Depite Mwangachuchu washinjwe gukorana na M23 yakatiwe urwo gupfa

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye urwo gupfa Edouard Mwangachuchu nyuma yo kumuhamya icyaha cy’ubugambanyi. Mwangachuchu yari ahagarariye intara ya Kivu y’Amajyaruguru mu nteko ishinga amategeko ya RDC, akaba yari amaze igihe aburanishwa ku byaha birimo gukorana n’inyeshyamba za M23 Kinshasa ivuga ko zifashwa n’u Rwanda. Ni nyuma y’uko hari […]

Kagame yagenewe ubutumwa bwihariye na William Ruto

Perezida Paul kuri uyu wa Gatanu yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wa Kenya akanaba intumwa yihariye ya Perezida w’icyo gihugu, akaba yamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we, William Samoei Ruto. Perezidansi y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko “Kuri iki gicamunsi muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye Musalia Mudavadi, Minisitiri w’Intebe wa […]

Paul Pogba ashobora guhagarikwa imyaka ine adakina

Paul Pogba ashobora guhagarikwa imyaka ine nyuma y’uko ibipimo by’ibiyobyabwenge byongera imbaraga bigaragaye mu mubiri we bityo akaba ashobora guhagarikwa imyaka ine adakina. Umufaransa Paul Pogba ukina hagati mu kibuga mu Ikipe ya Juventus, yari aherutse guhagarikwa by’agateganyo, nyuma yo gupimwa agasangwamo ikigero kidasanzwe cy’imisemburo yongera imbaraga za kigabo izwi nka “testosterone”. Umunyamakuru Fabrizio Romano […]

Kajala mu munyenga w’urukundo n’undi mugabo utari Harmonize

Kajala na Harmonize bakanyujijeho

Umukinnyi wa Filme akaba n’umunyamakuru Kajala Fridah, yatangaje ko ari mu rukundo rushya n’umugabo atatangaje amazina ye.Ni nyuma y’igihe kitari gito atandukanye n’umuhanzi Harmonize. Uyu mubyeyi w’umwana umwe abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yatangaje ko kugeza ubu afite umugabo mushya umutetesha akanamushimisha umubano gusa ariko ntiyatangaje amakuru arambuye kuri uyu mugabo w’inzozi ze. Aya […]

Rwanda:Abagundiriye Lisansi na Mazutu ku munsi w’izamurwa ry’ibiciro bararye bari menge

Mu minsi ishize ubwo hasohokaga itangazo rivuga ko ibiciro ku bikomoka kuri Peteroli byazamutse, hari amakuru yamenyekanye ko hari abakora ubwo bucuruzi binangiye uwo munsi bakanga kubisaranganya bityo ibinyabiziga bimwe bigaparika ntibikore. Ibi rero byahagurukiwe n’inzego zitandukanye zirimo RURA na MINICOM, aho abanze gutanga izo serivisi bagiye guhanwa by’intangarugero.Byagarutsweho na Minisitiri w’iyi Minisiteri ,Dr. Jean […]

Burundi: Minisitiri w’Ubutabera yasubije ibitajyanye ku burwayi bwa Irangabiye

Minisitiri w’Ubutabera mu Burundi, Domine Banyankimbona, yaruciye ararumira ubwo yabazwaga ku cyo Minisiteri ayoboye iri gukora ku burwayi bw’umunyamakuru Floriane Irangabiye. Irangabiye wahoze aba mu Rwanda aho yari yarahungiye, yakatiwe imyaka 10 y’igifungo n’ubutabera bw’u Burundi Ni nyuma yo kumuta muri yombi muri Kanama 2022 ubwo yageraga i Bujumbura agiye gusura umuryango we. Amakuru avuga […]

Lt Gen Mubarak Muganga yagiye gushakira umuti amakimbirane ya FARDC na M23

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, ari i Addis Ababa muri Ethiopia aho yitabiriye inama y’abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu by’akarere. Ni inama y’inyabune yitabiriwe n’abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu birimo ibigize umuryango wa SADC, EAC, CEEAC na CIRGL. Iyi nama kuri iyi ncuro yabaye mu gihe hashize iminsi itanu Ingabo za Repubulika Iharanira […]

