Somalia yaburiye Ethiopia ishaka kwemera Somaliland ngo ibashe gukora ku nyanja

Kuri iki Cyumweru, Minisitiri w’Intebe wa Somalia yihanangirije Ethiopia iyisaba kutavogera ubutaka bwayo nyuma yo kugirana na Somaliland amasezerano azayifasha gukoresha ibyambu byayo (Somaliland) ku Nyanja Itukura. Hamza Abdi Barre mu kiganiro yatangiye mu murwa mukuru Mogadishu, yashimangiye ko amasezerano yo kugera ku nyanja yashyizweho umukono mu ntangiriro z’uku kwezi hagati ya Ethiopia na Somaliland […]

Icyo RBC ivuga ku bicurane bikomeje kwiyongera bamwe bakeka ko ari covid-19

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Edson Rwagasore, arahumuriza Abanyarwanda ko muri iyi minsi y’ubukonje hakunze kugaragara indwara zifata imyanya y’ubuhumekero nk’ibicurane, bityo ko abafite icyo kibazo badakwiye gukeka ko bamaze kwandura Covid-19, ariko nanone akabasaba kugana ibigo by’ubuvuzi. Mu kiganiro yagiranye na RBA, yavuze ko mu gihe cy’ubukonje […]

Perezida Kagame yongeye kwikoma abashaka guhitiramo Abanyarwanda uko bagomba kubaho

Perezida Paul Kagame yongeye gushimangira ko nta muntu n’umwe ufite ububasha bwo guhitiramo Abanyarwanda uko bakwiye kubaho mu gihe igihe u Rwanda rwari rurimo gushy anta warutabaye. Ibi umukuru w’igihugu yabitangarije mu ijambo yavugiye mu Masengesho yo gusabira igihugu muri uyu mwaka wa 2024. Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko kwemera, amadini na politiki […]

Ingabo za mbere za MONUSCO zizava muri RDC muri Mata 2024

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, umuyobozi wa MONUSCO yavuze ko ingabo zigera ku 2000 zabo zizava mu turere tw’iburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu mpera za Mata mu cyiciro cya mbere cyo kuvana ingabo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu. Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano kemeje ko ubutumwa buzarangira mu Kuboza […]

Aba-conservateurs bakomeje kudahuza ku itegeko rijyanye no kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda

Rishi Sunak ahanganye n’ubwigomeke bukabije mu ishyaka ry’Aba-Conservateurs aho abadepite barenga 30 bo muri iri shyaka bahagurukiye guhindura mu cyumweru gitaha umushinga w’itegeko rijyanye no kohereza abasaba ubuhungiro mu Rwanda. BBC yatangaje ko ubugororangingo buteganijwe bugamije kugabanya inzira zo kujuririra ibyemezo byo koherezwa mu gihugu cyo muri Afurika, ibyerekana kutabona ibintu kimwe gukomeje hagati mu […]

Gen. Mahamat Idriss Déby yagizwe umukandida wa MPS mu matora ataha muri Tchad

Perezida w’inzibacyuho, Gen. Mahamat Idriss DĂ©by Itno, yagenwe ku wa Gatandatu n’inama y’ishyaka rye muri kongere i N’Djamena, nk’umukandida mu matora ya perezida ateganijwe mu mpera za 2024 muri Tchad. Ku wa Gatandatu, Mariam Djimet Ibet, perezida wa komite ishinzwe gutegura kongere mu ishyaka MPS yagize ati «  Perezida w’inzibacyuho, Mahamat Idriss Deby Itno yagizwe […]

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano iragarutse ku nshuro ya 19

gdvfomcxmaayffw.jpg

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, urubuga Abanyarwanda baganiriramo iterambere ry’igihugu, ubumwe n’iterambere ry’urubyiruko, igiye kongera kuba ku nshuro ya 19 mu gihe muri uyu mwaka mu Rwanda hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu n’abadepite.

