U Rwanda rwishyize mu mwambaro wa Thomas wo muri Bibiliya

be906c6a f4b8 49a1 8e78 a642f15b89e6

Leta y’u Rwanda yatangaje ko izemera ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izajya mu mishyikirano n’umutwe wa M23 ari uko ibibonye, bijyanye no kuba ari kenshi Perezida Félix Antoine Tshisekedi yagiye atanga amasezerano ariko akanga kuyashyira mu bikorwa. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Gashyantare ni bwo Perezidansi ya Angola yatangaje ko RDC yemeye kujya […]

Ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri RDC bwashyizweho iherezo

sandf 2 03d97 0ec60 1

Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa SADC, kuri uyu wa Kane yashyize iherezo ku butumwa ingabo z’uyu muryango zari zimazemo igihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ingabo za SADC zo mu bihugu bya Afurika y’Epfo, Malawi na Tanzania zari mu burasirazuba bwa RDC kuva muri 2023, aho zari zaragiye gufasha ku rugamba ingabo […]

Tshisekedi ni ibandi: Gén. Makenga

GridArt 20250313 112345362

Umugaba Mukuru w’Ingabo za M23, Gén. Sultani Emmanuel Makenga, yise Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibandi; anamushinja kudakunda abaturage be. Makenga yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na n’umushakashatsi Alain Destexhe. Uyu musirikare ubwo yabazwaga icyo atekereza kuri Tshisekedi, yavuze ko “nta rukundo afitiye igihugu, ni ibandi. Abajijwe niba Tshisekedi yarabaye […]

Gén. Makenga yavuze impamvu yatuma M23 ijya gufata Kinshasa

download 31 2 e62ac

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa M23, Général-Major Sultani Makenga, yatangaje ko inyeshyamba akuriye nta gahunda zifite yo kwigarurira Umujyi wa Kinshasa. Uyu musirikare yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umushakashatsi Alain Destexhe wabaye Senateri mu Bubiligi kuva mu 1995 kugeza mu 2011 n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango MSF (Médecins sans frontières) w’abaganga batagira umupaka. Kuva mu mpera za […]

Perezida Ruto yabaye iciro ry’imigani azira capati

20250313 092332

Perezida William Samoei Ruto wa Kenya akomeje guhabwa urw’amenyo n’abaturage be, nyuma yo gutanga isezerano ryo kugura imashini izajya ikora Capati miliyoni ku munsi. Ruto umaze iminsi mu rugendo rugamije kureba ibikorwa by’iterambere bimaze kugerwaho mu mujyi wa Nairobi, yatanze ririya sezerano ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya St. Teresa Girls Secondary School riherereye mu […]

M23 yafashe mpiri Ofisiye mukuru w’Umurundi

20250313 70257

Umutwe wa M23 wafatiye mu mirwano ikomeje kubera muri Kivu y’Amajyepfo Major Ndikumana Claude wo mu ngabo z’u Burundi. Amakuru avuga ko uyu musirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mukuru yafashwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru, ubwo M23 n’ingabo zirimo iz’u Burundi barimo barwanira i Kaziba ho muri Teritwari ya Walungu. Major Ndikumana yabarizwaga muri […]

Guhishira ingengabitekerezo ya Jenoside ni nko kwicarira umuriro: RIB

IMG 20250312 WA0013

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasabye Abaturarwanda umusanzu mu gukumira ibyaha bitandukanye, by’umwihariko icy’ingengabitekerezo ya Jenoside; kuko kugihishira ari nko kwicarira umuriro kandi ubizi neza ushobora kukotsa. Ni ubusabe RIB yatanze, mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha imaze iminsi ikorera mu bice bitandukanye by’igihugu. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Werurwe ubwo bukangurambaga RIB yabukomereje mu murenge […]

M23 yageze mu misozi ya Itombwe, yigarurira imidugudu 6

8164 1

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatatu wigaruriye imidugudu itandatu yo mu misozi miremire ya Itombwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ni imidugudu irimo uwa Gashama, Gitembe, Gahusi, Murambi, Bibangwa na Gitoga; nk’uko amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo abivuga. M23 yigaruriye iyi midugudu nyuma yo kuyirukanamo Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira […]

