Lusaka: Hagiye guteranira inama yo kunoza ubutumwa bwa SADC muri DRC na Mozambique

Kuri uyu wa Gatandatu utaha, amaso n’amatwi mu Muryango w’Iterambere rya Afurika y’Amajyepfo (SADC) bizaba bihanzwe ku murwa mukuru wa Zambia, Lusaka, ahazaba hateraniye inama yo kongera gusuzuma ibikorwa byo kubungabunga amahoro by’uyu muryango muri iki gihe. Iyi nama izayoborwa na Perezida Hakainde Hichilema, Perezida wa Repubulika ya Zambia mu nshingano ze nk’umuyobozi w’Urugaga rw’ubufatanye […]

Yolande Makolo yanenze Channel4News guha ijambo abo yise abanyabyaha

screenshot_2024-03-21_090359.png

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yamaganye ikiganiro Channel4News yagiranye na bamwe mu banyarwanda barimo abari hanze y’igihugu bakomeje gukwiza amakuru y’uko u Rwanda rudatekanye cyanecyane muri iki gihe Guverinoma y’u Bwongereza ikomeje kunoza umugambi wo kohereza mu Rwanda abantu bahinjiye mu buryo bunyuranyije n’amategeko. “Ntabwo ari byo kuri Channel4News guha urubuga abanyabyaha,” uyu […]

Canada, Norvege, u Bwongereza n’u Busuwisi bamaganye igihano cy’urupfu cyagaruwe muri RDC

Ambasade z’ibihugu bya Canada, Norvege, u Bwongereza n’u Busuwisi i Kinshasa, zasohoye itangazo zivugamo ko zihangayikishijwe n’ikurwaho ry’ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. “Kubw’amahame, twamaganye igihano cy’urupfu ku mpamvu izo ari zo zose. Turatekereza ko ikoreshwa ry’igihano cy’urupfu ribangamiye icyubahiro cya muntu … nta kimenyetso simusiga cyerekana agaciro kacyo ko gukumira kandi […]

Havumbuwe ikoranabuhanga rishobora kuvana virus ya SIDA mu turemangingo tw’uwanduye

Abahanga baravuga ko kuri ubu bashoboye kuvana burundu virus ya itera SIDA mu turemengingo twayanduye bakoresheje ikoranabuhanga rya CRISPRMu gihe gushika ubu ata muti uvura umugera wa SIDA, abahinga baravuga ko bashoboye gukura burundu uno mugera mu turemangingo (cellules) twawanduye, bakoresheje ubuhinga buzwi nka CRISPR. Ni ikoranabuhanga bivugwa ko ritanga ubushobozi bwo guhindura ADN y’utu […]

Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa NBA Africa n’uwa BAL

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 20 Werurwe, Perezida Paul Kagame, yakiriye umuyobozi mukuru wa NBA muri Afurika, Clare Akamanzi na Perezida wa Basketball Africa League (BAL), Amadou Gallo Fall i Kigali. Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Perezida Kagame, baganiriye ku bufatanye bwa BAL n’u Rwanda ndetse no ku mikino ya nyuma ya BAL 2024 iteganijwe […]

Mushikiwabo yavuganiye umuhanzikazi Aya Nakamura ukomeje kwibasirwa n’Abafaransa

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yamaganye ivangura ririmo gukorerwa umuhanzikazi Aya Nakamura mu Bufaransa nyuma y’aho Perezida Macron amusabiye kuzasubiramo indirimbo y’umuhanzi w’icyamamare w’Umufaransakazi, à‰dith Piaf, mu muhango wo gufungura Imikino ya Olimpike izabera i Paris kuva ku itariki 26 Nyakanga kugeza ku ya 11 Kanama 2024. Nyuma y’uko Perezida Macron […]

London: Abakozi b’ivuriro bagerageje kwinjira mu makuru bwite ya Princess Kate

Urwego rukurikirana amakuru mu Bwongereza rurimo gusuzuma raporo z’abakozi bo mu bitaro Igikomangomakazi cya Wales, Kate Middleton, yabagiwemo, bivugwa ko bagerageje kwinjira mu makuru y’ubuzima bwe bwite. Ikinyamakuru Daily Mirror cyatangaje ko abakozi bo ku ivuriro London Clinic, rikunze gukoreshwa n’abagize umuryango w’ibwami – “bagerageje kugera kuri raporo zigaragaza uko ubuzima bwe (Kate) buhagaze”. Ibiro […]

Urugo rwa Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko ya Afurika y’Epfo rwasatswe amasaha 5

