Kazungu yari anyishe habura gato: Ishimwe uvuga ko bigeze kuba incuti

Umukobwa witwa Ishimwe Ange avuga ko hari ubwo yigeze gusabwa na Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu kumusura iwe akabyanga, ibyo avuga ko byamurokoye kuba yarashoboraga kumwica. Uyu mukobwa avuga ko bigitangira Kazungu yagiye aho yacururizaga akabari ku Kimironko, aherekejwe n’undi muntu w’umusore. Icyo gihe ngo yaje nk’abandi bakiriya basanzwe, gusa akaba ari umuntu wisanzura cyane […]

‘Calm Down’ ya Rema yesheje agahigo kadafitwe n’uwariwe wese

Divine Ikubor uzwi nka REMA, indirimbo ye Calm Down yesheje agahigo ko kurebwa n’abantu benshi ku rubuga rwe rwa Spotfy , aho abasaga miliyali bamaze kuyireba.Iyi ndirimbo imaze kwigarurira imitima y’abantu kuri You Tube imaze kurebwa n’abasaga miliyoni 600 nyuma y’imyaka igeze kuri ine yamamaye mu muziki. Ibi bimuhesha kuba umuhanzi mwiza uri mu beza […]

David Bayingana ahangayikishijwe n’uburyo basigaye basohorwa mu tubari

captureeee-2.png

Nyuma y’iminsi micye amabwiriza agenga ahakorerwa ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro asohotse,abantu benshi bakomeje kutabivugaho rumwe hasabwa ko iki cyemezo cyakongera kunonosorwa kikavugururwa. Kuva taliki ya mbere Nzeri 2023, nibwo aya mabwiriza yatangiye kubahirizwa nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri yateranye muri Kanama ikanzura ko Utubari n’ibindi bikorwa bifite aho bihuriye n’imyidagaduro bizajya bifunga saa saba mu minsi y’imibyizi […]

Sheebah atewe impungenge n’ubwambure bwe bushobora kujya hanze

Umuhanzikazi Sheebah Karungi ntiyorohewe n’ibibazo nyuma y’uko atangaje ko telephone ye yibwe bityo akaba afite impungenge ko yakwandagazwa. Nk’uko amakuru abitangaza ngo kuri ubu uyu muhanzikazi ntasinzira kubera ubujura bwa telefone ye bwabaye mu mpera z’icyumweru gishize ubwo umuriro waburaga bitunguranye arimo aririmbira ahitwa Arua, mu majyaruguru ya Uganda. Sheebah ahangayikishijwe cyane n’uko abajura bashobora […]

RDC yashyize Wazalendo ku mutwe w’u Rwanda

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo irashinja u Rwanda kuba ari rwo rwaba rwarashinze imitwe y’inyeshyamba Leta ya Congo yise ‘Wazalendo’. Byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Jean Pierre Bemba, ubwo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize yari kumwe na bagenzi be mu nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Muri iyi nama Minisitiri […]

Imyaka 22 irihiritse Al Qaeda igabye ibitero karahabutaka kuri Amerika: Uko byagenze

Ku itariki nk’iyi ya 11 Nzeri mu myaka 22 ishize, umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda wagabye igitero karahabutaka kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni igitero Amerika itazigera yibagirwa mu mateka yayo, kuko uretse kuba hari abaturage bayo babarirwa mu 3,000 bakiguyemo hari n’ibindi byinshi bifite agaciro kabarirwa muri za miliyari z’amadorali yagitakarijemo. Biba hari […]

RDC ikomeje kwatswaho umuriro izira Stanis Bujakera

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kotswa igitutu, nyuma yo guta muri yombi umunyamakuru Stanis Bujakera. Ku mugoroba wo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Bujakera usanzwe ari umuyobozi wungirije w’ikinyamakuru ACTUALITE.CD akanaba umunyamakuru wa Jeune Afrique yatawe muri yombi afatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya N’djili. Itabwa muri yombi kugeza ubu […]

ITANGAZO RYA CYAMUNARA YA MOTO

itangazo_rya_cyamunara_round_4.jpg

Ubuyobozi bwa za Gasutamo buramenyesha abantu bose ko guhera tariki ya 10 Nzeli 2023 kugeza tariki ya 17 Nzeli 2023 saa yine za mu gitondo (10:00h ) , kizagurisha mu cyamunara , ku nshuro ya kabiri binyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga, ibinyabiziga (MOTO) by’abasora batandukanye nkuko bikubiye mu mbonerahamwe iri ku mugereka wiri tangazo.