Abakinnyi b’Abanyarwanda bitabiriye imikino ya EAC i Bujumbura batashye ntawe babwiye

Abakinnyi b’Abanyarwanda 16 bitabiriye imikino ya “East African Junior Championship 2024 ” ibera i Bujumbura biravugwa ko bafashe icyemezo cyo gusubira mu Rwanda bakava mu irushanwa batabimenyesheje abariteguye. Umwem bahaye aya makuru SOS Media Burundi yagize ati: “aba bakinnyi bahagurutse hagati ya 11h00 na 12h00 ku wa Gatanu. Ntabwo babimenyesheje abateguye, ” Ayo makuru akomeza […]

Abapolisi 33 basoje amahugurwa abaha ubumenyi bwo kuzigisha abandi

Mu Ishuri ry’amahugurwa rya Polisi (PTS) i Gishari mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mutarama, abapolisi 33 basoje amahugurwa abagira abarimu bazifashishwa mu guhugura abandi. Abitabiriye aya mahugurwa y’icyiciro cya 9 ahabwa abapolisi bo ku rwego rwa ba ofisiye bato, mu gihe kingana n’ibyumweru 12, bahawe amasomo atandukanye ajyanye n’imyigishirize y’ikoranabuhanga […]

Raporo y’Umuvunyi yerekanye ko hakiri akajagari mu kubaka sitasiyo za lisansi

Abadepite bagize Komisiyo ya politiki, uburingamire n’ubwuzuzanya bw’abagabo n’abagore mu iterambere ry’igihugu, bagaragaje ko basanze muri raporo y’urwego rw’Umuvunyi y’umwaka 2022/2023, igaragaza ko uretse ugutinda kw’ibyangombwa byo kubaka sitasiyo z’ibikomoka kuri peteroli, hakinagaragaramo akajagari gakeneye kuba maso kw’inzego bireba, bitaba ibyo ngo bigakurura akaga ku baturarwanda. Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye […]

Aba-Houthi biyemeje kwibasira inyungu zose z’Abanyamerika n’Abongereza

Kuri uyu wa Gatanu, umutwe w’inyeshyamba z’Aba-Houthi wo muri Yemeni wemeje ko ugiye kwibasira inyungu zose z’Abanyamerika n’Abongereza nyuma y’ibitero by’ibi bihugu muri Yemeni. Mu itangazo ry’Inama Nkuru ya Politiki y’Aba-Houthi, iryo tsinda ryagize riti “igitero cy’ubuhemu kandi cyeruye cy’Abanyamerika n’Abongereza igihugu cyahuye nacyo ntikemewe kandi nta bisobanuro gifitiwe.” Aba-Houthi bahize ko “inyungu zose z’Abanyamerika […]

Nyanza: Wenceslas Twagirayezu, suspect du génocide extradé, libéré

wencelas

Le suspect de gĂ©nocide Wenceslas Twagirayezu extradĂ© du Danemark a Ă©tĂ© libĂ©rĂ© par la Chambre des crimes internationaux et transfrontaliers de la Haute Cour de Nyanza. Twagirayezu a Ă©tĂ© extradĂ© en 2019, après une longue bataille contre la dĂ©cision qui l’a conduit devant la Cour europĂ©enne des droits de l’homme et des peuples. Depuis, il […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Kiliziya Gaturika muri Afurika na Vatikani

Haravugwa amakimbirane mashya, icyiciro gishya mu mibanire itoroshye hagati ya Vatikani n’inama z’abepiskopi muri Afurika nyuma y’uko mu Kuboza gushize, Vatikani itanze uburenganzira bwo guha imigisha ababana bahuje ibitsina. Abepiskopi benshi bo ku mugabane wa Afurika, cyane cyane abo muri Cameroun na Nigeria, bagaragaje ko bamaganye iki cyemezo. Hashize icyumweru Vatikani yisobanuye mu itangazo rirerire. […]

RDC: Hagaragajwe uko Bemba arimo gukoresha umwanya we mu gukomeza kwikungahaza

Abagize umuryango wa minisitiri w’ingabo wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Jean-Pierre Bemba, washinjwe ibyaha by’intambara, baravugwaho gushinga isosiyete itavugwaho rumwe ikora ibikorwa byo kubungabunga amashyamba mu gihugu ariko havutse impungenge ko iyi sosiyete hashingiwe ku mubano uri hagati ya minisitiri w’ibidukikije na Bemba. La SociĂ©tĂ© de Conservation Forestière (SCF) yashinzwe mu Kuboza 2022 kandi […]

Somalia: Leta n’abasirikare ntibavuga rumwe ku gikorwa cyo kubohoza abashimutanwe n’indege ya Loni

