Karim Benzema yegukanye Ballon d’Or ya 2022 ahigitse Umunyafurika

Umufaransa Karim Benzema usanzwe akinira Real Madrid yo mu gihugu cya Espagne, ni we wegukanye igihembo cya Ballon d’Or ya 2022 gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi mu mupira w’amaguru. Hari mu birori byo gutanga ibihembo bitangwa n’ikinyamakuru France Football ku bahize abandi mu mupira w’amaguru ku Isi byabereye i Paris mu gihugu cy’u Bufaransa. […]

VP Gachagua yemereye akazi mu biro bye umukobwa wamwise Riggy G

Gachagua yemereye uyu mukobwa akazi mu biro bye

Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yemereye akazi mu biro bye umukobwa witwa Ivy Chelimo wamwise izina ry’akabyiniriro rya Riggy G ahamya ko rituma urubyiruko rumwiyumvamo. VP Gachagua yatanze iri sezerano kuri uyu wa 17 Ukwakira 2022, aritangaza ku mugaragaro ubwo yitabiraga umunsi mpuzamahanga wahariwe ibiribwa wizihirijwe mu karere ka Kajiado. Nk’umushyitsi mukuru, Gachagua yasabye […]

Nyaruguru: Umwana w’imyaka 10 yishwe n’igisasu cyari mu ishyamba

Umwana w’umuhungu w’imyaka 10 y’amavuko witwa Ngiriyambonye Emmanuel, wari utuye mu mudugudu wa Bunge, akagari ka Bunge, umurenge wa Rusenge, akarere ka Nyaruguru, yaturikanywe n’igisasu cya ‘grenade’ kiramwica ubwo yari yagiye kwahira ishinge mu ishyamba. Nk’uko abaturage bo mu mudugudu wa Bunge babibwiye BWIZA, iyi mpanuka y’uyu mwana wigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanze […]

APR FC yahagamwe na Police FC, ifata umwanya wa kabiri muri shampiyona

Ikipe ya APR FC yaguye miswi na Police FC igitego 1-1, mu mukino w’ikirarane amakipe yombi yari yahuriyemo ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yakiriye iya Polisi y’u Rwanda, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo. Umunota wa gatanu w’umukino wari uhagije ngo Ishimwe Christian afungurire APR […]

Dr Rutunga ushinjwa guhemba ikimasa abakoraga Jenoside yasoje kwiregura

Dr Venant Rutunga wahoze ari umuyobozi w’ikigo cy’ubushakashatsi mu buhinzi cya ISAR ushinjwa guhemba ikimasa abakoraga Jenoside mu 1994, yasojwe kwisobanura ku byaha 3 aregwa birimo icyaha cya jenoside no kurimbura nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu. Ni ibyaha ubushinjacyaha bumurega ko yakoreye mu kigo yayoboraga cya ISAR no mu nkengero zacyo, we akaburana abihakana. Mu byo ubushinjacyaha […]

EALA MPs to meet in Kigali

The East African Legislative Assembly (EALA), the legislative arm of the now seven-member East African Community, will bring its plenary sessions to Kigali. As announced by the regional House, the upcoming fifth session of the fourth Assembly will take place at the Parliament of Rwanda, from October 23 to November 5. Due to disruptions including […]

Mali: Abasirikare 2 ba MINUSMA bapfuye abandi bane barakomereka

Kuri uyu wa Mbere, itariki 17 Ukwakira, abasirikare babiri b’Umuryango w’Abibumbye bapfuye abandi bane barakomereka bikabije ubwo imodoka yabo yagongaga igisasu mu majyaruguru ya Mali, nkuko byatangajwe na MINUSMA kuri twitter . Abarwanyi ba kisilamu, bamwe bafite aho bahurira na al Qaeda na Leta ya Kisilamu, mu myaka icumi ishize bagabye ibitero bitandukanye mu majyaruguru […]

Umupasiterikazi yigambye kugira igitsina cyasizwe amavuta gikiza buri uwo baryamanye

Umupasiterikazi wo muri Nigeria washinze Itorero Life of Faith and Prosperity Ministry, Veronica, yaciye igikuba ubwo yavugaga igitsina cye cyasizwe amavuta ku buryo umugabo baryamanye inshuro imwe ahita akira. Uyu mugore uyobora itorero ahitwa Asaba muri Leta ya Delta avuga ko ” Kuryamana nanjye kuko igitsina cyanjye cyahawe umugisha bifasha abagabo batabyara guhita bikemuka.” Uyu […]

Kampala: Ikizamini cyanyomoje Kabanda waregaga ibitaro kumwiba impyiko

Ikizamini cyo kwa muganga cyanyomoje umusore w’imyaka 25 y’amavuko witwa Kabanda Muhammad washinjaga ibitaro bya Old Kampala kumwiba impyiko y’ibumoso. Kabanda yasobanuriye urwego rwa Polisi rushinzwe ubugenzacyaha ko yakoze impanuka mu mpera za Nzeri 2022, akomereka ku mutwe, ajyanwa kwivuriza ibikomere muri ibi bitaro. Umuganga Dr Mugalu Alex yamukoreye operasiyo (kumubaga) yo ku gahanga tariki […]

