Gén. Frank Rusagara yapfiriye muri gereza

brig gen rusagara arashinjwa kugira ibiro yigishirizagamo abasirikare kwanga igihugu 542579262b875 4 9770d 1

Frank Rusagara wahoze ari Général de Brigade mu ngabo z’u Rwanda, biravugwa ko yapfuye aguye muri gereza. Amakuru avuga ko Rusagara yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Werurwe. Rusagara akiri umusirikare yabaye Umunyamabanga Mukuru wa Minisiteri y’Ingabo, ndetse anaba defence attaché muri Ambasade y’u Rwanda i Londres. Muri 2013 ni […]

Tshisekedi yongeye kwakirwa kwa Lourenço 

tshun

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Werurwe yari i Luanda aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida João Lourenço. Ibiganiro by’aba bombi byabereye mu muhezo, ndetse nta byinshi mu byo baganiriye biramenyekana. Tshisekedi yari i Luanda nyuma y’igihe kitageze ku byumweru bibiri avuyeyo, dore ko […]

M23 yashyizeho abayobozi bashya ba CADECO

20240723 105737 860x680 1

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo imitwe ya M23 na Twirwaneho, ryashyizeho abayobozi bashya b’ikigo cy’imari cya Caisse générale d’épargne du Congo (CADECO) mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Ni icyemezo uriya mutwe wafashe mu rwego rwo gufasha kiriya kigo gukomeza gutanga serivisi. Itangazo rihuriweho ryashyizeho umukono na Corneille Nangaa usanzwe ari umuhuzabikorwa wa AFC cyo kimwe […]

Umuhuro wa Kagame na Tshisekedi i Doha wateje Serwakira ya dipolomasi

P05 250320 313

Inama yo ku wa 18 Werurwe yabereye i Doha muri Qatar hagati ya Perezida Félix Tshisekedi RDC na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda, ikomeje gutera guteza Serwakira ya dipolomasi ya Luanda, Gitega na Pretoria kuri Kinshasa. Luanda yari isanzwe ari umuhuza mu makimbirane y’u Rwanda na Congo yabanje gutungurwa n’uyu muhuro binyuze muri Minisitiri […]

RED-Tabara yitandukanyije n’u Rwanda 

redee 44d5e

Umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi wamaganye Perezida Evariste Ndayishimiye ukomeje kuwuhuza n’u Rwanda, uvuga ko nta bufasha na buke uhabwa na rwo. Uyu mutwe wasubizaga Perezida w’u Burundi uheruka gushinja u Rwanda kuba ruri gutegura gutera igihugu cye rubiwucishijemo, avuga ko nirubikora na we azahita arugabaho igitero. Ndayishimiye aheruka kubwira BBC ati: “Turabizi […]

Intumwa yihariye ya Trump yasabye ko M23 yinjizwa mu ngabo za Congo

20250321 142014 1

Umuyobozi wa Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika ishinzwe ubutasi n’ibikorwa byihariye by’igisirikare, Dr. Ronny Jackson, yagaragaje ko umutwe wa M23 ugizwe n’abanye-Congo, bitandukanye n’ibivugwa na leta ya RDC yakunze kuwuhuza n’u Rwanda. Dr. Ronny usanzwe ari intumwa yihariye ya Perezida Donald Trump mu karere k’ibiyaga bigari, yabitangaje nyuma y’uruzinduko muri […]

Thomas Lubanga na we yashinze umutwe ugamije guhirika Tshisekedi 

lubanga 4bf06

Thomas Lubanga Dylo wigeze gufungirwa muri gereza y’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), yashinze umutwe w’inyeshyamba mushya ugamije gukuraho ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni umutwe yise la Convention pour la Révolution Populaire (CRP), ukaba ufite icyicaro mu ntara ya Ituri. Uyu mutwe mu itangazo wasohoye ku wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, wavuze ko […]

Umujyi wa Paris wasabye ihagarikwa ry’igitaramo cya Maître Gims cyashyizwe ku munsi w’Icyunamo

