki ya Afurika y’Epfo yatangaje ko ihagaritse igice konti z’uwahoze ari perezida, Jacob Zuma, amezi abiri mbere y’amatora rusange aho yari yizeye kongera gutangiza umwuga we wa politiki. Banki ya Mbere y’Igihugu (FNB) yavuze ko urukiko rwategetse iki cyemezo kubera ikibazo kijyanye n’amafaranga yakoreshejwe n’uyu mugabo w’imyaka 81 mu gusana inzu ye bwite no gushyiraho […]

Umuvugizi wa Mushikiwabo yagize icyo avuga ku myitwarire ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo

Kuri uyu wa Gatatu, itariki 20 Werurwe, wari Umunsi Mpuzamahanga wa Francophonie. Ibirori byinshi by’umuco byari byateguwe mu bihugu bivugwamo Igifaransa. Ariko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, banze kwizihiza uyu munsi kubera umubano utifashe neza hagati ya Kinshasa n’Umunyamabanga Mukuru wa La Francophonie, Louise Mushikiwabo, kubera gusa ko ari Umunyarwandakazi. Ibi OIF yagize icyo […]

Lusaka: Hagiye guteranira inama yo kunoza ubutumwa bwa SADC muri DRC na Mozambique

Kuri uyu wa Gatandatu utaha, amaso n’amatwi mu Muryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bizaba bihanzwe ku murwa mukuru wa Zambia, Lusaka, ahazaba hateraniye inama yo kongera gusuzuma ibikorwa byo kubungabunga amahoro by’uyu muryango muri iki gihe. Iyi nama izayoborwa na Perezida Hakainde Hichilema, Perezida wa Repubulika ya Zambia mu nshingano ze nk’umuyobozi w’Urugaga rw’ubufatanye […]