Masisi: Imirwano hagati y’imitwe ibiri ya Wazalendo yavanye benshi mu byabo

Imitwe ibiri y’inyeshyamba ibarizwa mu biswe Wazalendo, (APCLS ya Janvier Karahiri na UPCRN ya Kagiri) yarwaniye muri Gurupoma ya Mupfunyi Shanga muri Teritwari ya Masisi, bituma abaturage benshi bata ibyabo barahunga. Iyi mirwano yabereye kuri uyu wa Gatanu mu misozi ya Buyagu, Bishanga, Kalambiro ikikije uduce twa Kashenda na Bweremana bituma abaturage b’abasivili bahatuye bata […]

Gen. Muganga yeretswe ibikoresho by’ubwirinzi bikorwa na Pakistan

gdajewvb0aahktx.jpg

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen. Mubarakh Muganga, hamwe n’itsinda ry’abantu 08 bamuherekeje mu ruzinduko rw’akazi muri Pakistan, basuye Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikoresho by’ubwirinzi byoherezwa mu mahanga. Mu ruzinduko rwe muri Pakistan, Gen Mubarakh Muganga, kuwa Gatatu, yagiranye ibiganiro n’abarimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Jalil Abbas Jilani, baganira ku gushimangira umubano w’ibihugu […]

RDF yatangiye gutoza Ingabo za Mozambique, abagera ku 150 basoje imyitozo

Nyuma yo gufasha Mozambique guhosha iterabwoba ry’abajihadiste bafitanye isano na Leta ya Kisilamu, u Rwanda ubu rurimo gutoza abasirikari ba Mozambique mu rwego rwo kubaka igisirikare gikomeye gishobora kurinda igihugu ibitero ibyo ari byo byose kitarinze gusaba ubufasha. Abasirikare bagera kuri 150 bo muri Mozambique bivugwa ko barangije imyitozo ihanitse mu gihugu cy’u Rwanda, mu […]

Abanyonzi 6 ba TotalEnergies bagiye kuza kwitoreza mu Rwanda mbere ya shampiyona

Buri mwaka, Ikipe yo gusiganwa ku magare ya TotalEnergies ijya muri Calpe (Espagne) mu myitozo ibanziriza shampiyona. Iyi kipe yo muri VendĂ©e mu burengerazuba bw’u Bufaransa, izongera kujyayo muri Mutarama 2024, usibye ko abanyonzi batandatu, barimo Mathieu Burgaudeau, Pierre Latour na Sandy Dujardin, batazajyayo. Aba barimo kwitegura kuza mu Rwanda bakahamara igihe cy’ibyumweru bibiri. Iminsi […]

Leta ya Congo yasubije Alliance Fleuve Congo ifite gahunda yo kugarukira i Kinshasa

Muri videwo yagiye ahagaragara ku mbuga nkoranyambaga mbere y’itangazwa ry’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu ku Cyumweru, itariki ya 31 Ukuboza, uwahoze ari perezida wa komisiyo yigenga y’amatora yigenga, Corneille Nangaa, yongeye gushimangira icyifuzo cye n’icyemezo cyo kurwanya ubutegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi kugeza ageze mu murwa mukuru Kinshasa, none leta na yo yamusubije ibinyuije ku muvugizi […]

Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu birenga 200 byerekeza ku Kirwa cya Yeonpyeong

Igisirikare cya Seoul cyatangaje ko Koreya ya Ruguru yarashe ibisasu bya rutura birenga 200 ku nkombe y’iburengerazuba, byerekeza ku kirwa cya Yeonpyeong cyo mu majyepfo. Ako kanya, Koreya y’Epfo yatanze integuza yo kwimuka ku baturage bo kuri icyo kirwa – nubwo batigeze bemeza niba bifitanye isano. Amajyepfo yamaganye icyo gikorwa, yita “igikorwa cy’ubushotoranyi” nkuko tubikesha […]

Abakoreshaga ikiraro cya Cyangoga kuri Mukungwa ubu bambukira ku giti kimwe barahangayitse

Abakoreshaga ikiraro cya Cyangoga gihuza Akarere ka Nyabihu na Gakenke hejuru y’umugezi wa Mukungwa cyasenywe n’ibiza byo muri Gicurasi 2023, ubu bambukira ku giti kimwe ndetse bikabuza abantu benshi gutinya kwambuka batinya kugwamo. Abo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko kwambuka ari ikibazo gikomeye cyane bakaba bafite impungenge ko hari bamwe muri bo bazahaburira ubuzima. […]

