Diamond yatandukanye na Zuchu ‘yambuye ubusugi’

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma uzwi mu muziki nka Diamond Platnumz, yemeje ko atakiri mu rukundo n’umuririmbyi mugenzi we Zuchu bari bamaze umwaka urenga bakundana. Uyu muhanzi uyoboye umuziki wa Tanzania yifashishije urubuga rwe rwa Instagram, yatangaje ko kuri ubu nta mukunzi agifite ndetse ko nta n’uwo agikeneye. Ati: “Guhera uyu munsi, nishimiye kubamenyesha ku mugaragaro […]

Zari yavuze uko yabaye umukozi wo mu rugo mbere yo kuba slayqueen

Zari Hassan uzwi nka Bosslady, yohereje ubutumwa butaziguye abagore n’abakobwa bazwi nka Slay Queen bose,aho yavuze ko mu gihe bimitse gahunda yo gusabiriza bazahora ari abakene ntibagire icyo bigezaho. Zari yatangaje ko nubwo abaho ubuzima buhenze , yabanje guca ahantu hakomeye kandi havunanye ku buryo yigeze no kwisanga akora akazi ko mu rugo, ariko kandi […]

Pakistan yishyuye Iran imaze amasaha make iyigabyeho ibitero

Pakistan kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Mutarama yagabye ibitero bya missile kuri Iran, nyuma y’amasaha make icyo gihugu na cyo kiyigabyeho ibitero. Pakistan ivuga ko ibitero byayo byashegeshe “ubwihisho bw’ibyihebe” [byo muri Iran] buherereye mu ntara ya Sistan-Baluchestan. Abantu barindwi barimo abagore batatu n’abana bane ni bo bivugwa ko biciwe muri biriya bitero, […]

Uganda: Bobi Wine na Besigye bafungiwe mu ngo zabo

Abanyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ na Dr Kizza Besigye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, baravuga ko inzego z’umutekano zabafungiye mu ngo zabo. Bombi babitangaje biciye mu butumwa banditse ku mbuga zabo za X yahoze yitwa Twitter. Bobi Wine yavuze ko “ibigwari by’abasirikare n’abapolisi byagose urugo rwacu hanyuma bidufungira iwacu, ariko imyigaragambyo irakomeje. Musane imihanda […]

Mu Bushinwa bahangayikishijwe n’igabanuka ry’impinja zivuka

Mu Bushinwa haravugwa ikibazo cy’igabanuka ry’abaturage gikomeje gufata indi ntera mu myaka ibiri yikurikiranya. Kuri uyu wa Gatatu taliki 17 Mutarama 2024, nibwo hashyizwe ahagaragara ibarura ryerekanye ko mu mpera z’umwaka ushize wa 2023 abantu bangana na Miliyari 1.409 bagabanutse ugereranyije na 2022. Abahanga mu by’ibarurishamibare bavuga ko ibi byari byitezwe kuko abenshi mu Bashinwa […]

Abasirikare ba RDF barimo ba Ofisiye basoje imyitozo ihanitse yo kurwanira ku butaka (Amafoto)

20240117_221932.jpg

Abasirikare ba RDF barimo abo ku rwego rwa ba Ofisiye ndetse n’abato basoje imyitozo igenewe ingabo zirwanira ku butaka (Advanced Infantry Training) bari bamaze amezi arindwi bakorera mu kigo cy’imyitozo cya Nasho. Umuhango wo gusoza iyi myitozo wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga wari uwuhagarariyemo Perezida Paul Kagame. Gen Muganga yashimiye abasoje […]

Indege ya UPDF yarashe Bombe kuri FARDC bamwe bacika amaguru

Abasirikare benshi bo muri DR Congo bakomerekejwe n’amakompora yarashwe n’indege(Sukhoi) y’igisirikare cya Uganda UPDF cyo muri Uganda nyuma yo kwibasira ibirindiro by’ingabo za Kongo ariko mu buryo kitari cyateguwe. Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri ahagana saa moya za mugitondo ku muhanda wa Eringeti-Komanda.Amakuru avuga ko UPDF yarashe aya makompora yibwira ko […]

U Bwongereza n’u Rwanda ntibikwiye kuba bikinira imikino ya politiki ku buzima bw’abantu: Depite Habineza

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yasabye Leta z’u Bwongereza n’u Rwanda kureka gukomeza gukinira imikino ya politiki ku buzima bw’abantu. Mu mwaka ushize ni bwo u Bwongereza n’u Rwanda byasinyanye amasezerano yerekeye gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira bo muri kiriya gihugu, gusa iza guhagarikwa nyuma yo kwitambikwa n’inkiko zirimo […]

Patrice Lumumba wibukwa n’Abanyekongo kuri uyu munsi yari muntu ki?