486626228 1277356391063887 1821067084645026814 n

Umujyi wa Paris wasabye Polisi gukumira igitaramo cy’umuhanzi Maître Gims cyari giteganyijwe ku wa 7 Mata 2025 kuko gihuriranye n’umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Iki gitaramo cyiswe “Solidarité Congo” cyari kigamije gukusanya inkunga yo gufasha abana bo mu burasirazuba bwa RDC bahuye n’ingaruka z’intambara. Gusa, Abanyarwanda n’imiryango irwanya Jenoside yakorewe Abatutsi bagaragaje […]

U Burundi si bwo bukwiye kubazwa impamvu M23 ikomeje gufata imijyi: Ndayishimiye 

a78c6fe0 de0b 11ef 8a70 addfa227c811.jpg

Perezida Evariste Ndayishimiye yatangaje ko u Burundi atari bwo bukwiye kuzira kuba umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira uduce ndetse n’imijyi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko ahubwo bikwiye kubazwa iki gihugu bwagiye gufasha. Kuva muri 2023 amakuru avuga ko u Burundi bumaze kohereza muri Congo ingabo zibarirwa mu 15,000 zagiye guha umusada iza […]

RIB ifunze 3 bari bamaze kuriganya abantu arenga Frw miliyoni 70 babizeza kubashakira akazi

screenshot from 2024 12 13 14 41 05

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rufunze uwitwa Mungaruriye Eric n’abafatanyacyaha be babiri ari bo Beneyo Jean Norbert na Iradukunda Aliane, bakaba bakurikiranyweho gushakira inyungu ku bandi hakoreshejwe uburiganya hamwe n’iyezandonke. RIB ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yatangaje ko iperereza ry’ibanze yakoze rigaragaza ko Mungaruriye yafunguje ibigo by’ubucuruzi (company) byizeza abantu kubashakira akazi muri […]

Kayikwamba yaba yagiye gushaka amaboko kwa Ndayishimiye?

20250325 120002

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi kuri uyu wa Kabiri yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Wagner Kayikwamba. Perezidansi y’u Burundi yatangaje ko Kayikwamba yari ashyikirije Ndayishimiye ubutumwa bwa mugenzi we wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi. Nta byinshi iyi Perezidansi yatangaje ku byagenzaga uriya mukuru wa dipolomasi ya Congo i Burundi. […]

Kabarebe twari n’inshuti, ariko kuba yaransebeje byarambabaje: Ndayishimiye

GridArt 20250325 80758243

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yababajwe cyane no kuba Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubutwererane bw’akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe yaramushinje guhamagarira abanye-Congo bo kwica bagenzi babo bo mu bwoko bw’Amanyamulenge. Kabarebe yabigarutseho mu minsi ishize, ubwo yari mu nama nyunguranabitekerezo n’abagize Inteko Ishinga Amategeko. Icyo gihe yavuze ko Ndayishimiye yagiriye inama amwe mu […]

U Rwanda turacyafite impungenge ku mutekano wacu: Kagame

20250325 070013

Perezida Paul Kagame yatangaje ko u Rwanda rugifite impungenge z’uko umutekano warwo ushobora guhungabanywa kubera intambara ikomeje kubera mu burasirazuba bwa Congo, agaragaza ko ari ngombwa ko izo mpungenge zikemurwa. Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ku wa Mbere tariki ya 24 Mutarama, ubwo yari yitabiriye mu buryo bw’ikoranabuhanga inama ihuriweho yahuje imiryango ya EAC na SADC. Iyi […]

Ndayishimiye yatangaje umugambi wo gutera i Kigali

1742469421175 1 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko afite umugambi wo gutera u Rwanda akagera i Kigali, mu gihe Umujyi wa Bujumbura waba utewe. Ndayishimiye yabigarutseho mu kiganiro aheruka kugirana na BBC Gahuzamiryango. Iki gitangazamakuru cyasubiyemo amagambo ye avuga ko u Rwanda ruri gutegura gutera u Burundi rubicishije mu mutwe wa RED-Tabara, avuga ko uwo mutwe […]

