Kigali: Umugabo w’imyaka 28 y’amavuko yishwe na Covid-19

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko umugabo w’imyaka 28 y’amavuko yiciwe n’icyorezo cya Covid-19 mu mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 22 Ukuboza 2020, aba uwa 66 cyishe muri iki gihugu. Ni mu gihe abanduye iki cyorezo ari 109, babonetse mu bipimo 4149 byafashwe. Abanduye barimo 40 babonetse i Kigali, 8 babonetse muri Rwamagana, 9 […]
Yashiririjwe amabere kugira ngo adakurura abagabo

Mu bihugu bya Afurika nko muri Cameroon, abakobwa bakiri bato bakorerwa umugenzo wo gushiririza cyangwa âgutera ipasiâ udutuza kugira ngo amabere yabo atinde kumera cyangwa se mu gihe akimera agasubizwayo, ukitwa âbreast ironingâ mu rurimi rwâIcyongereza. Abakora uyu mugenzo bakunze kuba ari ababyeyi babo. Bafata ibikoresho nkâamabuye, bakayashyushya mu muriro, barangiza bakayakuba ku dutuza twâabakobwa […]
Sugira Ernest muri 31 b’Amavubi ya CHAN Mashami yahamagaye

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, Mashami Vincent, yahamagaye abakinnyi 31 bagomba kwitegura irushanwa ry’Igikombe cya Afurika cy’abakina mu bihugu byabo CHAN. Rutahizamu wa Rayon Sports, Sugira Ernest ayoboye ba rutahizamu Mashami azaba agenderaho muri ririya rushanwa, nyuma yo kwitwara neza muri CHAN yabereye mu Rwanda muri 2016. Iri rushanwa rikaba rizabera muri Cameroun umwaka utaha kuva […]
Tanasha aravuga ko Diamond yatumye yongera guhumeka nyuma yo kwikubita agashyi
Umunya-Kenyakazi Tanasha Donna wahoze ari umukunzi w’umuhanzi Diamond Platnumz, yatangaje ko uriya muhanzi yikubise agashyi atangira kumufasha kurera umwana babyaranye. Ni nyuma y’uko mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo Tanasha yatandukanaga na Diamond, yari yarakunze kumushinja kumutererana inshingano zo kurera umwana w’umuhungu babyaranye, Naseeb Junior. Mu kiganiro Tanasha aheruka kugirana n’igitangazamakuru Rick Media, yavuze ko yatangiye […]
Burundi: Babuze umuyobozi ushinjwa kwiba ibizamini bafata umugore we
Uyu mugore ufunzwe ni umugore wa Roger Nduwimana, umuyobozi wâishuri ryâibanze i Karinzi, muri Komini n’Intara ya Bubanza mu burengerazuba bwâU Burundi. Uyu mugabo arashakishwa cyane n’ubushinjacyaha. Yatanzwe nâumukozi wa komini uvuga ko yamuhaye ibizamini. Abanyamategeko nâabaharanira uburenganzira bwa muntu bavuga ko aka ari akarengane nkâuko iyi nkuru dukesha SOS Media Burundi ivuga. Nkâuko amakuru […]
Musanze: Ubucuruzi bwâinkari bwavuzweho cyane bwahagaritswe
Hashize iminsi ku mbuga nkoranyambaga hasakazwa amashusho yâinkuru ivuga ku bucuruzi budasanzwe bwâinkari bukorerwa mu Murenge wa Cyuve wâAkarere ka Musanze. Abaturage batuye mu Mudugudu wa Bubandu, Akagari ka Bukinanyana batangarije umunyamakuru wa TV1 ko babonye umushoramari ubagurira inkari, akazibyazamo ifumbire, aho ubishaka asabwa kuzuza ijerikani ipima litiro 20 yâinkari, akazimujyanira, na we akamwishyura amafaranga […]
Itangazamakuru Nyarwanda ryanenzwe kubaza Kagame ibibazo by’amafuti

Abanyarwanda bakoresha Imbuga Nkoranyambaga, bifatiye ku gahanga abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda babanenga kubaza ibibazo biciriritse Perezida wa Repububulika, Paul Kagame. Ku wa Mbere tariki ya 21 Ukuboza ni bwo Perezida Kagame yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, nyuma y’uko yari amaze kugeza ku Banyarwanda ijambo ngarukamwaka rigaragaza uko igihugu gihagaze. Ni ikiganiro cyanagizwemo uruhare n’abaturage bari […]
Habaye ibidasanzwe mu ishuri rya gisirikare rya West Point ryizemo n’Abanyarwanda
Abiga igisirikare (cadets) babarirwa muri za mirongo bo ku ishuri rikomeye rya West Point muri Amerika barakopeye mu kizamini nk’uko abategetsi babivuga. Ni kumwe mu gukopera gukomeye kubayeho kuri iryo shuri mu myaka isaga 40 ishize. Abanyeshuri barenga 70 bashinjwe kurenga ku mahame y’iri shuri – azwi nka Cadet Honor Code – ubwo bari mu […]
Rusizi: Umwana wâimyaka 7 yasanzwe mu kirombe cy’amabuye, yapfuye

