Gakenke: Bamaze imyaka 7 bategereje ingurane y’imitungo yabo barahebye

Abangirijwe imitungo n’ikorwa ry’umuhanda Kigali-Ruli-Gakenke bamaze imyaka irenga 7 basinyiye guhabwa amafaranga y’ingurane z’ibyabo ariko barayategereje baraheba mu gihe Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwizeza ko mu gihe cy’ukwezi kumwe gusa baraba bamaze kwishyurwa. Ni mu mirenge ya Coko na Ruli yo mu Karere ka Gakenke abaturage bavuga ko hashize imyaka 7 imitungo yabo irimo amashyamba […]

Inyeshyamba z’Aba-Houthi zatangaje ko zakiriye ubutumwa bwa Amerika kandi ntacyo buzageraho

Inyeshyamba z’Aba-Houthi zo muri Yemeni zatangaje ku wa Kabiri ko zakiriye ubutumwa bwa Amerika zagejejweho binyuze kuri Amman bubatera ubwoba bwo kuzitangizaho intambara yeruye mu rwego rwo gusubiza ibikorwa byazo byo kurwanya Israel. Mu magambo ye, Muhammad Ali Al-Houthi, umwe mu bagize akanama ka politiki k’uyu mutwe, yagize ati “Ubutumwa bw’iterabwoba bw’Abanyamerika ni igisubizo ku […]

Muhanga: Bafatanwe hafi toni y’inyama bacuruzaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Polisi y’u Rwanda yaburiye abishora mu bikorwa byo gucuruza inyama mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ishimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu kurwanya ubu bucuruzi mu rwego rwo gukumira ingaruka ziterwa n’inyama zitujuje ubuziranenge. Ni nyuma y’uko biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage mu Karere ka Muhanga, kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Mutarama, Polisi yafashe imodoka […]

RDC: Perezida w’Inteko na we yahamagariye Abanyekongo kwitegura guhangana n’u Rwanda

Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 29 Mutarama i Kinshasa, Christophe Mboso, ubwo yarahiriraga imirimo ye nka Perezida w’agateganyo w’Inteko ishinga Amategeko nshya, yahamagariye abaturage b’Abanyekongo n’urubyiruko by’umwihariko, gutegura intwaro zabo kugira ngo bahangane n’abavogera ubusugire bw’igihugu atunga urutoki u Rwanda. Mbere yo gutangaza ko hamwe na “FĂ©lix Tshisekedi, hari haje ibihe bishya by’amizero, amahoro, […]

Ubushinjacyaha bukomeje gushyira mu mazi abira abahoze bayobora Igororero rya Rubavu

Ephraim Gahungu wahoze akuriye Gereza ya Rubavu, kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mutarama, yahakanye ibyaha byo kwica no gukorera iyicarubozo bamwe mu mfungwa ndetse no guhishira ibi byaha mu rubanza rubera mu Rukiko rwa Rubavu. Ephraim Gahungu na Innocent Kayumba wamubanjirije gutegeka iyi gereza, barashinjwa uruhare mu kwica abantu barindwi bari bafunze barimo uwitwa […]

RDC: Ihuriro rya AFC ryahaye ubutumwa abaturage ba Sake, Mugunga na Goma

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) rihuriyemo imitwe ya politiki na gisirikare irwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ryahumurije abaturage ba Sake, Mugunga na Goma ribizeza ko ryiteguye guhagarika ubutegetsi bw’ikibi no kugarura umutekano mu gihugu hose. Ibi AFC yabitangaje mu butumwa yanyujije kuri X mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, aho yagarutse […]

Le Rwanda et Rio Tinto Minerals Development Limited signent un protocole d’accord

ti 2 20b01

Le gouvernement du Rwanda et Rio Tinto Minerals Development Limited ont signĂ© un protocole d’accord pour l’exploration et l’exploitation minière du lithium dans la province occidentale du Rwanda. Yamina Karitanyi, PDG du Rwanda Mines, Petroleum and Gas Board, a dĂ©clarĂ© : «  L’entrĂ©e de Rio Tinto marque la dĂ©termination du Rwanda à  libĂ©rer davantage le […]