M23 yasobanuye impamvu ingabo zayo zitarava Walikale-Centre

M23 Rebels Capture Key Airport Near Bukavu as Conflict Escalates in Eastern DR Congo

Umutwe wa M23 watangaje ko kuvana ingabo zawo mu mujyi wa Walikale bikomeje gutinda, nyuma y’uko Ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryanze kuvana muri uriya mujyi drones z’intambara rihafite. Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize ni bwo M23 biciye mu muvugizi wayo, Lawrence Kanyuka, yari yatangaje ko igiye kuvana ingabo zayo […]

Angola yahagaritse kuba umuhuza w’u Rwanda na RDC

images cms image 000047981

Leta ya Angola kuri uyu wa Mbere tariki ya 24 Werurwe, yatangaje ko yaretse inshingano yari imaze igihe ifite zo kuba umuhuza mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni amakuru yemejwe na Perezidansi ya Angola, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwayo rwa Facebook. Perezida João Lourenço wa Angola […]

Museveni yaba yatanze itegeko ryo gufata Kisangani ihanzwe amaso na M23 

20250324 073816

  Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatanze itegeko ry’uko ingabo z’igihugu cye cyangwa umutwe wa M23 bagomba gufata umujyi wa Kisangani bitarenze icyumweru kimwe. Uyu Jenerali yemeje ayo makuru mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X, mbere yo kubusiba. Yagize ati: “Mu cyumweru kimwe, M23 […]

M23 yavanye ingabo zayo mu mujyi yaherukaga kwigarurira

3730

Umutwe wa M23 watangaje ko wavanye ingabo zawo mu mujyi wa Walikale no mu nkengero zawo, nyuma y’iminsi mike ziwirukanyemo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Gatandatu. Yavuze ko iki cyemezo “kiri mu murongo w’agahenge k’uruhande rumwe […]

Perezida Kagame na Gen. Muhoozi baganiriye mu muhezo

b1b128 a3e158d0857a47ec967002a5c067ecb2mv2

  Perezida Paul Kagame ku wa Kane tariki ya 20 Werurwe yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi, baganirira mu muhezo. Byari nyuma y’uko uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yari amaze kugera mu Rwanda, aho yagiriraga uruzinduko rw’iminsi itatu. Ni uruzinduko Gen Muhoozi yasoje kuri uyu wa Gatandatu tariki […]

M23 yafashe Mubi itarwanye

GabJq10W8AAoidt

Umutwe wa M23 wigaruriye Centre y’ubucuruzi ya Mubi yo muri Teritwari ya Walikale, nyuma y’uko ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zari zimaze kuyihunga. Iyi Centre iherereye mu bilometero bibarirwa muri 36 uvuye i Walikale-Centre, ku muhanda ujya mu mujyi wa Kisangani. Mubi by’umwihariko izwiho kuba ibamo ibirombe byinshi cyane by’amabuye y’agaciro […]

Inyigisho ya Gen Muhoozi kuri ba Ofisiye ba RDF

2025 03 22 09 06 47 0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yasabye ingabo za Afurika guhangana n’imbogamizi zibangamira ubufatanye bwa gisirikare, abugaragaza nk’ingenzi cyane mu kubungabunga umutekano w’akarere no guteza imbere ubumwe bw’Umugabane wa Afurika. Muhoozi yabivuze ku wa Gatanu ubwo yari mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama riherereye mu karere ka Musanze, aho yatanze inyigisho kuri […]

M23 ntigihuye n’impuguke za Loni

20250317 124752

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu watangaje ko gahunda yari ihari yo guhura n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye yahindutse ku munota wa nyuma. Umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ihinduka ry’iyo gahunda ryatewe n’ibindi byihutirwa. Ati: “Binyuranyije na gahunda yari yemeranyijweho n’itsinda ry’impuguke za Loni kuri Congo, inama yari yateguwe ntikibaye kubera ibyihutirwa byabaye ku […]