Abashinzwe iperereza bo muri Afurika y’Epfo kuri uyu wa Kabiri bagabye igitero ku rugo rwa Perezidante w’Inteko Ishinga Amategeko, Nosiviwe Mapisa-Nqakula, mu rwego rwo gukora iperereza kuri ruswa. Iki gikorwa cy’Ubuyobozi bushinzwe Ubugenzacyaha bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubushinjacyaha (NPA) gifitanye isano n’iperereza rikomeje gukorwa ku byaha bya ruswa byaba byarakozwe na Mapisa-Nqakula igihe yari minisitiri w’ingabo […]

Burundi: Gereza y’abagore ya Ngozi iravugwamo iyicarubozo rihagarikiwe n’umuyobozi wa yo

Ibikorwa by’iyicarubozo biravugwa muri gereza y’intara ya Ngozi yagenewe abagore. Ni iyicarubozo bakorerwa na bamwe mu bagororwa bagenzi babo ngo bashyigikiwe n’ubuyobozi bwa gereza. Itsinda rikora iyicarubozo ry’imfungwa ziri muri gereza y’abagore iherereye mu ntara ya Ngozi rigizwe n’abagore batatu, na bo bafungiwe muri gereza imwe. Amakuru agera kuri RPA avuga ko iri tsinda ryaba […]

Ikoranabuhanga ryitambitse gahunda yo gutangira kwishyura amafaranga ajyanye n’urugendo rwakozwe

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe gushyiraho Ibiciro no kubigenzura muri RURA, Norbert Kamana, yatangaje ko batengushywe n’ikoranabuhanga ryagombaga kwifashishwa mu gukemura ikibazo cy’abakora ingendo mu Mujyi wa Kigali usanga bishyura amafaranga adahwanye n’urugendo baba bakoze. Ibi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri mu Kiganiro Waramutse Rwanda cya RBA nyuma y’iminsi mike ibiciro by’ingendo abagenzi bishyura bizamutse bitewe n’uko […]

Byinshi ku byabajijwe mushiki wa Kabila uherutse guhamagazwa n’ubutasi bwa gisirikare

Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 15 Werurwe, urwego rushinzwe ubutasi rwa gisirikare, rwahase ibibazo Jaynet Kabila, mushiki we w’impanga w’uwahoze ari perezida, Joseph Kabila. Uru rwego rwari rumaze gusaka ahakorera fondasiyo ye ifite izina rya se, uwahoze ari perezida Laurent-Desiré Kabila, wishwe mu 2001. Mu gihe Jaynet Kabila yahamagajwe kugira ngo ibiro bye […]

Dr Habineza asanga hakwiye ikigega cy’indishyi ku wafunzwe igihe kirekire kandi yari umwere

Dr Frank Habineza, Umuyobozi w’ishyaka Democratic Green Party of Rwanda asanga umuntu wafunzwe igihe kirekire kandi nyuma bikagaragara ko ari umwere akwiye guhabwa indishyi mu gihe atemeranya n’igifungo cy’agateganyo kirenga iminsi yateganyijwe 30 mu gihe hakorwa iperereza. Ibi Dr Habineza yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa Gatanu ushize, itariki 15 Werurwe 2024 mu Karere ka […]

Burundi: Imbonerakure yishwe na bagenzi ba yo bayihotoye

Claude Nahayo, umwe mu rubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD, yahotowe na bagenzi be mu ijoro ryo ku cyumweru ahagana mu ma saa 11h. Imbonerakure esheshatu zifunzwe na polisi ya Mpanda mu ntara ya Bubanza (uburengerazuba bw’u Burundi). Uwahohotewe yapfiriye mu bitaro bya Mpanda, nyuma y’isaha imwe yibasiwe na bagenzi be mu gace ka Murengeza nk’uko tubikesha urubuga […]

Rishi Sunak yemeje ko agitsimbaraye ku ntego ye yo kohereza abimukira mu Rwanda

Kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Werurwe, Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko agitsimbaraye ku ntego ye yo kohereza mu Rwanda abimukira binjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kandi ko yizeye ko aba mbere bazatangira koherezwa mu Rwanda vuba. Ibi Rishi Sunak yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yasuraga Umujyi wa Convetry […]

Donald Trump yabuze ikigo kimwishyurira ingwate ya miliyoni 464$ yaciwe n’urukiko