Patrice Lumumba, Yishwe azira kuba yarari kwaka ubufasha Repubulika zunze ubumwe z’abasoviete ngo zifashe Congo kubona ubwigenge busesuye, aho yakoronizwaga n’u Bubiligi kandi u Bubiligi bwari buri ku ruhande rwa Leta zunze ubumwe z’ Amerika hamwe n’ibindi bihugu byo mu burengerazuba bw’u Burayi ndetse n’igice kimwe cy’uburengerazuba bwa Uganda, kuri Lumumba (…) Patrice Lumumba, Yishwe […]

Karim Benzema yareze Minisitiri wamushyize mu gatebo k’abayisilamu b’abahezanguni

Umukinnyi w’umupira w’amaguru mu Bufaransa, Karim Benzema, yatanze ikirega arega Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu mu Bufaransa amushinja kumusebya ko afitanye isano n’abayisilamu b’abahezanguni. Minisitiri Gérald Darmanin mu kwezi k’Ukwakira 2023, yavuze ko Bwana Benzema afitanye isano rizwi n’umutwe w’abayisilamu b’Abasuni avuga ko basanzwe bazwiho ubutagondwa.Umwunganizi wa Benzema yavuze ko aya magambo atesha agaciro icyubahiro […]

M23 yarahiriye kwihorera kuri FARDC yivuganye ba ‘Komanda’ bayo 2

Umutwe wa M23 warahiriye kwihorera ku ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), nyuma yo kwica abasirikare babiri bawo bakuru nk’uko wabyemeje. Ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama ni bwo Ingabo za Congo zifatanyije n’izirimo iz’u Burundi ndetse na SADC zagabye ibirindiro bikomeye ku birindiro bya M23. Amakuru avuga ko ibirindiro byatewe birimo […]

Inzu z’abimuwe ahazwi nko kwa Dubai zisigaye ziberamo abajura n’ibihunyira

Bamwe mu bimuwe mu nzu zubatswe mu murenge wa Kinyinya ahazwi nko kwa Dubai, baravuga ko inyubako babagamo zisigaye ziberwamo n’abajura ndetse n’ibihunyira nyuma y’uko Umujyi wa Kigali ubabwiye ko bazazibasanira ariko amaso akaba yaraheze mu kirere. Ikibazo cy’aya mazu cyazamutse mu ntangiro za Werurwe 2023 mu mvura itari yoroshye mu mujyi wa Kigali by’umwihariko […]

Perezida Kagame na Museveni mu batazitabira irahira rya Tshisekedi

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi we Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, ntibari mu bakuru b’ibihugu bazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Félix Antoine Tsahisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Gatandatu tariki ya 20 Mutarama ni bwo Tshisekedi azarahirira kuyobora RDC muri manda ya kabiri y’imyaka itanu, mu birori bizabera muri Stade […]

Umuhungu wa Perezida wa Somalia yakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’ubwicanyi

Kuri uyu wa kabiri, urukiko rwa Turkey rwahamije umuhungu wa perezida wa Somalia icyaha cyo kwica umumotari,maze rumukatira igifungo cy’imyaka ibiri ariko cyahise cyivunjwamo ihazabu. Ku ya 30 Ugushyingo, Mohammed Hassan Sheikh Mohamud umuhungu wa Perezida wa Somalia,yashinjwaga guteza urupfu rw’umumotari wagemuriraga abantu kuri moto nyuma yo kumugonga ubwo yari mu modoka y’Abadipolomate yari atwaye. […]

FARDC yababajwe n’iraswa ry’umusirikare wayo wishwe na RDF

20240117_071840.jpg

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyemeje ko umusirikare wacyo yarashwe mu cyico na RDF na ho bagenzi be babiri barafatwa, nyuma yo kwambuka bakisanga mu Rwanda. FARDC yemeje ayo makuru mu itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wayo, Général-Major Sylvain Ekenge. Yavuze ko ku wa Kabiri tariki ya 16 Mutarama mu ma saa yine z’ijoro bariya […]

