Breaking News: Lionel Messi yatandukanye na FC Barcelona

Ikipe ya FC Barcelona imaze gutangaza ko umunya-Argentine Lionel Messi yamaze gutandukana na yo, nyuma yo kurangiza amasezerano bari bafitanye. FC Barcelona yemeje ko itazakomezanya na Messi mu itangazo yanyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo zose. Iyi kipe yavuze ko “Uretse kuba FC Barcelona na Messi bari bamaze kugera ku bwumvikane ndetse impande zombi zifite ubushake […]

Nyamirambo: Ikamyo yahitanye umusore, imusanze mu nzira y’abanyamaguru

Ikamyo yari ifite umuvuduko mwinshi kuri uyu wa 5 Kanama 2021 yiciye ahitwa Sun City mu Murenge wa Nyamirambo w’Akarere ka Nyarugenge umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 na 30 wari uvuye gupagasa, imusanze mu nzira yagenewe abanyamaguru. Abaturage babonye iyi mpanuka iba babwiye Bwiza ko umushoferi w’iyi kamyo byagaragaraga ko yabuze feri, yabonye ishobora […]

Perezida Kagame yakiriye Faustin-Archange Touadéra muri Village Urugwiro (Amafoto)

img_20210805_163708.jpg

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane yakiriye muri Village Urugwiro Faustin-Archange TouadĂ©ra wa Repubulika ya Centrafrique watangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida TouadĂ©ra n’itsinda ry’intumwa yari ayoboye bageze mu Rwanda, aho batangiriye uruzinduko rw’iminsi ine. Bakigera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali bakiriwe […]

Abanyarwanda ntibaritabira gutwika imirambo y’ababo nubwo hari amategeko abigenga

Mu kwezi gushize, komite ihoraho y’inteko ishinga amategeko ishinzwe imibereho myiza y’abaturage yerekanye raporo ikubiyemo isuzuma ry’impamvu gushyingura binyuze mu gutwika imirambo (Cremation)Abanyarwanda baarabyitabira nubwo hari amategeko abibemerera kandi abigenga. Raporo yagaragaje, mu zindi mbogamizi, kubura ibikoresho n’ibibazo by’umuco. Mu gihe bamwe mu badepite bavuga ko gutwika imirambo byakemura burundu ikibazo cy’ibura ry’ubutaka ndetse n’igiciro […]

Nyaruguru: Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Cyahinda yaguye mu mpanuka ikomeye

img-20210805-wa0096.jpg

Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Cyahinda muri Diyosezi ya Butare, Buhanga Jean Claude yitabye Imana kuri uyu wa 5 Kanama 2021, azize impanuka y’imodoka yabereye mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho, mu Karere ka Nyaruguru. Iyi mpanuka yabaye mu masaa tanu y’amanywa, ubwo imwe mu makamyo yifashishwa mu gukora umuhanda yavaga ahagana ku […]

Uganda: Ba Gen Kazoora, Mugisha na Kutesa mu basezerewe mu gisirikare

Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Kanama 2021, Igisirikare cya Uganda (UPDF) cyasereye abasirikare bo ku rwego rwa ofisiye bakuru n’abato n’abandi basirikare 604, kongeraho abajenerali 14, bagiye mu zabukuru. Amakuru atangazwa na Chimpreports aravuga ko mu bantu basirikare bagiye mu zabukuru harimo, Lt Gen. Pecos Kuteesa, umwe mu bari bahagarariye igisirikare mu nteko, na […]

Tanzania: Freeman Mbowe imbere y’urukiko kuwa Gatanu ashinjwa iterabwoba

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Freeman Mbowe uyobora Chadema, kuri uyu wa Gatanu, itariki 06 Kanama, ategerejwe imbere y’urukiko rwa Kisutu, i Dar es Salaam, aho aregwa ibyaha birimo iterabwoba. Uru rubanza rukaba rwari ruteganyijwe kuri uyu wa Kane mbere yo gusubikwa. Perezida wa Chadema n’abandi bayoboke 10 b’ishyaka rye batawe muri yombi […]

Abaganga bakuye abana b’impanga mu nda y’umwana w’umukobwa wavutse (Amafoto)

capture-53.png

Abaganga mu bitaro byitwa Assuta Medical Center biri ahitwa Ashod muri Israel bakuye insoro (embryos) ebyiri zari zirimo gukurira mu mwana w’umukobwa wari umaze kuvuka. Ibi byabaye mu ntangiriro za Nyakanga bizwi mu buvuzi nka fetus-in-fetu, nk’uko Times of Israel yabigarutseho. Uyobora agace kita ku bana mu Bitaro bya Assuta, Omer Globus, avuga ko mu […]