Diamond ni we wanyambuye ubusugi: Zuchu

Umuhanzi Zuhura Othman Soud uzwi mu muziki wa Tanzania nka Zuchu, yatangaje ko umuhanzi Diamond Platnumz ari we mugabo rukumbi bigeze baryamana. Zuchu yabigarutseho ubwo yabazwaga uko yiyumva mu mubiri we iyo ari kumwe n’uriya muhanzi. Umwe mu banyamakuru ba Televiziyo ya Wasafi yegereye Diamond na Zuchu bari kumwe mu cyumba cya Hoteli, mbere yo […]

Isezerano rya Perezida Nyusi byihebe byakwijwe imishwaro n’abarimo RDF

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambique yijeje abahoze ari ibyihebe mu mutwe wa Al Shabaab mbere yo kuneshwa n’abarimo Ingabo z’u Rwanda bagakwira imishwaro mu mashyamba yo muri Mozambique ko yiteguye kubakira muri sosiyete ya kiriya gihugu. Nyusi yabitangaje ku wa Kane w’iki cyumweru, ubwo abanya-Mozambique bizihizaga umunsi ngarukamwaka w’intsinzi. Ni umunsi wizihijwe mu gihe ubuzima […]

Umuti w’amakimbirane y’u Rwanda na RDC mu mboni za Léonard Okitundu

Léonard She Okitundu wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, asanga inzira ya dipolomasi yaba umuti mwiza w’amakimbirane ari hagati y’u Rwanda n’igihugu cye. Ni nyuma y’umwaka urenga ibihugu byombi birebana ay’ingwe. Umwuka mubi w’ibihugu byombi wadutse kubera intambara y’Ingabo za Congo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Kinshasa ishinja Kigali […]

2023: Ibihugu 10 bifite Igisirikare cy’intege nke kurusha ibindi ku Isi

Urubuga Global FirePower rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana mu mbaraga za gisirikare, mu ntangiriro z’uyu mwaka rwasohoye urutonde rwerekana uko ibihugu by’Isi birutana mu kugira igisirikare gikomeye muri uyu mwaka wa 2023. Urutonde rwa Global Firepower Index abarukora bagendera ku ngingo zigera kuri 50 zirimo ingengo y’imari ikoreshwa mu gisirikare, umubare w’ababarizwamo n’ibikoresho bya gisirikare […]

AU yinjiye muri G20

Afurika yunze ubumwe (AU) yamaze kuba umunyamuryango uhoraho wa G20 nyuma y’ihuriro ry’ibihugu bigize uyu muryango yabereye new Delhi mu Buhinde. Ni inama yabaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 9 Nzeri 2023 aho Minisitiri w’Intebe Narendra Modi yahaye ikaze AU muri uyu muryango. Mu ijambo rye ritangiza iyi nama, Modi yagize ati: “Byemejwe na buri […]

Kazungu ucyekwaho kuba ‘umwicanyi ruharwa’ yahoze ari umwarimu: Meya wa Kicukiro

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yatangaje ko Kazungu Denis uheruka gutabwa muri yombi akekwaho ubwicanyi bukomeye yahoze ari umwarimu. Ku wa Kabiri tariki ya 05 Nzeri ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi Kazungu Denis ukekwaho “kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga.” Iyo nzu uherereye mu kagari ka Busanza ho […]

Umunyamakuru Stanis Bujakera yatawe muri yombi

Umunyamakuru Stanis Bujakera uri mu bazwi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatawe muri yombi ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 08 Nzeri 2023. Bujakera asanzwe ari umuyobozi wungirije w’ikinyamakuru ACTUALITE.CD ndetse akanaba umwanditsi w’ibitangazamakuru bya Jeune Afrique na Reuters. Amakuru y’itabwa muri yombi rye yemezwa n’ubutumwa abo bakorana banditse babinyujije ku rubuga […]

Abategera Bus muri za gare bongeye gutakamba

Bamwe mu bagenzi bategera imodoka rusange muri za Gare zirimo n’iya Nyabugogo baratakambira inzego zibishinzwe bazisana kubarengera bakabafasha kutagireaho ingaruka n’ibiza bishobora kubageraho biturutse kukuba zitubakiwe. Ni nyuma y’uko mu muri iki Cyumweru babwiye umunyamakuru ko imvura ibasanga muri izi gare ikabanyagira bakava ku mirongo baba bariho bakajya kugama mu mazu yitaruye aho bari bugamye […]