Iyangirika ry’umuhanda Muhanga-Karongi ribangamiye ubukerarugendo n’ishoramari

Abakoresha umuhanda Muhanga – Karongi baravuga ko iyangirika ryawo ryagabanyije urujya n’uruza rw’abajyaga mu bikorwa by’ubukerarugendo no gushora imari mu Karere ka Karongi. Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bugaragaza ko aho uyu muhanda ugeze ukorwa bitanga icyizere ko urujya n’uruza rwakongera kugaragara muri aka karere kakarushaho kwakira ba mukerarugendo bahagaze kubera uyu muhanda wangiritse. Minisitiri w’Ibikorwa […]

SADC yatangaje uyoboye ingabo za yo muri DRC yemeza ko ziri gufatanya na FARDC

dyakopu_fib.jpg

Umuryango wa SADC wemeje ko ingabo za wo zoherejwe muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku itariki ya 15 Ukuboza 2023 gufasha Guverinoma ya RDC kugarura amahoro n’umutekano mu burasirazuba bw’igihugu bukomeje kuberamo intambara. Kuri uyu wa Kane, nibwo uyu muryango w’ubukungu uhuje ibihugu bya Afurika yo hagati n’iy’amajyepfo, ubinyujije mu itangazo rigenewe abanyamakuru, watangaje […]

Gen. Dagalo yagiye muri Kenya nyuma ya Uganda, Djibuti na Ethiopia

Kuri uyu wa Gatatu ushize, General Mohamed Hamdan Daglo uzwi ku izina rya “Hemedti”, umuyobozi w’ingabo za Rapid Support Forces, yari i Nairobi muri Kenya, aho yagiranye ibiganiro na Perezida William Ruto. Iyi nama yabaye nyuma yo gushyira umukono, i Addis Abeba, ku itangazo ry’amahoro basinyanye n’abasivili baharanira demokarasi muri Sudani, bibumbiye mu ihuriro Takadum, […]

Muri uku kwezi hitezwe imvura itari izanzwe imenyerewe – Meteo Rwanda

Ukwezi kwa Mutarama 2024, guteganyijwemo imvura itari isanzwe imenyerewe, aho byabaye ngombwa ko Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) bwasabye inzego zitandukanye kwitwararika. Gahigi Aimable, Umuyobozi Mukuru wa Meteo Rwanda avuga ko hari ibice by’igihugu bizagira imvura yo ku rwego rwo hejuru nubwo hari ibindi bice bizavamo izuba. Mu bipimo bya Meteo Rwanda […]

Uganda: Impirimbanyi y’uburenganzira bw’abatinganyi yatewe icyuma

Impirimbanyi y’uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina muri Uganda, Steven Kabuye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize yatewe icyuma n’abantu batamenyekanye igihe yari ari mu nzira ajya mu kazi nk’uko bivugwa n’umuryango akuriye. Uyu muryango, Coloured Voice -Truth to LGBTQ, ryacishije ubutumwa ku rubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter) uvuga uti: “Amerewe nabi cyane, turasaba […]

RSF yatangaje ko yiteguye ibiganiro byo guhagarika intambara muri Sudani

Umutwe wa Rapid Rapid Support (RSF) wavuze ko witeguye guhagarika imirwano byihuse kandi nta mananiza binyuze mu biganiro n’Ingabo za Sudani bahanganye kuva muri Mata 2023. Iki cyemezo kije mu gihe ingabo ziyobowe na Mohamed Hamdan Dagalo zashyize umukono ku itangazo rya Addis Abeba nyuma yo kuganira n’ihuriro ry’abasivili, Taqadum, ku wa Kabiri maze bahamagarira […]

RDF n’Igisirikare cya Pakistan baganiriye ku kunoza ubufatanye mu bya gisirikare

gc-gjkaxwaaaaif.jpg

Kuri uyu wa 3 Mutarama 2024, Umugaba mukuru wa RDF, Gen MK Mubarakh yakiriwe na Gen Sahir Shamshad Mirza, Umuyobozi wa Komisiyo zihuriweho z’Abagaba Bakuru b’Ingabo za Pakistan (PAF)i Islamabad. Baganiriye ku buryo bwo gushimangira ubufatanye hagati ya RDF n’ingabo za Pakisitani. Umubaga Mukuru wa RDF, General Mubarakh Muganga yari ayoboye itsinda rigizwe n’abasirikare bakuru […]