Donald Trump yabuze isosiyete yigenga imutangira ingwate ya miliyoni 464 z’amadolari (£ 365m) yategetswe kwishyura mu rubanza rwa forode i New York. Uwahoze ari perezida agomba kwishyura amafaranga yose cash cyangwa akabona ingwate kugira ngo akomeze ubujurire bwe. Bwana Trump yavuze ko kubona ingwate ingana kuriya “bidashoboka”. Ku bw’ibyo, Donald Trump ashobora kubona imitungo ye […]

U Bushinwa bwemeje ko bwiteguye gutabara mu gihe NATO na Amerika byatera u Burusiya

Uhagarariye Minisiteri y’ingabo y’u Bushinwa ku wa Gatandatu ushize yavuze ko Beijing ‘yiteguye gutabara’ niba Amerika cyangwa NATO bihisemo gutera u Burusiya, nk’uko WW3.INFO Battlefield Research yabitangaje ku muyoboro wa Telegram. Ibi bibaye mu gihe Umuryango wa NATO n’u Burusiya bikomeje kurebana ay’ingwe kubera intambara ya Ukraine no kuva Suede yakwinjiramo ku mugaragaro. Umuyoboro wa […]

Nyamata: Hateraniye inama itegura imyitozo ya “USHIRIKIANO IMARA 2024”

gi833amxiaahalm.jpg

Uyu munsi, ingabo z’ibihugu bigize Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba, zigizwe n’igisirikare, abapolisi, serivisi zishinzwe ubugororangingo, hamwe n’intumwa z’abasivili, byatangiye inama y’iminsi itatu yo gutegura imyitozo ya 13 ya “USHIRIKIANO IMARA 2024” iteganijwe kubera mu Rwanda. Inama yabereye i Nyamata, mu Karere ka Bugesera. Maj Gen Andrew KAGAME, Umuyobozi mukuru w’ingabo z’inkeragutabara n’umuyobozi ushinzwe imyitozo, yakiriye […]

Harasuzumwa umushinga w’itegeko rishobora kwemerera abafite imyaka 18 gushyingirwa ku mpamvu runaka

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite kuri uyu wa Mbere, itariki 18 Werurwe, irasuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango. Umushinga w’itegeko rishya, abadepite bagomba gusuzuma kuri uyu wa Mbere, usaba ko mu Rwanda abantu bujuje imyaka 18 bashobora gushyingirwa mu gihe hari impamvu zumvikana kugirango hemerwe irengayobora. Ubusanzwe mu mategeko y’u Rwanda imyaka umuntu yemerewe gushyingirwaho […]

Iyicwa ry’umwana w’imyaka 13 wishwe na bagenzi be bigana ryahagurukije u Bushinwa

Abayobozi bo mu majyaruguru y’u Bushinwa mu mujyi wa Handan bafunze abana b’abahungu batatu b’ingimbi bashinjwa kwica umunyeshuri bigana nk’uko ibitangazamakuru byaho bibitangaza Urupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 13, wamenyekanye gusa ku izina rya Wang, rwateje uburakari n’impaka zikaze ku byaha bikorwa n’abana bato. Abayobozi basanze umurambo we warashyinguwe mu murima w’imboga watawe. Se avuga ko […]

Rwongeye kwambikana hagati ya M23 na FARDC ku dusozi dukikije Sake

Imirwano hagati ya M23 na FARDC/Wazalendo, yongeye kubura guhera saa kumi z’igitondo kuri uyu wa Mbere, aho amakuru agaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko irimo kubera ku gasozi ka Ndumba ndetseno ku tundi dukikije Umujyi wa Sake. Amakuru atangazwa n’umunyamakuru Justin Kabumba, aravuga ko M23 ari yo yagabye ibitero mu gicuku igamije kwirukana Wazalendo ariko […]

Koreya ya Ruguru yakirije Blinken uri muri Koreya y’Epfo igerageza rya missile nshya

Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bya misile ballistique biraswa mu ntera ngufi byerekeza mu mazi y’iburasirazuba mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken yitegura gufungura inama kuri demokarasi mu bihugu bituranye na Koreya y’Epfo. Kuri uyu wa Mbere, abayobozi bakuru b’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagize bati: […]

EACJ yahagaritse urubanza Dr Alfred Rurangwa yaregagamo Leta y’u Rwanda

Urukiko rw’Ubutabera rwa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rufite icyicaro i Arusha, muri Tanzaniya, mu mpera z’icyumweru gishize rwahagaritse urubanza rw’uwitwa Dr. Alfred Rurangwa wareze Leta y’u Rwanda, avuga ko yamugurishirije ubutaka igihe yari yagiye kwiga muri Amerika. Urega yatanze ikirego mu mwaka wa 2019, avuga ko igihe atari ahari yaragiye kwiga muri Amerika, umutungo we wari […]