Kuri uyu wa Kane, Umuvugizi wa Guverinoma ya Somalia yatangaje ko barimo kwitegura kubohoza abantu bari muri kajugujugu y’Umuryango w’Abibumbye yafashwe na Al Shabaab, ariko abasirikare baravuga ko bizagorana kugera aho bajyanwe. Kajugujugu y’Umuryango w’Abibumbye yari irimo irajyana abarwayi ubwo ikibazo cya tekiniki cyayihatiraga kugwa byihutirwa hafi y’umudugudu wa Hindhere uri muri Somalia rwagati, mu […]

Amafoto: Ambasaderi w’u Bushinwa yasuye Umuyobozi wa RNP

gdkcbzqa4aahakw.jpg

Ambasaderi wa Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa, WANG Xuekun, kuri uyu wa Kane, itariki 11 Mutarama 2024, yasuye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru. Ibiganiro bagiranye byagarutse ku gushimangira ubufatanye busanzwe buri hagati y’ibihugu byombi mu bijyanye n’umutekano, by’umwihariko mu kubaka ubushobozi no […]

RDC: Ba guverineri 3 barimo uwa Kinshasa bahagaritswe ku mirimo yabo

gdlm-nzxcaapfai.jpg

Ba guverineri b’intara za Mongala (CĂ©sar Limbaya), à‰quateur (Bobo Boloko) na Kinshasa (Gentiny Ngobila) bahagaritswe ku mirimo yabo. Ibi byatangajwe muri telegaramu ya Visi-Minisitiri ushionzwe ibibazo by’imbere mu Gihugu, Umutekano kuri uyu wa Kane, itariki 11 Mutarama 2024 nk’uko tubikesha Mediacongo.net. Muri iyi nyandiko, hagaragajwe ko imyanya yabo igomba kuba irimo abari babungirije by’agateganyo mu […]

Umujyi wa Kigali wihanangirije abagitwikira imyanda mu ngo

Umujyi wa Kigali wibukije abantu bose ko bibujijwe gutwika imyanda yo mungo, ibiyorero, amapine n’ibindi mu rwego rwo kurengera ibidukikije, usaba gukumira imyotsi aho ari ho hose. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatanze iyi nteguza bushingiye ku itegeko No 48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ibidukikije. Mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X, bugira buti “Umujyi […]

Hashyizweho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amazi y’amashyuza mu kwirinda impanuka yatera

gdjkkjfw4aaddrs.jpg

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere w’amazi mu Rwanda (RWB) cyashyizeho amabwiriza agenga ikoreshwa ry’amazi y’amashyuza mu rwego rwo kuyabungabunga no kurinda impanuka zishobora guterwa n’aya mazi. Muri aya mabwiriza harimo ko uzajya ahabwa uruhushya rwo gucunga aya mazi no kuyabyaza umusaruro agomba kuzitira icyanya agenzura ndetse no kwita ku gipimo cy’ubushyuhe bwayo mbere y’uko yemerera […]

Afurika y’Epfo: Umudepite yemeje ko ingabo zabo zizasebera imbere y’inyeshyamba za M23

“Kohereza ingabo z’igihugu cya Afurika y’Epfo (SANDF) mu rwego rw’ubutumwa bw’Ingabo za SADC mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo ni icyemezo kititondewe gishobora gushyira ubuzima bw’ingabo zacu mu kaga gakomeye,” uyu ni Depite Kobus Marais mu nyandiko yashyize ahagaragara dukesha urubuga www.da.org.za ivuga. Depite Sarel Jacobus Francois “Kobus” Marais yahamagariye Perezida Cyril Ramaphosa, […]

RDC: Abarundi bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka babujijwe gucururiza muri Uvira

Kuva mu cyumweru gishize, nta Murundi washoboye gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ava mu Burundi ajya muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, anyuze muri Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo (mu burasirazuba bwa DRC). Ni sosiyete sivile yaho yafashe iki cyemezo. Abacuruzi bo mu Burundi bavuga ko batunguwe. Ubucuruzi bwari bugizwe no kohereza ibicuruzwa nk’amata, ibinyampeke, […]

Abanya-Suede basabwe kwitegura intambara

Umuburo ku Banya-Suede waturutse mu bayobozi bakuru babiri b’ingabo kugira ngo bitegure intambara wateye impungenge no gushinjwa gutera ubwoba. Minisitiri w’ingabo z’abaturage (Civil Defence Minister), Carl-Oskar Bohlin, yatangarije inama y’ingabo ko “muri Suwede hashobora kubaho intambara”. Ubutumwa bwe bwaje gushyigikirwa n’umugaba mukuru w’ingabo, Gen Micael Byden, wavuze ko Abanya-Suede bose bagomba kwitegura mu mutwe ibishobora […]