Ibitaro bizajya byita ku bantu bafite ibibazo byo mu mutwe byafunguwe i Kinyinya

Ibitaro bizajya byita ku bantu bafite indwara n’ibibazo byo mu mutwe byitwa Kigali Referral Mental Health Centre, byatangiye gukora ku mugaragaro. Ibi bitaro bir mu Murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo, bizajya byita ku buzima bwo mu mutwe ku rwego ruhanitse, bitewe n’ibikoresho bigezweho ndetse n’abaganga b’inzobere bifite. Bifunguwe mu gihe ubushakashatsi bwa RBC […]

RDC: Umukandida Théodore Ngoy yajuririye ibyavuye mu matora mu rukiko

Umukandida mu matora ya perezida, ThĂ©odore Ngoy, yajuririye Urukiko Rushinzwe Kurinda Iremezo ry’Itegeko Nshinga ko iseswa ry’amatora ya perezida yo ku ya 20 Ukuboza 2023. Yatanze icyifuzo cye kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Mutarama, igihe ntarengwa cyo kujuririra ibyavuye mu matora ku bakandida bahatanye imbere y’urukiko rukuru rw’igihugu. Aya matora yatsinzwe ku majwi […]

Moise Katumbi yahamagariye Abanyekongo guhaguruka bagatabara demokarasi

Mu ijambo yagejeje ku gihugu kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 3 Mutarama 2024, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, MoĂ ÂŻse Katumbi yashimiye abaturage ba Congo kuba baratoye cyane nubwo habaye uburiganya mu matora bwateguwe na Komisiyo Yigenga y’Amatora (CENI). Ku bw’ibyo, Katumbi yahamagariye Abanyekongo guhaguruka bagatabara demokarasi nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga. Yakomeje agira ati: […]

AU yamaganye igitero giherutse kugabwa na RED-Tabara mu Burundi

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, yamaganye «  igitero cy’iterabwoba cyakozwe ku itariki ya 23 Ukuboza 2023 ku mupaka wa Vugizo, mu karere ka Gatumba, mu Burundi gituma hapfa abantu makumyabiri, abenshi bakaba ari abasivili  ». Perezida wa Komisiyo ya AU yamaganye byimazeyo iki gitero kibi kandi ashyigikira ibikorwa byose […]

Masaka: Abaturiye icyanya cyahariwe serivisi z’ubuzima bahumurijwe

Nta muturage uturiye icyanya cyahariwe serivisi z’ubuzima cya Masaka uzimurwa, ahubwo abahaturiye bazahabwa amabwiriza mashya yo kubaka ibintu byafasha abazaba bagana amavuriro azaba yubatse muri ako gace nk’uko byemejwe n’Umujyi wa Kigali watangaje ko. Kubera ibikorwa by’ubuvuzi birimo gushyirwa i Masaka, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi ry’Imiturire mu Mujyi wa Kigali, Muhirwa Solange, yavuze ko bashaka […]

10 Kenyan clubs to grace Heartfelt Genocide Memorial in Rwanda

Ten Kenyan schools and clubs have landed an invite for the Heartfelt Genocide Memorial swimming championship slated for April 16 in Kigali, Rwanda. They include high-flying Umoja Sharks, Porterhouse School, Juja Preparatory, St. Christopher, Blue Marlin Swim Club, Premier Swim Club, Nyahururu Elite School, Lukenya Academy, Seahorses Aquatic Club and M-Pesa Foundation Academy. They will […]

Un éminent pasteur ougandais survit à  une tentative de meurtre

L’Ă©minent chef religieux et homme d’affaires ougandais Aloysius Bugingo a survĂ©cu à  une attaque perpĂ©trĂ©e par des hommes armĂ©s inconnus qui ont tuĂ© son garde du corps dans la capitale, Kampala. Les hommes armĂ©s ont ouvert le feu sur le vĂ©hicule du pasteur Bugingo alors qu’il rentrait chez lui mardi soir dans la rĂ©gion de […]

Ikanzu yambawe na Princess Diana yaguzwe asaga miliyari y’Amanyarwanda

Muri Nzeri 2023, amakanzu atatu yamamaye yambawe na nyakwigendera Princess Diana yagurishijwe muri cyamunara ku madorari ibihumbi n’ibihumbi buri umwe. None, indi kanzu yambawe na Diana yashyizwe mu cyamunara ngo abifite bakomeze gukoresha amafaranga yabo. Iyi kanzu ya Princess Diana ya ballerina-style yakozwe na Jacques Azagury yashyizwe ku isoko mu cyamunara na Julien mu kwezi […]

Somalia yamaganye umuvuno wa Ethiopia wo kwemera Somaliland ngo ibone uko ikora ku nyanja