Mbaoma yahigitse abarimo Luvumbu, ahembwa nk’umukinnyi mwiza w’ukwezi

Rutahizamu Victor Mbaoma Chukwuemeka wa APR FC yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’ukwezi k’Ukuboza 2023, nyuma yo guhigika abarimo Héritier Nzinga Luvumbu wa Rayon Sports bari bagihataniye. Ni mu bihembo by’abitwaye neza muri shampiyona FERWAFA yatangiye gutanga mu ijoro ryacyeye, nyuma y’igihe kirekire yarahagaritse kubitanga. Mbaoma yarangije imikino ibanza ya shampiyona ari we uyoboye abatsinze ibitego […]

Kayonza:Izindi mbwa 11 zishwe zirozwe nyuma yo kurwana zikanduzanya virusi y’ibisazi

Mu karere ka Kayonza haravugwa amakuru y’imbwa zigera kuri 11 zishwe nyuma y’uko ziketsweho kwanduzanya virusi y’ibisazi. Izi mbwa zishwe , ni izo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, aho ngo zimwe zari zaratangiye kwirara mu baturage zikabarya , izindi zigatangira kuzerera. Ubuyobozi bw’umurenge wa Mukarange bwabwiye itangazamakuru, ko izi mbwa zari ziherutse […]

Nyaruguru: Inkuba yakubise inka ebyiri z’umuturage zirapfa bahita bazirya

b3fceb78-b441-42b7-87cf-d53862e14456-2.jpg

Mu mvura nyinshi yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa 15 Mutarama 2024, inkuba, bise “umwami wo hejuru”, yakubse inka ebyiri z’umuturage witwa Gahamanyi Augustin, utuye mu mudugudu wa Gihango, akagari ka Mariba, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, zihita zipfa. Mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa 16 Mutarama, abaturage bazindutse bazibaga bajya […]

Burundi:Imbonerakure zindobanure zasoje imyitozo izinjiza mu kazi k’ubucanshuro

Urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, rwo muri komine za Mugina na Rugombo mu Ntara ya Cibitoke kuri uyu wa Gatanu taliki 12 Mutarama 2023, umunyamabanga mukuru w’iri shyaka Révérien Ndikuryayo arwizeza kubashakira imirimo y’ubucanshuro mu mahanga. Imyitozo yabereye mu Ntara ya Cibitoke ihana imbibi na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo.Ni imyitozo yitabiriwe […]

FARDC yemeje ko yo na SADC batangiye kugaba ibitero kuri M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyatangaje ko Ingabo zacyo zatangiye kugaba ibitero ku nyeshyamba za M23 zifatanyije n’iza SADC. Byemejwe na Lt Gen Fall Sikabwe usanzwe ari umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ubwo kuri uyu wa Kabiri yari ayoboye inama yahuje FARDC n’ingabo za SADC. Yavuze ko Ingabo […]

Abashaka Trump ku butegetsi batangiye kumwegereza intebe Biden atarayivaho

Mu gihe habura amezi macye ngo muri Amerika habe amatora, abaturage muri Leta ya Lowa batangiye kugaragaza inyota bafitiye Donald Trump. Uyu mugabo wigeze kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatsinze amatora y’ibanze mu ishyaka rye ry’Aba-Republican muri Leta ya Iowa mu gushaka uzahagararira iri shyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Mu majwi 99% […]

Rubavu: RDF yarashe mu cyico umusirikare wa FARDC, 2 ibafata mpiri

Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje mu ijoro ryacyeye Ingabo zari ku burinzi zarashe mu cyico umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abandi babiri bafatwa mpiri. Byabereye murenge wa Rubavu, akagari ka Rukoko, umudugudu wa Rutagata. RDF mu itangazo yasohoye yasobanuye ko “mu ma saa saba z’urucyerera abasirikare batatu bo mu ngabo […]

Uko Kabila wujuje imyaka 23 arasiwe mu biro bye yapfuye

Ku itariki nk’iyi ya 16 Mutarama 2001, ni bwo Laurent-Désiré Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishwe arashwe n’umwe mu basirikare bamurindaga. Uyu mukambwe wari ufite imyaka 61 y’amavuko, yishwe nyuma y’imyaka hafi ine afashijwe guhirika ku butegetsi Mobutu Sese Seko n’abarimo Ingabo z’u Rwanda (RDF). Kabila yahumetse umwuka we wa […]