Hasobanuwe impamvu nta birori byabaye ku munsi wahariwe mwarimu mu Rwanda

Buri mwaka taliki 5 Ukwakira, hizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe mwarimu nk’imwe mu nkingi z’iterambere rirambye ku bihugu runaka.Mu Rwanda kuri iyi nshuro nta birori byabaye nk’uko byajyaga bikorwa. Ibi rero Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’ibanze (REB),itangaza ko ibirori byo kuwizihiza uteganyijwe kwizihizwa mu kwezi k’Ukwakira ku matariki azatangazwa na Minisiteri y’Uburezi. Iki kigo kandi cyatangaje […]

Mc Kats arateganya gukora ubukwe na Mutoni Fille wamushinje kenshi kumwanduza SIDA

TV Edwin Katamba uzwi nka MC Kats yemeje ko ubukwe bwe n’umuririmbyi Fille Mutoni butari kure cyane ariko abashyitsi bagomba kwishyura kugirango babwitabe.Ni mu gihe aba bombi basanzwe barongeye gusubukura umubano bari bafitanye. MC Kats, ubwo yaganiraga na Sanyuka TV yavuze ko ubukwe bwabo bari kubwitegura mu mezi ari imbere gusa yirinda gutangaza umunsi ngo […]

FARDC yongeye kudutera yitwaje ibitwaro biremereye: Umuvugizi wa M23

M23 n’Ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramukiye mu yindi mirwano ikomeye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 6 Ukwakira. Ni umunsi wa gatatu impande zombi zirwana, nyuma yo kubura imirwano ku Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2023. Iminsi ibiri yakurikiyeho yaranzwe n’agahenge, mbere y’uko imirwano ikomeye yongera kubura ku wa Gatatu […]

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ku itabwa muri yombi rya Major Karangwa

Faustin Nkusi, umuvugizi w’Urwego rw’Ubushinjacyaha , yishimiye icyemezo cy’Ubuholandi cyo kongera gufata Major Pierre-Claver Karangwa, uregwa ibyaha bya jenoside byakozwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nkusi yatangaje ko Karangwa ari umwe mu bantu 18 bakekwaho icyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.Ibi byaha cyane cyane byibasiye inyoko muntu byakorewe muri Komine ya […]

M23 yemeje ko mu bari kuyigabaho ibitero harimo Ingabo z’u Burundi

Umutwe wa M23 washinje Ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri RDC (EACRF), kugira uruhare mu bitero ukomeje kugabwaho n’Ingabo za Leta ya Congo ndetse n’imitwe itandukanye. Kuva ku Cyumweru gishize ni bwo ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryubuye ibitero kuri M23. Imirwano ikomeye hagati […]

Nkore iki?Ngiye gusenya kubera umusore wo ku Gisozi wandyohereje mu mibonano

Umugore uri mu kigero cy’imyaka 36 aragisha inama nyuma y’uko umusore wo mu murenge wa Gisozi amuryohereje mu gihe cyo gutera akabariro bigatuma azinukwa umugabo we wamuteraga ipfa nta muhaze. Uyu mugore avuga ko akimara kubyara umwana wa Kabiri yarushijeho gukunda imibonano ariko umugabo we ntabikozwe bitewe n’igenamiterere y’akazi akora katamwemerera kuruhuka bitewe n’uko ariko […]

Umusifuzi wari kuri VAR ubwo Liverpool yakinaga na Tottenham yahuye n’uruvagusenya

Umusifuzi Darren England, wakurikiranaga amashusho kuri VAR(Video Assistant Referees) ku mukino uheruka guhuza ikipe ya Liverpool na Tottenaham yahuye n’uruva gusenyunya nyuma y’aho iyi kipe yatsindaga igitogo akavuga ko habayeho kurarira bityo kikangangwa. Darren England, umwe mu basifuzi bakomeye mu Bwongereza, yahanishijwe kutazongera gusifura umukino uwariwo wose wa Liverpool muri uyu mwaka hashingiwe ku makosa […]

UPDF yongeye gusuka amabombe kuri ADF

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko indege z’intambara z’Igisirikare cya Uganda zongeye kugaba ibitero ku birindiro umutwe wa ADF ufite mu mashyamba ya Congo. Museveni ku rubuga rwe rwa X yavuze ko ibyo bitero byagabwe ku wa Gatatu tariki ya 4 Ukwakira, mu gace ka Mambasa. Ibirindiro bitatu by’umutwe w’iterabwoba wa ADF ni byo byarashwe. […]