Igihugu cya Ethiopia cyiyemeje kwemera Somaliland nk’igihugu cyigenga kugirango na yo yemererwe kugera ku cyambu ku Nyanja Itukura. Guverinoma ya Somalia yavuze ko ayo masezerano ari “ukurenga ku busugire bwayo.” Kuri uyu wa Kabiri ushize, Guverinoma ya Somalia yamaganye amasezerano hagati ya Ethiopia n’akarere kayiyomoyeho ka Somaliland. Amasezerano yemejwe ku wa Mbere, azatuma Ethiopia ibasha […]

RNC yasabye Tshisekedi ubufatanye mu gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda

Ishyaka RNC rya Kayumba Nyamwasa rirasaba ubufasha bwa Tshisekedi kugirango rihindure ubutegetsi buriho mu Rwanda ubwo ryamushimiraga ku ntsinzi ye mu matora aheruka atavugwaho rumwe. Iri shyaka mu butumwa ryoherereje Tshisekedi ryemeje ko ryifuza gukorana na Felix Tshisekedi nk’umu ‘guide’ kugirango bagarure demokarasi mu Rwanda, ari na ko bamushimira kuba yongeye gutorwa. «  RNC, ishyaka […]

Israel yiciye muri Liban umuyobozi wungirije wa Hamas

Isiraheli yashimangiye ko iyicwa ry’umuyobozi wa Hamas i Beirut kitari igitero cyagabwe kuri Libani, mu gihe abanzi bayo bayiburiye ko izabona “igihano” kubera ‘urupfu’ rwe. Umuvugizi wa Isiraheli yavuze ko Saleh al-Arouri yapfuye azize “igitero kidasanzwe ku buyobozi bwa Hamas”. Hamas yamaganye urwo rupfu, mu gihe umufatanyabikorwa wa yo, Hezbollah, we yavuze ko ari igitero […]

Corneille Nangaa yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo

gc5mcofx0aa2rm6.jpg

Corneille Nangaa wahoze ayobora komisiyo y’amatora ya RDC, yagizwe umuhuzabikorwa w’ihuriro Alliance Fleuve Congo rimaze igihe gito ritangirijwe muri Kenya rihuriyemo imitwe ya politiki n’iya gisirikare irwanya ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi. Itangazo ryasohowe na M23 muri iki gitondo cyo kuwa Gatatu, rivuga ko uyu mutwe wemeye kwiyunga kuri AFC no kwifatanya n’abandi kuko bizabafasha gukomeza […]

Polisi yashimiye abaturage uko bitwaye mu minsi mikuru nubwo hari abapfuye

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umutekano muri rusange wari umeze neza mu bihe by’iminsi mikuru, ishimira abaturarwanda uko bitwaye muri ibyo bihe byo gusoza umwaka wa 2023 no gutangira umwaka mushya wa 2024. Byagarutsweho n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda; Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Mutarama 2024, ari […]

Pasiteri Bugingo uzwi cyane muri uganda yarashwe

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda aravuga ko muri iri joro ryo kuri uyu wa 2 Mutarama 2024 , umuvugabutumwa w’icyamamare, Pasiteri Bugingo Aloysius yihutanwe mu bitaro bya Mulago nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje intwaro i Kampala. Pasiteri Aloysius Bugingo, yajyanywe mu bitaro by’igihugu by’icyitegererezo bya Mulago i Kampala nyuma yo kuraswa n’abantu bitwaje imbunda […]

Tokyo: Indege itwara abagenzi yagonze iya gisirikare iri kugwa 5 bahasiga ubuzima

Kuri uyu wa Kabiri, indege ya Japan Airlines yagonganye n’indege y’abasirikare barinda inkombe z’u Buyapani nyuma yo kugwa ku kibuga cy’indege cya Haneda i Tokyo igahita ifatwa n’inkongi y’umuriro. Umunyamakuru wa NHK yatangaje ko batanu muri batandatu bari mu ndege ya gisirikare bemejwe ko bapfuye nyuma y’impanuka. Sosiyete ya Japan Airlines yatangaje ko abagenzi n’abakozi […]

Abavuye mu Rwanda mu 1940, 1950, ntabwo bafatwa nk’Abagande — Minisiteri y’umutekano

vlcsnap-2024-01-02-15h12m45s636.png

“Ibagirwa aba ngaba bavuye mu Rwanda ejobundi, abavuye mu Rwanda mu 1940, 1950, hanyuma baba hano, babyara abana, abana nabo babyara ikindi gisekuru, abo ntabwo bafatwa nk’Abagande,” iyi ni minisiteri y’umutekano muri Uganda ubwo yavugaga ku kibazo cy’Abagande bafite inkomoko mu Rwanda muri iyi minsi bikomeje kuvugwa ko bakomeje guhezwa no gufatwa nk’Abanyamahanga nyamara benshi […]