U Rwanda rwazamutseho imyanya 5 ku Isi mu kurwanya ruswa

U Rwanda rwazamutseho imyanya 5 muri raporo igaragaza uko abaturage babona ruswa mu nzego zinyuranye, aho rwaje ku mwanya wa 49, mu gihe mu karere igihugu cyegereye u Rwanda ari Tanzania yaje ku mwanya wa 87. Raporo nshya y’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane (Transparency International), igaragaza ko u Rwanda ruri ku mwanya wa 49 ku […]

Sosiyete y’umuherwe Elon Musk yashyize mudasobwa mu bwonko bw’umuntu bwa mbere

Umuherwe, Elon Musk, aravuga ko isosiyete ye ya Neuralink yinjije neza kamwe mu twuma twayo twa “wireless brain chips” mu bwonko bw’umuntu ku nshuro ya mbere. Yavuze ko ibisubizo bya mbere bitanga icyizere kandi uwatewemo aka kuma wagereranya na mudasobwa arimo kumererwa neza. Intego y’iyi sosiyete ni uguhuza ubwonko bw’abantu na mudasobwa kandi ivuga ko […]

Amafoto: Abacungagereza b’Abanyarwanda bambitswe imidari muri Sudani y’Epfo

gfdqddkwoaaxyk8.jpg

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mutarama 2024, muri Leta ya Malakal Upper Nile, Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo bwambitse imidari abacungagereza 18 bo mu butumwa bwo kubungabunga amahoro. Bambitswe umudari wa “UN Service Medal of Honor” kubera ubwitange bwabo mu gutuma amategeko yubahirizwa, aho muri aba 18 bawambitswe batatu ari Abanyarwanda. Ibirori byayobowe […]

Jacob Zuma yahagaritswe mu ishyaka ANC nyuma yo kwiyemeza kuzashyigikira irindi mu matora

Kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mutarama, ishyaka riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo, African National Congress (ANC) ryahagaritse uwahoze ari Perezida, Jacob Zuma, nyuma y’uko nawe yari aherutse guhagarika kurishyigikira nk’uko ibitangazamakuru byaho byabitangaje. Ubu Zuma afite amasaha 48 yo gusubiza icyemezo cyo guhagarikwa cya komite nyobozi y’ishyaka ku rwego rw’igihugu (NEC), nk’uko byatangajwe […]

Nyanza: Yafatanywe ibizingo bine by’insinga z’amashanyarazi za magendu

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Nyanza, yafashe umusore w’imyaka 18, wari ufite ibizingo bine by’insinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge yacuruzaga mu buryo bwa magendu. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko izi nsinga z’amashanyarazi zafatiwe mu mudugudu wa Nyanza, akagari ka Nyanza mu murenge wa […]

Rwanda and Rio Tinto Minerals signed an agreement of exploration and mining of lithium

Rwanda and Rio Tinto Minerals Development, a global leader in the exploration, mining, and processing of minerals, on Monday, January 29, signed an agreement of exploration and mining of lithium in Western Province. The development comes after President Paul Kagame and Jakob Stausholm, CEO of the mining giant Rio Tinto discussed partnerships and investment opportunities […]

Uganda: Umupadiri yatawe muri yombi ashinjwa gusambanya umwana wiga mu mashuri abanza

Igipolisi cya Uganda gikorera mu Karere ka Busia cyataye muri yombi umupadiri ushinjwa gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 17 urimo kurangiza amashuri abanza. Abapolisi bakuye uyu mupadiri ku cyicaro cya Paruwasi ya Dabani, aho yakoreraga, bamufungira gato kuri station ya police ya Dabani, mbere yo kumwohereza kuri Station ya polisi muri Busia. Abapolisi bo kuri station […]

M23 iremeza ko Ingabo za SADC zinjiye mu ntambara ku mugaragaro

Umutwe wa M23 wemeje uruhare rw’Ingabo za SADC, iruhande rwa FARDC, FDLR, Abacanshuro, Wazalendo n’Ingabo z’u Burundi mu bwicanyi bukorerwa abasivili mu bice bituwe cyane muri Karuba, Mushaki no mu nkengero zaho. Umuvugizi wa M23, Laurence Kanyuka, abinyujije kuri X yavuze ko izi ngabo zose zikoresha drone ya CH-4 ndetse n’imbunda zirasa amabombe muri ibyo […]

