U Rwanda rwasabye Amerika kuruha ibisobanuro
Leta y’u Rwanda yasabye iya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuyiha ibisobanuro, nyuma y’”imvugo ivuguruzanya” iki gihugu giheruka kugaragaza ku bijyanye n’amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC. Leta Zunze Ubumwe za Amerika biciye muri Minisiteri yazo y’Ububanyi n’Amahanga, ku wa 17 Gashyantare zashinje u Rwanda kugira uruhare mu kuzambya umutekano muke mu burasirazuba bwa RDC, […]
Afurika yunze Ubumwe yamaganye ibitero bya Israel ku banye Gaza
Abayobozi mu nama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika bagaye banamagana ibitero bya Israel mu Ntara ya Gaza , basaba ko iyi ntambara yashyirwaho iherezo vuba na bwangu. Byagarutsweho mu nama yabereye mu murwa mukuru wa Etiyopiya Addis Ababa ku wa Gatandatu taliki 17 Gashyantare 2024.Mu ngingo zitandukanye harimo n’ibikomeje gukorerwa abanye Palisitina. Umuyobozi wa komisiyo y’Umuryango […]
Amerika mu nzira zitera inkunga ya Miliyoni 60$ igisirikare cya Ukraine
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden , atangaza ko imfashanyo ya Miliyoni 60 z’amadorali ziri mu nzira yo gushyirwa mu gisirikare cya Ukraine mu guhangana n’Uburusiya. N’ubwo ngo iyo ngingo biteganyijwe ko izatorwa mbere yo gushyirwa mu bikorwa, ngo hari icyizere ko bigiye kugerwaho bityo Ukraine ngo ikubaka igisirikare gifite ubushobozi bwo […]
Miss Rwanda 2009 yibarutse undi mwana
Nyampinga w’u Rwanda 2009 , Bahati Grace yiburutse undi mwana w’umuhungu nyuma y’undi w’imfura yabyaranye nk’umuhanzi Muhire William uzwi nka K8 Kavuyo. Uyu mwana w’umuhungu yavutse ku wa 13 Gashyantare 2024 nk’uko miss Bahati Grace yabyitangarije abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze. Yagaragaje ko umuryango we wishimiye kwakira uyu mwana. Uyu mwana wa kabiri Bahati yibarutse,yamubyaranye […]
U Rwanda rwafashe ingamba zo guhangana n’indege z’intambara za FARDC
Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje amahanga ko yamaze gufata ingamba zo guhangana n’indege z’intambara z’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu gihe zaba zirugabyeho ibitero. U Rwanda rwemeje ayo makuru biciye mu itangazo Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yasohoye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 18 Gashyantare 2024. Ni nyuma y’uko Perezida Félix Antoine Tshisekedi […]
Perezida wa Somalia yahuriye n’uruva gusenya muri Ethiopia, atabarwa n’uwa Djibouti
Guverinoma ya Somalia yatuye umujinya iya Ethiopia, nyuma y’uko inzego z’umutekano z’i Addis-Abeba zitambitse Perezida Hassan Sheikh Mohamud zikamubuza kwitabira inama y’Inteko Rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Addis-Abeba habereye inama isanzwe ya 37 y’Inteko Rusange yahuje abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Perezida […]
Kagame yasoje inshingano yari amaze imyaka 8 afite muri AU, asimburwa na Ruto
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 17 Gashyantare, yasoje manda ye nk’Umuyobozi ushinzwe amavugurura y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Ni inshingano Umukuru w’Igihugu wahise asimburwa na Perezida William Ruto wa Kenya yari amaranye imyaka umunani. Perezida Kagame yazisoreje i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho kuri uyu wa Gatandatu yari yitabiriye inama isanzwe ya […]
I Mweso M23 yongeye gukorogana na FARDC n’ihuriro ryayo