Dr. Denis Mukwege arasanga kugarura igihano cy’urupfu ari akaga ku gihugu gifite ubutabera burwaye

Mu gihe Repubulika ya Demokarasi ya Congo yakuyeho ihagarikwa ry’igihano cy’urupfu, hakomeje kumvikana amajwi menshi arwanya iki cyemezo. Muri bo, harimo Denis Mukwege, wegukanye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel mu mwaka wa 2018 akaba yari n’umukandida ku mwanya wa perezida wa republika mu 2023. Uyu uzwiho guharanira ubutabera muri RDC, akaba n’umuganga w’indwara z’abagore avuga ko […]

Niger yahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yari ifitanye na Amerika

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe, igihugu cya Niger cyahagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare na Amerika. Amasezerano yashyizweho umukono mu 2012, mu gihe Abanyamerika muri iki gihe bafite abasirikare bagera ku gihumbi muri iki gihugu, ndetse n’ibirindiro binini bya drone muri Agadez. Kuri televiziyo y’igihugu, umuvugizi wa guverinoma yavuze ko […]

Nyaruguru: Bibukijwe ko uburinganire atari uguhangana n’abagabo babo

52027dc5-d921-43f0-8d0c-e6883c7fc20d.jpg

Abagore bo mu murenge wa Rusenge, mu karere ka Nyaruguru, bibukijwe ko ihame ry’uburinganire ridasobura kwiganzura abagabo no guhangana nabo. Ko ahubwo ari ukugira uburenganzira bungana imbere y’amategeko, bagafatanya n’abagabo mu iterambere rirambye ry’imiryango yabo ndetse n’igihugu. Ubu butumwa bwatangiwe mu kagari ka Bunge muri uyu murenge wa Rusange kuwa 15 Werurwe 2024 ubwo mu […]

U Burusiya: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bahamagaje imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burusiya bahamagariye abatora kwitabira imyigaragambyo yiswe “Noon against Putin” ku biro by’itora mu gihugu hose kuri iki Cyumweru, umunsi wa nyuma w’itora mu matora y’umukuru w’igihugu cy’u Burusiya. Abatora basabwe guhurira ku biro by’itora saa sita z’amanywa mu turere 11 tw’u Burusiya kugira ngo bigaragambye batishyize mu kaga barenga ku itegeko […]

Nigeria yemeje iyicwa ry’abasirikare ba yo 16 barimo ba ofisiye bane

Nigeria yemeje kuri uyu wa Gatandatu ushize ko abasirikare 16, barimo ba ofisiye bane n’abasirikare bato biciwe mu gico cy’abantu bitwaje intwaro muri Leta ya Delta, aho bari batabaye bagiye guhosha amakimbirane hagati y’amoko abiri. Abasirikare bo muri batayo ya 181 bari mu butumwa bw’amahoro ahitwa Bomadi, hatuwe cyane n’ubwoko bwa Okuoma, bisanze bagoswe kandi […]

Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda yita Abarundi bahahungiye abacakara barwo

giz3hjcxyaaecna.jpg

Perezida w’u Burundi, à‰variste Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda ndetse n’abakoloni avuga ko ari intandaro y’ibyago by’Abarundi. Yashimangiye ko u Rwanda rwagize Abarundi bamwe abacakara ngo rwigisha “kwica gusa”. Kuri Ndayishimiye, Abarundi bonyine banenga ubutegetsi bwa CNDD-FDD ni imbata z’u Rwanda n’abakoloni. Ibi Perezida Ndayishimiye yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, itariki 16 Werurwe 2024, ubwo […]

Amb. Bakuramutsa yatanze inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Cambodge

gii_qtzbaaapy9w.jpg

Ambasaderi Nkubito Manzi Bakuramutsa mu ntangiriro z’iki cyumweru yashyikirije nyakubahwa Say Chhum, umukuru w’agateganyo wa Cambodge, inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu. Uyu muhango wabereye mu nzu ya Sena ya Cambodge. Muri uyu muhango, Say Chhum yashimye ubuyobozi bwa Perezida Paul Kagame ndetse n’iterambere ritangaje u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 24 ishize. […]

Ukraine irashinjwa gutera ibiro by’itora mu gihe u Burusiya bwigamba gusenya drones nyinshi