Papa Francis yatangaje impamvu guha imigisha abatinganyi muri Afurika bigoye

Papa Francis yavuze mu kiganiro cyasohotse kuri uyu wa Mbere ko yizeye ko abanenga icyemezo cye cyo kwemerera imigisha ababana bahuje igitsina amaherezo bazabyumva, usibye Abanyafurika “kuko ikibazo cyabo cyihariye”. Kwemerera imigisha abaryamana bahuje igitsina byatangajwe mu kwezi gushize mu nyandiko yiswe Fiducia Supplicans (Supplicating Trust), yateje impaka nyinshi muri Kiliziya Gatolika, by’umwihariko abasenyeri bo […]

Les Jeux de l’EAC prĂ©vus au Rwanda reportĂ©s

new project 77

Les Jeux de la CommunautĂ© d’Afrique de l’Est (EACoG) 2023, qui devaient avoir lieu au Rwanda du 1er au 10 fĂ©vrier, ont Ă©tĂ© reportĂ©s. Le Rwanda a obtenu le droit d’accueillir les Jeux, mais Clementine Mukeka, secrĂ©taire permanente du ministère des Affaires Ă©trangères, a informĂ© le secrĂ©taire gĂ©nĂ©ral de l’EAC, le Dr Peter Mathuki, que […]

Twirwaneho iremeza ko Igisirikare cy’u Burundi kiri gutegura ibitero byo kumara Abanyamulenge

Umutwe wa Twirwaneho washinzwe mu buryo bwo kwirwanaho n’Abanyekongo b’Abanyamulenge uremeza ko hari ibitero simusiga birimo gutegurwa n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) ku Banyamulenge bo mu misozi n’ibibaya byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Uyu mutwe mu itangazo ryawo ryo kuri uyu wa Mbere, itariki 29 Mutarama 2024, […]

Dr Habineza yahishuye ko yagiye yimwa ijambo mu Nama y’Umushyikirano kandi yatumiwe

Umuyobozi w’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda (DGPR), Dr Frank Habineza, aremeza ko bataranyurwa n’uburyo Inama y’Igihugu y’Umushyikirano itegurwa nko mu bijyanye n’uburyo ibitekerezo bitangwa ndetse n’umusaruro uvamo, akaba yanahishuye ko yagiye yimwa ijambo muri iyi nama kandi yatumiwe. Ibi Dr Frank Habineza yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’Inama y’Umushyikirano ku nshuro ya 19 […]

Igitero cya drone ku birindiro bya Amerika cyahitanye abasirikare 3

Abasirikare batatu ba Amerika bapfuye abandi benshi barakomereka mu gitero cy’indege zitagira abapilote ku birindiro by’Ingabo za Amerika hafi y’umupaka wa Yorodaniya na Syria. Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko iki gitero cyagabwe n’ “imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe na Irani”. Yongeyeho ati: “Tuzasubiza.” Irani yatangaje ko nta ruhare yagize muri […]

Umunyamakuru Umuhoza Honoré arashinjwa gutanga sheki itazigamiye

Umunyamakuru Umuhoza HonorĂ© wa Radio/ TV Flash yatawe muri yombi kubera ibyaha ari gukurikiranwaho nk’uko byemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nyuma yo muri yombi ku wa Gatanu, afatiwe mu Karere ka Gakenke . Bivugwa ko hari umuntu uwo munyamakuru ukurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye yarimo amafaranga ibihumbi 400 Frw ariko agatinda kuyamwishyura. Nyuma yo kubona ko […]

Abamaze kugwa mu ntambara ya Israel na Hamas muri Gaza barasaga ibihumbi 26

Ministeri y’ubuzima mu karere ka Gaza kuri uyu wa Gatandatu ushize yatangaje ko Abanyepaliestina 174 bishwe abandi 310 bagakomereka mu masaha 24 ashize. Kuva mu kwezi kwa cumi umwaka ushize, umubare w’abamaze kugwa mu ntambara Isirayeli n’umutwe wa Hamasi barwanira muri aka karere, umaze kugera ku 26,257 mu gihe abakomeretse babarirwa kuri 64,797 nkuko bitangazwa […]

Uganda yitandukanije n’umucamanza Sebutinde warwanyije imyanzuro ICJ yafatiye Israel