Maroc: Ababarirwa mu magana bishwe n’umutingito

Abantu barenga 600 ni bo bimaze kumenyekana ko bapfuye, nyuma y’umutingito ukomeye waraye wibasiye igihugu cya Maroc. Minisiteri y’umutekano w’imbere mu gihugu yatangaje ko umutingito wibasiye iki gihugu wari ku gipimo cya 6.8. Ni umutingito waturutse mu misozi miremire ya Atlas iherereye mu majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’umujyi wa Marrakesh. Wabaye 23:11 zo muri Maroc (00:11 […]

APR BBC yegukanye Igikombe cya shampiyona isuzuguye REG BBC

20230908_235747.jpg

Ikipe ya APR Basketball Club yegukanye Igikombe cya shampiyona, nyuma yo gusuzugura REG iyitsinze ku giteranyo cy’imikino 4-0. Ni nyuma y’umukino wa nyuma wa kane wa “BetPawa Playoffs” wabereye muri BK Arena amakipe yombi yari yahuriyemo mu ijoro ryakeye. APR yari yaratsinze imikino itatu yari yabanje, yasabwaga gutsinda uyu mukino kugira ngo yegukane Igikombe cya […]

Nyaruguru: Umurambo w’umugabo wabonetse ku nkombe z’umugezi

Umurambo w’umugabo witwaga Mutanganshuro, w’imyaka 43, wari utuye mu mudugudu wa Nyarutarama, mu kagari ka Kibeho, umurenge wa Kibeho, akarere ka Nyaruguru, wasanzwe ku nkombe z’umugezi w’Akavuguto hagati y’imirenge ya Kibeho na Rusenge. Umurambo wabonetse mu gitondo cyo ku italiki ya 7 Nzeli 2023. Bitewe nuko muri iryo joro ryari ryakeye, umugezi w’Akavuguto wari wuzuye […]

ADF yatsinzwe kera, ibyo ikora ni ukubara nabi: Perezida Museveni

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yongeye kuburira umutwe w’iterabwoba wa ADF, awuteguza ko ingabo za Uganda zizawurandura burundu. Museveni yabigarutseho mu ijoro ryakeye, mu ijambo yagejeje ku baturage ba Uganda. Muri iri jambo yagarutse ku bikorwa byo guhiga abarwanyi ba ADF mu mashyamba ya Congo ingabo za Uganda zimaze igihe zifatanyamo n’iza Repubulika Iharanira […]

Aline Sano yahobeye Chris Eazy, Junior Giti agwa mu kantu-AMAFOTO

Chris Eazy yahuje urugwiro na Aline Sano

Kuri uyu wa Kane ubwo abahanzi bitabiraga ikiganiro n’abanyamakuru binyuze mu kiganiro itangazamakuru ryagiranye na EAP itegura ibitaramo bitandukanye, Umuhanzikazi Aline Sano yahobereye byimbitse mugenzi we Chris Eazy maze bitera benshi urujijo. Nk’uko ku ifoto bigaragara aba bombi bahoberanye basa nk’aho bari bafitanye urukumbuzi rudasanzwe cyangwa se hari ibindi bijyanye n’amarangamutima baziranyeho.Mu baguye mu kantu […]

Uko abakobwa 3 bashoboraga kwicwa na Kazungu barusimbutse

Ku wa Kabiri tariki ya 05 Nzeri, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwatangaje ko rwataye muri yombi Kazungu Denis ukekwaho “kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga.” Iyo nzu uherereye mu kagari ka Busanza ho mu murenge wa Kanombe w’akarere ka Kicukiro. Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry, yasobanuye ko uriya mugabo w’imyaka 34 y’amavuko yajyaga ajya […]

Impaka hagati ya Perezida Ruto na Samia bapfa Igiswahili

Perezida William Ruto na mugenzi we wo muri Tanzaniya, Samia Suluhu, basangiye urumuri rw’igiswahili bagiye impaka bagaragaza ko buri gihugu ayoboye aricyo kibarizwamo igiswahili gitomoye n’undi akavuga ko icyo ayoboye aricyo kibarizwamo icy’umwimerere. Perezida Suluhu, ubwo yaganiraga n’izo ntumwa ziturutse mu bihugu bitandukanye mu nama yiga ku kubungabunga ibiribwa, yakomoje ku isomo ry’ururimi rw’igiswahili ubwo […]