UPDF irigamba kurimbagura ibyihebe bya CODECO byayirasiye Colonel

20250322 080553

Igisirikare cya Uganda, UPDF, cyatangaje ko cyishe ibyihebe birenga 240 byo mu mutwe wa CODECO, mu minsi ibiri yonyine. Byatangajwe na Maj. Chris Magezi usanzwe ari umuvugizi w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba. Uyu abinyujije ku rubuga rwe rwa X yavuze ko mu mirwano yari imaze iminsi ibiri ibera ahitwa Fataki, UPDF yayiciyemo […]

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare yapfuye

20250322 72156

Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda, yitabye Imana. Inkuru y’urupfu rwa Gatare yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Werurwe 2025, akaba yazize uburwayi. Jean Lambert Gatare yamenyekanye cyane akora kuri Radiyo Rwanda, aho yabaye intumwa y’iki gitangazamakuru i Arusha muri Tanzania ahaberaga imanza z’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari […]

Nyaruguru: Abayobozi 2 b’akarere barafunzwe

arton97639

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abayobozi bo mu karere ka Nyaruguru, rukaba rubakekaho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo ndetse no gukoresha inyandiko zitavugisha ukuri. Abafunzwe nk’uko RIB yabitangaje ibicishije ku rubuga rwayo rwa X ni Ndungutse Leon, usanzwe ari Umuyobozi w’imirimo rusange mu Karere ka Nyaruguru na Amahe Arthur ushinzwe imibereho myiza muri ako […]

Intumwa yihariye ya Trump kwa Perezida Kagame nyuma yo guhura na Tshisekedi 

20250321 142014

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe, yakiriye anagirana ibiganiro na Dr. Ronny Jackson uyobora Komisiyo Ishinzwe Ubutasi n’ibikorwa byihariye bya gisirikare mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Umukuru w’Igihugu ubwo yamwakiraga muri Village Urugwiro yari kumwe n’abarimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Umutekano […]

Kera kabaye ingabo za Sudani zambuye RSF Perezidansi

75227f30 062f 11f0 88b7 5556e7b55c5e

Igisirikare cya Sudani kuri uyu wa Gatanu cyigaruriye ingoro ya Perezida wa kiriya gihugu, nyuma yo kuyirukanamo umutwe wa RSF wari umaze igihe warayigaruriye. Mu myaka ibiri ishize ni bwo Rapid Support Force yari yarigaruriye Perezidansi ya Sudani ndetse n’inyubako nyinshi za za Minisiteri zitandukanye. Umuvugizi w’Igisirikare cya Sudani, Nabil Abdallah, yatangarije kuri Televiziyo ko […]

M23 itegerejwe i Doha

20250317 124752

Ihuriro Alliance Fleuve Congo ribarizwamo umutwe wa M23, rigiye kohereza i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gukemura amakimbirane yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ibiganiro AFC/M23 yatumiwemo na n’ubwami bwa Qatar, nyuma y’ibiheruka kuhahuriza ba Perezida Paul Kagame na Félix Antoine Tshisekedi. Bivugwa ko Doha yahaye ubutumire M23 mu rwego […]

Angola ntiyakiriye neza umuhuro wa Perezida Kagame na Tshisekedi w’i Doha

images cms image 000037422

Leta ya Angola yatangaje ko yatunguwe no kubona ba Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na mugenzi we Paul Kagame w’u Rwanda bahurira i Doha. Byatangajwe kuri uyu wa Kane na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki gihugu, Amb. Tete Antonio. Umukuru wa dipolomasi ya Angola yavuze ko batunguwe cyane n’uriya muhuro “mu […]

Gen Muhoozi ari i Kigali

20250320 180745

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, ari i Kigali aho yatangiye uruzinduko rw’akazi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe ni bwo uyu musirikare yageze i Kigali, yakirwa na mugenzi we uyobora Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga. Kuri gahunda byitezwe ko Muhoozi agomba kugirana ibiganiro n’ubuyobozi bukuru bw’ingabo […]

