Umugore wa Sabin wahindutse iciro ry’imigani yashimangiye urwo amukunda

Madamu w’umunyamakuru Murungi Munyengabe Sabin, Gasagire Raissa, yashimangiye urwo akunda umugabo we mu gihe amaze iminsi yibasirwa n’abakoresha imbuga nkoranyambaga bamushinja kumuca inyuma. Sabin amaze icyumweru kirenga yotswa igitutu, nyuma y’amashusho bivugwa ko ari aye amaze igihe akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga. Ni amashusho uwo bivugwa ko ari uyu munyamakuru ufite umuyoboro wa YouTube wa ISIMBI […]

Hamenyekanye ibyo FDLR na FLN bamaze iminsi baganira n’Igisirikare cya Ndayishimiye

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi iremeza ko abahagarariye imitwe ya FDLR na FLN yombi irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bamaze icyumweru kirenga bagirana ibiganiro n’Igisirikare cy’u Burundi (FDNB). Inama zahuje izi mpande uko ari eshatu ku butumire bwa FDNB zaberaga muri hoteli zo mu ntara za Cibitoke na Kayanza zombi zitandukanywa n’ishyamba rya Kibira. Iri […]

Urujijo ku irengero rya Kikuni bikomeje kuvugwa ko yaba yarishwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Urujijo rukomeje kuba rwose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko umunyapolitiki Seth Kikuni uheruka gutabwa muri yombi akomeje kuburirwa irengero. Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, ari mu bakandida bahatanye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi mu natora ya Perezida wa Repubulika yo mu Ukuboza 2023. Mu minsi 12 ni bwo yatawe muri yombi […]

Gen Kagame yatangaje umusaruro w’imirwano ya RDF n’ibyihebe mu mashyamba y’i Macomia

Maj Gen Alex Kagame uherutse gusoza inshingano nk’Umuhuzabikorwa w’Ibikorwa by’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (Joint Task Force Commander) muri Mozambique, yatangaje ko ingabo z’u Rwanda n’iza Mozambique zongeye kugarura ituze mu karere ka Macomia, nyuma y’imirwano yari imaze ibyumweru izisakiranya n’ibyihebe. Kuva mu ntangiriro za Kanama havuzwe amakuru y’uko ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique zari […]

Vigoureux wazamuye abakinnyi benshi b’Abanyarwanda yapfuye

Umutoza Mungo Jitiada ’Vigoureux’ wamenyekanye kubera kuzamura abakinnyi batandukanye ba ruhago mu Rwanda, yapfuye azize uburwayi yari amaranye igihe. Inkuru y’urupfu rw’uyu mukambwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Nzeri 2024. Mu mwaka ushize wa 2023 ni bwo amakuru yamenyekanye ko uyu mutoza afite uburwayi bwo kubura amaraso na hépatite […]

MINEDUC yahawe Minisitiri wa 17: Menya abamaze kuyiyobora bose kuva mu myaka 30 ishize

joseph-nsengimana-jpg.webp

Perezida Paul Kagame ku wa Gatatu tariki ya 11 Nzeri yagize Nsengimana Joseph Minisitiri mushya w’Uburezi, asimbuye Twagirayezu Gaspard wagizwe Umuyobozi w’Urwego rushinzwe isanzure. Nsengimana wagizwe Minisitiri mushya w’Uburezi yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cya Mastercard Foundation gishinzwe guteza imbere uburezi kuri bose binyuze mu ikoranabuhanga. Mbere yo gukorana na Mastercard, kuva muri 2018 Nsengimana […]

P. Kagame yahinduriye imirimo Twagirayezu Gaspard wari Minisitiri w’Uburezi

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu tariki ya 11 Nzeri yahinduriye imirimo Twagirayezu Gaspard wari Minisitiri w’Uburezi, amugira Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe isanzure. Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente; mu itangazo ibiro bye byasohoye mu izina ry’Umukuru w’Igihugu. Iryo tangazo rivuga ko Nsengimana Joseph ari we wasimbuye Twagirayezu ku nshingano za […]