Kuri uyu wa gatandatu, imirwano yongeye gukara hagati ya FARDC n’umutwe wa M23 mu gace ka Mweso, Bashali na Mokoto muri Teritwari ya Masisi. Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko iyi mirwano yahanganishije impande zombi yagiye isatira ibindi nbice Mbuhi. Nta makuru menshi yatanzwe kuri iyi mirwano, gusa abanyamakuru begamiye kuri Leta na sosiyete […]
FARDC irashinja drones za RDF kurasa ku ndege zayo z’intambara
Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), kirashinja RDF cy’u Rwanda kugaba igitero cya za drones ku ndege zacyo z’intambara zari ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma. Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume-Ndjike Kaiko, yavuze ko icyo gitero cyabaye saa munani z’urucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya […]
Chris Froome wegukanye Tour de France inshuro 4 ari mu bazitabira Tour du Rwanda
Mu gihe habura amasaha macye ngo hatangire irushanwa ryo gusiganwa ku magare mu Rwanda, hari umwihariko uzagaragaramo nk’uko byatangajwe.Umwihariko w’iri rushanwa ni uko harimo abakinnyi n’amakipe aremereye. Ku nshuro ya 16 mu Rwanda hagiye gukinwa isiganwa, Tour du Rwanda, ni isiganwa rigiye gukinwa n’ibihangange aho umunani bakinnye isiganwa rikomeye rya Tour de France Kuri iki […]
Afurika y’Epfo yasubijwe imirambo y’abasirikare bayo baherutse kugwa muri Congo
Imibiri y’abasirikare babiri bo muri Afurika y’Epfo biciwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC) basubijwe mu gihugu cyabo kuri uyu wa Gatanu taliki 16 Gashyantare 2024, naho abakomeretse ngo bakomeje kwitabwaho. Ku ya 14 Gashyantare 2024 ,nibwo igisasu cyaguye muri kimwe mu birindiro by’ingabo bya Afurika y’Epfo bikomeretsa abasirikare batatu ba SANDF abandi babiri […]
Polisi yavuze igishobora kuba cyateye inkongi y’umuriro yibasiye isoko rya Kigeme
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo itangaza ko hacyekwa umuriro w’amashanyarazi ko ariwo waba wabaye intandaro y’inkongi y’umuriro yibasiye isoko ry’impunzi za Kigeme ribarizwa mu Karere ka Nyamagabe . Byatangajwe n’umuvugizi wa Polisi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitiyaremye gusa ngo amakuru arambuye ku cyateye iyi nkongi aracyashakishwa. Yavuze ko ari isoko […]
Urujijo ku bisasu byarashwe ku kibuga cy’indege cya Goma
Amakuru aturuka i Goma aravuga ko mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu ibisasu bibiri byaguye ku kibuga cy’indege cyo muri uyu mujyi. Byabaye mu ma saa munani z’urucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu. Kugeza ubu haracyari urujijo ku bijyanye n’aho ibyo bisasu byaturutse, kuko ntacyo Guverinoma ya RDC irabivugaho. Ibi bisasu cyakora byarashwe i […]
Tshisekedi yongeye kwinangira ku byo kuganira na M23
Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yongeye kwinangira, avuga ko nta biganiro azigera agirana n’umutwe wa M23. Yabitangarije i Addis-Abeba aho we n’abakuru b’ibihugu bagenzi be bahuriye mu nama yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa RDC. Ni inama yari yatumijweho na Perezida Joà£o Lourenà§o wa Angola, yitabirwa n’abarimo Perezida Paul […]
Biden yashyize urupfu rwa Navalny kuri Putin
Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yashinje mugenzi we Vladimir Putin w’u Burusiya kuba ari we wihishe inyuma y’urupfu rwa Alexei Navalny utavugaga rumwe n’ubutegetsi bwe. Ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare ni bwo Navalny w’imyaka 47 y’amavuko yapfuye aguye muri gereza yari afungiyemo. Uyu mugabo wanengaga cyane Putin n’ubutegetsi bwe […]