Uganda:Uzabona uwarashe Pasiteri Bugingo azahembwa amamiliyoni

Mu ntangiro z’uyu mwaka wa 2024, nibwo humvikanye amakuru y’umupasiteri uzwi cyane muri Uganda warusimbutse nyuma yo kuraswaho urufaya rw’amasasu agahitana umurinzi we witwa Richard Muhumuza. Uyu mukozi w’Imana akimara kurusimbuka , yaje gutanga ubuhamya, avuga ko abantu bitwaje intwaro bamurashe bakiruka bazi ko bamwishe ariko ku bw’ibyago bahitana uwari umurinzi we. Kuva ubwo inzego […]

FIFA yahembye Messi nk’umukinnyi wahize abandi muri 2023

Lionel Messi ni we wegukanye igihembo cya FIFA cy’umukinnyi wahize abandi mu mwaka ushize wa 2023, ahigitse Erling Haaland na Kylian Mbappé bari bagihataniye. Ni ku ncuro ya munani FIFA yatangaga biriya bihembo nyuma yo kubitanga bwa mbere muri 2016. Messi usanzwe akinira LA Galaxy, nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi mwiza wa FIFA cy’uyu mwaka […]

M23 yongeye gushinja FARDC n’imitwe ikorana nayo kumisha ibisasu mu baturage

Umutwe wa M23 ukorera muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo,urashinja ingabo za FARDC n’abambari bayo barimo FDRL kuwugabaho ibitero ikanamisha ibisasu mu baturage. ibi byatangajwe n’umuvugizi w’aba barwanyi Lawrence Kanyuka, aho yavuze ko kuva ahagana saa 17h45 zo kuri uyu wa Mbere taliki 15 Mutarama 2024, ingabo zihuriweho n’ubutegetsi bwa Kinshasa, zagabye ibitero mu duce […]

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Iburayi wasabye u Burundi n’u Rwanda kuganira byihuse

Umuryango Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wasabye ko u Burundi n’u Rwanda byagirana ibiganiro bigamije gukura igitotsi kiri mu mubano w’ibihugu byombi. Ibi byagarutsweho n’umuyobozi w’uyu muryango w’ibi bihugu by’i Burayi Rita Laranjinha aho yasabye ko ibihugu byombi bigomba kwicara bikaganira kugirango umubano uzahuke. Yaboneyeho kunenga igihugu cy’u Burundi cyafashe icyemezo cyo gufunga imipaka yose ihuza u […]

Perezida wa Rayon Sports yateguje urupfu umufana uziha ibyo kumukubita

Perezida wa Rayon Sports, Capt (Rtd) Uwayezu Jean Fidèle, yateguje abafana b’iyi kipe ko uzagerageza kumukubita azisanga mu buruhukiro bw’ibitaro. Uwayezu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Mutarama, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru. Ni nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize ubwo Rayon Sports yari imaze gutsindwa na Gasogi United ibitego 2-1, bamwe mu bafana […]

Abasirikare barimo Lt. Col bafunzwe bazira gushaka gukorera coup d’état Capt. Traoré

Abasirikare bane barimo Lieutenant Colonel batawe muri yombi, nyuma yo gukekwaho umugambi wo gushaka guhirika ku butegetsi Capitaine Ibrahim Traoré uyoboye Burkina Faso mu buryo bw’inzibacyuho. Abafunzwe nk’uko Jeune Afrique yabitangaje, barimo Lt. Col Evrard Somda wahoze akuriye gendarmerie ya Burkina Faso. Uyu yatawe muri yombi ku Cyumweru tariki ya 14 Mutarama nyuma yo gufatirwa […]

Kivu y’Amajyepfo yashegeshwe n’imvura idasanzwe yahitanye amazu arenga 850

Imvara idasanzwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu gace ka Karehe muri Kivu y’Amajyepfo,hashegeshwe n’imvura idasanzwe yangije amazu arenga 850. Amazu agera kuri 305 aherereye kuri Avenue Chirerema yangijwe n’isuri, bigatuma abaturage bimukira i Kiniezire.Si ibyo gusa kuko yanangije ibikorwa remezo birimo amashuri nka EP Gihugo na Institut Bulungu, ndetse n’itorero rya CECA, byagizweho […]