Uganda yitandukanije na Julia Sebutinde, umucamanza watoye arwanya ingamba zose z’agateganyo Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwategetse Israel gufata ku wa Gatanu, mu rubanza rwazanywe na Afurika y’Epfo ku byerekeye intambara yo muri Gaza. Uhagarariye Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yanditse kuri X ati “Icyemezo cy’Umucamanza Sebutinde muri ICJ (Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera) ntabwo kigaragaza aho Guverinoma ya […]

Nairobi: U Rwanda rwasimbuye Kenya ku buyobozi bw’ingabo z’akarere zihora ziteguye gutabara

csm_8_7b5b80a59e.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 27 Mutarama 2024, ba Minisitiri b’ingabo b’ibihugu bigize Ingabo z’akarere zihora ziteguye gutabara aho bibaye ngombwa EASF) bahuriye mu nama i Nairobi, muri Kenya yanabereyemo umuhango w’ihererekanyabubasha hagati ya Kenya n’u Rwanda rugiye kuyobora EASF. Ibihugu bigize uyu muryango byitabiriye inama harimo u Burundi, Djibouti, Ethiopia, Kenya, u Rwanda, Seychelles, […]

Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi ku nkombe y’iburasirazuba

Igisirikare cya Koreya y’Epfo kivuga ko Koreya ya Ruguru yarashe misile nyinshi mu mazi yo ku nkombe y’iburasirazuba . Mu mezi ashize, iki gihugu cy’abakomunisiti gitunze intwaro za kirimbuzi cyagerageje misile inshuro nyinshi, bituma umwuka w’amakimbirane wiyongera mu karere. Ibisasu byarashwe kuri iki Cyumweru byarasiwe hafi y’icyambu cya Sinpo. Ntabwo umubare cyangwa ubwoko bwa misile […]

Arusha: Ingabo za EACRF zasubije ibendera rya EAC zishimira ibyo zagezeho

Ingabo zari zoherejwe mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), zasubije uyu muryango ibendera, zinavuga ko zasohoje ubutumwa bwazo. Ni igikorwa cyabaye kuwa Gatanu, itariki 26 Mutarama 2024 ku cyicaro gikuru cya EAC; i Arusha muri Tanzania, kiyoborwa n’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango, Dr Peter Mathuki. Maj Gen […]

Afurika y’Epfo yanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko rwa LONU ku rubanza yarezemo Israel

Perezida w’Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa yashimagije icyemezo cy’Urukiko mpuzamahanga rw’ubutabera (ICJ)rwa ONU cy’ejobundi ku wa Gatanu cyo gutegeka Israel gukora ibishoboka byose ngo ikumire jenoside mu ntara ya Gaza, guhana abahembera ibikorwa by’urugomo no gufata ingamba zo gutabara abahutazwa n’intambara hagati y’umutwe wa Hamasi na Israel. Gusa urukiko ntirwategetse ko habaho ihagarikwa ry’intambara hagati y’impande […]

Ibigo byigenga bicunga umutekano byasabwe kuvugurura imikorere no kubahiriza amategeko

csm_priv_2_3765e11e4a.jpg

Kuri uyu wa Gatanu ushize, itariki ya 26 Mutarama, ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru habereye inama yahuje Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Polisi y’u Rwanda n’abahagarariye ibigo byigenga bicunga umutekano hagamijwe kwigira hamwe uko havugururwa imikorere hubahirizwa amategeko agenga umurimo. Iyi nama yagarutse ku cyegeranyo cy’ibyavuye mu igenzura ryakorewe ibigo by’abikorera bicunga umutekano […]

ICJ yategetse Israel gukumira jenoside muri Gaza ariko ntiyayisaba guhagarika intambara

Urukiko rukuru rwa Loni rwanzuye ko Israel igomba gufata ingamba zose zo gukumira ibikorwa bya jenoside muri Gaza, ariko ntirwayisabye guhagarika ibikorwa byayo bya gisirikare muri uyu mujyi. Abacamanza bo mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) batangaga imyanzuro y’agateganyo mu rubanza ku byaha bya jenoside ishinjwa Israel rwatangijwe na Afurika y’Epfo. Umwanzuro ku birego bya jenoside […]

Gasabo: Ishyaka rya Green Party ryatoye abazarihagararira mu matora y’abadepite

gewlfqjxiaainyz.jpg

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Mutarama 2024, Abayobozi bakuru n’abarwanashyaka ba Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) bateraniye mu Karere ka Gasabo muri Congress yigiwemo ingingo zitandukanye zigomba kongerwa muri manifesto izakoreshwa mu matora ateganyijwe uyu mwaka. Ibitekerezo byatanzwe n’abarwanashyaka bizanozwa n’itsinda rishinzwe gutegura manifesto, kugirango bijye muri manifesto izemezwa burundu muri congress yo […]