Umwana wâimyaka 7 yâamavuko, wigaga mu wa kabiri ku ishuri ribanza rya Rusunyu mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi, yasanzwe mu kirombe gicukurwamo amabuye yo kubaka yapfuye, iwabo bakaba bamuherukaga ku wa 21 Ukuboza bamutumye kuvoma muri icyo kirombe, bongeye kumubona ari umurambo. Amakuru Bwiza.com yahawe nâUmunyamabanga Nshingwabikorwa wâAkagari ka Kangazi muri uyu […]
Covid-19: Le couvre-feu commence Ă 20 heures Ă partir de ce mardi
Ă compter du mardi 22 dĂ©cembre, les mouvements sont interdits entre 20 h et 4 h du matin, comme cela avait Ă©tĂ© rĂ©solu par une rĂ©union du cabinet tenue le 14 dĂ©cembre. La directive qui sera en vigueur jusqu’au 14 janvier, comme expliquĂ© par le gouvernement, vise Ă assurer la sĂ©curitĂ© pendant la prochaine saison […]
Ibyaha Paul Rusesabagina yaregwaga byagabanyijwe bigera ku 9
Ubushinjacyaha bwâu Rwanda bwagabanyije ibirego byaregwaga Paul Rusesabagina biva kuri 13 bigera ku 9 mbere yâurubanza rwe ruteganyijwe mu mpera zâiki cyumweru. Minisitiri wâubutabera wâu Rwanda, Johnston Busingye, yavuze ko Rusesabagina azaburanishirizwa hamwe nâabandi bantu 18 bakekwa, ku byaha byo gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi, gushimuta, kwibisha intwaro, gutwika, kugerageza kwica, gukubita no gukomeretsa. Ikinyamakuru The […]
Uganda: Gen Nalweyiso yavuze igihe bakabaye bariciye Bobi Wine iyo babishaka
Umujyanama wihariye wa Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, Lt Gen Proscovia Nalweyiso, yagiriye inama Bobi Wine uri mu bahatanira kuyobora Uganda gushaka amajwi azamugeza ku butegetsi mu mahoro bidaciye mu guteza imvururu. Uyu mugore uza ku mwanya wa mbere mu bagore bakomeye mu gisirikare cya Uganda, yabigarutseho ku munsi w’ejo ubwo yamaganaga imyigaragambyo iheruka kubera […]
Ubwumvikane bucye ku ishyingurwa ryâuwahoze ari perezida wa Ghana
Hakomeje kuvugwa ubwumvikane bucye ku ishyingurwa ryâuwahoze ari Perezida wa Ghana, Jerry Rawlings, aho umuryango we nâabayobozi gakondo batarabasha kumvikana aho azashyingurwa nyuma yâukwezi gusaga apfuye. Umuyobozi wâikirenga wa nyuma wâakarere ka Volta, Togbe Nakakpo Dugbaza VIII, avuga ko uwahoze ari perezida agomba gushyingurwa muri imwe mu masambu ye. Impamvu ye? Togbe Nakakpo Dugbaza VIII […]
Biravugwa ko Kayishema wihishe imyaka 26 yamaze gusohoka Afurika y’Epfo
Umushinjacyaha wâUrukiko rwashyiriweho kurangiza imanza zâUrukiko Mpanabyaha rwâArusha Serge Brammertz yari aherutse kubwira akanama kâUmuryango wâAbabibumbye gashinzwe amahoro ku Isi ko bizwi neza ko Fulgence Kayishema ukekwaho uruhare muri jenoside ari muri Afurika y’Epfo n’ubwo nta bushake iki gihugu cyagize bwo kumufata. Kayishema ariko nk’uko amakuru ahari avuga, ashobora kuba yarasohotse muri iki gihugu mu […]
U Burusiya burahakana kohereza ingabo muri Centrafrica
Minisitiri wâububanyi nâamahanga wungirije wâu Burusiya, Mikhail Bogdanov, kuri uyu wa Mbere yateye utwatsi amakuru avuga ko u Burusiya bwohereje ingabo muri Repubulika ya Centrafrica, nyuma yâigeragezwa ryo guhirika ubutegetsi muri iki gihugu. âNtabwo turi kohereza ingabo, turi kubahiriza imyanzuro ya Loni,â ibi ni ibyo Bogdanov yatangaje nkâuko bivugwa nâIbiro Ntaramakuru Interfax . Ibi yabitangaje […]
Ku mutoza wa A.S Kigali, KCCA FC ikwiye gusubiza amerwe mu isaho