Simba SC zishobora kwakirira Al Masry kuri Stade Amahoro

01JH0HEY64CNGWCWTD5RK6NAQW

Ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania ishobora kuzakirira Al Masry yo mu Misiri bazahura mu kwezi gutaha kuri Stade Amahoro i Remera. Ni nyuma y’uko Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafashe icyemezo cyo kuba ifunze by’agateganyo Stade y’Igihugu ya Tanzania. Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF), mu itangazo ryasohoye kuri uyu wa […]

Tshisekedi no gutwara za Pizza byari byaramunaniye: Perezida Kagame

6383678c747a5d0629602d82.1

Perezida Paul Kagame yatangaje ko mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nta bushobozi afite bwo kuyobora igihugu cye, anavuga ko nibahura azabimubwira. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana Mario Nawfal uzwi ku mbuga nkoranyambaga za X na YouTube. Muri iki kiganiro Perezida Paul Kagame yagaragaje Tshisekedi nk’umuntu bigoye […]

Intasi z’u Rwanda n’iz’u Burundi zongeye guhura

20250312 070005

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko abakuriye inzego z’ubutasi z’iki gihugu ndetse n’abakuriye iz’u Rwanda bongeye guhura, mu mujyo wo gucubya umwuka mubi uri hagati y’ibihugu byombi. Ibitangazamakuru by’i Burundi bivuga ko ku wa Mbere tariki ya 10 Werurwe ari bwo intasi z’ibihugu byombi zahuriye mu ntara ya Kirundo. Ni nyuma y’uko mu […]

Angola yatangaje ko RDC yemeye kujya mu mishyikirano na M23 

20250312 013512

Leta ya Angola yatangaje ko mu minsi mike iri imbere Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izajya mu biganiro n’umutwe wa M23. Ni amakuru yemejwe na Perezidansi ya Angola, nyuma y’uruzinduko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yagiriye i Luanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Werurwe 2025. Ni uruzinduko rwasize Tshisekedi ahuye anagirana ibiganiro na Perezida […]

Inama idasanzwe ya SADC yiga ku bibazo byo muri RDC

Family Photo 0

Umuryango w’Ubukungu w’Ibihugu byo mu majyepfo ya Afurika (SADC), wahamagaje inama idasanzwe igomba kurebera hamwe ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byifashe. Ni inama iteganyijwe ku wa Kane tariki ya 13 Werurwe, ikazayoborwa na Perezida Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe ari na we uyoboye uriya muryango. Itangazo ryasohowe n’Ubunyamabanga Bukuru bwa SADC […]

Umugambi wo kwica Vital Kamerhe muri RDC

20250311 080402

Ishyaka UNC ry’umunyapolitiki Vital Kamerhe akanaba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye umugambi wo kumwica uriho muri Congo. Iby’umugambi w’uko Kamerhe agomba kwicwa byatangajwe na Visi-Perezida wa kabiri w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Christophe Mboso. Uyu ku Cyumweru gishize ubwo yari mu gikorwa cya Politiki, yumvikanye asaba abatware gakondo ndetse […]

Nduhungirehe yeruriye Kaja Kallas ko ibihano u Rwanda rufatirwa bitazakemura ibibazo bya RDC

20250311 080211

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe uri i Bruxelles mu Bubiligi, ku wa Mbere yahuye anagirana ibiganiro na Visi-Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Kaja Kallas. Ni ibiganiro byibanze ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ingabo z’iki gihugu zikomeje kurwanira n’umutwe wa M23. U Rwanda rushinjwa guha ubufasha […]

Perezida wigeze kwita Imana igicucu yatawe muri yombi

20250311 064442

Rodrigo Duterte wahoze ari Perezida wa Philippines yatawe muri yombi, nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo kumufata n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rumushinja kugira uruhare mu byaha byibasiye inyoko muntu. Duterte yafatiwe ku kibuga cy’indege cyo mu mujyi wa Manilla, ubwo yari avuye muri Hong Kong. Ibyaha akekwaho bifitanye isano n’ubwicanyi bw’indengakamere ubutegetsi bwe bushinjwa gukora, mu […]