Ba bakinnyi bahungabanijwe n’inkuba bose bavuye mu bitaro

Abakinnyi bari bahungabanijwe n’inkuba ubwo bari mu kibuga kuri uyu wa Gatandatu bakajyanwa mu bitaro igitaraganya, kuri ubu bamaze kuva mu bitaro. Ni abakinnyi bagera ku munani n’abatoza bakiniraga mu Karere ka Gicumbi mu mukino wa Shampiyona y’abagore mu mupira w’amaguru, bahungabanye ubwo inkuba yakubitaga bajyanwa mu bitaro, bose bamaze gusezererwa nyuma yo koroherwa. Iyi […]

Umuntu wese ufata gusiramura nk’ibintu bikaze ni ikigoryi: Raila Odinga

Umunyapolitiki Raila Odinga utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya, yise “ibigoryi” abantu bose bafata gusiramura/rwa nk’ibintu bikomeye, agaragaza ko uyu muco usanzwe utari uw’abanyafurika. Odinga yabitangarije mu gace ka Malaba ho mu ntara ya Busia iherereye mu burengerazuba bwa Kenya, aho kuri uyu wa Mbere yagiraniye ikiganiro n’abashyigikiye ishyaka rye rya ODM. Uyu munyapolitiki yaneguye ibijyanye […]

‘Abantu bifuzaga ko mpfa mbere ya Radio’ Weasel

Umucuranzi Weasel wamamaye itsinda rya Goodlife, yatangaje ko abantu babi muri Uganda bifuzaga ko apfa mbere ya mugenzi we nyakwigendera Radio. Ibi yabitangaje mu kiganiro na tereviziyo yo muri Uganda ,aho yasobanuye ko mu bihe bitandukanye yagiye ahura n’abantu bashaka kumwica ariko akarusimbuka abandi bakifuza ko apfa byanditse ku mbuga nkoranyambaga. Ati: “Abantu bamwe bifuzaga […]

Umunyarwenya Kevin Hart yavuze akarimurori ku ruzinduko rwe mu Rwanda

Muri Nyakanga umwaka ushize, nibwo umunyarwenya Kevin Hart yasuraga u Rwanda n’umuryango we, batemberezwa mu bice bitandukanye birimo n’imisozi y’ibirunga ibarizwamo ingagi. Ubwo yari mu kiganiro The Tonight Show yagiranye na Jimmy Fallon, yavuze ko yishimiye gusura u Rwanda ariko ngo akaba yaratangajwe n’uko yazibonye amaso ku muso mu gihe yateganyaga ko ubusanzwe hagati y’uzireba […]

U Budage bwaba bukomeje imyiteguro yo kujya mu ntambara n’u Burusiya

Ikinyamakuru Bild kiri mu bikomeye mu Budage, cyatangaje ko Ingabo z’iki gihugu zikomeje imyiteguro yo kujya mu ntambara n’u Burusiya ishobora kwaduka mu mwaka utaha wa 2025. Bild yatangaje iby’iyi ntambara nyuma y’”inyandiko y’ibanga” ivuga ko yabashije gukura muri Minisiteri y’Ingabo z’u Budage. Iyo nyandiko ya Bundeswehr (Igisirikare cy’u Budage) isobanura umunsi ku wundi ibikorwa […]

Hari abanyarwanda bivugwa ko imbonerakure zafungiye i Burundi

Amakuru akomeje kugenda avugwa nyuma y’ifungwa ry’imipaka, ni uko ngo hari abanyarwanda bagera hafi 50 bafungiwe mu Burundi nyuma y’uko iki gihugu gitangaje ifungwa ry’imipaka. Amakuru atangazwa na SOS Média Burundi, avuga ko nyuma y’uko Leta y’u Burundi itangaje ko imipaka ihuza iki gihugu n’u Rwanda ifunze, imbonerakure zatangiye guhiga ahari abanyarwanda zitangira kubafata. Iki […]

Minisitiri Lutundula wa RDC yavuguruje Ndayishimiye ku kibazo cya RED-Tabara yitiriye u Rwanda