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko ingabo zayo zasenye drones nyinshi za Ukraine mu turere twinshi two mu gihugu, mu gihe mu karere ka Zaporizhzhia Ukraine ishinjwa kugaba igitero ku biro by’itora Iki gitero kinini kurusha ibyabanje cyabereye mu majyepfo y’u Burusiya bwa Krasnodar, ahari uruganda rutunganya peteroli rwibasiwe. Muri Ukraine abayobozi bavuga ko habaye […]

Perezida Kagame yagize Cyubahiro Bagabe Umuyobozi Mukuru mushya wa RICA

giuxo82woamywmj.jpg

Perezida Kagame yagize Mark Cyubahiro Bagabe Umuyobozi Mukuru mushya w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA) nk’uko bigaragagara mu itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe. Dr. Mark Bagabe yanabaye Umuyobozi mukuru w’ikigo gishinzwe ubuhinzi mu Rwanda (RAB), mbere yo guhagarikwa ku mirimo ye nyuma y’icyemezo cy’abaminisitiri ku wa “19 […]

Perezida Kagame yifurije imirimo myiza abayobozi barahiye

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Werurwe, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi bashya; Dr Usengumukiza Félicien, uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) na Kadigwa Gashongore, wagizwe Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi. Perezida Kagame yabwiye abayobozi bashya barahiriye inshingano nshya ko uretse kuba ziremereye ariko zigomba kujyana n’imico n’imyifatire. Ati […]

Minisitiri w’Intebe yakiriye Umuyobozi wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi

gitr850xmaao0m5.jpg

Kuri uyu wa Gatanu, Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente yakiriye Bwana Thomas à–stros, Umuyobozi wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi ushinzwe ingufu, ubuzima, siyansi n’iterambere. Baganiriye ku kurushaho gushimangira ubufatanye busanzweho mu buhinzi, uburezi, ubuzima ndetse n’ingufu. Minisitiri w’Intebe yakiriye Umuyobozi Wungirije wa Banki y’Ishoramari y’u Burayi (European Investment Bank ), nyuma y’uko aherutse no kwakira […]

Icyoba ni cyose mu birindiro bya FDLR bisigaye muri Rutshuru mu gihe M23 ikomeje kubisatira

Mu gihe hakomeje imirwano hagati y’Ingabo za Congo (FARDC) na M23, biravugwa ko by’umwihariko M23 irimo kongera ibitero byibasira inyeshyamba z ‘Abanyarwanda za FDLR muri Teritwari za Rutshuru na Masisi, kuri ubu FDLR ikaba iri gutaka ivuga ko ari impunzi gusa z’Abanyarwanda atari umutwe witwaje intwaro. Ibi birimo kuvugwa mu gihe mu mirwano iherutse kuba, […]

Amerika yafatiye ibihano Abanya-Israel bane

Amerika yatangaje ibihano ku Banya-Israel bane, kandi ku nshuro yabo ya mbere, amafamu abiri y’ubuhinzi, mu rwego rw’ingamba nshya zafashwe na Washington na Londres mu guhagarika kwimurwa ku ngufu kw’Abanyapalestine mu Ntara ya West Bank yigaruriwe na Israel. White House yavuze ko Abanya-Israel bane ari bo bagenewe ibihano: David Chai Chasdai wa Givat Ronen; Yinon […]

Igitero cya Al-Shabaab hafi y’ingoro ya perezida cyahitanye abarimo abadepite

Umutwe w’iterabwoba wa Al-Shabaab wagabye igitero kuri hotel mu murwa mukuru wa Somaliya, Mogadishu, kuwa kane nyuma y’iturika ryibisasu byinshi n’amasasu. Imirwano yadutse nyuma y’igitero cyagabwe kuri hotel izwi cyane ya SYL, iherereye hafi y’ingoro ya perezida. Abantu benshi bakomeretse, barimo Umuvugizi wa Guverinoma, Farhan Jimale, abanyamakuru ndetse n’abadepite benshi. Ibitangazamakuru byaho byavuze ko bamwe […]

Sudani: Gen. Burhan yiyemeje gukurikirana abarwanyi ba RSF aho bazajya hose

Gen. Burhan, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani yatangaje ko zigiye kwigarurira utundi duce nyuma y’uko zambuye radio na televiziyo by’igihugu abarwanyi bigometse ku butegetsi ba Rapid Support Forces (RSF), bamaze amezi 11 bahanganye. Ababibonye baravuga ko ingabo za leta zakoresheje indege zitagira abapilote kuwa kabiri zigarurira ingoro ya radiyo na televiziyo by’igihugu mu mujyi wa […]

Inkeragutabara na zo zemerewe guhahira mu Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano

Umutwe w’Inkeragutabara ugiye gushyirwa mu bagenerwabikorwa b’Ihahiro ry’Inzego z’Umutekano, Armed Forces Shop (AFOS) kuko na wo ubyemerewe nkuko byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda kuri uyu wa Kane, itariki ya 14 Werurwe 2024, ubwo Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yasuzumaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko rishyiraho Ihahiro ry’Inzego z’u Rwanda zishinzwe kurinda igihugu n’umutekano. Minisitiri w’Ingabo yasobanuye ko […]

Danemark igiye gutangira kwandika abagore bashaka kujya mu gisirikare ku nshuro ya mbere

Danemark yatangaje ko ifite gahunda yo kongera umubare w’abasirikare ku bagore ku nshuro ya mbere no kongera igihe gisanzwe cy’akazi. Irashaka kandi kuzamura ingengo y’imari igenewe igisirikare kugeza kuri hafi miliyari 6 z’amadolari (£ 4.6bn) mu myaka itanu iri imbere kugira ngo intego za NATO zigerweho. Minisitiri w’Intebe, Frederiksen, ati: “Ntabwo twongera kwiyubaka bya gisirikare […]

Burundi: Ligue Iteka yatangaje imibare mishya y’abasirikare bishwe na RED-Tabara i Buringa

Ku itariki ya 25 Gashyantare, umutwe w’inyeshyamba wa RED-Tabara ufite icyicaro muri DRC wavuze ko ari wo wagabye igitero cyitwaje intwaro i Buringa. Ni muri komini ya Gihanga mu ntara ya Bubanza (mu burengerazuba bw’u Burundi ). Mu gihe guverinoma yatangaje umubare w’abantu icyenda bapfuye barimo umusirikare umwe mu ngabo z’u Burundi, Ishyirahamwe Ligue Iteka […]

Guverineri Dushimimana yakiriye ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya RNP

giniquxxiaamj4r.jpg

Kuri uyu wa Kane, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Dushimimana Lambert yakiriye ba Ofisiye bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda ryo mu Karere ka Musanze, aho bari mu urugendoshuri rugamije gufasha abanyeshuri gusobanukirwa ingamba zafashwe mu rwego rwo gukumira no kugabanya ibyaha. Uru ruzinduko rutegurwa hagamijwe gufasha abanyeshuri guhuza ubumenyi bigira mu masomo yo […]

Udutsiko twitwaje intwaro twaburiye ibihugu biteganya kohereza abapolisi muri Haiti

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 13 Werurwe, Jimmy Cherizier, umuyobozi ukomeye w’agatsiko gakomeje guca ibintu muri Haiti mu byumweru bibiri bishize, yihanangirije ibindi bihugu abisaba kwirinda kwivanga mu bibazo by’igihugu cye ubu kiri mu kajagari. Cherizier, uzwi cyane ku izina rya Barbecue, aganira na W Radio ikora mu rurimi rw’Icyesipanyoli, yasobanuye ko igisubizo cy’amahoro […]

Abanya-Afurika y’Epfo bari mu gisirikare cya Israel bibukijwe urubategereje nibataha

Ibitangazamakuru byo muri Israel byatangaje ku wa Gatatu, bisubiramo minisitiri w’ububanyi wa Afurika y’Epfo, ko abenegihugu b’igihugu cye bari muri barwanira hamwe cyangwa bakorera mu gisirikare cya Israel bazafungwa nibatahuka. Ikinyamakuru Times of Israel cyasubiyemo amagambo ya Naledi Pandor agira ati “Namaze gusohora itangazo riburira Abanya Afurika y’Epfo kandi barwanira hamwe cyangwa bari mu ngabo […]

Abimukira bazemera koherezwa mu Rwanda ku bushake bazahabwa £3,000 muri gahunda nshya

Abimukira bangiwe ubuhungiro mu Bwongereza bazahabwa ibihumbi by’amapound yo kwimukira mu Rwanda muri gahunda nshya yo kugenda“ku bushake” mu gihe Guverinoma ikomeje guhangana n’abadepite kubera gahunda yayo yo kohereza mu Rwanda abimukira. Ibyifuzo bitandukanye n’icyifuzo cyo kohereza abantu mu gihugu cy’iburasirazuba bwa Afurika kugira ngo dosiye zabo zisaba ubuhungiro zihatunganyirizwe aho kuba mu Bwongereza kandi […]