M23 yakubitiye ingabo z’u Burundi i Kaziba

20250310 223209

Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 10 Werurwe wigaruriye agace ka Kaziba ko mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ingabo z’u Burundi barwanaga mu mirwano ikomeye. Mu masaha y’umugoroba wo ku wa Mbere ni bwo M23 yinjiye i Kaziba. Kaziba ni chefferie muri ebyiri zigize Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Amajyepfo, […]

Masisi: M23 yafashe utundi duce

20250310 152117

Nyuma y’agace ka Nyabyondo ko muri Masisi inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zigaruriye ku Cyumweru tariki ya 9 Werurwe, uyu mutwe wanigaruriye uduce twa Busoro na Kaanja. Inyeshyamba ziyobowe na Gen Sultani Makenga zigaruriye utu duce twombi nyuma yo kutwirukanamo ingabo za Leta ya Congo n’abarwanyi b’umutwe wa APCLS bazifasha ku rugamba. Kugeza mu […]

Ubwoba bw’intambara ikomeje gututumba mu kindi gihugu cya EAC

Kiir with spla soldirs during spla day celeberation in Juba

Ibihugu by’amahanga bikomeje kugira impungenge z’uko intambara ishobora gututumba muri Sudani y’Epfo, nyuma y’umwuka wongeye kuba mubi mu ihuriro riyoboye iki gihugu. Impungenge z’uko Sudani y’Epfo ishobora gusubira mu ntambara ya gisivile zabaye nyinshi, nyuma y’imirwano iheruka kubera muri Leta ya Upper Nile. Ni imirwano yasakiranyije ihuriro rishyigikiye Perezida Salva Kiir n’izishyigikiye Visi-Perezida we, Riek […]

M23 yigaruriye Nyabyondo

deccanherald 2025 02 27 ldgdka8v file7zjt5w18011psf1hnld

Umutwe wa M23 ku Cyumweru tariki ya 9 Werurwe, wigaruriye agace ka Nyabyondo ko muri Teritwari ya Masisi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. M23 yigaruriye aka gace, nyuma y’imirwano ikomeye yasakiranyije ingabo zayo n’Ingabo za Leta ya RDC (FARDC) zafashwaga n’inyeshyamba zo mu mutwe wa APCLS wa Gen Janvier Karairi. Agace ka Nyabyondo M23 […]

Prince Kid yafatiwe muri Amerika

20250309 125924

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Amerika, rwatangaje ko rwataye muri yombi Ishimwe Dieudonné izwi nka Prince Kid wari umaze igihe ashakishwa n’ubutabera bw’u Rwanda. Uru rwego ruzwi nka ICE, rwatangaje ko Ishimwe w’imyaka 38 y’amavuko rwamufatiye muri Leta ya Dallas, ku wa 3 Werurwe 2025. Rwavuze ko rwamutaye muri yombi nyuma yo gushyirirwaho impapuro zo […]

M23 ku makuru y’uko yavuye muri tumwe mu duce twa Bukavu

34WHXXU5SZKOTEGVJ3P5U5EL7Y

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu wanyomoje amakuru yavugaga ko ingabo zawo zaraye zivuye muri tumwe mu duce two mu mujyi wa Bukavu. Ni amakuru yaramutse akwirakwizwa na bamwe mu banyamakuru basanzwe babogamira ku ruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Nk’uwitwa Daniel Michombero usanzwe azwi ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yatangaje […]

Mu bakeneye amabuye y’agaciro ya RDC u Rwanda rwaza ku mwanya wa 100: P. Kagame

Screenshot 2023 01 29 at 08.25.37

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko u Rwanda atari rwo ruza imbere mu gukenera amabuye y’agaciro yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’ubwo iki gihugu n’inshuti zacyo birushinja gukigasura amabuye. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro cyihariye aheruka kugirana Mario Nawfal uri mu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga zirimo urwa X na YouTube. U Rwanda rumaze […]