Abasirikare barinda Tshisekedi barasanye n’abapolisi 

F1plm mXoAAiTK4

Abasirikare bo mu mutwe w’ingabo zishinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barasanye n’abapolisi intambara yabo igwamo umuturage umwe. Impande zombi zarasanye ku wa Gatatu tariki ya 19 Werurwe, mu mirwano yabereye ahitwa Kalamu i Kinshasa. Bourgmestre wa Kalamu, Charly Luboya, yatangaje ko iriya mirwano yatangijwe n’abajepe barinda Tshisekedi, gusa […]

Hamenyekanye ibihugu 2 byagambaniye abayobozi b’u Rwanda bahanwe na EU

GridArt 20250317 142214739

U Bufaransa bwemeje ko bwo n’u Bubiligi ari bo babaye intandaro y’ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi uheruka gufatira abayobozi b’u Rwanda na M23. Byemejwe na Ambasaderi w’u Bufaransa i Kinshasa, Rémi Maréchaux, ubwo kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Werurwe hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wa Francophonie. Uyu yavuze ko “Ku wa Mbere ushize abantu ku […]

Ndayishimiye yakangishije RDF amavubi

1742469421175 1

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko igihugu cye gifite ingabo zikomeye cyane, kurusha iz’u Rwanda; ateguza RDF ko nitera u Burundi ishobora kuzadwingwa n’amavubi. Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yabyigambye ku Cyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye amasengesho y’itorero ryitwa Eglise Vision de Jésus-Christ. Uyu mugabo yongeye kumvikanisha ko u Rwanda rufite umugambi wo gutera igihugu […]

M23 yigaruriye Umujyi wa Walikale

34WHXXU5SZKOTEGVJ3P5U5EL7Y 1

Umutwe wa M23 waraye wigaruriye Centre ya Walikale, uyirukanyemo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. M23 yafashe uriya mujyi muto nta mirwano ibayeho, gusa uyu mutwe ku wa Gatatu wari wiriwe urwanira mu nkengero zawo n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa. Kuri ubu byitezwe ko nyuma ya Walikale, M23 ishobora […]

M23 mu marembo ya Walikale

imitwe izifatanya na fdlr yaburiwe d4f8a

Umutwe wa M23 wamaze kugera mu marembo ya Centre ya Walikale, nyuma y’imirwano ikomeye yawusakiranyije n’ingabo za Leta ya Congo Kinshasa. Amakuru avuga ko kuri ubu ingabo za M23 zamaze kugera ahitwa Mubanda, mu bilometero bibarirwa muri 4 uvuye Walikale-Centre. Byari nyuma yo kwigarurira ibirindiro by’ingabo za Leta biri ahitwa Ngora, mu bilometero 12 uvuye […]

Rubavu and Rutsiro farmers experience increase of productivity of bio-fortified crops

Cassava seeds multiplication

Farmers living near Lake Kivu in Rubavu and Rutsiro districts, working with the Rwanda Rural Rehabilitation Initiative (RWARRI) in partnership with the European Union through the HINGA UKIRE project, are expressing their satisfaction with the increased productivity of bio-fortified crops after one year of implementation. The farmers urge local development officers to collaborate closely so […]

RCSP yanenze ibihano bikomeje gufatirwa u Rwanda 

GridArt 20250317 142214739

Ihuriro rya Sosiyete sivile mu Rwanda (Rwanda Civil Society Platform: RCSP) ryanenze ibihano ibihugu bitandukanye bikomeje gufatira u Rwanda, rigaragaza ko aho gukemura ikibazo bizacyongera. RCSP yatangaje ibi, nyuma y’ibihano Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ku wa Mbere wafatiye abayobozi b’u Rwanda na M23, ubashinja kugira uruhare mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC. Ni ibihano […]

Umuhuro w’ibanga wa Museveni na Kabila

museveni na kabila 860x614 1

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aherutse kugurira i Kampala uruzinduko rw’ibanga rwasize ahuye na Perezida Yoweri Kaguta Museveni. Ni uruzinduko yari yatumiwemo n’uriya Perezida wa Uganda, nk’uko ikinyamakuru Africa Intelligence kibivuga. Iki gitangazamakuru kivuga ko ku wa 14 Werurwe ari bwo Kabila yavuye i Kampala, mbere yo kwerekeza […]