Perezida Touadéra wa CAR ari mu Rwanda

touad1.jpg

Ibiro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Village Urugwiro, bimaze gutangaza ko Perezida wa Repubulika ya Centrafurika, Faustin-Archange TouadĂ©ra yamaze gusesekara mu gihugu. Ku rubuga rwa Twitter, Village Urugwiro yagize iti: “Perezida Faustin-Archange TouadĂ©ra ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, muri gahunda y’uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.” Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri Perezida TouadĂ©ra afite mu […]

Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi

Umugore wa Niyonzima Olivier ‘Seif’, Mushambokazi Belyse, yavuze ko mbere y’uko umugabo we yirukanwa na APR FC yari amaze ibyumweru bibiri atazi aho aba. Ejo ku wa Gatatu tariki ya 04 Kanama ni bwo APR FC yirukanye Seif waherukaga kongera amasezerano y’imyaka ibiri azira imyitwarire mibi. APR FC mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo yavuze […]

Le président centrafricain Faustin-Archange Touadera attendu au Rwanda ce jeudi

Le prĂ©sident centrafricain Faustin-Archange TouadĂ©ra doit arriver au Rwanda ce jeudi 5 aoĂ»t pour une visite d’Etat. Selon des responsables, le prĂ©sident TouadĂ©ra devrait s’entretenir en tĂȘte-Ă -tĂȘte avec son hĂŽte, le prĂ©sident Paul Kagame, des entretiens bilatĂ©raux et assister Ă  la signature d’un certain nombre d’accords. Selon des responsables, la visite vise Ă  renforcer la […]

Mozambique: Uwahoze ari Perezida yasabye ibiganiro n’inyeshyamba zihanganye na RDF

Uwahoze ari Perezida wa Mozambique, Joaquim Alberto Chissano, yasabye Leta ya kiriya gihugu kureba uko yagirana ibiganiro n’imitwe yitwaje intwaro bahanganye mu ntara ya Cabo Delgado. Joaquim Chissano yabaye Perezida wa Mozambique hagati y’umwaka wa 1986 na 2005. Mu kiganiro yagiranye na Radio Mozambique, yavuze ko bibaye byiza umuyobozi wa ziriya nyeshyamba yakwigaragaza agaha Leta […]

Perezida Museveni araha ikiruhuko ba ‘General’ 14 mu ngabo z’igihugu

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Yoweri Museveni kuri uyu wa 5 Kanama 2021 araha ikiruhuko cy’izabukuru abasirikare 14 b’amapeti ya jenerali (General). Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo za Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso yatangaje ko umuhango wo kubasezeraho urabera ku biro by’Umukuru w’Igihugu. Hari kandi abofisiye bakuru 604, abofisiye n’abasirikare bato barajya mu kiruhuko, […]

Umuhanzi Eddy Kenzo yakoze impanuka ikomeye

eddy-kenzo_1_.jpg

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda ndetse ufite inkomoko mu Rwanda, Eddy Kenzo, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, akoze impanuka ikomeye ku muhanda wa Masaka, ariko Imana ikinga akaboko abasha kuyirokoka n’ibikomere byoroheje. Eddy Kenzo yagize ati “Twagize impanuka iteye ubwoba y’imodoka, umuhanda wari utose kandi unyerera kubera imvura tugeze Maya hari umugunguzi mu muhanda […]

Urugo rw’uwahoze ari nyiri Nakumatt rugiye gutezwa cyamunara

Urugo rwa Atul Shah wari nyir’ikigo cy’ishoramari cya Nakumatt cyari gifite amasoko manini mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, ruzatezwa cyamunara tariki ya 24 Kanama 2021. Uru rugo rwiswe ruherereye mu gace ka Lavington i Nairobi muri Kenya rugiye gutezwa cyamunara bitewe n’ideni Shah abereyemo banki ya KCB ringana n’amashilingi ya Kenya miliyoni 30 muri miliyari […]

Nta gikuba cyacitse ku buryo yafatirwa ibihano_Minisitiri Gatabazi kuri Gitifu washyizeho Guma mu Rugo

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey, yavuze ko kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare muri Nyamagabe yarashyize kamwe mu tugari tuwugize muri Guma mu Rugo nta gikuba cyacitse ku buryo yabihanirwa, gusa avuga ko akwiye kugirwa inama. Ku wa 03 Kanama 2021 nibwo hasohotse itangazo ryanditswe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatare, Ndagijimana Gustave, rishyira […]

Uko ibihugu bya Afurika bikurikirana mu kubamo coup d’etat n’aho itaraba n’imwe

Ihirikwa ry’ubutegetsi (Coup d’Etat) ni uguhirika umuntu ufite ubutegetsi, mu buryo butemewe n’amategeko kandi akenshi bikarangwa no kumena amaraso. Muri Afurika, ibi bintu ntabwo ari ibidasanzwe. Ibihugu hafi ya byose bya Afrika bimaze guhura n’iki gihe cy’umwijima mu mateka yabyo. Coup d’etat ishobora gutandukanywa n’impinduramatwara kuko iyi iba ishyigikiwe n’abaturage. Dore urutonde rw’ibihugu bya Afurika […]