Kicukiro: Ababyeyi barengeje igihe cyo kubyara barashinja ibitaro bya Masaka kubarangarana

rwanda blog visit to masaka hospital may 23 cover

Ababyeyi biganjemo abarengeje igihe cyo kubyara boherejwe ku bitaro bya Masaka biherereye mu karere ka Kicukiro, barashinja ibi bitaro kubarangarana ku buryo mu gihe bakomeza kudafashwa byagira ingaruka ku buzima bwabo ndetse n’ubw’abo batwite. Uwimana Zacée utuye i Kagasa ho mu murenge wa Gahanga w’akarere ka Kicukiro, avuga ko ku wa Kabiri w’iki Cyumweru ari […]

Burundi: Abanyamulenge bakomeje gufungwa bashinjwa gukorana na M23 

IMG 20250308 WA0000

Abanyamulenge basanzwe ari impunzi mu gihugu cy’u Burundi by’umwihariko abatuye mu mujyi wa Bujumbura, bakomeje gusahurwa ari nako bafungwa bashinjwa gukorana n’umutwe wa M23. Byatangiye mu minsi ishize ubwo M23 yigaruriraga imijyi ya Goma na Bukavu yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iyirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ririmo n’Ingabo z’u […]

Simba SC yanze kujya gukina ‘derby’ yayo na Yanga

hq720 1

Ikipe ya Simba Sports Club yatangaje ko ititabira umukino wa shampiyona ya Tanzania wagombaga kuyihuza na Young Africans, nyuma y’ibikorwa bigayitse ivuga ko yakorewe. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo amakipe yombi yagombaga guhurira mu mukino w’ishiraniro w’umunsi wa 23 wa shampiyona Yanga yagombaga kwakira. Ni umukino wagombaga gukinwa mu gihe Yanga […]

RDC yashyize za miliyoni z’amadorali ku mitwe y’abarimo Nangaa na Gen. Makenga

naanga m23 69332

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biciye muri Minisitiri wayo w’Ubutabera, yatanze za miliyoni z’amadorali ku washobora kuyiha amakuru yaganisha ku ifatwa ry’abayobozi bakuru ba M23/AFC. Minisitiri Constant Mutamba mu itangazo yasohoye, yatangaje ko yiteguye gutanga $ miliyoni 5 ku wamuha amakuru yamufasha guta muri yombi Corneille Nangaa usanzwe ari umuhuzabikorwa w’ihuriro AFC, Bertrand Bisimwa umwungirije […]

Lubero: Ingabo za Uganda zafashe agace M23 yavuyemo

ingabo za uganda muri congo db323

Umutwe wa M23 ku wa Kane tariki ya 6 Werurwe wavuye mu gace ka Kagheri ko muri Teritwari ya Lubero ho mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Sosiyete Sivile yo muri ako gace yabwiye Radio Okapi ko M23 yavuye muri kariya gace itarwanye, mu gihe yari yarakigaririye ku wa 2 Gashyantare nyuma y’imirwano yayisakiranyije n’Ingabo za […]

Bwa mbere Ukraine yakoresheje Mirage 2000 yahawe n’u Bufaransa 

article 62b7384e957427 66770502

Igisirikare cya Ukraine cyatangaje ko cyaraye cyifashishije indege z’intambara zo mu bwoko bwa Mirage 2000 yahawe n’u Bufaransa, mu guhanura za missiles na drones u Burusiya bwakoresheje buyirasaho. Ukraine ivuga ko missiles 58 na drones 194 ari zo yasohoye. Ni bwo bwa mbere iki gihugu cyari cyifashishije ziriya ndege cyahawe n’u Bufaransa mu kwezi gushize.

Bukavu: Ikindi gitero cyiciwemo abantu

8a1bfea0 eb56 11ef 8260 bb820c6363c8.jpg

Amakuru aturuka mu mujyi wa Bukavu aravuga ko mu ijoro ryacyeye hagabwe igitero cyiciwemo abantu, abandi benshi barakomereka. Byabaye mu ijoro ryacyeye ubwo abantu bitwaje intwaro batahise bamenyekana bateraga ingo z’abaturage muri Komine za Ibanda na Kadutu, bakica bamwe muri ba nyiri urugo mbere yo kwiba bimwe mu bintu by’agaciro bari batunze. Amakuru kandi avuga […]

Rwamucyo wari Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni agiye gusimburwa 