M23 yaciye amarenga y’uko yaba iteganya kwigarurira Goma vuba

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu waciye amarenga y’uko waba wifuza gufata Umujyi wa Goma, mu rwego rwo guhagarika ubwicanyi bumaze igihe buwurangwamo. Abatuye uyu mujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru bamaze igihe bamagana ubwicanyi buwukorerwamo, ndetse abawutuye kuva mu kwezi gushize bakunze kwigaragambya babwamagana. Kuri uyu wa Gatatu uyu mujyi nanone […]

Imyigaragambyo iri kubera i Nairobi yagize ingaruka kuri RwandAir

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere (RwandAir), yatangaje ko yahagaritse ingendo zijya ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cyitiriwe Jomo Kenyatta i Nairobi kubera imyigaragambyo y’abakozi b’Ihuriro ry’Abakora ku bibuga by’Indege muri Kenya iri kuhabera. Aba bakozi baramukiye mu myigaragambyo bamagana icyemezo cya Guverinoma ya Kenya cyo kwegurira Ikibuga cy’Indege cya Jomo Kenyatta Sosiyete yitwa […]

Ibitaravuzwe ku biganiro M23 yakiriwemo i Luanda muri Angola

arton171685-0526f.jpg

Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Nzeri Leta ya Angola yakiriye i Luanda intumwa z’umutwe wa M23, mu biganiro bigamije gukemura amakimbirane amaze igihe hagati y’uyu mutwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari mu ntambara. M23 yakiriwe i Luanda nyuma y’amasaha make mu karere ka Rubavu habereye inama yahuje abakuriye ubutasi bwa mu […]

Amafoto utabonye y’umukino Amavubi yaguyemo miswi na Super Eagles

img-20240910-wa0050.jpg

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ku wa Kabiri yaguye miswi na Super Eagles ya Nigeria 0-0, mu mukino wa kabiri wo mu tsinda D w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera muri Maroc. Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, urebwa n’abarimo Perezida Paul Kagame wari umaze imyaka umunani atagaragara muri Stade. Amavubi […]

U Burundi buherutse kwakira abayobozi ba FDLR na FLN

Leta y’u Burundi mu byumweru bishize yakiriye muri iki gihugu abayobozi b’imitwe yitwaje intwaro ya FDLR na FLN; imitwe yombi ifite umugambi wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ikinyanyamakuru Africa Intelligence cyanditse ko umuhuro w’abahagarariye iyi mitwe n’u Burundi wabereye hafi y’umupaka w’iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (mu ntara ya Cibitoke). Nta byinshi […]

Amavubi yahagamiye The Super Eagles mu maso ya Perezida Kagame

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yaguye misiwi na The Super Eagles ya Nigeria 0-0, mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu wabaye kuri uyu wa Kabiri. Amavubi y’u Rwanda yakiriye Kagoma za Nigeria kuri Stade Amahoro, mu mukino wa kabiri wo mu tsinda D mu ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2025 kizabera […]

Rutshuru: M23 yaramutse irasana na FARDC

Umutwe wa M23 watangaje ko kuri uyu wa Kabiri ingabo zawo zaramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu duce twa Teritwari ya Rutshuru. Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko imirwano yaramukiye mu duce twa Katale, Kaniro ndetse no mu nkengero zatwo, […]

Uganda yataye muri yombi umuyobozi mukuru wo muri AFC/M23

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umwe mu bayobozi bakuru b’ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, nyuma yo kumufatira mu nkambi ya Kyangwali iherereye mu karere ka Kikuube ashaka impunzi zo kwinjiza muri M23. David Baraka Elonga watawe muri yombi asanzwe ari Komiseri ushinzwe Politiki muri AFC/M23. Yatawe muri yombi ku wa 5 […]

Igihe cyo kwihangana kiri gushira: Nyusi waburiye ibyihebe byayogoje Cabo Delgado

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yasabye abakuru b’ibyihebe bimaze igihe byarayogoje intara ya Cabo Delgado kuyamanika, ababurira ko igihe cyo kubihanganira kiri gushira. Nyusi yabitangarije mu mujyi wa Matola ho mu ntara ya Maputo, ahaberaga ibirori byo kwizihiza imyaka 50 ishize hasinywe amasezerano y’ubwigenge bwa Mozambique hagati y’ishyaka Frelimo n’abakoloni b’abanya-Portugal. Yagize ati: “Tuzi amazina […]