Uwabaye Perezida wa Afurika y’Epfo ntiyumva impamvu abasirikare bayo bakomeje kwicirwa muri RDC
Thabo Mbeki wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yagaragaje ko atumva impamvu abasirikare ba kiriya gihugu bakomeje gupfira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gihe abarwanyi b’umutwe wa M23 bagiye kurwanya bafite impamvu zumvikana zo gutuma barwana. Mbeki wayoboye Afurika y’Epfo imyaka icyenda (hagati ya 1999 na 2008) yabitangaje ku wa Gatanu, ubwo yari […]
Perezida Kagame yahuye na Tshisekedi
Perezida Paul Kagame ku wa Gatanu tariki ya 16 Gashyantare, yahuriye mu nama yiga ku bibazo bya RDC n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho bitabiriye inama isanzwe ya 37 y’inteko rusange y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Perezida Joà£o Lourenà§o wa Angola […]
FDLR na yo yinjiye mu Kibira, iritegura gufatanya n’Ingabo z’u Burundi ‘gutera u Rwanda’
Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko inyeshyamba z’imitwe ya FDLR na FLN irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda zamaze kwinjira mu ishyamba rya Kibira ry’i Burundi, amakuru akavuga ko ziteganya gufatanya n’Ingabo z’u Burundi kugaba ibitero ku Rwanda. Amakuru y’uko “izo nyeshyamba zivuga Ikinyarwanda” zamaze kwinjira mu Kibira yatanzwe n’abaturage bo mu duce twa Rutorero, […]
Kigali: Umukingo wagwiriye inzu abantu babiri barapfa
Mudugudu wa Agakomeye, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, haravugwa amakuru y’abantu babiri bishwe n’umukingo waridutse warituwe n’imvura yaraye iguye kuri uyu wa Kane Taliki 15 Gashyantare 2024. Ni imvura yarituye umukingo wari ukikijwe n’urukuta rw’amabuye maze abantu babiri barapfa abandi barakomereka. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko […]
U Rwanda rwasabye Loni kureka guha ubufasha ingabo za SADC ziri muri RDC
Guverinoma y’u Rwanda yaburiye Umuryango w’Abibumbye ku bufasha bw’ibikoresho uha Ingabo za SADC ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iwuburira ko bushobora guteza amakimbirane mu karere k’ibiyaga bigari. Ni ibikubiye mu ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta yandikiye akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye. Mu kwezi gushize ni bwo SADC (Umuryango w’ibihugu byo muri […]
Inzu z’ahazwi nko kwa Dubai ziri mu zigiye gusenywa
Mu rwego rwo kwirinda ko hari inzu zishobora gushyira ubuzima bw’abazituyemo mu kaga,Umujyi wa Kigali ugiye gukuraho inzu zirimo n’izo mu Mudugudu w’ahazwi nko kwa Dubai zubatse mu buryo bunyuranye n’amategeko. Izi nzu zigiye gukurwaho nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe n’Umujyi wa Kigali ugasanga hari izubatswe binyuranye n’amategeko, izindi zubakwa hatagendewe ku byangombwa byatanzwe. Muri Mata 2023 […]
Raila Odinga yateguje kandidatire ku buyobozi bwa komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe
Raila Odinga usanzwe atavuga rumwe na Leta ya Kenya yatangaje ko yiteguye gutanga kandidatire yo kuyobora komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe binyuze mu bikorwaremezo. Aganira n’itangazamakuru i Nairobi, Odinga wahoze ari Minisitiri w’intebe, yavuze ko yiteguye gukora ibishoboka byose akayobora uyu muryango dore ko ngo na mbere yari afite umwanya uhagarariye AU ushinzwe ibikorwa remezo. […]