Nigeria: Abashimuse abanyeshuri 286 barasaba miliyari kugirango babarekure

Abantu bitwaje intwaro baheruse gushimuta abanyeshuri 286 n’abarimu babo babakuye ku ishuri ryo mu majyaruguru ya Nigeria, barasaba miliyari y’amafaranga akoreshwa muri icyo gihugu ($620,432) kugirango babarekure. Ibi byatangajwe n’umuvugizi w’imiryango y’abafashwe bunyago avugana n’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters. Abanyeshuri harimo abakiri bato n’abakuru ndetse n’abarimu babo bashimuswe ku itariki 7 Werurwe mu Mujyi wa Kuriga […]

Autrichia yahambirije abadiplomate babiri b’u Burusiya

Igihugu cya Autrichia cyirukanye abadiplomate babiri b’u Burusiya ku butaka bwacyo kivuga ko bakoze ‘ibitajyanye n’imyitwarire y’abadiplomate’. Yabahaye igihe cy’icyumweru kimwe ngo babe bavuye ku butaka bwayo nkuko byatangajwe na minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Autrichia kuwa Gatatu. Kugeza ubu abadiplomate b’ Burusiya Autrichia imaze kwirukana ku butaka bwayo bamaze kuba 11 kuva mu 2020. Bose […]

Burundi: Abapolisi batunguwe no gusanga uwo bahigaga ari mugenzi wabo wari utwaye magendu

gijqd7wxqaaag5t.png

Adjudant Alexis Vyamungu wo mu Gipolisi cy’u Burundi (PNB) ukorera ku bugenzuzi bukuru bw’igipolisi yafatanwe n’abandi bantu babiri atwaye magendu y’ibicuruzwa bitandukanye kuri bariyeri ya Nyamitanga mu Ntara ya Cibitoke, nyuma yo kugerageza gucika abapolisi bamuhagarikaga ntibimuhire. Ibi bintu byabaye ku Cyumweru, itariki 10 Werurwe, ubwo abo bantu bari mu modoka ya KIA bangaga guhagarara […]

Abihaye Imana 3 bakomoka mu Misiri biciwe muri Afurika y’Epfo

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yavuze kuri uyu wa Gatatu ko iri gukora iperereza ku iyicwa ry’abihayimana batatu b’Abanyamisiri biciwe mu kigo cy’abihaye Imana mu burasirazuba bw’umurwa mukuru, Pretoria. Ku wa Kabiri, Itorero ry’Aba-Orthodox b’aba copte ryo muri Afurika y’Epfo ryatangaje ku rubuga rwa Facebook ko batatu mu bihayimana babo bakorewe “ubugizi bwa nabi.” Yongeyeho […]

Byabagamba na Rusagara bahagaritse urubanza bari batangije muri EACJ

Tom Byabagamba na Frank Rusagara bahoze mu Gisirikare cy’u Rwanda bakuye ikirego cyabo mu Rukiko rw’Ubutabera rwa East Africa (EACJ) aho bari bajuririye igihano bahawe. Kuri ubu aba bombi bakatiwe igifungo cy’imyaka 15 mu Rwanda, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukwirakwiza ibihuha bagamije gukangurira abaturage kwigomeka kuri guverinoma yashyizweho, gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko, […]

Byarangiye Donald Trump na Joe Biden bagiye kongera guhatanira kuyobora Amerika

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, hamwe n’uwamubanjirije, Donald Trump, bombi batambutse icyiciro cy’ibanze cyo kwemererwa guhagararira amashyaka yabo mu matora yo mu Gushyingo, bakaba bagiye kongera guhatanira umwanya wa Perezida. Kuri uyu wa Kabiri ushize, leta enye, ifasi imwe y’Abanyamerika hamwe n’Abademokarate baba mu mahanga bakoze amatora yabo y’ibanze. Ibyavuye mu […]

Uganda: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cy’itsinda ryunganira abaryamana bahuje igitsina

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 12 Werurwe, urukiko rwo muri Uganda rwateye utwatsi icyifuzo cy’itsinda ryunganira abaryamana bahuje igitsina rishaka guhatira guverinoma kuryandika, nk’uko umunyamategeko wabisabye yabitangaje. Ishyirahamwe Sexual Minorities Uganda (Smug) ryatanze ikirego mu rukiko rukuru rw’igihugu bwa mbere mu 2015 nyuma y’uko umwanditsi wa guverinoma w’amasosiyete yanze kurishyira ku rutonde, ibyo bikaba byari […]

Burundi: Babiri bamaze kwegura muri FEBABU nyuma yo kwirukanwa kwa Dynamo BBC muri BAL24