Nyanza: Rachid yemeje ko ahamagazwa binyuranyije n’amategeko

I Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda Urugereko rw’urukiko rukuru rwakomeje urubanza rwa Hakuzimana Rashid, uregwa ibyaha 4 birimo guhakana no gupfobya jenoside, avuga ko ahamagazwa binyuranyije n’amategeko. Ubushinjacyaha buvuga ko ari ibyaha yakoreye mu bitangazamakuru bitandukanye no ku rubuga rwe rwa Youtube, ni ibyaha we ahakana akavuga ko ari impirimbanyi ibuzwa uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo. […]

Mu Ukuboza 2023 ibiciro byagabanutseho 4,4% mu Rwanda

Ibiciro mu Rwanda byagabanutseho 4,4% mu Ukuboza 2023 ugereranyije n’Ugushyingo 2023, kuko izamuka ry’ibiciro ryavuye kuri 9.4% rikagera kuri 6.2%. Mu kwezi kw’Ukuboza 2023 ibiciro mu Rwanda byiyongereyeho 6.2% ugereranyije n’Ukuboza 2022. Mu kwezi kw’Ugushyingo 2023 ibiciro byari byiyongereyeho 9.4%. Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi k’Ukuboza 2023, ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho […]

Maroc yatsinze Afurika y’Epfo mu matora yo kuyobora Akanama ka Loni k’Uburenganzira bwa Muntu

Kuri uyu wa Gatatu, Maroc yatsinze Afurika y’Epfo mu matora yo kuyobora Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburenganzira bwa Muntu nyuma yo guterana amagambo Afurika y’Epfo, amateka y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu muri Maroc atemerera iki gihugu kuyobora uru rwego. Umukandida wa Maroc, Ambasaderi Omar Zniber, yabonye amajwi 30, naho uwo bahanganye muri Afurika y’Epfo, Ambasaderi Mxolisi Nkosi, abona […]

Umukinnyi wa film, Adan Canto, yapfuye ku myaka 42

079133.webp

Umukinnyi wa film, Adan Canto, wamenyekanye cyane muri film y’uruhererekane ya Designated Survivor na film zirangira nka X-Men: Days of Future Past, yapfuye ku myaka 42 azize kanseri. Umumenyekanishabikorwa we ni we watangaje ko uyu mukinnyi wa film ukomoka muri Mexique yazize appendiceal cancer. Canto akina ari umujyanama wa perezida mu by’umutekano muri Designated Survivor […]

Hatowe gukomeza kugira ibanga ibikubiye mu masezerano y’u Bwongereza n’u Rwanda

Mu gihugu cy’u Bwongereza kuri uyu wa Kabiri ushize batoye kugira ibanga ikiguzi cya gahunda yo kohereza abimukira nyuma y’uko ishyaka ry’Abakozi ryari ryagerageje guhatira leta gushyira ahagaragara ibikubiye mu masezerano yakozwe hagati y’u Bwongereza n’u Rwanda. Yvette Cooper, wo mu ishyaka ry’Abakozi ryasabaga gushyira ahagaragara ibyemeranyijwe muri iyi gahunda, gusobanura ukuntu u Bwongereza bwijeje […]

Afurika y’Epfo: Urukiko rwategetse guha status y’impunzi uvuga ko yahoze mu Gisirikare cy’u Rwanda

Urwego rushinzwe ibibazo by’imbere mu gihugu (Department of Home Affairs) muri Afurika y’Epfo rwategetswe n’urukiko guha ubuhungiro Umunyarwanda uvuga ko yahoze mu Gisirikare cy’u Rwanda (RDF) n’umugore we nyuma y’uko uru rwego rwari rwaranze kubumuha kubera kutizera impamvu yatangaga zatumye ahunga u Rwanda. Uwasabaga ubuhungiro, bise izina rya Bwana R (Mr R), yari yitabaje urukiko […]