Avoka wa Mwangachuchu yavuze ku bivugwa ko yaba yaratorotse gereza

Umunyamategeko wa Depite Edouard Mwangachuchu wakatiwe urwo gupfa nyuma yo guhamywa icyaha cyo gukorana na M23, yahakanye amakuru amaze iminsi avuga ko yaba yaratorotse gereza. Amakuru y’itoroka rya Mwangachuchu yatangiye kuvugwa mu Cyumweru gishize nyuma y’uko zimwe mu mfungwa zari zifungiye muri gereza ya Makala zigerageje kuyitoroka. Leta ya RDC yemera ko hari abantu 129 […]

Ishyamba si ryeru hagati ya FARDC na Wazalendo

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko umwuka mubi watangiye gututumba hagati y’Ingabo z’iki gihugu n’imitwe ya Wazalendo Kinshasa yitabaje ngo iyifashe guhangana n’umutwe wa M23. Wazalendo ihuriwemo n’imitwe yitwaje intwaro ibarirwa muri 30 yahoze ikorera mu burasirazuba bwa Congo. Iyi mitwe imaze imyaka ibarirwa muri ibiri yitabajwe ku rugamba ngo ifashe […]

UPDF igiye guha icyubahiro Gen Nyakairima wambariye Perezida Kagame mu bukwe bwe

Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyateguye ibirori byo guha icyubahiro Late Maj Gen Aronda Nyakairima wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo zacyo. Hagati y’itariki ya 10 n’iya 12 Nzeri ni bwo i Kampala hazabera imurikabikorwa rizaba rifite insanganyamatsiko yo “kwizihiza ubuzima bwa Hon Gen Aronda Nyakairima; urugero rw’igitambo cy’impinduramatwara, guharanira iterambere n’agaciro ka Afurika, gukunda igihugu, ubutwari […]

RIB yerekanye 45 bari barajujubije abantu babiba kuri Mobile Money

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Mbere rweretse itangazamakuru abantu 45 bakekwaho kuba abajura bari bamaze igihe biba abantu bakoresheje amayeri atandukanye, cyane Mobile Money. Aberekanwe biganjemo abo mu mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu yo mu Karere ka Rusizi, gusa hari n’abo mu turere twa Gicumbi, Ruhango, Gasabo, Rubavu, Nyarugenge Kirehe na Muhanga. Bafashwe […]

Gicumbi: Umugeni yakubise ishoka umugabo we bamaze icyumweru bashyingiranwe

Umugabo witwa Seleman wo mu murenge wa Nyankenke w’akarere ka Gicumbi, arembeye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) nyuma yo gukubitwa ishoka na Bantegeye Yvonne bamaze icyumweru bashyingiranwe. Byabaye mu mpera z’icyumweru gishize, mu mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Kigogo. Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko kugira ngo uyu mugore akubite umugabo we ishoka byaturutse […]

Jordan: Special Force ya RDF yitwaye neza mu irushanwa ryo kurwana

screenshot_20240909-094444_1.jpg

Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe udasanzwe (SOF) ziri mu bitwaye neza mu irushanwa ryahurizaga muri Jordan imitwe y’ingabo zidasanzwe zo mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino ku Isi. Ni irushanwa ry’iminsi itanu ryahuzaga amakipe 32 ya za Special Forces zo mu bihugu 18 byo hirya no hino ku Isi. U Rwanda muri iri […]

Abiy Ahmed yaburiye ibihugu ‘biteganya gutera’ Ethiopia

Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed Ali, yaburiye umuntu uwo ari we wese uteganya gutera igihugu cye ko akwiye “gutekereza inshuro 10” mbere yo kubikora, avuga ko igitero icyo ari cyo cyose cyasubizwa inyuma. Abiy yabivugiye mu ijambo ryatambutse kuri televiziyo ryijyanye no kwizihiza umunsi w’ubusugire bwa Ethiopia. Abiy usanzwe ari Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo […]