20250306 170636

Ambasade Rwamucyo Ernest wari uhagarariye u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, muri uku kwezi azasoza inshingano ze. Ku wa 25 Werurwe 2025 ni bwo uyu mudipolomate byitezwe ko azasoza inshingano ze, nyuma y’umwaka n’amezi ane ahagarariye u Rwanda muri Loni. Iby’aya makuru bigaragarira mu ibaruwa aheruka kwandikira ubutumwa bw’u Rwanda muri Loni asezera […]

Uko abazungu bitambitse u Rwanda mbere yo guha inzira abacanshuro barekuwe na M23

whatsapp image 2025 01 29 at 13.16 19 9f46e

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yatangaje ko hari ibihugu byijunditse u Rwanda ubwo rwahaga inzira abacanshuro bari baragiye kurwanya M23 bakarunyuramo bataha iwabo. Mu kwezi gushize ni bwo abo bacanshuro 288 bo mu bihugu bya Romania, Georgia n’u Bufaransa banyuze mu Rwanda bataha iwabo. Ni nyuma yo gutsindwa na […]

Icyoba kuri Tshisekedi cy’uko Ndayishimiye ashobora kumutera umugongo

20240417043710000000 1

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Leta y’igihugu cye, biravugwa ko bafite impungenge z’uko u Burundi bwabafashaga mu ntambara barwanamo n’umutwe wa M23 bushobora kubatererana. U Burundi bumaze igihe bwarohereje muri RDC ingabo zirenga 10,000 zo gufasha FARDC mu ntambara irwanamo na M23. Izi ngabo na FARDC bari bahuriye mu […]

Inzara iravuza ubuhuha muri Rayon Sports WFC

Rayon Sports first 11

Abatoza b’ikipe ya Rayon Sports Women Football Club barangajwe imbere na Rwaka Claude wari umutoza mukuru, bamaze guhagarika akazi muri iyi kipe nyuma yo kumara igihe badahembwa. Umutoza Rwaka yafatanye icyo cyemezo n’uwari umwungiriza we ndetse n’uwari umutoza w’abanyezamu. Amakuru avuga ko aba batoza bafashe icyo cyemezo nyuma yo kumara amezi atatu badahabwa umushahara ndetse […]

Uwafunze umuhanzi Justin Timberlake yahawe igihembo cy’Umwaka

Umupolisi wo muri Sag Harbor wabaye ikirangirire nyuma yo gufata Justin Timberlake atwaye imodoka yanyweye, yahawe igihembo cya “Ofisiye w’Umwaka.” Michael Arkinson, umupolisi mushya mu ishami rya polisi ya Sag Harbor, yashimiwe n’umuyobozi wa polisi Rob Drake mu birori biheruka. Yavuzweho kugira uruhare rukomeye mu kazi ke no mu muryango mugari. Uyu mupolisi yayoboye bagenzi […]

Goma: M23 yafashe abasirikare 130 ba FARDC bari bihishe mu bitaro

profile 249

Umutwe wa M23 watangaje ko abantu babarirwa mu 130 Umuryango w’Abibumbye wise abarwayi ukawushinja kubashimuta ukabavana mu bitaro by’i Goma bari barwariyemo ari abasirikare ba FARDC. Ku wa Mbere tariki 03 Werurwe 2025, ni bwo Umuryango w’Abibumbye biciye mu muvugizi w’Ishami ryawo rishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Ravina Shamdasani, washinje M23 gushimuta abo bantu. Shamdasani yavuze […]

U Bwongereza bwakuriye inzira ku murima u Rwanda rubwishyuza za miliyari 

54944

Guverinoma y’u Bwongereza yatangaje ko nta yandi mafaranga izishyira u Rwanda, nyuma yo gusesa amasezerano yerekeye abimukira ibihugu byombi byari byarasinyanye. Londres yatangaje ibi nyuma y’uko ku wa Mbere w’iki cyumweru Guverinoma y’u Rwanda yari yatangaje ko yishyuza u Bwongereza miliyoni 50 z’ama-Pounds (Frw miliyari 89). Ni nyuma yo kubushinja kwica amasezerano y’icyizere ibihugu byombi […]