U Rwanda rwihanganishije u Buyapani nyuma y’umutingito wahitanye abasaga 200

U Rwanda rwihanganishije igihugu cy’ u Buyapani nyuma y’umutingito ukomeye wabaye ku Bunani muri Perefegitura ya Ishikawa, ugahitana ubuzima bw’abatari bake abandi bakaba baraburiwe irengero. Kuri uyu wa Kabiri, itariki 9 Mutarama 2024 abayobozi b’u Buyapani bagaragaje ko uwo mutingito wahitanye abantu barenga 200. Ni mu gihe ababuriwe irengero barenga nabo 100, abarenga ibihumbi 28 […]

Equateur: Abantu bitwaje imbunda binjiye muri studio ya televiziyo iri Live

Abantu bitwaje imbunda bipfutse mu maso binjiye muri studio ya televiziyo iri Live muri Equateur, igihugu kiri muri Amerika y’amajyepfo, bakangaranya abakozi. Abakozi bahatiwe kuryama hasi igihe televiziyo ya leta, TC, mu mujyi wa Guayaquil, yatambutsa ikiganiro mbere yuko bakuraho live. Polisi ivuga ko nyuma yabohoje abakozi bose maze ifata 13, yerekana intwaro zafashwe nk’uko […]

Niger: Umuhungu wa perezida wahiritswe wari ufunganwe n’ababyeyi be yararekuwe

Urukiko rwa gisirikare rwa Niger rwemeje irekurwa rya Mohamed Bazoum Salem, umuhungu w’imyaka 23 y’amavuko wa perezida wavanwe ku butegetsi, Mohamed Bazoum, wafatiwe mu rugo mu murwa mukuru Niamey. Urukiko rwafashe iki cyemezo ku wa Mbere, nk’uko byavuzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuwa Kabiri. Salem yari afungiwe mu rugo rwa perezida hamwe n’ababyeyi be kuva […]

Nyanza: Umutangabuhamya yavuze ko ubwe atigeze abona Micomyiza yica umuntu

Urugereko rwihariye rw’urukiko rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga rukorera i Nyanza mu majyepfo y’u Rwanda, rwumvise abatangabuhamya babiri mu rubanza ruregwamo Micomyiza Jean Paul, bavuze ko yagize uruhare muri jenoside mu 1994. Uyu yoherejwe mu Rwanda n’igihugu cya Suède (Sweden) mu mwaka wa 2022 ngo akurikiranwe ku byaha bya jenoside: Ibyaha ubushinjacyaha buvuga ko yakoreye […]

Igisirikare cya Sudani cyifashishije umutwe wa SPLM-N mu mirwano yabahuje na RSF

Igisirikare cya Sudani n’ingabo za Sudan People’s Liberation Army-North (SPLA-N) ziyobowe na Abdulaziz al-Hilu ku wa mbere zarwanye n’ingabo za Rapid Support Force) i Dilling, umujyi wa kabiri munini muri Kordofan y’Amajyepfo. Bivugwa ko ingabo za SPLM-N zamaze kugenzura umujyi neza, bituma bashinja igisirikare cya leta guha Dilling SPLM-N mu bufatanye bwa rwihishwa bwo kurwanya […]

London: Leta igiye guhatirwa guhishura amafaranga azagenda kuri buri muntu uzoherezwa mu Rwanda

Ishyaka ry’Abakozi mu Bwongereza kuri uyu wa Kabiri riragerageza guhatira guverinoma gushyira ahagaragara inyandiko zijyanye na politiki irebana no kohereza abimukira mu Rwanda. Kuri uyu wa kabiri, iri shyaka rirateganya gusaba ko haba amatora ku gusaba abaminisitiri guhishura amafaranga azagenda kuri buri muntu usaba ubuhungiro mu Bwongereza uzoherezwa mu Rwanda. Amatora kandi agomba gusaba abaminisitiri […]

CNDD-FDD yabwiye Abarundi ko ikibazo cy’ibura rya lisansi kizakemuka mu myaka itanu

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi ryijeje Abarundi ko ikibazo cy’ibura rya lisansi gikomeje kwigaragaza mu gihugu kizaba cyakemutse mu myaka itanu. Ibi byatangajwe mu cyumweru gishize n’Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD, Reverien Ndikuriyo mu kiganiro yagiranaga n’abanyamakuru n’abanditsi. Uyu muyobozi w’ishyaka yijeje ibi agendeye ku kuba ngo barimo kongera ubuhinzi bw’ikawa, igihingwa kitezweho kuzinjiriza […]