Leta irishyuza Umurundikazi imisoro y’amafaranga arenga miliyari 52

Ikigo cy’u Burundi gishinzwe gukusanya imisoro n’amahoro, OBR, kirishyuza Umurundikazi witwa Nitereka Charlotte imisoro y’amafaranga akoreshwa iwabo (FBU) miliyari 52,683,428.785 (miliyari zirenga 26 z’amafaranga y’u Rwanda). Itangazo rigaragara ku rubuga rwa Twitter rwa OBR ryashyizweho umukono na Komiseri Mukuru wayo, Pacifique Munyenshongore tariki ya 3 Kanama 2021, rirebana n’ukwishuza Nitereka, rigira riti: “Ikigo gishinzwe gukusanya […]

Covid-19: Ibihugu 5 bya EAC biri ku rutonde rushya rutukura rw’u Bwongereza

Guverinoma y’u Bwongereza yashyize ibihugu 5 byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) ku rutonde rutukura rugaragaramo ibirimo ubwandu bukabije bw’icyorezo cya Covid-19. Muri uyu muryango ugizwe n’ibihugu 6, Sudani y’Epfo yonyine ni yo itari kuri uru rutonde. Birumvikana ko ibiruriho ari: u Rwanda, u Burundi, Uganda, Tanzania na Kenya. Abaturuka muri ibi bihugu bageze […]

Kabuga w’imyaka hafi 90…ntazi aho ari, ntazi n’ibiri kumubaho_Umuryango we

Umuryango wa Kabuga FĂ©licien wagaragaje ko utewe impungenge n’ubuzima bwe mu gihe amaze umwaka urenga akurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko bigaragara mu itangazo washyize hanze tariki ya 3 Kanama 2021, uvuga ko Kabuga w’imyaka 88 y’amavuko ufungiwe muri kasho y’urwego rw’ubutabera rw’Umuryango w’Abibumbye (UN) rwashyiriweho u Rwanda, i La Haye mu […]

Ubu Rihanna niwe muhanzi wa mbere ukize ku Isi n’asaga miliyari n’igice y’amadolari

Kuri uyu wa gatatu, ikinyamakuru cya Forbes cyatangaje ko umuhanzi w’icyamamare Rihanna afite agaciro ka miliyari 1.7 z’amadolari, akaba ari we muhanzi ukize kurusha abandi ku Isi, ariko umuziki we ntabwo ari isoko y’ibanze y’ubutunzi bwe. Forbes yatangaje ko uyu muhanzikazi wavukiye muri Barbados, amazina ye y’amavuko ari Robyn Fenty, akomora miliyari 1.4 z’amadolari y’umutungo […]

Akari ku mutima wa Mangwende werekanwe na FAR Rabat yamuguze Frw miliyoni 430

Myugaruro Imanishimwe Emmanuel bita Mangwende yatangaje ko yiteguye guha FAR Rabat ibyo afite byose, nyuma yo kumwerekana nk’umukinnyi wayo mushya. Ku munsi w’ejo ni bwo iyi kipe y’Ingabo za Maroc yerekanye Mangwende nk’umukinnyi wayo mushya, nyuma yo kumugura abarirwa muri Frw miliyoni 430 imukuye muri APR FC. FAR Rabat ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo yahaye […]

RDF na FADM bashobora gutangiza ibitero ku Mujyi wa MocĂ­mboa da Praia

Nyuma y’igitero cy’ingabo za Mozambique (FADM) n’iz’u Rwanda (RDF) cyavanye inyeshyamba mu birindiro byari bisigaye byazo mu gace ka Awasse, ahafatwaga “nk’icyicaro cyazo”, ubu ibitero bishobora kugana ku Mujyi wa MocĂ­mboa da Praia. Umunyamakuru wa BBC muri Mozambique, Jose Tembe, yagize ati ” Umujyi wa MocĂ­mboa da Praia uri ku nyanja ukiri mu maboko y’izi […]

Abantu 17 bari mu bukwe bishwe n’inkuba

Abantu batari munsi ya 17 mu bari mu birori by’ubukwe bapfuye muri Bangladesh nyuma yuko bakubiswe n’inkuba, nkuko abategetsi babivuze. Abandi 14, barimo n’umugabo wakoze ubukwe, bakomeretse. Umugeni ntabwo yari ari muri ibyo birori. Abari muri uwo munsi mukuru bari barimo basohoka mu bwato mu mujyi wa Shibganj ukora ku mugezi, bajya mu nzu y’abageni, […]