Kamonyi: Gitifu uheruka gushyiraho amabwiriza agenga insengero yasezeye

20230908_133007.jpg

Niyobuhungiro Obed wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi, yasezeye ku nshingano ze nyuma y’iminsi mike ashyizeho amabwiriza arimo ajyanye n’uko amasengesho mu muri uriya murenge yagombaga kujya akorwa. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Nzeri ni bwo Gitifu Niyobuhungiro yasezeye ku mirimo ye. Amakuru y’isezera rye yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere […]

Amerika irateganya kwivugana Gen. Tchiani uyoboye Niger: Ubutasi bw’u Burusiya

Urwego rushinzwe ubutasi bwo hanze y’u Burusiya (SVR), rwatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zaba zifite umugambi wo kwivugana Général Abdourahamane Tchiani uheruka gufata ubutegetsi muri Niger biciye muri Coup d’à‰tat. Televiziyo ya RT yegamiye kuri Leta y’u Burusiya yatangaje ko Amerika itishimiye uko ibintu muri Niger byifashe, gusa nanone ikaba idashaka kwishingikiriza umuryango […]

Dore ikimero cy’umukobwa uvugwaho gucudika na Eddy Kenzo

22ooo.jpg

Lydia Jazmine uzwi ku izina rya Nabawanuka Lydia, yasobanuye ibihuha bivuga ku mibanire ye n’umuririmbyi mugenzi we Eddy Kenzo aho bivugwa ko bashobora kuba bari mu rukundo ndetse ko bashobora kuba bagiye kurushinga. Ni nyuma y’uko bagaragaye bari kumwe mu ruhame, bihita bishyira imbaraga mu byavugwaga ko bakundana.Gusa Lydia we yahakanye iby’uru rukundo ahamya ko […]

Uganda yatsinze Niger, inzozi zayo zo kujya muri CAN ziba nk’iz’Amavubi

Ikipe y’Igihugu ya Uganda ‘The Cranes’ yaraye itsinze iya Niger ibitego 2-0, gusa ibura itike yo kwitabira imikino y’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa nyuma wo mu tsinda F wabereye i Marrakech muri Maroc. Uganda y’umutoza Milutin Micho yasabwaga gutsinda Niger yari ku mwanya wa nyuma mu […]

Iwacu na Muzika Festival yagarutse mu isura nshya

bruce_melodie_na_bwiza_bari_mu_bahanzi_bazaririmba_muri_ibi_bitaramo-93fa0_copy_1024x592.jpg

Nyuma y’Umwaka urenga hasubitswe ibitaramo bya Iwacu na Muzika Festival ahanini bikomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid19, kuri ubu bikaba bigiye kongera gukomeza, aho abahanzi bazazenguruka intara zose basusurutsa abakunzi babo nk’uko byari bisanzwe. Mu 2019, nibwo ibi bitaramo byatangiye ariko 2020 biza gukomwa mu nkokora na Covid ndetse na 2021 biza kugenda uko ariko […]

Gen Nduru yasuye FARDC ku irasaniro

Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ushinzwe ibikorwa n’ubutasi, Général-Major Nduru Ychaligonza, kuri uyu wa Kane yasuye ingabo ku mirongo y’urugamba. Uyu mujenerali yasuye FARDC mu birindiro bitandukanye ifite mu duce imaze igihe irwaniramo n’inyeshyamba za M23. Ni uduce turimo Kibati, Trois antennes, Kanyamahoro, Kibumba, Rusayo na Mubambiro, ho muri Teritwari […]

Munyankindi wari SG wa Ferwacy yisobanuye imbere y’Urukiko

Munyankindi Benoit wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umukino w’Amagare FERWACY yagejejwe imbere y’Urukiko arisobanura ku byaha aregwa birimo itonesha ,n’icyenewabo. Kuri uyu wa Kane taliki 7 Nzeri 2023, nibwo uyu Munyankindi yageze imbere y’Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro aho akurikiranyweho gufata icyemezo gishingiye ku bushuti n’icyenewabo. Ibi bishingira ku bivugwa ko yohereje umugore we nk’uhagarariye u Rwanda mu […]