Kenya: Urukiko rwateye utwatsi icyemezo cyo kohereza abapolisi muri Haiti

Kuri uyu wa Gatanu, Urukiko rwo muri Kenya rwemeje ko gahunda yo kohereza abapolisi muri Haiti kugira ngo bayobore ubutumwa bwemejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika inyuranyije n’Itegeko Nshinga, bitera gushidikanya ku hazaza h’umugambi ugamije guhangana n’ubugizi bwa nabi bw’udutsiko tw’amabandi muri iki gihugu cyo muri Karayibe. Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu Kwakira ryamaganye […]

Ngoma: Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye ishuri abanyeshuri bahawe ibindi bikoresho

Nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye ishuri rya Gahima AGAPE, rishamikiye ku Itorero rya EAR, ibikoresho by’abanyeshuri byiganjemo ibiryamirwa bigashya, kuri ubu bahawe ibindi bishya birimo matela, amashuka n’ibindi bikoresho nk’amakaye byatanzwe ku bufatanye bw’Akarere ka Ngoma na Minisiteri ishinzwe gukumira ibiza (MINEMA). Ni inkongi y’umuriro yibasiye iri shuri ku wa Kabiri, itariki ya 23 Mutarama 2024, […]

ICJ irafata umwanzuro ku guhamagarira Israeli guhagarika ibikorwa bya gisirikare muri Gaza

Urukiko rukuru rw’Umuryango w’Abibumbye ruraza gufata umwanzuro ku kutegeka Israel guhagarika ibikorwa bya gisirikare byayo muri Gaza. Kuri uyu wa Gatanu, Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) ruraba rutanga umwanzuro mu rubanza rwatangijwe na Afurika y’Epfo ishinja Israel jenoside muri Gaza. Ibihugu byombi byatanze ubuhamya igihe urubanza rwafungurwaga mu byumweru bibiri bishize. Israel yamaganye yivuye inyuma iki […]

Hagaragajwe ibisabwa ngo wemererwe gukoresha drones mu Rwanda

Precious Uwera ukorera Ikigo Gishinzwe Indege za Gisivili mu Rwanda, RCAA, yavuze ibintu by’ingenzi bisabwa umuntu ushaka gukoresha drones mu gihugu. Ati “Ntibigoye, ni ibintu bitatu bisabwa. Kwandikisha drones, kuba ufite icyemezo cyo kugurutsa drones, ni nka perimi. Icya gatatu ni uruhushya rwo gukorera ahantu runaka.” Mu kiganiro na RBA yavuze ko impamvu yabyo ari […]

Uganda: Colonel Muserebende yagizwe umuyobozi wa 1SFG mu mpinduka mu barinzi ba Museveni

Perezida Museveni wa Uganda yahinduye abayobozi batanu mu mutwe w’Ingabo zidasanzwe (SFC) zishinzwe kumurinda we ninzego z’ingenzi z’igihugu. Mu mpinduka zashyizwe ahagaragara mu itangazamakuru, kuri uyu wa Kane, itariki 25 Mutarama 2024 na Col. Deo Akiiki, umuvugizi wungirije wa UPDF, Col. Allan Matsiko wabaye umuyobozi w’ubutasi muri SFC yahawe inshingano zo kuyobora Brigade 303. Col […]

USA: Bwa mbere hatanzwe igihano cy’urupfu hakoreshejwe gaz ya nitrogen

Muri Leta ya Alabama hishwe umwicanyi Kenneth Eugene Smith wahamwe n’icyaha hakoreshejwe gaz ya nitrogen, ku nshuro ya mbere hakoreshejwe ubu buryo mu gutanga igihano cy’urupfu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Smith, ufite imyaka 58, yatsinzwe ubujurire bwa nyuma mu Rukiko rw’Ikirenga no muri rumwe mu rukiko rw’ubujurire rw’iyi leta, aho yavugaga ko kwicwa […]