Imbwa ya Biden yirukanywe muri White House nyuma yo kuruma ucunga umutekano

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika byatangaje ko Imbwa y’umuryango wa Biden, Commander, yimuwe muri White House nyuma yo kurumana.Jill Biden, yatangaje ko kugeza ubu ari wo mwanzuro wafashwe kugirango umutekano urusheho kugenda neza. Mu cyumweru gishize, iyi mbwa Komanda yarumye umukozi w’ibiro by’ibanga bya White House (Security Service) wayirebereraga.Bibaye ku nshuro […]

Bobi Wine yatawe muri yombi ageze ku kibuga cy’indege

Umuyobozi mukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Bobi Wine, yatawe muri yombi nyuma yo gusubira mu gihugu avuye mu rugendo mu mahanga, nk’uko bivugwa na National Unity Platform (NUP). Daily monitor itangaza ko kuri uyu wa kane mu gitondo, uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Entebbe nyuma y’uruzinduko mu bihugu byinshi, […]

Ruhango: Impanuka ikomeye yahitanye abapolisi 2

Abapolisi babiri bari kuri moto yavaga mu karere ka Muhanga berekeza mu Ruhango, bapfuye nyuma yo kugongwa n’ikamyo. Iyi mpanuka yabereye mu murenge wa Ruhango mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki ya 05 Ukwakira 2023. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, avuga ko abapfuye ari AIP Jean Felix Ngaboyimana na […]

Tanzania:Abakobwa bambara impenure n’abagabo basuka imisatsi bakomanyirijwe

Mu gihugu cya Tanzania ubutegetsi bwafashe ingamba zikomeye nyuma y’aho abakobwa bambara impenure bamaze kuba uburo buhuye ndetse kandi n’abasore bishyiraho imisatsi itari karemano bakaba bakomeje kwiyongera. Ibi cyane cyane byagaragaye mu karere ka Arumeru mu Ntara ya Arusha, muri iki gihugu aho hashyizweho amabwiriza avuga ko abakobwa bambara amajipo magufi n’abasore basuka imisatsi, bazajya […]

Ubukwe bwa Zari na Shakib bwabaye mu muhezo-AMAFOTO

capture1a.png

Mu ntangiro z’icyi Cyumweru nibwo hasakaye amakuru y’uko Zari n’umukunzi we bagiye gukora ubukwe ariko ibirori bikitabirwa n’abatumiwe gusa.Bidatinze rero kuri uyu wa Kabiri nibwo byashyizwe mu bikorwa barishimana imbere y’imiryango. Ni ibirori bitavuzweho byinshi bitewe n’uko ba nyiri ubwite bashatse ko biba mu muhezo bituma hatamenyekana buri kimwe cyose. Kuva mu cyumweru gishize, amakuru […]

Umutoza Luis Enrique yavuze uwatumye PSG yandagazwa na Newcastle

Umutoza Luis Enrique w’Ikipe ya Paris Saint-Germain, yishinje kuba nyirabayazana yatumye ikipe ye inyagirwa na Newcastle United mu ijoro ryakeye. PSG yari yasuye Newcastle United i Saint James Park, mu mukino wa UEFA Champions league warangiye inyagiwe ibitego 4-1. Ibitego bya Miguel Almiron, Dan Burn, Sean Longstaff na Fabian Schar ni byo byafashije ikipe y’umutoza […]

Yakatiwe imyaka 35 y’igifungo nyuma yo gucuruza abana babiri

Uwahoze ari umukozi ushinzwe imibereho myiza y’ibitaro bya Mama Lucy mu gihugu cya Kenya, ukurikiranyweho gucuruza abana, yakatiwe igifungo cy’imyaka 35 kubera kugurisha abana babiri. Mu gihe yamuciraga urubanza, Umuyobozi mukuru wa Milimani, Esther Kimilu, yavuze ko uyu Fred Leparan yakatiwe imyaka 35 y’igifungo nyuma y’uko atigeze agaragaza impuhwe n’ubumuntu ubwo yacuruzaga aba bana. Kimilu […]

Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Gen Bunyoni

Urukiko mu gihugu cy’u Burundi rwakomeza ko Gen Alain-Guillaume Bunyoni wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu akomeza gufungwa, akazakomeza kuburana afunze. Ni umwanzuro wafashwe n’Urukiko rw’Ikirenga rw’u Burundi, mbere yo kuwumenyesha uregwa ufungiye muri gereza ya Gitega, ku wa Gatatu tariki ya 4 Ukwakira 2023. Muri Mata uyu mwaka ni bwo Bunyoni yatawe muri yombi […]

Dosiye ishinja Christiano Ronaldo gufata kungufu yubuwe

Urukiko rw’ubujurire rwo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika ruteganya kumva abanyamategeko bagerageza kubyutsa dosiye y’umugore witwa Kathryn Mayorga usaba Cristiano Ronaldo kwishyura andi mamiliyoni nyuma yo kumwishyura Miliyoni zirenga $ 375.000 kugirango haburizwemo kumushinja ko yamusambanyije i Las Vegas mu 2009. Mayorga, wahoze ari umwarimu akaba n’umunyamideli ukomoka mu gace ka Las Vegas, yari afite […]

Burundi: CNDD-FDD yaba ifite umugambi wo kwivugana Agathon Rwasa

Amakuru aturuka muri bamwe mu bayoboke ba CNL mu gihugu cy’u Burundi baravuga ko ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi muri iki gihugu ryaba rifite umugambi wo kwivugana umunyapolitiki Agathon Rwasa utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa kiriya gihugu. Amakuru y’uyu mugambi yatanzwe na Magera Aimé ukuriye ishyaka CNL rya Rwasa ku mugabane w’u Burayi. Uyu avuga ko […]

Kirehe:Ubuyobozi bwiyemeje gushumbusha abatemewe inka 7 abacyekwaho ayo mahano barafatwa

Kuri uyu wa Gatatu nibwo hasakaye amakuru y’inka zigera kuri zirindwi z’abaturage bo mu karere ka Kirehe mu murenge wa Mushikiri,zatemwe n’abagizi ba nabi ariko bamwe muri bo bagahita batabwa muri yombi. Ni amakuru yemejwe na Munyana Josette umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa mushikiri aho yavuze ko inka zirindwi zatemwe, enye bafashe icyemezo cyo kuzibaga nyuma […]

Hahishiwe uko Muyoboke yakubitiye umushabitsi mu gitaramo cya The Ben Polisi igakangarana

X-Dealer bivugwa ko yakimbiranye na Muyoboke

Mu gitaramo umuhanzi The Ben aherutse gukorera mu gihugu cy’u Burundi mu mpera z’icyumweru gishize ,cyagaragayemo udushya dutandukanye turimo kwakirwa n’abantu uruvunganzoka, guhindura aho igitaramo cyagombaga kubera ariko kandi si ibyo gusa kuko havuzwemo ubujura n’inshyi zavugije ubuhuha. The Ben yaherekejwe n’abantu batandukanye bo mu Rwanda barimo abahanzi, abanyamakuru, abashabitsi batandukanye n’izindi ngeri zitandukanye.Muri abo […]

Ibyo mukora ntabyo muzi: Juvenal wasubije Jenerali nyuma yo kwirukanwa muri Kiyovu

Mvukiyehe Juvenal wahoze ari Perezida wa Kiyovu Sports yamenyesheje ubuyobozi bw’umuryango wayo ko butazi ibyo burimo, nyuma yo gufata icyemezo cyo kuvana iyi kipe mu maboko ya Company yari ayoboye. Ku wa Kabiri tariki ya 26 Nzeri nibwo habaye Inama ya Komite Nyobozi ya Kiyovu Sports yasize ishinje Mvukiyehe Juvenal gukora yatumye ikipe ijya habi, […]

Kuki kwiyakana mu gutera akabariro bikunda kugibwaho impaka?

Nta byinshi science yasobanura kuri ubu buryo bwo kwiyakana wenda ahari bwanabayeho mbere y’uko izo science zigwa gusa ni uburyo busaba control ihagije, ubunararibonye, kwizerana, kuko ni uburyo butizewe. Uburyo bwo kwiyakana mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina,bukunda kutavugwaho rumwe n’abashakanye aho usanga bushobora gutuma habaho gusama mu buryo butateganyijwe ariko nanone usanga birinda kuba hari indi […]

Ngoma:Ubuyobozi bugiye kujya bugenzura uburiri bwa mutwarasibo

Niyonagira Nathalie, umuyobozi w’aka karere ka Ngoma yashimye gahunda yo kugenzura uburiri