Burundi: CNDD-FDD yaba ishaka kwikuraho urupfu rwa Nkurunziza? Barashinja Amerika

Ngo Abarundi bizera ko ikitwa Globalisation Unipolaire AmĂ©ricaine NĂ©olibĂ©rale cyangwa Ingoma ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari cyo nyirabayazana y’urupfu rwa ba Perezida Ndadaye Melchior na Ntaryamira Cyprien, kubera intambara hagati y’abenegihugu yo kuva mu 1993 kugeza mu 2003, ndetse ni na yo iri inyuma y’igeragezwa ry’ihirikwa ry’ubutegetsi ryo kuwa 13 Gicurasi 2015, ibyakurikiye, […]

Bugesera: Haravugwa umugore n’umugabo bakoze umushinga wo gukura amafaranga mu bagabo

Mu Murenge wa Rilima, mu Karere ka Bugesera haravugwa umuryango abaturage bavuga ko wakoze umushinga wo kugambanira abagabo hagamijwe kubakuraho amafaranga, aho ngo kenshi muri urwo rugo humvikana urusaku abaturage bahurura bagasanga n’umugabo wicajwe hasi agaraguzwa agate, harimo n’abandi bagabo harimo ugaragaza ko ari nyiri urugo uje agasanga umugore we ari gusambana n’undi mugabo bikarangira […]

Une femme rwandaise et son frĂšre arrĂ ÂȘtĂ©s pour un complot prĂ©sumĂ© visant à  tuer son petit ami suisse

Une femme rwandaise a Ă©tĂ© arrĂ ÂȘtĂ©e samedi aprĂšs avoir prĂ©tendument recrutĂ© et conduit un groupe de «  tueurs à  gages  » dans un hĂŽtel oĂ Âč elle projetait de tuer son petit ami suisse, dans le quartier de Westlands à  Nairobi. Elle avait engagĂ© des tueurs à  gages qui Ă©taient des flics infiltrĂ©s pour Ă©liminer son […]

Kenya: Umunyarwandakazi afunzwe akekwaho gushaka kwicisha umukunzi we w’Umusuwisi

Abapolisi bari bigize abicanyi bakodeshwa bafashe umugore w’Umunyarwandakazi na musaza we, batavuzwe amazina, ubwo bateguraga umugambi wo kwica inshuti ye y’Umusuwisi. Kuri ubu uyu mugore afungiwe kuri sitasiyo ya polisi mbere y’uko agezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa Kabiri. Abashinzwe iperereza bavuga ko abo bapolisi babonye amakuru ku mugambi we. Umusuwisi w’imyaka 50 bashakaga kwica […]

Mu gihe USA isaba umucyo ku byavuye mu matora EAC yashimiye Tshisekedi

Amerika yitaye ku byavuye mu matora by’agateganyo byatangajwe na komisiyo yigenga ishinzwe amatora muri RD Congo (CENI) ku itariki ya 31 Ukuboza 2023, byerekana ko Perezida FĂ©lix Tshisekedi ari imbere ku bwiganze bw’amajwi. itangazo rya Ambasade ya Amerika i Kinshasa rigira riiti «  Turabizi ko abakandida benshi banze kwakira ibisubizo by’agateganyo. Icyakora, twongeye gushimangira ko […]

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Koreya yaterewe icyuma mu kiganiro n’abanyamakuru

240101212043-01-lee-jae-myung-stabbed-010124.jpg

Ibiro Ntaramakuru Yonhap biravuga ko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Koreya y’Epfo yatewe icyuma mu kiganiro n’abanyamakuru mu mujyi wa Busan uri ku cyambu. Lee Jae-myung, watsinzwe mu matora ya perezida mu 2022, yatewe icyuma ku ruhande rw’ibumoso rw’ijosi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri. Uwakoze iki gitero yafatiwe aho. Raporo zivuga ko Lee […]

Bimwe mu bintu by’ingenzi byitezwe mu Rwanda no ku Isi mu 2024

25e093e0-a8a1-11ee-bc2f-cb5579b90709.jpg

Muri 2024, ku Isi yose ndetse no mu Rwanda hitezwe byinshi, kuko ari bwo gahunda y’imyaka 7 y’ingamba z’iterambere NST 1 izagera ku musozo ndetse hanabe amatora azaba akomatanyije ay’umukuru w’igihugu n’ay’abadepite bakazagira manda y’imyaka 5, mu gihe mu Buhinde, Mexico, na Amerika naho hategerejwe amatora. Dore ibintu bimwe na bimwe byitezwe mu 2024 Gashyantare […]