Andy Bumuntu yeguye kuri Kiss FM

Umuhanzi Andy Bumuntu yaraye atangaje ko yeguye kuri Kiss FM, nyuma y’imyaka ibiri akorera iyi Radiyo yo mu mujyi wa Kigali. Bumuntu yakoraga ikiganiro kizwi nka Breakfast cyatambukaga mu masaha y’igitondo. Uyu musore mu itangazo yaraye anyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yavuze ko “nyuma y’igihe mbitekerezaho, nafashe icyemezo cyo kwegura kuri Kiss FM”. Yakomeje avuga […]

Haruna Niyonzima yatandukanye na Rayon Sports

Haruna Niyonzima yemeje ko yamaze gutandukana na Rayon Sports, nyuma y’igihe gito yari ayimazemo. Mu mpeshyi y’uyu mwaka ni bwo uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga yari yerekeje muri Rayon Sports yari yasinyiye amasezerano y’umwaka umwe. Baba Muzazi utari wagakiniye Murera umukino n’umwe mu marushanwa yemewe, yafashe icyemezo cyo gutandukana na yo nyuma yo “kutubahiriza […]

Biraza gucamo: Nduhungirehe ku izahuka ry’umubano w’u Rwanda n’u Burundi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatanze icyizere cy’uko umubano w’u Rwanda n’u Burundi umaze igihe warazambye ushobora gusubira mu buryo. Nduhungirehe yabikomojeho kuri uyu wa Gatandatu yifashishije urubuga rwa X. Yasubizaga umwe mu bakoresha uru rubuga witwa Dr Dash wagaragaje ko yifuza kubona ifoto nk’iyafashwe Perezida Paul Kagame ari kumwe na mugenzi we […]

Amavubi yitegura Nigeria yatsinze Police FC mu mukino wo kwipima

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ yatsinze Police FC igitego 1-0, mu mukino wa gicuti amakipe yombi yahuriyemo kuri uyu wa Gatandatu. Ni umukino wabereye ku kibuga cy’imyitozo cya Stade Amahoro. Igitego cya Ruboneka Jean Bosco usanzwe akinira APR FC ni cyo cyatandukanyije impande zombi muri uyu mukino w’iminota 50. Ni umukino umutoza Torsten Frank Spittler yakoreshejemo abakinnyi […]

Minisitiri Sarah Mateke Nyirabashitsi yapfuye

Sarah Mateke Nyirabashitsi wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda muri Minisiteri y’Ingabo z’iki gihugu, yapfuye kuri uyu wa Gatandatu azize uburwayi. Nyirabashitsi ukomoka i Kisoro asanzwe ari umukobwa wa Philemon Mateke wari Umunyamabanga wa Leta ya Uganda Ushinzwe ubutwererane n’akarere ubwo umubano w’iki gihugu n’u Rwanda wari warazambye. Amakuru y’urupfu rw’uyu mudamu w’imyaka 50 y’amavuko […]

Ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare RDC yasinyanye n’u Bushinwa

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Bushinwa ku wa Gatanu byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare, akaba agamije kongerera ubushobozi igisirikare cya Congo (FARDC). Ku ruhande rwa RDC ayo masezerano yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo z’iki gihugu, Guy Kabombo Muadiamvita umaze iminsi i Beijing aho we n’abandi bategetsi bajyanye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Aya […]

Minisitiri Mwiimbu yacanye umuriro ku badepite bashinje u Burundi guha Zambia ibigori biroze

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ndetse n’umutekano w’imbere muri Zambia, yacanye umuriro ku badepite ba Zambia baheruka kugaragaza impungenge z’uko ibigori iki gihugu cyemerewe na Leta y’u Burundi bishobora kuba biroze. Mu kwezi gushize ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yasuraga Zambia, yemereye iki gihugu imfashanyo ya toni 5,000 z’ibigori mu rwego rwo kukigoboka kubera amapfa adasanzwe […]