Kazungu ukekwaho kuba umwicanyi ruharwa ‘yari umupangayi uruhanyije’: Uwamukodeshaga inzu

Shyirambere Augustin wakodeshaga inzu Kazungu Denis ukekwaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yari atuyemo, avuga ko no mu busanzwe uri mugabo yari umupangayi ugoranye. Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 5 Nzeri, ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Kazungu. Uyu mugabo w’imyaka 34 y’amavuko wari utuye mu kagari […]

Nsanzimfura Keddy yasinye muri El-Qanah yo mu Misiri

Nyuma y’Igihe kirenga iminsi 30 Nsanzimfura Keddy ari mu igeragezwa,kuri ubu yamaze gusinya mu ikipe ya El-Qanah (Canal SC) ikina muri Shampiyona y’icyiciro cya Kabiri mu Misiri. Ni ikipe yagiyemo avuye muri shampiyona y’Urwanda nyuma yo kunyura mu makipe atandukanye arimo Lajeunness na APR FC.Gusinya muri iyi kipe ni nk’intsinzi kuri musore kuko yagiye abyifuza […]

RDC yashyize urwitwazo kuri RDF nyuma yo kwiyicira abaturage

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yashyize urwitwazo ku ngabo z’u Rwanda, nyuma y’uko Ingabo zayo zishe abaturage benshi bari mu myigaragambyo. Ku wa Gatatu tariki ya 30 Kanama ni bwo Ingabo zo mu mutwe urinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi ziraye mu baturage bigaragambyaga basaba ko Ingabo za MONUSCO ziri muri RDC zataha iwabo. […]

Dosiye ya Luis uherutse gusoma Jennifer yagejejwe mu rukiko

Perezida wa Federasiyo y’umupira w’amaguru ya Espagne akomeje kwitendekwaho na Jennifer Hermoso nyuma yo kumusomera mu ruhame. Uyu mukobwa ukinira ikipe y’Igihugu ya Espagne yamaze kugeza dosiye mu rukiko ashinja uyu mugabo kumuhohotera ubwo yamusomaga ku munwa bidaturutse ku bushake bwe. Luis yamusomye ubwo bishimiraga Igikombe cy’Isi begukanye ku nshuro ya mbere ubwo yatsindaga iy’Ubwongereza […]

APR BBC irakoza imitwe y’intoki ku Gikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 14

Ikipe ya APR BBC yaraye itsinze REG BBC amanota 80-75, biyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka 14 ishize. Amakipe yombi yari yahuriye mu mukino wa nyuma wa gatatu, nyuma y’uko ibiri yari yabanje iriya kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yayitsinze yombi. Uwa mbere wakinwe ku itariki ya 01 Nzeri yawutsinze ku manota […]

Kacyiru: Inyubako ya l’Espace yibasiwe n’inkongi ikomeye

Inkongi y’umuriro ikomeye kuri uyu wa Gatatu yibasiye inyubako izwi nka l’Espace iherereye ku Kacyiru mu karere ka Gasabo. Byabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Nzeri 2023. Amashusho yafashwe na Televiziyo y’u Rwanda yerekana umuriro mwinshi ugurumana hafi ya Sitasiyo icuruza ibikomoka kuri Peteroli iri kuri iriya nyubako. Umuvugizi wa […]

Niba umugabo wawe atagira ubushake mu mibonano mukorere ibi bintu

Ubusanzwe umugabo n’umugore ntabwo ubushake bwabo bwihuta ku kigero cyimwe.Uzasanga umugabo bwihuta cyane ariko ubw’ubw’umugore bugatinda ari nayo mpamvu hagomba kubaho gutegurwa. Ubushake bw’umugore ubundi bugererenywa no gucana ifuru y’umugati aho ubanza ukayicana kugirango ishyuhe, mu gihe ubushake bw’umugabo usangwa bugereranywa no kurasa umwambi w’ikibiriti. Ibi rero nibyo umugore agomba gukora agatuma umugabo ashaka gutera […]

Goma: Abasirikare barinda Tshisekedi bagaragaye basahura ihene n’intama by’abaturage

Abasirikare bo mu mutwe urinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bagaragaye mu bikorwa by’ubujura mu mujyi wa Goma. Ni ibikorwa bakoze ku wa 30, ubwo i Goma haberaga imyigaragambyo ikomeye yo kwamagana Ingabo za MONUSCO. Amashusho yagiye hanze yerekana abasirikare bo mu mutwe urinda abayobozi bakuru muri RDC basahura amatungo […]