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yashimangiye ko umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ufite ibirindiro muri Congo; avuguruza ibimaze iminsi bitangazwa na Perezida Evariste Ndayishimiye by’uko abawugize baba mu Rwanda. Lutundula yemejeko RED-Tabara iba muri RDC mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo we na Bintou Keita ukuriye ubutumwa bwa […]

Côte d’Ivoire yabonye intsinzi ya mbere muri CAN 2023

Ikipe y’Igihugu ya Côte d’Ivoire, Les éléphants, yatangiye neza Igikombe cya Afurika cya 2023 nyuma yo gutsinda Djurtus ya Guinée-Bissau ibitego 2-0. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino ufungura CAN wabereye kuri Stade Alassane Ouattara d’à‰bimpé. Byasabye umunota wa kane wonyine w’umukino ngo Seko Fofana ahagurutse imbaga y’abanya-Côte d’Ivoire babarirwa mu bihumbi 60 bari bagiye […]

Bwa mbere Rayon Sports WFC yatsinze AS Kigali

Rayon Sports Women Football yatsinze AS Kigali ibitego 2-1, iba incuro ya mbere ishoboye gutsinda iriya kipe y’abanyamujyi. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino w’agapingane w’umunsi wa 13 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadium. Ni umukino yaje gukina arwanira umwanya wa mbere, dore ko yanganyaga amanota 34 ndetse n’umubare w’ibitego yari azigamye (yombi yari […]

Masisi: M23 yaba yasubijwe inyuma na Wazalendo

Sosiyete Sivile yo muri Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, iravuga ko imitwe ya Wazalendo yasubije inyuma inyeshyamba za M23. Ni nyuma y’imirwano imaze iminsi isakiranya impande zombi muri Teritwari ya Masisi. Léon Mema wo muri Sosiyete Sivile i Masisi, yatangaje ko aba-Wazalendo birukanye M23 ahitwa Kobokobo winjira i Karuba, isantere y’ubucuruzi iri muri Masisi. […]

Abanyamategeko ntibashaka Perezida Ruto

Bamwe mu banyamategeko bibumbiye mu rugaga mu Mujyi wa Nairobi bavuga ko badashaka Ruto bitewe n’amagambo aherutse gutangaza asa n’anenga abacamanza. Ibi byagaragajwe n’imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mutarama 2024, aho abahanga mu by’amategeko benshi biraye mu mihanda ya Nairobi, bamagana icyo bita iterabwoba rya Perezida William Ruto ryo kwanga ibyemezo […]

Minisitiri Utumatwishima yasohoje isezerano yahaye Bushali wari uzi ko ari ‘umu-mama’

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, Ku wa Gatanu yakiriye ndetse anagirana ibiganiro n’Umuraperi Bushali. Aba bombi bahuye nyuma y’uko mu mpera z’umwaka ushize Minisitiri Utumatwishima yari yagaragaje ko yifuza kuba yahura n’uriya muhanzi bakamenyana. Ku wa 28 Ukuboza Minisitiri w’Urubyiruko avuga ku butumwa bw’uwitwa No_ Brainer watumiriraga abantu kwitabira ibitaramo birimo […]

Impamvu u Burundi bwafunze imipaka yabwo n’u Rwanda kandi RDC ntabyo yakoze mu mboni za Minisitiri Shingiro

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Albert Shingiro, yatangaje ko igihugu cye cyihutiye gufunga imipaka igihuza n’u Rwanda kuko gifite “ubwigenge” bucyemerera gufata ibyemezo gishaka. Minisitiri Shingiro yabitangaje ku wa Gatanu tariki ya 12 Mutarama, ubwo yari yitabye Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi mu rwego rwo gusobanura zimwe mu ngingo zerekeye imigenderanire y’icyo gihugu n’ibihugu by’amahanga. […]

Bikomeje kuzamba muri Zambia ! Abantu babujijwe guhoberana no guhazwa

Muri Zambia ibintu bikomeje kudogera , nyuma y’uko icyorezo cya Cholera kirimo gukara umunsi ku wundi. Guverinoma ya Zambia ikomeje gushyiraho ingamba zo guhangana n’indwara ya Cholera ikomeje kuba icyorezo, zirimo guhagarika ibikorwa byo guhazwa ndetse n’ifunguro ryera, bisanzwe bikorwa n’amadini n’amatorero, ndetse ko bagomba gukaraba intoki no kutegerana. Insengero kandi zategetswe kutarenza amasaha 2 […]