U Rwanda rwahamagaje Ambasaderi wa Canada

gv6ayfuwkaal q0 dc1d8

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ku wa Kabiri yahamagaje Ambasaderi wa Canada i Kigali, nyuma y’amagambo igihugu cye giheruka gutangaza ku Rwanda. Ku wa Mbere tariki ya 3 Werurwe ni bwo Canada yatangaje ko yafatiye u Rwanda ingamba zo kuruhana, nyuma yo kurushinja kugira uruhare mu guteza umutekano muke mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. […]

U Rwanda rwakiriye Mbonyunkiza wirukanwe na Amerika

IMG 20250304 WA0003

Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Werurwe, bwakiriye Umunyarwanda witwa Ahmed Napoleon Mbonyunkiza, nyuma yo kwirukanwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mugabo yirukanwe nyuma yo kurangiza igihano cy’imyaka 15 yari yahamijwe kubera icyaha cyo gusambanya ku gahato yakoreye muri Leta zunze ubumwe za Amerika. Ubushinjacyaha kandi buvuga ko […]

Kivu y’Amajyepfo: M23 yinjiye muri Teritwari ya 6

20250304 112723

Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 3 Werurwe winjiye muri Teritwari ya Mwenga yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, iba iya gatandatu mu zigize iriya ntara ugezemo. Amakuru avuga ko ku wa Mbere M23 yarwaniye na Wazalendo mu gace ka Kilungutwe; mbere yo kuzikwiza imishwaro. Teritwari ya Mwenga M23 yagezemo yiyongereye ku zindi […]

Ibibazo byo muri RDC: U Rwanda rwamaganye ‘icyemezo giteye isoni’ cya Canada

makoo

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye iya Canada yarwitiriye gukorera ibyaha birimo ubwicanyi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ku wa Mbere tariki ya 3 Werurwe ni bwo Canada biciye muri Minisitiri wayo w’Ububanyi n’Amahanga, Mélanie Joly, Ahmed Hussen ushinzwe Iterambere Mpuzamahanga na Mary Ng ushinzwe Guteza Imbere ibyoherezwa mu mahanga, Ubucuruzi Mpuzamahanga ndetse n’Iterambere ry’Ubukungu; yasohoye […]

U Rwanda rurishyuza u Bwongereza arenga Frw miliyari 89

Leta y’u Rwanda iri gusaba iy’u Bwongereza kuyishyura miliyoni 50 z’ama-Pounds (arenga Frw miliyari 89), nyuma y’uko amasezerano yerekeye abimukira ibihugu byombi byari bifitanye ananiwe kujya mu bikorwa. Ikinyamakuru The Telegraph cyanditse ko u Rwanda rwamaze gusaba u Bwongereza kurwishyura ariya mafaranga rwari rwemeye guhara ubwo ishyaka ry’abakozi mu Bwongereza ryatangazaga ko rigiye gusesa amasezerano […]

Ahubwo turashaka n’imodoka zinywa amazi: Dr Habineza

WhatsApp Image 2024 06 07 at 11.28.26 AM 3

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr Frank Habineza, yatanze icyifuzo cy’uko mu Rwanda haza imodoka zinywa amazi mu cyimbo cy’ibikomoka kuri Peteroli, mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Habineza yabikomojeho ubwo yavugaga ku misoro Leta y’u Rwanda iheruka kongera. Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 10 Gashyantare 2025, ni yo yafashe icyemezo cyo […]

Icyo FDLR ivuga kuri Gén. Gakwerere M23 yashyikirije u Rwanda 

ab228340 f807 11ef 91b8 0d570da7afdc.jpg

Umutwe wa FDLR urwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, wemeje ko Général de Brigade Gakwerere umutwe wa M23 uheruka gushyikiriza u Rwanda yari umwe mu bayobozi bakuru bawo. Mu cyumweru gishize ni bwo Gakwerere uzwi ku yandi mazina nka Ézéchiel, Jean Baptiste, Sibomana Stany, Julius Mokoko cyangwa Sibo Stanys yashyikirijwe u Rwanda. Gakwerere wari usanzwe ari Umuyobozi […]