Messi yashyizwe ku ruhembe rw’imbere mu bashobora kuzatwara Ballon D’or

Mu gihe hategerejwe umunsi ntarengwa hazamenyekana umukinnyi uzegukana umupira wa Zahabu(Ballon D’or), Lionel Messi arahabwa amahirwe yo kuzegukana iki gihembo. Ni mu gihe Karim Benzema na Alexia Putellas aribo batsinze umwaka ushizeKuri aho kuri uyu wa gatatu akaba aribwo abakandida 30 b’igitsina gabo na 20 baza kumenyekana ku isaha ya saa 17h30 z’Ubwongereza. Abandi bahabwa […]

Impinduka ku mikino ya shampiyona y’u Rwanda kubera Champions league

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryakoze impinduka ku mikino ibiri ya shampiyona, irimo ugomba guhuza Gasogi United ndetse n’uwa Gorilla FC na As Kigali. Ni impinduka FERWAFA yatangaje ko zatewe n’imikino ya CAF Champions izabera kuri Kigali Pele Stadium iriya mikino ya shampiyona izakinirwaho. Irimo uwo APR FC izakiramo Pyramids FC yo mu Misiri […]

Amwe mu mavuta abagore n’abakobwa basiga ku munwa ashobora gucibwa mu Rwanda

Nyuma y’uko mu myaka micye ishize,Leta y’u Rwanda yatangiye guhashya no gukumira amavuta ahindura uruhu azwi nka mukorogo,kuri ubu ni uko hakomeje kugaragara ko n’amwe mu mavuta abakobwa n’abagore bisiga ku munwa harimo abateza uburwayi. Ni muri urwo rwego Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (FDA) buvuga ko bugiye gutangira gusuzuma […]

Bobi Wine yanze kwiteranya mu rugamba rwa Sheebah na Cindy

Nyuma y’uko muri iyi minsi mu gihugu cya Uganda hari urugamba rw’umuziki hagati ya Sheebah na Cindy buri wese yivuga imyato,kuri ibi uko guhangana kurakomeje. Ni mugihe hari ihangana rikomeye ry’imbonankubone iteganijwe ku ya 15 Nzeri hagati y’aba bahanzi, aho bose bazajya ku rubyiniro kugirango biyereke abafana barebe ushoboye kurusha undi haba mu miririmbire ndetse […]

Kivu y’Amajyaruguru yahawe Guverineri mushya

Général Jacques Nduru Chaligonza yagizwe Guverinoma wa gisirikare w’agateganyo w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu musirikare yasimbuye kuri izi nshingano Lt Gen Constant Ndima Kongba uheruka guhamagazwa i Kinshasa. Gen Ndima yahamagajwe nyuma y’ubwicanyi Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zakoreye abaturage bigaragambyaga basaba ko Ingabo za MONUSCO zava muri Congo ku wa 30 Kanama […]

The Ben agiye gukora igitaramo gishobora kwitabirwa n’umugabo kigasiba undi

img_5310-1007x1024.jpg

Muhisha Benjamin uzwi nka The Ben agiye gukorera igitaramo mu Burundi Aho gishobora kuzitabirwa n’umugabo kigasiba undi bitewe n’amatike yo kwinjira. Ni igitaramo kizaba mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira uyu mwaka , aho biteganyijwe ko azahura n’abafana be bagasabana . Gusa n’ubwo hari gahunda yo kwishimana n’abafana, hari impungenge z’uko amafaranga yo kwinjira ashobora kuzaba menshi […]

Ingabo za EAC ziri muri RDC zongerewe igihe

Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), bongereye igihe Ingabo z’uyu muryango zoherejwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zizamarayo. Ni icyemezo bafatiye mu nama yabahuje, ku wa Kabiri tariki ya 5 Nzeri 2023. Ni inama yakiriwe na Perezida William Ruto wa Kenya, iyoborwa na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi. Mu bandi […]

Kicukiro: RIB yataye muri yombi ukekwaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi uwitwa Kazungu Dénis rukekaho kwica abantu akabashyingura mu nzu yakodeshaga. Uru rwego rwatangaje ko Kazungu rwamufashe rufatanyije n’izindi nzego. Inzu yashyinguragamo bariya bantu batatangajwe umubare iherereye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kanombe, Akagari ka Busanza. Hari amakuru avuga ko uyu mugabo yajyaga acyura abakobwa, hanyuma akaza kubica […]