RDC-SADC : Urupfu rw’abanya Afurika y’Epfo rwageretswe kuri RDF na M23

Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo yageretse urupfu rw’Abanyafurika y’Epfo ba SANDF kuri RDF na M23 nyuma y’uko baturikanywe n’igisasu cyaturikiye mu birindiro by’ingabo za SADC ziri muri iki gihugu mu bikorwa byo kurwanya umutwe wa M23. Mu itangazo rigenewe Abanyamakuru Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru yashyize hanze, yavuze ko ingabo z’u Rwanda na M23 aribo bari inyuma […]
Haravugwa akaboko ka ba Jenerali 2 mu ifungwa ry’umunyamakuru Irangabiye
Abasirikare babiri bo mu gisirikare cy’u Burundi bo ku rwego rwa ba Jenerali, baratungwa agatoki mu gutuma umunyamakuru Irangabiye Floriane afungwa. Ku wa 13 Gashyantare Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi rwateye utwatsi ubujurire bw’uyu munyamakuru wahoze akorera Radio yitwa igicaniro, rugumishaho igifungo cy’imyaka 10 yari yarakatiwe. Irangabiye wafatiwe i Bujumbura muri Kanama 2022 avuye i Kigali, […]
Perezida Kagame ari muri Ethiopia
Perezida Paul Kagame yageze i Addis-Abeba muri Ethiopia, aho yitabiriye inama isanzwe y’Inteko Rusange ya 37 y’Abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma zigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Inama iteganyijwe hagati yo ku wa Gatandatu tariki ya 17 no ku Cyumweru hagati ya 18 Gashyantare. Muri iyi nama biteganyijwe ko Perezida Kagame agomba kugeza ku bayitariye […]
Roumanie yemeje ko M23 yakoze mu bacancuro yohereje muri RDC
Guverinoma ya Roumanie yatangaje ko hari babiri mu bahoze ari abasirikare bayo baheruka kwicirwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi barakomereka. Byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu cyo ku mugabane w’u Burayi. Iyi Minisiteri yavuze ko usibye abapfuye hari na bane bakomeretse, ndetse umwe muri bo akaba ari hagati y’urupfu n’umupfumu. Guverinoma ya […]
MINISANTE yongeye guhumuriza abitiranya ibicurane biriho na COVID 19
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yahumurije abaturajye bibwira ko inkorora n’ibicurane bisigaye biriho atari COVID 19 nk’uko bamwe babitekereza. Urwego rw’ubuzima mu Rwanda kuri iki kibazo cy’ibicurane, abenshi bari kwitiranya na Covid-19 yihinduranyije, zivuga ko ubusanzwe muri aya mezi mu ntangiriro z’umwaka no mu mpera zawo iyi ndwara y’inkorora n’ibicurane ikunze kwibasira abantu ikaba inandura, nkuko […]
Romelu Lukaku yiganye Héritier Luvumbu
Umubiligi Romelu Lukaku yiganye abarimo Héritier Luvumbu wahoze akinira Rayon Sports, na we yikoma amahanga RDC ishinja “kuruca ikarumira ku bwicanyi” ivuga ko bukorerwa mu burasirazuba bwayo. Lukaku usanzwe afite inkomoko muri RDC, ni we wishyuye igitego cya AS Roma ubwo iyi kipe yo mu Butaliyani yakinaga na Feyenoord Rotterdam yo mu Buholandi, mu mukino […]
Gakenke: Batandatu barimo basenga bakubiswe n’inkuba
Abantu bane bapfuye abandi babiri bagira ihungabana, ubwo inkuba yakubitaga abantu batandatu bo mu karere ka Gakenke barimo basenga. Byabereye mu ku musozi wa Buzinganjwiri uherereye mu kagari ka Mbilima ho mu murenge wa Coko, ku gicamunsi cyo ku wa Kane tariki ya 15 Mutarama 2024. Amakuru y’iyi mpanuka yemejwe n’umuyobozi w’akarere ka Gakenke, Mukandayisenga […]
Congo yongeye guhakana ibiganiro na M23 inasaba amahanga guhana u Rwanda