Perezida Kagame yunamiye Assefa wamuhagarariye nka se mu bukwe bwe

Perezida Paul Kagame yunamiye Araya Assefa wamuhagarariye nka se umubyara ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bari bakoze ubukwe. Ku wa Gatanu tariki ya 6 Nzeri ni bwo urupfu rw’uyu mukambwe wari ufite imyaka 89 y’amavuko rwamenyekanye. Perezida Kagame mu butumwa yaraye anyujije ku rubuga rwa X asubiza uwitwa Calvin Mutsinzi wabikaga urupfu rw’uriya mukambwe, […]

Somalia yatutumbije umwuka mubi wa Ethiopia na Misiri

Umwuka mubi wongeye gututumba hagati ya Ethipoia na Misiri, nyuma y’amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare iki gihugu cyo mu majyaruguru ya Afurika giheruka gusinyana na Somalia. Ni amasezerano byitezwe ko agomba gusiga mu gihe cya vuba Misiri yohereje ingabo zayo, intwaro ndetse n’amasasu muri Somalia, ikindi ibihugu byombi bikaba biri guteganya gukora imyitozo ihuriweho y’ingabo […]

Gen Luboya yahaye gasopo Nangaa na AFC/M23

Guverineri w’Intara ya Ituri, Lieutenant Général Johnny Luboya Nkashama, yahaye gasopo Corneille Nangaa ukuriye Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, amuteguza ko ingabo za RDC ziteguye guhangana n’uriya mutwe mu gihe waba ugerageje kwinjira muri Ituri. Kugeza ubu M23 iragenzura uduce dutandukanye twa Kivu y’Amajyaruguru, ndetse abayobozi ba AFC bakunze kugaragaza ko biteguye […]

Ali Musagara yashimangiye intego ya M23 yo guhirika Tshisekedi ku butegetsi

Ali Musagara uri mu banyamuryango shingiro bashinze umutwe wa M23, yashimangiye ko intego y’uyu mutwe ari ukubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yose hanyuma ukirukana ubutegetsi bubi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Muri 2012 ubwo M23 yashyiragaho Guverinoma mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru yari yarigaruriye, Musagara yari Minisitiri wa Siporo, Urubyiruko ndetse n’imyidagaduro. Uyu […]

Perezida Kagame yaganiriye na Xi Jinping w’u Bushinwa

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 5 Nzeri yahuye anagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bushinwa, Xi Jinping. Umukuru w’Igihugu ari i Beijing aho yitabiriye inama y’iminsi ibiri iri guhuza u Bushinwa n’umugabane wa Afurika (FOCAC2024). Amakuru y’ihura rye na Perezida Xi Jinping yatangajwe na Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bushinwa, Hua […]

Umukinnyi Cheptegei waherukaga gutwikwa n’umukunzi we yapfuye

Umugandekazi Rebecca Cheptegei wakinaga umukino wo gusiganwa ku maguru, yapfuye kuri uyu wa Kane nyuma yo gutwikirwa mu nzu n’umugabo w’umunya-Kenya bakundanaga. Ku Cyumweru gishize ni bwo uyu mugore w’imyaka 33 waherukaga kwitabira imikino Olempike yabereye i Paris mu Bufaransa yatwitswe n’umukunzi we akoresheje lisansi. Abategetsi bo mu gace ko mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa […]

Rubavu: Umuzalendo witwaje imbunda yaje kwiba mu Rwanda

Mu ijoro ryacyeye umuntu witwaje intwaro wari uturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yinjiye mu karere ka Rubavu aje kwiba inka y’umuturage, gusa birangira ayiteshejwe. Uyu bikekwa ko ari umurwanyi w’imitwe ya Wazalendo Leta ya RDC yifashisha mu rugamba ingabo zayo zihanganyemo n’inyeshyamba za M23, mu ma saa saba z’ijoro ni bwo yinjiye mu […]

Amavubi akuye inota muri Libya

Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ iguye miswi na Libya igitego 1-1, mu mukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cya 2025 kizabera muri Maroc. Libya yari yakiriye u Rwanda mu mukino wa mbere wo mu itsinda D wabereye kuri Stade yitiriwe itariki ya 11 Kamena i Tripoli. Ni umukino abasore b’umutoza Frank Spitter bagowe n’igice […]