Icyo Kabila avuga ku byo kuba yaba akorana na M23

20250318 124747

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yateye utwatsi ibirego bya Leta y’iki gihugu bimushinja kuba akorana n’umutwe witwaje intwaro wa M23. Kuva mu mwaka ushize, Perezida Félix Antoine Tshisekedi na bamwe mu bantu ba hafi ye nka Jean Pierre Bemba usanzwe ari Minisitiri w’Ubwikorezi cyo kimwe na Augustin Kabuya […]

Perezida Kagame yahuye na Tshisekedi 

IMG 20250318 WA0009

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri yahuriye i Doha na mugenzi we Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku buhuza bw’umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani. Ibiro Ntaramakuru Reuters by’Abongereza biravuga ko abakuru b’ibihugu bombi bagiranye ibiganiro imbonankubone. Itangazo rihuriweho ryasohowe nyuma yo guhura rivuga ko “abakuru […]

Samsung250 yagejeje mu Rwanda Samsung Galaxy S25

갤럭시 S25 시리즈 1

Samsung250 Rwanda yamaze kugeza ku isoko ryo mu Rwanda Telefoni zo mu cyiciro cya Samsung Galaxy S25 zimaze igihe gito zigeze ku isoko mpuzamahanga. Mu kwezi gushize ni bwo izi Telefoni zirimo S25, S25 Plus, na S25 Ultra zatangiye kugera ku masoko yo mu bihugu bitandukanye. Kuri ubu izi telefoni zamaze kugera mu Rwanda, ndetse […]

Perezida Touadéra yakiriye impapuro za Amb. Kayumba

img 20 2 b67e8

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika ya Centrafrique, Kayumba Olivier, ku wa Mbere yashyikirije Perezida Faustin-Archange Touadéra impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda i Bangui. Mu Ukuboza umwaka ushize ni bwo u Rwanda rwatanze Kayumba ku mwanya wa Ambasaderi warwo i Bangui. Uyu mudipolomate yari asanzwe akuriye ibikorwa bya Ambasade y’u Rwanda muri Centrafrique. Mu muhango wo […]

Guverineri uvukana na Corneille Nangaa wa M23/AFC yahunze

53e1e290 b90d 11ee beb2 159fe304f757.jpg

Christophe Baseane Nangaa wahoze ari Guverineri w’Intara ya Haut-Uélé mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze guhunga nyuma kiriya gihugu y’igihe aterwa ubwoba. Baseane asanzwe ari murumuna wa Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri RDC (CENI), mbere yo gushwana n’ubutegetsi bwa RDC agahuza amaboko na M23 bahuriye mu ihuriro Alliance […]

Sonrise Mentorship Program yafunguriye amarembo abifuza kujya kuminuriza muri Amerika

Screenshot 20250318

Ikigo Sonrise Mentorship Program, cyatanze amahirwe ku banyeshuri basoje amashuri yisumbuye bifuza gukomeza amasomo ku rwego rwa kaminuza; by’umwihariko izo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Mentorship Program isanzwe ikorana na Kaminuza zitandukanye zo muri Amerika, zirimo iya Georgetown, iya New York (NYU), iya Miami, iya Notre Dame ndetse n’iya Williams. Iki kigo kuri ubu […]

Ndayishimiye yongeye kwibasira u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yongeye kwibasira u Rwanda, arushinja kuba ari rwo nyirabayazana w’amabi amaze igihe ari mu bihugu by’akarere. Perezida w’u Burundi yashyize ibi birego ku Rwanda ku Cyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye amasengesho y’itorero ryitwa Eglise Vision de Jésus-Christ. Muri ayo masengesho Ndayishimiye yumvikanye abwira abari bayitabiriye ko mbere y’umwaka wa 1959 […]