U Rwanda rwaguze imashini igezweho ipima kanseri zose

Guverinoma y’u Rwanda yaguze imashini igezweho izwi nka “Dx Flex” ipima kanseri zose ziganjemo n’iyo mu maraso byasabaga ko ibizamini byayo byoherezwa muri Afurika y’Epfo buri kwezi. Abafite abarwayi bamaranye igihe kinini indwara ya kanseri harimo n’iyo mu maraso babwiye RBA ko bishimira ko boroherejwe kubona serivisi zo gupima kanseri ku bwishingizi nyamara ubusanzwe basabwaga […]

Imiterere y’amapeti yo mu Gisirikare cya Uganda (UPDF)

screenshot_2024-01-25_165802.png

Amapeti ya gisirikare muri Uganda, kimwe n’ahandi, ni ibimenyetso bigaragaza urwego umusirikare agezeho. Uganda ni igihugu kidakora ku nyanja, kubw’ibyo nta gisirikare cyo mu mazi igira ariko ifite icyo ku butaka no mu kirere. Kubera ko Uganda yahoze ikolononijwe n’Abongereza, isangiye imiterere y’amapeti n’Igisirikare cy’u Bwongereza cyangwa ibindi bihugu bwakolonije. Dore imiterere y’amapeti y’Igisirikare cya […]

Kenya iravuga ko yavumbuye amabuye y’agaciro ya coltan menshi mu gihugu

Kenya yatangaje ko muri iki gihugu habonetse amabuye y’agaciro ya coltan, akoreshwa mu gukora telefone ngendanwa, mudasobwa zigendanwa n’ibindi bikoresho by’itumanaho. Kuri uyu wa Gatatu ushize, Umunyamabanga w’inama ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro no kubyaza ubukungu ibikomoka mu nyanja, Salim Mvurya, yavuze ko mu ntara esheshatu habonetse ibirombe bihagije bya coltan. Aya mabuye y’agaciro adasanzwe, ubusanzwe […]

Valens Nkurunziza wabaye visi perezida w’urukiko rw’ubucuruzi yagizwe Umugenzuzi Mukuru w’Inkiko

screenshot_2024-01-25_120109.jpg

Inama Nkuru y’Ubucamanza kuri uyu wa Gatatu, yagize Valens Nkurunziza Umugenzuzi Mukuru w’Inkiko mu Rwanda, aho yasimbuye kuri uwo mwanya AngĂ©line Rutazana wabaye umucamanza mu Rukiko rw’Ubujurire. Inama idasanzwe y’Inama Nkuru y’Ubucamanza yo kuri uyu wa 24 Mutarama 2024, yari iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, Dr Faustin Nteziryayo, ni […]

Byinshi ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu n’uburyo bwo kukirinda

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi byaha (UNODC) rivuga ko icuruzwa ry’abantu rifatwa nk’uburyo bugezweho bw’ubucakara ndetse no gushakira inyungu ku bandi. Ubushakashatsi bw’Umuryango Mpuzamahanga w’umurimo (ILO) bwo muri 2017, bwagaragaje ko iki cyaha cyagize ingaruka mu buryo butandukanye ku bagore, abagabo n’abana bangana na miliyoni 24.9 ku isi hose. Itegeko nimero 51/2018 ryo […]

Nyamasheke: Umunyeshuri yiciwe mu mpanuka bagenzi be barakomereka

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 24 Mutarama, ahagana saa moya n’igice z’igitondo abanyeshuri 4 b’abakobwa bajyaga ku ishuri muri GS Muramba mu Murenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, bagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Pick up yari ifite pulake RAA 179 D, itwawe na Gashugi Elischam, umwe ahita yitaba Imana, 3 barakomereka. Bose uko […]

Ghana: Batandatu bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi

Abantu batandatu bakatiwe igihano cy’urupfu nyuma yo kubahamya umugambi wo gushaka guhirika ubutegetsi muri Ghana mu 2021. Kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Mutarama, Abanya-Ghana batandatu, barimo n’abasirikare batatu, bahamwe n’icyaha bakatirwa urwo gupfa bamanitswe kubera uruhare bagize mu mugambi mubisha uvugwa mu myaka itatu ishize wo kugerageza guhirika leta y’igihugu. Aba bagabo batawe muri […]

NATO igiye gutangira imyitozo ya gisirikare itari yakora kuva Intambara y’Ubutita yarangira