U Rwanda rwahumurije Abarundi bafungiweho imipaka bari ku butaka bwarwo

Guverinoma y’u Rwanda yahumurije Abarundi bangiwe kwinjira mu gihugu cyabo nyuma yo gufungirwaho imipaka, ibasaba kuryama mu Rwanda bagasinzira. Ku wa Kane tariki ya 11 Mutarama ni bwo Leta y’u Burundi yafunze imipaka yose ihuza icyo gihugu n’u Rwanda, nyuma yo kurugaragaza nk’umuturanyi mubi. U Burundi bwafunze imipaka nyuma y’iminsi mike Perezida Evariste Ndayishimiye ashinje […]

Biravugwa ko M23 yafashe mpiri abasirikare ba FARDC ikanica abiganjemo aba SADC

Umutwe wa M23 ubarizwa mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, biravugwa ko wafashe mpiri abasirikare batatu ba FARDC. Ni amakuru yatangajwe nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu habaye imirwano ikomeye mu gace ka Sake mu marembo ya Goma. Amakuru avuga ko aba basirikare M23 yafashe bari bari mu bayigabyeho igitero maze ihita ibafata […]

Rayon Sports yambitswe ubusa na Gasogi United

Ikipe ya Gasogi United yatangiye neza imikino yo kwishyura ya shampiyona, nyuma yo gutsinda Rayon Sports iyirusha ibitego 2-1. Urubambyingwe bari basuye Murera mu mukino wo w’umunsi wa 16 wa shampiyona. Ni umukino impande zombi zaje gukina zabanje guhigana ubutwari; binajyanye no kuba ari amakipe yombi adakunze kujya imbizi. Rayon Sports by’umwihariko yashakaga kureba niba […]

M23 yaba yasutse ibibombe mu mujyi wa Sake

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyashinje umutwe wa M23 kuba kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mutarama warashe ibisasu byinshi mu mujyi wa Sake. Umuvugizi wa FARDC mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Guillaume Ndjike Kaiko yatangaje ko ibisasu byo mu bwoko bwa Mortier 120 mm ari byo M23 yarashe […]

Ibihugu 10 bya Afurika bifite Igisirikare karahabutaka kurusha ibindi muri 2024

Urubuga ’Global FirePower’ rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana mu mbaraga za gisirikare, ku wa Kane tariki ya 11 Mutarama rwasohoye urutonde rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana muri uyu mwaka wa 2024. Urutonde rwa Global Firepower Index abarukora bagendera ku ngingo zigera kuri 60 zirimo ingengo y’imari ikoreshwa mu gisirikare, umubare w’ababakizwamo n’ibikoresho bya gisirikare nk’intwaro, […]

Netanyahu yifatiye ku gahanga Afurika y’Epfo ishinja Israel Jenoside

Netanyahu yateye utwatsi ikirego cya Afurika y’Epfo kirega Isiraheli mu Rukiko rw’Umuryango w’Abibumbye ko irimo gukorera Jenoside abanyegaza. Minisitiri w’intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yavuze ko ibi birego bya Afurika y’Epfo bigoramye igoramye. Ni nyuma y’uko uru Rukiko Rukuru rw’Umuryango w’Abibumbye rwatangiye kumva ku wa kane ibirego bya Afurika y’Epfo bivuga ko intambara ya Isiraheli […]

Urubanza rwa Kazungu Denis ushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi rwongeye gusubikwa bwa Kabiri

Kuri uyu wa Gatanu taliki, 12 Mutarama 2024, nibwo urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza Ubushinjacyaha buregamo Kazungu Denis. Urukiko rwasubitse uru rubanza nyuma yo kubisabwa n’uwunganira Kazungu Me Murangwa Faustin, aho yavuze ko atigeze abona umwanya wo kwiga neza Dosiye. Ni ku nshuro ya Kabiri uru rubanza rusubikwa , kuko na taliki 5 uku […]