Mu ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Ngoma haravugwa gahunda igiye kuhatangizwa yo kugenzura icyumba umuturage araramo ariko bigahera kuri mutwarasibo nk’urugero rwiza mu rwego rwo kwirinda umwanda.Ni nyuma y’uko ngo hari abayobozi batandukanye b’utugali n’imirenge bagiye bahagarikwa by’agateganyo biturutse ku mwanda wakunze kugaragara mu duce bayoboye. Mu ngamba zafashwe ngo hirindwa umwanda, abaturage basabye ko […]

Zari arimo kurwana umuhenerezo ngo akure igisebo ku mugabo we wari umuzamu we

capture12-3.png

Zari Hassan wigeze kuba umugore wa Diamond Platnumz arimo kurwana umukutirizo ngo arengere umugabo bagiye gukora ubukwe uvugwaho kuba yari umuzamu wabo ubwo uyu mugore yari akibana na Ivan Ssemwanga waje kwitaba Imana. Abakurikiranira hafi ibyo kwa Zari,baravumbuye amafoto ya Shakib ukiri muto hamwe na Ivan mugihe bari muri Afrika yepfo. Zari yihutiye gusobanura ko […]

M23 iramukiye mu yindi mirwano na FARDC

Umutwe wa M23 wemeje ko waramukiye mu mirwano n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo gutera ibirindiro byawo biri mu duce dutandukanye twa Teritwari ya Masisi. Uyu mutwe wemeje aya makuru biciye mu butumwa Perezida wawo, Bertrand Bisimwa na Lawrence Kanyuka usanzwe ari umuvugizi wawo banditse ku mbuga zabo za X yahoze yitwa […]

Papa Francis yasabye ko amahuriro y’abatinganyi bo muri kiliziya Gatolika yaheshwa umugisha

Umushumba mukuru wa Kiliziya Gatulika Papa Francis yakinguye amarembo kugira ngo bamwe mu bapadiri gatolika baheshe umugisha ihuriro ry’abahuje ibitsina bityo bakaba babana bagasezerana imbere y’Imana. Ibi yabigarutseho mu ntangiro z’iki Cyumweru muri kiliziya ya St. Peter’s Square i Vatican, aho yavuze ko ababana bahuje ibitsina bashobora kwitabwaho mu buryo bw’imibanire nk’uko ibyiyumviro byabo bibibasaba. […]

Tshisekedi yemeje ko FARDC igiye kohereza ku rugamba abasirikare 40,000 basoje ikosi

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko iki gihugu gifite abasirikare bashya babarirwa mu 40,000 cyitegura kohereza ku rugamba, nyuma yo gusoza imyitozo ya gisirikare. Tshisekedi yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ukwakira, ubwo yagezaga ijambo ku baturage bo mu gace ka Kasumbalesa, mu ntara ya Haut-Katanga. Yavuze […]

Nyiragongo: FARDC na FDLR barashinjwa kwiba inka z’umuturage, zimwe bakazirya

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa FDLR, barashinjwa kwiba inka zirenga 20 z’umworozi wo muri Teritwari ya Nyiragongo zimwe muri zo bakazirya. Umuyobozi wa Groupement ya Buhumba byabereyemo, Gasekeri Augustin, yavuze ko izo nka zibwe ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 2 Ukwakira 2023. Yavuze ko “bari bazijyanye ari […]

Umutoza Thierry Froger wa APR FC ku ntebe ishyushye

Umufaransa Thierry Christian Froger utoza ikipe ya APR FC, ari mu byago by’uko isaha n’isaha ashobora kwerekwa umuryango n’iyi kipe kubera umusaruro mubi. Froger ni umutoza wa Nyamukandagira kuva muri Nyakanga uyu mwaka. Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu imuzana, yifuzaga ko yayifasha kugera bwa mbere mu matsinda ya CAF Champions league, nyuma yo guhindura Politiki yo […]

Kanye West yahishuye uburyo Illuminati yimitse Cardi B igakubita hasi Nicki Minaj