M23 nticyitabiriye ibiganiro byari kuyihuza na Leta ya Congo

c688aa20 5612 11ef 9cf4 a3e8f05a4227.jpg

Umutwe wa M23 kuri uyu wa Mbere watangaje ko utacyitabiriye ibiganiro byagombaga kuwuhuriza na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Impande zombi zagombaga guhurira i Luanda mu murwa mukuru wa Angola ejo ku wa Kabiri, mu biganiro bigamije gukemura ibibazo byatumye zisanga mu ntambara zirimo kuva mu Ugushyingo 2021. Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka […]

EU yafatiye ibihano abantu 9 barimo ba Jenerali 3 ba RDF

GridArt 20250317 142214739

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe, watangaje ko wafatiye ibihano abantu icyenda barimo n’Abanyarwanda, ubashinja kugira uruhare mu makimbirane yo mu burasirazuba bwa Congo. Abo EU yatangaje ko yafatiye ibihano barimo abasirikare batatu bo mu ngabo z’u Rwanda bo ku rwego rwa ba Jenerali. Barimo Maj. Gen Karusisi Ruki […]

U Rwanda rwacanye umubano n’u Bubiligi 

photo 3 kagame bruxelles afp 6655e5d93408f444435408 1

Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe, yamenyesheje iy’u Bubiligi ko yacanye na yo umubano ushingiye kuri dipolomasi ibihugu byombi byari bifitanye. U Rwanda rwemeje ko rwaciye umubano rwari rufitanye n’iki gihugu, biciye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga. Iryo tangazo rivuga ko “Guverinoma y’u Rwanda uyu munsi yamenyesheje iy’u […]

M23 irakoza imitwe y’intoki kuri Walikale-Centre

m23 33

Umutwe wa M23 urakoza imitwe y’intoki kuri Centre ya Walikale, nyuma yo kwigarurira uduce dutandukanye turi hafi yayo. Uyu mutwe amakuru avuga ko nyuma yo kwigarurira Kibua mu mpera z’icyumweru gishize, kuri uyu wa Mbere amakuru avuga ko wamaze kwigarurira agace ka Mutakato. Ni agace gaherereye mu bilometero bibarirwa muri 25 uvuye muri Centre ya […]

M23 yohereje i Luanda 5 bo gushyikirana na RDC

rdc m23 1 768x532 2

Umutwe wa M23 watangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe, wohereje i Luanda muri Angola itsinda ry’intumwa zigomba kuwuhagararira mu biganiro bizawuhuza na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ibiganiro by’impande zombi ziri mu ntambara kuva mu Ugushyingo 2021 biteganyijwe kuba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe. Umuvugizi w’Ishami […]

M23 iragenzura umujyi mushya wahoze ari indiri ya FDLR

GabJq10W8AAoidt

Umutwe wa M23 kuva mu mpera z’icyumweru gishize uragenzura umujyi wa Kibua wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Kibua iherereye muri Teritwari ya Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru, ndetse uyu mujyi muto mu myaka yashize wahoze ari indiri y’abarwanyi b’umutwe wa FDLR urwanya […]

M23 yatumiwe i Luanda

congo

Guverinoma ya Angola yahaye ubutumire umutwe witwaje intwaro wa M23, kugira ngo witabire imishyikirano igomba kuwuhuza na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni ubutumire M23 yahawe biciye mu ibaruwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Amb. Tete Antonio yandikiye Perezida w’uriya mutwe, Bertrand Bisimwa. Muri iyo baruwa, Tete Antonio yabwiye Bisimwa ati: “Nyakubahwa, nyuma […]

Imirwano hagati y’imitwe ya Wazalendo yaguyemo ba Jenerali 2

IMG 20250315

Amakuru aturuka muri Teritwari ya Fizi ho mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko ba Jenerali 2 bo mu mitwe ya Wazalendo bapfuye nyuma y’imirwano yatewe no gusubiranamo kw’iriya mitwe. Ni imirwano yasakiranyije imitwe ibiri ya Maï-Maï, irimo uwa Maï-Maï Yakutumba wa Hamuli William Yakutumba. Mu baguye muri iyi mirwano yabereye ahitwa Lutete, harimo Gen. […]