Umutoza wa A.S Kigali yâumurwa mukuru wâu Rwanda, Eric Nshimiyimana yasezeranyije KCCA FC yâi Kampala ko nta nota na rimwe atakariza ku mukino wâirushanwa rya CAF Confederations Cup uzahuza amakipe yombi. Nk’uko tubikesha The Independent, uyu mutoza yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Uganda Radio Network ku murongo wa telefone, avuga ko yiteguye kuwuvanamo amanota atatu […]
Impamvu yo kuribwa mu gitsina nyuma y’imihango n’uko wabyitwaramo
Benshi mu b’igitsinagore bakunze kugira icyibazo cyo kubabara mu gitsina nyuma yo kujya mu mihango, ariko bakibaza ikibitera n’uko babyitwaramo ngo ikibazo gikemuke. Muganga mu by’imyororokere, Dr Vincent Karuhanga avuga ko ubu bubabare bushobora kubaho mbere, mu gihe na nyuma y’imihango. Ibo ngo bishobora kuba buri kwezi ku bagore bamwe ariko bikava ku mpamvu zitandukanye. […]
Rayon Sports yaciwe amande yikubye incuro 4 ayaciwe AS Muhanga na Bugesera
Komisiyo ishinzwe imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yaciye amande amakipe ya Rayon Sports, AS Muhanga na Bugesera FC; nyuma yo gusanga yarakoze amakosa mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19. Iyi Komisiyo yateranye ku wa 13 no ku wa 18 Ukuboza 2020, yiga ku kibazo cyâamakipe nâabayobozi bâimikino (Match Commissioners) batashyize […]
Jenda: Abantu 50 bafatiwe mu tubari banywa Umufwe bagerageza no kurwanya polisi
Polisi ikorera mu Karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda ifatanyije nâabayobozi mu nzego zâibanze, iherutse gufatira mu tubari tubiri abantu 50 barimo kunywa inzoga ndetse bamwe muri bo bagerageza kuyirwanya. Ibi byabereye mu mpera zâicyumweru gishize, ku itariki ya 19 na 20 Ukuboza, mu Murenge wa Jenda mu tugari twa Nyirakigugu nâAkagari ka Kabatezi. […]
Virus nshya ya covid-19 yagaragaye mu Bwongereza yaba iri gukwirakwira mu Bufaransa
Minisitiri wâubuzima wâu Bufaransa,Olivier VĂ©ran, kuri uyu wa Mbere yatangaje ko ubwoko bushya bwa virus itera icyorezo cya Covid-19 yagaragaye mu Bwongereza yaba irimo irakwirakwira mu Bufaransa, nubwo nta bipimo byayo birafatwa kugeza ubu. âBirashoboka cyane ko virus irimo irazenguruka mu Bufaransa,â uyu ni minisitiri VĂ©ran avugana na Europe 1 Radio, mbere yo kongeraho ko […]
HRW ivuga ko u Rwanda rufunga abakene n’abatagira aho baba
Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu (Human Rights Watch, HRW) ushinja Leta y’ u Rwanda gufunga abo wise abakene; uvuga ko harimo abana bo mu muhanda, abicuruza, abakoresha ibiyobyabwenge, abasabiriza, abatagira aho baba n’abandi. Uyu muryango wasabye ibi u Rwanda ufatiye ku cyemezo cy’urukiko rwa Afurika ku burenganzira bwa muntu cyo kuwa 4 Ukuboza 2020, […]
Mu mafoto: Uko umutekano wifashe muri CAR

Hari impungenge zâuko umutekano ukomeza kuzamba muri iki gihe amatora yâUmukuru wâIgihugu yegereje muri Repubulika ya Central Africa (CAR), cyane ko ibitero byâimitwe yitwaje intwaro byiyongereye mu bice bitandukanye. Muri ibi bitero, harimo ibyibasiye ingabo zâu Rwanda ziri mu butumwa bwâamahoro muri iki gihugu, ikaba ari yo mpamvu Guverinoma yâu Rwanda nyuma yâamasezerano yagiranye na […]
Joe Biden yahawe urukingo rwa COVID-19
Perezida watowe wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden, yahawe urukingo rwa Pfizer rukingira COVID-19, mu rwego rwo kwereka abaturage b’igihugu cye ko ntacyo rutwaye ku buzima. Biden yahawe ruriya rukingo nyuma y’abandi bategetsi barwakiriye, barimo barimo Visi Perezida Mike Pence na Nancy Pelosi uyobora Inteko Ishing Amategeko, umutwe w’abadepite. Biden yaherewe urukingo mu […]