Imari shingiro y’amakoperative yikubye inshuro zirenga 10 kuva 2005 kugeza 2023

Amakoperative yari ari mu Rwanda mu 2005 yavuye kuri 919 agera ku 10,681 mu mwaka ushize wa 2023 mu gihe imari yayo yikubye inshuro zirenga gato 10 muri icyo, ubu hafi kimwe cya kabiri cy’Abanyarwanda bakaba babarizwa muri za koperative. Ibi ni ibikubiye mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe ahagaragara na Sena y’u Rwanda kuri uyu […]

U Rwanda na Yorodaniya byiyemeje kwagura ubufatanye kuva mu bukungu kugeza mu gisirikare

gdq7j46w4aaqx23.jpg

U Rwanda n’Ubwami bwa Yorodaniya byumvikaniye i Kigali guha icyerekezo gishya ubufatanye bw’impande zombi no kwagura inzego z’ubufatanye kuva mu bukungu kugeza mu bya gisirikare. Kugira ngo ibyo bishoboke, ibihugu byombi byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bya politiki, ubukungu, ibya gisirikare ndetse no mu kurwanya iterabwoba, nyuma y’uko Umwami Abdullah wa II wa Yorodaniya […]

Perezida Tinubu yirukanye Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi no kurwanya ubukene

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, kuri uyu wa Mbere ushize, yahagaritse Minisitiri w’ibikorwa by’ubutabazi no kurwanya ubukene kubera gukekwaho kunyereza amafaranga y’ishoramari mu mibereho myiza. Umuvugizi wa perezida, Ajuri Ngelale, yatangaje ko Minisitiri, Betta Edu, yahagaritswe kubera ko guverinoma yiyemeje kubahiriza “amahame yo mu rwego rwo hejuru y’ubunyangamugayo, gukorera mu mucyo no kubazwa inshingano” mu […]

Umuvunyi Mukuru yitabye Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye

gdwgks8xoaaphn1.jpg

Kuri uyu wa Mbere,itariki 8 Mutarama 2024, Abadepite bagize Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu bakiriye Umuvunyi Mukuru Nirere Madeleine mu rwego rwo gutangira gusuzuma raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2022-2023. Mu kiganiro Nirere Madeleine yagiranye n’Abadepite yabahaye ibisobanuro by’inyongera ku bikubiye muri raporo mu gihe Komisiyo yitegura kuganira n’Inzego […]

RIB yafashe 3 bakurikiranweho gukoresha impushya zo kubaka z’impimbano

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruravuga ko rwataye muri yombi abantu batatu barimo injennyeri bashinjwa gucura no gukoresha impushya zo kubaka z’impimbano. “Ku bufatanye n’izindi nzego, RIB imaze igihe ikora iperereza ku bantu bahimba bakanakoresha impushya zibemerera kubaka hadashingiwe ku gishushanyo mbonera cyane cyane mu mujyi wa Kigali”, ibi ni ibyatangawe na RIB ibinyujije kuri konti […]

Kajugujugu y’Igisirikare cya Niger yakoreye impanuka muri Burkina Faso

Kuri uyu wa Mbere mu gitondo, indege ya kajugujugu y’Igisirikare cya Niger yo mu bwoko bwa Mi-17 yaguye mu mujyi wa Kantchari, uherereye mu burasirazuba bwa Burkina Faso hafi y’umupaka na Niger. Kajugujugu yari itwaye abakozi n’ibikoresho byo gushyigikira ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu karere. Nk’uko amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga abigaragaza, bigaragara ko Mi-17 […]

Hezbollah yemeje iyicwa ry’umwe mu bayobozi bayo muri Libani

Umutwe wa Hezbollah wemeje iyicwa rya Wissam Tawil, umuyobozi mukuru mu ngabo z’indobanure z’uyu mutwe zizwi nka Radwan. Hezbollah ntisobanura neza icyateye urupfu rwa Tawil, ariko mbere ibiro ntaramakuru Reuters byatangaje amakuru avuga ko yiciwe mu gitero cy’indege cya Israel ku modoka yari mu majyepfo ya Libani. Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza byari byabanje gutangaza ko umuyobozi […]

Rishi Sunak denies doubting Rwanda plan when chancellor

Rishi Sunak has said it was his job when he was chancellor to question the cost of the government’s Rwanda scheme but denied doubting it could work. Papers seen by the BBC this week suggested that in 2022 Mr Sunak wanted to scale back plans to send asylum seekers to the African nation. The documents […]