RDC: Jean Marc Kabund ushinjwa gusuzugura umukuru w’igihugu yongeye kwitaba urukiko

Uwahoze ari inshuti ya Perezida FĂ©lix Tshisekedi, Jean-Marc Kabund, kuri uyu wa Mbere, itariki ya 17 Ukwakira yasubiye mu rukiko . Iperereza ku rubanza rwe rizakomereza imbere y’urukiko. Mu iburanisha riheruka, ntabwo yitabye kubera impamvu z’ubuzima nk’uko iyi nkuru dukesha l’Interview ivuga. Jean-Marc Kabund , yemerewe gufungirwa mu rugo, ariko aracyafungiwe muri Gereza Nkuru ya […]

Espagne: Umukinnyi Neymar Jr. yitabye urukiko rugiye kumuburanisha ku byaha bya ruswa

szq3xs47rzn5dlevz5tw4aup5q.jpg

Mu gihe habura ukwezi ngo hatangire imikino y’Igikombe cy’Isi, Umukinnyi Neymar Jr. wo muri Brazil kuri uyu wa Mbere yitabye urukiko rwo muri Espagne rumukurikiranyeho amanyanga yakozwe ubwo yajyaga mu ikipe ya Barcelona mu myaka hafi 10 ishize . Uyu mukinnyi wa Paris Saint-Germain w’imyaka 30, yageze mu rkiko rw’intara rwa Barcelona muri iki gitondo […]

U Burusiya bwahaye kimwe mu bihugu bya Afurika kajugujugu rutura z’intambara

Igisirikare cy’u Burusiya cyamaze gushyikiriza icya Burkina Faso kajugujugu ebyiri z’intambara byitezwe ko zigomba gufasha kiriya gihugu cya Afurika y’Uburengerazuba guhangana n’iterabwoba. Izi kajugujugu zirimo imwe yo mu bwoko bwa Mil Mi-8 n’indi ya rutura yo mu bwoko bwa M-35. Amakuru avuga ko Burkina Faso yashyikirijwe n’u Burusiya izi kajugujugu zombi mu cyumweru gishize (ku […]

Abagize BTS bagomba kumara umwaka bakorera igisirikare cya Koreya bakwanga bagafungwa

sxhgsx2iprp5lc4jmm4sinxxyu.jpg

Abagize itsinda BTS ry’abahanzi bo muri Koreya y’Epfo, bagomba kujya gufata imyitozo ya gisirikare, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere n’ikigo cyita ku nyungu zabo, birangiza impaka zari zimaze imyaka hibazwa niba ibi byamamare bikwiye gusonerwa kwitabira izi ngando zisanzwe ari itegeko ku Banyakoreya bari munsi y’imyaka 30 . Abagabo bose bo muri Koreya y’Epfo […]

Umwongerezakazi arigamba gufungisha konte za Twitter z’Abanyarwanda ‘bamwibasira’

Umunyamakuru w’Umwongerezakazi uzwiho kwibasira ubutegetsi bw’u Rwanda, Michela Wrong, arigamba gufungisha konte za Twitter z’Abanyarwanda babiri avuga ko bamwibasira. Wrong wakoreye ibinyamakuru birimo BBC na The Financial Times ku mugabane wa Afurika yatangaje aya makuru kuri uyu wa 16 Ukwakira 2022, agira ati: “Konte ebyiri nareze z’Abanyarwanda banyibasira zarahagaritswe mu minsi mike ishize.” Yakomeje agira […]

MINISANTE ntizongera gutangaza uko Covid-19 yifashe buri munsi

20221017_093639.jpg

Minisiteri y’Ubuzima ( MINISANTE) itangaza ko itazongera gutangaza imibare yerekana ko Covid-19 yifashe mu Rwanda buri munsi nk’uko byari bisanzwe. Ubutumwa bwa MINISANTE kuri Twitter buvuga ko “Amakuru mashya kuri #COVID19 muzajya muyagezwaho rimwe mu cyumweru, ku cyumweru.” Nta mpamvu yavuzwe yatumye hafatwa iki cyemezo. Umwe mu banyamakuru bo mu Rwanda yatangarije BWIZA ko ibi […]

Rubavu: Ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu hagiye gushyirwa ubwiherero butahabonekaga

Ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu hagiye gushyirwa ubwiherero ndetse hongererwe umutekano kuko hasurwa n’abantu benshi bavugaga ko hari ibitanoze nk’uko byatangajwe n’ Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu . Abasura Ikiyaga cya Kivu bagaragazaga kuba babura ubwiherero nk’intenge yatumaga bamwe bahitamo kwibohorera mu mazi, naho abandi ntibashobore gutahana ibyo bajyanye ku mazi kubera ubujura bukorwa n’abana bato. […]