MINEDUC yatangaje ingengabihe y’umwaka w’amashuri 2023-2024

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) kuri uyu wa Kabiri yashyize hanze ingengabihe y’umwaka w’amashuri wa 2023/24. Iyi Minisiteri ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, yatangaje ko igihembwe cya mbere kizatangira ku wa 25 Nzeri. Iki gihembwe kirekire kurusha ibindi (kuko kizamara ibyumweru 13) kizarangira ku itariki ya 22 Ukuboza. Ibiruhuko by’iki gihembwe bizatangira ku wa 23 Ukuboza, bigeze […]

Gen. Oligui nyuma yo guhirika Bongo yagejeje imigabo n’imigambi ye i Paris

Nyuma y’umunsi umwe Perezida mushya wa Gabon, Gen Brice Clotaire Oligui ahiritse ku butegetsi mubyara we Ali Bongo Ondimba, byabaye ngombwa ko asobanurira ubutegetsi bw’u Bufaransa gahunda afite. Ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ni bwo uriya musirikare wahoze akuriye umutwe w’abasirikare barindaga Bongo yamuhiritse ku butegetsi, mbere yo kurahirira kuyobora Gabon nka Perezida w’inzibacyuho ku […]

Davido na Bruce Melodie bagiye guhurira ku rubyiniro

Davido ategerejwe i Kigali

Nyuma y’iminsi micye umuhanzi Davido avuye gutaramira i Kigali, hari amakuru avuga ko mu kwezi gutaha uyu muhanzi azaba yagarutse mu Rwanda aho azasusurutsa abazitabira Trace Awards&Festival n’ubwo nawe azaba ari ku rutonde twabazaba bahatanye muri ibyo bihembo. Ntabwo ariwe wenyine byitezwe ko azataramira abazitabira ibyo birori kuko harimo n’abandi bazaba baturutse mu bindi bihugu […]

Ishyamba si ryeru hagati ya Mashami na Muhadjiri Hakizimana

Umwuka mubi wamaze kwaduka hagati y’umutoza Mashami Vincent wa Police FC na Hakizimana Muhadjiri, kubera imyitwarire y’uriya mukinnyi. Hakizimana Muhadjiri ntiyigeze agaragara mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona Police FC yaguyemo miswi na Mukura VS igitego 1-1 ku Cyumweru gishize. Amakuru aturuka muri Police FC avuga ko umutoza Mashami ari we wafashe icyemezo cyo […]

Uwari umukunzi wa Antony wa Man.United yatangiye kumwubikira imbehe

Umukinnyi wo ku ruhande wa Manchester United Antony Matheus yongeye guhakana ibirego ashinjwa n’uwari umukunzi we Gabriela Cavallin byo kumukorera ihohotera rishingiye ku mubiri. Ni i ibirego bishya byatangajwe mu bitangazamakuru byo muri Bresil, aho byagarukaga ku kuba ngo uyu mukinnyi yarakubitiye uyu mukunzi we muri hotel y’i Manchester hafi ku muca urutoki. Antony yahakanye […]

Zari yongeye ubundi bwiza ku buranga yari asanganywe

Zari yiyongereshejeho utwobo ku matama yombi(Dimples)

Umunyamideri akaba n’umucuruzi w’ibirungo by’ubwiza Zari Hassan, yongeye kuvugwaho kongeresha ubwiza ku isura ye nyuma yo vugwaho ko n’ubundi ikimero cye gishamaje atari umwimerere. Ku mbuga nkoranyambaga hamaze igihe havugwa ko uyu mubyeyi w’abana 5 yiyongereshejeho utwobo tubiri ku matama yombi(Dimples) mu rwego rwo kurushaho kongera ubwiza yari asanganywe. Ifoto ye yagaragaye ku binyamakuru bitandukanye […]

Cyera kabaye Uwamahoro yasanze wa mugabo w’umuzungu mu Bwongereza

Akanyamuneza kari kose ubwo bahuriraga ku kibuga cy'indege

Simon Danczuk yongeye guhura n’umugore we Uwamahoro Claudine nyuma yo guhabwa viza yo kuba mu Bwongereza.Ni nyuma y’uko kandi hari hashize igihe ayisaba ariko akayimwa ubundi yayisaba agategereza igisubizo akakibura. Ku cyumweru gishize, uyu wahoze ari umudepite w’abakozi mu bwami bw’Ubwongereza n’umugore mushya Claudine Uwamahoro, bongeye guhurira i Heathrow akaba aribwo bwa mbere babonanye nyuma […]