Muri biro bya Minisitiri w’Ubutabera wa RDC habonetse amarozi

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, yatangaje ko hari amarozi yagaragaye mu biro bye. Minisitiri Mutamba mu itangazo yasohoye yavuze ko amarozi yagaragaye mu biro bye agizwe n’amafu y’umweru yagaragaye anyanyagiye ku meza, intebe, keyboards za mudasobwa, ku itapi ndetse no mu nyandiko. Yavuze kandi ko bikekwa ko hari andi marozi […]

Umukobwa wa Jacob Zuma agiye kuba umugore wa 16 wa Mswati III uherutse i Kigali

Nomcebo Zuma, umukobwa wa Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yerekanywe nk’ugiye kuba umugore mushya w’Umwami Mswati III wa Eswatini. Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 2 Nzeri ni bwo Nomcebo yerekanwe, ubwo muri Eswatini hasozwaga ibirori gakondo byo kwerekana ugomba kuba umugore mushya w’umwami bizwi nka Umhlanga. Ni ibirori mu […]

M. Irené yavuze ku birego se yashinjwe na Yago by’uko yakoze Jenoside

Umunyamakuru Murindahabi Irené yanyomoje mugenzi we Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, agaragaza ko se umubyara atigeze akora Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko uyu mugenzi we aheruka kubitangaza. Yago mu cyumweru gishize ni bwo yanyujije ikiganiro ku muyoboro we wa YouTube agaruka ku bugambanyi avuga ko yakorewe mu myaka ine ishize. Muri iki kiganiro yibasiye abantu batandukanye […]

Bizimana Djihad yafungiwe muri Libya akekwaho kuba intasi ya Israel

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Bizimana Djihad, yabaye umukinnyi wa nyuma wasanze bagenzi be mu mwiherero biteguriramo gucakirana na Libya, nyuma yo kubanza gufungwa amasaha hafi atanu azira kuba muri Passiporo ye harimo ko yageze muri Israel. Mbere y’uko Djihad ajya muri Libya yari kumwe n’ikipe ye ya FC Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine ubwo […]

Bobi Wine yarashwe

Umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi ‘Bobi Wine’ utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, kuri uyu wa Kabiri yarashwe na Polisi ya Uganda. Ubutumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X rw’uyu munyapolitiki ukuriye ishyaka NUP buvuga ko yarasiwe akaguru ahitwa Bulindo. Buragira buti: “Perezida wacu Bobi Wine yarasiwe akaguru na Polisi muri Bulindo. Yahise ajyanwa ikitaraganya kwa muganga kugira […]

RDF na FARDC barateganya gukora Operasiyo y’iminsi 5 yo gutsinsura FDLR

Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) na FARDC cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barateganya guhurira mu bikorwa bya gisirikare byo gusenya umutwe witwaje intwaro wa FDLR. Iby’iyi operasiyo byaganiriweho ku wa 29 no ku wa 30 Kanama, ubwo abakuru b’ubutasi bw’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola bahuriraga mu nama yabereye mu karere ka […]

FDLR yashimuse umushoferi w’umunya-Kenyakazi

Leta Kenya yatangaje ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo umushoferikazi wo muri iki gihugu uheruka gushimutwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR arekurwe. Ku wa 27 Kanama ni bwo Grace Wanza Munyao yashimutiwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na FDLR, nk’uko ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23 riheruka kubitangaza. Umunyamabanga Mukuru […]

Perezida Paul Kagame ari i Beijing

Perezida Paul Kagame yamaze kugera i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye Inama y’Ihuriro ku bufatanye bwa Afurika n’u Bushinwa izwi nka FOCAC. Iyi nama igiye kuba ku nshuro ya cyenda iteganyijwe kuva ku wa Gatatu tariki ya 4 kugeza ku wa Gatanu tariki ya 6 Nzeri 2024. Ikurikira iyabereye i Dakar muri Sénégal mu 2021 […]