Kubera ikibazo cy’ikipe ya Dynamo Basketball Club yasezerewe kubera amakosa y’imyitwarire mu mikino ya BAL24, umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Burundi (FEBABU), Armand Nisabwe, ndetse n’ukuriye komite ishinzwe iterambere urubyiruko muri iri shyirahamwe, Alexis Hakizimana, batangaje ko beguye ku mirimo yabo kuri uyu wa Kabiri ushize. Iki cyemezo kije mu gihe […]

Nyanza: Umutangabuhamya ushinja mu rubanza rwa Micomyiza yabaye umushinjura

Mu rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga rukorera i Nyanza, Umutangabuhamya wagomba gushinja yashinjuye Jean Paul Micomyiza avuga ko nta bwicanyi yabonye akora ahubwo ko yagize uruhare mu gukiza ibitero byagabwaga ku bari bihishe. Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda, rwari rukomeje kumva abatangabuhamya […]

Ibitero by’indege z’intambara za Amerika byahitanye abarwanyi 3 ba al-Shabab

Igisirikare cya Leta zunze ubumwe z’Amerika cyatangaje ko cyagabye ibitero by’indege z’intambara mu majyepofo ya Somaliya bigahitana abarwanyi batatu bo mu mutwe w’iterabwoba wa al-Shabab. Ubuyobozi bw’igisirikare cy’Amerika buri ku mugabane w’Afurika (AFRICOM) bwatangaje ko byagabye icyo gitero taliki 10 z’uku kwezi bisabwe na guverinoma ya Somaliya. Cyemeza ko ibyagaragaye mu ikubitiro byerekana ko nta […]

Barasaba kwimurira Bemba na Gen. Tshiwewe muri Kivu y’Amajyaruguru kugeza intambara irangiye

Mu gihe inyeshyamba za M23 zikomeje kwagura ahantu zigenzura mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Sosiyete Sivile ya Kivu y’Amajyaruguru, irasaba ko hahindurwa ingamba za gisirikare imbere y’umwanzi kugira ngo habohozwe ibice byose byigaruriwe na M23, ndetse basaba Minisitiri w’Ingabo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo kwimura ibiro bakaza ahabera urugamba. Mu itangazo ryiswe: “Oya ku ikoreshwa ry’amayeri ya […]

Imiti ya Tetracycline na Phytomenadione BP 10 mg yakuwe ku isoko ry’u Rwanda

Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti (Rwanda FDA) cyavanye ku isoko umuti uterwa binyuze mu rushinge n’undi basiga ku maso, nyuma y’ibirego n’impungenge z’umutekano wa yo. Uyu mugenzuzi w’ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa yavanye ku isoko ibyiciro byose by’umuti w’amavuta wa Tetracycline wakozwe na Angel Biogenics Pvt Ltd, mu Buhinde nyuma y’ibirego kuri uyu muti, nk’uko Rwanda […]

Ubwato bwavaga i Goma bujya i Bukavu bukisanga ku Nkombo bwarekuwe

Ubwato Akonkwa 2, bwo muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo bwari bwayobye bukisanga mu mazi y’u Rwanda ku Kirwa cya Nkombo bupakiye abantu babarirwa muri magana bwamaze kurekurwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda muri iki gitondo busubira iwabo. Abagenzi baraye umunsi n’ijoro ku kirwa cya Nkombo mu Rwanda, aho bavuga ko bari babujijwe kuva mu bwato […]

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzaniya arateganya kugirira uruzinduko mu Rwanda

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ububanyi n’ubufatanye bwa Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, yavuze kuri uyu wa Mbere, itariki 11 Werurwe ko yenda kuza mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Mu butumwa yanyujije kuri X, Makamba yavuze ko azazana n’abayobozi bakuru bo muri Minisiteri y’ubwikorezi; iy’Ubucuruzi n’inganda; ICT; iy’Ubuhinzi; n’Ingufu; n’abandi. Ati: “Ndifuza gufatanya na bagenzi bacu mu Rwanda […]

Uwamennye amabanga ku ndege za Boeing yasanzwe yapfuye muri Amerika

Uwahoze ari umukozi wa Boeing uzwiho guteza impungenge ku buzinenge bw’indege zikorwa n’uru ruganda, basanze yapfuye muri Amerika. John Barnett yari amaze imyaka 32 akora muri Boeing, kugeza igihe yasezeraga muri 2017. Mu minsi yabanjirije urupfu rwe, yari yagiye atanga ibimenyetso mu rubanza ku kumena amanga y’iyi sosiyete. Boeing yavuze ko bibabaje kumva urupfu rwa […]