Amerika yirukanye ku butaka bwayo Ambasaderi wa Afurika y’Epfo

rasool speaking

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zirukanye ku butaka bwazo uwari Ambasaderi wa Afurika y’Epfo i Washington, zimuhora kuvuga amagambo y’ivangura kuri Perezida Donald Trump ndetse n’Abanyamerika b’abazungu. Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, ni we wemeje ko Ambasaderi Ebrahim Rasool yirukanwe; anashimangira ko atanacyemerewe kongera gukandagiza ikirenge […]

APR FC ikomeje kwihunza igikombe cya shampiyona

20250315 083221

Ikipe ya APR FC ku wa Gatanu yaguye miswi na Gasogi United, ikomeza gutera inyoni amahirwe yo kuba yakwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka. Iyi kipe y’umutoza Darko Novic yari yasuye Gasogi United kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino w’umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League. Amakosa ya hato na hato n’uburyo mbarwa bw’ibitego, ni […]

EU yaba igiye gutangaza ibihano kuri bamwe mu bayobozi b’u Rwanda 

5ea573f8e80e3305561813 768x512 1

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) biravugwa ko ku wa Mbere tariki ya 17 Werurwe uzatangaza ibihano kuri bamwe mu bayobozi b’u Rwanda. Ku wa Mbere akanama k’uyu muryango kazaterana, mu rwego rwo kongera gusuzuma uko umutekano wifashe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho ingabo z’iki gihugu zikomeje kurwanira n’inyeshyamba zo mu mutwe […]

Maj. Gen Ruki ntakiri umuyobozi wa ‘Special Force’ ya RDF

20250315 61122

Perezida Paul Kagame akanaba Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yazikozemo impinduka zasize ashyizeho umuyobozi w’umutwe w’Ingabo zidasanzwe. Uwo Perezida Kagame yahaye inshingano zo kiyobora Special Force ni Col Stanislas Gashugi yabanje kuzamura mu ntera akamugira Brigadier General. Brig. Gen. Gashugi yasimbuye kuri izi nshingano Maj Gen Karusisi Ruki wayoboraga ziriya ngabo kuva muri 2019. […]

FDLR ntishobora kutunesha: Gén. Makenga

b938fc5d 139a 4b47 bd7e 1fee44ec8db4

Gén. Sultani Makenga ukuriye ishami rya gisirikare mu mutwe wa M23, yatangaje ko FDLR idashobora kubaneshwa n’ubwo yahawe intwaro nyinshi na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC ndetse akanayishyira mu mutwe w’ingabo zishinzwe kumurinda. FDLR igizwe n’abiganjemo abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, iri mu bagize ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira […]

Impamvu Tshisekedi avuga ko M23 ari ‘ibipupe bikoreshwa n’u Rwanda’ mu mboni za Gén. Makenga

c63dfb1d e6e3 4fa1 a7fe 3318092f9b3d

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’umutwe wa M23, Gén. Sultani Makenga, yagaragaje ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitirira u Rwanda ibibazo by’umutwe wa M23 aruhora no kuba rugerageza kugaragariza Isi impamvu urwana. Tshisekedi inshuro nyinshi yakunze kugaragaza ko nta M23 ibaho, ko ahubwo abitwa ko bagize uyu mutwe ari abakoreshwa n’u […]

U Rwanda rwishyize mu mwambaro wa Thomas wo muri Bibiliya

be906c6a f4b8 49a1 8e78 a642f15b89e6

Leta y’u Rwanda yatangaje ko izemera ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izajya mu mishyikirano n’umutwe wa M23 ari uko ibibonye, bijyanye no kuba ari kenshi Perezida Félix Antoine Tshisekedi yagiye atanga amasezerano ariko akanga kuyashyira mu bikorwa. Ku wa Kabiri tariki ya 11 Gashyantare ni bwo Perezidansi ya Angola yatangaje ko RDC yemeye kujya […]