DR.Congo yongeye gushimangira ko itazigera igirana ibiganiro n’umutwe wa M23 nk’uko byari bikomeje kuvugwa mu bitangazamakuru. Byagarutsweho na Patrick Muyaya usanzwe avugira Leta ya Congo, ubwo yaganiraga na BBC News kuri uyu wa Kane taliki 15 Gashyantare 2024. Yavuze ko Guverinoma ya Congo, itazigera iganira n’aba barwanyi,ahubwo asaba amahanga kotsa igitutu no gufatira ibihano uyu […]
UPDF yavuze ku byo kuba yaba yarohereje muri RDC ingabo zo guha M23 umusada
Igisirikare cya Uganda (UPDF), cyanyomoje amakuru avuga ko kimaze iminsi cyarohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Ingabo zo guha umusada inyeshyamba za M23. Kuva mu ntangiriro z’uku kwezi hakwirakwiye amakuru avuga Ingabo za UPDF zambutse muri RDC ku bwinshi ziciye muri Teritwari ya Rutshuru, zijya guha umusada M23 ihanganye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za […]
Undi Munyarwanda ushinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi yafatiwe mu Buholandi
Mu Buholandi hafatiwe undi Munyarwanda ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ibitangazamakuru byo mu Buholandi bitandukanye, bibitangaza ko uyu mugabo w’imyaka 64, utatangajwe amazina ye,amakuru y’itabwa muri yombi kwe yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu taliki 14 Gashyantare 2024. Yari atuye mu gace k’ahitwa Ede,muri komine ibarizwa mu mujyi rwagati w’Ubuholandi.Yafashwe n’itsinda mpuzamahanga rishinzwe […]
Abasirikare ba Afurika y’Epfo biciwe hafi y’i Goma
Igisirikare cya Afurika y’Epfo (SANDF) cyatangaje ko abasirikare babiri bacyo bapfiriye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abandi batatu barakomereka. SANDF mu itangazo yasohoye yavuze ko abasirikare bapfuye n’abakomeretse bazize “igisasu cyatewe mu birindiro by’Ingabo za Afurika y’Epfo biri hafi y’i Goma”. Byabaye ku wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2024. SANDF yavuze ko abasirikare […]
Umutekano i Goma wakajijwe kugeza aho abasengeraga ku misozi bafatiwe ingamba zikaze

Mu mujyi wa Goma,umutekano ukomeje gukazwa kugeza ubwo abasengeraga ku misozi babujijwe kuzongera gukandagiza ibirenge byabo ku misozi bajya gusengerayo. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Goma nibwo bwashimangiye iyo ngingo mu itangazo ryashyizwe hanze,aho bwasohoye itangazo ribuza buri muntu wese kutazongera kujya gusengera ku misozi mu rwego rwo gukaza umutekano. Ni itangazo ryasohotse ku munsi w’ejo kuwa […]
Gen Geraldine watorejwe mu Rwanda yagizwe Minisitiri w’Ingabo
Brig Gen (Rtd) Geraldine Janet George, umunya-Liberiakazi wize mu Rwanda, yagizwe Minisitiri w’Ingabo za kiriya gihugu cyo mu burengerazuba bwa Afurika. George yize amasomo ya gisirikare azwi nka “Company Commander Course” mu Ishuri rya Gisirikare ry’i Gako mu karere ka Bugesera. Mbere yo kugirwa Minisitiri w’Ingabo, yari asanzwe ari Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Liberia […]
Putin yemeje ko yifuza Biden ku butegetsi yitandukanya na Trump
Perezida w’Uburusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko yifuza ko Joe Biden ariwe wazongera gukotorerwa kuyobora Amerika aho kuba Donald Trump. BBC itangaza ko icyo Putin ashingiraho yifuza Biden ku butegetsi, ngo ni uko afite ubunararibonye kandi ko ari umuntu wumva kandi ushobora kugirwa inama , mu gihe Trump ngo muri ibyo byose nta nakimwe yujuje. Mbere […]
Guverinoma iteganya iki ku bikoresho by’ubumenyingiro na siyansi byabaye iyanga mu mashuri?