Museveni yashimagije umuhungu we mu bya gisirikare

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yashimagije Gen Muhoozi Kainerugaba usanzwe ari umuhungu we, avuga ko ari “umusirikare mwiza cyane” n’ubwo ari mu gisirikare cyamunzwe na ruswa n’ibindi bibazo bitandukanye. Hari mu kiganiro Umukuru w’Igihugu cya Uganda yagiranye na Televiziyo ya MTN yo mu gihugu cya Kenya; aho yasobanuye ko kuba umuhungu we ari umusirikare […]

Amafoto: Umugore wa Tshisekedi yasuye imva ya Mobutu n’umugore we Bobi Ladawa

ffhgu2fwaaadguz.jpg

Kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki 15 Ukwakira 2022, umufasha wa Perezida Tshisekedi, Denise Nyakeru, yasuye imva ishyinguyemo uwahoze ari Perezida wa Zaire, Mobutu Sese Seko, ndetse anasura umupfakazi we, Bobi Ladawa, i Rabat muri Maroc . Denise Nyakeru avuga ko yabonye Bobi Ladawa ameze neza kandi yishimiye kumva ubunararibonye bwe n’inama ze z’agaciro nk’umuntu […]

Hatanzwe umuburo ku iyicwa ry’abasivili ‘benshi’ mu gihe TPLF yaba itsinzwe urugamba

Abadipolomate baraburira ko amaraso menshi y’abasivile ashobora kumeneka mu ntara ya Tigray mu gihe inyeshyamba zigenzura iyi ntara zayivanwamo n’ingabo za Ethiopia n’iza Eritrea. Avuga ko abasivile barimo kwicwa kandi abakomeretse ntibatabarwe kuko iyi ntara yagoswe. Imijyi irimo kuraswa ibisasu igasenyuka burundu, nk’uko bivugwa na Tedros Ghebreyesus, umukuru w’ishami rya ONU ryita ku buzima, WHO/OMS, […]

Umurwa mukuru wa Ukraine wongeye kwibasirwa n’ibisasu by’u Burusiya

Umuyobozi w’akarere ka Kyiv, Vitali Klitschko, aravuga ko haturikiye ibisasu byinshi mu karere ko hagati y’umurwa mukuru wa Ukraine . Kuri uyu wa Mbere, ibyo biturika byibasiye akarere ka Shevchenkivskyi mu murwa mukuru, kandi byangiza amazu menshi yo guturamo, nk’uko Klitschko yabitangaje kuri serivisi yo kohererezanya ubutumwa ya Telegram. Klitshchko yagize ati: “Abatabazi bari aho […]

RDC: Ba Colonel babiri bashinjwa gutuma M23 ifata Bunagana no kuyisigira intwaro

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Colonel bakurikiranwe n’ubushinjacyaha bw’igisirikare ku rwego rw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bashinjwa gutuma umutwe witwaje intwaro wa M23 ufata agace ka Bunagana no kuwusigira ibikoresho birimo intwaro. Aba basirikare ni Colonel DĂ©sirĂ© Lobo uyobora rejima ya 3412 na Colonel Jean Marie Diadia wa Diadia […]

RDF discovers weapons hidden by terrorists in Cabo Delgado

Rwanda security forces involved in counter-terrorism and counter-insurgency operations in Cabo Delgado Province of northern Mozambique on Saturday, October 15, discovered stockpiles of weapons and ammunition hidden by the Islamic State-linked terrorists. The weapons and ammunitions were hidden by the fleeing terrorists in a thick forest region called Mbau, southeast of Mocimboa da Praia District, […]

Kylian Mbappé yamaganye amakuru yavugaga ko yasabye PSG ko batandukana

Umufaransa Kylian MbappĂ© yahakanye amakuru amaze iminsi avuga ko yasabye PSG asanzwe akinira ko batandukana muri Mutarama umwaka utaha; ku mpamvu y’uko atishimiye uburyo abayeho muri iyi kipe. Ibinyamakuru birimo MARCA bimaze igihe bitangaza inkuru z’uko PSG yemeye ko MbappĂ© ayisohokamo, gusa imukumira kuba yakwerekeza muri Real Madrid. Mu mpeshyi y’uyu mwaka ni bwo MbappĂ© […]

Inama mpuzamahanga 2 i Kigali, ihagarikwa rya batatu muri RURA na mwarimu ukekwaho kwica undi: inkuru z’icyumweru

Icyumweru gishize cyatangiye tariki ya 10 Ukwakira 2022 cyaranzwe n’inkuru nyamukuru zerekeye umutekano, politiki n’ubutabera. Harimo: Inama ya IPU na Youth Connekt Africa mu Rwanda I Kigali habereye inama y’ihuriro mpuzamahanga ry’inteko zishinga amategeko ku Isi rizwi nka IPU ndetse n’inama y’urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika izwi nka Youth Connekt Africa yabaye ku nshuro […]