Kanye West yashimangiye ko umuraperikazi, Cardi B yinjijwe mu ruganda rwa muzika na bamwe mu bayobozi bo muri Illuminati batishimiye umwamikazi wa rap,” Nicki Minaj, ahubwo bakaba barashatse kumumusimbuza. Aya magambo Kanye West YE bivugwa ko yayatangaje mu myaka yashize muri Documentaire yakozwe, ariko aza gusakara kuri iki cyumweru . Uyu Kanye West avuga ko […]

umugore ufite ubwanwa hafi isura yose ababazwa n’uko bamwitiranya n’umugabo

capture123.png

Khosi Nkanyezi Buthelezi, umugore w’imyaka 42 ukomoka i Johannesburg, muri Afurika y’Epfo, yatangaje abatari bacye nyuma y’uko afite umusatsi umubiri wose ndetse harimo n’ubwanwa butamirije hafi isura yose. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Khosi yavuze ko yabanje kubona ubuzima bwe akiri umwangavu busa n’ubwa gisore ariko ntiyabona ko bidasanzwe, kuko abandi bagore bo mu muryango […]

RURA yongeye gutumbagiza igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwongeye gutumbagiza igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli ugereranyije n’ibyari bimaze amezi abiri byubahirizwa uhereye muri Kanama uyu mwaka. Itangazo uru rwego rwasohoye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 3 Ukwakira, rivuga ko litiro ya lisansi itagomba kurenza Frw 1,822 ivuye kuri Frw 1639. Ibi bivuze ko litiro ya lisansi yiyongereyeho Frw 183 ugereranyije […]

2023:Hashyizwe hanze imibare y’ibyangijwe n’ibiza byo muri Nzeri ndetse n’abo byahitanye

Mu gihe mu Rwanda hakomeje kugwa imvura y’umuhindo ikangiza ibikorwa bimwe na bimwe ,Raporo ya Minisiteri ishinzwe imicungire y’ubutabazi (MINEMA) yerekana ko muri Nzeri uyu mwaka, habaye impanuka 200 z’ibiza, zihitana abantu 20. Ibiza byibasiwe n’imitingito 11, inkongi y’umuriro 11, imyuzure icyenda biviramo guhitana abantu batanu, inzu imwe irasenyuka, inkangu enye zihitana abantu batatu, inkuba […]

Ibihuha byongeye kuvuza ubuhuha hagati ya Diamond na Zuchu

capturell-5.png

Zuhura Othman Soud wamamaye nka Zuchu mu muziki hashize iminsi avugwa mu rukundo rw’ikibatsi na Diamond Platnumz nyiri Wasafi Record abarizamo nyuma y’uko Diamond avuze ko ubu babaye nka Mushiki na Musaza.Gusa abantu ntibakomeza kubyemera ko nta rukundo aba barimo bashingiye ku myitwarire yabo ica amarenga ko bafitanye umubano wihariye badashaka ko ujya ahabona. Mu […]

Polisi yarashe mu cyico undi ukekwaho kwiba insinga z’amashanyarazi

Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yarashe uwitwa Nsengimana Vincent wakekwagaho kwangiza ibikorwa remezo no kwiba insinga z’amashanyarazi. Nsengimana w’imyaka 27 y’amavuko yarasiwe mu murenge wa Ntarama, ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 2 Ukwakira. Amakuru atangwa na Polisi y’Igihugu avuga ko Nsengimana yarashwe “ubwo yari agiye kwerekana aho yahishe insinga [yaherukaga […]

Col. Mikombe na bagenzi be bahamijwe ubwicanyi bw’i Goma, bahabwa ibihano biremereye

Urukiko rwa gisirikare rw’i Goma Ku wa Mbere rwahamije abasirikare bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa RDC kugira uruhare mu bwicanyi bwabereye i Goma mu minsi yashize. Ni ubwicanyi bwabaye ku wa 30 Kanama, ubwo bariya basirikare biraraga mu baturage bo mu itsinda ryitwa Wazalendo bigaragambirizaga i Goma basaba ko Ingabo […]

Perezida Ndayishimiye yirukanye ba Minisitiri 4

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi ku wa Mbere yakoze impinduka muri Guverinoma y’igihugu cye zasize avanye mu mirimo ba Minisitiri bane. Abavanwe mu mirimo nk’uko bigaragara mu iteka rya Perezida Ndayishimiye ryo Ku wa Mbere tariki ya 2 Ukwakira, barimo Sylivie Nzeyimana wari Minisitiri w’Ubuzima. Uyu yahise asimburwa n’uwitwa Lyduine Baradahana. Undi wakuwe mu mirimo […]