Mu cyumweru gitaha NATO izatangira imyitozo minini itari yakora kuva Intambara y’Ubutita yarangira izitabirwa n’ingabo 90.000 nkko byatangajwe na komanda mukuru w’ingabo zayo Gen. Chris Cavoli. Ihuriro ryavuze kandi ko imyitozo izaba irimo amato arenga 50, kuva ku yatwara indege kugeza ku yarwana; indege z’indwanyi zirenga 80, kajugujugu na drones; byibura imodoka 1100 z’intambara, zirimo […]

Rubavu: Yafatanwe magendu ingana n’amabaro 63 y’imyenda ya caguwa

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu kurwanya ibyaha, batanga amakuru atuma bimwe bikumirwa bitaraba, ibindi bigakurikiranwa mu maguru mashya; ababigizemo uruhare bagafatwa bagashyikirizwa ubutabera. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP), Bonaventure Twizere Karekezi, yabigarutseho nyuma y’uko mu murenge wa Mudende wo mu Karere ka Rubavu, ibikorwa […]

U Burusiya burashinja Ukraine guhanura indege yari itwaye imbohe z’intambara

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya iravuga ko indege ya gisirikare yari irimo imbohe z’abasirikare ba Ukraine yaguye Belgorod, hafi y’umupaka wa Ukraine, abari barimo bose bakahasiga ubuzima. Minisiteri iragira iti: “Mu ndege hari harimo abasirikare ba Ukraine 65 bafatiwe ku rugamba bajyanwaga mu rwego rwo kugurana imbohe, abakozi batandatu bo mu ndege ndetse n’ababaherekeje batatu”. Guverineri […]

Kajugujugu 10 za mbere zo kugaba ibitero zikoreshwa muri Afurika

maxresdefault-36.jpg

Afurika ni umugabane uhura n’ibibazo byinshi by’umutekano, nk’intambara hagati y’abaturage, inyeshyamba, iterabwoba, ubujura, n’amakimbirane ku mipaka. Ibihugu byinshi bya Afurika bishora imari mu gushaka no kuvugurura za kajugujugu zo kugaba ibitero, kugira ngo byongere ingufu zo mu kirere ndetse n’ubushobozi bwo kurwana. Zimwe muri kajugujugu z’ibitero zikoreshwa n’ingabo zirwanira mu kirere nyafurika zitumizwa mu mahanga […]

Burundi: Haravugwa ivangura mu itangwa ry’ibikoresho by’akazi mu gipolisi

Bamwe mu bapolisi mu Gipolisi cy’u Burundi (PNB) barakaye nyuma y’ivangura ryagaragaye mu itangwa ry’ibikoresho by’akazi. Biravugwa ko imyambaro, inkweto na beret byahawe bamwe mu gihe abandi bamaze imyaka itatu batabona igikoresho na kimwe. Amakuru agera kuri SOS Media Burundi yatanzwe n’abashinzwe kubahiriza amategeko, avuga ko Igipolisi cy’u Burundi kirimo gukwirakwiza ibikoresho by’akazi ku biro […]

Mu mpera z’uyu mwaka ikibazo cy’ibura ry’imbangukiragutabara kizaba cyarakemutse — Dr Nsanzimana

Minisitiri w’ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, aravuga ko u Rwanda rugiye kubona imbangukiragutabara 200 mu rwego rwo kongera ubushobozi bwo kugera aho zikenewe mu gihugu hose, mu gihe ashimangira ko mu mpera z’uyu mwaka ikibazo cy’ibura ryazo kizaba cyakemutse. Dr Nsazimana yatangaje ibi, kuri uyu wa 23 Mutarama, mu Nama y’Umushyikirano ku nshuro ya 19, ihuriro […]

Ibigo bizajya bitegurirwamo abagiye kurangiza ibihano bizafasha iki ?