M23 yishe Wazalendo zari zateye Bukavu

20250303 124101

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Mbere tariki ya 3 Werurwe, wishe abarwanyi benshi b’imitwe ya Wazalendo bari bateye Umujyi wa Bukavu. Amashusho yahererekanyijwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana abo barwanyi babarirwa muri za mirongo bari ahitwa Camp TV, muri Komine ya Kadutu i Bukavu. Amakuru avuga ko abo barwanyi bari boherejwe n’uwitwa Foka Mike nta […]

UPDF yohereje izindi ngabo muri Congo

updf land forces

Igisirikare cya Uganda (UPDF), ku Cyumweru cyatangaje ko cyohereje izindi ngabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; mu bikorwa byo kurandura imitwe yitwaje intwaro ikorera mu bice bitandukanye bya kiriya gihugu. UPDF yavuze ko ziriya ngabo yazohereje mu mujyi witwa Mahagi wo mu ntara ya Ituri, mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Congo. Umuvugizi wayo, Brig […]

Perezida Kagame yakiriye Gen. Muhoozi

20250303 063430

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ku Cyumweru yari i Kigali aho yari yitabiriye inama yo mu rwego rwo hejuru yagombaga kumuhuza na Perezida Paul Kagame. Gen Muhoozi mu cyumweru gishize yari yatangaje ko ateganya gusinyana amasezerano y’igihango hagati ya Uganda n’u Rwanda. Icyo gihe abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko […]

M23 yashyikirije u Rwanda Jenerali wa FDLR na bagenzi be yafatiye ku rugamba

20250301 124746

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 01 Werurwe 2025, yashyikirije u Rwanda Général de Brigade Gakwerere Ezéchiel wo mu mutwe wa FDLR na bagenzi be wafatiye ku rugamba. Gakwerere uzwi ku yandi mazina arimo Sibomana Stany, Julius Mokoko cyangwa Sibo Stanys, yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ibiro bya gisirikare muri FDLR. M23 yamufatiye […]

Ndayishimiye yatangiye gusaba ibiganiro n’u Rwanda 

20250301 072256

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu rwego rwo kwirinda intambara ishobora guhuza ibihugu byombi. Ingingo yerekeye ibiganiro n’u Rwanda Perezida w’u Burundi yayizamuye ku wa Kane tariki ya 27 Gashyantare, ubwo yari yakiriye mu biro bye abadipolomate bahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga itandukanye mu Burundi. Mu minsi […]

Zelensky yashwaniye na Trump mu biro bye

Volodymyr Zelensky Donald Trump Ukraine USA

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yavuye imburagihe muri Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nyuma yo guterana amagambo na Perezida Donald Trump. Ishwana ry’aba bombi ryanatumye ikiganiro bagombaga kugirana n’itangazamakuru nyuma yo guhura kitaba. Trump abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwe rwa Truth Social, yashinje Zelensky wari wamugendereye kutubaha Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse […]

M23 yashyizeho Guverineri mushya wa Kivu y’Amajyepfo

M23

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Gashyantare, washyizeho Manu Birato Rwihimba nka Guverineri mushya w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo. Birato yahoze ari umurwanashyaka ukomeye w’Ishyaka Parti du peuple pour la reconstruction et la démocratie (PPRD) rya Joseph Kabila wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu kandi ubwo umunyapolitiki Vital […]

Twarishimye tubona ibisasu Congo yarashe i Gisenyi bisamwa: Dr. Habineza

depite dr habineza frank asanzwe ari visi perezida wa komisiyo y imibereho y abaturage mu nteko ishinga amategeko umutwe w abadepite

Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, Dr. Frank Habineza, yagaragaje ko umutwe wa M23 ufite uburenganzira bwo kwirwanaho; ashimangira ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC akwiye kuganira na wo. Dr. Habineza yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana n’umuyoboro wa YouTube witwa Rwanda Sun TV. Ni ikiganiro yakoze mu gihe u Rwanda rumaze […]

Ubujurire bwa Mironko wishyuzaga u Rwanda za miliyari yaguriyemo intwaro leta ya Habyarimana bwatewe utwatsi