Mu bikorwa bizamura iterambere ry’u Rwanda bikomeje gushyirwamo ingufu harimo kongera ireme ry’uburezi binyuze mu kongera imbaraga mu masomo y’ubumenyingiro na siyansi. Raporo zigenda zigaragaza ko hakiri imbogamizi ku bikoresho byifashishwa hatangwa ubumenyi mu bigo bitandukanye bibarizwamo ayo mashuri, gusa ngo harimo kwigwa uko byacyemurwa. Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko igiye gushaka igisubizo cy’ibibazo bitandukanye […]
Sake: Umusirikare wa FARDC yaturikanwe n’igisasu
Umusirikare wa FARDC yakomeretse ku wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare, nyuma yo guturikanwa n’igisasu cyarashwe mu mujyi wa Sake ho muri Teritwari ya Masisi. I Sake hamaze igihe habera imirwano ikomeye ya FARDC n’inyeshyamba za M23; bijyanye no kuba buri ruhande rushaka kwigarurira uriya mujyi. Sosiyete Sivile yo muri Masisi yatangaje ko mu masaha […]
Nigeria:Abiganye umukono wa Buhari bakabikuza amamiliyoni y’amadorali bari guhigwa bukware
Nigeria yasabye Polisi mpuzamahanga ubufasha mu guta muri yombi abantu batatu bakekwaho gutegura ubujura bwa miliyoni 6.2 z’amadolari muri banki nkuru y’iki gihugu. Aya mafaranga ngo yanyerejwe hakoreshejwe imikono mihimbano, harimo n’iy’uwahoze ari Perezida Muhammadu Buhari. Abayobozi bakeka ubufatanye hagati y’aba bakekwa n’uwahoze ari umuyobozi wa banki nkuru ya Nigeria, Godwin Emefiele, nawe usanzwe akurikiranyweho […]
Depite Kinyamatama yasabiye mugenzi we kwirukanwa mu nteko nyuma yo kumwita indaya
Umudepite witwa Kinyamatama,yasabye Inteko Ishingamategeko ya Uganda ko yakwirukana mugenzi we witwa Zaake nyuma y’uko mu mwaka ushize amwise indaya ubwo yasuraga akarere ka Rakai ku munsi w’ubwigenge. Hon. Juliet Kinyamatama, yasabye komite ishinzwe amategeko mu Nteko Ishinga Amategeko kwirukana uyu mudepite ushinzwe Umujyi wa Mityana, Francis Zaake,anamusabira ko yasuzumwa uburwayi bwo mu mutwe. Ku […]
Luvumbu yageze i Kinshasa, yakirwa na Minisitiri
Umunye-Congo Héritier Luvumbu nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yageze i Kinshasa, yakirwa mu cyubahiro. Ku wa Kabiri ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye n’uyu mukinnyi uri mu bari bayifatiye runini ku bwumvikane. Ni nyuma y’imyitwarire yaherukaga kugaragaza ku mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona Rayon Sports yakinagamo na Police FC, aho yakoze ikimenyetso […]
Kuva Sudan y’Epfo yakwigenga yabonye ambasaderi w’umugore uyihagararira muri UN
Sudani y’Amajyepfo yashyizeho Cecilia Adeng nk’uhagarariye iki gihugu mu muryango w’Abibumbye.Abaye umugore wa mbere ufite uyu mwanya kuva Sudan yakwigenga mu 2011. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri iki gihugu ivuga ko uri uyu wa mbere, Cecilia A.M Adeng yashyikirije umunyamabanga mukuru Antonio Guterres impamyabumenyi ye ari nako ahita atangira manda ye ya diplomasi. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga […]
Umupolisi wa Canada arashinjwa guha u Rwanda amakuru y’ibanga
Constable Elie Ndatuje wo muri Polisi ya Canada (RCMP), arashinjwa guha Guverinoma y’u Rwanda amakuru y’ibanga yerekeye ruriya rwego akorera. Uyu mupolisi w’imyaka 36 y’amavuko usanzwe akorera mu ntara ya Alberta, ubutabera bwa Canada bumukurikiranyeho ibyaha bibiri. Ni ibyaha birimo kutubahiriza icyizere no gukoresha mudasobwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ashinjwa kandi kutubahiriza ikizere binyuze mu […]