Abarimo abasirikare babiri ba FARDC bashinjwaga gukorana na M23 bakatiwe

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abasirikare babiri ba FARDC bari bakurikiranyweho gukorana na M23 bakatiwe igifungo cy’imyaka 10. Ni umwanzuro urukiko rwafashe kuri uyu wa Kane w’ejo hashize, aho abagera kuri 21, barimo n’abo basirikare babiri bashinjwa icyaha cyo gutera inkunga u mutwe w’inyeshamba wa M23. Amakuru atangazwa na MCN, […]

Perezida Paul Kagame ari muri Zanzibar

Perezida Paul Kagame yamaze kugera mu birwa bya Zanzibar, aho yitabiriye ibirori by’isabukuru y’imyaka 60 y’impinduramatwara ya Zanzibar. Ni ibirori bibera kuri Amani Stadium ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Mutarama 2024. Abandi bitabira ibi birori harimo Perezida wa Zanzibar Dr. Hussein Ali Mwinyi, Perezida Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, Yoweri […]

Ibibazo by’ubutaka biza ku Isonga mu byo Urwego rw’Umuvunyi rwagejejweho mu turere

Ibibazo by’ubutaka ni kimwe mu bikunze kugarukwaho hirya no hino mu gihugu aho usanga bikunze guteza amakimbirane haba mu miryango y’abashakanye no muri sosiyete. Kuri iyi ngingo , Urwego rw’Umuvunyi rwagaragaje ko umwaka ushize mu ngendo zo mu turere dutandukanye tw’igihugu rwagezemo rukemura ibibazo ibyiganje kurusha ibindi ari ibibazo birebana n’ubutaka. Mu bibazo bisaga 3310 […]

Kera kabaye Amerika yashimiye Tshisekedi, imuha umukoro

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimiye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC, nyuma yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu kwezi gushize. Ku itariki ya 31 Ukuboza ni bwo Komisiyo y’amatora muri RDC yatangaje Tshisekedi nk’uwatsinze amatora yo ku wa 20 Ukuboza, mbere y’uko intsinzi ye yemezwa n’Urukiko Rushinzwe Kurinda Itegekonshinga muri iki […]

Palestine ikomeje gushimira Afurika y’Epfo ko irimo kuyirwanaho imbere y’amahanga

Abaturage ba Palestine barimo gushimira Afurika y’Epfo yafashe iya mbere mu gutanga ikirego ivuga ko aba baturage barimo gukorerwa Jenoside na Israel. Ni nyuma y’uko iki gihugu kigejeje ikirego mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho Ubutabera ruregwamo Ibihugu ICJ (International Court of Justice) kugirango Israel irenganurwe. Kuri uyu wa Kane nibwo uru rukiko rwatangiye kumva ikirego cy’Ibihugu […]

Azarias Ruberwa wabaye Visi Perezida wa RDC yamaganye ibyavugwaga ko yiyunze kuri AFC ya Nangaa

Umunyapolitiki Azarias Ruberwa wigeze kuba Visi Perezida wa DR Congo, yigaramye iby’amakuru yavugaga ko yaba yariyeguriye ihuriro ry’amashyaka ‘Alliance Fleuve Congo’ (AFC) rya Nangaa rirwanya Leta ya Tshisekedi. Yabihakanye ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Top Congo , aho yavuze ko atari muri iyo gahunda yo kwihuza n’iyo mpuzamashyaka. Yavuze ko kugeza ubu arimo kubarizwa muri Leta Zunze […]

U Rwanda rwababajwe no kuba u Burundi bwafunze imipaka

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yababajwe no kuba u Burundi bwafunze imipaka ihuza ibihugu byombi, igaragaza ko icyemezo bwafashe gikoma mu nkokora urujya n’uruza rw’abantu. Kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mutarama ni bwo u Burundi bwatangaje ko bwafunze imipaka ibuhuza n’u Rwanda, nyuma yo kurugaragaza nk’umuturanyi mubi. U Burundi bwafashe icyo cyemezo nyuma […]

U Burundi bwatangiye guhiga bukware Abanyarwanda bari ku butaka bwabwo

Leta y’u Burundi yatangaje ko yahagaritse kugirana umubano uwo ari wo wose n’u Rwanda, inatangira guhiga bukware Abanyarwanda Bose bari ku butaka bwa kiriya gihugu. Byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Martin Niteretse, ubwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mutarama yagiranaga inama n’ubuyobozi bw’Intara ya Kayanza. Ni icyemezo iki gihugu cyafashe nyuma […]