RDC: Hamenyekanye umubare w’imfungwa ziciwe muri gereza ya Makala

Guverinerinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko imfungwa 129 ari zo zishwe, ubwo ku wa Mbere tariki ya 2 Nzeri zageragezaga gutoroka gereza Nkuru ya Makala iherereye i Kinshasa. Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri RDC, Jacquemain Shabani, yatangaje ko imfungwa 24 ari zo zarashwe mu cyico, izindi zirenga 100 zicwa n’umuvundo. Uyu mutegetsi yanemeje […]

Polisi y’u Rwanda n’iya Jordanie zinjiye mu bufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iyUbwami bwa Jordanie, kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Nzeri 2024 zasinyanye amasezerano y’ubufatanye. Umuhango w’isinya ry’aya masezerano wayobowe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Dr Vincent Biruta na mugenzi we wa Jordanie, Mazin Abdellah Hilal Al Farrayeh. Ku ruhande rw’u Rwanda aya masezerano yashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’igihugu, […]

Perezida Sassou N’guesso yavuze ku bivugwa ko Congo yagurishije u Rwanda ubutaka

Perezida Denis Sassou N’guesso wa Congo-Brazzaville yahakanye ibimaze igihe bivugwa ko igihugu cye cyaba cyaragurishije u Rwanda ubutaka, agaragaza ko ibivugwa ari ibinyoma bishingiye kuri Politiki. Abanye-Congo by’umwihariko abashyigikiye uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bamaze igihe botsa Leta ya kiriya gihugu igitutu, bayishinja kugurisha u Rwanda ubutaka. Inkuru zerekeye ubu butaka kandi zanasamiwe hejuru n’abanya-Repubulika Iharanira […]

Tshisekedi yemereye u Bushinwa gukomeza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Congo

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Nzeri 2024, Perezida Félix Tshisekedi, yagiranye inama na mugenzi we w’Ubushinwa Xi Jinping i Beijing mu nama ya 2024 y’ihuriro ry’ubufatanye bw’Ubushinwa na Afurika, FOCAC, (Summit of the Forum on China-Africa Cooperation). Tshisekedi yahuye na Xi Jinping maze impande zombi zemeranya ubufatanye mu bucuruzi, ubuhinzi, amhhugurwa, n’ububanyi n’amahanga […]

Madagascar yemeje itegeko ryo gukona abazajya basambanya abana

Leta ya Madagascar yamaze kwemeza itegeko ryo gukona hakoreshejwe kubaga umuntu wese uzajya ahamwan’icyaha cyo gusambanya umwana. Muri Gashyantare uyu mwaka nibwo sena ya Madagascar yatoye inemeza iri tegeko, mbere yo kuryoherereza Perezida Andry Rajoelina wagombaga kurisinya mbere yo gutangira gushyirwa mu ngiro. Nyuma y’impinduka zimwe zarikozwemo mu cyumweru, kuri ubu iri tegeko ryamaze guhabwa […]

Imfungwa nyinshi zarashwe mu cyico zigerageza gucika gereza ya Makala

Imfungwa zibarirwa muri mirongo zarashwe mu cyico izindi zibarirwa mu magana zirakomereka, ubwo zageragezaga gutoroka gereza Nkuru ya Makala. Iyi gereza iherereye i Kinshasa ni yo nini kurusha izindi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Imfungwa zibarirwa mu 15,000 zirimo abasirikare barenga 4,000 ni zo ziyifungiyemo n’ubwo yo ubwayo ifite ubushobozi bwo kwakira izibarirwa mu […]

I Goma hari bushyingurwe imibiri 200 y’abahitanywe n’intambara

Serivisi ishinzwe protocol ku rwego rw’Intara ya Kivu ya Ruguru yatangaje ko kuri uyu wa Mbere taliki 02 Nzeri2024, hari bushyingurwe imibiri 200 y’abantu bahitanywe n’intambara. Ubuyobozi bw’iyi Protocole, buvuga ko ari igikorwa cyiza kubera kuri kuri Stade de l’unite de Goma, iherereye mu mu mujyi wa Goma, mu masaha ya mugitondo. Biteganyijwe ko abizitabira […]