Wa munya kenya washijwe kwica umukunzi we w’umunyamerika agatoroka igihome yafashwe
Umugabo witwa Kevin Kinyanjui Kangethe uherutse gutoroka igipolisi cyo muri Kenya, yamaze kongera gutabwa muri yombi.Uyu mugabo yafatiwe mu gace kitwa Ngong mu birometero 23 uvuye mu mujyi wa Nairobi. Yari yatorotse mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yo guca murihumye abapolisi bari bamucunze aho yari afungiye biza kuvugwa ko yatorokeye muri bus itwara abagenzi bahita […]
Luvumbu yazinze utwangushye ubu ari kubarizwa i Goma
Héritier Nzinga Luvumbu wari umwe mu bakinnyi ngenderwaho wa Rayon Sports bakaza gutandukana ku bwumvikane buturutse ku mpande zombi, yamaze kuzinga utwangushye asubira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubu akaba arimo kubarizwa mu mujyi wa Goma. Ku rubuga rwa Twitter, hagaragaye ifoto ye yashyizweho n’umunyamakuru Steve bigaragara ko ari ahantu arimo kuruhukira nyuma yo […]
Hafi na Kinshasa ubwato bwagonganye benshi barapfa abandi baburirwa irengero
Abantu benshi bapfuye abandi baburirwa irengero nyuma y’uko amato abiri yagonganye ku mugezi wa Kongo hafi ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ni impanuka y’ubwato yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 12 Gashyantare 2024, abantu babarirwa mu binyacumi bahasiga ubuzima abandi bataramenyekana umubare baburirwa irengero. African news, itangaza ko nyuma y’akanya gato aya […]
Evariste Ndayishimiye yaraye kwa Tshisekedi
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yaraye yakiriwe na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagirana ibiganiro. Ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare ni bwo Ndayishimiye yahagurutse i Bujumbura yerekeza i Kinshasa. Itangazo ryasohowe n’ibiro bye rivuga ko yari yagiye mu biganiro birebana n’ishyirwa mu bikorwa […]
2023:Ubukungu bw’u Rwanda bwarazamutse burenga igipimo Leta yari yateganyije
Hakurikijwe ibipimo by’Ikigega cy’imari ku Isi (IMF), bigaragara ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho kugeza kuri 7% 2023.bisobanuye ko intego igihugu cyari cyihaye ya 6,2% Byasobanuwe na Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente kuri uyu wa Kabiri taliki 13 Gashyantare 2024 agaragaza ibyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda mu kuzamura urwego rw’ubukungu nyuma yo kuba bwari bwarazahajwe n’icyorezo cya […]
Iby’ingenzi wamenya ku munsi wa Saint Valentin wizihuzwa buri taliki 14 Gashyantare
Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabyo. Umunsi wa Saint Valentin wakomotse ku mupadiri w’Umunyaromani witwa Valentin wabayeho ku gihe cy’umwami w’abami Claudius II ahagana mu myaka ya 269 na 273 mbere y’ivuka rya […]
Héritier Luvumbu ntakiri umukinnyi wa Rayon Sports
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gutandukana n’umunye-Congo Héritier Nzinga Luvumbu wari umukinnyi wayo. Rayon Sports ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko yo na Luvumbu batandukanye “ku bwumvikane bw’impande zombi”. Rayon Sports yatandukanye n’uyu mukinnyi nyuma y’amasaha make ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) rimuhanishije kumara amezi atandatu atagaragara mu bikorwa by’umupira w’amaguru. […]
FERWAFA yafatiye ibihano bikakaye Héritier Luvumbu

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryahagaritse umunye-Congo Héritier Nzinga Luvumbu kumara amezi atandatu atagaragara mu bikorwa by’umupira w’amaguru.