Ibiro by’ishyaka rya Moise Katumbi i Mbujimayi byagabweho igitero gikomeye

Abarwanashyaka batatu bo muri Ensemble pour la RĂ©publique, ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya MoĂ ÂŻse Katumbi, bakomeretse bikabije, kandi icyicaro cy’iryo shyaka kirasahurwa i Mbujimayi, umurwa mukuru w’intara ya Kasai-Oriental, rwagati muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Ibi bintu byabaye kuri iki cyumweru, nyuma y’itangazwa ry’intsinzi ya FĂ©lix Tshisekedi mu matora ya perezida yo ku ya […]

Burundi: Umuryango Inamahoro wanenze ibirego Ndayishimiye ashinja u Rwanda

Umuryango Inamahoro w’abari n’abategarugori baharanira amahoro mu gihugu cy’u Burundi, wanenze ibirego Perezida Ndayishimiye yashinje u Rwanda, avuga ko rufasha umutwe wa RED-Tabara. Kuri Marie Louise Baricako, perezidante w’uyu muryango, ngo ibyo birego biragaragaza uburyo Perezida Ndayishmye ashaka guhunga inshingano ze no kudashaka ibisubizo. Marie Louise Baricako yagize ati «  Njye nibaza ko icyo ari […]

Ruhango: Ibura ry’amafaranga ryadindije inyubako igezweho muri Gare

Imyaka ibiri irabura amezi ane ngo irangire uhereye igihe hashyizwe ibuye ry’ifatizo ku umushinga wo kubaka inyubako igezweho muri Gare ya Ruhango, bikaba byari biteganyijwe ko yagombaga gutahwa mu mezi ya mbere y’umwaka wa 2024 ariko ikaba yaradindiye. Iyo nyubako iri mu zigeretse kandi zubatswe mu buryo bwa kijyambere zizaba ziri mu Karere ka Ruhango, […]

Umwamikazi wa Danemark yeguriye kuri televiziyo bitunguranye

Umwamikazi wa Danemark, Margrethe II, yatangaje ko yeguye ku buryo butunguranye muri televiziyo mu gihe yagezaga ku gihugu ijambo ry’umwaka mushya. Azavaho ku mugaragaro ku itairki ya 14 Mutarama, aho hazaba hashize imyaka 52 abaye umwamikazi kuri uwo umunsi . Yatangaje ati: “Nzasigira umuhungu wanjye, igikomangoma Frederik.” Uyu mukecuru w’imyaka 83 niwe mwamikazi wenyine uganje […]

Amerika yasenye amato 3 y’Aba-Houthi nyuma yo kurasa ku bwato bw’Abanya-Danemark

Igisirikare cyo mu mazi cy’Abanyamerika cyarimbuye “ubwato buto” bw’inyeshyamba z’Aba-Houthi zo muri Yemen zageragezaga kwinjira mu bwato bwikoreye kontineri mu Nyanja Itukura. Ingabo za Amerika zavuze ko amato ane yaturutse mu turere tugenzurwa n’Aba Houthi muri Yemen yarashe ku bwato Maersk Hangzhou, maze agera muri metero imwe hafi y’ubwo bwato. Kajugujugu zavuye ku bwato bw’intambara […]

M23 yihakanye umurwanyi wayitiriwe Nangaa atangira ubutumwa bukomeye i Rutshuru

gcma_c6wgaa7gge.jpg

Nyuma y’aho inyeshyamba za Wazalendo kuri uyu wa Gatandatu ushize zigaragaje umurwanyi zise uwa M23 zafatiye ku rugamba, umutwe wa M23 witakanye uyu muntu werekanwe ivuga ko ari umusirikare w’Umurundi, mu gihe kuri iki Cyumweru hagaragaye amafoto ya mbee ya Corneille Nangaa muri Rutshuru ari kumwe n’abayobozi ba M23 barimo Bertrand Bisimwa na Gen. Sultan […]

2024 Koreya ya Ruguru irateganya kohereza ibindi byogajuru by’ubutasi no kongera intwaro za kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yavuze ko izohereza izindi satelite eshatu z’ubutasi za gisirikare, ikubaka drone za gisirikare no kongera intwaro za kirimbuzi mu 2024, mu gukomeza gahunda yo kuvugurura igisirikare cyagerageje intwaro nyinshi muri uyu mwaka. Mu Gushyingo, Pyongyang yohereje icyogajuru cy’ubutasi mu ruzinduko ku nshuro ya gatatu kandi muri uku kwezi, yongeye kohereza misile ikomeye […]