Hakozwe amavugurura mu mategeko agenga imibereho y’imfungwa mu magororero mu kugabanya ubucucike no gutegura abagiye kurangiza ibihano kwinjira mu muryango Nyarwanda nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Gihugu. Aya mavugurura ateganya ko ugiye kurangiza igihano azajya ashyirwa mu bigo byabugenewe aho umuryango we uzajya umusura ndetse uwahawe igihano cyo gukora imirimo ifitiye igihugu akamaro […]

Donald Trump yongeye gutsinda Nikki Haley muri New Hampshire

Donald Trump yongeye gutsindira Nikki Haley mu matora y’ibanze yo gushaka umukandida uzahagararira Abarepubulikani mu matora ya perezida muri Leta ya New Hampshire k majwi 54% kuri 44%, nyuma yo kumutsindira muri Iowa. Ni indi ntsinzi ikomeye ku wahoze ari perezida kandi imushyira ku mwanya w’imbere mu bahatanira kuzavamo umukandida perezida w’ishyaka mu matora yo […]

Rusizi: Umwarimu afunzwe nyuma yo gufatwa asambanya umwana w’imyaka 15

Mu Murenge wa Nkungu, Akarere ka Rusizi, Umwarimu w’imyaka 32 wigisha mu ishuri ribanza rya Mukenke ari mu maboko y’ubuyobozi nyuma yo gufatirwa mu cyuho asambanyiriza umwana w’imyaka 15 mu ishyamba ry’umuturage riri muri uyu murenge. Umwe mu baturage b’ Umudugudu wa Rebero, Akagari ka Kiziguro, Umurege wa Nkungu, yabwiye Imvaho Nshyani ko ngo uyu […]

RDC: Hari aho inyeshyamba zabujije abaturage gukora no kurya isombe kuwa Kane

Sosiyete sivile muri Moba, mu Ntara ya Tanganyika, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, iramagana “ingamba zidakunzwe” zo kubuza abaturage gukora no kurya isombe zafashwe n’inyeshyamba zivugwaho kuba mu ihuriro rya Wazalendo. Nk’uko iyi sosiyete sivile ivuga, aba barwanyi babujije abaturage bo muri Sheferi ya Kansabala gukora no kutarya isombe buri wa Kane. Nk’uko byatangajwe […]

Kampala: Abapolisi 4 bakurikiranweho kwiba kwa ambasaderi asaga miliyari 2

Polisi ya Uganda yashinje mu rukiko abantu 12 barimo abapolisi 4 bayo bakekwaho icyaha cy’ubujura bukabije bakoze kwa Ambasaderi Barbara Nekesa Oundo akaba n’umubitsi w’ishyaka NRM, aho bibye asaga miliyari 2 z’amashilingi. Ambasaderi Barbara Nekesa Oundo ni Ambasaderi wa Uganda muri Afurika y’Epfo ufite icyicaro i Pretoria. Nubwo iperereza rigikomeje, Umuvugizi wa Polisi, Fred Enanga, […]

Uganda: Urukiko rwategetse gufata umunyemari Molly Katanga ushinjwa kwica umugabo we

Urukiko rw’ibanze rwa Nakawa rwasohoye icyemezo cyo guta muri yombi Molly Katanga ukurikiranweho icyaha cyo kwica umugabo we, Henry Katanga, nyuma yo gusanga imbunda yakoreshejwe mu kumwica iriho ibikumwe bye. Icyemezo cyo kumuta muri yombi cyo kuwa 22 Mutarama kigira kiti “ Mu gihe ushinjwa 1, Katanga Molly akurikiranweho icyaha cy’ubwicanyi binyuranyije n’ingingo ya 11 […]

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yakiriwe na mugenzi we wa Uganda

geennvdwwaadmqn.jpg

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yahuye na mugenzi we wa Uganda, Madamu Robinah Nabbanja, bagirana ibiganiro byibanze ku gusangira ubunararibonye ku micungire myiza y’imijyi no kunoza urujya n’uruza rw’ibicuruzwa hagati y’ibihugu byombi. Minisitiri w’intebe w’u Rwanda yari yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama iherutse gusozwa n’ibihugu bidafite aho bibogamiye hamwe n’inama ya G77 n’u Bushinwa […]

Abasirikare ba Israel bahuye n’umunsi wahitanye benshi muri bo bwa mbere muri Gaza

Igisirikare cya Israel kiravuga ko kuri uyu wa Kabiri abasirikare ba yo 21 biciwe i Gaza, umunsi wahitanye abasirikare benshi ba Israel kuva ibikorwa byabo byo ku butaka byo kurwanya Hamas byatangira. Umuvugizi w’Igisirikare cya Israel (IDF), Daniel Hagari, yavuze ko bikekwa ko ari igisasu cya rokete cyakubise igifaru cyari hafi hafi y’inyubako ebyiri bari […]