Nyamagabe:Ubuyobozi burahangayitse

Mu Ntara y’Amajyepfo Akarere ka Nyamagabe, Ubuyobozi buvuga ko buhangayitse biturutse kuri bamwe mu baturage usanga bakora ibikorwa bigamije gusubiza inyuma ubumwe n’Ubwiyunge by’Abanyarwanda. Ibi byagarutsweho ubwo hatangizwaga ukwezi k’ubudaheranwa muri aka karere kuri uyu wa Mbere aho ubuyobozi bwako bwagarutse ku myitwarire ya bamwe mu baturage bakomeje kugaragaza ibikorwa bisubiza inyuma Ubumwe bw’abanyarwanda. Hatanzwe […]

Mukwege yiyongereye mu bazahatanira na Tshisekedi kuyobora RDC

Umunyapolitiki Dénis Mukwege wigeze gutwara igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel, yemeje ko aziyamamariza kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu matora ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka. Mukwege yemeje ko aziyamamaza, ubwo kuri uyu wa Mbere yaganiriraga n’itangazamakuru i Kinshasa. Uyu mugabo usanzwe ari n’umuganga w’indwara z’imyanya myibarukiro y’abagore, yavuze ko aziyamamaza nk’umukandida wigenga, gusa kandidatire ye […]

Nyamasheke: Abantu 10 bagwiriwe n’umukingo

Abantu 10 bo mu karere ka Nyamasheke bagwiriwe n’umukingo babiri bahita bapfa, ubwo barimo barubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi. Byabereye mu murenge wa Gihombo kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Nzeri 2023. Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Nyamasheke, Muhayeyezu Joseph Desiré, yavuze ko iyi mpanuka yabaye ahagana saa 10:30. Yavuze ko bariya bantu bagwiriwe […]

Abantu 10 bagwiriwe n’igisenge mu mubatizo barapfa

capturevzz-2.png

Nibura abantu 10, barimo abana batatu bapfiriye mu mubatizo ubwo bagwirwaga n’igisenge cy’itorero babatirizwagamo mu majyaruguru ya Mexico.Isenyuka ryabaye ku cyumweru nyuma ya saa sita ku isaha yaho, ubwo abantu bagera ku 100 bitabiraga umubatizo ku rusengero rwa Santa Cruz muri Ciudad Madero. Abaturage baho bihutiye kujya mu nyubako bafite amasuka na mapiki kugira ngo […]

Hamisa Mobetto ari ku gitutu cyo kurongorwa

Mobetto aherutse guhabwa impano y'imodoka

Umuhanzikazi akaba n’umushabitsi Hamisa Hassan Mobetto yatangaje ko ari ku gitutu cyo gushakana n’umukunzi we mushya Kevin Sowax, aho abantu bakomeje kumubaza igihe bazarushingira.Mu kiganiro aherutse kugirana n’igitangazamakuru kimwe , Hamisa yemeye ko akomeje kotswa igitutu n’umuryango we ngo ashake umugabo. Ati: “ Gushaka biri muri gahunda yImana kandi biba mu gihe nyacyo. Nahisemo kwibanda […]

M23 yaba yahaye isomo FARDC

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biravugwa ko yatakarije abasirikare benshi mu mirwano yahuje Ingabo za Guverinoma yayo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23. Ni imirwano yabereye mu duce twa Teritwari ya Masisi ku Cyumweru tariki ya 01 Ukwakira 2023. M23 ni yo yabanje gutanga impuruza y’iyi mirwano, mu butumwa Perezida wayo, Bertrand Bisimwa yanditse ku […]

REB yahaye amahirwe ya kabiri abarimu bakoze ibizamini bakabura amanota 70%

Urwego rushinzwe Uburezi bw’Ibanze mu Rwanda (REB), rwatanze amahirwe ya kabiri ku barimu bakoze ibizamini byo kwigisha ariko bakananirwa kugira amanota 70% yasabwaga. REB yatanze amahirwe ya kabiri kuri aba barimu, mu gihe hari abasaga 4,000 bari basabye akazi k’uburezi muri 2022 bari ku rutonde rw’abategeje kugahabwa. Aba bamaze igihe byumvikana babaza impamvu badahabwa akazi, […]

Austin nawe yibiwe telephone i Bujumbura,The Ben asuka amarira!Ibyaranze igitaramo cye