Rubavu: Jamila arasaba Perezida Kagame kongera kumurenganura

ibaruwa_ya_nyakubahwa_perezida_wa_repubulika-1.jpg

Uwitwa Jamila Hamood Salim, nyiri hotel yitwa La Bella, iherereye mu Mudugudu wa Rubona, Akagali ka Rurembo mu Murenge wa Nyamyumba, mu Karere ka Rubavu aravuga ko yariganyijwe n’umuturanyi we ubutaka bufite meterokare zisaga 1000 hirengagijwe ibyemezo by’inkiko, ibyanatumye yitabaza Perezida wa Repubulika ngo amurenganure. VIDEO : JAMILA HAMOOD ARATABAZA PEREZIDA KU KARENGANE ARI GUHURA […]

Ingabo za Canada mu kurinda Umujyi wa Goma bivugwa ko M23 ishaka gufata na Bukavu

Abayobozi ba Canada bavuga ko ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’Abanyakanada ari “abafatanyabikorwa b’ingenzi” mu mugambi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye wo kurinda Umujyi wa Goma igitero cy’umutwe w’inyeshyamba za M23. Ni mu gihe raporo nshya y’impuguke za Loni ivuga ko uyu mutwe ushaka gufata Goma ndetse na Bukavu. Nyuma yo ku gahenge imirwano hagati y’umutwe wa M23 […]

BNR yihanije abantu bashyira ibiciro mu madolari bakorera mu Rwanda

Gushyira igiciro cy’ibicuruzwa na serivisi mu mafaranga y’amahanga birabujijwe kandi bihanwa n’amategeko, kandi ubikora wese azabibazwa, nkuko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’urwego rushinzwe kugenzura ibijyanye n’imari bibukije abaturage. Ibi ni bimwe mu byibutswa bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku bucuruzi bw’imari banki yasohoye kuri konti yayo ya X kuri uyu wa Gatandatu ushze, itariki […]

Ingabo za MINUSMA zirarangiza kuva muri Mali burundu kuri iki Cyumweru

Kuri iki Cyumweru, Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro (MINUSMA) zirasoza igikorwa cyo kuva muri Mali, nyuma y’ubutumwa bumaze igihe kirekire cy’imyaka icumi. Ubutuwa bwa MINUSMA bwatangiye mu 2013 nyuma y’umwaduko w’inyeshyamba zitwaje intwaro, ariko yasabwe kuhava na guverinoma ya gisirikare iri ku butegetsi. Umuyobozi w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye yavuze ko izi ngabo za MINUSMA zakoze […]

Hari gahunda yo kongerera ubushobozi Mituweli ikajya igurirwaho imiti yose

Mu gihe bamwe mu bivuriza kuri Mutuelle de Sante bavuga ko hari imiti itishyura kwa muganga bikabasaba kuyigura ahandi bahenzwe, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB) kirizeza ko hari gahunda yo kongerera ubushobozi mituweli kugira ngo ijye igurirwaho imiti yose. Kutabona imiti yose bandikirwa iyo bagiye mu bitaro ndetse n’ibigonderabuzima, bikabasaba kujya kuyigurira muri farumasi ku kiguzi […]

Goma: Gen. Bruno Mpenzo wa FARDC yatawe muri yombi azira FDLR

GĂ©nĂ©ral Major Bruno Mpezo, Komanda w’Akarere ka 34 ka gisirikare muri Kivu y’Amajyaruguru, yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatandatu ushize afatiwe i Goma ashinjwa ibyaha birimo gukorana na FDLR kandi byarabujijwe. Aya makuru y’ifatwa rya Gen Mpenzo yemejwe n’Umuvugizi wa FARDC, Gen. Sylvain Ekenge mu itangazo yasomeye kuri televiziyo y’igihugu. Ati : «  uyu […]

SADC irateganya kohereza ingabo 7,000 mu burasirazuba bwa RDC

Umuryango wa SADC yatangiye kohereza ingabo mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo nk’uko wari wabisezeranyije ku itariki 8 Gicurasi mu nama yateraniye muri Namibia, ariko harakibazwa byinshi ku nshingano izi ngabo zizaba zifite. Nyuma y’amezi arindwi hemejwe kohereza izi ngabo, kuri uyu wa Gatatu ushize nibwo abasirikare ba mbere ba Afurika y’Epfo bageze […]