Umuvugabutumwa TB Joshua wamamaye ku Isi yavuzweho gufata ku ngufu no kwica urubozo

Ibimenyetso by’ihohotera n’iyicarubozo byakozwe n’uwashinze rimwe mu matorero akomeye y’ivugabutumwa ya gikirisitu ku Isi byavumbuwe na BBC. Abantu benshi bahoze mu Itorero rya Synagogue Church of all Nations, barimo Abongereza batanu, bavuze bafashwe ku ngufu ndetse bategekwa gukuramo inda na n’Umuvugabutumwa TB Joshua, wo muri Nigeria wapfuye muri Kamena 2021. Ibirego byo guhohoterwa byakorewe mu […]

Laurence Kanyuka yabwiye Tshisekedi ko gutera u Rwanda byaba ari ubwiyahuzi

Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, yabwiye Tshisekedi ko gushaka gutera u Rwanda ari nko kwiyahura kubera urwego u Rwanda ruriho mu bijyanye n’ubwirinzi no kubungabunga amahoro. Ni mu kiganiro yagiranye na VOA Afrique abazwa ku ihuriro rya Alliance Fleuve Congo no ku magambo yatangajwe na Tshisekedi ubwo yasozaga ibikorwa byo kwiyamamaza avuga ko azasaba inteko […]

Uwari minisitiri muri Gambia araburanishwa ku byaha birimo gufata ku ngufu mu Busuwisi

Kuri uyu wa Mbere, ku nshuro ya mbere mu Busuwisi uwahoze ari minisitiri muri Gambia ku butegetsi bw’umunyagitugu Yahya Jammeh, aratangira kuburanishwa ku byaha byibasiye inyokomuntu. Urubanza ruzagaragaramo ubuhamya bw’uwafashwe ku ngufu utegereje ubutabera imyaka mirongo. Nk’uko bitangazwa n’umuryango wo mu Busuwisi, TRIAL International, watanze ikirego, ngo Ousman Sonko wahoze ari minisitiri w’umutekano w’imbere mu […]

Nyaruguru: Bakora kilometero 15 bajya kwivuza ahandi bafite Poste de Sante begerejwe

Mu Kagari ka Kirarangombe, Umurenge wa Busanze mu Karere ka Nyaruguru, abaturage bagenda ibilometero birenga 15 bajya kwivuza ku Kigo Nderabuzima cya Runyombyi barasaba ko Ivuriro ry’Ingoboka (Poste de Sante) begerejwe ryafashwa gukora neza bakaruhuka izo ngendo. Bamwe mu baturage bavuga ko iri Vuriro ry’Ingoboka rya Kirarangombe bari barahawe rikora nabi kugeza n’aho abajya kuhivuriza […]

Hashyizweho ba komanda bashya ba FARDC muri Kivu y’Amajyaruguru, Ituri na Equateur

Ku cyumweru, itariki ya 7 Mutarama, muri Repuburika ya Demokarasi ya Congo “hashyizweho” abayobozi bashya b’ingabo mu turere twa gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru , Ituri na Equateur. Ba ofisiye bashyizweho, by’agateganyo, ni: Jenerali David Mushimba, umuyobozi w’akarere ka 13 ka gisirikare mu ntara ya Equateur Jenerali Ntambuka Bame, umuyobozi w’akarere ka 32 ka gisirikare muri […]

Perezida Kagame yakiriye Umwami Abdullah II Ibin Al-Hussein

4a2ae7d8af75e0f166eea4bfac10270e.jpg

Ku gicamunsi yo kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame yakiriye Umwami Abdullah II Ibin Al-Hussein w’Ubwami bwa Hashemite bwa Yorodani kugera muri Village Urugwiro i Kigali aho yatangiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda bagirana ibiganiro imbonankubone. Ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali Umwami Abdullah II wa Yorodani yakiriwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari […]

Sudan: Gen. Burhan aremeza ko nta bwiyunge cyangwa amasezerano bazagirana na RSF

Umuyobozi w’ingabo za Sudani, Gen. Abdel Fattah al-Burhan, yatangaje ko nta bwiyunge cyangwa amasezerano bazagirana n’inyeshyamba za Rapid Support Rapid (RSF), mu gihe intambara hagati y’impande zombi ikomeje kubica kuva muri Mata 2023. Al-Burhan, akaba n’umuyobozi w’inama y’ikirenga iyoboye Sudani, yavuze, mu ijambo yavugiye kuwa Gatanu imbere y’ingabo ze mu mujyi wa Gebeit, mu burasirazuba […]