20250228 073212

Urukiko rw’Ubujurire rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kuri uyu wa Gatanu rwateye utwatsi ubujurire bw’umunyemari Mironko François Xavier wari wararuregeye leta y’u Rwanda asaba ko yamwishyura za miliyari z’amafaranga y’u Rwanda yakoresheje agurira intwaro leta ya Habyarimana. Mironko yari amaze igihe aburana mu nkiko na Leta, ayishyuza ariya mafarang amafaranga y’isoko ryo kugura intwaro avuga […]

Igihugu cya 3 cy’i Burayi cyahamagaje Ambasaderi w’u Rwanda

gashumba 4 eeda8

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Suède ku wa Kane yahamagaje Ambasaderi w’u Rwanda i Stockholm, kugira ngo atange ibisobanuro ku byiswe ibitero Ingabo z’u Rwanda na M23 bakomeje kugaba mu burasirazuba bwa Congo. Iyi Minisiteri mu itangazo yasohoye, yavuze ko guhamagaza Ambasaderi Dr. Diane Gashumba “biri mu rwego rwo gufata icyemezo gisobanutse, nka EU n’ibihugu byinshi […]

Hahishuwe undi mugambi abateye ibidasu i Bukavu bari bafite 

20250228 070900

Umutwe wa M23 watangaje ko imibare y’abaguye ndetse n’abakomerekeye mu gitero cy’ibisasu byatewe i Bukavu wiyongereye, kuko abapfuye bavuye kuri 11 bakagera kuri 13, barimo abagore n’abana. Ibyo bisasu byatewe ahazwi nko kuri Place de l’Indépendence mu mujyi wa Bukavu ku wa Kane tariki ya 27 Gashyantare, ubwo Corneille Nangaa n’abandi bayobozi bakuru bo muri […]

U Rwanda rwahamagaje Ambasaderi w’u Bwongereza

whatsapp image 2024 08 27 at 8.04 07 am 3

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda yahamagaje Ambasaderi w’u Bwongereza i Kigali, kugira ngo atange ibisobanuro ku magambo Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika aheruka gutangaza kuri mugenzi we w’u Rwanda ushinzwe Ububanyi n’Amahanga. Ku wa Gatatu tariki ya 26 Gashyantare ni bwo Minisitiri Collins of Highbury, yahuje Minisitiri Olivier Nduhungirehe n’impfu z’abantu 70 bishwe n’umutwe w’iterabwoba […]

M23/AFC yatangaje umubare w’abahitanwe n’ibisasu by’i Bukavu

20250227 175653

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe witwaje intwaro wa M23, ryatangaje ko abantu 11 ari bo bahitanwe n’ibisasu byarashwe ahaberaga inama yaryo mu mujyi wa Bukavu. Ni ibisasu byaturikijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gashyantare 2025. Umuhuzabikorwa wa AFC, Corneille Nangaa, yabwiye itangazamakuru ko “abantu 11 barimo umupapa umwe n’uwagabye igitero” ari bo […]

Tshisekedi yarize ay’ingona nyuma y’ibisasu byahitanye abantu i Bukavu

Screenshot 20250227 164854 1

Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye igitero cy’iterabwoba cyagabwe mu mujyi wa Bukavu kigahitana umubare utaramenyekana w’abantu. Kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gashyantare ni bwo i Bukavu harashwe ibisasu, ubwo ubuyobozi bwa M23/AFC bwari mu nama n’abatuye uyu mujyi. Ubuyobozi bw’uyu mutwe ndetse ubw’ihuriro Alliance Fleuve Congo […]

Ibisasu byishe abantu i Bukavu: M23 yashyize mu majwi ingabo z’u Burundi

20250227 150029

Umutwe wa M23 washyize mu majwi ingabo z’u Burundi, uvuga ko zifite aho zihuriye n’ibisasu byaturikirijwe mu mujyi wa Bukavu bikica abantu. Kuri uyu wa Kane ni bwo ibyo bisasu byaturikirijwe ahitwa Place du 24, aho umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC ribarizwamo M23, Corneille Nangaa n’abandi bayobozi bakuru bo muri M23 bari bahuriye n’abaturage. Kugeza ubu bitekerezwa […]