Perezida Zelensky avuga ko ibitero by’u Burusiya byatangiye kubakomerana

Mu mpera z’icyumweru gishize Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko ibintu byatangiye kubakomerana nyuma y’ibitero by’u Burusiya bikomeje kwisukiranya. Inzobere mu bya gisirikare Mykhaylo Zhyrokhov yaburiye ko Ukraine ko nibatakaza Pokrovsk, umurongo w’imbere wose wo ku rugamba uzahirima. Uburusiya bwakomeje gutera intambwe ikomeye muri iyi minsi iteje inkeke kuruta ibyo Ukraine yagezeho mu gitero […]

Uganda: Hamenyekanye umwirondoro w’umunyarwandakazi wapfiriye mu mpanuka ya Bus

Umwirondoro w’umunyarwandakazi umwe niwe wamenyekanye ko ari mu baguye mu mpanuka ya Bisi ya Jaguar yakoreye i mpanuka mu muhanda Kampala – Masaka iza mu Rwanda. Amakuru avuga ko umunyarwandakazi witwa Akaliza Aline ari umwe mu baguye mu mpanuka yabaye kuwa 01 Nzeri 2024 ahagana mu rukerera. Iyi bus yari ifite purake UBP 964T. Uyu […]

Abasirikare ba RDF barenga 5,000 barimo ba Ofisiye bazamuwe mu ntera

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), afatanyije na Minisitiri w’Ingabo bazamuye mu ntera abasirikare barenga 5,000 barimo abarenga 600 bo ku rwego rwa ba Ofisiye. Ba Ofisiye 636 ni bo bazamuwe mu ntera na Perezida wa Repubulika nk’uko itangazo Igisirikare cy’u Rwanda cyasohoye kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Nzeri 2024 […]

RDF na UPDF mu nama igamije gukumira ibyaha byambukiranya imipaka

Diviziyo ya kabiri n’iya gatanu yo mu ngabo z’u Rwanda (RDF) n’iya kabiri yo mu za Uganda (UPDF), zahuriye mu nama igamije gushimangira ubufatanya bwambukiranya imipaka ndetse no gukumira ibyaha byambukiranya imbibi z’ibihugu byombi. Ni inama yabereye i Mbarara muri Uganda. Intumwa za RDF muri iyi nama zari ziyobowe n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj […]

Inama ya Col Bora wahoze ari intasi ya FDLR kuri M23

Colonel Nshimiyimana Augustin wahoze akuriye ubutasi bwo hanze mu mutwe wa FDLR, yasabye umutwe wa M23 gukora ibishoboka byose ukarinda umutekano wo mu duce tw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ugenzura. Colonel Nshimiyimana wamenyekanye nka Bora Manassé yabigarutseho mu kiganiro yahaye BWIZA TV. M23 imaze igihe kirekire igenzura uduce dutandukanye twa Kivu y’Amajyaruguru, by’umwihariko utwa za Teritwari […]

Ubushakashatsi bwagaragaje ko Netanyahu ashobora kutazatorerwa indi manda

Umubare munini w’Abanya Isiraheli bemeza ko iyi igomba kuba manda ya nyuma ya Minisitiri w’intebe Benjamin Netanyahu yaba yicaye ku ntebe y’ubuyobozi. Bavuga ko atagomba kwiyamamaza mu matora ataha, nk’uko ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara na Channel 12 kuri uyu wa gatanu. 69% by’ababajijwe, bavuze ko Netanyahu agomba kwegura mu gihe amatora azakurikiraho bitandukanye na 22% gusa […]

Sudan y’Epfo: Abagera kuri miliyoni 3.3 bategujwe ko bazibasirwa n’imvura yo muri Nzeri n’Ukwakira

Muri iki Cyumweru umwuzure wibasiye abantu 472.000 mu turere 26 two muri Sudani y’Amajyepfo guhera ku ya 29 Kanama, nk’uko ikigo cy’umuryango w’Abibumbye cy’ubutabazi (OCHA) kibitangaza. Hari impungenge kandi z’uko miliyoni 3.3 z’abantu zishobora kwibasirwa mu gihe cy’imvura iteganijwe kugwa hagati ya Nzeri n’Ukwakira. OCHA ivuga ko imyuzure yangije amazu, yangiza imyaka, ihungabanya amashuri na […]