Perezida Paul Kagame ari i Nairobi

Perezida Paul Kagame mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri yageze i Nairobi mu gihugu cya Kenya, aho yitabiriye inama yiga ku ihindagurika ry’ikirere. Ni inama yitabirwa n’abakuru b’ibihugu n’aba za Guverinoma zitandukanye, barimo na Perezida William Ruto uyitangiza. Iyi nama yateguwe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ufatanyije na Guverinoma ya Kenya. Iyi nama y’iminsi […]

Nyamagabe:Gitifu yacanyweho umuriro ashinjwa gushyiraho mudugudu watsinzwe mu matora

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamagabe,Umurenge wa Cyanika,mu kagali ka Karama baratabaza inzego zitandukanye ngo zibarengere nyuma y’uko gitifu w’aka kagali ngo ashyizeho umuyobozi w’umwe mu midugudu watsinzwe amatora uwayatsinze akamukuraho. Ni igikorwa abaturage bavuga ko kitabashimishije, bitewe n’uko bakibona nko kudatanga demokarasi.Icyo bashingiraho ngo ni uko uyu muyobozi w’Akagali yakoze ibinyuranye n’ibyo […]

Lt Gen Ndima yahamagajwe i Kinshasa kubera ubwicanyi bw’i Goma

Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba, yahamagajwe i Kinshasa nyuma y’ubwicanyi bukomeye buheruka gukorerwa mu mujyi wa Goma. Ni ubwicanyi bwabaye mu cyumweru gishize. Leta ya Congo yemera ko abapfuye ari abantu 43, gusa hari amakuru avuga ko baba barenga 100. Lt Gen Ndima yahamagajwe i Kinshasa nyuma y’uko […]

U Bubiligi bwahaye ubuhungiro abakinnyi b’u Burundi batorokeye mu Gikombe cy’Isi

Leta y’u Bubiligi yahaye ubuhungiro abakinnyi 10 bari bagize ikipe y’igihugu y’u Burundi ya Handball, mbere yo gutorokera mu Gikombe cy’Isi cyaberaga muri Croatia. Mu byumweru bitatu bishize ni bwo bariya bakinnyi batorokeye i Belgrade, ahaberaga Igikombe cy’Isi cya Handball cy’abatarengeje imyaka 19. Nyuma yo gutoroka bahise basaba ubuhungiro mu gihugu cy’u Bubiligi nk’uko Leta […]

Winston Duke wamamaye muri filme ‘Black Parnter yabaye umunyarwanda

perezida_kagame_yakiriye_danai_gurira_na_winston_duke_bamamaye_muri_black_panther-f8720.jpg

Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu habaye umuhango wo kwita izina abana b’Ingagi 23 ukitabirwa n’ibyamamare bitandukanye birimo na Winston Duke wamamaye muri Film “Black Panter” , kuri ubu uyu mugabo yabaze kubona ubwenegihugu bw’u Rwanda. Iki cyamamare muri Hollywood w’imyaka 36, uretse kuba mu b’imena muri iyi filme ‘ yanakinnye mu zindi filime zirimo, […]

Kagame yohereje intumwa mu irahira rya Mnangagwa

Perezida wa Sena, Kalinda Franà§ois Xavier n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh, bari i Harare muri Zimbabwe aho bitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida Emmerson Mnangagwa. Ni umuhango bitabiriye bahagarariye Perezida Paul Kagame. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 04 Nzeri ni bwo Emmerson Mnangagwa yarahiriye kuyobora Zimbabwe muri manda ye ya […]

Abagabo banywa itabi na Shisha ntibapfa kugira ubushake ‘Gushyukwa’ mu mibonano

Ubushakashatsi buherutse muri 2021 bwagaragaje ko abagabo banywa itabi na shisha bari hagati y’imyaka 20 na 65 baba bafite ibyago byo kutagira ubushake mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Dr. Omar El Shahawy n’umwungiriza we muri kaminuza ya New York mu ishami rikora ubushakashatsi by’umwihariko ku nzoga n’itabi yavuze ko itabi riba ririmo ikinyabutabire […]