Bemba yagurutse i Goma kwikiza M23 yifashishije MONUSCO
Minisititiri w’Ingabo akaba na Visi Minisitiri w’Intebe,kuri uyu wa Kabiri yagarutse i Goma yizeza abaturage ko bagiye gufatanya na MONUSCO mu kurwanya umutwe wa M23, by’umwihariko ngo mu kubuza aba barwanyi gufata umujyi wa Sake umaze iminsi warabaye isibaniro y’intambara. Bemba agarutse i Goma, nyuma y’uruzinduko yari yagiriye muri uyu Mujyi kuwa Gatanu w’icyumweru gishize […]
M23 yateguje ab’i Sake ko igiye ‘kubabohora’
Umutwe wa M23 watangaje ko ufite gahunda yo kwigarurira Umujyi wa Sake, mu rwego rwo ‘kubohora’ abawutuyemo basumbirijwe n’ibitero by’ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kuva mu mpera z’icyumweru gishize imirwano ikomeye ikomeje kujya mbere hafi y’uriya mujyi wo muri Teritwari ya Masisi, by’umwihariko mu misozi iwukikije. FARDC ibifashijwemo na FDLR, […]
Kagame na Erdogan baganiriye uko bashimangira ubufatanye
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 13 Gashyantare yahuye na Recep Tayyip ErdoÄŸan wa Tà¼rkiye, bagirana ibiganiro. Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bitabiriye inama ya World Governments Summit ihuza abagize za Guverinoma zo hirya no hino ku Isi. Perezidansi y’u Rwanda ku rubuga rwayo rwa […]
Ntabwo nanga u Rwanda, Abanyarwanda n’abanye-Congo turi abavandimwe: Luvumbu
Umunye-Congo Héritier Nzinga Luvumbu yasabye kudafatwa nk’umwanzi w’u Rwanda kubera imyitwarire aheruka kugaragaza, ashimangira ko Abanyarwanda n’abanye-Congo ari abavandimwe. Luvumbu yabibwiye FERWAFA iheruka kumutumaho ngo asobanure iby’ikimenyetso aheruka gukora ubwo Rayon Sports akinira yakinaga na Police FC. Luvumbu ni we wafunguye amazamu muri uyu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona, ku gitego cya Coup-Franc yatsinze […]
RDC:Urujijo ku bifaru bya UPDF byagaragaye Kitshanga na Mweso
Mu gihe intambara ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Congo, hari amakuru akomeje kugenda avugwa hirya no hino cyane ayerekeye ku mirwano.Amwe mu yavugwa ariko ateye urujijo n’ay’imodoka 20 n’ibifaru by’intambara bigera kuri 4, bivugwa ko ari iby’igisirikare cya Uganda kirimo gufasha M23. Ni amakuru ikinyamakuru Kivu Morning Post kivuga ko yatangajwe n’uwitwa Aimé […]
Sudan:Abagore n’abakobwa bize amayeri yo kwirwanaho mu gihe intambara ikomeje gukara
Mu gihe intambara yo muri Sudani ikomeje abagore n’abakobwa bagiye biga ubumenyi bushya mu kigo cy’imyitozo y’imirwano cyashyizwe mu cyahoze ari ishuri. Amezi 10 y’imirwano yabaye hagati y’igisirikare cya Sudani, iyobowe na Jenerali Abdel Fattah Burhan, n’ingabo za Rapid Support Force, umutwe w’abaparakomando ukomeye uyobowe na Jenerali Mohammed Hamdan Dagalo, watsembye igice kinini cy’abaturage muri […]
Samia Suluhu yahuye na Papa Francis bagirana ibiganiro
Kuri uyu wa mbere, taliki 12 Gashyantare 2024, Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, yahuye na Papa Fransisiko i Vatikani, agirana agirana nawe ibiganiro ku iterambere ry’imibereho muri Tanzaniya no guteza imbere amahoro muri Afurika. Samia na Papa bombi bumvikanye kandi gushimangira umubano w’ububanyi n’amahanga hagati ya Tanzaniya na Vatikani.Samia yavuze ko yishimiye uruhare rwa […]
FERWAFA yahannye ‘abasifuzi bibye APR FC’ ikina na Police FC
Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ rwamaze gufatira ibihano abasifuzi basifuye umukino wa nyuma w’irushanwa ry’ubutwari, nyuma yo gukora amakosa yatumye APR FC itwarwa Igikombe na Police FC. Ku wa 01 Gashyantare ni bwo Police FC yatwaye Igikombe cy’irushanwa ry’ubutwari, nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-1. Ni umukino waranzwe n’imisifurire itaravuzweho rumwe yanateye ubushyamirane […]
Abanyarwanda basabwe kwigaragaza mu iserukiramuco rigiye guhuririmo abahanzi 200
Mu gihe mu mu Rwanda hagiye kubera iserukiramuco rizahurizwamo abahanzi 200, Abanyarwanda basabwe kubyaza umusaruro ibyo bafite kuko ari amahirwe aboneka gacye. Ni iserukiramuco Mpuzamahanga rizamara iminsi 10, ryiswe “Kigali Trialennial” rigiye kuba ku nshuro yaryo ya mbere, rikazabera i Kigali guhera tariki 16 kugeza 25 Gashyantare 2024. Rizahuza abahanzi baturutse mu bihugu 25. Umunyamabanga […]