Nyabihu: Barambiwe inkoni z’abayobozi

Bamwe mu batuye Umurenge wa Bigogwe barinubira gukubitwa n’abayobozi babo. Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu buvuga ko har’icyo bugiye gukora kuri iki kibazo cyagaragajwe n’ abaturage. Abaturage bo mu kagali ka Kijote ko mu murenge wa Bigogwe nibo bavuga ko bakubitwa n’ubuyobozi mu nzego zibegereye. Umwe yagize ati: “aho kugira ngo bajye baratabara abaturage, ahubwo abayobozi […]

Mozambique irateganya kwinjiza mu gisirikare abasaga 200,000 mu 2024

Minisiteri y’ingabo ya Mozambike irateganya kwandika abantu 221.141 mu gisirikare mu 2024, muri bo, 147.114 bazaba ari abagabo, naho abasigaye bazabe ari abagore. Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe abakozi muri Minisiteri, Col. Jorge Lionel, ubwo kuwa Gatanu yavugiraga mu mujyi wa Nampula uherereye mu majyaruguru, ngo minisiteri irimo gushyiraho ahantu 1.670 ho kuziyandikishiriza, aho muri ho, […]

USA: FAA yahagaritse indege zimwe zo mu bwoko bwa Boeing 737 Max 9

Ubugenzuzi bw’indege muri Amerika bwategetse ko indege zimwe za Boeing 737 Max 9 zihagarara nyuma y’uko igice kimwe cy’indege kiguye kiva ku ndege ya Alaska Airlines. Ikigo gishinzwe iby’indege (FAA) cyavuze ko ubugenzuzi buzagira ingaruka ku ndege 171. Ku wa Gatanu, indege ya Alaska Airlines byabaye ngombwa ko igwa igitaraganya nyuma yo guhaguruka muri leta […]

Igipolisi cy’u Rwanda cyihakanye Umunyamerika wacyiyitiriye

rnp_has_not_hired_jonathan_scott_01.jpg

Polisi y’u Rwanda yihakanye uwitwa Jonathan Scott wagiye kwiyandikisha muri minsiteri y’ubutabera ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko ari umunyamahanga ukorana n’Igipolisi cy’u Rwanda. Muri Amerika haba itegeko ryiswe The Foreign Agents Registration Act, itegeko rihatira abantu bakorana na leta z’amahanga kwimenyekanisha. Uyu rero yagiye muri minsiteri y’ubutabera kwimenyekanisha avuga ko akorana n’Igipolis […]

UR: Bamaze amezi 7 bategereje mudasobwa basinyiye barahebye

Muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, hari abanyeshuri bavuga ko hashize amezi arindwi basinye amasezerano yo guhabwa mudasobwa ariko bazitegereje bagaheba. Aba banyeshuri bafite impungege z’uko hari abashobora kurangiza kaminuza batarazihabwa dore ko abenshi biga mu mwaka wa nyuma. Gutanga mudasobwa ku banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda mbere y’uko bisubukurwa mu mpeshyi y’umwaka ushize […]

Perezida Kagame yakiriye Gen. Dagalo ukuriye umutwe wa RSF wo muri Sudani

gdhhxmixsaapdn5.jpg

Perezida Paul Kagame kuri yu wa Gatanu, itariki ya 5 Mutarama 2024 yakiriye Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, umuyobozi w’ingabo za Rapid Support Forces (RSF) ziri mu ntambara n’Ingabo za Sudani (SAF) ziyobowe na Gen. Burhan. H.E. President Paul Kagame today 5 January 2024 received General Mohamed Hamdan Dagalo, Commander of Rapid Support Forces (RSF). — […]

Nyamasheke: Bahangayikishijwe n’imbwa z’inyagasozi zibarira amatungo

Imbwa z’inyagasozi ziraye mu matungo y’abaturage b’Imidugudu ya Rushahaga na Rusi mu Kagari ka Mutongo, Mu Murenge wa Cyato, Akarere ka Nyamasheke, mu ma saa kumi n’igice z’umugoroba kuri uyu wa Kane ushize, zica ihene 3 n’intama 2 zinakomeretsa indi hene n’intama. Ni mu gihe mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, imbwa 62 z’inyagasozi zari […]