Nyarugenge: Urukiko rwakatiye abaregwa muri dosiye ya Rumanzi wahunze igihugu

Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwahamije kandi rukatira abantu batatu barimo uwahoze ari umutoza w’umupira w’amaguru, umucamanza, n’undi muntu ku giti cye, muri dosiye y’umutoza w’umupira w’amaguru David Rumanzi wahunze igihugu. Abantu bahamwe n’icyaha ni Rumanzi, wahoze atoza ikipe ya Amavubi y’abatarengeje imyaka 13 batorezwa muri academy ya Paris Saint-Germain (PSG) mu Rwanda; Eric Twambajimana, umucamanza […]

RDC: CENI yemeje igihe ibyavuye mu matora y’abadepite bizatangarizwa

Amakuru aturuka muri komisiyo yigenga y’amatora ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (CENI) kuri uyu wa Kane, yatangaje ko gutangaza ibyavuye mu matora y’abadepite b’igihugu n’intara muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) biteganijwe ku itariki ya 3 Mutarama 2024. CENI iti “Gutangaza ibyavuye mu matora by’agateganyo y’abadepite b’igihugu no mu ntara biteganijwe ku itariki […]

Ubutaka 389,958 mu Ntara y’Iburengerazuba ntibwanditse kuri ba nyirabwo

gcbgua7xaaabws9-2.jpg

Ubutaka bugera ku 389,958 mu Ntara y’Iburengerazuba ntiburandikwa kuri ba nyirabwo, abaturage bakaba bongeye gushishikarizwa n’ubuyobozi kubwandikisha. Kuri uyu wa Kane, itariki 28 Ukuboza, nibwo Guverineri Dushimimana Lambert ari kumwe n’intumwa z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikoreshereze y’Ubutaka bakoranye inama n’abayobozi b’Uturere, inzego z’umutekano mu rwego rwo gutanga umurongo ku gikorwa cyo gufasha abaturage kwandikisha ubutaka bwabo […]

AFC yahishuye ko iteganya kujya i Kinshasa gukuraho Tshisekedi

gcewu9wxuaa-qpl.jpg

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ryijeje Abanyekongo ko ritazazuyaza gukoresha uburyo bwose ifite buteganywa n’itegeko nshinga n’amategeko ya repubulika mu kugarura demokarasi no kugendera ku mategeko. Mu itangazo yashyize ahagaragara ryashyizweho umukono na Corneille Nangaa, AFC yatangaje ko yiufatanyije n’abakandida batandukanye n’abaturage bose ba Congo muri rusange bari kubona uburiganya mu byavuye mu matora. AFC ivuga […]

Ethiopia: Igitero ku kibuga cy’urusengero cyahitanye 8 abandi barakomereka

Abatangabuhamya babiri n’ishyaka rya politiki ritavuga rumwe n’ubutegetsi baravuga ko igitero cyo mu kirere ku kibuga cy’itorero ryo mu karere ka Oromia muri Ethiopia cyahitanye abantu umunani abandi 5 barakomereka. Umuvugizi wa guverinoma, Legesse Tulu, yateye utwatsi ayo makuru y’igitero cy’indege “avuga ko ari ikinyoma rwose”. Ibiganiro by’amahoro hagati ya Guverinoma ya Ethiopia n’inyeshyamba z’umutwe […]

Amafoto: Komanda w’ingabo za UNMISS yashimye ko Ingabo z’u Rwanda zihora ziri maso

gcdwco4xmaaneoq.jpg

Uyu munsi, umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye mu Mujyi wa Juba, Brig Gen Abdullah Al Mamun yasuye IIngabo z’u Rwanda (Rwanbatt-3) zikorera mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) ku cyicaro gikuru cyazo mu birindiro bya Juba Durupi. Brig Gen Abdullah Al Mamun yashimye ko Ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro z’u Rwanda zihora ziteguye muri Sudani […]

Abasirikare 3 b’u Burundi baguye mu mirwano yabahuje n’inyeshyamba z’Abanyarwanda

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko byibuze abasirikare batatu ba leta bishwe mu gihe inyeshyamba zisaga icumi z’Abanyarwanda na zo ziciwe mu mirwano yahuje impande zombi mu ishyamba rya Kibira. Urubuga rwa SOS Medias Burundi, rubinyujije kuri X rwavuze ko «  byibura abasirikare 3 b’Abarundi n’inyeshyamba icumi z’Abanyarwanda biciwe mu ishyamba cyimeza rya […]

Germany’s CDU debates ‘Rwanda plan’ for asylum-seekers

Germany’s conservative opposition party wants to send asylum-seekers to third countries for processing, seeming to follow a model pursued by the UK. But experts are divided over the legal and logistical workability. The conservative Christian Democratic Union (CDU) put the plans for sending asylum-seekers to third countries into the draft of its new “basic principles […]