The Ben yashimishije abakunzi b'umuziki we

Mu gitaramo umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben yakoreye i Burundi mu mpera z’icyumweru gishize cyaranzwe n’udushya twinshi harimo kwibwa telephone no gusuka amarira. Mu ijoro ryo kuwa gatanu ubwo habaga ibirori byo guhura n’abakunzi be mu cyiswe Meet and Greet, The Ben yibwe telephone ye ubwo yari ayirambitse ku meza agiye ku rubyiniro […]

Burera:Impuruza ku baturage barembejwe n’ Abatalibani batema abashinzwe umutekano

Umwe mu baturage uvuga ko abiyise abatalibani babarembeje

Hakomeje gutanga impuruza ku batuye mu murenge wa Rugengabare mu karere ka Burera,nyuma y’aho abiyita Abatalibani ngo bigabiza abashinzwe umutekano bakabakubita abandi bakanabatema kugirango babone uko birara mu birombe by’amabuye y’agaciro. Ni agatsiko k’insoresore ziba muri aka gace aho zigabiza ibyo birombe zikiba amabuye, gusa ikindi kibabaje n’uko zinasanga abashinzwe umutekano zikabagabaho ibitero zikoresheje intwaro […]

Hongeye gututumba umwuka mubi hagati ya Cindy na Sheebah

Nyuma y’iminsi mike Sheebaha na Cindy bahataniye urugamba rwo gushaka kumenya ninde mwamikazi w’umuziki muri Uganda, kuri ubu ishyamba siryeru hagati y’aba bombi. Sheebah Karungi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo guhatana, yashimiye Cindy kuba yaritabiriye kandi agashyira ingufu muri icyo gikorwa kuko ngo hari itafari byongeye ku muziki w’abagande. Nyuma rero icyakurikiyeho n’uko benshi […]

RDF yipimye na FADM, iratsindwa

Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bwo kugarura amahoro i Cabo Delgado, zatsinzwe na bagenzi babo ba Mozambique ibitego 3-1 mu mukino wa gicuti wahuje impande zombi ku wa Gatandatu. Ni umukino wabereye ku kibuga cya BG-3 i Mocimboa da Praia, ukaba wari mu rwego rwo gukomeza kwishimira isabukuru y’imyaka 59 Igisirikare cya Mozambique (FADM) […]

Inzozi za Rayon Sports z’amatsinda ya CAF Confederation Cup zakubise igihwereye

Rayon Sports yasezerewe mu mikino ya CAF Confederation Cup y’uyu mwaka, nyuma yo gusezererwa na Al Hilal Benghazi yo muri Libya kuri penaliti 4-2. Iyi kipe ikunzwe kurusha izindi yari yakiriye Al Hilal kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi aguye miswi igitego 1-1. Ni nyuma y’ubanza nanone amakipe yombi yari […]

Perezida Touadéra yakoranye umuganda na RDF

Perezida Faustin-Archange Tuadéra wa Repubulika ya Centrafrique, yifatanyije mu muganda n’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bwo kugarura amahoro mu gihugu cye. Ni Ingabo u Rwanda rwohereje muri Centrafrique biciye mu masezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi. Igisirikare cy’u Rwanda cyatangaje ko umuganda wa Perezida Touadéra n’Ingabo zarwo wabereye mu mujyi wa Bangui. Ni umuganda wanitabiriwe n’abanya-Centrafrique […]

Fayulu yemeje ko azahatana mu matora na Tshisekedi ‘wamwibye amajwi mu 2018’

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko azongera kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka. Fayulu yemeje ko aziyamamaza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu. Yavuze ihuriro LAMUKA ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC ari ryo ryafashe icyemezo cy’uko agomba kwiyamamaza. Fayulu yari […]

Muhanga: Polisi yarashe mu cyico ‘umujura washatse gutema abapolisi’

Polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Muhanga yaraye irashe mu cyico uwo bikekwa ko ari umujura w’insinga z’amashanyarazi, nyuma yo kurwanya abapolisi. Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yabwiye Radiyo Rwanda ko byabereye mu murenge wa Mushishiro, ahagana saa munani z’igicuku. Yavuze ko uwo mugabo yarashwe ubwo yageragezaga kurwanya abapolisi akoresheje umuhoro. Ati: “Mu […]